Blog

  • BK ikomeje korohereza abatsindiye amasoko ibaha inguzanyo n’ubujyanama ngo basohoze neza ibyo biyemeje #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kubona ko abatsindira amasoko bagorwa no kubona amafaranga bakoresha mu bikorwa bitandukanye mbere y’uko batangira kwishyurwa, Banki ya Kigali yashyizeho gahunda yo kuzajya ibaha inguzanyo n’ubujyanama, kugira ngo basohoze neza ibyo biyemeje.
  • Ngoma: Umunyerondo yatewe icyuma ahita apfa #rwanda #RwOT

    Umugabo witwa Niyonsaba Jean d’Amour wakoraga irondo ry’umwuga mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma yatewe icyuma n’umusore w’imyaka 17 ahita yitaba Imana.
  • Kakule yamaze kubona ikipe, ibye na Rayon Sports, ibiganiro yagiranye n’umutoza Guy Bukasa #rwanda #RwOT

    Umukinnyi ukina mu kibuga hagati ukomoka muri DR Congo wahoze akinira Rayon Sports, Kakule Mugheni Fabrice avuga ko hari ikipe yo muri Kenya yamaze kumvikana na yo, gusa we yifuza gukina muri shampiyona ya DR Congo.

    Mu ntangiriro za Kamena 2020, Mugheni wari usoje amasezerano ye muri Rayon Sports, yasezeye ku bafana b’iyi kipe avuga ko atagikomezanyije na yo bitewe na gahunda iyi kipe ifite yo gukinisha abakiri bato, ni mu gihe bari bananiranywe ku ngingo yo kongera amasezerano.

    Nyuma y’aho byavuzwe ko uyu mukinnyi ari mu biganiro na Rayon Sports kugira ngo abe yakongera amasezerano, ndetse na we akaba yarabyemeraga, gusa yaje kujya iwabo atayisinyiye.

    Ni umusore wafashije Rayon Sports cyane

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI.RW, Kakule yavuze ko yari yamaze kumvikana n’iyi kipe ariko ikabura amafaranga yo kumwishyura.

    Yagize ati“Yego Rayon twaravuganye hashize amezi, kuva mu kwezi kwa 3, ngo nta mafaranga bafite kubera ikibazo cy’amikoro. Hashize amezi 4 ntarabonana n’abayobozi ba Rayon Sports.”

    Byavuzwe kandi ko umutoza mushya w’iyi kipe, Guy Bukasa yagiye kureba uyu musore ngo abe yamwumvisha kongera amasezerano, ibi nabyo ahamya ko byabayeho ariko ntibyagira icyo bitanga kuko iyi kipe iri mu bibazo by’amafaranga.

    Yagize ati“ni byo, twaravuganye n’umutoza Guy hashize ukwezi, yashakaga ko nguma muri Rayon, ariko yajemo ikipe ifite ikibazo cy’amikoro, naramubwiye ikibazo mfite, yarabyuvise na we.”

    Ibyo kongera gukinira Rayon Sports byaranze

    Uyu mukinnyi yakomeje avuga ko yifuza gukinira amakipe nka DCMP na DON Bosco za DR Congo, gusa ngo hari n’ikipe yo muri Kenya bamaze kumvikana.

    Yagize ati“yego hari amakipe nshaka gukinamo hano muri Congo, harimo DCMP, na DON BOSCO… No muri Kenya hari ikipe ndikuvugana na yo gusa ibiganiro byarangiye, gusa ntabwo nshaka kuyivuga.”

    Kakule kuba yifuza gukinira ikipe y’igihugu ya DR Congo ni yo mpamvu ashaka gukina muri sampiyona ya Congo, ni mu gihe avuga ko kugaruka mu Rwanda ari 50%.

    Yagize ati“kugaruka gukina mu Rwanda mbihaye 50%, impavu nshaka gukina shampiyona ya Congo, ni shampiyona iri muri 5 za mbere muri Afurika, ikindi ni ukubera mfite intego yo gukina mu ikipe y’igihugu kandi mfite ubushobozi.”

    Kakule Mugheni Fabrice, yahishuye ko mu myaka yose yakinnye mu Rwanda mu makipe nka Marines, Kiyovu Sports, Rayon Sports yerekanye ubushobozi bwe, gusa ngo nta ntego yari afite kuko atatekerezaga ku ikipe y’igihugu, ubu akaba abona igihe kigeze ngo akinirie ikipe y’igihugu.

    Mu makipe yakiniye harimo na Kiyovu Sports, gusa ngo nta ntego yari afite mu myaka yose yakinnye mu Rwanda

    source http://isimbi.rw/siporo/article/kakule-yamaze-kubona-ikipe-ibye-na-rayon-sports-ibiganiro-yagiranye-n-umutoza-guy-bukasa

  • Imbunda hejuru ya CND! Uko Major Rwabinumi na bagenzi be bamaze ukwezi bahanganye n’Inzirabwoba ku Kimihurura #rwanda #RwOT

    Abazi n’abageze mu mujyi wa Kigali, benshi banyuze ku Kimihurura baba bagenda n’amaguru cyangwa bari mu modoka zabo bwite n’iza rusange. Ingoro ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko iriranga, isize amarangi y’umweru vuba aha ku gasozi gato kitaruye utundi hafi ya Kigali Convention Centre.
  • Leta yatangiye gupima COVID-19 mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali #rwanda #RwOT

    Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima, RBC, cyatangaje ko kigiye gukomeza gahunda yo gupima COVID-19 abanyura mu mihanda itandukanye y’Umujyi wa Kigali, hagamijwe kumenya neza ishusho y’ubwandu bw’iki cyorezo mu Mujyi.
  • Do not ignore it, it is deadly! – Prof. Shyaka #rwanda #RwOT

    The Minister of Local Government, Prof. Shyaka Anastase, via Twitter, told the public that this should mean something to them and intensify measures to prevent and protect others from the pandemic.

    “Today, COVID-19 killed two people. This is the first time in Rwanda that we lose more than one person in1, one day. ! This should mean something to all of us: to protect ourselves, to protect our people, to protect the nation, NOW! Whatever you do, wherever you are, do not ignore it, it is deadly!”

    Since the first COVID-19 case was recorded in Rwanda on March 14, 2020, the country now has 2577 confirmed cases recorded from 342,614 test samples, 1683 are recoveries while 884 are still in hospital and ten have died.

    Rwandans are required to continue to comply with government regulations, especially with frequent washing of hands and water and soap, wearing masks when leaving home or in public.

    Nicole Kamanzi M.
    http://dlvr.it/RdzgCG

  • Police burst racket of violent burglars #rwanda #RwOT

    The group includes those, who were allegedly breaking into houses, attacking and robbing shops and petrol stations. Among the arrested are the ringleaders, who were helping to transport the stolen items and looking for buyers.

    The suspects were paraded before the press in Rubavu District on Tuesday, August 18.

    Their arrest comes in a wake of a series of violent burglaries in Rubavu and Rutsiro districts between June and July, during which a number of people were attacked and injured with machetes and other weapons.

    Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, the Police spokesperson of the Western region, said the suspects were arrested separately in Rubavu and Rutsiro.

    “So far, we know at least nine theft cases in which they allegedly stole electronics including computers, flat television sets and smartphones as well as two motorcycles, robbing a petrol station and injuring six people in the process,” CIP Karekezi explained.

    On July 7, the ring allegedly broke into an electronics shop in Kavumu, Ruhango Sector of Rutsiro District and stole assorted electronics including laptops and smartphones valued at over Rwf2 million. They also assaulted and injured the security guard, who was guarding the shop.

    In another incident, on July 29, they allegedly attacked Gemeca petrol station in Gisenyi town, injured four people (two guards and two pump attendants), and stole about Rwf400,000.

    The group is also suspected to be behind the burglary that occurred in the night of July 15, in Gisenyi town where they robbed a shop of two flat television screens and phones valued at over Rwf4.4 million;

    While in the night of June 17, they allegedly broke into another shop in Rubavu and stole phones worth Rwf1.5 million.

    According to CIP Karekezi, all the items and money stolen amounts to over Rwf12.4 million.

    “So far, we have recovered from the suspects, three flat television screens, one laptop and two smartphones as well as spare parts for the two motorcycles, which had been dismantled,” CIP Karekezi said.

    One of the suspects identified as Emmanuel Ndagijimana alias Peter is said to be the coordinator of the group who has been facilitating the ring to transport, store and sell the stolen items.

    “Operations are still going on to identify and arrest anyone connected to this violent criminal group, including all those dealing in these stolen items, and to recover other electronics still missing,” said CIP Karekezi.

    He appealed to anyone with information on this criminal group, whether its members still at large or where the stolen items are stored or sold, to come forward to facilitate the recovery and fight against this criminality.

    IGIHE
    http://dlvr.it/RdzgDF

  • Bwa mbere mu mateka PSG yageze ku mukino wa nyuma muri UEFA Champions League – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2020, ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yakoze amateka yari yarananiranye yo kugera ku mukino wa nyuma muri UEFA Champions League ku nshuro ya mbere nyuma yo gutsinda RB Leipzig yo mu Budage ibitego 3-0 mu minota 90.

    source https://rss.app/articles/862477a63bc37168a61ec4e0d85a68cbec5bb94447b309664e1fc4e5065d9ade16ecc11f956b60b4d939aed6d10902fb5147e24fccc991f452b107a43e666dbc5ca52cc84acda637713dce8120cbca2cb4b26df0b6a102d87a5eb55dea4709990741eaf3e2088361eb78ca0a3ad6c541aaa70109e16f41d544f6

  • Amafoto ya Bill Clinton ari gukorerwa “massage” n’umukobwa bagana mu Rwanda mu 2002 yaciye ibintu #rwanda #RwOT

    Muri Nzeri 2002 Bill Clinton wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoreye uruzinduko mu Rwanda aherekejwe n’abakinnyi ba filime b’ibyamamare barimo Chris Tucker na Kevin Spacey, bari mu ndege ya Jeffrey Epsein, umunyemari w’umunyamerika uherutse gupfa bivugwa ko yiyahuye. Muri iyo ndege ariko ntibari bonyine kuko baje baherekejwe.
  • Polisi yagaye ndetse yemeza ko abitaribiriye ibirori by’umukunzi wa Sarpong bafashwe, babiri baracyashakishwa #rwanda #RwOT

    Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata abantu bari bitabiriye ibirori by’umukunzi wa Sarpong, habonetse 11 muri 13 bahise bajyanwa mu kato ahabugenewe, ni mu gihe babiri basigaye bagishakishwa.

    Ku munsi wo ku Cyumweru tariki ya 16 Kanama 2020, i Nyamirambo mu Busitani bwa Mera Neza, rutahizamu Michael Sarpong yafashije umukunzi we kwizihiza isabukuru y’amavuko, ni umuhango witabiriwe n’ibyamamare bya ruhago bitandukanye.

    Ni isabukuru yakuruye impaka bitewe n’amafoto yagiye hanze, abantu bageranye ndetse batanambaye udupfukamunwa, muri make bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI.RW, umuvigizi wa polisi y’u Rwanda, CP Jean Bosco Kabera yavuze ko bitewe n’amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga aba bantu bakurikiranywe bagafatwa ndetse bakaba bari mu kato, gusa ngo hari babiri bataraboneka.

    Yagize ati“ni amafoto yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abantu barimo abakinnyi b’umupira barenze ku mabwiriza ya COVID-19, ni byo rero barashakishijwe haboneka abantu 11 muri 13 bagaragaye muri icyo gikorwa, bakaba barahise bajyanwa mu kato.”

    Yakomeje anyomoza amakuru y’uko aba bakinnyi baba bafunze, ngo barimo kwitabwaho n’abaganga bareba niba ntawanduye COVID-19.

    Yagize ati“bajyanywe mu kato ahabugenewe ntabwo bari muri kasho ya polisi. Igihe bazamarayo bizagenwa n’inzego zibishinzwe, bari mu kato, barimo gukurikiranwa n’abaganga, bazabapima urumva ibyo ntabwo polisi yabyinjiramo.”

    Yashimiye abanyarwanda bagize uruhare kugira ngo amafoto nk’ariya ajye hanze, gusa yagaye abantu nk’abariya abandi bafatiraho urugero baba barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Inzego z’umutekano zikaba zikomeje gushakisha abandi bantu 2 basigaye kugira ngo na bo bajyanwe mu kato basangeyo bagenzi babo.

    Mu bantu bari bitabiriye iyi sabukuru harimo Sarpong n’umukunzi we, umutoza wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier, Irambona Eric Gisa, Kimenyi Yves, Mbogo Ally ba Kiyovu Sports, Habimana Hussein, Rugwiro Herve, Mugisha Gilbert ba Rayon Sports. Nta dupfukamunwa, nta ntera bahanye, muri make barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
    http://dlvr.it/RdwvxN