Blog

  • Umunyamakuru Phocas Ndayizera yise ibimenyetso by'ubushinjacyaha ko ari ikinamico:INKURU>> #rwanda #RwOT

    Phocas Ndayizera uregwa ibyaha birimo iterabwoba yireguye ahakana ibyaha ashinjwa abishingira ko ibimenyetso ubushinjacyaha bwatanze birimo amajwi yumvikanamo umugambi wo kwangiza ibikorwaremezo ari ibinyoma.

    Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n'ibyambukiranya imipika ruri i Nyanza mu majyepfo y'u Rwanda rwasubukuye urubanza ruregwamo umunyamakuru Phocas Ndayizera n'abagenzi be 13.

    Mu iburanisha riheruka kuba kuwa 18 Nzeri 2020 ubushinjacyaha bwari bwasabiye abaregwa gufungwa burundu.

    Saa mbiri n'igice abacamanza batatu n'umwanditsi w'urukiko bageze mu rukiko baha umwanya umunyamakuru Phocas Ndayizera umwanya ngo yiregure ku byaha ashinjwa birimo iterabwoba arabihakana avuga ko ari ibinyoma.

    Mu majwi ubushinjacyaha bwumvishije urukiko, yumvikanamo uwitwa Ntamuhanga Cassien abwira Tembo uko bazaturitsa intambi zikangiza ibikorwaremezo mu Rwanda aho umunyamakuru Phocas Ndayizera wahoze atanga inkuru kuri BBC yagombaga kugira uruhare muri uko guturitsa intambi.

    Yabihakanye ahamya ko ibyo bitujuje ubuziranenge kuko Cassien Ntamuhanga wumvikana yavugiraga kuri telefone naho uwumvikana ko ari Tembo yari ahantu hameze nko muri studio

    Ati'Natunguwe n'amajwi atujuje ubuziranenge byumvikana ko ari ikinamico'

    Me Ntare Paul wunganira umunyamakuru Phocas Ndayizera nawe yahakanye ibimenyetso byose byatanzwe n''ubushinjacyaha ko ataribyo ahubwo umukiliya we ari umwere kuko nabo bagenzi be bareganwa uko ari 13 uwo baziranye ari umwe ariwe Karangwa Eliakimu naho abandi bahuriye bwa mbere mu rukiko.

    Ati'Niba bari mu itsinda rimwe ry'abaryankunda none amajwi yatanzwe n''ubushinjacyaha akumvikanamo ko bazatabariza uwo basanzwe babana ariwe Phocas?'

    Iburanisha rya none hafashwe umwanya munini umunyamakuru Phocas n'umwunganizi we Me Ntare Paul ryasoje basaba urukiko ko Uregwa ariwe Phocas Ndayizera akwiye kugirwa umwere bagasaba urukiko ko inyandiko mvugi zakozwe mu bugenzacyaha zateshwa agaciro kuko Phocas Ndayizera wemeye icyaha muri izo nyandiko mvugo yabihatiwe kungufu

    Karangwa Eliakimu nawe ureganwa na Phocas Ndayizera nawe yahawe umwanya yiregura ahakana ibyo ashinjwa, uyu warusanzwe akora akazi kajyanye n'ikoranubuhanga yavuze ko ntaho ahuriye nizo ntambi zari guturitswa kandi nabo bavuga ko bari gufatanya atabazi uretse Phocas wenyine wari usanzwe aza kumureba akamufasha kumwamamariza ibikorwa bye kuko yari umunyamakuru naho abandi bahuriye mu rukiko.

    Abareganwa n'Umunyamakuru Phocas Ndayizera ni Karangwa Eliaquim; Niyonkuru Emmanuel alias Elungu; Niyihoze Patrick alias Nick; Byiringiro Garnon alias Bingo; Bikorimana Bonheur; Bizimana Terence; Munyensanga Martin alias Corbon; Mushimiyimana Yves; Nshimyumuremyi Jean Claude alias Kayima; Rutaganda Bosco; Nshiragahinda Erneste na Ukurikiyimfura Théoneste.

    Iburanisha rizasubukurwa kuri uyu wa 15 Ukwakira 2020.

    Iburanisha ryo kuri uyu wa Gatatu ryabaye hifashishijwe uburyo bw'iyakure buzwi nka 'video conference' kubera icyorezo COVID-19 cyugarije Isi, abaregwa bose bari muri Gereza ya Mageragere iri mu Mujyi wa Kigali.

    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWADAPAPARAZZI.RW/TV

     0 total views

    The post Umunyamakuru Phocas Ndayizera yise ibimenyetso by'ubushinjacyaha ko ari ikinamico:INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/10/14/umunyamakuru-phocas-ndayizera-yise-ibimenyetso-byubushinjacyaha-ko-ari-ikinamicoinkuru/

  • Danny Usengimana yasobanuye icyatumye ubukwe bwe butaba #rwanda #RwOT

    Tariki 21 Nzeri 2020 ni bwo rutahizamu wa APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi, Danny Usengimana yashyize hanze urupapuro rurarika abazitabira ubukwe bwe 'Save The Date' n’umukunzi we N.Francine utuye mu mujyi wa Montreal mu ntara ya Quebec muri Canada. Kuri uru rupapuro hariho ko ubu bukwe bwagombaga kuba bwarabaye tariki ya 8 Ukwakira 2020, gusa byarangiye butabaye.

    Mu kiganiro yagiranye n’urubuga rwa APR FC , Danny yatangaje ko mu gihe imyiteguro y’ubukwe yari irimbanyije, imibare y’abanduye COVID-19 yakomeje kuzamuka mu mujyi wa Montreal biba ngombwa ko Leta ikaza ingamba zo kwirinda iki cyorezo maze ifata umwanzuro wo gushyira mu kato uyu mujyi harimo no gufunga ikibuga cy’indege ari naho N. Francine yaburiye amahirwe yo kugaruka mu Rwanda kurushingana n’mukunzi we Danny Usengimana bamaranye umwaka n’igice bakundana.

    Amatariki mashya y’igihe ubu ukwe buzabera akaba atarashyirwa ahagaragara, dore ko bizaterwa n’ingamba nshya zo kurwanya icyorezo cya COVID-19 intara ya Quebec izashyiraho.

    Danny Usengimana w’imyaka 24,wakiniye Police FC akayigiriramo ibihe byiza, byanatumye yitabazwa mu ikipe y’igihugu yakinnye CAN 2016, yaje kwerekeza muri Singida United yo muri Tanzania, ayikinira umwaka umwe, yerekeje muri Tersana Sporting Club yo mu Misiri, ariko ntiyahatinze kuko mu 2019 yahise agaruka mu Rwanda muri APR FC akinira magingo aya.

    Byari biteganyijwe ko ubukwe bwa Danny Usengimana na N.Francine buba bwarabaye tariki ya 8 Ukwakira 2020, ariko ntibwabaye.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Danny-Usengimana-yasobanuye-icyatumye-ubukwe-bwe-butaba

  • Abamotari 8 bakurikiranyweho guhindura ibirango bya moto #rwanda #RwOT

    Ubwo herekanwaga ziriya moto 8 n’abazitwara, hari umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’abamotari mu Rwanda, Ngarambe Daniel. Yemeje ko bariya bamotari bafashwe bari baragerageje guhisha ibirango bya moto batwara. Nawe yemeza ko ibyo bakoze bigoye kubona ibirango by’ikinyabiziga bityo bakaba bashobora gukora ibyaha ntibamenyekane.

    Yagize ati 'Bariya bantu bari mu byiciro bitandukanye, hari abasize irangi ry’umuhondo ahantu hose handitse imibare n’inyuguti, hari abashyira akantu k’akuma gahisha pulake, hari abagonda icyapa cyanditseho pulake hari n’abasigaho urwondo. Ibi byose bituma abapolisi na za kamera batabasha kumenya ibirango by’ikinyabiziga (Moto) iyo bakoze amakosa yo mu muhanda cyangwa bakoze ibindi byaha.'

    Ngarambe Daniel yakomeje avuga ko iyo myifatire ihesha isura mbi umwuga wo gutwara abagenzi kuri za moto ndetse hakaba hari n’ababyifashisha mu byaha by’ubujura no gukwirakwiza ibiyobyabwenge.

    Ati 'Umuntu ukora biriya ntiwamenya impamvu aba yabikoze, gusa ikigaragara ni uko iyo bakoze ibyaha bitoroha kumenya ikinyabiziga. Tugiye kunyura mu mashyirahamwe yose y’abamotari tureba abakoze biriya babihindure kuko nta muntu wemerewe kugira icyo yongera kuri pulake aba yarahawe na Leta.'

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko moto 4 muri moto 8 zafashwe hari hashize umwaka urenga zishakishwa kubera amakosa yo mu muhanda ndetse n’ibindi byaha zakoreshejwe.

    Yagize ati 'Twari twarakiriye ibirego bya za moto zagiye zikoreshwa mu byaha ariko kuzimenya bikagorana kubera kuriya bahisha pulake. Bamwe bagiye bashyira ibintu ahanditse pulake cyangwa bakagonda kariya kapa kanditseho pulake k’uburyo nta muntu washobora kubona ibirango bya moto. Ibyo byose hari ababikoraga ku bushake kugira ngo bizaborohere gukora ibyaha kuko ari kamera ndetse n’amaso y’umuntu ntabasha kubibona.'

    CP Kabera yavuze ko ibikorwa byo gushakisha bene ibyo binyabiziga bikomeje kandi bitareba za moto gusa ko ahubwo hari n’imodoka byagaragayeho.

    Yagize ati 'Ibirango by’ibinyabiziga bigomba kuba bimeze nk’uko byatanzwe na Leta. Iyo ushyize ikintu icyo aricyo cyose kuri pulake cyangwa ukayigonda bituma utabasha kuyibona, ababikoze bamenye ko bazafatwa.'

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagiriye inama umuntu wese uzi ko afite ikinyabiziga cyahinduwe pulake akwiye kujya gushaka ibindi bigaragara neza.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Abamotari-8-bakurikiranyweho-guhindura-ibirango-bya-moto

  • Abahanga bavuga ko ikirunga cya Nyiragongo gishobora kuruka #rwanda #RwOT

    Umuhanga mu by’ibirunga(volcanologist) witwa Dario Tedesco wo muri Kaminuza ya Campania ahurutse kujyanayo n’itsinda ry’abandi bashakashatsi kugira ngo barebe niba urusukume rw’amahindure yo muri Nyiragongo rwariyongereye cyangwa rwaragabanutse.

    Basanze rwariyongereye ku kigero cyo hejuru ku buryo ruzarenga umunwa w’iki kirunga mu myaka ine iri imbere.

    Bavuga ko n’ubwo ibipimo bafashe byerekana ko bizafata imyaka ine kugira ngo urusukume rw’amahindure(lava) rwo muri Nyiragongo rurenge umunwa wayo rusesekare mu batuye Goma, haramutse habaye umutingito mu gace iherereyemo, ruriya rusukume rwazamuka mbere ya kiriya gihe.

    Ikindi uriya muhanga avuga gihangayikishije ni uko ikigo gishinzwe gucunga ibirunga mu Karere k’Ibiyaga bigari kitwa Goma Volcano Observatory (GVO) kitagikora neza kubera ko amafaranga cyagenerwaga na Banki y’isi yahagaze.

    Ati: ' Birababaje kuba Banki y’Isi yarahagaritse iriya nkunga kandi kudakurikiranira hafi imikorere ya kiriya kirunga bizatuma abagituriye batamenyeshwa hakiri kare imikorere yacyo kugira ngo bagihunge. Erega nicyo kirunga giteye ubwoba kurusha ibindi ku isi.'

    Tedesco ni we muhanga mu by’ibirunga watangiye gucungira Nyiragongo hafi guhera mu myaka ya 1990.

    Ni mbere na nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ubwo abantu benshi bahungiraga muri Zaïre ya kiriya gihe.

    Amakuru yatangaga muri kiriya gihe niyo yafashije abategetsi kuburira abantu ko Nyiragongo ifite umugambi wo kuruka, abumviye uwo muburo bararokotse!
    Muri 2002 Nyiragongo yarutse ibitewe n’uko habaye umutingito ugasatura ibice bimwe by’imbavu zayo.

    Hasadutse igice cyo mu rubavu rwo mu Majyepfo yayo, urusukume rumanuka rugana i Goma.

    Impamvu ituma Nyaragongo iba ikirunga kibi kurusha ibindi ku isi ni uko ari yo ifite kiyaga cy’amahindure gifite umurambararo muremure kurusha ibindi.

    Uyu murambararo ureshya na metero 200. Ubwo amahindure yacyo yatombokaga kubera umutingito, yazamutse afite umuvuduko wa kilometero 60 ku isaha!
    Aya mahundure yageze i Goma asenya byinshi nyuma amaze kuma akora ikirundo cya metero ebyiri z’ubujyejuru.

    Ayagannye mu Kiyaga cya Kivu yakoze ikirundo cya metero 800 hafi neza neza n’amazi ya kiriya kiyaga. Abahanga twavuze haruguru muri 2016 babonye ko amahindure ya Nyaragongo akomeje kwiyongera.

    Muri Gashyantare, 2016 Tedesco na bagenzi be bafashe indege y’ingabo za UN ibajyana muri kariya gace bapimye basanga amahindure ya Nyiragongo ari kwiyongera vuba kurusha ikindi gihe cyose.

    Basanze buri sogonda yiyongeraho metero kibe enye.

    Pierre-Yves Burgi wo muri Kaminuza ya Geneva avuga ko impamvu ituma ariya mahindure yiyongera cyane ari uko ubushyuhe bwo mu nda ya kiriya kirunga na bwo budasiba kwiyongera.

    Yabigereranyije n’uko bigenda iyo ikinyabutabira kitwa mercure kikwedura cyane gihuye n’ubushyuhe bwinshi. Mercure ni yo iba mu kuma abaganga bapimishaga umuriro abarwayi kitwa Thermometer.

    Mu nyandiko yasohoye mu kinyamakuru Geophysical Research Letters yavuze ko ibya Nyiragongo biteye impungenge kandi ko iramutse ihuye n’umutingito yakora amahano kurusha uko byagenze muri 2002.

    Ingabo za UN ziri muri kariya gace na zo zihangayikishijwe n’uko ibikoresho byo gucungira hafi Nyiragongo byangijwe n’imitwe y’abarwanyi ikorera muri kariya gace kandi amafaranga yo kubisana yatangwaga na Banki y’isi akaba yarahagaze.

    Wa muhanga witwa Tedesco avuga ko 'ibintu nibikomeza kuriya, akaga gakomeye kazaba kugarije abaturiye Nyiragongo’
    Science

    Source : https://www.imirasire.rw/?Abahanga-bavuga-ko-ikirunga-cya-Nyiragongo-gishobora-kuruka

  • Shaddyboo yatangaje ko ari slayqueen #rwanda #RwOT

    Mbabazi Shadia wamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga ku izina rya Shaddyboo yatangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram ko ari slayqueen.

    Shaddyboo asanzwe azwi cyane ku mashusho atandukanye akunda gusangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga by'umwihariko instagram na snapchat ndetse n'amafoto atandukanye aho uyu mubyeyi w'abana 2 aba yasohokeye ahantu hahenze.

    Nkuko tubikesha Urban Dictionary, izina slay queen bivuga umukobwa/umugore mwiza wirukanka inyuma y'abagabo/abasore bakize (slay queen is: 'A beautiful but dumb young woman who chases after wealthy men).

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/14/shaddyboo-yatangaje-ko-ari-slayqueen/

  • Ibitangaje kuri Diane wubakiye iwabo inzu mu mafaranga yakuye mu kazi k'ubuyaya:INKURU>> #rwanda #RwOT

    Diane Uwiringiyimana w'imyaka 20 y'amavuko, ni umukobwa uvuka mu karere ka Ruhango mu Ntara y'Amajyepfo. Ntiyabashije gukomeza amashuri ye kuko yagarukiye mu mwaka wa Gatatu w'ayisumbuye, kuba nyina ari umukene naho Se akaba yaramwanze we na basaza be babiri, bikaba ari yo mbogamizi yatumye atarangiza kwiga n'ubwo yari umuhanga mu ishuri. Ubu akora akazi ko mu rugo ako benshi bakunda kwita ubuyaya, nyamara amafaranga yagakuyemo yatumye abasha kubakira iwabo inzu bava mu bukode.

    Mu kiganiro twagiranye na Diane, yadutangarije uburyo se umubyara yabikanye akanga no kubafasha kandi afite ubushobozi, akarihira abandi bana yabyaye ku wundi mugore, ariko we agakurana agahinda ko kutemerwa n'uyu mubyeyi we ndetse bikarushaho kumushengura kuko abantu bose bavuga ko asa n'uwo mubyeyi wamwihakanye.

    Diane avuga ko amaze kugera mu mwaka wa Gatatu w'ayisumbuye akabura ubushobozi bwo gukomeza, yaje mu mujyi wa Kigali aho yashakaga imibereho kugirango azafashe nyina na basaza be babiri bari batunzwe n'uko nyina yahingiraga amafaranga. Akigera i Kigali yahehere ku mushahara w'ibihumbi birindwi, kugeza ubu akaba ageze ku mushahara w'ibihumbi 20.

    Aya mafaranga yabashije kuyacunga neza no kuyabyaza umusaruro, yahembwa akoherereza iwabo bakagura ihene n'andi matungo magufi, bagenda batera imbere kuburyo yaje kubyazamo ikibanza anubakira iwabo inzu ubu bakaba batuye mu nzu yabo barasezereye ubukode.

    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     6 total views,  6 views today

    The post Ibitangaje kuri Diane wubakiye iwabo inzu mu mafaranga yakuye mu kazi k'ubuyaya:INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/10/14/ibitangaje-kuri-diane-wubakiye-iwabo-inzu-mu-mafaranga-yakuye-mu-kazi-kubuyayainkuru/

  • Umunyamakuru Ndayizera yahakanye ibyo aregwa #rwanda #RwOT

    Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipika ruri i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rwasubukuye urubanza ruregwamo umunyamakuru Phocas Ndayizera n’abagenzi be 13.

    Mu iburanisha riheruka kuba kuwa 18 Nzeri 2020 ubushinjacyaha bwari bwasabiye abaregwa gufungwa burundu.

    Saa mbiri n’igice abacamanza batatu n’umwanditsi w’urukiko bageze mu rukiko baha umwanya umunyamakuru Phocas Ndayizera umwanya ngo yiregure ku byaha ashinjwa birimo iterabwoba arabihakana avuga ko ari ibinyoma.

    Mu majwi ubushinjacyaha bwumvishije urukiko, yumvikanamo uwitwa Ntamuhanga Cassien abwira Tembo uko bazaturitsa intambi zikangiza ibikorwaremezo mu Rwanda aho umunyamakuru Phocas Ndayizera wahoze atanga inkuru kuri BBC yagombaga kugira uruhare muri uko guturitsa intambi.

    Yabihakanye ahamya ko ibyo bitujuje ubuziranenge kuko Cassien Ntamuhanga wumvikana yavugiraga kuri telefone naho uwumvikana ko ari Tembo yari ahantu hameze nko muri studio

    Ati”Natunguwe n’amajwi atujuje ubuziranenge byumvikana ko ari ikinamico”

    Me Ntare Paul wunganira umunyamakuru Phocas Ndayizera nawe yahakanye ibimenyetso byose byatanzwe n”ubushinjacyaha ko ataribyo ahubwo umukiliya we ari umwere kuko nabo bagenzi be bareganwa uko ari 13 uwo baziranye ari umwe ariwe Karangwa Eliakimu naho abandi bahuriye bwa mbere mu rukiko.

    Ati”Niba bari mu itsinda rimwe ry’abaryankunda none amajwi yatanzwe n”ubushinjacyaha akumvikanamo ko bazatabariza uwo basanzwe babana ariwe Phocas?”

    Iburanisha rya none hafashwe umwanya munini umunyamakuru Phocas n’umwunganizi we Me Ntare Paul ryasoje basaba urukiko ko Uregwa ariwe Phocas Ndayizera akwiye kugirwa umwere bagasaba urukiko ko inyandiko mvugi zakozwe mu bugenzacyaha zateshwa agaciro kuko Phocas Ndayizera wemeye icyaha muri izo nyandiko mvugo yabihatiwe kungufu

    Karangwa Eliakimu nawe ureganwa na Phocas Ndayizera nawe yahawe umwanya yiregura ahakana ibyo ashinjwa, uyu warusanzwe akora akazi kajyanye n’ikoranubuhanga yavuze ko ntaho ahuriye nizo ntambi zari guturitswa kandi nabo bavuga ko bari gufatanya atabazi uretse Phocas wenyine wari usanzwe aza kumureba akamufasha kumwamamariza ibikorwa bye kuko yari umunyamakuru naho abandi bahuriye mu rukiko.

    Abareganwa n’Umunyamakuru Phocas Ndayizera ni Karangwa Eliaquim; Niyonkuru Emmanuel alias Elungu; Niyihoze Patrick alias Nick; Byiringiro Garnon alias Bingo; Bikorimana Bonheur; Bizimana Terence; Munyensanga Martin alias Corbon; Mushimiyimana Yves; Nshimyumuremyi Jean Claude alias Kayima; Rutaganda Bosco; Nshiragahinda Erneste na Ukurikiyimfura Théoneste.

    Iburanisha rizasubukurwa kuri uyu wa 15 Ukwakira 2020.

    Iburanisha ryo kuri uyu wa Gatatu ryabaye hifashishijwe uburyo bw’iyakure buzwi nka 'video conference’ kubera icyorezo COVID-19 cyugarije Isi, abaregwa bose bari muri Gereza ya Mageragere iri mu Mujyi wa Kigali.

    Source : https://www.imirasire.rw/?Umunyamakuru-Ndayizera-yahakanye-ibyo-aregwa

  • Ibitangaje kuri Diane wubakiye iwabo inzu mu mafaranga yakuye mu kazi k’ubuyaya – VIDEO #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro twagiranye na Diane, yadutangarije uburyo se umubyara yabikanye akanga no kubafasha kandi afite ubushobozi, akarihira abandi bana yabyaye ku wundi mugore, ariko we agakurana agahinda ko kutemerwa n’uyu mubyeyi we ndetse bikarushaho kumushengura kuko abantu bose bavuga ko asa n’uwo mubyeyi wamwihakanye.

    Diane avuga ko amaze kugera mu mwaka wa Gatatu w’ayisumbuye akabura ubushobozi bwo gukomeza, yaje mu mujyi wa Kigali aho yashakaga imibereho kugirango azafashe nyina na basaza be babiri bari batunzwe n’uko nyina yahingiraga amafaranga. Akigera i Kigali yahehere ku mushahara w’ibihumbi birindwi, kugeza ubu akaba ageze ku mushahara w’ibihumbi 20.

    Aya mafaranga yabashije kuyacunga neza no kuyabyaza umusaruro, yahembwa akoherereza iwabo bakagura ihene n’andi matungo magufi, bagenda batera imbere kuburyo yaje kubyazamo ikibanza anubakira iwabo inzu ubu bakaba batuye mu nzu yabo barasezereye ubukode.

    REBA VIDEO Y’IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Ibitangaje-kuri-Diane-wubakiye-iwabo-inzu-mu-mafaranga-yakuye-mu-kazi-k-ubuyaya-VIDEO

  • Uwari myugariro wa Rayon Sports yinjiye byeruye mu mitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda #rwanda #RwOT

    Nshiyimimana Iddi yamenyekanye bwa mbere muri Etincelles aza kuyivamo ajya muri Rayon Sports, ariko hari amakuru avuga ko yayivuyemo akajya mu Bubiligi nyuma y’uko ari mu bakekwagaho gufasha Diane Rwigara kubona imikono ngo yiyamamaze ku mwanya wa Perezida mu matora yo muri 2017. Icyo gihe, uyu Nshiyimimana Iddi ngo ari mu bagaragaje imikono babeshyera abantu ko bamusinyiye kandi bitarabayeho.

    Nshiyimimana Iddi, uri ku murongo w’inyuma ibumoso, yahoze akinira ikipe ya Rayon Sports

    Nyuma yo kujya mu Bubiligi, nta bikorwa by’umupira w’amaguru yongeye kuvugwaho ahubwo amaze igihe agaragaza ko ashyigikiye abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda barimo n’abo inzego z’ubugenzacyaha zivuga ko bazazanwa i Kigali bakagezwa imbere y’ubutabera.

    Uretse ku mbuga nkoranyambaga, Nshiyimimana Iddi anakunze kugaragara kenshi mu bikorwa by’imyigaragambyo mu Bubiligi ashimangira byeruye ko yifatanyije n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Uwari-myugariro-wa-Rayon-Sports-yinjiye-byeruye-mu-mitwe-irwanya-ubutegetsi-bw-u-Rwanda

  • Burera : Covid19 impacte sur les produits de la courge de Sanejo Youth Ltd #rwanda #RwOT

    A la sortie de leurs universités, ils se sont dit que la production de la courge de leur district est nombreuse et mal consommée. Ils ont décidé d’étudier des produits possibles de la transformation de cette courge. Tout allait bien jusqu’au moment où la pandémie de la Covid 19 a surgi paralysant la plupart des activités économiques.

    ” Nous avons perdu beaucoup de marchés. Notre business en a pâti “, a confié Yves Nikubwayo, l’un de ces jeunes.

    ” Nous vendions nos produits hors de nos frontières. C’était la grande partie de nos recettes “, a-t-il ajouté trouvant que le lockdown a impacté négativement sur leur business.
    Le jeune businessman trouve que la situation actuelle est compliquée par le fait que la source des emballages pour leurs produits, le Kenya, est inaccessible.

    'Au commencement de notre business, nous avions bénéficié du don de BDF/Business development Fund. Tout allait bien. Nous étions même confiants que nous allions remettre à ce fond national, la partie remboursable. Mais depuis que la pandémie de la Covid19 est survenue, c’est devenu du gâchis. Plus de marché ! Nous ne savons même pas faire des démarches pour obtenir un autre crédit “, a-t-il ajouté avec dépit tournant les yeux vers les éventuels donateurs pour sauver leur business.

    Pourtant ces jeunes se font du souci pour rien car le BDF est prêt à comprendre leurs tracas.
    ” Quand un éventuel investisseur nous approche avec des documents montrant comment la Covid19 lui a occasionné des pertes, le BDF leur accorde un délai supplémentaire de paiement. Il peut aussi lui accorder un crédit complémentaire. Une autre possibilité lui offerte est l’accroissement jusqu’à 75% du fond de garantie à son endroit “, a dit l’Officier du BDF en matière de Communication suggérant à ces investisseurs malheureux qu’un Fonds national a été institué pour venir en aide aux investisseurs très secoués par les conséquences néfastes de la Covid 19.

    Sanejo Youth ltd déclare que tout au long de ses quatre années d’existence, elle enregistrait des recettes de l’ordre de 900.000 Frw au mois, qu’au cours de cette période de Covid 19, ces recettes varient entre 200 et 300.000 francs, ce qui est loin de couvrir les dépenses de production.

    NDJ

    Source : https://fr.igihe.com/Burera-Covid19-impacte-sur-les-produits-de-la-courge-de-Sanejo-Youth-Ltd.html