Blog

  • Agahinda n’amarira kwa Rosine Bazongere(VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime nyarwanda Rosine Bazongere ari mu gahinda nyuma y’uko umwe mu bakobwa bibumbiye mu muryango wa ‘Her Friends’ yashinze apfushije umwana yokejewe n’amazi ashyushye.

    Her Friends ni umuryango ugizwe n’abakobwa babyaye batarashaka abagabo(batewe inda zitateganyijwe), bibumbiye hamwe kugira ngo bajye bafashanya mu buzima bwa buri munsi ndetse bafashe n’abandi bahuye n’ibibazo nk’ibyabo.

    Uyu muryango washinzwe na Rosine Bazongere umaze kwandika izina rye cyane mu ruganda rwa sinema nyarwanda.

    Aganira na ISIMBI, yavuze ko muri uyu muryango bagize ibyago umwe mu bakobwa babana muri uyu muryango agapfusha umwana we nyuma yo kotswa n’amazi ashyushye akajywana mu bitaro ariko agahita yitaba Imana.

    Ati“uwo mukobwa yabyaye abana babiri b’impanga, umwe rero ari ku kazi umukozi aramuhamagara aramubwira ngo umwana amazi aramwokeje, bamujyana kwa muganga, mu bitaro yamazemo iminsi nk’itatu bahita batubwira ko yitabye Imana.”

    Avuga kuri uyu mukobwa wapfushije umwana, yavuze ko nyuma yo gutwita ababyeyi b’umukobwa bahise bafungisha umuhungu kuko umukobwa atari yujuje imyaka y’ubukure kandi yaranifuzaga kumufasha, ikibabaje ni uko uyu mukobwa iwabo baje no kumwirukana.

    Ikiganiro na Rosine Bazonmgere

    Rosine ni we washinze umuryango Her Friends

    Source : http://isimbi.rw/sinema/article/agahinda-n-amarira-kwa-rosine-bazongere-video

  • Mu maso ya Perezida Kagame, Patriots yatsinze REG yegukana igikombe cya shampiyona(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo habaye umukino wa nyuma usoza shampiyona ya Basketball, aho igikombe cyaje kwegukanwa na Patriots itsinze REG amanota 76-61, ni umukino wakurikiwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

    Nyuma y’uko ibikorwa by’imikino mu Rwanda bisubukuwe aho byari byarahagaze muri Werurwe 2020 kubera icyorezo cya Coronavirus, ku ikubitiro shampiyona ya Basketball niyo yabimburiye indi mikino, ikiba yari imaze iminsi irindwi ribera muri Kigali Arena mu muhezo, uyu munsi yasojwe mu bagabo no mu bagore.

    Mu bagabo umukino wa nyuma wagezweho na REG yasezereye APR BBC muri ½, ni mu gihe Patriots yasezereye RP-IPRC Kigali.

    Uyu mukino wa nyuma ukaba wakurikiranywe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ndetse akaba ari inshuro ya kabiri yitabiriye isozwa rya shampiyona ya Basketball mu Rwanda.

    Patriots BBC iftie igikombe cya Shampiyona giheruka, yegukanye n’icy’uyu mwaka nyuma yo gutsinda REG BBC amanota 76-61.

    Cyabaye igikombe cya kane cya Shampiyona iyi kipe ya Patriots BBC yegukanye, ni nyuma yo kwegukana icya 2016, 2018na 2019.

    Umwanya wa gatatu mu bagabo wegukanywe na RP-IPRC Kigali itsinze APR BBC amanota 87-79.

    Mu bagore, igikombe cya Shampiyona cyegukanywe na The Hoops Rwanda itsinze RP-IPRC Huye WBBC amanota 68-63 mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na Ubumwe WBBC itsinze APR WBBC amanota 67-52.

    Nyuma yo gusoza shampiyona, u Rwanda ruritegura kwakira imikino yo mu matsinda A, B na D yo majonjora yo gushaka itike ya Afrobasket 2021 izitabirwa n’amakipe 16, ikabera i Kigali hagati ya ya tariki ya 24 Kanama n’iya 5 Nzeri 2021.

    Perezida Kagame(hagati), Mugiwza Desire akaba perezida wa FERWAFA(ibumoso), na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa(iburyo) bakurkiranye umukino Patriots yatsinzemo REG

    Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Madame Aurore Mimosa bakurikiranye umukino wa nyuma

    Abakinnyi REG yifashishije

    Abakinnyi Patriots yifashishije

    Patriots yasubiriye REG iyitwara igikombe cya shampiyona

    Patriots yisubije igikombe cya shampiyona

    Mu bagore cyegukanywe na The Hoops Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mu-maso-ya-perezida-kagame-patriots-yatsinze-reg-yegukana-igikombe-cya-shampiyona-amafoto

  • Umutoza Karekezi abo yatoje nibo babizi – Irambona Eric #rwanda #RwOT

    Myugariro wa Kiyovy Sports, Irambona Eric avuga ko ari amahirwe kuri we kuba agiye kongera gutozwa n’umutoza Karekezi Olivier muri Kiyovu Sports kuko ari umutoza mwiza kandi ukunda abakinnyi be.

    Nyuma yo gutandukana Rayon Sports, Irambona Eric yasinyiye Kiyovu Sports, akaba yarahuriyeyo n’umutoza Karekezi Olivier wigeze kumutoza muri Rayon Sports muri 2017 kugeza mu ntangiriro za 2018.

    Nyuma y’imyitozo ya mbere yabaye uyu munsi, Irambona Eric yavuze ko ari amahirwe kuri we kongera gutozwa na Karekezi Olivier.

    Ati'Olivier[Karekezi] ni umutoza ukunda abakinnyi be cyane, akunda kubabona bishimye, ni amahirwe gutozwa n’umutoza nka Karekezi abo yatoje barabizi, nanjye ni ikintu cyanshimishije ku nshuro ya kabiri kuba nakongera guhura na Karekezi.'

    Avuga ko mu ikipe umwuka umeze neza, buri mukinnyi wese yishimye kuko bongeye gukina umupira nyuma y’igihe kirekire, ndetse bizeye ko bazaha ibyishimo abakunzi ba Kiyovu Sports.

    Karekezi Olivier umutoza mushya wa Kiyovu Sports, ubwo yageraga ku myitozo y’uyu munsi

    Irambona Eric avuga ko Karekezi Olivier ari umutoza mwiza

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umutoza-karekezi-abo-yatoje-nibo-babizi-irambona-eric

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 8, ntawakize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 8 babonetse mu bipimo 3,698 bakaba barimo 7 babonetse muri Kigali, undi umwe aboneka i Nyagatare.

    Kugeza kuri uyu wa Gatandatu, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,060 muri bo abamaze gukira ni 4,806 naho abakivurwa ni 220.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 34.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-8-ntawakize

  • Producer Daddy Andre agiye kurongora umuhanzikazi Nina Roz ukomoka mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa yerekanye Daddy Andre nk’umusore bitegura ku rushinga mu birori byabaye ku wa 23 Ukwakira 2020, mu rugo rwa Nyinawabo ruherereye ahitwa Kireka.

    Daddy Andre abinyujije ku rukuta rwa Twitter, yavuze ko kuri ubu ari umwe na Nina Roz ndetse yashimishijwe n’uko yamweretse ababyeyi.

    Ati 'Kandi babiri bazaba umwe. Urukundo ni ikintu cyiza none uyu munsi nishimiye ko umukunzi wanjye yanjyanye kunyereka ababyeyi.'

    Uyu muhanzikazi ubusanzwe ni umunyarwandakazi dore ko umubyeyi we umwe [Papa we] ndetse n’abandi bo mu muryango we bakomoka mu Rwanda nk’uko akunze kubitangaza mu itangazamakuru.

    Nina Roz amaze gukora indirimbo nyinshi zirimo 'Anayinama, Olumya Bano, Munda Dala, KYOYOOYO, Billboard (Kipande).

    Ni umwe mu bahanzi bagezweho muri Uganda by’umwihariko akaba aririmba mu njyana zitandukanye zirimo Reggae, afro dancehall ndetse na afro-pop.

    Yatangiye umuziki nk’umwuga mu 2016, aho yakundaga gukorera muri Label ya TNS [Team No Sleep] ibarizwamo abahanzi barimo Pallaso, Sheebah na King Saha.

    Mu 2017, nibwo yasinye muri Boom Bark Records ari naho yahuriye na Daddy Andre amukorera indirimbo yise 'Omuliro’ yamumenyekanishije cyane, ndetse mu 2018, aza gukora indi ndirimbo yise 'Olumya Banno’ yakozwe na Nessim.

    Uyu muhanzikazi yaje kuva muri Boom Bark Records mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2020, atangira gukorana na Sure Events aho bamufasha mu bikorwa bye bya muzika.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Producer-Daddy-Andre-agiye-kurongora-umuhanzikazi-Nina-Roz-ukomoka-mu-Rwanda

  • Patriots itwaye igikombe cya Gatatu yikurikiranya,The Hoops yandika amateka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imikino ya nyuma ya BK Basketball National League yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Ukwakira 2020.

    Umukino wa nyuma mu bagabo wahuje REG BBC na Patriots BBC witabiriwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, wanitabiriye umukino wa 1/2 wahuje REG BBC na APR BBC.

    Ni imikino yabanjirijwe n’iyo gushaka umwanya wa Gatatu mu bagabo n’abagore. Mu bagore ikipe y’Ubumwe BBC yatwaye umwanya wa Gatatu itsinze 67 kuri 52 ya APR BBC. Mu bagabo IPRC Kigali yatsinze APR BBC amanota 87 kuri 79.

    Uko amakipe yakurikiranye

    Abagabo:

    1. Patriots BBC
    2. REG BBC
    3. IPRC Kigali BBC
    4. APR BBC

    Abagore:

    1.The Hoops Rwanda
    2. IPRC Huye BBC
    3. Ubumwe BBC
    4. APR W BBC

    Amakipe abiri yegukanye ibikombe azahagararira u Rwanda mu mikino mpuzampahanga. Patriots BBC izahagarariria u Rwanda muri Basketball Africa League mu gihe The Hoops Rwanda izahagarariria u Rwanda mu mikino y’Akarere ka Gatanu (Zone 5).

    Banki ya Kigali ni we muterankunga wa shampiyona yatanze ibihembo ku makipe ane ya mbere. Ikipe ya mbere yahembwe miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, iya kabiri ihabwa miliyoni imwe n’igice, iya Gatatu yahawe miliyoni imwe, iya kane ihabwa ibihumbi magana inani.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/patriots-itwaye-igikombe-cya-gatatu-yikurikiranya-the-hoops-yandika-amateka

  • Kiyovu Sports yatangiye imyitozo(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Uyu munsi ikipe ya Kiyovu Sports yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2020-2021.

    Nyuma y’uko ku munsi w’ejo hashize abakinnyi ba Kiyovu Sports bapimwe icyorezo cya Coronavirus, uyu munsi batangiye umwiherero ndetse banakora imyitozo ya mbere.

    Ni imyitozo yabereye ku kibuga cya Mumena aho iyi kipe n’ubundi isanzwe ikorera imyitozo,ikaba yayobowe n’umoza mukuru Karekezi Olivier.

    Imyitozo y’uyu munsi ikaba yibanze mu kongerera ingufu abakinnyi bitewe n’igihe bari bamaze badakina.

    Iyi kipe ikaba icumbitse kuri hoteli imwe mu Kiyovu aho izahava ku munsi w’ejo yerekeza ku Ruyenzi aho umwiherero nyirizina izawukorera, gusa izajya iza kwitoreza ku Mumena.

    Rutahizamu Babuwa Samson wavuye muri Sunrise mu myenda ya Kiyovu Sports

    Myugariro mpuzamahanga w’u Murundi, Ngando Omar n we ni mushya muri Kiyovu Sports

    Irambona Eric wavuye muri Rayon Sports, yitwezwe kuzafasha Kiyovu Sports

    Abakinnyi bose bameze neza

    Ngando Omar mu myitozo imwongerera ingufu

    Umutoza Karekezi Olivier ubwo yinjiriga ku kibuga cya Mumena yabanje kubahiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus

    Abakinnyi ba Kiyovu byitezwe ko ejo bazajya mu mwiherero ku Ruyenzi

    Uyu munsi bahereye ku myitozo yongera imbaraga

    AMAFOTO: UWIHANGANYE Hardy

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/kiyovu-sports-yatangiye-imyitozo-amafoto

  • Perezida Kagame yarebye umukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni umukino wahuje amakipe ya Patriots na REG nyuma yo gutsinda imikino yayo ya 1/2.

    Ikipe ya REG BBC yageze ku mukino wa nyuma itsinze APR BBC amanota 75 kuri 68. Uyu mukino na wo warebwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku wa Gatanu tariki 23 Ukwakira 2020.

    Undi mukino wa 1/2 wahuje Patriots BBC ifite igikombe giheruka na IPRC Kigali, urangira Patriots BBC itsinze IPRC Kigali mu buryo bworoshye amanota 88 kuri 59. Ni irushanwa riterwa inkunga na Banki ya Kigali (BK).

    Umukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball urangiye Patriots BBC yegukanye igikombe itsinze REG BBC amanota 76 kuri 61, bituma Patriots BBC yegukana iki gikombe ku nshuro yayo ya gatatu yikurikiranya (2018, 2019, 2020). Ibaye kandi inshuro ya kane yegukanye iki gikombe, dore ko no muri 2016 Patriots BBC ari yo yagitwaye.

    Ni mu gihe mu bakobwa igikombe cyegukanywe na The Hoops Rwanda itsinze IPRC Huye amanota 68 kuri 63.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/perezida-kagame-yarebye-umukino-wa-nyuma-wa-shampiyona-ya-basketball-amafoto

  • 8 Arrested For Stealing School Cement #rwanda #RwOT

    Police in Rubavu district has arrested eight men suspected of stealing cement meant for construction of classroom blocks at Kanyundo School. The suspects arrested include masons, storekeepers and guards at the construction site.

    Rudatinya Vianney, the Executive Secretary at Mudende sector confirmed the arrest and said it was possible after a tip off from area residents that alerted Dasso. A total of 10 bags (250kgs) of cement were seized during the arrest.

    The suspects are awaiting for processing their charges to pave way for prosecution. If found guilty, they risk a seven year sentence and fine of not less than Frw3million.

    The post 8 Arrested For Stealing School Cement appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/8-arrested-for-stealing-school-cement/