Blog

  • Amavubi U17 na U20 yamenye amatsinda aherereyemo #rwanda #RwOT

    Amakipe y’Igihugu y’ingimbi mu batarengeje imyaka 17 na 20 yamenye amatsinda azaba aherereyemo mu mikino ya CECAFA.

    Mu minsi ishize nibwo byavuzwe ko Amavubi atarengeje imyaka 20 atazitabira CECAFA izabera muri Tanzania ni nyuma y’uko MINISPORTS yatangaje ko FERWAFA itari yerekanye aho abakinnyi bazayitabira bazava.

    Andi makuru yavugaga ko Minisiteri yanze gutanga amafaranga kugira ngo iyi kipe itegurwe. FERWAFA ikaba yemeje ko iyi kipe izitabira iyi CECAFA izaba mu kwezi gutaha.

    Muri tombora yabaye, ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 20 iri mu itsinda A hamwe na Tanzania izaba yakiriye amarushanwa, Somalia ndetse na Djibouti.

    Iyi mikino ya CECAFA y’abatarengeje imyaka 20 izaba guhera ku itariki 22 Ugushyingo kugeza ku itariki 05 Ukuboza 2020 muri Tanzania.

    Uko amatsinda muri iyi mikino y'abatarengeje imyaka 20 ahagaze

    Itsinda A: Tanzania, Rwanda, Somalia, Djibouti
    Itsinda B: Burundi, Eritrea, South Sudan, Uganda
    Itsinda C: Ethiopia, Kenya, Sudan

    Imikino ya CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 izabera mu Rwanda biteganijwe ko izabera mu turere twa Rubavu na Huye guhera itariki 13 Ukuboza kugeza ku itariki 23 Ukuboza 2020.

    Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izaba ikinira mu rugo iri mu itsinda A hamwe na Eritrea ndetse na South Sudan.

    Amatsinda mu mikino ya CECAFA y’abatarengeje imyaka 17 ahagaze mu buryo bukurikira:

    Itsinda A: Rwanda, Eritrea, South Sudan
    Itsinda B: Uganda, Ethiopia, Kenya
    Itsinda C: Sudan, Djibouti, Tanzania

    Iyi mikino ya CECAFA mu batarengeje imyaka 17 na 20 niyo izagena ibihugu bizahagararira akarere ka Afurika y’Iburasirazuba mu mikino y’igikombe cya Afurika muri ibyo byiciro.

    Amavubi mato yamenye amatsinda baherereyemo muri CECAFA

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amavubi-u17-na-u20-yamenye-amatsinda-aherereyemo

  • Waba uzi inkomoko y’uburwayi bw’igifu?. Dore ibyo wakora ukarinda igifu cyawe indwara #rwanda #RwOT

    Ni kenshi wumva abantu bavuga ko barwaye igifu kandi gihora kibababaza, ariko bakaba batazi impamvu n’inkomoko y’ubwo burwayi. Igifu nk’imwe mu nyama z’imbere mu mubiri kandi zifite akamaro ntagereranywa ko kwakira no gutunganya ibyo turya cyangwa tunywa, kikabihinduramo ibitunga umubiri, ibidafite akamaro kikabisohora, abahanga mu mikorere y’umubiri bagira inama buri wese yo kwita ku gifu neza kuko kwangirika cyangwa kurwara kwacyo bigira ingaruka mbi ku mikorere y’umubiri wose muri rusange.

    Mu gushaka gusobanukirwa neza imitere, imikorere, uburwayi, uburyo bwo kwirinda ndetse n’ibindi bintu bitandukanye abantu bavuga ku gifu, twegereye inzobere akaba n’umuganga wo muri Baho International Hospital, Dr Niyonsaba Aimé, abidusobanurira mu buryo burambuye.

    Dr Niyonsaba avuga ko akamaro ka mbere k’igifu ari ugusya ibiryo umuntu aba yariye, kikabivanga n’indurwe ziboneka mu gifu, ku buryo bihinduka nk’igikoma, hanyuma umubiri ukikuriramo ibiwutunga, ibisigaye bifatwa nk’imyanda bigasohorwa.

    Dr Niyonsaba avuga ko ubusanzwe igifu kigizwe n’ibice bitatu birimo irembo ry’igifu, imbere mu gifu ndetse n’ahafatwa nk’umuryango usohoka mu gifu.

    Ibintu bishobora gutera igifu

    Muganga Niyonsaba avuga ko ibintu bishobora gutuma igifu kirwara, ari ibintu byose bibangamira imikorere isanzwe y’igifu, bigabanyije mu matsinda atatu.

    Itsinda rya mbere ribonekamo indurwe ziba zitabashije gukora akazi kazo nk’uko bisanzwe, bitewe n’uko umuntu atajya arira ku gihe. Ibi ngo bituma izo ndurwe zishobora kuba nyinshi mu gifu mu gihe umuntu yiyicishije inzara.

    Ikindi gishobora kuba intandaro yo kuzamuka kw’indurwe zo mu gifu ndetse n’imisemburo ku rugero rurenze urukenewe, ni umujagararo w’ubwonko (Stress) wakomotse ku bibazo byo mu buzima busanzwe.

    Itsinda rya kabiri ribonekamo imiti ishobora kwangiza uruhu rw’igifu ndetse n’ibiryo cyangwa ibinyobwa byiganjemo urusenda, ikawa, inzoga n’itabi, bigira uruhare runini mu gutera uburwayi bw’igifu.

    Dr Niyonsaba anongeraho ko hari uburwayi bufata igifu n’amara, buterwa n’amazi cyangwa ibiryo bidafite isuku ihagije, cyangwa bikaba byaterwa n’imyanda yo ku ntoki mu gihe umuntu yikoze mu kanwa amaze kuramukanya na mugenzi we cyangwa se avuye ku bwiherero.

    Itsinda rya gatatu rikubiyemo indwara umubiri uba witeye, aho abasirikare b’umubiri batera igifu bakacyangiza.

    Ibimenyetso by’igifu

    Bimwe mu bimenyetso mpuruza bigaragaza ko umuntu yarwaye igifu birimo kubabara cyane mu gice cy’inda kigana hejuru, mu gatuza, mu mugongo, ndetse no mu ngingo.

    Umurwayi w’igifu kandi ashobora kubibwirwa no kugira isesemi no kuruka ibintu by’umukara cyangwa bisa n’amaraso; kubyimba inda cyangwa kugugara, akumva adashaka kurya nyamara atabiheruka; kwituma nabi ku buryo umuntu ashobora kumara iminsi igera kuri itatu cyangwa irenga atarakenera kujya ku bwiherero, yanajyayo agasohora umwanda usa n’umukara cyane, by’umwihariko iyo igifu cyatangiye kuzana udusebe ku ruhu rwacyo.

    Gusa ngo ibimenyetso by’uburwayi bw’igifu bitandukana bitewe n’ubwoko bumwe muri butatu bw’igifu umuntu ashobora kurwara. Umuntu ashobora kugaragaza ikimenyetso kimwe cyangwa ibirenze kimwe, ariko nabyo bikabanza kwemezwa na muganga ko byakomotse ku burwayi bw’igifu.

    Dr Niyonsaba avuga ko uburwayi bw’igifu hafi ya bwose bukenera kujyanwa kwa muganga, cyane ko abantu bose bashobora gufatwa n’uburwayi bw’igifu nubwo abafite ibyago byinshi byo kukirwa ari abakuze.

    Aha ni ho ahera ahakana amakuru avuga ko iyo umukobwa arwaye igifu, gishobora gukizwa no gushaka umugabo.

    Ati 'Sibyo, benshi bakunda kubivuga ariko si ukuri. Byose biterwa n’icyateye ubwo burwayi bw’igifu.'

    Icyo wakora ngo wirinde uburwayi bw’igifu

    Dr Niyonsaba avuga ko kugira ngo umuntu yirinde uburwayi bw’igifu, bimusaba kwirinda ibintu byose bigitera nk’uko byagaragajwe hejuru.

    Agira inama buri wese yo kurira ku gihe, akirinda kunywa inzoga n’itabi, ikawa cyangwa icyayi kirimo amajyani menshi, tangawizi, kurya urusenda n’ibindi bisharira, kuko bishobora gutuma amazi aba mu gifu ahinduka acide yangiza igifu mu buryo bukomeye.

    Kwirinda ibi byose ngo bishobora kuba urukingo rwiza rwo kwirinda uburwayi bw’igifu, bikunganirwa no kwimenyereza kuryama nijoro hashize amasaha byibura hagati y’abiri n’atatu umuntu amaze kurya.

    Ati “Impamvu yo kuryama nyuma y’aya masaha ni uko ibiryo bya nijoro iyo bigumye mu nda bitagogorwa neza mu gihe umubiri uri kuruhuka. Bitandukanye no kurya ku manywa kuko bwo umuntu aba ari bukomeze akazi, igifu nacyo kigakomeza gukora ibyo gishinzwe.'

    Ubundi buryo bwo kwirinda uburwayi bw’igifu ni ukugira isuku y’ibyo kurya n’ibyo kunywa ndetse no gukaraba intoki ku buryo buhoraho.

    Dr Niyonsaba amara impungenge abantu bajya bibwira ko kunywa amazi nyuma yo gufata amafungo bitera igifu, akavuga ko kunywa nk’ikirahure kimwe ntacyo byangiza mu igogora, keretse ngo iyo umuntu anyoye amazi menshi arenze ikirahure kimwe.

    Uburwayi bw’igifu kandi ngo bushobra kuba inkomoko y’izindi ndwara nk’amara, uburwayi bwo mu muhogo, ubufata mu kanwa cyangwa ahandi hantu hose hanyura ibiryo, bitewe na za acide ziboneka mu gifu.

    Ubushakashatsi bugaragaza ko abantu batuye mu mijyi bafite ibyago byinshi byo kurwara igifu kurusha ababa mu cyaro. Ubu bushakashatsi kandi buvuga ko abantu banywa inzoga n’itabi barwara igifu mu buryo bworoshye, kandi bikaba byabaviramo gufatwa n’ubundi burwayi burimo na kanseri y’igifu.

    Buri wese wafashwe n’igifu, aba afite amahirwe yo gukira, igihe cyose yaba yitandukanyije burundu n’ibyakimuteye kandi akajya kwa muganga.

    Dore inama za Dr Niyonsaba Aimé kubijyanye n’igifu

    Source: Igihe.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Inama-za-Dr-Niyonsaba-wo-muri-Baho-International.html

  • Leta y’u Rwanda yaciwe 949,558,559 Frw kubera abakozi bayireze kudakurikiza amategeko #rwanda #RwOT

    Mu mwaka 2019/2020, Komisiyo yakoze isesengura rya 5 ry’imanza zaciwe muri 2018/2019 zijyanye n’uko abakozi barega Leta kubera ibyemezo bafatiwe bitubahirije amategeko.

    Iri sesengura ryagaragaje ko Leta yaciwe 949,558,559 Frw agizwe na 763,963,633 Frw yari asanzwe ari uburenganzira bw’abakozi bakagombye kuba barahawe kabone n’iyo batajya mu nkiko, naho 185,594,926 Frw akomoka ku ndishyi z’akababaro, igihembo cy’abavoka n’amagarama abakozi batanze mu nkiko.

    Byagaragaye kandi ko Inzego za Leta zo zatsindiye 8,540,000 Frw agizwe n’ayo Urukiko rwageneye Leta kubera gushorwa mu manza nta mpamvu n’abakozi bayireze bagatsindwa.

    Mu mwaka wa 2019/2020 kandi Komisiyo yakoze igenzura mu Nzego za Leta 9, muri zo inzego 4 yasanze amapiganwa yarakoreshejwe mu buryo bwubahirije amategeko. Mu Nzego 5 igenzura ryasanze hari ibibazo birimo gutangaza amanota y’ikizamini cyanditse anyuranye n’ari ku makayi, abakandida 7 bongerewe amanota, 6 bagabanyirizwa amanota ; ibi ngo byagaragaye mu turere tubiri.

    Mu bindi byagaragaye harimo kwemerera abakandida 8 gukora ikizamini kandi batagaragara ku rutonde rw’abemerewe gukora amapiganwa ; ibi byo byagaragaye mu Karere kamwe.

    Mu bindi byagaragaye kandi harimo gushyira umukandida mu mwanya ataratsinze amapiganwa ; ibi nabyo bikaba byaragaragaye mu Karere kamwe.

    Mu bigaragara muri iyo raporo kandi harimo gushyira mu mwanya abakandida badafite impamyabumenyi zisabwa, ibi byagaragaye ku bakandida 3 mu Karere kamwe hakabamo n’imikono itandukanye ku ikayi y’ikizamini nabyo byagaragaye mu Karere kamwe.

    Ku bijyanye n’imirimo, iyi raporo igaragaza ko mu mwaka wa 2019/2020, imyanya yatangajwe ko ikeneye abakozi yari 2,021, abasabye akazi kuri iyi myanya bakaba 258,914 ; abatoranyijwe kuri iyo myanya bakaba 149,835 (57.8%) ; abitabiriye amapiganwa ni 52,187 (34.8% by’abatoranyijwe) naho abatsinze nibura n’amanota 70% ni 4,548 (8.7% by’abitabiriye amapiganwa).

    Abakandida bashyizwe mu myanya bari 2,021 (44.4% by’abatsinze amapiganwa), muri bo abagore ni 682 (33.7%). Muri rusange abatsinda ni bake ugereranyije n’abakoze amapiganwa ari ku bagabo ari no ku bagore nk’uko iyi raporo ibigaragaza.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Leta-y-u-Rwanda-yaciwe-949-558-559-Frw-kubera-abakozi-bayireze-kudakurikiza-amategeko

  • Ibintu 10 byihariye wamenya kuri Perezida Paul Kagame w’imyaka 63 y’amavuko #rwanda #RwOT

    Muri iyi nkuru, turagaruka ku bintu 10 byihariye ukwiye kumenya kuri Perezida Kagame birimo ibiteye amatsiko ushobora kuba utazi. Turifashisha inyandiko zitandukanye nk’iza WEF, KTPress, Jeunne Afrique n’ibindi. :

    1. Paul Kagame ni we Perezida wenyine mu mateka y’u Rwanda watowe n’abaturage ahatana n’abandi bakandida

    JPEG - 46 ko

    Mu mateka y’u Rwanda, aba Perezida benshi bagiye bayobora u Rwanda nyuma yo gutsinda amatora, babaga biyamamaje ari bo bonyine, Paul Kagame akaba ari we Perezida rukumbi wagiye ku butegetsi binyuze mu matora rusange aho abaturage bose bujuje ibisabwa bihitiramo uwo bashaka mu bakandida benshi.

    SOMA INKURU BIJYANYE HANO : Abaperezida bose bayoboye u Rwanda, uko bagiye ku butegetsi n’uko byabagendekeye

    Duhereye kuri Mbonyumutwa Dominique wabaye Perezida wa mbere w’u Rwanda akayobora amezi 9, yari yagiyeho nta matora rusange y’abaturage yakozwe. Yasimbuwe na Kayibanda Grégoire wabaye Perezida wa kabiri mu mateka y’u Rwanda, akaba ari nawe wa mbere waruyoboye kuva rwabona ubwigenge ndetse ninawe wa mbere wabaye Perezida habayeho amatora ariko nabwo ntiyari amatora rusange ngo abaturage bahabwe umwanya bitorere umukandida umwe muri benshi.

    Nyuma Habyarimana Juvenal yahiritse Kayibanda ahita ajya ku butegetsi, maze ku gihe cye haza kuba amatora ariko asa n’ikinamico. Amatora ya mbere yiyamamajemo wenyine ni aya tariki 24 Ukuboza 1978 aho byatangajwe ko yatowe ku kigero cya 98.99%, ayakurikiyeho yabaye tariki 19 Ukuboza 1983 nabwo bitangazwa ko yatsinze ku kigereranyo cya 99.97%, naho andi yabaye tariki 19 Ukuboza 1988 byatangajwe ko yayatsinze ku kigereranyo cya 99.98% kandi aho hose yabaga yiyamamaje wenyine.

    Nyuma y’iminsi ibiri indege ya Habyarimana Juvénal irashwe muri Mata 1994, Dr Sindikubwabo Théodore wari ukuriye Inteko Ishinga Amategeko icyo gihe, niwe wabaye Perezida kuva tariki 9 Mata 1994, mu cyari cyiswe Leta y’Abatabazi. Uyu nawe yamaze amezi atatu ari Perezida ariko ntabwo yari yarigeze atorwa n’abaturage.

    Pasteur Bizimungu, niwe wahise ayobora u Rwanda nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside, akaba yaricaye mu ntebe y’ubuyobozi tariki 19 Nyakanga 1994 kugeza ubwo yatangazaga ko yeguye ku bushake tariki 23 Werurwe 2000. Uyu nawe yari yagiye ku buyobozi hatabaye amatora rusange y’abaturage.

    Kuwa Gatandatu tariki 22 Mata 2000 ku isaha ya saa 11:45 za mu gitondo ku isaha y’i Kigali, kuri sitade nkuru y’u Rwanda ; sitade Amahoro i Remera, Paul Kagame wari visi Perezida w’u Rwanda icyo gihe, nibwo hatangajwe ko yagiye mu ntebe y’ubuyobozi nka Perezida wa Repubulika by’agateganyo, nyuma yo kwegura kwa Pasteur Bizimungu. Aha yari agiye kuyobora inzibacyuho nyuma yo gutorwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

    Tariki 25 Kanama 2003, Paul Kagame wari umaze imyaka itatu ari Perezida w’inzibacyuho, yatowe n’abaturage kuva ubwo yemererwa kuyobora manda ye ya mbere y’imyaka 7, yarangiye muri 2010. Tariki 9 Kanama 2010, Paul Kagame yatorewe manda ya kabiri yarangiye muri 2017, gusa nyuma y’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga ku busabe bw’abaturage bamugaragarije ko bamukunda kandi bifuza ko yakomeza kubayobora indi myaka myinshi, ubu Paul Kagame ari muri manda ya gatatu yatorewe mu mpera za 2017 ku bwiganze bw’amajwi asaga 97%.

    2. Paul Kagame ni we wenyine wabaye Visi Perezida mu mateka y’u Rwanda, kandi iyo abishaka yari guhita aba Perezida ariko nta nyota yari abifitiye

    JPEG - 460.4 ko

    Ubwo Jenoside yahagarikwaga Pasiteri Bizimungu akagirwa Perezida, yari afatanyije na Major General Paul Kagame wari Visi Perezida akaba ari nawe wari umugaba mukuru w’ingabo ndetse na Twagiramungu Faustin ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe. Mbere y’iki gihe na nyuma yacyo, nta wundi muntu wigeze uba Visi Perezida w’u Rwanda mu mateka y’imiyoberere y’iki gihugu cy’imisozi igihumbi. Abandi ba Perezida na Paul Kagame arimo, bagiye bungirizwa muri Guverinoma n’aba Minisitiri b’Intebe.

    SOMA INKURU BIJYANYE HANO : Urutonde rw’abanyepolitiki 10 babaye ba Minisitiri w’Intebe mu Rwanda

    Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Financial Times mu mwaka wa 2017, Perezida Kagame yabajijwe niba adafite inyota yo kuzaguma ku butegetsi nyuma ya manda yari aherutse gutorerwa, agaragaza ko ntabyo akeneye ndetse ko no kuba yarongeye kwiyamamaza atari we wabyifuje, aboneraho no kugaragaza ko no mu 1994 ubwo ingabo yari ayoboye zamaraga guhagarika Jenoside, yanze kuba Perezida.

    Perezida Kagame ati : “Ni njyewe wanze kuba Perezida mu 1994. Hari umugabo witwa Twagiramungu Faustin, ubu aba i Buruseli, yari ku ruhande rw’abataravugaga rumwe na Leta icyo gihe. Yari mu basinye amasezerano ya Arusha yo mu 1993, ninawe wahise aba Minisitiri w’Intebe. Yaje kundeba, bari baramaze kwishyiramo ko ari njye wari ugiye kuba Perezida. Ni uko ndabyanga, ndababwira nti ntabwo mfite gahunda yo kuba Perezida…”

    Perezida Kagame kandi yasobanuye impamvu yabyanze aho yagize ati : “Hari impamvu nyinshi ntagombaga kubyemera. Mbere ya byose nari narabwiye abo mu Ishyaka ko umwanya ukuriye iyindi uzahabwa Chairman w’Ishyaka, ntiyari njyewe. Twabyemeranyijweho, twohereza izina, baravuga bati kuki se atari wowe ? Narababwiye nti njyewe sinshaka kuba Chairman, sinshaka kuba Minisitiri w’Intebe wungirije cyangwa uw’Ingabo wungirije. Ndashaka kuba umugaba w’Ingabo…, mbabwira n’impamvu…”

    Yakomeje agira ati : “Narababwiye nti numva nshaka kuba hafi cyane y’ingabo twari tumaze igihe dufatanya kurwana, ndashaka kwigumanira n’abarwanyi banjye, kuburyo nihagira n’ikintu cyaba tuba twizeye ko twongera tukarwana tukizera umutekano wacu. Narababwiye ngo sinshaka kuba Perezida, kuko Perezida agomba kuba ahugiye mu bindi bintu, nti ariko nimurebe amamiliyoni y’abantu ku mupaka [w’u Rwanda na Zaire], baracyafite intwaro kandi barimo kwisuganya, barimo gushaka kudutera bityo ntabwo naba Perezida ngo mbashe no gutangira kurwana nabo. Icya kabiri narababwiye nti mureke duhitemo umuntu wakuriye hano, uzi abantu ba hano, umenyereye ikirere n’imitere ya hano mu Rwanda, njyewe ndumva ntabyiteguye bihagije. Ni uko kandi ndababwira nti hari ikintu gikomeye tugomba kubanza kurwana nacyo, aho bakidufata nk’abanyamahanga… Uko niko natekerezaga, naberekaga ko tugifite inshingano zo gushakisha umutekano uhamye, icya kabiri nkabereka ko amateka yanjye ashobora gutuma bitagira isura nziza ku bantu bamwe bari bakiri mu rujijo…”

    Pasteur Bizimungu, ni we wahise ayobora u Rwanda nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside, akaba yaricaye mu ntebe y’ubuyobozi tariki 19 Nyakanga 1994 ubwo yari afatanyije na Major General Paul Kagame wari Visi Perezida akaba ari na we wari umugaba mukuru w’ingabo. Pasteur Bizimungu yayoboye u Rwanda mu gihe gikabakaba imyaka 6, kugeza ubwo yatangazaga ko yeguye ku bushake tariki 23 Werurwe 2000.

    3. Paul Kagame yatangiye gukurikirana cyane ibya Politiki y’u Rwanda akiri muto ataranatekereza ibyo kuba umusirikare

    JPEG - 45.4 ko

    Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye, Paul Kagame wari mu buhunzi yasuye u Rwanda inshuro ebyiri, mu mwaka w’1977 no mu mwaka w’1978. Icyo gihe yari umusore muto w’imyaka hagati ya 20 na 21 gusa y’amavuko kandi yari atarajya mu gisirikare. Yageze mu Rwanda aza no kubasha guhura n’abandi bo mu muryango we, ariko kuko yari azi ko ari impunzi akaba yarashoboraga gutabwa muri yombi, byatumye agira amakenga maze mu gusubira mu Rwanda yinjirira mu cyahoze ari Zaire aho guca ku mupaka wa Uganda, ngo hatagira uwagira icyo amukeka. Icyo gihe nibwo yakoze ibishoboka byose amenya neza igihugu, uko abantu babayeho na Politiki yacyo, anagira abantu amenyana nabo, ibi bikaba byaraje no kumufasha mu myaka myinshi yakurikiyeho.

    Mu mwaka w’1978 avuye mu Rwanda, nibwo yongeye kubonana na Fred Rwigema bari bamaze iminsi baraburanye, maze Rwigema amenyesha Kagame ko mu gihe atari ahari, yabashije kwihuza n’umutwe w’inyeshyamba za Yoweri Museveni wari uri mu gihugu cya Tanzania, dore ko Museveni icyo gihe yashakaga guhirika Idi Amin wayoboraga Uganda. Mu 1979, Fred Rwigema yasubiye muri Tanzania gushyigikira Museveni mu ntambara bari bashyigikiwemo n’ingabo za Tanzania ndetse n’abandi bagande bari barahunze igihugu, maze batsinda Idi Amin bamuhirika ku butegetsi.

    Gutsindwa kwa Idi Amin, byatumye Kagame n’abandi basore b’impunzi, babifashijwemo na Fred Rwigema, bihuza n’ingabo za Museveni wari wamaze kwinjizwa mu bagize guverinoma y’inzibacyuho. Kagame yagiye muri Tanzania maze Leta ya Tanzania yari ishyigikiye ubutegetsi bushya bwa Uganda, imuha imyitozo mu by’ubutasi.

    Perezida Kagame avuga ko kwinjira mu gisirikari bitari umuhamagaro w’akazi, ahubwo ngo byari ukugira ngo yitegure neza umushinga bise 'Return to Rwanda project' bari barigeze kuganira na Rwigema, kugira ngo Abanyarwanda bari baravukijwe uburenganzira ku gihugu cyabo bagitahemo.

    4. Paul Kagame ni we Perezida wafashije mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo byinshi ariko ntabyiyitirire

    JPEG - 106.6 ko

    Kuva Paul Kagame yaba Perezida, impinduka mu burezi, mu bukungu, mu bikorwa remezo, mu kurwanya ruswa, mu ishoramari ry’abanyamahanga baza gushora imari mu Rwanda, umutekano, kurwanya ruswa, guteza imbere uburinganire, kwegereza ubuyobozi abaturage, ubumwe n’ubwiyunge n’ibindi, byatumye amahanga kugeza n’ubu atabasha kwiyumvisha iyobera ry’ukuntu Abanyarwanda batemanaga mu myaka 26 ishize, bateye imbere kandi bakongera kubana mu mahoro n’ubwumvikane byari byarabuze mbere y’uko bicana, aho mu kazi no mu mashuri harangwaga ivangura rishingiye ku moko no ku turere.

    Ibihembo n’ibikombe Perezida Kagame yagiye ahabwa hirya no hino ku isi, bishimangira ishusho yihariye y’imiyoborere yimakaje mu Rwanda, agahindura igihugu cyari cyarazahaye, akabanisha abanyarwanda akabayobora mu nzira ikwiriye kandi ibaganisha ku iterambere mu nzego zose, kuburyo impinduka zigaragarira buri wese.

    Nyamara n’ubwo Perezida Paul Kagame yakoze ibi byose, nta hantu mu Rwanda hari ikintu cyubatswe mu gihe amaze ayobora wasanga kitwa icye mu nyito y’amazina yacyo. Nyamara ku bandi bayoboye u Rwanda bakabasha kubaka ibikorwa remezo, bahitaga babyiyitirira. Urugero hari Sitade nto yari ahahoze hitwa i Gitarama yitwaga Sitade ya Mbonyumutwa. Sitade y’i Muhanga n’izindi zo mu Ntara, amasoko n’ibindi bikorwa remezo byari mu gihugu nyuma ya Jenoside, wasangaga byanditsweho ko ari ibya Perezida Juvenal Habyarimana… Ikibuga cy’indege cy’i Kanombe, cyahoze kitwa icya Kayibanda. Muri rusange, aba Perezida benshi mu ba Perezida bagize ibikorwa remezo byubakwa ku gihe cy’ubutegetsi bwabo, byahitaga bifata amazina yabo.

    Ubu biramutse bibayeho tukagira ibintu bimwitirirwa, mu Rwanda twagira za Sitade Paul Kagame nyinshi, tukagira ibitaro byitwa Paul Kagame Hospitals, amashuri ya Kaminuza ugasanga hari za Paul Kagame College na Paul Kagame University…

    5. Umuntu Perezida Kagame afata nk’icyitegererezo (Role Model)…

    JPEG - 87.2 ko

    Mu myaka micye ishize, mu Rwanda habereye inama ya “World Economic Forum”. Mu bagize amatsiko yo kumenya uwo Perezida Paul Kagame afata nk’icyitegererezo mu buzima bwe, harimo n’abateguye iyi nama mpuzamahanga yaberaga i Kigali kuva tariki 11 kugeza tariki 13 Gicurasi 2016, ndetse nyuma yayo mu bibazo yabajijwe n’iki kikaba kirimo.

    Mu gusubiza, Perezida Paul Kagame yagize ati : “Nagiye nigira ku bintu bitandukanye kuruta uko nigira ku bantu bihariye ku giti cyabo. Ariko, hari abantu b’ibihangange, mu bice bitandukanye by’isi. Ubona hari abantu b’igitangaza bakoze ibintu byiza, bikagira impinduka ku batuye isi bose. Gusa njye nigira ku bintu biba birimo kuba (cyangwa ibyabaye), ibibazo bibaho n’uburyo bishakirwa ibisubizo, aho gukora ibintu nigana gusa umuntu umwe runaka”

    6. Perezida Kagame yanga umuntu umuha amabwiriza cyangwa amategeko

    Mu gitabo cya Francois Soudan yise 'Conversations with President of Rwanda', avuga ko nk’uko yabiganiriye na Perezida Kagame, ngo ni umuntu ukunda gutekereza cyane, akanga umuha amabwiriza cyangwa amategeko, kuko yubahiriza inshingano ze kandi akazira umuntu umutegeka icyo agomba gukora, cyaba kireba u Rwanda cyangwa we ubwe. Avuga ko yemera ubutabera n’ubwubahane, akubahira umuntu uko ari kuko adakunda na gato gusuzugura abandi.

    7. Perezida Kagame yari afite inzozi zo kuzatwara indege

    Buri wese mu gihe cy’ubwana bwe, agira ibintu biba biri mu byifuzo bye by’ibyo yazakora mu gihe azaba amaze gukora. Nk’uko n’ubundi bigaragara mu gitabo cya Francois Soudan, Perezida Kagame ngo yari afite inzozi zo kuzatwara indege cyangwa akaba injeniyeri, gusa n’ubwo amateka yatumye inzozi ze atazigeraho, ubu ngo yishimira kuba uwo ari we.

    8. Perezida Kagame ntiyakugora mu kumwakira aramutse akugendereye nk’umushyitsi

    Ubwo Perezida Kagame yabazwaga na Francois Soudan ku bijyanye n’amafunguro akunda, yamugaragarije ko icyo yateguriwe cyose agifata mu gihe abo bari kumwe na bo bashobora gufata kuri ayo mafunguro. Ati 'Ntukwiye guhangayikishwa n’icyo wakiriza Kagame igihe waba wamutumiye.' Ngo ntakunda ibinyobwa bisembuye ariko ngo mu gihe bibaye ngombwa kuri divayi asomaho gacye, ubusanzwe ngo agakunda icyayi cyangwa amazi.

    9. Uko Perezida Kagame yifata we ubwe…

    Nyuma y’inama ya “World Economic Forum” yabaye muri 2016, Perezida Kagame yabajijwe ibibazo biteye amatsiko birimo n’uko we ubwe yifata. Ikibazo yabajijwe cyagiraga kiti : “Wowe ubwawe wifata nk’umunyembaraga, umuyobozi ushyize imbere imibereho y’abaturage cyangwa ibyo byombi icyarimwe ?”

    Mu gusubiza, Perezida Kagame yagize ati : “Ndi umugabo utanga ubuzima bwe kubera impamvu y’abaturage be n’igihugu cye. Sindi umuntu usuzuguritse yego, ndabyemera. Ku bindi bisigaye, wanyita uko ushaka, ushobora no kutampa agaciro, ntacyo bintwaye.”

    10. Perezida Kagame yize muri Amerika yitwa umugande, icyemezo cyo kuza mu Rwanda cyakanze abakomando baho

    Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru Financial Times, yasobanuye inzira y’urugamba rwo kubohora u Rwanda, ava imuzi n’imuzingo ingorane bahuye nazo muri urwo rugamba ndetse anakomoza ku kuntu urugamba rujya gutangira mu 1990, yafashe icyemezo cyo kuva mu kigo cya gisirikare kiri i Kansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko abakomanda b’icyo kigo bikabagora kumwumva.

    Perezida Kagame ati : “Muri Kansas, mu kigo cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US Army Command and General Staff College), nari mpari nk’umugande. Ubwo rero, igihe urugamba rwatangiraga, tariki 1 Ukwakira mu 1990, cyari igihe nyacyo twagombaga gukora igishoboka cyose ndetse tukiyemeza guhangana n’ibyo twari guhuriramo byose, ariko twagombaga kugira icyo dukora… Ni uko rero ubwo najyaga kureba abakomanda b’ikigo nkababwira ko ngomba guhagarika, byarabayobeye, byababereye urujijo. Barambwiye bati ibyo se birakureba aho iki ? Ibyo mu Rwanda birakurebaho iki ? Wowe uri umugande ! Ni uko umukomanda wabimbwiye ndamubwira nti, si byo. Naje hano nitwa umugande, ariko hari ikindi kintu cyabaye kirimo gutuma ubu ngomba kuba uwo nahoze ndi we kuva mu gihe kirekire gishize… Ni uko nahavuye, ndagaruka, ubwo umukomanda wari uyoboye urugamba yari yishwe umunsi ukurikira itangizwa ryarwo, Fred Rwigyema yari yishwe, mpageze mbona ibintu byazambye…”

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ibintu-10-byihariye-wamenya-kuri-Perezida-Paul-Kagame-w-imyaka-63-y-amavuko

  • Bimwe mu bintu byagufasha kumenya uwo Imana yaguhitiyemo ko muzabana #rwanda #RwOT

    Kubaka urugo ni ingenzi mu mibereho ya muntu ariko mbere yo guhitamo uwo muzabana ugomba kubanza kwiyubaka mu buryo 3: mu mwuka, mu mubiri no mu bugingo. Mugihe ubona uwo muteganya kurushinga mudahuza indangagaciro, mudahuza uko mubona ubuzima burya haba harimo ikibazo. Mbere yo guhitamo uwo muzabana bisaba ubushishozi bwimbitse ndetse no kwemera kuyoborwa n’Imana kuko imvugo y’Imana mu rushako ni urukundo.

    Hari ukwibeshya gukomeye urubyiruko rukora aho usanga umwe yibwira ko azahindura mugenzi we bamaze kubana.Nyamara ntibijya bishoboka, ahubwo iyo babanye ibyo umwe yibwiraga ko azahindura kuri mugenzi we byikuba incuro nyinshi. Mubyukuri amahitamo yacu yerekana abo turi bo.

    Zaburi 119:9 haravuga ngo”Umusore azeza inzira ye ate? Azayezesha kuyitondera nk’uko ijambo ryawe ribitegeka” Aya ni amagambo yanditswe n’Umwami Dawidi. N’ubwo havugwamo umusore bishatse gusobanura urubyiruko muri rusange yaba umukobwa cyangwa umusore.

    Dore zimwe mu ntambwe zagufasha guhitamo uwo muzabana:

    1. Hitamo umuntu ukunda

    Urukundo ni ishingiro rya byose, kuba wowe musore cyangwa mukobwa wahitamo umuntu ariko ukagendana ingingimira wumva utanyuzwe cyangwa utishimiye umuntu mugiye kubana, ukumva mwakundanira mu ibanga aho abantu batareba. Wakwibaza ngo wabwirwa n’iki ko umuntu umukunda? Iyo muri kumwe wumva umubiri wawe uhuza n’uwe, ibyiyumvo, amarangamutima n’ibindi bitandukanye twumviramo urukundo.

    2. Hitamo umuntu muhuje kwizera (Spritual compatibility)

    Ikibazo kibaho ni uko iyo tuvuze kwizera abantu bahita bumva idini ariko siko biri kuko hari abantu basengera mu idini rimwe ariko badahuje kwizera, ugasanga uburyo umwe atekereza cyangwa yumvamo Imana butandukanye n’ubwa mugenzi we. Mu guhitamo uwo muzabana ni byiza ko umuntu areba uwo bahuje imyumvire ku Mana (Uko yumva gukiranuka, uko yumva kujya mu ijuru, uko yumva gukorera Imana, uko yumva Kristo n’ibindi) kandi ibyo ubyumvira mu kiganiro mugirana ku nsanganyamatsiko runaka.

    3. Hitamo umuntu muhuje indangagaciro z’ubuzima

    Ni byiza kureba niba koko amahame y’ubuzima muyumva kimwe. Urugero ku bijyanye n’umuco wakwibaza uti:”Ni gute atekereza ubwuzuzanye? (gender)” hariho umuntu ushobora kubona umugabo aseriva umugore we cyangwa amukuramo inkweto akavuga ko uwo mugabo ari inganzwa, kimwe no ku bagore. Ukwiye kubanza kureba uwo muhuza imyumvire ku buzima n’imikoreshereze y’umutungo. Birashoboka ko mutumva ibintu kimwe 100% ariko niba umaze kumenya imitrere ye, uzagende uzi ko uzabyihanganira atari ukuvuga ngo uzamuhindura kuko nta muntu uhindura undi.

    4. Hitamo umuntu ubona wifuza ko muzarambana

    Akenshi abantu bashaka kubera impamvu nyinshi: Agahato k’abantu bakubaza ngo kuki udashaka?Ugasanga umukobwa cyangwa umusore avuga ko abo biganye yabambariye ugasanga atangiye kugira isoni kuko abona amaze gukura, ugasanga aravuze ati:”Reka mfe gushaka”. Mubyukuri ni ngombwa guhitamo umuntu ubona ko muzakomezanya mukarambana.

    Dore ibintu byagufasha kumenya uwo Imana yaguhitiyemo ko muzabana:

    Hari ibintu byakwereka ko uwo ushaka guhitamo Imana imushaka. Turashingira kuri Bibiliya uko byagiye bigenda abantu bashakana. Kera bahitirwagamo n’ababyeyi, urugero Aburahamu yarambagirije umuhungu we Isaka ariko agendera ku ndangagaciro ze yemeraga ati:”Kutazasubiza umwana wanjye mu gihugu navuyemo, kutazatuma aramya ibigirwamana n’ibindi”.

    1. Guhitamo uwo ukunda
    Urukundo nirwo shingiro rya byose ku bateganya kurushinga

    Dushingiye kuri Bibiliya, Yakobo yahisemo Rasheli nta jwi yumvise ahubwo imvugo y’Imana dushaka mu guhitamo uwo tuzabana ni urukundo. Hari abo Imana ishobora kubwira ikoresheje ijwi ryayo ariko si bose ahubwo imvugo y’Imana mu rushako ni umutima w’urukundo. Igihe Imana yakanguraga Adamu imaze kumuremera Eva, Adamu yahise amukunda kuko ariyo yamumuremeye nuko atangira kumubwira amagambo meza ati: “Uri akara ko mu mara yanjye…” kuko yumvaga anyuzwe.

    Tugomba gukunda, ariko tukareba umuntu dusangiye ukwizera utazatuma tutajya kure y’Imana nk’uko Pawulo yanditse ati:”Umucyo wabana ute n’umwijima?”

    2. Iyo uri mu rukundo n’umuntu Imana yakugeneye, urwo rukundo ruguha amahoro

    Bene urwo rukundo ruguha amahoro, iyo ni imvugo y’Imana. Ni rumwe Pawulo yandikiye Abakorinto 7:15 aho yavugaga ku rushako ati: “Imana yabahamagariye amahoro” Mubyukuri iyo umuntu ari we Imana yakugeneye, urukundo rwe ruguha amahoro. Hari benshi bajya bumva akajwi kadahamanya na bo, ugasanga umuntu urukundo rwe rugenda neza iyo ari kure y’Imana, yakwegera Imana akumva hajemo urusika hagati ye na wa muntu, akajya yumva hari ukuntu adahamanya na we. Icyo gihe ni ukwitonda ukagira amakenga.

    3. Guha agaciro ibyo ababyeyi biyumvamo

    Muri iyi si uretse Imana nta kindi kintu gikurikira umubyeyi. Bibiliya iravuga ngo umwubahe kugirango ubone amahoro kuko ari ryo tegeko rya mbere ririmo umugisha wo kurama. Hari igihe umubyeyi umwereka uwo mukundana agasanga adahamanya nawe, akumva ibikoba biramukuka ariko adafite n’uko abisobanura kandi nta kibazo mufitanye . Burya ujye ubyitondera Imana iba ifite icyo ikubwiye.

    Mubyukuri ku ruhande rw’ababyeyi bose siko ari beza mu gufasha abana babo guhitamo abo bazabana kuko usanga bamwe batanyurwa ugasanga babwira abana babo gukunda bakurikije amoko, amadini n’ibindi. Birakwiye ko umwana aca akenge akamenya umuryango akomokamo n’ababyeyi be abo ari bo kandi ntabahutaze kuko akenshi biva ku bikomere by’ubuzima n’amateka babayemo.

    Muri macye ibi byose byavuzwe haruguru n’ibindi bitavuzwe, n’inkingi nziza yo kubakiraho,nubyitaho bizagufasha guhitamo neza kandi uzagira urugo rw’umugisha kandi rwubahisha Imana.

    Source: Himbaza tv

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Bimwe-mu-bintu-byagufasha-kumenya-uwo-Imana-yaguhitiyemo-ko-muzabana.html

  • Un nombre important de locuteurs rwandophones peuplant l’Est de la RDC:légalité, Origines et causes #rwanda #RwOT

    Lointaines origines
    La raison du parler rwandophone important dans la région remonte à très longtemps dans l’histoire du peuplement du Congo bien avant La Conférence de Berlin en Allemagne du 15 novembre 1884 au 26 février 1885 qui décida du Partage de l’Afrique entre les puissances coloniales de ce temps-là.
    Cette conférence décida que les Rwandais qui peuplaient cette région furent désormais des Zairois.

    En effet avant cette date, les régions de Goma, Rutschuru et l’Ile Idjwi faisaient partie intégrante du Rwanda. Elles sont revenues au Congo Belge suite aux différents accords qui se sont conclus le 14 mai 1910 entre l’Allemagne et la Belgique.

    Outre cette partie qui a été cédée au Congo, d’autres espaces du nord et de l’Est du Rwanda furent cédées à l’Uganda. Cela a fait que le Rwanda a perdu une population importante qui s’est retrouvée rattachée aux pays voisins. Cependant, ces rwandais congolais ou ugandais ont gardé leurs culture et langue. Ils continuent, deux siècles après, de parler leur langue Kinyarwanda bien qu’ils ne sont plus de nationalité rwandaise.

    Migrations forcées par le colon belge
    Outre ce nombre important de congolais rwandophones pour causes coloniales, on retrace d’autres migrations de Rwandais opérées par le colon belge entre 1937 et 1954 dans le cadre du Programme appelé 'Mission Immigration Banyarwanda'.

    Le colon belge a entrepris ce programme dans le cadre de casser le régime monarchique d’alors qui fondait sa puissance sur une grande population. Le colon trouvait qu’il fallait favoriser une migration vers des contrées non ou peu habitées en vue d’y constituer une main d’oeuvre abondante. Parmi ces contrées, il y a lieu de citer cet Est de la RDC.

    Du temps de la Tutelle belge et dans le cadre de ce Programme, il a été signé en 1937 des Accords entre les Dirigeants rwandais, ceux du Kivu et même d’une Société de Peuplement du Kivu.

    Le roi Hundé reçoit une somme de 29.600 FB pour libérer 350 Km2
    Ces Accords stipulaient des Rwandais migrent et peuplent le territoire Hundé. Lesdits Accords ont autorisé le transfert d’une somme de 29.600 francs Belges au Chef Hundé du nom de Bahundé Kalinda en échange de la libération de 350 Km2 devant être peuplés par les nouveaux Rwandais.

    Le peuplement de cet ancien espace Hundé par des Rwandais s’est fait par vagues de migrations de 1937 à 1949. Un autre petit groupe de migrants rwandais a été sollicité pour occuper Gishari de la région de Masisi. Une autre vague de migration de Rwandais Gishari s’est effectuée entre 1949 et 1953.En 1950, on y dénombrait 6.000 Rwandais.

    En 1958, plus de 25.000 Rwandais étaient établis sur cette contrée. Des mécontentements ont apparus de la part des autochtones se plaignant que les migrants commençaient à occuper leurs terres.

    Par le truchement du Programme Mission Immigration Banyarwanda (M.I.B), ces Rwandais ont été autorisés à occuper les régions du Nord Kivu de Masisi, à savoir les lieux Gishari, Mokoto, Muvunyi, Bigiri, Bafuna et ceux de Rutshuru que sont Mushari et Bwito.

    Difficultés de consécration de la nationalité congolaise aux rwandophones

    Un rapport du Parlement rwandais sur les violations des droits humains dans une situation d’insécurité dans l’Est de la RDC montre une loi du 27 décembre 1892 reconnaissant la nationalité aux habitants du Congo Belge.

    Dans son premier article, la loi précise que “la nationalité congolaise revient à tout enfant né sur le territoire congolais, aux enfants nés de parents congolais”, et que
    même cette nationalité revient de plein droit aux Congolais rwandophones établis au Congo belge avant 1885, que ces derniers ne devraient éprouver aucun problème de nationalité tout autant que les autres tribus et leurs descendants.

    Le législateur de l’ancien Congo Belge a érigé d’autres lois y relatives y compris la Décision d’une Conférence de Bruxelles de 1960 qui reconnaissait le droit d’élire et d’éligibilité aux immigrés ayant passé plus de dix ans sur le sol congolais.

    La Constitution de Luluabourg
    En 1964, une constitution nationale dite Constitution de Luluabourg a officiellement reconnu la nationalité congolaise à toute personne dont l’un de ses grands parents prend ses origines dans une tribu ou une partie de la tribu qui habitait sur le territoire du congo Belge avant le 18 Octobre 1908.

    Sept ans après la mise en vigueur de cette Constitution de Luluabourg, le 28 Mars 1971, une nouvelle loi fut promulguée accordant particulièment la nationalité zairoise aux personnes établies au Zaïre avant le 30 juin 1960, originaires du Rwanda-Urundi.

    Une Proposition de loi qualifiée d’ insécurisant rejettée par la Présidence
    Cependant, le 26 décembre 1978, les politiciens des deux provinces des Kivu en coalition avec la Société Civile locale ont conçu et proposé au Parlement zairois une loi dont l’article 15 stipulait le retrait de la nationalité zairoise accordait à toute personne à qui elle avait été accordée par la loi de 1972. La catégorie qui était visée était celle des migrants du Rwanda-Urundi.

    Cette loi votée par le Parlement zairois n’a pas été ratifiée par le Président de la République. Une lettre ciirconstanciée à cet effet a été écrite au Parlement par la Présidence de la République. Elle montrait comment cette loi, une fois votée, allait créer l’insécurité dans le pays.

    Le Président y a donné des raisons montrant que cette loi est source d’insécurité et de tranquillité des citoyens qui se verront spoliés de leur nationalité. Il a ajouté que, pire encore, elle allait envenimer les relations avec les pays voisins. Retournée au Parlement pour un autre vote, la loi est passée comme telle sans aucune modification y apportée en rapport avec les remarques de la présidence de la République.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Un-nombre-important-de-locuteurs-rwandophones-peuplant-l-Est-de-la-RDC-legalite.html

  • Menya imwe mu mirimo ingufu za Atomike zizakoreshwa mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bimwe mu bihugu byo ku isi bitunganya ubutare bwa Uranium bikabubyazamo Ingufu za Atomike
    Bimwe mu bihugu byo ku isi bitunganya ubutare bwa Uranium bikabubyazamo Ingufu za Atomike

    Kuba imirasire ituruka ku ngufu za atomike zitwa ‘nuclear’ ishobora kumurikwa ku kinyabuzima ikakibuza kubora, igacengera mu nda y’ikintu ikamenyesha abantu imiterere y’ibikigize, ni amahirwe u Rwanda rugiye kubyaza umusaruro.

    Mu bijyanye n’umutekano, hari ibyuma biba ku bwinjiriro bw’inyubako, bikaba bikoresha imirasire y’ingufu za atomike mu gusaka, hakamenyekana ibikigize niba birimo ibinyabutabire byateza ikibazo.

    Mu buvuzi, iyi mirasire imurika ku biri imbere mu muntu (cyangwa mu nyamaswa), ibyuma bigafotoramo kugira ngo hamenyekane ahari ikibazo cy’imvune cyangwa ubundi burwayi (ni byo bita guca mu cyuma cyangwa ‘radiographie’).

    Umwe mu bakozi ba Leta bahugukiwe ibinyanye n’imikoreshereze y’ingufu za atomike (yanze ko amazina ye atangazwa), yavuze ko ibisebe by’indwara ya kanseri mu mubiri bitunzweho imirasire y’ingufu za atomike, bihita bishirira indwara igakira.

    Mu bijyanye no gufata neza umusaruro, ibiribwa byangirika vuba iyo bishyizwe ahantu hagera imirasire y’ingufu za atomike ntabwo bishobora kubora cyangwa gushya.

    Mu bijyanye n’ubuhinzi, urubuto rwanyujijwe mu mirasire y’ingufu za atomike ruhabwa ubudahangarwa bururinda kubora mu rutewe n’umwuzure cyangwa ubushyuhe mu butaka.

    Kimwe no mu bworozi, uwo mukozi wa Leta twaganiriye yakomeje avuga ko ingufu za atomike zihagarika kuribwa(kwangirika) k’utunyangingo tw’umubiri w’itungo, bigatuma umusaruro ryitezweho ugomba kuboneka.

    Mu mikorere y’inganda, bitewe n’uko amaso y’abantu hari imirimo adashobora kugenzura, hifashishwa ingufu za atomike zikamenya ‘icupa ry’inzoga rituzuye mu murongo w’arimo gusukwamo, iryo rituzuye rigahita risubizwa inyuma aho gupfundikirwa.

    Imirasire y’ingufu za atomike kandi ifasha mu kumenya ingano y’ibigize igicuruzwa bigomba kugenzurwa mu gihe kirimo gusuzumwa ubuziranenge.

    Mu bijyanye n’ubwubatsi, icyuma gikoresha ingufu za atomike kibasha kumurika mu nda y’umusozi kikamenya uburyo ubutaka butsindagiye, ubuhehere burimo n’ibigize ubwo butaka mbere yo kuhashyira inzu cyangwa imihanda.

    Urwego rushinzwe ibijyanye n’Ingufu “Atomique” rwitwa ‘Rwanda Atomic Energy Board RAEB ruzaba rufite inshingano zo gukurikirana ibikorwa by’ubushakashatsi n’ikoreshwa ry’ingufu za ‘nuclear’ mu Rwanda.

    RAEB izaba ishinzwe no kugenzura umutekano w’ikoreshwa ry’ingufu atomike mu Rwanda, ku buryo zitanga umusaruro mu rwego rwo guteza imbere icyerekezo 2050, ndetse no gukurikirana ishyirwaho ry’Ikigo cyigisha ibinyanye n’izo ngufu ndetse n’imishinga y’ikoranabuhanga ritandukanye.

    Guhera mu mwaka ushize wa 2019, u Rwanda rumaze kohereza abantu 70 mu Burusiya bagiye kwihugura ku ikoreshwa ry’ingufu za atomike bakazamarayo imyaka kuva kuri itatu kugera kuri itandatu.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/menya-imwe-mu-mirimo-ingufu-za-atomike-zizakoreshwa-mu-rwanda

  • Musanze: Habaye igikorwa cyo kumena no gutwika ibiyobyabwenge n’ibiribwa byarengeje igihe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyamenwe byiganjemo kanyanga, urumogi, inzoga zo mu mashashi (living na real gin), inzoga z’inkorano ndetse n’ibiribwa byarengeje igihe (mayonnaise, ifu y’ibigori (pâte jaune), umunyu, n’ibindi).

    Byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni esheshatu n’ibihumbi ijana na mirongo irindwi na bibiri na mirongo icyenda mu mafaranga y’u Rwanda (6.172.090frw)

    Mu bayobozi bitabiriye icyo gikorwa, barimo Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, ingabo na Polisi ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake bagera kuri 50.

    Mu butumwa bwahatangiwe n’Abayobozi batandukanye, bagarutse ku ngaruka z’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge haba ku muntu ku giti cye, ku muryango we ndetse no ku gihugu muri rusange bityo basaba buri wese kubyirinda no gukangurira abandi kubyirinda n’ababikoresha basabwa kubireka burundu.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine yagize ati: “Nk’inshingano z’ubuyobozi twiteguye gufatanya n’inzego z’umutekano mu gukangurira abaturage kureka ibiyobyabwenge (kubicuruza, kubikora, kubitunda…) bagashyira imbere ibikorwa by’iterambere no kubungabunga ibyagezweho.”

    Yagiriye inama buri wese cyane cyane urubyiruko kureka kwishora mu biyobyabwenge abasaba gusenyera umugozi umwe ndetse bagafatanya n’ababyeyi babo mu bikorwa bifite akamaro, yibutsa n’abakoresha abana mu bikorwa bitemewe kubihagarika kuko amategeko abategereje kandi azubahirizwa.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/musanze-habaye-igikorwa-cyo-kumena-no-gutwika-ibiyobyabwenge-n-ibiribwa-byarengeje-igihe

  • Samu Rwibasira yakumbuje ijuru abakunzi b’umusaraba mu ndirimbo ye ' Amatsiko’ ( Video) #rwanda #RwOT

    Umuramyi, umucuranzi, umuhanzi akaba n’umuririmbyi wabyize mu ishuri, Rwibasira Samu ni umukristo ubarizwa mu itorero Betesida. Nkuko bigaragara ku rubuga rwe rwa YouTube yitiriye amazina ye 'Samu Rwibasira’ indirimbo 'Amatsiko yakiriwe neza n’abatari bake mu bakunzi b’indirimbo zaririmbiwe Imana, aho abarenga ijana bamaze kugaragaza ko banyuzwe n’ubutumwa buyikubiyemo(Comments).

    Ni indirimbo ije isanga izindi Rwibasira yamenyekanyemo nka 'Witinya’, ' Naramubonye’, n’izindi zitandukanye zirimo n’izo yagiye asubiramo(Cover).

    Amatsiko ifite uburebure bw’iminota ine n’amasegonda atanu. ' Nkugiriyeho umugisha wo kumva ijwi ryawe ry’ihumure rinkumbuza ururembo Siyoni, wateguriye intore zawe turi muri iyi nzira irimo ishuheri n’ibitero by’umwanzi,' ni amwe mu magambo agize iyi ndirimbo.

    Mu kiganiro na Agakiza.org, Samu rwibasira yavuze ko iyi ndirimbo yayanditse biturutse ku miruho yo mu isi abizera bahoramo umunsi ku munsi , icyakora akabibutsa ko uru rugendo ruzagira iherezo, Ati' Ni indirimbo nanditse ntekereje imiruho n’ibyo twirirwa twirukamo biturushya muri iyi si, ariko bizarangira. Bizarangira tujye mu gitaramo kitazarangira aho tuzaririmba, tugacuranga uburyo butarangira. Imitima yacu ikumbura kuba aho hantu mu ijuru. Indirimbo iravuga ibyiza by’ijuru, iravuga umunezero uzaba uri mu ijuru.'

    Nshimiyimana Israel, ni umwe mu bakiriye n’amarangamutima menshi ubutumwa bugize iyi ndirimbo , avuga ko yakozwe ku mutima cyane n’amagambo ayigize ati' Ndumva nenda kurira kubw’iyi ndirimbo! Sam, Sam, habwa umugisha kubw’aya magambo wakoresheje muri iyi ndirimbo.'

    Naho Umugiraneza Innocent we yavuze ngo' Mwenedata Sam, humura Imana twizeye twayibikije ubugingo bwacu, ubundi twiyemeza gukora neza. Izadukomeza umutima inadufate ukuboko kugeza dutashye. Kandi kuri twe ibi ntabwo ari ubwamamare cyangwa ugushaka ubutunzi, ahubwo ni kubw’icyubahiro cy’Imana.'

    Uyu mukunzi we kandi yanamwifurije gukomera ku murimo biciye mu ijambo ry’Imana riboneka mu rwandi ko 1 Petero 4:19 , hagira hati ' Nuko rero, abababazwa nk’uko Imana ibishaka, nibabitse uwo Muremyi wo kwizerwa ubugingo bwabo, bagumye bakore neza.'

    Samu yatangiye kuririmba kera kuko ari ibintu yavukiyemo nkuko abitangaza. Ibi nibyo byatumye abyinjiramo neza nk’umuhamagaro nyuma yo kumara imyaka itatu ku ntebe y’ishuri abyigira muri ‘Ecole d’Art de Nyundo’. Yishimira ko kugeza ubu hari intambwe ishimishije amaze gutera ugereranyije n’aho yatangiriye, ibintu ashimira Imana cyane kuko atatekerezaga ko yaba ageze aho ari uyu munsi.

    Mu bikorwa byagutse uyu muhanzi ategura muri iki gihe, harimo gukomeza gutanga umusanzu wo gutoza no guhugura abaririmbyi babyifuza, haba mu buryo bw’imiririmbire cyangwa n’imicurangira. Arateganya kandi gushyira hanze ibindi bihangano.

    Reba ‘Amatsiko’ ya Rwibasira Sam

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Samu-Rwibasira-yakumbuje-ijuru-abakunzi-b-umusaraba-mu-ndirimbo-ye-Amatsiko.html

  • AOS Ltd explains why institutions need to host locally and offers a big price reduction on web, email and cloud hosting #rwanda #RwOT

    There are currently a number of technology companies in Rwanda supporting the country’s goal of becoming a technology hub in Africa. It is a vision that will be achieved through the participation of everyone, especially the private sector.

    Among the private companies that have started to invest in this sector are the provision of information technology services, and the completion of data storage facilities in Rwanda, AOS.

    AOS Ltd is a joint venture of the Government of Rwanda with Korea Telecom in a long-term partnership evolved into the strong agreement to collectively achieve bigger goals: developing the ICT sector into a vibrant industry, positioning Rwanda as the regional ICT hub, and fueling economic growth by enabling effective delivery of business services in Rwanda.

    The company, on October 26, 2020, launched a campaign to show private companies the opportunities they have for storing their information inside the country.

    The Chief Marketing Officer of AOS, Manzi Olivier Rwaka, told IGIHE that hosting locally contributes to the development of our economy by hiring Rwandan workforce and promoting made in Rwanda solutions.

    'Institutions hosted locally will have a better experience with reduced network latency therefore enjoying faster browsing, more website uptime and better loading time while accessing their data especially if the data hosted is mostly accessed by users in Rwanda. Another advantage is that institutions hosted locally get 24/7 online support from the local hosting provider in the same time zone with the choice of using our home language. There’s also a security aspect to have your data hosted locally especially sensitive data for Rwandans' said Manzi Rwaka

    Talking about the challenges COVID-19 has caused to this field particularly and how are AOS is planning to help clients revive their business by cutting down the cost of hosting, the Chief Executive Officer of AOS, Mr. Seong Woo Kim said that the pandemic has affected many of customers hosted with their company because some of them faced challenges in their businesses as well therefore making it difficult to pay for the hosting services.

    'We are currently contributing to reviving businesses by offering utmost discounts of up to 77% on web and email hosting and up to 50% on our cloud hosting services' Said Mr. Seong Woo Kim

    The reason why AOS is doing a campaign to attract private sectors is that they have a mandate to contribute to the growth of the IT sector in Rwanda by providing reliable ICT solutions and services at affordable prices.

    'By targeting the private sector, we would like to encourage businesses (SMEs, Startups, etc…) to have an online presence, attract more companies to host locally and bring back local content in Rwanda for those hosted abroad.'

    'We are also targeting companies in the region. We have been also working closely with Government institutions to improve service delivery since most of them are hosted locally and making the hosting services affordable to them as well.' Said Mr. Seong Woo Kim.

    AOS ltd is giving a discount of up to 77% on web and mail hosting with Automated provisioning, various packages, Ease of online payments, wide range of Add on services from their online market portal with the lowest option being 12,150 RWF per year (1,013 RWF per month).

    The company is also offering a discount of up to 50% on cloud hosting services with the lowest option being 26,275 RWF per month.

    'Users can get 50% off with our cloud welcome package with Easy service upgrade, flexible packages, Security and Data Backup' said Mr. Manzi Rwaka

    The Chief Executive Officer of AOS, Mr. Seong Woo Kim said that the main lessons learnt during this pandemic is that most businesses had to move from the traditional way of doing business to the digital way and have an online presence to continue providing services.

    'We have seen an increase of businesses looking for online platforms to host their services to cope with the new trend of doing business online for effective and efficient service delivery and most importantly business continuity. Companies should adapt to this new way of doing business. ' He said

    The Chief Executive Officer of AOS, Mr. Seong Woo Kim

    The Chief Marketing Officer of AOS, Manzi Olivier Rwaka

    Nicole Kamanzi M.

    Source : https://en.igihe.com/news/article/aos-ltd-explains-why-institutions-need-to-host-locally-and-offers-a-big-price