Blog

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 7, abakize ni 8 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya barindwi babonetse mu bipimo 1,604 bakaba barimo babiri babonetse i Kigali, bane babonetse i Nyagatare, undi umwe aboneka i Rusizi.

    Kugeza kuri uyu wa Kabiri, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,162 muri bo abamaze gukira ni 4,930 naho abakivurwa ni 197.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abarwayi-bashya-7-abakize-ni-8

  • Kuva 1963 Ubufaransa bwishe abaperezida 22 bo muri Afurika _ Reba Urutonde #rwanda #RwOT

    Ku bayobozi b'Abanyafurika bahagaze bagahangana baharanira kudakurikiza imyizerere n'imiyoborere idashira y'ibihugu byahoze ari abakoloni, ibi byatumye bahuhura n'urupfu. K'Ubufaransa ntabwo bwigeze bushidikanya gukuraho cg kugira uruhare mu gukuraho abaperezida babangamiye gahunda zabo z'ubukoloni.

    Ubufaransa bwakomeje guhuza kandi bufatanya n'ibindi bihugu by'iburengerazuba mu kwica abaperezida ba Afurika babonaga ko babangamiye inyungu zabo.

    Izi serivisi eshatu z'ubutasi z'Abafaransa, The External Documentation na Anti-Espionage Service (SDECE), DGSE na DST zagize uruhare runini mu gukora imirimo yanduye ikubiyemo guhirika ubutegetsi n'ubwicanyi.

    Ibyaha byakozwe n'Abafaransa muri Afurika bigizwe n'ubukangurambaga butari bwo, 'kugenzura ba guverineri b'abirabura' (abaperezida b'ibipupe) na poropagande ya gisirikare.

    Ubufaransa bwakomeje kugerageza ko abahoze bakoloni bayo baguma munsi yukuboko kwabo. Ibi bigasobanura ukubaho kw'ifaranga rya CFA, ifaranga ry'abakoloni rituma abo bahoze ari abakoloni batabona ubwigenge bw'ubukungu.

    Abaperezida nka Thomas Sankara bahakanye ko bayobowe kandi bari mu kwaha kw'Ubufaransa bakuwe ku isi, kandi Ubufaransa bukagira uruhare runini muri ubwo bwicanyi bukabije.

    Reba urutonde rw'Abaperezida ba Afurika Ubufaransa bwishe cg bwabigizemo uruhare kuva 1963:

    1. MU 1963: Sylvanus Olympio, Perezida wa Repubulika ya TOGO

    2. AGUIYI IRONSI, Perezida wa Repubulika ya NIGERIYA

    3. MU 1969: ABDIRACHID-ALI SHERMAKE, Perezida wa Repubulika ya SOMALIYA

    4. MU 1972: ABEID-AMANI KARUMÉ, Perezida wa Repubulika ya ZANZIBAR

    5. MU 1975: RICHARD RATSIMANDRAVA, Perezida wa Repubulika ya MADAGASCAR

    6. MU 1975: FRANÇOIS-NGARTA TOMBALBAYE, Perezida wa Repubulika ya CHAD

    7. MU 1976: MURTALA-RAMAT MOHAMMED, Perezida wa Repubulika ya Nijeriya

    8. MU 1977: MARIEN NGOUABI, Perezida wa Repubulika ya CONGO-BRAZZAVILLE

    9. MU 1977: TEFERI BANTE, Perezida wa Repubulika ya. ETHIOPIYA

    10. MU 1981: ANOUAR EL-SADATE, Perezida wa Repubulika ya MISIRI

    11. MU 1981: WILLIAM-RICHARD TOLBERT, Perezida wa Repubulika ya LIBERIYA

    12. MU 1987: THOMAS SANKARA, Perezida wa Repubulika ya BURKINA-FASO

    13. MU 1989: AHMED ABDALLAH, Perezida wa Repubulika ya COMOROS

    14. MU 1989: SAMUEL-KANYON KORA, Perezida wa Repubulika ya LIBERIYA

    15. MU 1992: MOHAMMED BOUDIAF, Perezida wa Repubulika ya. ALGERIYA

    16. MU 1993: MELCHIOR NDADAYÉ, Perezida wa Repubulika ya. BURUNDI

    17. MU 1994: CYPRIEN NTARYAMIRA, Perezida wa Repubulika ya BURUNDI

    18. MU 1994: JUVENAL HABYARIMANA, Perezida wa Repubulika y'u RWANDA

    19. MU 1999: IBRAHIM BARRÉ-MAINASSARA, Perezida wa Repubulika ya NIGER

    20. MU 2001: LAURENT-YIFUZA KABILA, Perezida wa Repubulika ya CONGO-KINSHASA

    21. MU 2009: JOÃO BERNARDO VIEIRA, Perezida wa GUINEA-BISSAU

    22. MU 2011: MUAMMAR GADDAFI, Perezida wa LIBYA

    SRC: The African Exponent

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/03/kuva-1963-ubufaransa-bwishe-abaperezida-22-bo-muri-afurika-_-reba-urutonde/

  • Kogosha byamurinze ubukene mu gihe cya COVID -19 #rwanda #RwOT

    Ayingeneye Immaculee, ni umugore watinyutse gukora umwuga wo kogosha ubusanzwe ukunze gukorwa n’abagabo, maze umurinda ubukene mu gihe cya COVID-19.
    Ayingeneye afite imyaka 25 y’ubukure. Afite abana babiri n’umugabo. Batuye mu karere ka Muhanga mu murenge wa Nyamabuye. Amaze imyaka 8 akora umwuga wo kogosha. Avuga ko nubwo abagore benshi batiyumva muri uyu mwuga, we yakuze awukunda kandi yabonaga uri ku isoko ry’umurimo.
    Ku myaka 17 yatangiye kuwigira mu mazu yogosherwamo imisatsi, aza (…)

    Ubuhamya

    Source : http://agasaro.com/spip.php?article4369

  • Atungwa n’ibiraka n’abagiraneza nyuma y’uko umugabo amutaye #rwanda #RwOT

    Ingaruka za COVID-19 zageze kuri Mukamucyo Liberata w’imyaka 37 umaze amezi asaga ane umugabo amutaye mu nzu y’ubukode akamutana abana batandatu ndetse anatwite.
    Ubusanzwe Mukamucyo n’umugabo we batuye mu karere ka Muhanga mu murenge wa Nyamabuye I Gifumba.
    Bakaba bari batunzwe n’ubuzima bwo gukora ibiraka bitandukanye. Imirimo yakoraga ikababeshaho irimo guhingira abantu, ubuyede,kumesa n’indi.
    Nyamara mu gihe cya COVID-19 iyo mirimo yaje kugenda ibura, bituma n’ubusanzwe umugabo we batari (…)

    Ubuhamya

    Source : http://agasaro.com/spip.php?article4371

  • RIB yafashe Nsengimana Damien ukekwaho icyaha cyo kwica umugore w'umuturanyi amutemaguye #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Ugushyingo , Mu masaha ya mu gitondo ahagana saa kumi nimwe , RIB yafahse Nsengimana Damien ukekwaho kwica umugore w'umuturanyi amutemaguye amuziza ko yacumbikiye umugore we wahukanye.

    Nsengimana Damien wishe Nyakwigendera Uwimana Pelagie w'imyaka 57 wo mu Karere ka Gasobo mu murenge wa Jabana, mu kagari ka Ngiryi, Umudugudu wa Nyakirehe mu mujyi wa Kigali

    RIB irashimira abagize uruhare mu ifatwa rye bose. Ukekwa afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu gihe hagikorwa dosiye ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/03/rib-yafashe-nsengimana-damien-ukekwaho-icyaha-cyo-kwica-umugore-wumuturanyi-amutemaguye/

  • Présidentielle ugandaise : le Candidat Bob Wine donne du tonus à la démocratie ugandaise #rwanda #RwOT

    Yoweri Museveni, President de l’Uganda, 35 ans de pouvoir

    Cette élection ne sera plus une mascarade. La candidature de ce jeune musicien, moyennant comme tous les autres le versement de 20 millions de shillings, soit env. 5.000 $, honore la démocratie ugandaise. Reste à voir s’il n’y aura pas de casse ou de violence caractérisée.

    ” Je suis prêt à affronter Yoweri Kaguta Museveni qui ne veut pas lâcher le pouvoir, cet homme qui a malmené et écartelé le pays “, a dit Bobi Wine qui va plus loin et, pour motiver sa candidature, déclare que ” depuis la date de l’indépendance ugandaise, le pays n’a jamais connu une passation pacifique de pouvoir “.
    Pour Tumukunde, c’est plutôt la carte de l’indépendance du budget national et de lutte contre le gaspillage des ressources nationales.

    Gen. Mugisha Muntu, ex- Chef d’Etat Major General de l’UPDF

    Museveni quant à lui met en garde contre les individus qui devisent de préparer les violences durant les élections. Mugisha Muntu semble lui aussi avoir un discours creux, vide de contenu. Pas de projet de société. Rien ! ” Demain ce sera un grand jour pour les changements dans notre pays “, a-t-il simplement déclaré à la presse après le dépôt de sa candidature.

    Robert Kyagulanyi alias Bobi Wine, candidat des jeunes et des pauvres

    Bobi Wine, Idole des jeunes, candidat des classes sociales pauvres
    Le musicien parlementaire promet de lutter pour les intérêts des petites classes sociales pauvres. Il annonce qu’il sera le candidat de tous ceux qui sont injustement traités par le régime actuel en Uganda. ” Je défendrai les commerçants qui sont surtaxés, l’accès facile à l’enseignement des enfants qui, faute de frais élevés, sont déscolarisés. Je promouvrai l’emploi pour tous “, a déclaré Bobi Wine qui a fustigé le régime de Museveni pour lequel avoir accès à la justice nécessite d’abord verser des pots-de-vin.

    Aussitôt au pouvoir, ” je reverrai à la hausse les salaires des policiers et gardiens de prison et la solde des militaires “. Bobi Wine fait la fierté des citoyens ugandais. Il oppose à la violence policière sous commande, des manifestations pacifiques.
    Mais encore une fois la démocratie en Afrique montre des balbutiements surtout que Museveni au pouvoir fait fonctionner toutes les institutions étatiques y compris l’armée, la police et l’administration pénitentiaire pour réprimer un candidat qui prend distance avec lui.

    Mais le cas de Bobi Wine, le civil ayant une langue bien pendante et qui reste dans la légalité et l’ordre des actions qu’il pose, lui avec ses partisans, il devient un sérieux tracas de Museveni qui, autrefois, profitait des erreurs de ses adversaires, les Besigye et consorts.

    Gen. Henry Tumukunde, ex DG du service de Contre espionnage

    NDJ

    Source : https://fr.igihe.com/Presidentielle-ugandaise-le-Candidat-Bob-Wine-donne-du-tonus-a-la-democratie.html

  • Dufite icyifuzo cy’uko igitaramo cya East African Party cy’uyu mwaka kizaba -Umuyobozi wa EAP #rwanda #RwOT

    East African Party ni igitaramo ngarukamwaka kiri mu byitabirwa n’umubare munini w’abakunzi b’umuziki no kwidagadura muri rusange gisanzwe kiba ku itariki 1 Mutarama, kimaze kumenyererwa nk’igifasha abanyarwanda gusohoka mu mwaka binjira mu mwaka mushya.

    Iki gitaramo kimaze imyaka 13, gikunze kwitabirwa n’abahanzi baba bagezweho mu mwaka urangiye by’umwihariko abo mu Rwanda ariko kikaba kinatumirwamo abahanzi bo mu mahanga bagezweho hagendewe ku baba bakunzwe n’abanyarwanda.

    Kimwe n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi, imyidagaduro ndetse n’ibitaramo ni bimwe mu byabaye bihagaritswe mu Rwanda hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, gusa bamwe bayobotse uburyo bugezweho bwo gukora ibitaramo bifashishije ikoranabuhanga.

    EAP nk’ikigo kizwiho gutegura ibitaramo, iherutse gutegura ibitaramo bya Iwacu Muzika Festival, byatambukaga kuri televiziyo Rwanda ndetse kuri ubu yanatangaje ko yazanye ibindi byiswe 'My Talent Live Concert’ bizatangira gutambuka kuri televiziyo Rwanda ku wa Gatandatu tariki 7 Ugushyingo bikarangira ku wa 31 Ukuboza 2020.

    Mushyoma Joseph uyobora iki kigo yabwiye itangazamakuru ko ibi bitaramo bya 'My Talent Live Concert’ bidafite aho bihuriye n’igitaramo cya East African Party.

    Akomeza avuga ko bafite icyifuzo cy’uko bazakora iki gitaramo mu buryo buhuza abantu wenda hakabaho uburyo bwo kubahiriza amabwiriza azaba yashyizweho n’inzego zibifitiye ububasha.

    Yagize ati 'Turimo kureba uburyo East African Party yabaho, nicyo cyifuzo dufite.'

    'Ariko bitewe n’amabwiriza y’ubuyobozi bw’igihugu cyacu niho tuzamenya niba koko dushobora kuyitegura mu buryo abaturage wenda bayitabira n’ingamba zafatwa kugira ngo hagire abayitabira.'

    Boubou avuga kandi ko igitaramo cya East African Party bigoye cyane kuba cyabera kuri televiziyo nk’uko hari gukorwa ibi bya 'My Talent Live Concert’ gusa aho ngo aho icyorezo kizaba kigeze niho bazahera bafata umwanzuro bagendeye ku byemezo bifatwa n’ubuyobozi bw’igihugu.

    Ati 'Biragoye cyane kuyikora kuri televiziyo [East African Party], biragoye cyane ariko tuzagerageza turebe uko bimeze nitubona hari igishoboka, tugitegure.'

    Igitaramo giheruka cya East African Party cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 1 Mutarama 2020 muri Kigali Arena, kitabiriwe n’abahanzi bari barangajwe imbere na The Ben wishimiwe ku rwego rwo hejuru. EAP noneho yazanye ibitaramo byiswe ‘My Talent Live Concert’ bizajya bitambuka kuri televiziyo y’igihugu
    The Ben niwe wari umuhanzi mukuru muri East African Party iheruka yari ibaye ku nshuro ya 12
    Mushyoma Joseph ‘Boubou’ avuga ko bafite icyifuzo cy’uko East African Party y’uyu mwaka yazaba

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Dufite-icyifuzo-cy-uko-igitaramo-cya-East-African-Party-cy-uyu-mwaka-kizaba-Umuyobozi-wa-EAP

  • Ntibemeranya n’abavuga ko umukobwa ukora imyitozo myinshi atakaza uburanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nzayisenga Charlotte (uri ku mupira) amara impungenge abakobwa n
    Nzayisenga Charlotte (uri ku mupira) amara impungenge abakobwa n’abagore batinya gukora siporo cyane

    Cyuzuzo Igihozo Yvette usanzwe ari Kapiteni wa UTB na Nzayisenga Charlotte na we usanzwe akina muri iyi kipe iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona mu bari n’abategarugori babitangarije mu kiganiro KT Sports cya KT Radio ubwo bari abatumirwa muri gahunda y’umusportif w’icyumweru isanzwe itambuka buri wa kabiri.

    Cyuzuzo Yvette yavuze ko abafite iyo myumvire haba mu bakinnyi n’abandi bantu bahari ariko asaba ko bihinduka kuko bituma habaho kudindira kw’imikino muri rusange.

    Yagize ati “Ibyo nta shingiro bifite kuko ushobora gukina ugakomeza kumera neza nk’uko wari umeze mbere ntagihindutse, iyo umuntu ari mu kintu runaka aba agomba kukijyamo wese nibwo atanga umusaruro, ntabwo wareka gukora imyitozo ngo udahinduka mu miterere, ababivuga na bo wenda hari igihe kizagera bahindure imyumvire.”

    Ibindi bivugwa ko abakinnyi b’abakobwa bakina volleyball n’indi mikino bibagora kubona abagabo kubera guhinduka mu miterere no kutabona umwanya wo kwita ku bo bari kumwe yavuze ko atari byo ndetse atanga n’urugero rwa Bucumi Claudette bakinanye muri APR FC afite umugabo kandi agakomeza kwita ku rugo rwe.

    Cyuzuzo Yvette (ugiye gutera umupira) aha ari mu kibuga
    Cyuzuzo Yvette (ugiye gutera umupira) aha ari mu kibuga

    Urundi rugero yatanze ni Umunyakenyakazi Dorcas wigeze no gutoza mu Rwanda aho yavuze ko amufatiraho urugero kuko yakoraga imyitozo atitaye ku magambo avugwa kandi agahinduka umukinnyi w’igihangange waje no gushinga urugo agahirwa.

    Uretse ibi, bavuga ko abantu bataranahindura imyumvire ku myambaro migufi abakinnyi b’uyu mukino baba bambaye aho bamwe bakibifata nk’ibihabanye n’umuco.

    Bavuga ko batangira gukina uyu mukino byagiye bibagora cyane ariko gahoro gahoro bitewe n’ibyo bamaze kugeraho abari bafite iyo myumvire bakagenda bayihindura .

    Charlotte ati “Ndabyibuka ubwo nigaga mu mashuri yisumbuye twagiye gukina tumaze kugera mu kibuga haje abantu benshi barimo n’ababyeyi , bose bari batangariye imyambaro twari twambaye gusa bagenda bahindura imyumvire nyuma yo kumenya ko ari imyambaro isanzwe yifashishwa n’abari mu kibuga.Abayambara nta kindi baba bagambiriye kuko iyo tuvuye mu kibuga tuba twambaye twikwije.”

    Aba bakinnyi baherutse kwegukana igikombe cya Shampiyona mu bagore ku mukino batsinzemo APR VC seti 3-2 bavuga ko bishimira urwego uyu mukino ugezeho ariko bagasaba ko imyumvire yahinduka ku bagitekereza ko abakobwa bakora imyitozo myinshi bumva ko ibahindura bagatakaza uburanga, ndetse n’abakibona imyambaro yabo mu kibuga mu isura yo guta umuco ko bose bahindura imyumvire kugira ngo umukino urusheho gutera imbere.

    Cyuzuzo Yvette (wambaye ishati y
    Cyuzuzo Yvette (wambaye ishati y’umweru n’umukara) na Nzayisenga Charlotte (wambaye umutuku n’umukara) bakinira UTB n’ikipe y’igihugu, aha bakaba bari mu kiganiro kuri KT Radio

    Mu minsi yashize umutoza w’ikipe y’igihugu y’abangavu ya Basketball, Mushumba Charles, yashinje abakobwa bamwe bakina imikino na bo kurangazwa n’iyo myumvire ntibakore cyane, bumva ko bazatakaza uburanga bakazabura abagabo igihe baba bahinduye imiterere kubera imyitozo myinshi.

    Muri iki kiganiro banagarutse kuri byinshi bitandukanye banyuzemo mu rugendo rwabo nk’abakinnyi.

    Babajijwe imikino yabagoye, Charlotte yavuze ko umukino wamugoye ari uwo yakinnyemo na APR VC mu mpera z’icyumweru gishize aho yakinnye muri uyu mukino ahanganye na murumuna we basanzwe babana mu nzu.

    Cyuzuzo Yvette we avuga ko n’ubwo bakina uyu mukino bari babanje gutakaza seti ebyiri, ariko atari wo mukino wamugoye cyane mu buzima ahubwo avuga ko umukino wamugoye ari umukino wa nyuma bakinnyemo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu mwaka wa 2011 ubwo we yakinaga muri APR VC.

    Uwo mukino warangiye begukanye igikombe kuri seti 3-2 ngo waramugoye cyane kuko bari ku iseti ya seoul RRA yari yabanje kubasiga igira amanota 9 bo bafite amanota 3 ariko bayitanga kugera ku manota 15 bayitsindira kuri Seoul begukana igikombe cya Shampiyona.

    N’ubwo batabura ibibaca intege, bavuga ko bishimira urwego uyu mukino umaze kubagezaho. Nzayisenga Charlotte avuga ko uyu mukino wamufashije kwiga aho yarangije ikiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK)

    Cyuzuzo Yvette we mu byo yishimira yagezeho harimo ko Volleyball yamufashije kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) bimuha n’amahirwe yo kuba umwe mu barimu muri kaminuza ya UTB asanzwe anakinira.

    Mu bindi akomeza avuga ko uyu mukino wamufashije gutembera aho yagiye asohokera igihugu ahantu hatandukanye ku isi.

    Ibi Nzayisenga Charlotte abihurizaho na mugenzi we aho na we avuga ko Volleyball yamufashije gutembera mu bihugu bitandukanye nka : Pologne, Misiri, Tunisia, Madagascar, Togo, Kenya, Uganda, Burundi, na Tanzania aho yagiye ahagararira igihugu.

    Nzayisenga Charlotte na Cyuzuzo Yvette bashimira abagiye babafasha ngo bagere ku rwego bariho by’umwihariko umutoza wabo wo mu mashuri yisumbuye Abdulkharim Shumbusho wabatoje ubwo bigaga muri GS Indangaburezi mu Ruhango.

    Nzayisenga Charlotte na Cyuzuzo Yvette basanzwe ari abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Volleyball mu bari n’abategarugori. Uretse ikipe ya UTB bakinira, bananyuze mu yandi makipe akomeye arimo RRA na APR VC.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/ntibemeranya-n-abavuga-ko-umukobwa-ukora-imyitozo-myinshi-atakaza-uburanga

  • Amafoto+Video: Nyuma y’umunsi umwe abanyeshuri basubukuye amasomo, kwirinda Covid-19 birubahirizwa gute? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mbere y
    Mbere y’uko umunyeshuri yinjira mu ishuri abanza gupimwa umuriro

    Nyuma y’umunsi umwe gusa ayo mashuri afunguye, kuri uyu wa Kabiri Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Velentine, ari kumwe n’abandi bayobozi basuye amwe mu mashuri yo mu Mujyi wa Kigali, bareba uko yubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Bimwe mu byitabwaho cyane, ni ukwambara udupfukamunwa ku banyeshuri n’abarimu, gupimwa umuriro, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune cyangwa se imiti yabugenewe, hamwe no guhana intera hagati y’abanyeshuri.

    Reba mu mafoto uko amashuri yubahiriza ingamba zo kwirinda icyo cyorezo:

    Guhana intera ni ngombwa mu ishuri
    Guhana intera ni ngombwa mu ishuri

    Minisitiri Uwamariya mu rimwe mu mashuri, agenzura ko amabwiriza yubahirizwa
    Minisitiri Uwamariya mu rimwe mu mashuri, agenzura ko amabwiriza yubahirizwa
    Amashuri asabwa kugira aho abanyeshuri bakarabira
    Amashuri asabwa kugira aho abanyeshuri bakarabira

    Mu gikoni aho bategurira amafunguro y
    Mu gikoni aho bategurira amafunguro y’abanyeshuri, na ho ingamba zirubahirizwa

    Abarimu bagomba kwigisha bambaye udupfukamunwa
    Abarimu bagomba kwigisha bambaye udupfukamunwa

    Kureba andi mafoto, kanda HANO

    Reba video igaragaza uruzinduko rwa Minisitiri Uwamariya muri amwe mu mashuri

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/amafoto-video-nyuma-y-umunsi-umwe-abanyeshuri-basubukuye-amasomo-kwirinda-covid-19-birubahirizwa-gute

  • Girinka yatumye abari abatishoboye b’i Gicumbi bashora imari y’arenga miliyari zirindwi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Koperative IAKIB ubu ifite inganda zitunganya amata
    Koperative IAKIB ubu ifite inganda zitunganya amata

    Bakimara guhabwa inka bahise bashinga Koperative Ihuza Aborozi ba Kijyambere Bafatanyije (IAKIB), ikaba yaratangiye ikusanya umukamo w’inka z’abanyamuryango 300 bari bishyize hamwe.

    Hakizimana Pierre Celestin uyobora Koperative IAKIB, avuga ko muri 2006 batangiye gukoresha amafaranga angana n’ibihumbi 500 mu kugura amata aturuka mu mirenge 19 muri 21 igize Akarere ka Gicumbi.

    Yagize ati “Koperative yacu yavutse kubera gahunda ya Girinka muri 2002, twatangiye turi abanyamuryango 300 ariko ubu tugeze kuri 4,004, dukusanya amata angana na litiro 34,000 ku munsi ava mu borozi barenga 10,000”.

    Hakizimana avuga ko bafite amakusanyirizo 10 y’amata, harimo ane biyubakiye, abiri bakodesha ndetse n’andi ane Leta yabubakiye mu rwego rwo kubatera inkunga.

    Amata bakusanyije bayagurisha ku ruganda Inyange na Blessed (ruri i Gatuna), asigaye bakayakoramo amavuta y’inka yo kurya no kwisiga, ikivuguto ndetse n’ikinyobwa cyitwa yawurute (Yoghurt).

    Batangiye batwara amata mu bicuba ku magare ariko ubu ni abashoramari bakomeye
    Batangiye batwara amata mu bicuba ku magare ariko ubu ni abashoramari bakomeye

    Iyi koperative yashinze uruhanda rukora ifu y’ibigori (kawunga) aho rutunganya toni 20 ku munsi, kandi ikavuga ko irimo kurwagura ku buryo mu kwezi kwa Mutarama 2021 izaba yatangiye gutanga toni 60 z’ifu y’ibigori ku munsi.

    Banafite uruganda rukora ibiryo by’amatungo bigaburirwa inka, inkoko n’ingurube bingana na toni 20 ku munsi.

    Hakizimana yakomeje agira ati “Ibi byose tubihagaritse tukubakamo inzu, twakubaka umuturirwa ugaragara ku buryo wavuga uti dore icyo Girinka yakoze, ubu turashaka ko koperative ibyara ibindi bigo”.

    Bavuga ko bafite gahunda yo gushyira ibicuruzwa byabo ku masoko yo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba.

    Hakizimana yari umwe mu bayobozi 80 b’amakoperative atandukanye barimo guhugurwa n’Ikigo ‘Land O’ Lakes’ cy’Abanyamerika ku bijyanye n’imiyoborere ndetse n’imicungire y’amakoperative, kikaba ari na cyo cyafashije koperative IAKIB mu rugendo rwo kuva mu bukene.

    Hakizimana Pierre Celestin wari mu bahawe inka mu myaka 18 ishize, ubu yitabira inama n
    Hakizimana Pierre Celestin wari mu bahawe inka mu myaka 18 ishize, ubu yitabira inama n’ibiganiro bihuza amakoperative manini mu gihugu

    Umuyobozi w’Umushinga wa Land O’Lakes witwa Coperative Development Program, Willy Nyirigira, avuga ko mu byo bahaye koperative IAKIB harimo n’ibyuma byo guterekamo no gukonjesha amata.

    Yagize ati “Ubu hari undi mushinga turi gutegurana na bo wo gukora amata y’ifu abikwa igihe kirekire, kugira ngo ajye acuruzwa hanze y’igihugu kandi Abanyarwanda be kujya babura amata mu gihe cy’impeshyi”.

    Nyirigira yizeza ko umushinga ayobora uzakomeza guhugura amakoperative y’u Rwanda, ndetse no kuyahuza n’andi yo mu bihugu birenga 80 byo ku isi, kugira ngo Abanyarwanda babone aho bagurisha umusaruro hanze y’igihugu.

    Umushinga w
    Umushinga w’Abanyamerika Land O’Lakes ufatanyije na RCA ndetse n’Ikigo RICEM, barimo guhugura abayobozi b’amakoperative 80 manini mu gihugu

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative, Prof Jean Bosco Harelimana, ashima ko Land O’Lakes iri mu bafatanyabikorwa ba Leta bateza imbere gahunda yo kugira amakoperative ibigo binini by’ishoramari.

    Ni gahunda ishingiye imirimo yose ku ikoranabuhanga, izatuma amakoperative ahindura u Rwanda mu buryo bugaragara bitarenze umwaka wa 2024.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ishoramari/article/girinka-yatumye-abari-abatishoboye-b-i-gicumbi-bashora-imari-y-arenga-miliyari-zirindwi