Blog

  • Myasiro usiganwa mu kwiruka n’amaguru yabonye ikipe nshya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Myasiro na Sina Gerard mu gikorwa cyo gusinya amasezerano y
    Myasiro na Sina Gerard mu gikorwa cyo gusinya amasezerano y’imikoranire

    Ku wa Kane tariki ya 19 Ugushyingo 2020 nibwo uyu musore waherukaga gukinira ikipe ya Mountain Classic Athletic Club y’ i Gicumbi yashyize umukono kuri ayo masezerano.

    Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today nyuma yo gusinya amasezerano, Myasiro Jean Marie Vianney yavuze yishimiye gukinira iyi kipe.

    Yagize ati “Navuga ko nishimiye gukina muri Sina Gerard Athletic Club. Ni amasezerano akubiyemo gukina amarushanwa atandukanye abera hano mu Rwanda ndetse no hanze ndetse no kubafasha kwamamaza ibikorwa butandukanye.”

    Yakomeje avuga ko agiye gufasha iyi kipe kuzamura urwego ndetse no kuyifasha gutwara imidari.

    Myasiro JMV yatangiye gukina umukino wo gusiganwa ku maguru mu mwaka wa 2014. Mu Rwanda yakiniye ikipe imwe gusa ya Mountain Classic Athletic Club. Muri 2014 yakinnye imikino Olempike y’abatarengeje imyaka 20, mu mwaka wa 2016 akina shampiyona y’Isi yabereye muri Pologne.

    Muri 2017 yerekeje mu Butaliyani mu ikipe ya Run Love tern Club kugera mu mwaka wa 2019.

    Myasiro uri (hagati) asanzwe asiganwa ku rwego mpuzamahanga
    Myasiro uri (hagati) asanzwe asiganwa ku rwego mpuzamahanga


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/ngororangingo/article/myasiro-usiganwa-mu-kwiruka-n-amaguru-yabonye-ikipe-nshya

  • Urubyiruko ibihumbi 40 rugiye kwigishwa imyuga izaruvana mu bushomeri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi bombi bahererekanya izo mfashanyigisho
    Abayobozi bombi bahererekanya izo mfashanyigisho

    Byatangajwe n’Umuyobozi mukuru wa RP, Dr James Gashumba, ubwo yashyikirizwaga imfashanyigisho zigizwe n’ibitabo by’abarimu n’abanyeshuri bizifashishwa mu kwigisha urwo rubyiruko, ikaba ari inkunga y’umushinga Huguka Dukore Akazi Kanoze wa USAID, muri gahunda yayo yo gufasha Leta kubonera imirimo urubyiruko.

    Urwo rubyiruko rubarirwa mu cyiciro cya kabiri (Level 2), kuko iryo shuri ryari risanzwe rifasha abo mu cyiciro cya mbere akenshi bagizwe n’abataragize amahirwe yo kwiga ndetse n’abo mu cyiciro cya gatatu, bagizwe n’abarangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc commun) ntibakomeze, abagiye gufashwa rero ngo bakaba baraheraga hagati.

    Igerageza rw’uwo mushinga rizakorerwa mu mashuri 10 y’imyuga n’ubumenyingiro (TVET), ahanini ngo bakaziga imyuga ishamikiye ku buhinzi n’ubworozi, izo mfashanyigisho ngo zikaba zari zikenewe nk’uko Dr Gashumba abisobanura.

    Agira ati “Ni imfashanyigisho zikubiyemo amasomo y’ibanze mu myuga n’ubumenyingiro kandi akazajyana no kwigira mu kazi. Twishimiye cyane rero iyo nkunga kuko ari ikintu twari dukeneye cyane muri iyo myigishirize, tugiye gutangirira mu mashuri 10 yigisha iby’ubuhinzi n’ubworozi, tukazanareba niba urangije icyo cyiciro yakomeza igikurikiyeho mu gihe abishaka”.

    Ati “Ubundi hari abo twajyaga dufasha kwiga imyuga kugira ngo babashe kubona akazi cyangwa bakakihangira ntibakomeze kwiga. Ariko ubu ibyiza ni ukwigisha umuntu umwuga utuma abona akazi ariko kandi agakomeza no kwihugura mu bindi byamufasha kubyaza umusaruro umwuga we nk’ikoranabuhanga (ICT), Icyongereza, imibare y’ingenzi, gukorana n’amabanki n’ibindi”.

    Amasomo mu myuga agiye guhabwa urwo rubyiruko azajya amara umwaka umwe, ruhabwe inyemezabumenyi, abashaka bakazasaba gukomeza kwiga mu gihe bizagaragara ko babikwiye, abandi bakazahita bajya mu mirimo ibateza imbere.

    Ushinzwe uburezi muri USAID mu Rwanda, Gronhovd Luann, yavuze ko uwo muryango uha agaciro urubyiruko, ari yo mpamvu watanze iyo nkunga.

    RP yahawe imfashanyigisho zizayifasha guha urubyiruko ubumenyi mu myuga izaruteza imbere
    RP yahawe imfashanyigisho zizayifasha guha urubyiruko ubumenyi mu myuga izaruteza imbere

    Ati “USAID kimwe n’u Rwanda, ibona urubyiruko ari abantu b’ingenzi, bashoboye kandi bitezweho ahazaza heza h’igihugu. Kubera ko urubyiruko rugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, rukeneye inkunga zitandukanye bityo rugere ku bumenyi bwa ngombwa, ari yo mpamvu nishimiye ko tugejeje kuri RP izi mfashanyigisho z’amasomo y’igihe gito”.

    Biteganyijwe ko kwigisha imyuga urwo rubyiruko bizatangirana n’umwaka w’amashuri 2020-2021, izo mfashanyigisho zikaba zagejejwe kuri RP kuri uyu wa Kane tariki 19 Ugushyingo 2020, kandi ngo uwo muryango nterankunga uzakomeza gukurikirana uko icyo gikorwa kizagenda.

    Leta yashyizeho gahunda zitandukanye zo gufasha abantu kwiga imyuga n’ubumenyingiro haba mu mashuri nk’aya TVET, IPRC, gahunda ya ‘Igira ku murimo’, NEP Kora Wigire n’izindi, byose bikaba bifite intego yo gufasha Abanyarwanda kubona akazi, cyane ko Leta yiyemeje ko buri mwaka hazajya hahangwa imirimo mishya irenga ibihumbi 200.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/urubyiruko-ibihumbi-40-rugiye-kwigishwa-imyuga-izaruvana-mu-bushomeri

  • Amajyaruguru: Amafaranga asaga miliyoni 700Frws yagenewe amashuri yakoreshejwe nabi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri uyu mwaka mu Ntara y
    Muri uyu mwaka mu Ntara y’Amajyaruguru hubatswe amashuri akabakaba 800

    Ubwo umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe imiyoborere n’imitangire ya serivise akaba anashinzwe JADF muri RGB, Kazaire Judith yagaragarizaga ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru imikorere ya JADF mu mwaka w’ingengo y’imari mu Ntara y’Amajyaruguru, yagaragarije ubuyobozi ahari imbaraga nke muri serivise zinyuranye, cyane cyane ku ikoreshwa ry’umutungo wa Leta.

    Uwo muyobozi yagize ati “Muri uyu mwaka, Intara y’Amajyaruguru yakoze igenzura mu mashuri ku micungire y’imari, mu byagaragaye ni uko amafaranga angana na miliyoni 704 atakoreshejwe uko bikwiye, yagiye akoreshwa ugasanga urugero baragaragaza ko yatanzwe ku biti ariko ntibagaragaze neza uburyo yakoreshwejwe”.

    Arongera ati “Ariya ni amafaranga menshi, nk’uko tubizi n’imirenge ibikorwa iba isabwa gukora akenshi usanga ingengo y’imari iba idahagije, rero niba ingengo y’imari idahagije amafaranga nk’ariya ku rwego rw’intara akaba atarakoreshejwe mu buryo bunoze, ni ikintu tugomba kwicara tukigaho. Kuba bigaragara ni byiza kuko iyo utamenye ikibazo ntubona uko ugikemura. Ibuye ryagaragaye ntiryica isuka”.

    Uwo muyobozi kandi yagaragaje n’icyuho mu mikorere ya gahunda zijyanye n’imibereho y’abaturage ahagiye haboneka ikibazo cyo kunyereza imari.

    Umuyobozi ushinzwe imioborere, imitangire ya serivise na JADF muri RGB Kazaire Judith
    Umuyobozi ushinzwe imioborere, imitangire ya serivise na JADF muri RGB Kazaire Judith

    Ati “Hagaragaye n’imicungire mibi muri gahunda zo gutsura imibereho y’abaturage, VUP, Girinka, ubudehe,… izo gahunda zose muzi ko Leta ishyiramo amafaranga menshi, ariko akenshi hagiye hagaragaramo ibibazo byo kunyereza umutungo cyangwa kubika amafaranga muri za SACCO abaturage ntibayabone, twigenzure dushake impinduka”.

    Kuri icyo kibazo, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV, yavuze ko iyo raporo yagaragajwe na RGB ari iyo intara yayigejejeho nyuma y’ubugenzuzi yakoze mu mashuri.

    Ngo kuba Intara y’Amajyaruguru yarashyizeho gahunda y’ubugenzuzi mu mashuri yose yo mu Ntara y’Amajyaruguru, asanga ari uburyo bwo gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta, aho buri muyobozi abazwa ibyo ashinzwe.

    Ati “Iriya raporo bayigaragaje nk’amakuru twatanze, aho intara ikora uburyo bwo kugenzurana mu nzego z’ibanze, hari inzego za Leta zibaho zitagira ubugenzuzi by’umwihariko uburezi. Twebwe nk’Intara y’Amajyaruguru twashyizeho kugenzurana twifashisha ba Auditors (abagenzuzi b’imari), umurenge ukagenzura undi, amashuri yose abanza n’ayisumbuye yo mu Ntara y’Amajyaruguru turayagenzura, ni ho habonetse amafaranga asaga miliyoni 700 adafite ibisobanuro by’ibyo yakoreshejwe”.

    Yavuze ko RGB yabafashije muri icyo gikorwa cy’ubugenzuzi mu kurinda ko abayobozi kuyobora amashuri bumva ko ari akarima kabo, ahubwo ukoze nabi akabibazwa.

    RGB yashimiye abafatanyabikorwa bakomeje kubaka ibyumba by
    RGB yashimiye abafatanyabikorwa bakomeje kubaka ibyumba by’amashuri

    Ati “Ni byiza ko RGB ibivuga kuko ni na yo yaduteraga inkunga muri icyo gikorwa cyo kugenzurana no gukora ubugenzuzi hirya no hino, kugira ngo uyobora ishuri yumve ko atari umurima we, atari iduka rye, atari umufuka we, ko agomba kubibazwa. Ni na yo mpamvu byahaye isomo abandi bayobozi b’amashuri ku buryo buri mwaka tuzajya ducamo tugenzure ayo mashuri uko akoresha umutungo”.

    Uretse ikibazo cy’imicungire mibi y’imari ya Leta mu mashuri, RGB yashimye uruhare rw’abafatanyabikorwa mu kubaka ibyumba bishya by’amashuri mu Ntara y’Amajyaruguru, aho muri uyu mwaka hubatswe amashuri 600 ku bufatanye na Banki y’Isi, n’amashuri 190 yubatswe ku ngengo y’imari ya Leta.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/amajyaruguru-amafaranga-asaga-miliyoni-700frws-yagenewe-amashuri-yakoreshejwe-nabi

  • Rusizi : Recherché pour meurtre de son camarade de travail #rwanda #RwOT

    Les deux jeunes gens travaillaient dans un restaurant de la place. Le jeune poignardé a été transporté d’urenge au Centre de Santé de Bugarama où il a rendu l’âme.

    On ne sait pas encore le mobile du crime. Un avis de recherché a été dressé par la Police d’Investigations Criminelles contre le meurtrier en cavale.

    Avec umuseke.rw

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Rusizi-Recherche-pour-meurtre-de-son-camarade-de-travail.html

  • Vatican mu iperereza ku kuntu Instagram ya Papa yakunze ifoto y'umu-model #rwanda #RwOT


    Ibiro bikuru bya Kiliziya Gatolika ku isi byavuze ko birimo gukora iperereza ku kuntu konti ya Instagram izwi ko ari iya Papa Francis 'yakunze' (like) ifoto y'umunyamideli wo muri Brazil wari wambaye atikwije.

    Ntibiramenyekana igihe iyo konti ya Papa yakundiye iyo foto ya Natalia Garibotto, wari wambaye ku gice cyo hejuru umwambaro w'ishuri.

    Ku wa gatanu ushize ni bwo ibitangazamakuru bitandukanye byatangiye kubitangaza, mbere yuko iyo konti ya Instagram 'ireka gukunda' (unlike) iyo foto.

    Amakuru avuga ko abategetsi b'i Vatican ubu barimo gukora iperereza ku kuntu ibi byabaye kuri konti ya Papa.

    Ejo ku wa kane, umuvugizi wa Vatican yabwiye ikinyamakuru The Guardian cyo mu Bwongereza, ati:

    'Icyo dushobora gushyira ku ruhande ni uko iyo 'like' [uko gukunda] itavuye muri Vatican, ndetse Vatican irimo gusaba ibisobanuro urubuga rwa Instagram'.


    Konti ya Instagram ya Papa Francis, ikoresha izina franciscus, ikurikirwa n'abantu bagera kuri miliyoni 7,4 ku isi.

    Abantu bari bugufi y'ibiro bya Vatican bishinzwe gutangaza amakuru, ku wa kabiri babwiye urubuga rw'amakuru Catholic News Agency ko konti z'imbuga nkoranyambaga za Papa 'zikoreshwa n'itsinda ry'abakozi', kandi ko ubu hatangiye iperereza.

    Natalia — nyir'iyo foto 'yakunzwe' unatangaza ibiganiro ku rubuga Twitch rwo kuri internet rw'imikino itandukanye — we ibyo yabaye nk'ubiteramo urwenya.

    Yanditse kuri Twitter ati: 'Nibura nzajya mu ijuru'.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/20/vatican-mu-iperereza-ku-kuntu-instagram-ya-papa-yakunze-ifoto-yumu-model/

  • Inkomoko yo kuba umukinnyi Arsene Nihoreho yaba yarabaye umusirikare wize gutegura ibisasu #rwanda #RwOT

    Umukinnyi Nihoreho Arsene wa Rayon Sports watijwe muri Bugesera FC, avuga ko atigeze aba umusirikare cyangwa ngo yige ibijyanye no gutegura ibisasu nk’uko byavuzwe, ku giti cye akeka ko byaturutse ku kuba yarakiniye ikipe ya Rukinzo FC y’igipolisi cy’u Burundi.

    Uyu mukinnyi yasinyiye Rayon Sports mu mpera za Kamena 2020, uyu rutahizamu watsinze ibitego 17 mu mwaka w’imikino wa 2019/2020 ndetse aba uwa 3 mu batsinze ibitego byinshi i Burundi, ntibyakunze ko akinira Rayon Sports ahubwo imutiza umwaka umwe muri Bugesera FC mu myaka 2 yamuguze.

    Nyuma yo gusinyira iyi kipe, uyu rutahizamu byavuzwe ko afite amasomo ya gisirikare ndetse ko yize ibijyanye no gutegura ibisasu.

    Aganira n’ikinyamakuru ISIMBI, Nihoreho Arsene yabihakanye avuga ko ari bwo akirangiza ishuri ndetse ko atari kubona umwanya wabyo.

    Ati'ni ukubeshya rwose, njyewe ndangije amashuri muri uyu mwaka wa 2019-2020, urumva uwo mwanya ntabwo nigeze nywubona.'

    Akomeza avuga ko na we yabyumvise ndetse akaba akeka ko byaturutse ku kuba yarakiniye ikipe y’igipolisi cy’u Burundi ya Rukunzo FC.

    Ati'narabyumvise ndetse maze kubyumva inshuro nyinshi gusa ntabwo ari byo. Kubera ko nahoze nkinira ikipe y’igipolisi ya Rukunzo FC nkeka ari ho byaturutse.'

    Uyu rutahizamu w’imyaka 20 yakiniye Rukinzo FC imyaka 2, akaba aje gukina mu Rwanda avuye muri Olympic Star.

    Nihoreho Arsene ngo ntabwo yigeze aba umusirikare

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/inkomoko-yo-kuba-umukinnyi-arsene-nihoreho-yaba-yarabaye-umusirikare-wize-gutegura-ibisasu

  • Un projet de 2200 logements abordables dans Kigali, quid de l’agriculture de rente des districts ruraux ? #rwanda #RwOT

    Son voisin fera de même au point qu’il ne sera pas possible pour que trois, quatre voire même dix payans seront incapables de consolider leurs terres pour y faire pousser une culture de rente. Ainsi va le sous développement des pays africains. Ils ne vont pas loin dans l’exploitation des possibilités de passer de l’étape A de leur situation de sous développement à B puis C… Ils dépensent dans des besoins importants avant de fructifier leurs avoirs pour pouvoir mieux penser à satisfaire leurs besoins pour une décence.

    Pour eux, il faut d’abord dépenser de grosses sommes dans leurs habitations et penser production après. Un raisonnement étriqué, dites-vous ? Mais où sont les sociologues du développement rwandais ? Ils se taisent. Ils sont dans l’expectative face à l’engouement de chaque citoyen rwandais ӑ se construire un logement plus décent et avenant que celui de son voisin.

    Face à cette tendance, les pouvoirs publics semblent ne pas savoir sur quel pied danser. Comment délimiter les espaces à urbaniser et dégager de grands espaces agricoles permettant une libre association de plusieurs hectares de terres paysannes voisines afin de développer de nouvelles tendances agraires, celles des monocultures hautement productives pour un marché local ou international ? C’est tout un énorme programme !

    Et puis ici, Villes et Districts ruraux signent avec le Président de la République des contrats de performance. Le Maire de la Ville de Kigali met tout le paquet sur la construction d’au moins 2200 habitations à coûts abordables pour le plus d’un million et demi des Kigalois pour 2020-2021. Aux Maires des districts ruraux d’être plus tacticiens et savoir que leur première mission, contrairement aux besoins de la grande Ville Capitale Kigali, est le décuplement de la production agricole et animale agrandie de sa transformation. Bref pour une agriculture commerciale en lieu et place de l’agriculture de subsistance qui reste visible dans la plupart des contrées du pays. Pour cela il faut une délimitation stricte des espaces habitables urbanisés.
    La Ville de Kigali fait des projections de construction de 859.000 habitations pour parvenir à loger la population urbaine en 2050 qui sera plus de 3 millions de citadins.

    Mais ici les experts en construction donnent des conseils importants aux autorités des mairies de Kigali et des districts. Ils les encouragent à viabiliser même les quartiers entiers habités qui comptent des trous perdus de plus de vingt mètres de profondeur pour chaque habitation. Ils leur demandent de construire des canaux le long des avenues et rues qui devront recueillir les eaux usées des habitation pour les diriger dans un centre de retraitement de ces dernières. Ces ingénieurs interrogés disent craindre à la longue des secousses sismiques de grande échelles qui pourraient faire des destructions importantes de ces quartiers perforés à chaque vingt ou trente mètres d’une parcelle à une autre et perchés sur les collines urbaines de Kigali et d’ailleurs.

    Ainsi il y va de cet engouement citoyen pour une habitation décente. Mais au menu de la cérémonie de signature des contrats de performance des maires de districts avec le Président de la République, pourquoi ces maires de districts ruraux ne s’engagent-t-ils pas à leur tour à déclarer que leurs districts se spécialiseront dans telle ou telle culture de rente ou dans l’élevage de tel ou tel bétail avec des chiffres de production à l’appui et les moyens pour y parvenir ? Ceci devrait relever d’une priorité et d’une instruction expresse du Chef de l’Etat à ses vassaux.

    NDJ

    Source : https://fr.igihe.com/Un-projet-de-2200-logements-abordables-dans-Kigali-quid-de-l-agriculture-de.html

  • Rwanda National Police Acquires Arms Crushing Machine #rwanda #RwOT

    0Shares
    0

    Rwanda National Police (RNP) has aquired a shear arms crushing machine from the Regional Centre on Small Arms (RECSA) to facilitate in the destruction of obsolete firearms.

    The Deputy Inspector General of Police (DIGP) in charge of Adminiatration and Personnel, Juvenal Marizamunda, received the environmental friendly machine from RECSA Executive Secretary, Lt. Gen. Badreldin Elamin Abdelgadir at the function held at the RNP General Headquarters in Kacyiru.

    DIGP Marizamunda thanked RECSA for its continued support to Rwanda to implement Small Arms and Light Weapons' management and control interventions.

    'Uncontrolled traffic of small arms and light weapons remains a major source of insecurity, either by fueling armed conflicts or organised crime such as armed robberies, drug trafficking and terrorism in addition to loss of lives and property,' DIGP Marizamunda said.

    He added that in order to deal with these serious hindrance to sustainable peace, security and development, it is important to pull efforts together to curb the vice.

    The handover of the arms crushing machine, he said, further defines the good working relations between RNP and RECSA.

    'The shear machine will help to promote continuous destruction exercise hence preventing big piles of obsolete firearms; enhance the curbing of diversion and proliferation of small arms and light weapons; improve weapons management and control; and ensure proper accountability of firearms,' DIGP Marizamunda said.

    RECSA has been supporting RNP in various disciplines including physical security and stockpile management, training on arms marking machine and training on record keeping.

    Lt. Gen. Badreldin Elamin Abdelgadir thanked the Government of Rwanda for consistently supporting RECSA to meet its obligations on the control and prevention of proliferation of small arms and light weapons as provided for in the Nairobi Protocol.

    Article 8 of the Nairobi Protocol requires RECSA member states to identify and adopt effective programmes for the collection, safe storage, destruction and responsible disposal of small arms and light weapons rendered surplus, redundant or obsolete.

    With the suppport of RECSA, RNP officers are also set to be trained on how to operate the arms crushing machine.

    RECSA Executive Secretary pledged to continue supporting member states to ensure the security and safety of government stocks, which he said that it's a precursor for regional peace and stability.

    0Shares
    0

    The post Rwanda National Police Acquires Arms Crushing Machine appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/rwanda-national-police-acquires-arms-crushing-machine/

  • Muyoboke Alexis yavuze ko Charly na Nina ari bo bahanzi bakongera gukorana. Impamvu ni iyihe? #rwanda #RwOT

    Muyoboke Alexis wigeze kuba umujyanama w'itsinda rya Charly na Nina avuga ko ngo aba bakobwa ari bo yakongera gukorana nabo mu bahanzi banyuze mu biganza gusa ngo ntibishoboka.

    Tariki 20 Gashyantare 2018 ni bwo Charly na Nina batunguranye bashyira hanze itangazo rivuga ko batandukanye n'uwari umujyanama wabo mu bya muzika ari we Muyoboke Alexis.

    Decent Entertainment iyoborwa na Muyoboke Alexis yari imaze imyaka itanu ikorana n'aba bakobwa bari bamaze kubaka ibigwi mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

    Batangiriye ku busa, bafashijwe na Muyoboke bakora indirimbo zatumye bigwizaho abafana harimo 'Indoro' bakoranye na DJ Pius, 'Owooma' bakoranye na Geosteady, 'I Do' bakoranye na Bebe Cool n'izindi nyinshi.

    Batandukanye bamaze gukora igitaramo cy'amateka cyo kumurika alubumu yabo yiswe 'Imbaraga' cyitabiriwe na Juliana Kanyomozi.

    Ni ibintu byatunguye benshi barimo na Muyoboke Alexis ubwe wavuze ko atari abyiteze.

    Mu kiganiro yagiranye na KISS FM, Muyoboke Alexis yabajijwe umuhanzi yakwifuza kongera gukorana na we mu bamuciye mu biganza bose avuga ko ari Charly na Nina. Ati:

    'Mvugishije ukuri urabizi ko ntajya mbeshya, nakorana na Charly na Nina. Kuko ibitekerezo nari mfite hari urwego bagezeho abandi bahanzi twakoranye batagezeho nari mfite umushinga utari imyaka ibiri, itatu cyangwa itanu. Twari twararenze urwego rw'igihugu tugeze mu Karere n'ahandi batangiye kutumenya.'

    Muyoboke Alexis yavuze ko kugeza ubu bidashoboka ko yakongera gukorana na Charly na Nina ariko ubu ahanze amaso umuhanzi mushya witwa Chris Hat yifuza gufasha akarenga urwego aba bakobwa bagezeho.

    Kugeza ubu itsinda rya Charly na Nina risa n'iridahari kuko amezi umunani yose ashize nta ndirimbo bashyira hanze, ndetse bikomeje kuvugwa ryamaze gusenyuka burundu, ibintu bamwe bavuga ko bishingiye ku nzigo iri hagati ya Muyoboke Alexis na DJ Pius ushinjwa gushuka aba bakobwa.


    Charly na Nina bakiri kumwe na Muyoboke

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/20/muyoboke-alexis-yavuze-ko-charly-na-nina-ari-bo-bahanzi-bakongera-gukorana-impamvu-ni-iyihe/

  • Imfungwa zirenga 170 zimaze kwandura Coronavirus #rwanda #RwOT

    Ikigo cy'igihugu gishinzwe imfungwa kivuga ko abantu barenga 170 bamaze gufatwa n'indwara ya coronavirus naho abagera mu icumi muri bo bakaba barahitanywe nayo.

    Iki cyorezo kimaze kugera mu magereza atatu yo mu gihugu, kije mu gihe inzu nyinshi z'imfungwa zirangwamo umubare w'imfungwa usumba kure ubushobozi bwazo. N'ubwo ubuyobozi bw'aya magereza buvuga ko budafite icyo bwakora ngo bugabanye ubucucike ,buvuga ko bwafashe ingamba zituma ubwinshi bw'abanyururu butaba inzira yo kwanduzanya.

    Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ejo ku wa kane, umukuru w'ikigo gishinzwe imfungwa (RCS) George Rwigamba yavuze ko amagereza atatu y'u Rwanda ari yo amaze kugaragaramo coronavirus. Ayo ni iya Nsinda mu karere ka Rwamagana, Mageragere mu mujyi wa Kigali ndetse na Muhanga mu majyepfo,

    Mu buryo bw'imibare, Bwana Rwigamba yagize ati: 'Abamaze kugaragara … bose hamwe ni abantu bagera ku 178. Abo tumaze gutakaza ni 11″.

    Ubwo iyi virusi yatangiraga kuvugwa mu magereza mu minsi 10 ishize, hari abagize impungenge ko ishobora guhitana abantu benshi, dore ko aya magereza asanzwe arangwamo ubucucike.

    Bwana Rwigamba yemeye ko ikibazo cy'ubucuvcike muri mu magereza kiriho koko, nko mu ya Nsinda yavuze ko icumbikiye imfungwa zigera 14,000 mu gihe yari yubakiwe kwakira abantu 9,000.

    Ni iki se bateganya gukora ngo bahangane na coronavirus kandi aho bafungirwa hari abantu benshi? Yagize ati:

    'Nta kindi twakora ngo tugabanye ubucucike kubera yuko tudashobora guhagarika ubutabera. Ibihano bitangwa n'ubucamanza, ikiba gisigaye iyo hatanzwe igihano cyo kujya gufungwa, icyo twe RCS dukora ni ukwakira gusa'.

    'Ntabwo rero 'control' [guhagarika] y'ubucucike dushobora kugira icyo tuyivugaho, ariko buragaragara'.

    'Wenda inkiko zakigirira igisubizo zigabanya umubare w'abantu baza, gusa nakubwira yuko muri minisiteri y'ubutabera hari gahunda zirimo ziteganywa zo guha abantu igihano gisimbura igifungo hanze ya gereza aho kugira ngo umuntu ajye muri gereza'.

    Nka bumwe mu buryo bwo kugerageza gukumira iyi ndwara, ngo hamaze gufatwa icyemezo cyo kutongera kwakira imfungwa mu gihe zidapimwe kandi ngo zigaragaze ko zidafite ubwandu.

    Abashya binjijwe muri gereza na bo ngo bazajya babanza gushyirwa ukwabo mu gihe cy'iminsi 14 y'akato, mbere yuko bemererwa kuba bahura n'izindi mfungwa.

    Ikibazo cy'imfungwa zamaze kwandura cyamaze gushyirwa mu maboko ya ministeri y'ubuzima kuburyo ari yo ibitaho ibavura.

    Gereza ya Rwamagana yabaye iya mbere yagaragayemo abarwayi, yo yamaze gushyirwamo ibitaro bifite ubushobozi bwo kwita ku ndembe zirimo n'izaba zikeneye bya byuma bizifasha guhumeka.

    Kugeza ku munsi w'ejo ku wa kane, mu Rwanda abantu banduye coronavirus ni 5,543, barimo 29 bashya babonetse kuri uwo munsi, nkuko minisiteri y'ubuzima ibivuga. Muri bo yishemo 46, naho 5,137 barakize.

    Abashinzwe ubuzima bavuga ko nta bwandu bushya buri kugaragara mu baturage muri rusange

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/20/imfungwa-zirenga-170-zimaze-kwandura-coronavirus/