Blog

  • N’ubwo atabona, umuhanzi Lenco yubatse inzu i Kigali mu mafaranga yakuye mu muziki #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro yagiranye na Umwimerere Live Music, umuyoboro wo ku rubuga rwa Youtube (Channel) ucishwaho ibikorwa by’umuziki w’umwimerere mu rwego rwo guteza imbere no kumurikira abanyarwanda impano zitandukanye, yavuze ko yize amashuri abanza i Gatagara, mu gihe cyo guhitamo amashami bazigamo mu mashuri yisumbuye, we agahitamo ishami ry’umuziki kuko aribyo yiyumvagamo.

    Yakomeje agira ati : “Hari ahantu ncuranga umuziki benshi bakunze kwita igisope, uretse ko Covid yabaye imbogamizi, ariko ubundi umuziki urantunze ndetse n’iyi nzu munsanzemo nayubatse mu bushobozi nakuye mu muziki, ndetse mfite abantu nigisha gucuranga piano na gitari”.

    Lenco yavuze ko umuziki umufasha gusabana n’abantu, kuba afite ubumuga bitatuma yigunga. Yakomeje avuga ko abafite ubumuga bakwiriye kwitinyuka kuko na bo bashoboye. Yagize ati“Abamugaye turashoboye, harimo abahanzi bagenzi banjye, aba star batandukanye ndetse n’abayobozi”.

    Lenco kandi n’ubwo acuranga indirimbo z’abandi bikamubyarira amafaranga, na we ni umuhanzi ku giti cye akaba afite indirimbo ze bwite nka Nyiramutembanshyushyu, Urukundo na Reka nkuririmbe. Uyu muhanzi afashwa n’umuhanzikazi Tonzi mu bikorwa byo gutunganya izi ndirimbo ze.

    REBA IKIGANIRO HANO :

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/N-ubwo-atabona-umuhanzi-Lenco-yubatse-inzu-i-Kigali-mu-mafaranga-yakuye-mu-muziki

  • U.S. Embassy, University Of Nebraska Launch Higher Ed Fellowship #rwanda #RwOT

    0Shares
    0

    The U.S. Embassy in Kigali and the University of Nebraska-Lincoln launched today the University Partnerships and Exchange (UPEX) Rwanda Program, an innovative fellowship that will provide mid-career administrators at Rwandan colleges and universities with a year of enrichment and practical training on university advancement and international partnerships.

    'We are proud to support efforts to expand the connections between colleges and universities in Rwanda and the United States,' said U.S. Ambassador to Rwanda Peter H. Vrooman.

    'We see this as an important investment in education, helping to position American and Rwandan institutions to take full advantage of all of the opportunities that come with international partnerships in higher education.'

    The U.S. Department of State's Bureau of African Affairs will fund the US$250,000 project through the University Partnerships Initiative, created in 2019 to strengthen collaboration in higher education between Africa and the United States.

    The initiative supports higher education links that expose African students, faculty and administrators to the diversity and innovation on American campuses.

    'The University of Nebraska is thrilled to partner with the U.S. Embassy in Kigali and Rwandan universities on this exciting initiative,' said Josh Davis, associate vice chancellor for global affairs. 'The UPEX-Rwanda program is particularly innovative as we leverage our strengths in virtual exchange to engage with new institutional partners and help develop their international partnership capacity.'

    The program builds on the University of Nebraska's successful partnerships in Rwanda and across Africa in recent years, including hosting multiple leadership institutes for the Mandela Washington Fellowship for Young African Leaders; more than 200 full scholarships for Rwandan students through the CASNR Undergraduate Scholarship Program; and advising on recruitment and curriculum design for the new Rwanda Institute for Conservation Agriculture.

    Nebraska's Office of Global Strategies will lead the UPEX-Rwanda fellows through a year-long virtual training program beginning in January.

    Each month, the cohort will participate in workshops led by content experts in international partnership management from across the United States and Rwanda, apply best practices in case studies and site visits, and meet virtually with a U.S.-based mentor.

    Key concepts covered in the program include the internationalization of higher education, strategic partnership management, grant writing and project implementation.

    At the conclusion of the program, the cohort will also present an international partnership proposal and organize a symposium on university partnerships.

    Program details and application requirements can be found on the University Partnerships and Exchange Rwanda Program website: go.unl.edu/upex.

    Applications for the 2021 cohort will close at 11:59 p.m. Central African Time on Friday, December 11, 2020.

    0Shares
    0

    The post U.S. Embassy, University Of Nebraska Launch Higher Ed Fellowship appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/u-s-embassy-university-of-nebraska-launch-higher-ed-fellowship/

  • Ishyamba si ryeru hagati ya KNC perezida wa Gasogi United n’umutoza Cassa Mbungo Andre #rwanda #RwOT

    Biravygwa ko umutoza Cassa Mbungo Andre wa Gasogi United bitameze neza hagati ye n’umuyobozi w’iyi kipe, Kakooza Nkuriza Charles 'KNC’ ndetse bikavugwa ko baba bamaze gutandukana.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo haje inkuru y’uko KNC yaba yamaze kwirukana umutoza Cassa Mbungo gusa impande zombi nta kintu zirabutangazaho.

    Imbarutso yo kwirukana uyu mutoza byabaye gutsindwa umukino wo ku wa Gatandatu na Kiyovu Sports 2-1.

    Bivugwa ko KNC atishimiye uburyo uyu mutoza yakinishije iyi kipe aho yari yabanje ku ntebe y’abasimbura Iradukunda Jean Bertrand na Muselemu kandi ari abakinnyi bakomeye yaguze bamuhenze.

    Ntabwo KNC yabyishimiye ndetse nyuma yo gutsindwa uyu mukino umwuka mubi hagati ye n’umutoza bigera aho amakuru avuga ko impande zombi zahisemo gutandukana.

    Andi makuru avuga ko kandi na mbere y’uyu mukino ntabwo KNC na Cassa Mbungo bumvikanaga, aho uyu muyobozi yasaga nushaka kwinjira mu kazi k’umutoza amwereka ibyo agomba gukora Cassa rero na we ntabyemere bigatuma batavuga rumwe.

    Cassa Mbungo Andre(hagati) na KNC(iburyo) ntabwo ibintu bimeze neza

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ishyamba-si-ryeru-hagati-ya-knc-perezida-wa-gasogi-united-n-umutoza-cassa-mbungo-andre

  • Nyaruguru: Babiri bafashwe nyuma yo gutega abacuruzi bakabambura #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi nkuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda ivuga ko muri icyo gikorwa, abaturage bashoboye gufata 2 muri 3 bakekwaho ubwo bujura. Hafashwe uwitwa Rwizibura Eric w’imyaka 37 na Ntawuhiganayo Benoît w’imyaka 41, bakimara kubafata bahise babashyikiriza Polisi y’u Rwanda ikorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa mbiri n’igice z’umugoroba ubwo bariya bantu bategaga uwitwa Mutabazi Faustin n’umugore we witwa Mukabagire Claudine ubwo bari kuri moto bataha mu rugo rwabo.

    Yagize ati “Uriya mugabo n’umugore we bari mu nzira bataha bari kuri moto bahagarikwa na bariya bantu bashakaga kubambura ibyo bari bafite. Bagerageje kwirwanaho ari nako batabaza, abaturage bahise batabara vuba babasha gufata babiri muri batatu bashakaga kwiba, bari bakomerekeje umugore ku kiganza bamutemesheje umuhoro.”

    SP Kanamugire akomeza avuga ko umwe muri abo bagizi ba nabi yabashije gucika abaturage, acikana amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 680 na telefoni igezweho byose bari bamaze kubyambura uriya mugabo n’umugore we.

    Abaturage bahise bajyana kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi bariya bakekwaho ubwambuzi naho Mutabazi n’umugore we bajyanwa mu kigo nderabuzima cya Cyahinda kugira ngo bavurwe ibikomere bari bafite.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze ko n’ubusanzwe uwitwa Rwizibura Eric yashakishwaga kubera ibyaha bijyanye n’ubujura no gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu Karere ka Nyaruguru, kuri iyi nshuro ubwo yafatwaga yari afite agapfunyika k’urumogi.

    SP Kanamugire yashimiye abaturage ku gikorwa bakoze cy’umutima wo gutabara bagenzi babo bagafata bariya bagizi ba nabi. Yavuze ko hatangiye igikorwa cyo gushakisha umwe muri bariya bambuzi wacikanye amafaranga na telefoni.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 168 ivuga ko Kwiba hakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/nyaruguru-babiri-bafashwe-nyuma-yo-gutega-abacuruzi-bakabambura

  • Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw'uyu mutwe w'iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE. #rwanda #RwOT

    Ubushyamirane burimo no kwicana bimaze iminsi biyogoza wa mutwe w'iterabwoba wa FDLR, buragenda busatira ihirikwa ry'abari ibikomereza muri uwo mutwe w'abajenosideri. Ubu inkuru ivugwa ni uko uwitwa Gen Byiringiro Victor yanzwe urunuka, ndetse bakaba bifuza kumwohereza mu kiruhuko cy'izabukuru, dore ko ngo yamaze no kubakirwa 'bulende' mu nkambi ya Nyakivala muri Uganda.

    Uwitwa Gen Pacifique Omega, ari nawe uyobora ishami rya gisirikari rya FDLR, ashinja Byiringiro kuba atagishoboye, agasaba ko yasimburwa na Sirilo HENGANZE, wahoze ari Burugumestri w'icyari Komini Satinskyi, hari muri Gisenyi y'icyo gihe. Uyu Henganze kimwe n'abandi bo muri FDLR ni umujenosideri ruharwa, n'ubwo urubanza rwe rwabaye ari mu mashyamba ya Kongo,inkiko zo mu Rwanda zikaba zaramukatiye igifungo cya burundu.

    Ibyo kurekura ubutegetsi ariko Victor Byiringiro ntabikozwa, n'ubwo inyeshyamba za FDLR zimushinja kwikubira imisanzu y'ababafasha n'ibisahu birirwa bacuza abaturage b'Abanyekongo, none ngo baricira isazi mu jisho. Inama zose Byiringiro Victor yagiye atumiza ngo bagire ibyo bumvikanaho zarananiranye, abanzi be batinya kwicirwa mu nzira bava cyangwa bajya muri iyo nama.

    Kurwanira imyanya y'ubutegetsi , n' irondakarere byavuyemo kwikiza abo batangiye kwita'inyenzi', maze si ukwicana karahava. Ni uko Gen Secyugu na gen Kalebu bishwe batezwe igico, ndetse n'abandi ubu bakaba barahiye ubwoba ko urupfu rwabo rrwegereje. Mubo twashoboye kumenya bashobora kuhasiga agatwe mu minsi ya vuba, harimo Gen Nzabanita Lusiyani Karume na Gen Mutunzi bari inshuti za gne Silivesitiri Mudacumura, wishwe n'inabo za Kongo umwaka ushize.

    Biravugwa kandi ko uwitwa Col Ruhinda wayoboraga umutwe w'abasirikare' badasanzwe' yaba atagicana uwaka n'izindi nterahamwe nkuru, kuko we yamaze kwibera umuyoboke wa Kayumba Nyamwasa na P5 ye, nubwo abasesenguzi basanga ahungiye ubwayi mu kigunda.

    The post Ubushyamirane muri FDLR bwakajije umurego, Gen Byiringiro Victor yaba agiye kwirukanwa ku buyobozi bw'uyu mutwe w'iterabwoba, agasimburwa na ruharwa Sirilo HENGANZE. appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ubushyamirane-muri-fdlr-bwakajije-umurego-gen-byiringiro-victor-yaba-agiye-kwirukanwa-ku-buyobozi-bwuyu-mutwe-witerabwoba-agasimburwa-na-ruharwa-sirilo-henganze/

  • Kagame participe au G20 et développe les thèmes de l’Environnement, ICT et la femme dans le développement #rwanda #RwOT

    Un impératif du renforcement de la protection de l’environnement
    Paul Kagame trouve que la Communauté internationale doit appliquer l’esprit et la lettre des Accords internationaux sur l’Environnement de Montréal tels que ratifiés à Kigali sur l’éradication des Hydrofluorocarbones (HFCs) qu’on trouve dans les Chambres froides et autres frigidaires.

    “Avec cette lutte pour l’élimination des hydrofluorocarbones, nous sommes à même de diminuer de 0.5 degrés Celsius le réchauffement climatique d’ici 2100, d’après les déclarations des experts en matière d’environnement…”, a dit le Président rwandais Paul Kagame qui encourage le partenariat secteur Public et privé en la matière tel que recommandé par les Accords de Paris sur l’environnement de Décembre 2015, ratifiés à Kigali le 15 Octobre 2016 et mis en application en Novembre 2016.

    Kagame a lancé un appel solennel aux pays de la Communauté internationale qui n’ont pas encore signé ces accords de le faire urgemment pour sauver notre planète Terre.

    Pour ce ui est de l’importance de l’usage et de la culture du numérique, Kagame trouve que l’informatique a révolutionné notre façon de penser et d’agir, que l’informatique occupe une place importante dans l’éducation, la santé et la création de l’emploi. Il encourage la communauté intrnationale à mettre dans ses préoccupations essentielles l’usage et le recours à l’informatique comme outil d’accroissement de la productivité.

    Kagame fait l’éloge de la femme dans la production nationale
    Pour Kagame, la femme dans la famille joue un rôle complet. Pour lui, toutes la activités familiales y compris celles de veiller à la santé des membres .. tournent autour de l’action de la femme au foyer.
    Il a loué la discipline qui a caractérisé la femme rwandaise au cours de la période du confinement et les prestations utiles das la lutte contre la propagation de la pandémie. “La femme non séguéguée, épanouie dans l’égalité des sexes, est la voûte du développement de demain”, a dit Paul.

    Sont membres du G20, l’Argentine, Australia, Brésil, Canada, Chine, France, Allemagne, Inde, Indonesie, Italie, Japan, Coree du Sud, Mexique, Russie, Arabie Saoudite, Afrique du Sud, Turquie, Grande Bretagne,USA et Union Européenne.

    Le Président Kagame y a participé sur le ticket de NEPAD.

    NDJ

    Source : https://fr.igihe.com/Kagame-participe-au-G20-et-developpe-les-themes-de-l-Environnement-ICT-et-la.html

  • David Yarrow and Adrian Steirn Release Two Exclusive Works in Support of Space for Giants' Campaign to Stop the Illegal Wildlife Trade #rwanda #RwOT

    For a limited time only, famed wildlife photographers David Yarrow and Adrian Steirn are teaming up with Space for Giants to release two limited-run, never-before-seen wildlife photographs to raise critical funding for Space for Giants' work to end the illegal wildlife trade.

    The pieces will be on sale from Tuesday 10th November until Tuesday 8th December, making this a once-in-a-lifetime opportunity.  The photographs will be available for purchase through Heni Editions and retail for $650 each or $1,200 for both. Both are signed and numbered on the reverse. 

    Yarrow's photo, titled 'Space for Giants', was taken at the beginning of the COVID-19 pandemic and depicts a portrait of one of the last remaining elephant tuskers in the world; Craig. Tuskers are African elephants with tusks so long that they reach the ground, which makes them an especially attractive target for poaching gangs. Today, there are less than 30 tuskers left in the world. 

    The image was made possible by Space for Giants who worked with the Kenya Wildlife Service to guide Yarrow as he explored one of East Africa's most iconic national parks, Amboseli, at a time when, owing to the Covid-19 pandemic, there were no tourists or other photographers in sight. 

    Steirn's image, 'Spotted Cat' is a reflective shot of a majestic leopard standing over a body of water at Singita Sabi Sands. The elusive leopard — one of Africa's great wild cats — is one of the most difficult animals to photograph. Adrian's image is a powerful and rare representation of the imposing predator.

     

    David Yarrow for Space for Giants

    53

    The post David Yarrow and Adrian Steirn Release Two Exclusive Works in Support of Space for Giants' Campaign to Stop the Illegal Wildlife Trade appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/23/david-yarrow-and-adrian-steirn-release-two-exclusive-works-in-support-of-space-for-giants-campaign-to-stop-the-illegal-wildlife-trade/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=david-yarrow-and-adrian-steirn-release-two-exclusive-works-in-support-of-space-for-giants-campaign-to-stop-the-illegal-wildlife-trade

  • Niba wifuza gushinganisha ibyawe, gana Banki y’Abaturage ikugurize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hari benshi kuri ubu bahombera ibyabo mu mpanuka nk’izi zagiye zibaho hirya no hino mu gihugu, maze bagasubira ku isuka kubera ko nta bwishingizi bwatuma bashumbushwa ibyabo byangiritse.

    Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ndetse n’Ikigo cy’Ibarurishamibare (NISR) bigaragaza ko mu mitungo y’Abaturarwanda bose mu gihugu (umusaruro mbumbe) ifite agaciro k’amafaranga asaga miliyari ibihumbi bibiri, 2.8% gusa ari yo mitungo yafatiwe ubwishingizi.

    Ibi bivuze ko abaturage hafi ya bose bahora bahangayitse ko inzu batuyemo cyangwa bakoreramo, imodoka bagendamo cyangwa izitwara ibintu, ibicuruzwa n’ibindi bishobora kwangirika, gutembanwa n’umwuzure cyangwa inkangu no gushya bigakongoka ntibagire uwo babyishyuza.

    Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR Plc Atlas Mara), isaba uwakumva ari ngombwa gushinganisha imitungo ye ariko wenda akaba adashobora kubona amafaranga yose ako kanya, kugana ishami ry’iyo banki rimwegereye rikamuguriza.

    Ushobora kuba waraguze imodoka nka 50 zitwara abagenzi kandi buri modoka yishyurirwa ubwinshingizi bungana n’amafaranga miliyoni ebyiri, niba kubona ayo miliyoni 100 yo kwishyurira imodoka zose bikugoye, wagana BPR ikayakuguriza.

    Ni inguzanyo yiswe ‘Insurance Premium Financing (IPF)’, BPR Plc ivuga ko yishyurwa mu gihe cy’amezi 10 harenzeho inyungu itavunanye, ariko uwayifashe agatangira yishyura ako kanya amafaranga y’amezi abiri.

    Inguzanyo ushobora guhabwa irahera ku mafaranga 200,000 (ibihumbi magana abiri) kugera kuri 200,000,000 (miliyoni magana abiri), kandi ukayahabwa byihuse nta mananiza yo gusabwa ingwate, kuko haba habayeho amasezerano hagati y’uwayahawe, banki hamwe n’ikigo umuntu asanzwe afatiramo ubwishingizi.

    Banki y’Abaturage yashinzwe mu mwaka wa 1975, ni iya mbere ifite amashami menshi hirya no hino mu gihugu, ku buryo uwakwifuza kuyigana wese ayibona hafi ye.

    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubwiteganyirize/article/niba-wifuza-gushinganisha-ibyawe-gana-banki-y-abaturage-ikugurize

  • Abanyeshuri bagaragaweho Covid-19 bazakomeza gukurikiranirwa ku ishuri – RBC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo ni ibyatangajwe na Dr Sabin Nsanzimana, nyuma yo kubona ibisubizo bya bimwe mu bipimo byafashwe mu banyeshuri bamaze iminsi biga, aho ngo basanze nta gikuba cyacitse ari yo mpamvu abanduye bazitabwaho bari ku ishuri ndetse bagakomeza kwiga kimwe na bagenzi babo.

    Dr Nsanzimana avuga ko akurikije ibyavuye muri uko gupima abanyeshuri, asanga uko batekerezaga icyorezo mu mashuri bidakabije, ari yo mpamvu ntayazafungwa.

    Agira ati “Mu bipimo byafashwe mu mashuri mu gihugu hose bigera ku 3,441 byagaragaje ko iki cyorezo mu mashuri kidateye impungenge nk’uko twari tucyiteguye ari na byo byari byaratumye amashuri atinda gufungurwa. Mu mashuri 70 twapimye, amashuri arindwi yonyine ni yo twasanzemo abanduye harimo umwe, babiri se, cyangwa barengaho”.

    Ati “Gusa icyo ayo mashuri ahuriyeho yose ni uko yegereye inkambi z’impunzi n’ubundi aho twari twarabonye uburwayi, cyangwa ahibasiwe kurusha ahandi. Mu mashuri abanza na kaminuza, twasanze ibipimo biri kuri 0.5% by’abagaragayeho uburyayi”.

    Yongeraho ko abo mu mashuri yisumbuye banduye iyo ndwara akeshi ari abana biga bataha ndetse ahanini banaturuka muri izo nkambi z’impunzi ari yo mpamvu bihutiye kubapima, gusa ngo igishimishije ni uko batarembye.

    Ati “Igishimishije ni uko mu bagaragayeho uburwayi ntawe ufite ibimenyetso, nta barwaye ku buryo bakeneye kujya kwa muganga. Ingamba zihari ni uko ahabonetse abana bafite Covid-19 batarembye, ikigo gishaka uko kibashyira ukwabo ariko ntiboherezwe iwabo kuko kwaba ari ukuyikwirakwiza, ahubwo bagakurikiranirwa aho bari n’amavuriro abegereye”.

    Dr Nsanzimana akomeza avuga ko nubwo byagaragaye ko icyo cyorezo kidakabije mu mashuri bitavuze ko ubwandu ari zeru, ngo uwabivuga kwaba ari ukwibeshya. Gusa ngo ni ukubana na cyo, ntikibuze abantu imirimo yo gushaka ubuzima, kugeza igihe hazabonekera uburyo bwo kugihashya burambye, harimo n’urukingo.

    Dr Nsanzimana kandi amara impungenge ababyeyi bohereza abana ku mashuri kuko hari ingamba zihamye zo kubakurikirana.

    Ati “Ababyeyi bafite abana barimo kujya kwiga nabamara impungenge, bareke abana bagende bige. Abakuriye amashuri basabwa gukurikiza ibyo twaganiriyeho birimo ingamba zo gutuma abana batanduzanya, haba mu mashuri, aho barara, aho bagendagenda byitabweho kandi na Covid-19 izagenda igabanuka, kugeza tubonye ibiyitsinda burundu ubuzima bukomeze”.

    Hashize icyumweru bamwe mu bana batangiye amashuri mbere bapimwa Covid-19, Minisiteri y’Uburezi ikaba yari yarateganyije ko hazapimwa abana 3,000 mu gihugu cyose, gusa ikigaragara ni uko iyo mibare yarenze ndetse ngo icyo gikorwa kirakomeje.

    Gupima abo banyeshuri byakozwe mu rwego rwo kureba uko Covid-19 ihagaze mu mashuri, mu gihe hitegurwaga ko ikiciro cya kabiri cy’abanyeshuri na bo bajya ku ishuri, bakaba batangiye kwiga kuri uyu wa mbere tariki 23 Ugushyingo 2020.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/abanyeshuri-bagaragaweho-covid-19-bazakomeza-gukurikiranirwa-ku-ishuri-rbc

  • Abantu 39 bafatiwe mu nzu basenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyi nkuru dukesha Polisi y’u Rwanda iravuga ko abo bantu bafatiwe mu nzu y’umuturage witwa Barahirwa John w’imyaka 25, bari mu masengesho anyuranyije n’amabwiriza ya Leta yo kurwanya COVID-19.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko gufatwa kwa bariya baturage kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze zikorera muri kariya gace.

    Yagize ati “Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukorera aho bariya baturage bari bateraniye baduhaye amakuru ko mu nzu ya Barahirwa hari abantu barimo kuhasengera mu buryo butemewe niko guhita tujyayo turabafata.”

    CIP Twizeyimana akomeza avuga ko abafashwe bose ari abayoboke bo mu itorero ry’abadivantisite b’umunsi wa Karindwi bakaba barahoze bayoborwa n’uwitwa Sakindi Bernard nyuma bitandukanya nawe bava mu itorero bakajya basenga bonyine.

    Ati “Aba bayoboke bahoze ari aba Sakindi bivugwa ko baje kwitandukanya nawe biturutse ku bagabo babiri aribo; Hategekimana Aloys w’imyaka 43 na Ndikumana Jonas w’imyaka 39 baturutse mu Mujyi wa Kigali bimukiye muri ako gace batangira kurema ibice muri abo bakristo. Aba 39 bafashwe bakaba barafatiwe mu nzu, mu cyumba gifunganye begeranye cyane ndetse bamwe batambaye agapfukamunwa barimo bigishwa n’abo bagabo.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko aba bantu uko ari 39 ndetse na nyiri inzu bahise bashyikirizwa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze barigishwa banacibwa amande hakurikijwe amabwiriza yo kwirinda no kurwanya icyorezo cya COVID-19.

    CIP Twizeyimana yaboneyeho kongera gukangurira abaturarwanda kubahiriza amabwiriza Leta yatanze ajyanye no kwirinda ikwirakwira rya Koronavirusi. Yabagaragarije ko iki cyorezo ntaho cyagiye abasaba gukomeza ingamba zo kukirinda ndetse bakarushaho gutanga amakuru igihe hari aho babonye abarenze ku mabwiriza.

    Yagize ati “Leta yatanze amabwiriza agomba gukurikizwa kugira ngo hakumirwe ikwirakwira rya COVID-19. Kuyarengaho rero ni ugushaka gukururira abandi icyorezo bikaba byatuma abantu basubizwa mu kato nyamara biturutse ku makosa ya bamwe.”

    CIP Twizeyimana yashimiye bamwe mu baturage bagira uruhare mu gutanga amakuru y’abarenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 asaba n’abandi kubigira ibyabo bakubahiriza intero igira iti “NtabeAriNjye” ukwirakwiza Koronavirusi.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/abantu-39-bafatiwe-mu-nzu-basenga-barenze-ku-mabwiriza-yo-kurwanya-covid-19