Blog

  • Umwarimu wo muri kaminuza wari umenyerewe mu ndirimbo zihimbaza Imana yasohoye isanzwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr Deo Habyarimana ngo kuririmba si ukuririmba izihambaza Imana gusa
    Dr Deo Habyarimana ngo kuririmba si ukuririmba izihambaza Imana gusa

    Dr Deo Habyarimana yemeza ko abantu bose bifitemo uburyohe bwo kwishima, bakagubwa neza kandi bagasabana n’abandi aho bari hose, ari yo mpamvu yakoze indirimbo yibutsa buri wese kuzaryoherwa n’iminsi mikuru nta rutangira.

    Yagize ati “Mbazaniye agashya mu ndirimbo Come on in Party aho nsaba buri wese uko waba ungana kose ibyo waba ukora byose gushaka umwanya ukidagadura ukaryoherwa wowe n’abawe”.

    Dr Deo Habyarimana avuga ko iyi ari impano ya Noheli n’ubunani ageneye abantu bose bakunda umuziki we.

    Yagize ati “Ni umwanya mwiza ndetse n’impano mpaye Abanyarwanda ngo bazagire Noheri nziza n’umwaka mushya muhire bibyinira kandi banyurwa na Come on in Party”.

    Uyu muhanzi amaze gusohora indirimbo z’Imana zitandukanye, harimo iyakunzwe cyane yitwa ‘Mana Tabara’, iitabariza abantu bose bari mu kaga, karimo n’ibyorezo bikaze nka Covid-19.

    Mu ndirimbo yasohoye, hari iziri kuri Youtube ye, izindi zigakoreshwa mu makorari atandukanye.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umwarimu-wo-muri-kaminuza-wari-umenyerewe-mu-ndirimbo-zihimbaza-imana-yasohoye-isanzwe

  • Gutangiza icyiciro cya kabiri no gushakira amakipe abaterankunga, intego za komite yifuza kuyobora FERWABA #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Komite icyuye igihe irishimira ko shmpiyona yabonye umuterankunga ari we Banki ya Kigali
    Komite icyuye igihe irishimira ko shmpiyona yabonye umuterankunga ari we Banki ya Kigali

    Nk’uko Mugwiza Desiré wiyamamaza ku mwanya wa Perezida yabitangaje, yashimye icyizere abanyamuryango bakomeje kumugirira.

    Yagize ati “Kuba niyamamaje ku mwanya wa Perezida njyenyine ni icyizere abanyamuryango bakimfitiye kandi bifuza ko aho twari tugeze twakomerezaho”.

    Mugwiza Desiré wiyamamariza manda ya gatatu yo kuyobora Ferwaba
    Mugwiza Desiré wiyamamariza manda ya gatatu yo kuyobora Ferwaba

    Yakomeje avuga ko mu myaka itandatu amaze ayobora FERWABA hari urwego imaze kugeraho. Ati “Mu myaka ine ishize Basketball mu Rwanda wari umukino utagira abafana ariko kugera uyu munsi navuga ko tumaze kugira urwego tugeraho mu bijyanye n’ubwitabire ku bibuga. Kigali Arena twayujuje inshuro zirenze eshatu, navuga ko byavuye mu gukora ndetse no kuzamura urukundo rw’umukino”.

    Komite yifuza kuyobora FERWABA mu myaka ine iri imibere

    Perezida: Mugwiza Desiré

    Visi Perezida wa mbere ushinzwe umuryango: Umugwaneza Pascale

    Visi Perezida wa mbere ushinzwe amarushanwa: Nyirishema Richard

    Umubitsi: Muhongerwa Alice

    Umujyanama mubya tekinike: Habimana Umugwaneza Claudette

    Umugwaneza Pascale yiyamamaje ku mwanya wa visi perezida wa mbere ushinzwe umutungo
    Umugwaneza Pascale yiyamamaje ku mwanya wa visi perezida wa mbere ushinzwe umutungo

    Mu byo FERWABA yishimira byagezweho mu myaka ine ishize, harimo kubona umuterankunga wa shampiyona ‘Banki ya Kigali’, habonetse ibikorwa remezo bigezweho nka ‘Kigali Arena’, kwakira no gutegura amarushanwa mpuzamahanga kandi akagenda neza, kugarura abakunzi ba Basketball ku kibuga ndetse no gushyiraho amategeko agenga ishyirahamwe ndetse n’amakipe kugira ngo haboneke ubuzima gatozi kandi byagezweho.

    Mu byo komite iyobowe na Mugwiza Desiré yifuza gukora mu myaka ine igihe yaramuka itowe, harimo kubaka ibibuga bine byo hanze.

    Ku ikubitiro mu myaka ibiri hazubakwa ibibuga bibiri muri Kimironko ku butaka FERWABA ifite. Mu yindi myaka ibiri hazashakishwa ahandi hazubakwa ibindi bibuga bibiri.

    Harimo kandi gufasha amakipe kubona abaterankunga no kuzamura urwego rwayo akava mu cyiciro cy’abatarabigize umwuga akajya mu cy’ababigize umwuga.

    Hari ukwifashisha amarushanwa ya NBA Jr League, umwiherero w’abana ukorwa buri mwaka ndetse n’umwiherero wa Giant of Africa mu guteza imbere umukino bihereye mu bana.

    Nyirishema Richard ku isonga y
    Nyirishema Richard ku isonga y’abategura amarushanwa muri FERWABA

    Harimo no kubaka ishuri ry’umukino wa Basketball (Basketball Academy) mu bakobwa n’abahungu. Hari ibiganiro byabaye hagati ya FERWABA na NBA kugira ngo harebwe aho iryo shuri ryashyirwa hagati ya Lycée de Kigali na Green Hills Academy. Nyuma yo gutorwa bizahita bishyirwa mu bikorwa.

    Hakaba no gushyiraho shampiyona y’icyiciro cya kabiri no kugarura imikino ihuza za kaminuza.

    Tubibutse ko amatora ya komite nyobozi ya FERWABA azaba kuwa Gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2020 saa yine za mu gitondo kuri Onomo Hotel mu Mujyi wa Kigali.

    Mugwiza Desiré wiyamamaje ku mwanya wa Perezida akaba amaze kuyobora manda ebyiri, amategeko akaba yemerera umuyobozi kuyobora manda eshatu zitongerwa bikaba ari muri urwo rwego Mugwiza Desiré yifuje kongera kuyobora FERWABA.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/gutangiza-icyiciro-cya-kabiri-no-gushakira-amakipe-abaterankunga-intego-za-komite-yifuza-kuyobora-ferwaba

  • Abaganga baguye igihumure n' umwana w' imyaka 3 utwite #rwanda #RwOT

    Abaganga bo mu gihugu cya Perou basuzumye umwana w'imyaka itatu basanga atwite undi mwana w'umuhungu.

    Abahanga bemeza ko ugutwita k'uyu mwana kutaturutse ku mibonano mpuzabitsina. Ngo birashoboka ko igiye yari akiri mu nda ya nyina yari abangikanye n'undi mwana ariko batari ku kigero kimwe. Uwakabaye impanga ye niwe uri mu nda y'uwo mwana; ibyo bita jumeau parasite.

    Umuganga wabaze iyo nda yari itaragera igihe cyo kuvuka avuga ko uwo mwana wo mu nda yari afite uburemere burenze ikiro ndetse n'uburebure bwa santimetero 25.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/08/abaganga-baguye-igihumure-n-umwana-w-imyaka-3-utwite/

  • UN Team Assess Rwanda Police Peacekeeping Readiness #rwanda #RwOT

    A delegation from the United Nations is in the country for a ten-day visit to assess the Rwanda National Police (RNP) peacekeeping capabilities as the force prepares to deploy more peacekeepers.

    The Formed Police Unit (FPU) Assessment and Advisory Visit (AAV) started on Monday, December 7, at the RNP General Headquarters in Kacyiru where the UN team inspected and assessed the force's Contingent Owned Equipment (CoE).

    Assistant Commissioner of Police (ACP) David Butare, Commissioner for Peace Support Operations in RNP, said that the team assesses the overall capability to deploy the pledged forces in a timely manner.

    'They check the physical and mechanical state of CoE such as vehicles and other basic tools used by peacekeepers during and after work in a mission area, and operational readiness. It is all about the country's capacity and readiness. They will also inspect Police contingents that are undergoing pre-deployment training at the Police Training School (PTS), Gishari,' said ACP Butare.

    ALSO READ: RNP concludes peacekeeping duties in Haiti

    Rwanda maintains six contingents in South Sudan and Central African Republic (CAR); three in each mission.

    Currently, Rwanda has more than 1,000 Police officers in various UN missions, including in CAR (MINUSCA), South Sudan (UNMISS), Darfur (UNAMID), Abyei (UNISFA) and Haiti (MINUJUSTH).

    The post UN Team Assess Rwanda Police Peacekeeping Readiness appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/un-team-assess-rwanda-police-peacekeeping-readiness/

  • Inkuru yabaye kimomo muri Tanzania, Rutanga ati'ibyo sinzi inkomoko yabyo' #rwanda #RwOT

    Mu gihe byavugwaga ko Yanga yo muri Tanzania yongeye kugarukira myugariro w’umunyarwanda ukina ku ruhande rw’ibumuso muri Police FC, Rutanga Eric ngo abe yakwerekeza muri iyi kipe, uyu musore avuga ko ari ibihuha atazi iyo birimo kuva kuko barangizanyije kera.

    Kuva mu mpera za 2019 nibwo byavuzwe ko Rutanga Eric ashobora kwerekeza muri Yanga yo muri Tanzania ariko ntibyakunda kuko Rayon Sports yakiniraga itamurekuye.

    Iyi nkuru yongeye kuvugwa muri Gicurasi uyu mwaka aho iyi kipe yongeye kwifuza uyu musore ndetse barumvikana ariko ntiyagenda, nyuma yaje kumvikana avuga ko byatewe n’abantu baciye ruhinga nyuma bakajya kumukomanyiriza muri Yanga kugira ngo atajyayo bavuga ko adashoboye.

    Uyu musore ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira wasinye imyaka ibiri muri Police FC, ibinyamakuru byo muri Tanzania bivuga ko umutoza wa Yanga, umurundi Kaze Cedric yavuze ko ari umwe mu bakinnyi yifuza ashaka gusinyisha mu isoko rito ryo kugura abakinnyi muri Tanzania rizafungurwa muri uku kwezi.

    N’ubwo bimwe mu binyamakuru byo muri Tanzania byavuze ko Rutanga yabyemereye ko Yanga yongeye kumwegera, aganira na ISIMBI, Rutanga Eric yavuze ko ibye na Yanga byarangiye kera ndetse ko atazi iyo biva ngo n’abafana b’iyi kipe baba babimubaza.

    Ati'Sha oya baba barambeshyera, ibya Yanga sinjya navugana nabo twarangizanyije cya gihe. Sinzi aho biba byavuye. Ahubwo n’abafana ba Yanga kuri IG baranyandikira sinzi aho babikura. Mfite amasezerano ya Police FC ntabwo byakunda.'

    Rutanga Eric yasinyiye Police FC imyaka 2 muri iyi mpeshyi ya 2020, hari nyuma yo gusoza imyaka 3 muri Rayon Sports. Yakuriye mu bato ba APR FC anakinira APR FC nkuru.

    Rutanga avuga ko ibyo kwerekeza muri Yanga ari ibihuha

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/inkuru-yabaye-kimomo-muri-tanzania-rutanga-ati-ibyo-sinzi-inkomoko-yabyo

  • United Nations Investment Promotion Awards 2020 Rwanda Development Board #rwanda #RwOT

    This year, the UN Investment Promotion Awards recognized excellence in the response to the COVID-19 pandemic. Rwanda Development Board was one of three winners for this prize in 2020.

    The post United Nations Investment Promotion Awards 2020 Rwanda Development Board appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/united-nations-investment-promotion-awards-2020-rwanda-development-board/

  • Nyagatare: Over 40 Worshipers Caught Violating COVID-19 Directives #rwanda #RwOT

    Forty-six believers were, on December 6, caught in a house in Nyagatare District, Matimba Sector holding an illegal gathering.

    The gathering was contrary to the national directives meant to prevent further spread of the COVID-19.

    The violators were found gathered in the house of one Jean Pierre Musilikali located in Rwentanga Cell, praying.

    Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana, the Police spokesperson for the Eastern Region, said the gathering, which contravened the government safety guidelines against the pandemic, was reported by area residents.

    'This was a small residential house with 46 people congested in it. They came from different places with none of them wearing a face mask and it was about midnight,' said CIP Twizeyimana.

    Residents called their community night patrol—Irondo—who in turned called the Police, he added.

    'These are believers from different religious denominations; 43 of them came from the cells of Kanyonza and Rwentanga in Matimba Sector while three others were from Musheri Sector. Worse still, majority of them were aged below 21; only 13 people were above 21 years. Overall, 33 were women,' said the spokesperson.

    ALSO READ: Police warn believers against prohibited gatherings

    In daily updates on COVID-19 by the Ministry of Health, on December 6, two people from Nyagatare were among the 45 identified positive cases.

    The previous day on December 5, one person was also found infected in Nyagatare while another positive case in the district was reported on December 2.

    ALSO READ: Hospitality establishment closed after 130 were caught drinking

    Meanwhile, the host of the prohibited gathering, Musilikali, escaped arrest when the other violators were handed administrative fines after being enlightened on the threat of COVID-19 as well as adherence to safety and health guidelines.

    CIP Twizeyimana warned against violating the directives, which can derail the national efforts against the pandemic.

    The post Nyagatare: Over 40 Worshipers Caught Violating COVID-19 Directives appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/nyagatare-over-40-worshipers-caught-violating-covid-19-directives/

  • Umusore yapfuye amaze amasaha make ashyingiranwe n'umukunzi we #rwanda #RwOT

    Muri Uganda haravugwa inkuru iteye agahinda aho umusore witwa Roy Watulo  wo mu gace ka Mukono yapfuye hashize amasaha make ashyingiranwe n'umukunzi we witwa Anita Watulo bari bamaze imyaka myinshi bari mu munyenga w' urukundo.

    Nk' uko Nilepost dukesha iyi nkuru yanditse ko Roy Watulo yapfuye saa Sita z'ijoro(12h00 A.M) zo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukuboza 2020, nyuma yo gusezerana imbere y'Imana n'umukunzi we Anita kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Ukuboza. Ni ubukwe bwabereye muri UCU Chapel .

    Roy Watulo n'umukunzi we Anita Watulo bose bari abanyeshuri ba Uganda Christian University ari naho ubukwe bwabo bwabereye.

    Mu itangazo ryashizwe ahagaragara n'ubuyobozi bwa UCU riragira riti' Tubabajwe no kubamenyesha inkuru ibababaje y'urupfu rwa Roy Watulo umuhungu wa Dr. Richard Watulo , wigaga mu ishami ry'uburezi n'indimi muri Uganda Christian University'

    Itangazo rikomeza rivuga ko Roy Watulo yari yakoze ubukwe kuwa Gatandatu tarki ya 5 Ukuboza 2020  n'umukunzi we Anita bari banasanzwe bigana.

    Kugeza ubu amakuru yicyateye urupfu rwa Roy Watulo ntaramenyekana. Iperereza rya Polisi riracyakomeje ngo hamenyekane icyamwishe.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/08/umusore-yapfuye-amaze-amasaha-make-ashyingiranwe-numukunzi-we/

  • Ingengo y’imari yo guhemba abarimu yiyongereyeho miliyari 39Frw #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ingengo y
    Ingengo y’imari igenewe imishahara y’abarmu yiyongereyeho miliyari 39

    Kongera umubare w’abarimu byatewe n’ubwiyongere bw’ibyumba by’amashuri, byubatswe mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu mashuri ndetse no korohereza ingendo abana bigaga bava kure bikabavuna, bigatuma batiga neza.

    Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya, avuga ko hakenewe abarimu benshi nubwo hari abamaze kuboneka, ari yo mpamvu n’ingengo y’imari yiyongereye.

    Agira ati “Byari biteganyijwe ko tugomba kubona abarimu bashya bageze mu bihumbi 28, mu minsi ishize hari abagera ku 6,000 bemerewe ndetse hari n’abandi bagiye gusohoka ku rutonde. Abo bose bari barabazwe mu ngengo y’imari y’uyu mwaka yo guhemba abarimu, bivuze ko yiyongereyeho miliyari 39 z’amafaranga y’u Rwanda”.

    Ati “Ntabwo twari kongera umubare w’ibyumba by’amashuri ngo tureke kongera umubare w’abarimu ndetse n’ingengo y’imari yo kubahemba”.

    Muri rusange ingengo y’imari yagenewe ibikorwa by’uburezi yarazamutse muri uyu mwaka w’ingengo y’imari 2020-2021 kuko ari miliyari 492 z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe iy’umwaka ushize wa 2019-2020 yari miliyari 310.2 z’amafaranga y’u Rwanda, ni ukuvuga ko habayeho inyongera ya 63%.

    Minisitiri Uwamariya avuga ko kugeza ubu hakiri icyuho cy’abarimu ibihumbi 18, bakaba barimo kubashakisha mu buryo bwose kugira ngo bazibe icyo cyuho kuko abana bari ku ishuri kandi bakeneye abarimu.

    Minisiteri y’Uburezi imaze igihe muri gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri, aho intego ari ukubaka ibigera ku bihumbi 22,505 mu gihugu cyose, bikaba bigamije kugabanya ubucucike no gukemura ikibazo cy’abana bakoraga ingendo ndende bajya kwiga, bikaba byari biteganyijwe ko byagombye kuba byaruzuye muri Nzeri uyu mwaka.

    Uwo muhigo ariko ntiwabashije kugerwaho kuko na n’ubu kubaka ibyumba by’amashuri bikomeje hirya no hino mu gihugu, ngo bikaba byarakererejwe no kubura ibikoresho ahanini ibyagombaga kuva hanze, gusa n’ibyo mu Rwanda ngo byageze aho birakendera ndetse n’aho bibonekeye abakozi bakabura, cyane cyane abafundi kuko bari bakenewe henshi.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/ibikorwa-by-uburezi/article/ingengo-y-imari-yo-guhemba-abarimu-yiyongereyeho-miliyari-39frw

  • Musanze FC yabonye amanota atatu ya mbere, Mukura yongera gutsikira #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakinnyi ba Musanze FC bishimira igitego
    Abakinnyi ba Musanze FC bishimira igitego

    Hari ku munsi wa kabiri wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda wakinwe ku wa mbere tariki ya 07 Ukuboza 2020.

    Abakinnyi 11 ba Musanze FC babanjemo:

    Ndoli Jean Claude
    Nyandwi Saddam
    Niyonshuti Gad
    Mussa Ally Sova
    Niyonkuru Tuyisenge Vivier
    Niyonsenga Idrissa
    Twizerimana Onesme
    Mutebi Rashid
    Samson Ikwechukwu
    Ndizeye Innocent
    Muhire Anicet.

    Abakinnyi 11 ba AS Muhanga babanjemo:

    Hakundukize Adolphe (captain)
    Mbarushimana Emile (30)
    Ndacyayisenga Ally (16)
    Nkurikiye Jackson (2)
    Dushimimana Janvier (15)
    Tuyishime Eric (5)
    Nsengiyumva Idrissa (6)
    Kagaba Obeid (3)
    Minani Paul (10)
    Izabayo Daniel (7)
    Harerimana Jean Claude

    Musanze FC mu rugo yakiriye As Muhanga kuri stade Ubworoherane itsinda ibitego bibiri kuri kimwe. Musanze FC yafunguye amazamu ku munota wa mbere w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Twizerimana Onesme. Nyuma y’iminota 11 gusa Musanze FC yatsinze igitego cya Kabiri cyatsinzwe na Ndizeye Innocent bakunda kwita Kigeme.

    Nyuma y’ibi bitego As Muhanga isa n’iyakangutse maze ku munota wa 30 Kapiteni wa As Muhanga Hakundukize Adolphe atsinda igitego kimwe.

    Igice cya kabiri cyaranzwe no kwiharira umupira kwa As Muhanga ariko birangira Musanze FC irinze izamu ryayo umukino urangira amanota agumye mu majyaruguru.

    Ikipe ya Mukura VS yabuze andi manota atatu imbumbe nyuma yo kunganya na Sunrise FC ubusa ku busa. Umunsi wa mbere wa shampiyona na wo wari wasize itsinzwe na Kiyovu Sports ibitego bitatu kuri kimwe.

    Imikino y’umunsi wa kabiri wa Shampiyona:

    Ku wa mbere tariki ya 07 Ukuboza 2020

    - Musanze FC 2-1 As Muhanga
    - Etincelles FC 2-1 Espoir FC
    - Mukura VS 0-0 Sunrise FC

    Ku wa kabiri tariki ya 08 Ukuboza 2020

    15:00 Kiyovu Sports vs Marines FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/musanze-fc-yabonye-amanota-atatu-ya-mbere-mukura-yongera-gutsikira