Blog

  • Ibiciro byo kwinjira mu gitaramo 'Christmas Carols Concert’ cya Chorale de Kigali #rwanda #RwOT

    Iki gitaramo cya Christmas Carols Concert giteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki 19 Ukuboza 2020 2020, kibaye mu gihe Isi yose yugarijwe n’icyorezo cya COVID19 cyahungabanyije ubukungu mu buryo bukomeye ndetse kuri ubu ingamba zo gukumira icyo cyorezo zikaba zigikomeje.

    Mu kiganiro ubuyobozi bwa Chorale de Kigali bufatanyije n’abahagarariye Kigali Arena ari naho iki gitaramo kizabera, bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatandatu aho bwagarutse ku bijyanye n’imyiteguro y’iki gitaramo kizaba hubahirizwa amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima, iy’Urubyiruko n’Umuco ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere , RDB.

    Cyari cyitabiriwe n’abayobozi barimo Visi Perezida wa Mbere ushinzwe Imari n’Ubutegetsi muri Chorale de Kigali, Rukundo Charles Lwanga, Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe ibya tekiniki, Hodari Jean Claude, Umunyamabanga Mukuru w’iyi korali, Bigango Valentin ndetse na Perezida wa Komisiyo ya tekiniki, Shema Patrick.

    Mubyo bamwe batekerezaga bijyanye n’umubare w’abantu bagomba kuzitabira iki gitaramo, harimo ibiciro bihanitse, ariko aba bayobozi batangaje ko abazitabira iki gitaramo bazishyura ibiciro bisanzwe aho ahasanzwe ari ibihumbi 5Frw, 10Frw ndetse na 15Frw mu myanya y’icyubahiro.

    Hodari yavuze ko ibijyanye no kwishyura bizakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Ubuyobozi bwa Kigali Arena ari naho hazabera iki gitaramo bwatangaje ko mu gihe cya vuba burashyiraho urubuga rwa Internet abantu bazajya bakoresha bagura tickets zo kwinjira muri Christmas Carols Concert ndetse ubu buryo bukazanakoreshwa mu bindi bitaramo.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Ibiciro-byo-kwinjira-mu-gitaramo-Christmas-Carols-Concert-cya-Chorale-de-Kigali

  • Musanze-Nyabihu: Barishyuza miliyoni 600 kubera ibyangijwe n’ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Izo nkingi enye zishinze mu murima zizashyirwaho ipiloni igize umuyoboro w
    Izo nkingi enye zishinze mu murima zizashyirwaho ipiloni igize umuyoboro w’amashanyarazi

    Uyu muyoboro ureshya na kilometero 29 unyura mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Musanze na Nyabihu. Aho bagenda bawucisha byabaye ngombwa ko ahari inzu n’imirima by’abaturage basabwa kwimurwa, hagashingwa amapiloni manini azashyirwaho insinga z’amashanyarazi.

    Umuturage wahoze afite inzu igasenywa kugira ngo aho yari yubatswe hashingwe ipiloni, yagize ati “Baje iwanjye barambwira bati mbere yo kukubarira agaciro k’inzu yawe banza uyivemo, kugira ngo tubanze tuhashyire iki gikorwa cya leta (kuhashinga ipiloni y’amashanyarazi) utegereze amafaranga yawe. Byabaye ngombwa ko njya gukodesha, ubu ubukode mbumazemo imyaka itatu aho mbayeho mu buzima bwo gupfundikanya, ariko noneho aho bigeze amafaranga nishyura inzu maze igihe ntayabona; singisinzira, n’ejo wakumva nyir’inzu ayinsohoyemo”.

    Si abasabwe kuva mu mazu bari batuyemo gusa, kuko n’abafite imirima bahingagamo na bo basigaye bafite ingaruka. Umwe muri bo yagize ati “Imirima bayigezemo si ukurandura imyaka karahava! Hari aho basanze hahinze amasaka, ibishyimbo, urutoki, ibinyomoro n’indi myaka; ibyo byose byaranduwe batanategereje ko byera ngo byibuze tubanze kubisarura”.

    Arakomeza ati “Bubatsemo inkingi z’amabeto, ubu ntitugihinga kuko ntacyo dusigaranye; bamwe muri twe bahindutse abashonji basabiriza kandi twari dufite aho twakubitaga isuka imiryango yacu igacuma iminsi. Byibuze n’iyo baba baratwishyuye tuba twaragiye kugura ahandi, abana bacu bakabona icyo barya na za mitiweli tukishyura. Leta ireke kudutererana kuko turi abana bayo”.

    Umushinga wo gutunganya uyu muyoboro washowemo amafaranga akabakaba miliyari imwe y’u Rwanda yagenewe kwishyura ingurane z’abaturage bari bafite ibikorwa ahari kubakwa amapiloni muri utu turere twombi.

    Muri ayo mafaranga, hamaze kwishyurwa agera kuri miliyoni 400 y’ingurane yahawe abaturage. Bivuze ko andi hafi miliyoni 600 atarashyikirizwa abo yagenewe kuko mu baturage bose uko ari 177 hamaze kwishyurwa abaturage 93 hakaba hasigaye abagera kuri 84.

    Umuyobozi wa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ishami rya Musanze Nsabimana Joél Elvis, avuga ko gutinda kwishyura aba baturage byatewe n’uko hari abataratanze imyirondoro yuzuye, bituma hamwe kubishyura bidindira. Ariko ngo iki kigo kiri gukorana n’inzego z’ibanze, kugira ngo ahagiye hagaragara ibyo bibazo bikosorwe bishyurwe.

    Yagize ati “Ni byo koko aho uwo muyoboro wanyuze hari ibikorwa byari bihari byahakuwe. Urugero niba umuyoboro ugomba guca hejuru y’inzu y’umuturage; icyo gihe ntabwo twareka ngo uwo muntu akomeze kuhatura kuko byaba ari ugushyira ubuzima bwe mu kaga.

    Mu kwishyura twahereye ku bantu bigaragara ko bagomba kwimurwa byihuse cyane cyane abo amazu yabo yagombaga gusenywa, ariko n’abandi batarishyurwa biri mu nzira ya vuba cyane, keretse abatujuje ibyangombwa bagiye bagaragara, ubu turi gukorana n’imirenge, kugira ngo bikosorwe, buzuze ibisabwa byose bishyurwe. Ibi turabizeza ko mu gihe cya vuba cyane bizaba byakemutse”.

    Nsabimana yongeraho ko umuyoboro uri gutunganywa mu gihe uzaba wuzuye uzongera ingufu z’umuriro w’amashanyarazi, bigabanye ikibazo cy’ibura rya hato na hato ryayo mu turere dutandukanye.

    Gusa nanone ku ruhande rw’abaturage, bakifuza ko imishinga nk’iyi yakagombye kujya igezwa iwabo izana igisubizo kirambye aho kubasubiza inyuma; kuko nk’ubu iyo mirima batagihinga, n’amazu yabo bahoze batuyemo, bagasabwa kuyavamo, bikaba ngombwa ko bisanga mu bukode; gutinda kubibahera ingurane byabasubije inyuma, ku buryo n’aho ayo mafararanga bayishyurwa, bisa n’aho bazaba bari gutangirira kuri zeru, nyamara mbere bari babayeho neza.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musanze-nyabihu-barishyuza-miliyoni-600-kubera-ibyangijwe-n-ikorwa-ry-umuyoboro-w-amashanyarazi

  • Imikino ya CECAFA U-17 yagombaga gutangira uyu munsi i Rubavu yimuwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Umuganda iherereye mu karere ka Rubavu, ni ho hagombaga gutangira imikino ya CECAFA y’abatarengeje imyaka 17, u Rwanda rukaba gukina utangiza irushanwa rukina na Tanzania ku I Saa Cyenda n’igice zuzuye.

    Amavubi y
    Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 kimwe n’andi makipe asabwa kubanza gupimwa COVID-19

    Habura igihe kigera ku isaha ngo irushanwa ritangire, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ribinyujije kuri twitter ritangaje ko aya marushanwa atagitangiye uyu munsi, ko ahubwo agomba gutangira kuri iki Cyumeru.

    N’ubwo hatatangajwe impamvu nyamukuru itumye irushanwa ryimurwa, hategetswe ko amakipe ndetse n’abasifuzi bazayobora imikino bagomba gupimwa COVID-19, hakanyuramo amasaha 48 byibura mbere y’umukino.

    Kuri gahunda nshya, kuri iki Cyumweru tariki ya 13/12/2020, hateganyijwe umukino umwe ugomba guhuza Ethipia na Kenya, naho ku wa Mbere u Rwanda rukazakina na Tanzania, rukazongera gukina ku wa Gatatu na Djibouti.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/imikino-ya-cecafa-u-17-yagombaga-gutangira-uyu-munsi-i-rubavu-yimuwe

  • Korowani isobanuye mu Kinyarwanda izafasha abibaza niba koko yigisha ubuhezanguni #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mufti w
    Mufti w’u Rwanda (ibumoso) Sheikh Salim Hitimana ashyikirizwa Korowani isemuwe mu Kinyarwanda n’Umuyobozi w’Umuryango ADEF wafashije muri icyo gikorwa

    Sheikh Mushumba Yunusu wayoboye itsinda ryabashije kugeza ku musozo igikorwa cyo gusobanura Korowani mu Kinyarwanda yavuze ko gusobanura Korowani mu Kinyarwanda ari umurimo watangiye muri 2004 utangizwa n’abari abayobozi n’abarimu icyo gihe, bakaba bari bayobowe na Sheikh Abdulkarim Harelimana na Sheikh Gahutu Abdulkarim.

    Mu mwaka wa 2011 nibwo umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda hamwe n’umuryango w’Abafatanyabikorwa witwa ADEF wari waragize n’uruhare mu gufatanya n’abatangije urwo rugendo rwo gusobanura Korowani guhera muri 2004 bamuritse imirimo babashije gukora mu gusobanura Korowani.

    Icyakora na mbere yaho ngo hari abandi bantu ku giti cyabo na bo bari baragiye batanga umusanzu wabo mu gusobanura ibice bimwe na bimwe bya Korowani.

    Sheikh Mushumba Yunusu avuga ko muri 2011 bakiriye iyo Korowani bongera kuyinononsora mu kuyisobanura nyuma y’ubushishozi bagize bagasanga hakirimo akazi ko gukoraho mu kuyisobanura, bakaba baratangiye neza tariki 24 mu kwezi kwa gatatu mu mwaka wa 2014.

    Umurimo wo kuyisobanura bawugejeje ku musozo muri Gicurasi mu mwaka ushize wa 2019 ariko n’ubwo bari basoje, basanze bagikeneye gusubiramo inshuro zirenze imwe mu rwego rwo kunoza uwo murimo.

    Nyuma ya 2019, Korowani yoherejwe ku icapiro irongera iragarurwa iri ku mpapuro, igera kuri abo bayikozeho mu mpera z’ukwezi kwa Kane 2020, irongera ihabwa abantu batandukanye ngo bongere bayirebemo barebe niba hari ibirimo byo gukosora.

    Ibitekerezo byabo byakiriwe kugeza ku itariki 15 Kanama 2020, itsinda rishinzwe kwegeranya ibyo bitekerezo ryongera kubisuzuma, iby’ingenzi byagaragajwe barabinoza haba ari mu rwego rw’amategeko y’idini, haba no mu myandikire y’Ikinyarwanda.

    Sheikh Mushumba Yunusu avuga ko Korowani ari amagambo Imana yahishuriye Intumwa Muhamad, muri Isilamu bakaba bemera ko iyo ntumwa ari yo ya nyuma yasojereje izindi ntumwa zose n’abahanuzi b’Imana, noneho n’ubutumwa yahawe (ari bwo bukubiye muri Korowani) bukaba ari bwo bwasojereje ubundi butumwa Imana yohereje ku bantu.

    Hari imyumvire yakunze kuvugwa ko Korowani itemerewe guhindurwa mu zindi ndimi usibye Icyarabu. Ibi abasobanuye Korowani mu Kinyarwanda barabihakana bakavuga ko Korowani imaze imyaka myinshi yarahinduwe no mu zindi ndimi, gusa kuyihindura mu Kinyarwanda bikaba ngo byaratinze kuko bisaba kubyitondera bitewe n’uburyo Korowani yanditsemo ndetse n’amagambo abamo bitoroshye kuyabonera Ikinyarwanda.

    Kuyishyira mu Kinyarwanda ngo ni iby’agaciro kuko kuyisoma bizorohera buri wese uzi ikinyarwanda ushaka kumenya ibikubiyemo, bityo n’ubutumwa buyirimo bugere ku bantu benshi.

    Iyi Korowani iri mu Kinyarwanda kandi ngo izatuma abafataga ibivugwa by’uko Korowani yigisha abantu kuba abagome, urwango n’ubuhezanguni atari byo kuko ngo bazabasha kwibonera ko ibyo ntabirimo.

    Baboneraho no kwamagana imvugo zikunze gukoreshwa n’ibitangazamakuru z’abakora bene ibyo bikorwa by’ubuhezanguni n’ubugizi bwa nabi biyitirira ko bagendera ku mahame y’idini ya Isilamu, ibyo byose nyamara Isilamu ikaba ngo ntaho ibyigisha.

    Umuyobozi w’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (Mufti) Sheikh Hitimana Salim, avuga ko kuba Korowani isobanuye mu Kinyarwanda ibonetse ari igikorwa cy’indashyikirwa uwo muryango ubashije kugeraho, ashimira abantu bose bagize uruhare kugira ngo icyo gikorwa kigerweho.

    Korowani imaze imyaka irenga 100 igeze mu Rwanda kuko imyemerere ya Isilamu bivugwa ko yageze mu Rwanda mu 1894, ariko ibikorwa by’idini nk’amasengesho no kugira ahantu basengera (umusigiti) byatangiye mu Rwanda mu 1913.

    Ku ikubitiro harasohoka ibitabo ibihumbi bitanu bya Korowani, nyuma hazakorwe ibindi ibihumbi icumi, bikazagenda byiyongera ari na ko bigezwa hirya no hino mu gihugu kugira ngo uwagikenera abashe kukibona byoroshye.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/korowani-isobanuye-mu-kinyarwanda-izafasha-abibaza-niba-koko-yigisha-ubuhezanguni

  • Nyamagabe: Polisi yatanze amashanyarazi y’imirasire y’izuba ku ngo 217 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage bahagarariye abandi mu Mudugudu wa Subukiniro bashimye kuba Polisi yabahaye amashanyarazi akomoka ku mirasire y
    Abaturage bahagarariye abandi mu Mudugudu wa Subukiniro bashimye kuba Polisi yabahaye amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba

    Ni muri gahunda ya Polisi ya buri mwaka, ifatanyamo n’abaturage kwicungira umutekano (Community Policing).

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe ubukungu, Lambert Kabayiza, avuga ko abatuye mu mudugudu wa Subukiniro ho mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Uwinkingi, ari bo batoranyijwe guhabwa amashyanyarazi y’imirasire y’izuba nk’uburyo bwo kubashimira, nyuma yo kurwanya umwanzi wari wabateye muri Mata 2019.

    Yagize ati “Muri cya gikorwa ngarukamwaka cyo gushyikiriza amashanyarazi abatuye mu mudugudu wagerageje guhangana n’ibyaha, uyu mudugudu twawutoranyije nk’uri ku isonga”.

    Yunzemo ati “Ni igikorwa dutekereza ko kiza guhindura imibereho yabo, haba mu kugira urumuri, mu kugira isuku, mu gutuma abana biga neza, ariko no gukomeza kubashishikariza kuba abadatsimburwa mu bikorwa bituma nta wabaca mu rihumye cyangwa se wabagandisha cyangwa akabashuka”.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyamagabe, SSP Burahinda, yababwiye ko uretse amashanyarazi, bazabona n’ibindi byiza. Yanababwiye ko abayobozi babereyeho gukorera abaturage cyane ko n’umushahara ari bo bawukesha, ku bw’imisoro batanga.

    Yagize ati “N’uyu mwenda nambaye, n’iyi modoka najemo, n’umushahara duhembwa, tubihabwa n’umuturage. Ni mwe mutugurira imyenda, ni mwe mutugurira imodoka, ni mwe muduhemba. Ni yo mpamvu natwe tugomba kubakorera”.

    Abatuye mu Mudugudu wa Subukiniro bahawe amashanyarazi y’imirasire y’izuba nyuma y’uko tariki 12 Nzeri 2020, Polisi yari yabahaye ikimasa n’ubundi cyo kubashimira ku bw’ubutwari bagaragaje barwanya umwanzi.

    Lambert Kabayiza yabwiye abatuye muri Subukiniro ko bahawe amashanyarazi y
    Lambert Kabayiza yabwiye abatuye muri Subukiniro ko bahawe amashanyarazi y’imirasire nk’ishimwe

    Uwitwa Winifrida Nyiransanzimana wakiragijwe, avuga ko mu mezi atatu bamaze bagihawe, kimaze kubangurizwaho inka 37.

    Yashimye amashanyarazi bahawe, agira ati “Twamurikaga utumuri two mu ziko, uwifashije akajya gufata agatara ko muri Tubura batwara mu ntoki. Kagura ibihumbi 32, umuntu yishyuraga buke buke, yabinanirwa bakakamwambura, agasubira ku gucana ibishirira byo mu ziko”.

    Ubundi Umudugudu wa Subukiniro ugizwe n’ingo 227. Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yahawe ingo 217 kuko hari icumi zari zarabashije kuyibonera.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/nyamagabe-polisi-yatanze-amashanyarazi-y-imirasire-y-izuba-ku-ngo-217

  • KOICA Rwanda Donates Medical Devices To Its Partners In Volunteering Program #rwanda #RwOT

    The Korea International Cooperation Agency (KOICA) Rwanda Office donated medical devices thermometer with batteries worth US$10,000 to 43 Partners institutions in volunteering program around the country to support their efforts to mitigate the spread COVID-19.

    The donation which was distributed to different KOICA's partner institutions was also a reflection of  joining the rest of the world to celebrate the international volunteer day Celebrated on 5th December.

    As the government of Rwanda has allowed the resuming services in public and private organizations, the medical devices donated will be useful for KOICA's partner institution in volunteering program to extend their effort in fight the pandemic.

    CHON Gyong Shik , KOICA Country Director, commended the diligent engagement of KOICA's partners in the fight against COVID-19 and assured the continued partnership in  re-dispatchment  of volunteers .

    'Even though you could not receive volunteers, KOICA is planning to make new dispatch following your request and this will be done in consideration with COVID-19 situation,' Shik said.

    The beneficiaries expressed their appreciation to KOICA for the donation and highlighted its importance to comply with health measures.

    'We highly appreciate this kind gesture from KOICA for providing us this medical devises as health regulations requires school to have at least one thermometer for every 100 students, but we currently had only 2 for around 700 students, so after receiving this donation we are in compliance with health regulations' said Father Jacques Hakizimana, Head  Teacher of College Christ Roi.

    KOICA has been supportive of Rwanda's efforts in responding to COVID-19 through different initiatives including the provision of testing kits, mobile laboratory vehicle and five walk-through disinfecting booths  and funds to support young entrepreneurs whose business were affected by the pandemic .

    The post KOICA Rwanda Donates Medical Devices To Its Partners In Volunteering Program appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/koica-rwanda-donates-medical-devices-to-its-partners-in-volunteering-program/

  • Rubavu: Three suspected drug dealers arrested #rwanda #RwOT

    The Rwanda National Police (RNP) Anti-Narcotics Unit (ANU) has arrested three people in Rubavu District suspected to be major drug dealers.

    The trio; Laurent Ntakamaro, 59, Clenie Nyiransabimana, 36, and Aline Icyimanizanye, 30, were arrested on December 9, in Gisenyi and Rubavu sectors with combined 5504 pellets of cannabis.

    They were at the time in the process to traffic the narcotics to City of Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, the Police spokesperson for the Western region, said.

    “Ntakamaro and Nyiransabimana were arrested in Isangano Village, Bugoyi Cell in Gisenyi with 504 pellets while Icyimanizanye was arrested in Murambi Village, Buhaza Cell in Rubavu Sector with 5,000 rolls of cannabis. These drug dealers were reported by residents,” CIP Karekezi said.

    He added: “Residents had earlier told ANU that Ntakamaro is a drug dealer and would receive a new consignment that day.

    ANU got further information on the spot where Ntakamaro would meet his supplier before he would also supply other dealers in Kigali. That’s how Nyiransabimana was also arrested as she brought the 504 pellets to Ntakamaro concealed in a bag of irish potatoes.”

    Ntakamaro and Nyiransabimana are suspected to have been working together to traffic and distribute narcotic drugs in Rubavu and Kigali.

    Icyimanizanye was also arrested with 5000 pellets as he was going to supply other drug dealers, following information provided by residents.

    The suspects were handed over to Rwanda Investigation Bureau (RIB) for further legal action.

    The Ministerial Order No. 001/MoH/2019 of 04/03/2019 establishing the list of narcotic drugs and their categorization classifies cannabis as a “very severe drug.”

    The law determining offences and penalties in general in Rwanda, especially in its article 263, provides an imprisonment of between 20 years and life, for anyone convicted for very severe narcotic drugs and a fine of up to Frw30 million.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/rubavu-three-suspected-drug-dealers-arrested