Blog

  • Mu Bubiligi: Umukunzi wa Djihad Bizimana yamwifurije isabukuru nziza mu magambo asize umunyu(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Dalida Simbi akaba umukunzi w’umukinnyi w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Waasland Beveren, Bizimana Djihad ku munsi uyu mukinnyi yizihizaho isabukuru yamwibukije ko ari we ntege nke ze ndetse ari na we utuma umutima we utera.

    Buri tariki ya 12 Ukuboza, Bizimana Djihad yizihizihiza isabukuru y’amavuko, ku munsi w’ejo akaba yarizihije isabukuru y’imyaka 24.

    Iyi sabukuru ye ikaba yarabaye n’umukunzi we Simbi ari kumwe na we mu Bubiligi mu mujyi wa Beveren aho uyu mukinnyi atuye.

    Yifashishije amafoto y’ibihe bitandukanye bagiranye muri iki gihugu, Simbi Dalida yifurije umukunzi we Djihad Bizimana isabukuru nziza amubwira ko ari we rukundo rw’ubuzima bwe.

    Ati'ni wowe wenyine nkuraho ibirenge byanjye umutima wanjye ugacika intege. Umuntu wenyine utuma umutima wanjye ushaka gutera. Isabukuru nziza nshuti yanjye, umukunzi wanjye akaba n’inshuti yanjye.'

    Djihadi bizamana na we yahise amusibiza ati'urakoze cyane mukundwa.'

    Urukundo rw’aba bombi rwamenyekanye mu ntangiriro z’uyu mwaka muri Werurwe ubwo Djihad utarakunze kuvugwa cyane mu rukundo cyangwa ngo abyerure yamwifurizaga isabukuru nziza ashyira ifoto ye hanze akemeza ko ari we yihebeye.

    Simbi umukunzi wa Djihad yamwifurije isabukuru nziza

    Mu mujyi wa Beveren bameze neza

    Umukunzi wa Djihad yamwibukije ko ari we utuma umutima we uska gutera

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mu-bubiligi-umukunzi-wa-djihad-bizimana-yamwifurije-isabukuru-nziza-mu-magambo-asize-umunyu-amafoto

  • Covid-19: Abaturage b'Amerika baratangira guhabwa urukingo vubaha #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Mbere ku itariki ya 14 Ukuboza 2020, abaturage b'Amerika baratangira guhabwa urukingo Pfizer/BioNTech rwa coronavirus nyuma yuko byemejwe ko rukoreshwa by'amaburakindi, nkuko abategetsi babivuga.

    Doze (doses) za mbere zigera kuri miliyoni eshatu z'urwo rukingo zirakwirakwizwa 'muri leta zose' muri iyi mpera y'icyumweru, nkuko byavuzwe na Jenerali Gustave Perna, urimo kugenzura ibikorwa byo gukwirakwiza urwo rukingo.

    Urwo rukingo rurinda kwandura Covid-19 ku kigero cya 95%, ndetse ikigo cy'Amerika kigenzura ubuziranenge bw'ibiribwa n'imiti (FDA) cyemeje ko nta bibazo ruteza ku buzima.

    Ubwo ku wa gatanu ikigo FDA cyemezaga ko urukingo Pfizer/BioNTech rukoreshwa, cyari kimaze kotswa igitutu n'ubutegetsi bwa Trump ngo kirwemeze.

    Cyavuze ko iyemezwa ry'urwo rukingo ari 'intambwe ikomeye' itewe mu guhangana n'iki cyorezo.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa gatandatu, Jenerali Perna — wavugiraga itsinda rya leta y'Amerika rishinzwe igikorwa cy'ikingira kizwi nka Operation Warp Speed — yavuze ko doze z'urwo rukingo zishyirwa muri za kontineri zigatwarwa 'mu masaha 24 ari imbere'.

    Yagize ati: 'Mwitege ko ku wa mbere ahantu 145 muri za leta hazaba hagejejwe urukingo, ahandi hantu 425 rukahagera ku wa kabiri, naho ahanyuma 66 rukahagera ku wa gatatu'.

    Yongeyeho ko iryo kwirakwizwa ry'urukingo Pfizer/BioNTech rwa coronavirus ryo mu cyumweru gitaha, rizahaza icyiciro cya mbere cy'abakingirwa bagera hafi kuri miliyoni eshatu.

    Jenerali Perna yabwiye abanyamakuru ko 'yizeye 100%' ko doze 'zicyenewe mu gutsinda umwanzi Covid' zizatwarwa mu mutekano.

    Ariko, yaburiye ko nubwo iki cyumweru cyabayemo gutera intambwe mu guhangana na Covid-19, 'ntabwo turarangiza akazi mu gihe cyose Umunyamerika wese ataragezwaho urukingo'.

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2020, muri Amerika hapfuye abantu 3,309 bazize Covid-19.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/13/covid-19-abaturage-bamerika-baratangira-guhabwa-urukingo-vubaha/

  • Nigeria: Ababarirwa mu magana baburiwe irengero nyuma y'igitero ku ishuri #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2020, muri Nigeria haravugwa amakuru ko abanyeshuri babarirwa mu magana baburiwe irengero nyuma yuko abagabo bitwaje imbunda bateye ku ishuri ryisumbuye ryo mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw' icyo gihugu.

    Abagabye icyo gitero bahageze bari kuri za moto batangira kurasa hejuru, bituma abantu bahunga, nkuko ababibonye babivuze. Bagabye igitero ku ishuri ryisumbuye rya leta ryigisha ubumenyi bwa siyansi — bivugwa ko ribamo abanyeshuri barenga 800 — muri leta ya Katsina ku mugoroba wo ku wa gatanu.

    Igisirikare kirwanira ku butaka cya Nigeria ndetse n'ikirwanira mu kirere kiri gufasha mu gushakisha ababuriwe irengero.
    Ku wa gatandatu, igisirikare cyavuze ko cyabonye aho abagabo bitwaje imbunda bihishe mu ishyamba ndetse kirasana na bo.
    Ntibiramenyekana icyabivuyemo, gusa abategetsi bavuze ko nta makuru y'abanyeshuri bakomeretse bamenye.

    Abatuye hafi y'iryo shuri ry'abahungu biga bacumbikirwa mu kigo ryo mu karere ka Kankara, babwiye BBC ko bumvise amasasu hafi saa tanu z'ijoro (23h) ku isaha yaho ku wa gatanu, kandi ko igitero cyamaze igihe kirenga isaha imwe.

    Abashinzwe umutekano kuri iryo shuri bashoboye gusubiza inyuma bamwe mu bari bateye, mbere yuko abapolisi bahagera baje kubunganira, nkuko abategetsi babivuze.

    Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa gatandatu, polisi yavuze ko mu kurasana n'abateye, bamwe basubiye inyuma. Nuko abanyeshuri bamwe bashobora kurira uruzitiro rw'ishuri bariruka barahunga, nkuko polisi yabivuze.

    Abanyeshuri bagera hafi kuri 200 bari bahunze — mbere byari byacyetswe ko baburiwe irengero — nyuma baje kugaruka. Ariko, ababibonye bavuze ko babonye abanyeshuri bamwe batwarwa.

    Polisi yavuze ko umupolisi umwe yajyanwe ku bitaro nyuma yo kuraswa agakomereka.
    Aminu Bello Massari, Guverineri wa leta ya Katsina, yategetse ko amashuri yose abanyeshuri bigamo bacumbikirwa yo muri iyo leta ahita afungwa ako kanya.

    Leta ya Katsina ni yo Perezida wa Nigeria Muhammadu Buhari avukamo, ndetse kuri ubu ni ho ari mu ruzinduko rw'icyumweru rutari urw'akazi.

    Hagati aho, Perezida Buhari yamaganye icyo gitero ndetse ategeka ko iryo shuri rikora igenzura rikamenya abanyeshuri baburiwe irengero.

    Ababyeyi bamwe bihutiye kugera ku ishuri bagatwara abana babo, na bo basabwe kubimenyesha abayobozi b'ishuri.

    Icyo gitero cyo ku wa gatanu kibaye hashize iminsi ibiri umukuru w'umudugudu ashimuswe hamwe n'abandi bantu 20, mu kindi gice cy'iyo leta.

    Mu mwaka wa 2014, abanyeshuri b'abakobwa barenga 270 bashimuswe n'intagondwa za Boko Haram ziyitirira idini ya Isilamu, bavanwe ku ishuri ryo mu mujyi wa Chibok mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria.

    Nta mutwe wari wavuga ko ari wo wagabye icyo gitero kuri iryo shuri ryo muri leta ya Katsina, riri kure y'akarere Boko Haram isanzwe ikoreramo k'amajyaruguru ashyira uburasirazuba bw'igihugu.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/13/nigeria-ababarirwa-mu-magana-baburiwe-irengero-nyuma-yigitero-ku-ishuri/

  • L’ex-ministre Dr Richard Sezibera parmi les 4 nommés Représentants spéciaux pour le Commonwealth #rwanda #RwOT

    'La mission de Richard Sezibera focalisera sur la promotion d’activités permettant l’atteinte des OMD/Objectifs de Développement Durable (SDGs) en rapport avec la santé et bonnes conditions de vie (SDG3) mais aussi avec l’amélioration de la qualité de l’enseignement (SDG4)”, lit-on dans le communique publie a cet effet.

    D’autres personnalités nommées au poste incluent l’expert politologue anglais Justin Munday avec mission de monitoring des Changements climatiques et environnement, l’indien Prof Praja Trevedi qui focalisera sur les Objectifs de développement durable et l’handicapée sportive anglo-kenyane Anne Wafula à la solidarité dans les jeux.

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/L-ex-ministre-Dr-Richard-Sezibera-parmi-les-4-nommes-Representants-speciaux.html

  • Le 18ème Dialogue National se tiendra dans des circonstances particulières, Covid19 oblige ! #rwanda #RwOT

    Pour ce faire, il a été décidé que ce 18ème Dialogue national aura lieu au Kigali Convention Center avec seulement 500 invités pour une session d’une journée. Dans des circonstances normales, ils étaient plus de deux mille participants à cette fête nationale. Les interventions des participants duraient deux jours.
    Il va sans dire que les travaux de ce dialogue national de ce 16 décembre 2020 se dérouleront sous haute surveillance sanitaire.

    A part les salles du KCC où se dérouleront les travaux, quatre autres sites Karongi (Ouest), Nyaruguru (Sud), Kirehe (Est) et Gicumbi (Nord) sont prévus avec une capacité limitée. Les 500 délégués de la jeunesse rwandaise feront leurs interventions à partir de la prestigieuse salle d’Intare Arena y rassemblés pour leur événement annuel, lui aussi, dit Youth Connekt.

    Il est habituel de voir le Chef de l’Etat Paul Kagame brosser l’état de la nation dans son discours où il expose les principales ré alisations au cours des douze mois qui se seront écoulés. Il va de soi que pour ce 18ème Umushyikirano, le Covid 19 et son impact négatif sur l’économie du pays, occupera une importance primordial dans son discours.

    Mais sur quoi porteront les débats montrant défis et aspirations des citoyens ? Réduction des écarts criants de distribution des revenus ? Un soutien appuyés aux start ups des jeunes rwandais qui, partout dans le pays, se jettent dans la concurrence économique et essayent dans la transformation agro alimentaire, exploitation de l’environnement immédiat, la culture et autres ?

    IGIHE

    Source : https://fr.igihe.com/Le-18eme-Dialogue-National-se-tiendra-dans-des-circonstances-particulieres.html

  • Real madrid yisubije icyubahiro i Madrid, Chelsea iratakaza naho i Manchester rwabuze gica, muri shampiyona z'i burayi #rwanda #RwOT

    Umupira w'amaguru n'imwe muri siporo zikunzwe by'umwihariko uwo Ku mugabane w'i burayi bikaba akarusho mu gihugu cy'ubwongereza. Kuri uyu munsi mu bwongereza bakinaga umunsi wa 12 wa shampiyona, aho hari hateganijwe umukino w'amakipe y'i Manchester warangiye aguye miswi 0-0.

    Man City niyo yari yasuye Man United Ku kibuga Old Trafford gusa nta mufana numwe waruhari mu rwego rwo kwirinda Covid19 nkibisanzwe, uyu mukino ukaba wari uyobowe n'umusifuzi witwa Chris Kavanagh. Umukino watangiye amakipe yose agerageza kurinda izamu dore ko igice cya mbere cyarangiye nta buryo bukomeye bugaragaye, aho ikipe ya Man city yari iyoboye mu guhanahana umupira ikaba yari ifite 53% kuri 47% ya Man united.

    Mu gice cya kabiri nta mpinduka aya makipe yombi yakoze, gusa haje kuba impinduka Ku ruhande rwa Man united maze hinjiramo A.Martial, M.Greenwood arasohoka naho kuri Man city hinjiramo F.Torres maze R.Mahrez arasohoka. Uyu mukino wagaragayemo amakarita y' umuhondo abiri Ku mpande zombi harimo iyahawe Maguire na Fernandinho.

    Man united 0-0 Man cityIndi mikino uko yagenze mu bwongereza

    Wolverhampton wanderers 0-1 Aston villa
    Newcastle united 2-1 westbromwich Albion
    Everton 1-0 Chelsea

    Everton 1-0 Chelsea

    Mu gihugu cya Espagne naho bakinaga umunsi wa 13 wa shampiyona, aho hari hategerejwe umukino ukomeye w' amakipe y'i Madrid. Real Madrid yari yakiriye Athletico Madri Ku kibuga Estadio Alfred Di Stefano, umukino wari uyoboye na Antonio Mateu Lahoz nk'umusifuzi mukuru.

    Igice cya mbere cyatangiye Real Madrid yataka cyane biza gutuma Ku munota wa 15′ Casemiro atsinda igitego cya mbere cya Real Madrid Ku mupira wari uvuye muri koroneli yatewe na Kroos, maze igice cya mbere kirangira gutyo.

    Umukino wagaragayemo amakarita menshi y'umuhondo kubera gushyamirana no kuvunana hagati mu bakinnyi, mu gice cya kabiri umukino wakomeje uri kwihuta, Real Madrid ikomeza kwataka cyane ndetse biza kuyihira kumunota wa 62′ Carvajal atsinda igitego cya kabiri kw' ishoti riremereye yateye maze umuzamu wa Athletico Oblack aritsinda, umukino uza kurangira ari 2-0. Umukinnnyi w' umukino yabaye Casemiro.

    Real Madrid 2-0 Athletico Madrid

     

    The post Real madrid yisubije icyubahiro i Madrid, Chelsea iratakaza naho i Manchester rwabuze gica, muri shampiyona z'i burayi appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/12/13/real-madrid-yisubije-icyubahiro-i-madrid-chelsea-iratakaza-naho-i-manchester-rwabuze-gica-muri-shampiyona-zi-burayi/

  • USA: Mu minsi ibiri ishize, imfungwa ya 2 yatewe urw'ingusho izira kwihekura #rwanda #RwOT

    Umugabo wishe umwana we w'umukobwa w'igitambambuga mu myaka igera hafi kuri 20 ishize, yabaye uwa kabiri wishwe ku rwego rwa leta muri Amerika mu minsi ibiri ishize.

    Urupfu rwa Alfred Bourgeois ku wa gatanu tariki 11 Ukuboza 2020 atewe urushinge rw'umuti wica, ruje rukurikira urwa Brandon Bernard na we watewe urushinge rw'ingusho ku wa kane.

    Hateganyijwe ko izindi mfungwa eshatu zitegereje igihano cy'urupfu zigihabwa mbere yuko Perezida Donald Trump ava ku butegetsi ku itariki ya 20 y'ukwezi kwa mbere 2021.

    Gutanga igihano cy'urupfu ku mfungwa zagikatiwe ku rwego rwa za leta byari byarahagaritswe mu gihe cy'imyaka 17, mbere yuko Bwana Trump mu ntangiriro y'uyu mwaka wa 2020 ategeka ko bisubukurwa.

    Mu gihe ibihano by'urupfu bisigaye byaba nabyo bishyizwe mu bikorwa, Bwana Trump yaba abaye Perezida wa mbere w'Amerika uhagarikiye ishyirwa mu bikorwa ry'ibihano by'urupfu nk'ibyo byinshi cyane mu myaka irenga 100 ishize.

    Birenze ku mateka yari amaze imyaka 130 yo kuba hahagaritswe gushyira mu bikorwa igihano cy'urupfu mu gihe nk'iki cyo guhererekanya ubutegetsi. Perezida watowe Joe Biden azarahizwa ku itariki ya 20 y'ukwezi kwa mbere 2021.

    Bwana Biden yamaze imyaka ibarirwa muri za mirongo ashyigikiye bikomeye igihano cy'urupfu, ubwo yari senateri uhagarariye leta ya Delaware. Ubu yavuze ko natangira imirimo ye nka perezida azashaka uburyo igihano cy'urupfu ku rwego rwa za leta kivaho.

    Inkiko zanzuye ko Bourgeois yakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina no ku bindi bice by'umubiri uwo mwana we w'imyaka ibiri, mbere yuko amwica ubwo yari atwaye ikamyo anyura muri leta ya Texas, mu ngendo ndende yakoraga atwaye imodoka.

    Abashinjacyaha bavuga ko yamwishe akubise umutwe we ku idirishya ry'imodoka no ku kibahu (tableau de bord/dashboard) cy'imbere mu modoka, ubwo uwo mwana yari amaze kugusha mu modoka icyo yitorezagaho kujya ku musarani, mu gihe se yari arimo aparika imodoka.

    Abanyamategeko ba Bourgeois nkuko BBC ibitangaza, bavuze ko umukiliya wabo yari afite ubumuga bukomeye bwo mu mutwe, ko rero ibyo byari gutuma adahabwa igihano cy'urupfu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/usa-mu-minsi-ibiri-ishize-imfungwa-ya-2-yatewe-urwingusho-izira-kwihekura/

  • Mu Rwanda umukobwa w’imyaka 14 n’umugabo w’imyaka 61 bishwe na #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aba bantu bahise buzuza umubare w’abantu 56 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu mu Rwanda habonetse abantu 100 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 66.

    Abo barwayi bashya 100 babonetse mu bipimo 3,813 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 52, Rubavu: 21, Huye: 9, Ruhango: 7, Rusizi: 4, Muhanga: 4, Gakenke: 2, Rwamagana: 1.

    Kugeza kuri uyu wa Gatandatu, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 6,528 muri bo abamaze gukira ni 5,892, naho abakivurwa ni 580.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-umukobwa-w-imyaka-14-n-umugabo-w-imyaka-61-bishwe-na-covid19

  • Umukino wari guhuza u Rwanda na Tanzania muri CECAFA U-17 wasubitswe irushanwa ryigizwa inyuma #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu nibwo hagombaga gutangira irushanwa rihuza ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA) hagamijwe gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 kizabera muri Maroc mu 2021.

    Nyuma y’uko umukino wa mbere ukuweho kuko Sudani y’Epfo yasezerewe mu irushanwa, n’uwari guhuza u Rwanda na Tanzania guhera saa Cyenda, wasubitswe, hemezwa ko irushanwa rizatangira ku Cyumweru.

    Itangazo ryashyizwe hanze na CECAFA rivuga ko 'Bitewe no gukurwa mu irushanwa kwa Sudani y’Epfo, Komite ishinzwe gutegura CECAFA yasubitse itangira ry’irushanwa ryagombaga kuba kuri uyu wa Gatandatu.'

    'Kwigizwa inyuma biratanga umwanya wo kwipimisha COVID-19 ku makipe yose n’abasifuzi mu gihe cy’amasaha 48 ateganywa na CAF. Kuva ubu, amakipe yose n’abasifuzi bazajya bipimisha buri masaha 48 mbere y’umukino.'

    Start of CECAFA/CAF U-17 Tournament pushed to Sunday. #CecafaU17 #RoadToMorocco @Cecafaonline pic.twitter.com/vgeSNwIU8H

    — Rwanda FA (@FERWAFA) December 12, 2020

    Ku rundi ruhande, hari amakuru ko iri rushanwa ryasubitswe nyuma y’uko Tanzania yari guhura n’u Rwanda igaragayemo abakinnyi bane banduye COVID-19.

    CECAFA U-17 izatangira ku Cyumweru tariki ya 13 Ukuboza, aho umukino wa mbere uzahuza Ethiopia na Kenya saa 15:30 mu gihe u Rwanda na Tanzania bizakina ku wa Mbere saa 15:30.

    Undi mukino w’u Rwanda muri iri rushanwa uzaba ku wa Gatatu tariki ya 16 Ukuboza, ukazaruhuza na Djibouti saa kumi n’imwe (17:00).

    Nyuma yo gusezererwa kwa Sudani y’Epfo yazize abakinnyi bane barengeje imyaka, itsinda A ryasigayemo Uganda, Ethiopia na Kenya mu gihe itsinda B rigizwe n’u Rwanda, Tanzania na Djibouti.

    Amakipe abiri azakina umukino wa nyuma ni yo azahagararira agace ka CECAFA mu gikombe cya Afurika kizabera muri Maroc hagati ya tariki ya 12 n’iya 31 Werurwe 2021.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imikino/article/Umukino-wari-guhuza-u-Rwanda-na-Tanzania-muri-CECAFA-U-17-wasubitswe-irushanwa-ryigizwa-inyuma

  • Indembe za Coronavirus zikomeje kwiyongera ! Babiri nibo bahitanwa nayo ku munsi #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo ku wa 11 Ukuboza 2020, rigaragaza ko umuntu wa 54 yahitanywe na covid-19 mu Rwanda imibare y’abanduye mu mahaya 24 ni abantu bagera kuri 79. Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 71 w’i Kigali.

    Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko abantu 79 banduye icyorezo cya coronavirus mu masaha 24, barimo ab’i Kigali (31), Musanze (27), Burera (12), na Rubavu (9). Abantu bashya bakize bagera ni 37.

    Minisitiri Dr Mpunga yabwiye Radio Rwanda ko imibare y’ubwandu bushya ihangayikishije igihugu ku rwego ruhambaye, bituma u Rwanda ruba mu bihe bikomeye kurusha ibyo rwigeze kubamo.

    Ikindi avuga ni uko umubare w’abarwayi barembye bafashwa mu buryo bwo guhabwa umwuka barenga 10 kandi mbere batarigeze bagera kuri uwo mubare.

    Ati 'Imibare iriyongera nibyo hari n’igihe twagize abarenze aba, ariko iyo turebye abarwayi barembye bari ku mwuka turi gufasha uyu munsi, ubundi twabaga tugeze muri umwe cyangwa babiri ariko ubu bageze muri cumu na..kandi barakomeza biyongera umunsi ku wundi.}

    'Icyo ni ikimenyetso kigaragaza ko indwara iri kurembya abantu benshi kandi birenze uko byari bimeze mbere. Icya kabiri ni uko n’abapfa bari kwiyongera, ubu turi gupfusha abantu babiri ku munsi. Ibi ntabwo twigeze tubigira kuko mbere hapfaga umwe mu cyumweru cyangwa bibiri. Ikindi kandi iri kugenda yica n’abakiri bato.'

    Abaturarwanda basabwa kwitwararika ku ngamba ziriho zo kwirinda no gukumira ikwirakwira rya coronavirus zirimo gukaraba intoki kenshi, kwambara neza agapfukamunwa, kwirinda gusuhuzanya no guhana intera hagati y’abantu n’abandi.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Indembe-za-Coronavirus-zikomeje-kwiyongera-Babiri-nibo-bahitanwa-nayo-ku-munsi