Blog

  • HEC yahagaritse amasomo ya nimugoroba muri za kaminuza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Icyo cyemezo cyafashwe gishingiye ku Nama y’Abaminisitiri iheruka, aho yemeje ko ingendo zihagarara saa tatu z’ijoro, mu gihe abo banyeshuri biga nimugoroba basoza amasomo kuri iyo saha bakabona gutaha.

    HEC ikangurira ayo mashuri makuru kureba ukundi yakwigisha atabangamiye amabwiriza yo kwirinda Covid-19, nko gushyira amasomo mu mpera z’icyumweru (weekend), cyangwa amasomo akaba ahagaze aho bidakunda.

    Buri shuri rikuru rirasabwa guhita rimenyesha HEC icyemezo ryafashe mu rwego rwo gufasha abanyeshuri.

    Ikindi ngo amashuri makuru azamenyeshwa igihe ubwo buryo bwo kwigisha ku mugoroba buzasubukurirwa, nk’uko iryo tangazo rikomeza ribigaragaza.

    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/hec-yahagaritse-amasomo-ya-nimugoroba-muri-za-kaminuza

  • Kayonza: Umugore yiyahuje ikinini cy' imbeba ahasiga ubuzima nyuma yaho yafuhiraga umugabo we #rwanda #RwOT

    Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Ukuboza 2020, mu Mudugudu wa Rukore Akagari ka Kahi mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, haravugwa inkuru y' umugore wari ufite imyaka 22 yaraye yiyahuje ikinini bakunze gutegesha imbesha nyuma yo kugirana amakimbirane n'umugabo we akajya kwirarira ku mugore we mbere.

    Ku wa Gatatu tariki ya 16 Ukuboza, amakuru avuga ko yirirwanye n'umugabo we mu gasantere ariko ngo akaba yari yaramubwiye ko adashaka ko yongera kubonana n'umugore wa mbere . Mu masaha y'ikigoroba ngo nibwo baje kugirana amakimbirane biba ngombwa ko umugabo we ajya kurara ku mugore we mukuru undi ahita anywa ikinini bakunze gutegesha imbeba.

    Umunyambanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph yemereye IGIHE dukesha iyi nkuru avuga ko uyu mugore akimara kwiyahura ubuyobozi n'abaturage bagerageje kumutabara ariko agapfira mu nzira bamutwaye kwa muganga. Aho yagize ati

    ' Yari umugore wa kabiri umugabo we yamushatse asanganwe undi mukuru. Bari bamaze igihe bafitanye amakimbirane ashingiye ku kuba umugabo ajya ku mugore mukuru. Ejo bari biriranywe mu yindi santere umugore atashye kumugoroba nibwo yanyweye ikinini cy'imbeba, ubuyobozi bw'umudugudu n'Akagari bagerageza kumutwara kwa muganga ariko agwa mu nzira.'

    Rukeribuga yakomeje avuga ko asaba abaturage kubana neza birinda amakimbira, uwagize ikibazo akagana ubuyobozi bukamugira inama bukamufasha.

    Uyu nyakwigendera yari atarabyara kuko yari amaranye igihe gito n'uyu mugabo. Umurambo we wajyanwe ku bitaro bya Gahini ngo ukorerwe isuzumwa .

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/17/kayonza-umugore-yiyahuje-ikinini-cy-imbeba-ahasiga-ubuzima-nyuma-yaho-yafuhiraga-umugabo-we/

  • 55 people arrested for drunk-driving last week #rwanda #RwOT

    This was revealed yesterday as Rwanda National Police (RNP) spokesperson, CP John Bosco Kabera explained new directives and other issued guidelines meant to guarantee the health of every resident of Rwanda from the COVID-19.

    “We understand that there are some services, like restaurants and hotels, that disregard the directives by operating bars. In the last week alone, Police arrested 55 people, who were driving while drunk,” CP Kabera said.

    “In partnership with other entities, we are inspecting service providers to ensure physical distancing; there should be recommended distance of at least 2 metres between tables and 1.5 metres between chairs in hotels and restaurants. We are inspecting if hand washing and measuring body temperature is respected in all services,” he added.

    The spokesperson also reminded all residents of Rwanda to respect the movement hours.

    “By 9pm, you should be home and only leave at 4am, but from December 22, up to January 4, 2021, we expect everyone to be home by 8pm.

    However, for those in Musanze District, we don’t expect any movements by 7pm. If you are transiting through Musanze, do it before 7pm,” CP Kabera said.

    To those holding vigils and burial ceremonies, he said, it should be done in compliance with the directives so as not to attract Police intervention.

    “We are entering the festive period, we urge all residents of Rwanda to avoid any social gatherings. Police doesn’t wish to be in anyone’s home for any violations; no one should be forced to wear a facemask, wash hands, or apply physical distancing. Workforce should not exceed the required number, 30 percent at a time.”

    To those who violate the directives and try to hide from the Police, he advised, they should instead hide themselves from COVID-19, because of the threat it poses to Rwandans and the rest of the world.

    “Rwanda National Police will continue the enforcement through education, inspection and operations to ensure maximum compliance against the spread of the COVID-19, penalising errant violators, but also ensuring the overall security of people living in Rwanda, and their property,” he noted.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/55-people-arrested-for-drunk-driving-last-week

  • CAR: François Bozizé Forms Alliance With Opponent Georges Dologuélé #rwanda #RwOT

    On December 27, the Central African Republic will go to polls to elect a new President and National Assembly.

    Political pressure is mounting both in the opposition camps and the ruling party as both sides wrestle to take control of the government through the ballot.

    Former President François Bozizé who has been rallying people to support him and return to power, had his candidature rejected by the Constitutional Court- his dreams of regaining the presidential chair faded away.

    In a previous press release published Tuesday, François Bozizé announced that he accepted the invalidation of his presidential candidacy.

    Bozizé through his political party the Kwa Na Kwa (KNK) decided to support an opponent and signed an alliance on Wednesday with former Prime Minister Anicet-Georges Dologuélé.

    'The KNK supports the candidacy of Anicet George Dologuele. The two political parties agreed this Wednesday, December 16, 2020 in Bossangoa on an electoral alliance in view of the presidential election of December 27, 2020 ', announced in a statement the party of François Bozizé, the Kwa Na Kwa (KNK).

    According to the Kwa Na Kwa, the former Central African Prime Minister of Ange-Félix Patassé, head of the Union for Central African Renewal (URCA), made the trip to the city of Bossangoa where he met François Bozizé to 'seal their electoral agreement.

    The former head of state asked the opposition to unite behind a single candidate to beat outgoing president Faustin Archange Touadéra.

    On December 15, François Bozizé had refused to support a candidate of the Democratic Opposition Coalition (COD-2020, which he chairs) rather than another.

    He called on the 'presidents of the COD-2020' to designate 'a single consensus candidate', who would have 'the most extensive electoral base and substantial financial means'.

    The post CAR: François Bozizé Forms Alliance With Opponent Georges Dologuélé appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/car-francois-bozize-forms-alliance-with-opponent-georges-dologuele/

  • Leta izatangira gutanga nkunganire ku giciro cy’urugendo mu cyumweru gitaha – RURA #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umubare w
    Umubare w’abagenzi mu modoka wongeye kugabanywa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19

    Ibyo bitangajwe mu gihe hari abatwara abagenzi bakomeje kugaragaza ko bashobora kunanirwa gukora igihe ayo mafaranga yatinda kandi imodoka zikenera byinshi ngo umugenzi agere aho agiye.

    Nyuma y’uko Leta yemereye abatwara abagenzi mu modoka rusange kwishyurira umugenzi, icya kabiri cy’amafaranga umugenzi asabwa kwishyura ku rugendo rwose kugira ngo ibiciro by’ingendo bitazamuka, abatwara abantu mu modoka rusange bagaragaza ko babangamiwe no gutwara abagenzi bake mu modoka kandi igiciro cy’ingendo kikaguma kuba igisanzwe.

    Abatwara abantu mu modoka rusange basanga Leta ikwiye kwihutisha inkunga yemereye abaturage kugira ngo hatabaho ihagarara ry’akazi.

    Umwe mu bakorera mu mujyi wa Muhanga ku modoka zerekeza i Rubavu na Rutsiro avuga ko ku munsi wa mbere hafashwe icyo cyemezo imodoka zose zatashye nta mafaranga zisaguye ku buryo bikomeje gutyo akazi gashobora kudindira.

    Agira ati, “Imodoa zose zakoreye mu gihombo kuko nta mafaranga zasaguye bibaye byiza iyo nyunganizi yatugeraho vuba kugira ngo tudahagarika akazi turakomeza kwihangana ariko byaba byiza bahise baduha iyo nyunganizi n’iyo bayiduha ejo mu gitondo byarusho kudufasha”.

    Mu gushaka kumenya icyo Urwego Ngezuramikorere (RURA) ruvuga ku cyifuzo cy’abatwara imodoka rusange zitwara abagenzi, Anthony Kulamba, umuyobozi ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri RURA yabwiye Kigali Today ko mu minsi mike ayo mafaranga azaba yageze kuri Kompanyi zitwara abagenzi akabasaba kuba bihanganye bagatanga serivisi zinoze ku batega imodoka.

    Yagize ati “Ni iminsi mike turarwana n’igihe gusa ngo amafaranga ya nkunganire atangire kubageraho, turi kubibara kandi amafaranga yo yamaze kuboneka turi kuganira n’abayobozi b’amakompanyi atwara abagenzi kugira ngo turebe uko amafaranga yabageraho”.

    Yongeraho ati “Turabasaba gukomeza kwihangana bagatanga serivisi nziza nta kuzamura ibiciro ahubwo bakarushaho kudufasha no gukora neza nk’uko byari byagenze mu minsi yashize kuko bakomeje kwitwara neza, amafaranga azabageraho vuba n’ubwo ntavuga ku wa mbere cg ku wa kabiri mu cyumweru gitaha azaba yabagezeho”.

    Umuyobozi ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri RURA asaba kandi abatwara abagenzi mu modoka rusange kwirinda kuriza ibiciro kugira ngo abaturage bahabwe serivisi zinoze mu gihe bagitegereje ayo mafaranga aho bizagaragara ababikora bakazahanwa hakurikijwe amategeko.

    RURA kandi itangaza ko amafaranga y’urugendo Leta izunganira abatwara abagenzi mu modoka rusange, azabarwa neza bitewe n’uko imodoka yakoze ku buryo nta gihombo bizateza abatwara abagenzi kuko abatekinisiye barimo kubitegurana ubushishozi.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/leta-izatangira-gutanga-nkunganire-ku-giciro-cy-urugendo-mu-cyumweru-gitaha-rura

  • Ese abaririmba Kinyarwanda bavuga ko bafatira urugero kuri Kamaliza bafite ukuri cyangwa ni uko atakiriho? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mutamuliza Annonciata uzwi nka Kamaliza, benshi mu baririmba kinyarwanda bavuga ko bamufatiraho urugero
    Mutamuliza Annonciata uzwi nka Kamaliza, benshi mu baririmba kinyarwanda bavuga ko bamufatiraho urugero

    Ibi naje kubyibazaho, niba koko ari ukuri cyangwa, ari bya bindi by’abantu bamwe banga gushima umuntu ukiriho, bakazavuga ibyiza bye, ari uko atakiriho.

    Buri mukobwa uririmba Kinyarwanda ujya kumva ukumva aravuze ati: “Rwose Kamaliza ni we mfatiraho urugero, uko yaririmbaga narabikundaga cyane”

    Naje kongera kubyibazaho cyane, aho umunyamakuru umwe yabajije umukobwa mushya muri muzika umunyarwanda yaba afata nk’icyitegererezo mu miririmbire ye, na we ati “ Ni Kamaliza” Ariko naje gutungurwa n’uko yamubajije indirimbo imwe ya Kamaliza azi imufasha cyane, abura n’imwe yibuka…arangije ati: “Ndi kuyibagirwa ariko ya yindi bajya baririmba muri bridal shower (ibirori bakorera umukobwa uri kwitegura gushyingirwa)”.

    Urebye neza wabonaga nta n’ikintu kinini yaba aziho Kamaliza. Mbese yarabyumvanye undi muntu cyangwa gusa azi ko hari umuhanzikazi wabayeho mu Rwanda ariko utakiriho.

    Ubundi umuntu ufataho urugero (Role model) akenshi ubona ibyo akora biba bifitanye isano n’ibyo uwo akora, cyangwa uwo muntu yakoraga. Ariko ujya kubona ukabona uwo muntu uvuga ngo ni Kamaliza afataho urugero nyamara wajya kureba, ugasanga akora ibimeze nk’iby’undi muntu runaka neza neza uriho, ariko akaba adashaka kugaragaza ko ari we afataho urugero.

    Nkurikije ibyo nagenzuye nkareba, ndahamya ko abantu benshi bavuga ngo bafata urugero kuri Kamaliza iyo aba akiriho na we ntabwo bari kuba bamuvuga gutya. Ahubwo wagira ngo kirazira kuba wafata umuntu ukiriho ukavuga ko ari we ufataho urugero mu Banyarwanda benshi.

    Ikindi naje gusanga ko baba bivugiye ibintu badakuye ku mutima, ahubwo hari ikindi kintu kiba kibyihishe inyuma yumva atavuga umuntu runaka bakora umwuga umwe. Ubwo uwo muntu iyo abajijwe mu Rwanda umuhanzi afatiraho urugero avuga Kamaliza gusa, nyamara yabazwa abo hanze akavuga benshi kandi bakiriho.

    Simpamya ko kuvuga ngo kanaka mufataho urugero, ari mugenzi wawe ukiri muzima hari icyo bitwaye. Ndacyanibaza niba hari ikintu kinini bimwongerera cyangwa wowe ubivuze bikugabanyaho kandi ari ko kuri.

    Reka nsoze mbagira inama abashaka gukomeza kuzajya bivugira Kamaliza, muzafate umwanya nibura musome, mubaze, ku buryo mumenya amakuru ye menshi ashoboka ndetse n’indirimbo ze nyinshi,…ku buryo unagerageza gukora ibintu bimeze nk’ibye, umuntu yakubona cyangwa akakubaza ukamusubiza udategwa impamvu ari we wahisemo.

    Ariko kuvuga n’undi wese waba waragutanze mu kintu runaka ko umufataho urugero, numva ntacyo bitwaye cyane ko bitaba bisobanuye ko akurusha. Ushobora gufatira urugero ku muntu kandi ugakora byiza kumurusha.

    Abafata urugero koko kuri Kamaliza, mukomereze aho ndetse n’abasubiramo indirimbo ze yaririmbye bakomere cyane. Kamaliza Imana ikomeze kumuha iruhuko ridashira.


    source https://www.kigalitoday.com/uko-mbyumva/article/ese-abaririmba-kinyarwanda-bavuga-ko-bafatira-urugero-kuri-kamaliza-bafite-ukuri-cyangwa-ni-uko-atakiriho

  • Facebook Unveils its 2020 Africa Year in Review #rwanda #RwOT

     

    The campaign aims to highlight the successes, strength and resilience of its users, whilst reinforcing Facebook's ongoing commitment to the region

    NAIROBI, Kenya, December 17, 2020/ — Facebook (http://www.Facebook.com) today released its '2020 Year in Review: Highlights' an infographic showcasing some of its key investments and work across Africa in 2020. Supported by an animated video celebrating and showcasing a few people across the continent rising against the challenges of this unexpected year, the campaign aims to highlight the successes, strength and resilience of its users, whilst reinforcing Facebook's ongoing commitment to the region.

    Download Document: https://bit.ly/2Wk3PDM

    Commenting, Kojo Boakye, Director of Public Policy, Africa said: 'We know this year has brought many unexpected challenges around the world, including here in Africa. The COVID pandemic has changed the way we work, come together, and impacted many economies and local businesses. Despite this, we continue to see and hear so many stories of resilience, strength and growth. As Facebook, we remain committed to the continent, and our 2020 highlights reinforce just some of these investments and the impact we've been able to have by supporting the growing ecosystems of developers, SMBs, creatives, and many other communities.'

    Some of the key 2020 Year in Review: Highlights include: 

    • 2Africa: Announced 2Africa, alongside eight global and local partners — one of the largest subsea cable projects in the world at 37,000kms it will circle the African continent, connecting 16 countries in Africa, aiming to deliver increased internet capacity and enable greater 4G/5G access
    • Supporting COVID-19 efforts: Partnered with over 40 local health authorities enabling them to run coronavirus education campaigns on Facebook, developed educational pop-ups on Facebook and Instagram, and worked with a number of countries to launch a WhatsApp-based helpline developed to deliver accurate health information
    • Economic Impact Trainings: Trained over 55,200 SMBs across 14 countries through our economic impact programmes, including; Boost with Facebook and SheMeansBusiness, and graduated 229 young people through the Digify Pro programme, with 183 placed in jobs 
    • Developer Circles: Grew our Developer Circles Programme to over 76k people, from 45 cities across 17 countries in Sub-Saharan Africa
    • Digital Literacy Trainings: Undertook digital literacy training, focused on online safety, privacy, news, media literacy and digital citizenship, across six countries training 26,562 people
    • Supporting SMBs: Created a Business Resource Hub (http://bit.ly/34o225c) to support local SMBs and rolled out a $1.8million SMB grant programme for SMBs in Nigeria and South Africa to help cushion some of the effects against COVID-19
    • Facebook Journalism Project (FJP): In collaboration with the International Centre for Journalists (ICFJ), announced $140,000 in grants to South African publishers and a $250,000 video training programme for 10,000 journalists across Africa covering COVID-19
    • Facebook Nigeria Office: Announced plans to open our 2nd office in Africa, in Lagos, Nigeria. Serving the entire SSA region it will be the first office on the continent to house a team of expert engineers building for the future of Africa and beyond
    • Blood Donations: Partnered with local Blood Donation banks and health authorities to roll out the blood donation feature in Kenya, Uganda, South Africa, Rwanda, Senegal, Chad, Namibia, Guinea, Cote d'Ivoire, Burkina Faso, Mali, Zimbabwe and Niger, with over 2.6 million Facebook users signed up to receive blood donation notifications from blood donation centres.

    Check out the '2020 Year in Review: Highlights' infographic (http://bit.ly/3ajtGUD) and animated video (http://bit.ly/3oZxMp8) to learn more about Facebook's investments and work across Sub-Saharan Africa in 2020

    32

    The post Facebook Unveils its 2020 Africa Year in Review appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/17/facebook-unveils-its-2020-africa-year-in-review/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=facebook-unveils-its-2020-africa-year-in-review

  • Pakistan yemeje itegeko rikakaye ku bazajya bafata abagore ku ngufu #rwanda #RwOT

    Umukuru w'igihugu cya Pakistani  yemeje itegeko rishya rigamije kurwanya ifatwa ku ngufu ry'abagore, aho uzajya ahamwa n'iki cyaha azajya ashahurwa hakoreshejwe imiti.

    Ibi ariko nanone nk'uko ibitangazamakuru byo muri Pakistan byabigarutseho, bigamije kwihutisha imanza no gufata ingamba nshyashya mu guhangana no gufata ku ngufu abagore.

    Iri tegeko rivuga amazina y'abahamwe no gufata ku ngufu azajya yandikwa mu gitabo ariko hahishwe ay'abafashwe ku ngufu.

    Iri tegeko ryemejwe nyuma y'aho umugore umwe muri Nzeri 2020 yafashwe ku ngufu n'abantu benshi bamusambanyirije hafi y'umuhanda ujya mu Mujyi wa Lahore,abana be bareba.

    Iri tegeko ariko risigaje kugezwa imbere y'abasenateri kugira ngo ryemezwe burundu.

    Hagati aho, hari bamwe banegura iri tegeko, bakavuga ko ibi bihano birenze urugero, kandi ko batabanje kubaza abanyagihugu mbere y'uko baryemeza.

    Hari ibindi bihugu bisanzwe bikoresha imiti yo gushahura abakoze icyaha cyo gufata ku nguvu.

    Mu 2016, Indonesia yemeje iri tegeko ryo gukoresha iyi miti ku bafata abana b'abahungu ku ngufu, naho Pologne ikaba yaremeje iri tegeko ku bantu bakuze bafata abana ku ngufu, muri 2009.

    Kuva mu myaka mike ishize , Pakistani isa n'iyahagurukiye ikibazo cyo gufata ku ngufu abagore.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/17/pakistan-yemeje-itegeko-rikakaye-ku-bazajya-bafata-abagore-ku-ngufu/

  • The United States Delivers $20 Million in Wheat to the Sudanese People #rwanda #RwOT

    Fulfilling a pledge made in November, the United States has provided 65,000 metric tons of wheat in the Republic of Sudan through a grant worth $20 million from the U.S. Agency for International Development (USAID) to the World Food Programme (WFP).

    This donation will help alleviate a significant shortage of affordable wheat as the Sudanese people face growing needs because of a challenging economy, historic floods earlier this year, and the pandemic of COVID-19.

    The United States recognizes the essential leadership role of Sudanese Prime Minister Abdalla Hamdok in delivering this important assistance to the people of Sudan. Sudan's civilian-led Transitional Government will use the wheat to help reduce shortages of low-cost flour and bread in the greater Khartoum area.

    This agreement is part of the United States' robust assistance in Sudan, which totaled nearly $437 million in humanitarian assistance in Fiscal Year (FY) 2020, including more than $32 million to respond to the COVID-19 pandemic, and more than $50 million in development funding in FY 2019.

    This announcement comes as Sudan is entering a promising new era for its people. Along with joining the Abraham Accords and moving toward the normalization of diplomatic relations with Israel, the Sudanese Transitional Government has reformed laws and state institutions to represent and respond better to the Sudanese people, and engaged in difficult negotiations with armed groups to sign a peace agreement in October.

    These efforts demonstrate the Transitional Government's commitment to ending combating terrorism and decades of violence and corruption in Sudan.

    The United States looks forward to a new era of cooperation with the Transitional Government, civil society, and the private sector in Sudan to bring stability and prosperity to the Sudanese people.

     

    20

    The post The United States Delivers $20 Million in Wheat to the Sudanese People appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/17/the-united-states-delivers-20-million-in-wheat-to-the-sudanese-people/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=the-united-states-delivers-20-million-in-wheat-to-the-sudanese-people

  • U Rwanda rwasubije Umudepite wa Amerika wasabye ko Rusesabagina arekurwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Paul Rusesabagina mu rukiko
    Paul Rusesabagina mu rukiko

    Mu ibaruwa yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye, Leta y’u Rwanda yibukije Carollyn Maloney ko Paul Rusesabagina atigeze ashimutwa, ko ahubwo ari we ubwe wizanye mu Rwanda.

    Carollyn Maloney yandikiye Perezida Kagame ku wa 14 Ukoboza uyu mwaka, amusaba ko Paul Rusesabagina arekurwa agasubira muri USA.

    Leta y’u Rwanda ivuga ko ubutabera bw’u Rwanda bwigenga, kandi ko Rusesabagina ari mu maboko y’ubutabera, ifatwa rye ndetse n’ikurikiranwa rye rikaba rikurikije amategeko.

    Yibukije ko yaba Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ndetse n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, basobanuriye ku buryo bwumvukana urukiko n’itangazamakuru ko Rusesabagina atigeze ashimutwa cyangwa ngo yoherezwe mu Rwanda, ko ahubwo ari we ubwe wizanye mu Rwanda, hanyuma agafatwa hakurikijwe impapuro zo kumuta muri yombi zari zarashyizweho n’Ubushinjacyaha bwa Repubulika y’u Rwanda muri 2018.

    Ubushinjacyaha bushinja Rusesabagina hamwe n’abandi bantu 18 ibyaha birenga 9 bikomeye, birimo kurema umutwe witwaza intwaro, kwinjira mu mutwe w’iterabwoba, gutera inkunga iterabwoba, ubwicanyi, ubushimusi, ubujura bwitwaje intwaro, ndetse n’ibindi, urukiko rukaba rwarashyize iburanisha ryabo ku itariki ya 26 Mutarama 2021.

    Bazaburanishwa n’Urugereko rw’Urukiko Rukuru, rwashyiriweho kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, ruri i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.

    Ubushinjacyaha kandi bugaragaza ko ibyaha Rusesabagina ashinjwa bitakozwe mu ibanga, kuko nko mu Ukuboza 2018, nk’umuyobozi w’impuzamashyaka MRCD/Ubumwe ndetse n’umutwe wayo wa gisirikare wa FLN, Rusesabagina yashyize amashusho kuri Youtube yise iy’umwaka mushya, yemera inkunga ye isesuye mu gushyigikira urubyiruko rwa FLN, ndetse yerura ko bagiye gushoza intambara ku Rwanda.

    Ubushinjacyaha bugaragaza kandi ko FLN ya MRCD yagabye ibitero mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe ndetse no muri Nyungwe muri 2018, byahitanye abantu 9 bikomeretsa abandi benshi.

    Leta y’u Rwanda ivuga ko impungenge za Carollyn Maloney ku buzima bwa Rusesabagina cyangwa ko atazahabwa ubutabera bwuzuye nta shingiro zifite, kuko Rusesabagina abayeho neza kandi ko ahabwa ubuvuzi n’inzobere ndetse ko na bamwe mu bagize umuryango we bavugana na we babizi.

    U Rwanda kandi ruvuga ko nk’umuntu ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda n’u Bubiligi ndetse akaba n’umuturage wa USA, Rusesabagina asurwa na Ambasade z’u Bubiligi ndetse na USA iyo byasabwe.

    Rusesabagina kandi ngo yunganiwe mu rukiko n’umunyamategeko yihitiyemo, kandi nk’undi Munyarwanda wese, afite uburenganzira ku butabera bwuzuye, nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga.


    source https://www.kigalitoday.com/ubutabera/amakuru/article/u-rwanda-rwasubije-umudepite-wa-amerika-wasabye-ko-rusesabagina-arekurwa