Blog

  • Umunyamakuru Gerard Mbabazi agiye kurushinga – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Impapuro z’ubutumire zigaragaza ko Mbabazi azasaba anakwe Uwase tariki 30 Mutarama 2021.

    Hazakurikiraho umuhango wo gusezerana imbere y’Imana uzabera kuri Christus i Remera tariki 6 Gashyantare 2020, hanyuma abatumiwe bakirirwe kuri Solace Kacyiru.

    Mbabazi asanzwe ari umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), azwi cyane mu kiganiro ‘Zoom In’.

    Mu minsi ishize nibwo Mbabazi yagaragaje umukunzi we mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’ifoto ari kumwe n’umukunzi we.

    Mu magambo yaherekeje iyi foto Mbabazi yagize ati “Niba dukundana, Imana iba muri twe kandi urukundo rwayo rwuzuye muri twe […] Uwase na njye.”

    Mbabazi ni umwe mu banyamakuru babimazemo igihe, ntabwo yakunze kuvugwa cyane mu nkuru z’urukundo.

    Uyu musore amaze imyaka igera kuri 12 ari mu mwuga w’itangazamakuru, yakoreye RC Huye, Radio Salus, KT Radio na RBA akorera kugeza ubu.

    Ubutumire mu bukwe bw’umunyamakuru Gerard Mbabazi

    Gerard Mbabazi n’umukunzi we Uwase Alice bitegura kurushinga

    Urukundo rwa Mbabazi na Uwase bagerageje kurugira ibanga

    Gerard Mbabazi ni umunyamakuru wa RBA

    source https://igihe.com/imyidagaduro/article/umunyamakuru-gerard-mbabazi-agiye-kurushinga

  • Abanyamerika barenga miliyoni bamaze gukingirwa Coronavirus – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Kugeza ubu urukingo rwa Pfizer-BioNTech ni rwo ruri gukoreshwa, ariko izindi nkingo nyinshi ziri gukorwa ndetse byitezwe ko izirimo urwa Moderna zitangira gutangwa mu minsi ya vuba cyane.

    Amerika irateganya ko abaturage miliyoni 331 bazakingirwa, aho buri kwezi hazajya hakingirwa abaturage batari munsi ya miliyoni 20, gusa uyu mubare ukaba ushobora kwikuba ubwo inkingo zizaba zimaze kuboneka ku bwinshi, ahagana muri Gashyantare na Werurwe umwaka utaha.

    Hagati aho hari impungenge z’ubushoobozi bwa Amerika bwo gukingira abaturage barenga miliyoni 18 bagomba gukingirwa mbere y’uko umwaka urangira, aho bivugwa ko hakenewe imbaraga zikubye inshuro eshanu izisanzwe kugira ngo uyu muhigo uzagerweho.

    Ikigo Gishinzwe Kurwanya Ibyorezo muri Amerika (CDC) kivuga ko inkingo zirenga miliyoni icyenda zimaze kugezwa ahantu zizatangirwa, ku buryo mu bihe bya vuba zigomba kuba zatanzwe.

    Mu gihe hasigaye iminsi itanu gusa ngo intego yo gukingira abaturage igerweho, bamwe mu mpuguke mu by’ubuzima muri Amerika bavuga ko igihe uwo muhigo utakweswa, bishobora gutanga ubutumwa bubi mu baturage, bikanaba bishobora kugira ingaruka mu kwizera ubushobozi bw’urukingo ndetse ntibanarufate.

    Amerika imaze gukingira abaturage barenga miliyoni

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/abanyamerika-barenga-miliyoni-bamaze-gukingirwa-coronavirus

  • Chorale de Kigali yemeje abantu mu gitaramo cya Noheli, kirangira bagifite ipfa – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Nubwo Coronavirus yatumye abantu batongera guteranira hamwe, ntibyabujije abishimira ivuka ry’Umwana Yezu kwizihirwa bari imbere za Televiziyo zabo.

    Buri mwaka Chorale de Kigali itegura igitaramo cyo kwishimana n’abakirisitu ku munsi w’ivuka rya Yezu. Uyu mwaka cyabereye muri Kigali Arena, gusa abantu bagikurikiye kuri Televiziyo kuko ibitaramo byahagaritswe.

    Ku mbuga nkoranyambaga, abagikurikiye basazwe n’amarangamutima, bagaragaza ko cyari kinyuze amatwi, kubera amajwi meza y’abasore n’inkumi bo muri iyi chorale. Cyaririmbwemo indirimbo zimenyerewe muri Kiliziya Gatolika, izo mu buzima busanzwe zivuga kuri Noheli n’izindi nyinshi.

    Nk’indirimbo yamamaye cyane mu Buyapani ya Akio Machida yitwa Funiculi Funicula ni imwe mu zo iyi chorale yaririmbye mu buryo bwanyuze benshi, ku buryo umuntu atakeka ko ari Ikiyapani bari kuririmba. By’umwihariko, ijya kurangira baririmbye mu ijwi rinyura amatwi ku buryo wari kugira ngo ni Umunyabigwi Andrea Bocelli uri i Kigali.

    Nyuma yayo, bahise binikiza, bakora mu majwi meza baririmba indirimbo ya Uefa Champions, imwe mu zifatwa nk’izitera ubwoba abantu kurusha izindi zose mbere y’imikino y’iri rushanwa ry’amakipe ya mbere i Burayi.

    Ni indirimbo yanditswe na Tony Britten mu 1992, ikorerwa injyana inyuze amatwi na Orchestre yo mu Bwongereza ibwami yitwa Royal Philharmonic Orchestra.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence, ni umwe bakurikiye iki gitaramo, abinyujije ku rukuta rwa Twitter, yashimiye Chorale de Kigali ku bwo kwinjiza abanyarwanda mu byishimo bya Noheli.

    Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, nawe kuri Twitter ye yashimye iyi Chorale yahaye ibyishimo bya Noheli abanyarwanda.

    Si aba bayobozi bonyine bavuze kuri iki gitaramo kuko n’abandi benshi cyarangiye banyuzwe ariko bakinyotewe gukomeza kumva amajwi meza y’aba baririmbyi na cyane ko nta wasiganwaga n’igihe ashaka gutaha.

    Gatashya Isaac
    Manishimwe Eric
    Girbert kubeimana
    Rosine Mujawimana
    Henrietta Umutesi
    Simbi ndizihiwe Yvette 👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿 @ChoraledeKigali Mwaduhaye Noheli rwose

    — Aissa M. Cyiza (@AissaCyiza) December 24, 2020

    Well…. honestly these voices @ChoraledeKigali is all you need for a good mental health..at least now 😭😍😍😍❤️

    — THE FAT GEMINI ♊🌟 🇷🇼 (@Emma_Pitie) December 24, 2020

    MERRY CHRISTMAS 🎄 @ChoraledeKigali 🙌🏾🙌🏾🙌🏾🙌🏾 pic.twitter.com/VBPNjtluVq

    — Athan Tashobya (@AthanTashobya) December 25, 2020

    @ChoraledeKigali to @ChampionsLeague Final. pic.twitter.com/C5qX7mNQ1L

    — Athan Tashobya (@AthanTashobya) December 25, 2020

    No doubt about them. That moment brought goosebumps, it seemed like a real champions league night on a Xmas eve. They deserve the opportunity to perform live prior to a @UEFA @ChampionsLeague finale once normality returns. https://t.co/B0suN9R2Ql

    — Bonnie Mugabe (@BonnieMugabe) December 25, 2020

    Mu majwi meza yabo
    Mu njyana nziza cyane
    Mu ndirimbo nziza cyane
    Mu myambaro ibereye ijisho
    Mu nzu nziza cyane cya @kigali_arena
    Chorale de Kigali iduhaye Noheli rwose!
    Murakoze cyane @ChoraledeKigali. pic.twitter.com/qHt3BpkJq2

    — Ruzindana Rugasaguhunga (@RuzindanaRUGASA) December 24, 2020

    Nshimiye @ChoraledeKigali cyane.
    Ubu mbinye ko gukorera mu murongo wa institutionslisation bitanga umusaruro. Rwose mufite intarumikwa ku ruhembe. Mukomeze inzira mwatangiye.
    Muririmbye neza. Amajwi meza. Mesage zumvikana. Harakabaho Institutionalisation

    — Alfred Ngirababyeyi (@ANgirababyeyi) December 24, 2020

    Thank you @ChoraledeKigali for giving us such amazing concert while wearing masks 👏🏽👏🏽 you’ve cheered up our 2020 Christmas 🎄. No more excuses good people, wear your mask all the time, keep distance and wash your hands. #Ntabearinjye

    — Nadine G.Umutoni (@UmutoniNadine) December 25, 2020

    And @ChoraledeKigali‘s highlight of the night was CHIQUITITA

    Chiquitita, tell me what’s wrong
    You’re enchained by your own sorrow. In your eyes there is no hope for tomorrow. How I hate to see you like this. There is no way you can deny it…

    THANK YOU 👌 pic.twitter.com/nMCTmgVLWl

    — Edwin Musoni (@EdwinMusoni) December 24, 2020

    Congratulations to Chorale de Kigali for the amazing Christmas concert. Everything was absolutely spectacular. Kudos to you All for the fine work on sound (despite singing with masks). Let’s keep fighting #Covid-19 pic.twitter.com/IeK54kz66D

    — Pudence RUBINGISA (@PudenceR) December 24, 2020

    Chorale de Kigali yashimishije abakunzi b’umuziki wayo

    Nubwo byabasabaga kuririmba bapfutse umunwa, ntibyababujije kunyura abakurikiye igitaramo cyabo

    Iki gitaramo cyanyuze kuri Televiziyo y’Igihugu

    source https://igihe.com/imyidagaduro/article/chorale-de-kigali-yemeje-abantu-mu-gitaramo-cya-noheli-kirangira-bagifite-ipfa

  • Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 cyimuriwe mu 2023 – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryasohowe na FIFA ku wa 24 Ukuboza 2020, rivuga ko imikino y’Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 n’icy’abatarengeje imyaka 17 yari iteganyijwe mu 2021 itakibaye.

    Riragira riti “Biragaragara ko uburyo ubuzima buhagaze ku Isi butaragera ku rwego rwiza rwatuma aya marushanwa yombi abasha kuba.”

    FIFA yatangaje ko mu gihe aya marushanwa azaba asubukuwe mu 2023 n’ubundi azabera mu bihugu yagombaga kuberamo umwaka utaha ari byo Indonesie na Peru.

    Amarushanwa menshi y’umupira w’amaguru yari ateganyijwe yagiye yimurwa bitewe n’ikwirakwira ry’icyorezo kigiteye impungenge.

    Muri ayo harimo Euro ya 2020 yimuriwe mu mpeshyi y’umwaka utaha kuva ku wa 11 Kamena kugeza ku wa 11 Nyakanga 2021, Copa América nayo yimuriwe muri iyo mpeshyi, ndetse n’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cyimuriwe muri Mutarama 2022.

    Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), igaragaza ko kugeza ubu ku isi yose abamaze kwandura Coronavirus barenga miliyoni 79,4, abamaze kuyikira bagera kuri miliyoni 44,8 mu gihe abamaze guhitanwa nayo bagera kuri miliyoni 1,74.

    Ukraine ni yo yegukanye Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 giheruka

    source https://igihe.com/imikino/article/igikombe-cy-isi-cy-abatarengeje-imyaka-20-cyimuriwe-mu-2023

  • Umupadiri n'Umubikira bahamijwe icyaha cyo kwica mugenzi wabo wabafatiye mu bikorwa by'ubusambanyi – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Uyu mupadiri witwa Thomas Kottoor n'umubikira witwa Sephy bahamijwe icyaha cyo kwica umubikira w'imyaka 21 witwa Abhaya mu 1992 bazimanganya ibimenyetso.

    Aba bihayimana bishe mugenzi wabo nyuma y'uko abafashe bari mu bikorwa biganisha ku busambanyi, bagahita bamwivugana kugira ngo atazabashyira hanze, maze bazimanganya ibimenyetso ku buryo Polisi yo muri icyo gihugu yagize ngo yiyahuye.

    Sephy w'imyaka 55 ntacyo yigeze avuga ku byo ubushinjacyaha bumurega mu gihe Kottoor w'imyaka 69 yabihakanye yivuye inyuma avuga ko ari umwere. Ati 'Nta kibi nakoze. Imana iri kumwe na njye.'

    Hari kandi n'undi mupadiri witwa Jose Poothrikkayil washinjwe kugirana umubano wihariye na Sephy, wafunzwe ashinjwa kwica uyu mubikira mu 2008 gusa nyuma aza gufungurwa, kubera kubura ibimenyetso bimuhamya iki cyaha.

    Urukiko ruvuga ko mbere y'urupfu rwa Abhaya, yabyutse mu gitondo cya kare ku itariki 27 Werurwe 1992 akajya mu gikoni cy'aho babaga gufata amazi muri firigo. Mu gihe yari ageze mu gikoni, ngo yaguye gitumo Kottoor na Sephy bafatanye mu buryo budasanzwe. Ni ko kugira ubwoba batekereza ko azabashyira hanze, bahita bamwica maze umurambo we barawujugunya.

    Uyu murambo waje gusangwa mu mwobo muremure wari waracukuwe ngo haboneke amazi.

    Iperereza ku rupfu rw'uyu mubikira ryakomeje kugibwaho impaka bikomeye mu Buhinde, nyuma y'uko Polisi yo muri icyo gihugu yanzuye ko yiyahuye. Gusa mu 1993, Ibiro Bishinzwe Iperereza muri icyo gihugu (CBI) byabyukije ikirego bisanga yarishwe ariko ntibyabona ibimenyetso by'uwamwishe.

    Nyuma na none mu 2008, urukiko rwategetse ko hakorwa irindi perereza ku rupfu rwe , CBI ifunga Kottoor, Sephy na Jose Poothrikkayil, gusa baza gufungurwa by'agateganyo, urubanza rukomeza bari hanze.

    Umubikira yishwe na bagenzi be azira kubabona bari mu bikorwa biganisha ku busambanyi


    Source : https://igihe.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/umupadiri-n-umubikira-bahamijwe-icyaha-cyo-kwica-mugenzi-wabo-wabafatiye-mu

  • Ifoto ya se wa Diamond afite agafuka ku rutugu yateje impagarara muri Tanzania – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Umwe mu bakoresha internet yabajije Diamond niba koko uyu ari se yatereranye akanga kumufasha. Ati 'Simba, uyu ni umubyeyi wawe mu maraso? Kubera ko nzi ko ariwe utamureka ngo ace mu bibazo nk'ibi.'

    Akomeza avuga ko uyu musore adakwiriye gufata se gutya kandi ari umukire ntacyo abuze ndetse amusaba guhindura imyitwarire.

    Undi ati 'Diamond, wireba ku hahise. Ita kuri uwo musaza. Mufashe akore ubushabitsi Imana izaguha umugisha.'

    Mushiki wa Queen Darleen, yabwiye umunyamakuru wa Global Publishers ko abantu badakwiriye kwivanga mu bibazo by'umuryango we. Ati 'Ntabwo ufite so? Reka kwivanga mu bitakureba.' Uyu mukobwa yahise akupa telefoni.

    Diamond na se ntibajya imbizi!

    Uyu mugabo amaze imyaka myinshi atarebana neza n'umuhungu we Diamond Platnumz; ibibazo byabo byatangiye kuva ku munsi wa mbere akigirana amakimbirane na nyina mu myaka irenga cumi n'itanu ishize.

    Abdul Juma yiyunze n'umukobwa we Queen Darleen nyuma y'igihe kinini nawe cyari gishize umwe atareba undi n'irihumye. Icyo gihe bagirana ibibazo, byaturutse ku magambo uyu mukobwa yatangaje yemeza ko 'Juma atamufata nk'umubyeyi we', ibi ni nako bimeze kuri Diamond.

    Abana Abdul Juma yabyaranye na Sanura Kasim bose baramutaye bajyana na nyina kuba aha bonyine mu Mujyi wa Dar es Salaam. Uko ari batatu, Esma Platnumz, Queen Darleen na nyina Sanura bashingiwe ubucuruzi na Diamond mu gihe se yiyicira isazi mu maso.

    Ni kenshi Diamond yagiye avugira mu itangazamakuru ko atacyifuza kubyutsa umubano hagati ye na se kubera umuzi w'ibibazo bagiranye biturutse ku mibanire ye na nyina witwa Sandra. Uyu musaza na we yatatse kenshi ko umwana we yamutaye akigira kubaho mu buzima bwiza na bashiki be ndetse ko nta kintu na kimwe gisaba ubushobozi yigeze amufasha.

    Abdul Juma yigeze kuvuga atifuza ko Diamond Platnumz yazagera ku mva ye umunsi azaba yavuye mu mubiri.

    Ifoto ya se wa Diamond afite agafuka ku rutugu yateje impagarara muri Tanzania

    Se ahorana ibibazo uruhuri kandi umuhungu we ameze neza

    Diamond n’ababyeyi be akiri muto


    Source : https://igihe.com/imyidagaduro/article/ifoto-ya-se-wa-diamond-afite-agafuka-ku-rutugu-yateje-inkeke-muri-tanzania

  • Rusizi : Abitwaje intwaro bateye urugo rw’umuturage barasa umugore we arapfa #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020, ubwo uyu muturage witwa Bavugamenshi Fidele yaterwaga n’aba bagizi nabi bakica umugore we witwa Mukandayisenga Olive.

    Amakuru avuga ko aba bagizi ba nabi binjiye muri uru rugo ahagana saa tatu z’ijoro batangira gusaka urugo basaba nyirurugo kubaha imbunda n’amafaranga ariko nyirurugo avuga ko nta mbunda atunze.

    Abaturanyi b’uyu muryango bavuze ko abateye uru rugo bari abantu batatu bambaye imyenda ya gisirikare kandi bahise amasura yabo nk’uko abaganiriye na Bwiza dukesha iyi nkuru babitangaje.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem yemeje aya makuru avuga ko uyu mugore yamaze kwitaba Imana nyuma yo kuraswa n’abo bagizi ba nabi.

    Meya Kayumba yavuze ko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza bityo abaturage badakwiye gukuka umutima ahubwo bakomeza gufatanya n’inzego z’umutekano kwicungira umutekano batanga amakuru ku gihe.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Rusizi-Abitwaje-intwaro-bateye-urugo-rw-umuturage-barasa-umugore-we-arapfa

  • inzu nziza igurisha make Nyamata #rwanda #RwOT

    Inzu nziza igurishwa iri nyamata hano mumugi aho bita rwakibirizi.
    ifite ibyumba 3, toilets 2, cousine yo munzu,
    iri mukibanza 17/30
    iragurishwa million 25,000,000 negotiable.

    kubindi bisobanuro mwahamaga 0784247588

    Source : http://www.ukwezi.rw/gura/article/inzu-nziza-igurisha-make-Nyamata-11239

  • Burera sandpit collapse kills one, injures two #rwanda #RwOT

    The incident took place yesterday in Gatara village, Murwa cell, Kivuye sector of Burera district in Northern Province.

    The mayor of Burera district, Marie Chantal Uwanyirigira has confirmed that the man died as he along with colleagues dug up sand in unlicensed sandpit.

    'These men were digging up sand in hidden sandpit. It is said that they were doing the activity in a garden belonging to one of them. Unfortunately, one lost life as the sandpit collapsed leaving two others injured,' she said.

    'We have reinforced measures against illegal mining even though some people do it behind backs. We advise them to seek license and do such activities openly lest they are exposed to fatal accidents,' added Uwanyirigira.

    The body was taken to Butaro Hospital for postmortem while injured people were taken to Rusasa Health Centre for medical attention.

    The mayor of Burera district, Marie Chantal Uwanyirigira has confirmed that the man died as he along with colleagues dug up sand in unlicensed sandpit.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/burera-sandpit-collapse-kills-one-injures-two