Blog

  • Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 107 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku wa Kabiri ni abagabo babiri b’imyaka 78 na 68 n’umugore w’imyaka 84 bitabye Imana bari i Kigali. Undi witabye Imana ni umugabo w’imyaka 48 wari i Gicumbi.

    Abo bantu bahise buzuza umubare w’abantu 79 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Kabiri mu Rwanda habonetse abantu 107 bashya banduye COVID-19, mu bari barwaye ntawakize.

    Abo barwayi bashya 107 babonetse mu bipimo 2,913 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 40, Kayonza: 17, Gakenke: 12, Musanze: 12, Huye: 8, Rubavu: 8, Gicumbi: 5, Burera: 2, Rusizi: 1, Kamonyi: 1, Nyagatare: 1.

    Kugeza ku wa Kabiri, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 8,128 muri bo abamaze gukira ni 6,339 naho abakivurwa ni 1710.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abantu-bane-bishwe-na-covid19-habonetse-abarwayi-bashya-107

  • Umwiraburakazi wabaye umucakara mu muryango w'abazungu kuva ku myaka 8,yararokowe nyuma yimyaka hafi 40 #rwanda #RwOT

    Nk'uko ikinyamakuru Daily Mail kibitangaza, ngo ikinyamakuru cyo kuri televiziyo cyaho cyitwa Fantástico, kivuga ko mu buryo bwihariye, uwahohotewe uzwi ku izina rya Madalena Gordiano w'imyaka 46 y'amavuko, yasanzwe aba mu cyumba gito kitagira idirishya mu nzu iri mu ntara ya Minas Gerais mu majyepfo y'uburasirazuba.

    Ababyeyi b'abakene ba Gordiano ngo bamuhaye umuryango w'umuzungu, umwarimu wa kaminuza wamenyekanye ku izina rya Dalton Cesar Milagres Rigueira akiri umwana muto. Yarezwe na nyina w'uwo mwarimu ntabwo yigeze aremerwa ku mugaragaro.

    Ati: 'Nafashaga gusukura inzu, guteka, gusukura ubwiherero, gusukura inzu. Sinigeze nkina, nta nubwo nigeze ngira igipupe. 'Gordiano abwira Fantástico.

    Umugenzuzi ushinzwe ibyo gutabara, Humberto Camasmie, na we yabwiye Fondasiyo ya Thomson Reuters ati: 'Bamuhaga ibiryo igihe yabaga ashonje, ariko ubundi burenganzira bwose yarabwambuwe.'

    Gordiano yarokowe ku ya 27 Ugushyingo 2020, nyuma y'amakuru yatanzwe n'abaturanyi bavuga ko yaboherereje ubutumwa abasaba kumugurira ibiryo n'ibikoresho by'isuku kuko nta mafaranga yari afite.

    Igihe kandi yari muri ubwo bunyage, Gordiano yahatiwe gushyingiranwa na mwene wabo w'uwo muryango ugeze mu za bukuru, kugira ngo bazakomeze kubona pansiyo ye ya R$8000 (angana n'amadolari ya Amerika $ 1.557) nyuma y'urupfu rwe.

    Kuva icyo gihe yemerewe kwakira ayo mafaranga, kandi abashinjacyaha b'umurimo na bo bavuze ko bari mu biganiro n'umuryango wa Rigueira ku bijyanye no kumwishyura indishyi.

    Camasmie yagize ati: 'Ntabwo yari azi umushahara muto icyo ari icyo.' Ati: 'Ubu arimo kwiga gukoresha ikarita y'inguzanyo. Azi ko buri kwezi azajya ahembwa amafaranga menshi [avuye muri pansiyo]. '

    Ikinyamakuru Daily Mail cyatangaje ko nyuma yo gutabarwa kwa Madalena Gordiano, abakoresha ba Dalton Cesar Milagres Rigueira, aribo Unipam, batangaje ko yahagaritswe, kandi kaminuza ifata 'ingamba zose'. Umwunganira m'umuryango wa Rigueira, yavuze ariko ko Fantástico yabahamije icyaha na mbere yuko batangira kwiregura mu rukiko.

    Uyu munyamategeko yagize ati: 'Kumenyekanisha imburagihe kandi nta shingiro byakozwe n'abagenzuzi n'intumwa za Leta, mbere yuko urubanza rumenywa… icyaha bashinjwa, ni uguhonyora uburenganzira n'amakuru akomeye aturuka mu muryango, kandi bikabangamira umutekano wabo.'

    Ikinyamakuru Daily Mail cyatangaje ko muri Brezil abashinzwe umurimo bavuga ko uburetwa bwo mu rugo bwabaye ikibazo gikomeye, kandi kubigabanya bikaba ikibazo gikomeye kuko abahohotewe badakunze kwibona nk'abacakara b'iki gihe.

    Nubwo abagenzuzi b'umurimo bashobora kujya ku kazi no mu ngo kugira ngo bakore iperereza ku manza z'ubucakara, basabwa kubona uruhushya rw'umucamanza kugira ngo bashobore kwinjira, kandi abahohotewe na bo bagomba kubibamenyesha ku mugaragaro.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/umwiraburakazi-wabaye-umucakara-mu-muryango-w-abazungu-kuva-ku-myaka-8

  • Umunyarwandakazi Uhiriwe Yasipi Casmir yambaye bikini muri Miss Africa Calabar Umu-Somalia arabyanga[AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Aba bakobwa uko ari 20 bose bari kubarizwa mu gihugu cya Nigeria baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika, aho bahataniye ikamba rya 'Miss Africa Calabar 2020'.

    Mu ijoro ry'uyu wa Mbere tariki 28 Ukuboza 2020, ni bwo abategura irushanwa rya Miss Africa Calabar, bashyize ku mbuga nkoranyambaga zabo amafoto abiri ya buri mukobwa uhatanye muri iri rushanwa amugaragaza yambaye umwenda wo kogana uzwi nka 'bikini' ukunze gukoreshwa mu marushanwa atandukanye y'ubwiza.

    Umukobwa witwa Hani Abdi Gass wo muri Somolia we yiyerekanye mu mwambaro w'umweru w'abasiramukazi ugizwe n'ipantalo imurekuye, umwenda umeze nk'ishati yitandiye mu mutwe.

    Undi mukobwa ntiyambaye 'bikini' ariko uwo yari yambaye wagaragaje amatako yitwa Soukaina Chouad wo muri Morocco. Yari yambaye umwenda imeze nk'igitenge upfundikiye mu ijosi ariko ugaragaza amatako.

    Uwihirwe Yasipi Casimir yiyerekanye muri 'bikini' y'ibara ry'umweru imeze nk'iyo yari yambaye ubwo yahataniraga guserukira u Rwanda. Ni 'bikini' itandukanye n'izindi kuko imeze nk'ikabutura. Ndetse yambaye n'isengeri.

    Ni mu gihe abandi bakobwa bambaye imeze nk'ikariso n'umwenda umeze nk'isengeri ariko ugarukira ku mabere.

    Iri rushanwa rizaba ku wa 30 Ukuboza 2020, hifashishijwe iyakure. Byari biteganyijwe ko risozwa ku wa 27 Ukuboza 2020, ariko kubera ingamba zo guhangana n'icyorezo cya Covid-19 muri Nigeria ryigijwe imbere.

    Abategura iri rushanwa bavuze ko banahisemo ko rizaba hifashishijwe ikoranabuhanga kugira ngo buri mukobwa witabiriye iri rushanwa atazandura Covid-19.

    Mu gitondo cyo ku wa 23 Ukuboza 2020, ni bwo Uwihirwe Yasipi Casimir wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2019 yerekeje muri Nigeria guhagararira u Rwanda muri Miss Africa Calabar 2020.

    Umukobwa uzegukana ikamba rya Miss Africa Calabar 2020 azahembwa amadorali ibihumbi 50 n'imodoka yo kugendamo yo mu bwoko bwa SUV.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/umunyarwandakazi-uhiriwe-yasipi-casmir-yambaye-bikini-muri-miss-africa-calabar

  • NEC yasobanuye impamvu ingengabihe y’amatora y’inzego z’ibanze yahindutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Charles Munyaneza avuga ko amatora yigijweyo ngo barebe uko icyorezo cya Covid-19 kigenda kimera
    Charles Munyaneza avuga ko amatora yigijweyo ngo barebe uko icyorezo cya Covid-19 kigenda kimera

    Ibyo ni ibitangazwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NEC, Charles Munyaneza, akavuga ko nubwo ari uko bimeze izo mpinduka nta kintu kinini zitwara kuri gahunda y’amatora yari yatangajwe, cyane ko atari byose byahindutse.

    Mu nkuru Kigali Today yaherukaga gutangaza, hari harimo ko amatora y’inzego z’ibanze yagombaga gutangira tariki 6 Gashyantare 2021, ariko si ko biri kubera izo mpinduka nk’uko Munyaneza abisobanura.

    Agira ati “Ubundi amatora yagombaga gutangira ku itariki ya 6 Gashyantare 2021, ni ukuvuga ayo ku rwego rw’imidugudu n’utugari na ho andi akaba ku itariki 22 Gashyantare 2021. Ariko ubu muri gahunda nshya twatanze, amatora yagombaga kuba ku itariki 6 Gashyantare azaba ku itariki 20 Gashyantare 2021, twihaye icyo gihe ngo turebe uko icyorezo cya Covid-19 kigenda gifata intera, tunabone umwanya wo gukangurira abaturage amabwiriza yo kwirinda”.

    Ati “Icyakora amatora yagombaga kuba ku itariki 22 Gashyantare 2021 ari yo avamo abajyanama b’uturere, yo ntacyo twigeze tuyahinduraho azaguma ku itariki yayo”.

    Yongeraho ko nta kintu kinini kizahinduka kuko byari biteganyijwe ko uturere tuzaba dufite nyobozi ku 1 Werurwe ariko ngo n’ubundi zizaba zabonetse ku ya 5 Werurwe 2021.

    Uwo muyobozi avuga kandi ko bibaye ngombwa ko ayo matora yakongera kwigizwayo, Abanyamabanga Nshingwabikorwa ku nzego zose ari bo bazakomeza kuyobora, kuko za nyobozi zo zigomba kuba zavuyeho.

    Ati “Ubundi manda y’abayobozi itangira igihe abayobozi bandi barahiriye, abariho ubu bagombye guhagarika imirimo mbere yo gutangira kwakira kandidatire, ahari Njyanama Abanyamabanga Nshingwabikorwa ni bo basigara bayobora kugera abandi bayobozi batowe. Nta kizapfa rero nubwo amatora yakomeza kwisunika, cyane ko Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu na yo iba ibikurikirana, twareba icyakorwa”.

    Ati “Ariko tubona amatora ashobora kuba kuri ariya matariki kuko nubwo icyorezo gihari, tugomba no kureba ku miyoborere y’abaturage kubera ko abo bayobozi batorwa bafite uruhare runini mu gukangurira abaturage kwirinda icyo cyorezo. Bivuze ko icyorezo gihari ariko n’ubuzima bw’igihugu bugomba gukomeza, byose ni ukubishyira ku munzani”.

    Munyaneza avuga kandi ko ku rwego rw’uturere tugize Umujyi wa Kigali ndetse n’wo Mujyi ubwawo nta matora azaba muri icyo gihe kuko haherutse kuba impinduka, abayobozi bahari bakaba bafite manda y’imyaka itanu. Ikizakorwa muri utwo turere ngo ni ugutora za Njyana kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’umurenge, amatora agahagararira aho.

    Ingengo y’imari yateganyijwe y’ayo matora ingana na miliyari eshatu na miliyoni 300 z’Amafaranga y’u Rwanda, gusa ngo kubera ibikoresho byo kwirinda Covid-19 bizakenerwa mu gihe cy’amatora, NEC ngo irimo kuvugana n’inzego zibishinzwe kugira ngo iyo ngengo y’imari ibe yakongerwa.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/nec-yasobanuye-impamvu-ingengabihe-y-amatora-y-inzego-z-ibanze-yahindutse

  • Gisagara: Amashanyarazi akomoka kuri Nyiramugengeri azatangira kwifashishwa muri Werurwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Agira ati “Izi megawati zizatangwa n’igice cy’uru ruganda cyamaze kuzura tuzagerageza mu kwezi gutaha kwa Mutarama, Kandi n’igisigaye mu kwa gatanu kizaba cyararangiye.”

    Ibi ngo bizatuma muri Kamena 2021 uru ruganda ruzaba rubasha gutanga megawati 80. Icyakora 10 muri zo zizajya zifashishwa n’uruganda mu mirimo ya buri munsi, 70 ni zo uruganda ruzajya ruha ikigo gishinzwe amashanyarazi kugira ngo yifashishwe.

    Uyu muyobozi anavuga ko uru ruganda ari rwo ruzatanga amashanyarazi menshi mu Rwanda, kuko ahandi haba hatanga megawati zibarirwa mu icumi. Kugeza ubu urugonero rwa Nyabarongo ni rwo runini kandi rutanga megawati 28.

    Uruganda rw’amashanyarazi ni na rwo ruganda rubyaza nyiramugengeri amashanyarazi runini mu Karere u Rwanda ruherereyemo, rukanaba urwa kabiri muri Afurika.

    Urwa mbere ngo ni urwo muri Senegal rubyazwa amashanyarazi arenga megawati 1000.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/gisagara-amashanyarazi-akomoka-kuri-nyiramugengeri-azatangira-kwifashishwa-muri-werurwe

  • Perezida Joe Biden watowe n'Abanyamerika, ashinja inzego z'umutekano kwangirika no kumwima amakuru #rwanda #RwOT

    Perezida watowe Joe Biden muri Amerika, yatangaje ko inzego zikomeye mu by'umutekano 'zangiritse cyane' mu butegetsi bwa Trump. Avuga ko ikipe ye idahabwa amakuru icyeneye, harimo n'ava muri minisiteri y'ingabo, muri iki gihe iri guhabwa ubutegetsi.

    Joe Biden, yavuze ibi nyuma yo kuganira n'abashinzwe umutekano n'abashinzwe ububanyi n'amahanga.

    Joe Biden azashyikirizwa ubutegetsi tariki 20 z'ukwezi kwa mbere 2021, gusa Perezida Donald Trump ntaremera ko yatsinzwe amatora yo mu kwezi gushize k'Ugushyingo 2020.

    Nyuma y'uko atangajwe nk'uwatsinze amatora, Biden ntiyahawe amakuru akenewe mu by'iperereza, igikorwa cy'ingenzi kandi gisanzwe mu guhererekanya ubutegetsi.

    Nyuma y'ibyavuzwe na Joe Biden kuwa mbere, minisitiri w'ingabo w'agateganyo Christopher Miller we yavuze ko 'bakorana ubunyamwuga bushoboka mu bikorwa byo guhererekanya ubutegetsi'.

    Yagize ati: 'minisiteri y'ingabo yahaye inyandiko z'impapuro zirenga 5,000 — birenze ibyasabwe by'ibanze n'ikipe y'ihererekanya ya Biden'.

    Umuvugizi w'iyi minisiteri nawe yari yatangaje ko Pentagon yaranzwe 'n'umucyo usesuye' mu gukorana n'ikipe ya Biden.

    Biden we avuga ko ikipe ye yagiye ihura na za 'bariyeri' muri minisiteri y'umutekano no mu biro bishinzwe ingengo y'imari. Yagize ati: 'Ubu, ntabwo rwose ubutegetsi buri gusohoka buduha amakuru yose dukeneye mu nzego z'umutekano w'igihugu'.

    Yongeyeho ko ikipe ye ikeneye 'ishusho nyayo y'uko ingabo zacu ziri ku isi' kandi ko abacyeba ba Amerika bashobora kwifashisha urujijo rwaba rubirimo.

    Yagize ati: 'Inzego nyinshi z'ingenzi ku mutekano wacu zarangiritse bikomeye cyane.
    'Nyinshi muri zo zambuwe abakozi, ubushobozi no gucibwa intege'.

    Nyuma gato y'amatora nkuko BBC ibitangaza, Perezida Tump yirukanye Mark Esper wari minisitiri w'ingabo, urebye kuko uyu atashyigikiye igikorwa cyo kohereza ingabo kurwanya imyigaragambyo y'ivanguramoko.
    Kuba Trump mu bihe bya nyuma yaragiye ashyira abantu b'inkoramutima ze muri iyi minisiteri byabonywe n'abamurwanya nko kurema akajagari mu byumweru bya nyuma by'ubutegetsi bwe.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/perezida-joe-biden-watowe-nabanyamerika-ashinja-inzego-zumutekano-kwangirika-no-kumwima-amakuru/

  • Undi murinzi wa Bobi Wine yagonzwe #rwanda #RwOT

    Abo mu ishyaka rya National Unity Platform (NUP) bavuze ko uyu murinzi wa Bobi Wine wamenyekanye ku mazina ya Ashraf, yagonzwe mu gitondo kuri uyu wa Kabiri, ubwo yari agiye mu nama yari guhuza NUP n'abanyamakuru.

    Nk'uko Daily Monitor ibitangaza, ivuga ko imodoka yagonze uyu murinzi Ashraf itamenyekanye. Umurinzi wa mbere wagonzwe, Senteza Francis, abo mu ishyaka NUP bavugaga ko yagonzwe na Military Police, ariko iyi ngingo UPDF ikaba yarayihakanye yivuye inyuma, hakaba hari kwibazwa icyaba cyihishe inyuma y'iki kibazo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/undi-murinzi-wa-bobi-wine-yagonzwe

  • Guhera ku bunani Telefone zimwe na zimwe zizatakaza ubushobozi bwo gukoresha Whatsapp[URUTONDE] #rwanda #RwOT

    Amavugurura WhatsApp iri gukora azasiga Terefoni zirimo izo mu bwoko bwa Android na iPhone zitakaje burundu ubushobozi bwo kwakira Application ya WhatsApp, mu gihe izindi bizasaba ko ba nyirazo bavugurura (gukora update) Operating System za terefoni zabo kugira ngo zikoreshe WhatsApp.

    Nk'uko ikinyamakuru The Independent dukesha iyi nkuru cyabitangaje, terefoni zizabura burundu ubushobozi bwo kwakira WhatsApp zirimo iPhone zidafite ubushobozi bwo gukoresha uburyo bwa iOS 9 kuzamura cyo kimwe na Terefoni zikoresha uburyo buri munsi ya Android 4.0.3 inazwi nka Ice Cream Sandwich.

    Ibi bivuze ko moderi zose za iPhone kugeza kuri iPhone 4 zitazongera gukoramo WhatsApp, kuko izi terefone zidashobora kuvugurura iOS 9.

    Terefoni za IPhone 4S, iPhone 5, iPhone 5S, iPhone 6 na iPhone 6S zose zasohotse mbere y'uko iOS 9 ikorwa, ariko ba nyirazo bashobora kuvugurura sisitemu y'imikorere yazo (Operating system) WhatsApp igakoramo mu gihe bazaba babishoboye.

    Terefoni zo mu bwoko bwa Android WhatsApp izahagararamo burundu zirimo Samsung Galaxy S2, HTC Desire na LG Optimus Black.

    Terefoni zose zizatakaza ubushobozi bwo gukoresha WhatsApp guhera ku Bunani

    Apple iPhone 1-4
    Samsung Galaxy S2
    HTC Desire
    LG Optimus Black
    Motorola Droid Razr
    Android zose zashyizwe ku isoko mbere ya 2010.
    Terefoni zizakenera kuvugurura iOS 9 na Android OS 4.0.3

    Apple iPhone 4S
    iPhone 5
    iPhone 5S
    iPhone 6
    iPhone 6S
    Samsung Galaxy S3
    Samsung Galaxy Note
    HTC Sensation
    HTC Thunderbolt
    LG Lucid
    Motorola Droid 4
    Sony Xperia Pro and newer.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/guhera-ku-bunani-telefone-zimwe-na-zimwe-zizatakaza-zizatakaza-ubushobozi-bwo

  • Abatishoboye bo muri Kicukiro, Musanze, Kamonyi na Rwamagana bahawe udupfukamunwa – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Africa Uniforms Ltd isanzwe izobereye mu kudoda impuzankano ndetse n'indi myenda yakoze udupfukamunwa twahariwe abatishoboye ngo tubafashe kurwanya no kwirinda COVID-19 binyuze muri gahunda yiswe 'Together we Fight COVID-19'.

    Ku ikubitiro, iyi gahunda yatangiye ku wa 20 Ugushyingo 2020, ihera ku batuye mu Mudugudu w'Icyitegererezo w'abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Masaka. Muri iki gikorwa cyabereye ku Rwunge rw'amashuri rwa Masaka hatanzwe udupfukamunwa 3000.

    Ibikorwa byo gutanga utu dupfukamunwa biteganyijwe ko bizarangirana n'uku kwezi kwa Ukuboza.

    Usibye Akarere ka Kicukiro, Africa Uniforms ifatanyije na New Hope for Future, yatanze udupfukamunwa 3000 ku batuye Akarere ka Kamonyi, muri Rwamagana ho itanga utugera kuri 4500.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Masaka, Segatashya Alexis, yashimiye Africa Uniforms na New Hope for Future ku ishyaka bafite ryo kurwanya COVID-19.

    Ati 'Uyu munsi twatangiye gahunda mu murenge wacu, ishishikariza buri umwe kwambara agapfukamunwa hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID-19. Ndashaka gushimira inshuti zacu Africa Uniforms ndetse na New Hope for Future.'

    Ibi kandi bishimangirwa n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Muko, Murekatete Triphose, aho yishimiye ubu bufasha avuga ko buzafasha cyane abatishoboye kwirinda COVID-19.

    Ati 'Uyu mudugudu urimo abatishoboye benshi bityo ku buryo no kubona n'agapfukamunwa kamwe bigoye. Bamwe mu babyeyi ntibashoboraga kubonera abana babo udupfukamunwa mu gihe bajya ku ishuri.'

    'Nk'uko mwabibonye ,udupfukamunwa bari bambaye ntabwo turi ku rwego rwiza, tukaba twishimiye ubufasha bwatanzwe. Nizeye ko muzagaruka gufasha umurenge wacu mu bintu bitandukanye cyangwa mu buryo bwo gufasha abanyeshuri. Twiteguye gukomeza gukorana ahazaza'.

    Umuyobozi wungirije wa New Hope for Future, Nyirabahire Languide, yavuze ko kuba hatanzwe udupfukamunwa dufurwa bifite uruhare mu kubungabunga ibidukikije kandi ko dushobora gukoreshwa inshuro nyinshi.

    Yashishikarije abatuye mu Mudugudugu w'Icyitegererezo wa Iyabalaya ndetse n'abanyeshuri bo ku Rwunge rw'amashuri rwa Masaka kwambara agapfukamunwa no gukaraba intoki buri munsi.

    Umuyobozi wa Africa Uniforms, Long Ngan, yavuze ko yishimiye gukorera mu Rwanda yemeza ko gufasha umuryango mugari by'umwihariko mu bihe bigoye biri mu nshingano zabo.

    Ati 'Twishimiye gukorera ubucuruzi mu Rwanda kandi ni inshingano zacu zo gufasha by'umwihariko mu bihe bigoye, turashaka gutanga umusanzu wacu mu gutuma abaturage b'u Rwanda bagira imibereho myiza.'

    Icyorezo cya Coronavirus gikomeje kwiyongera mu Rwanda ndetse abaturarwanda bagirwa inama yo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda bakaraba ibiganza n'amazi meza n'isabune cyangwa bagakoresha imiti yabugenewe 'hand sanitizer' no kwambara agapfukamunwa n'amazuru neza mu gihe bavuye mu rugo cyangwa bagiye mu bantu benshi.

    Udupfukamunwa twahawe abatishoboye bo mu Turere twa Kicukiro, Musanze, Kamonyi na Rwamagana

    Mu bahawe udupfukamunwa harimo n’abanyeshuri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abatishoboye-bo-muri-kicukiro-musanze-kamonyi-na-rwamagana-bahawe-udupfukamunwa