

source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/Ku-Bunani-COVID-19-yishe-abandi-bantu-babiri-mu-Rwanda
Bafashwe bikekwa ko bavuye kubyiba mu rusengero rw'itorero ryitwa Eagle Evangelical Ministries ruherereye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare Akagari ka Nyagatare.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko hari mu rucyerera ahagana saa kumi n'imwe, abanyerondo babona abantu bikoreye ibintu, babikanze babikubita hasi bariruka. Bari benshi ariko bashoboye gufatamo babiri ndetse n'umuzamu warindaga urwo rusengero.
CIP Twizeyimana yagize ati 'Bari babyikoreye bikanga abanyerondo babikubita hasi bariruka, ariko haza gufatwamo babiri. Hanafashwe uwari umuzamu w'urusegengero kuko nawe arakekwaho ubufatanyacyaha muri ubwo bujura.'
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba avuga ko abanyerondo n'abayobozi mu nzego z'ibanze bamaze gufata abo bakekwa bavuze ko bakuye ibyo bintu ku rusengero, bahise bajyayo basanga umuzamu w'urusengero azirikishije udutambaro tworoheje bisa nk'aho ari amayeri yakoreshejwe kugira ngo byitwe ko abajura bamuhambiriye.
Ati 'Bisa nk'aho ari amayeri yakoreshejwe bahambira uriya muzamu w'urusengero ariko ntaho bigaragara ko yabarwanyije ndetse nta n'ubwo yatabaje kandi hafi aho muri metero nkeya hari abashinzwe umutekano barinda umunara uhari, ariko nabo bavuze ko nta muntu bumvise atabaza.'
Abakekwa bahise bashyikirizwa urwego rw'ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare kugira ngo hakorwe iperereza. Ni mu gihe ba nyiri urusengero bemeza ko biriya bikoresho ari ibyabo byose usibye isaha imwe itabashije kuboneka kuko ngo mu rusengero habagamo ebyiri.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n'urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y'inyungu rusange mu gihe cy'amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Ingingo ya 167 yo muri iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo kwiba byakozwe n'abantu barenze umwe, iyo kwiba byakozwe nijoro; Iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira.
Amakuru aravuga ko Lionel Messi ashobora kongera imyaka 2 ku masezerano afitanye na FC Barcelona hanyuma muri 2023 akerekeza mu ikipe ya Inter Miami cyane ko yanamaze kugura inzu muri Amerika.
Messi w'imyaka 33,azarangiza amasezerano ye na FC Barcelona mu mpeshyi y'uyu mwaka aho buri wese yibaza ahazaza he cyane ko nawe yavuze ko atahazi.
Messi yashakaga kuva muri FC Barcelona mu ntangiriro z'uyu mwaka w'imikino ariko ntibyamukundira kuko ubuyobozi bw'iyi kipe bwavuze ko umushaka agomba kwishyura miliyoni 700 z'amayero.
Messi yavuze ko atajyana mu nkiko ikipe yamuhaye ibyo afite byose yemera kuyigumamo kugeza amasezerano ye arangiye gusa biravugwa ko ashobora gukomeza kuyikinira n'umwaka utaha.
Amakuru yavugaga ko ashaka kongera gukorana na Pep Guardiola muri Manchester City naho abandi bakavuga ko ashaka kwerekeza muri PSG.
Amakuru avuga ko Messi yifuza ko abana be baziga mu mashuri makuru muri Amerika mbere y'uko berekeza muri kaminuza.
Iyi nzu Messi amaze umwaka n'igice ayiguze muri Amerika aho ngo iteganye n'inyanja kandi ngo ifite icyuma kizamura imodoka kikazigeza hejuru.
Mu kiganiro aherutse kugirana na La SEXTA,Messi yavuze ko yifuza kuzakina muri USA.Ati 'Ndashaka kuzakina muri US,nkareba ubuzima bw'aho ndetse na shampiyona y'aho uko imeze ariko nkazagaruka muri FC Barcelona.'







Amakuru avuga ko iriya nyana yavutse ari nzima nyuma y'umwanya muto ihita ipfa. Yavutse inyuma ifite ibiranga ikimasa, inafite indorerezi nk'inyana.
Iyi nka yavutse kuri uyu munsi wa nyuma wa 2020, ifite ibitsina byombi (igice kimwe bigaragara ko ari inyana ikindi bigaragara ko ari ikimasa), ku gice k'inyana hagaragaraho indorerezi bigaragara ko ari inyana.
Yavukiye mu Mudugudu wa Kigarama, mu Kagali ka Rurangazi mu Murenge wa Nyagisozi, mu karere ka Nyanza.
Abaturage na nyirayo w'umukecuru uri mu kigero cy'imyaka 80 y'amavuko batunguwe n'uko yavutse imeze, kandi nyirayo bikaba bitamuhungabanyije.
Imbyeyi yari ihatse iriya nka yabyaye mu gihe giteganyijwe cy'amezi 9.
Sinzababanza Francois Xavier umuvuzi w'amatungo wikorera ku giti cye ni we wateye intanga mu buryo bwa gihanga taliki 05 Werurwe 2020.
Aganira n'ikinyamakuru Umuseke ducyesha iyi nkuru, yavuze ko ibyabaye bidakunze kubaho, ariko nka we usanzwe ari Umuvuzi w'amatungo bahura n'ibisa nk'ibyo aho inyana ishobora kuvuka nta nda y'amaganga igira nk'uko Abaganga bavura abantu na bo bashobora kubona umuntu avutse kandi nta gitsina agira, akemeza ko bibaho gacye ariko bibaho.
Ati:'Ntibyoroshye kumenya ikibitera kuko twe turakora Imana igaha umugisha ibyo twakoze cyane ko dutera inka (zashyuhijwe cyangwa zarinze) intanga zujuje ubuziranenge ziba zaturutse muri RAB'.
Xavier avuga ko kwirinda ko havuka inka idasanzwe nk'iriya byo bitashoboka kuko umuntu abona biba nta ruhare yabigizemo.




Ubutumwa Polisi yanyujije kuri Twitter ku mugoroba wo ku itariki 31 Ukuboza 2020, Polisi yavuze ko uwo muyobozi yahise afungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kibeho mu gihe iperereza ririmo gukorwa n’urwego rubishinzwe.

Uyu mugore yavuze ko nubwo nta ntebe n'amarido birimo kubera ko amafaranga yamushiranye ariko ashima Imana cyane.
Abantu benshi bashimiye uyu mugore kubera imbaraga nyinshi yakoresheje cyane ko hari na bamwe biyemeje kumutera inkunga ngo inzu yuzure neza.
Uyu mugore yavuze ko byamutwaye imyaka 5 kugira ngo yuzuze iyi nzu ye ariko ubu yishimiye cyane kuba yarakabije inzozi ze.
Iyi foto yayishyize hanze kuwa 29 Ukuboza 2020,yishimira ko asoje umwaka aba mu nzu yiyubakiye nubwo bitari byoroshye.
Uyu mugore yavuze ko nta kindi kintu afite muri iyi nzu ye nshya uretse igiti cya Noheli yahawe akagishyira mu nzu.
Yagize ati 'Inzu yanjye nshya.Byantwaye imyaka 5 nk'umuntu uhanagura imyenda y'abandi ngo nyuzuze.Nta marido arimo,nta ntebe n'ibindi uretse njye n'igiti cya Noheli gusa.Ubu ndishimye.
Benshi mu bamukurikira bamushimiye ibyo yakoze ndetse bamwe bamusaba ko bamufasha kuzuza ibibura mu nzu ye.
Meddy Saleh na Shaddyboo bakaba barakanyujijeho mu rukundo ndetse bakaba banafitanye abana babiri b'abakobwa.
Akaba yamuhaye impano y'inweto za 'Sandal' ndetse n'ingofero yanditseho 'KGL'.
Shaddyboo abinyijije ku rukuta rwe rwa Instagram akaba yashimiye uyu mugabo ufata amashusho akanayatunganya ku bw'impano yamuhaye y'ibintu bikorewe muri Kigali cyane ko abikunda.
Nyuma yo kubyarana abana 2, Meddy Saleh na Shaddyboo batandukanye muri 2016.
Muri Gicurasi uyu mwaka, ubwo yaganiraga n'abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga abajijwe niba yasubirana na Meddy Saleh, uyu mukobwa yavuze ko ntacyo yabivugaho, gusa muri 2019 yari yatangaje ko gusubirana kwabo bitashoboka, gusa ahamya ko amukunda kuko amukundira abana be.

Meddy Saleh aherutse guhembwa na Radio Isango Star nk'umuntu ufata amashusho y'indirimbo akanayatunganya 'Video Producer' wahize abandi mu mwaka wa 2020.



Platini na Nel Ngabo bakoze iki gitaramo mu ijoro ry'uyu wa Kane tariki 31 Ukuboza 2020, ubwo Abanyarwanda n'abandi biteguraga kwinjira mu 2021. Aba bahanzi bombi bakoze uko bashoboye bashimisha abari bakurikiye iki gitaramo cyamaze iminota 57 n'amasegonda 40'.
Nel Ngabo ni we wabanje ku rubyiniro aririmba indirimbo ze afashijwe n'abaririmbyi babiri, umusore n'umukobwa bamufashije kunoza neza imiririmbire ye.
Yaririmbye indirimbo ziri kuri Album ye ya mbere zirimo nka 'Why' yatangije urugendo rw'umuziki we, 'Byakoroha', 'Nzahinduka', 'Ndagukunda' na 'Agacupa' aherutse gusohora. Ni indirimbo igaragaramo umuraperikazi Angel Mutoni wakinnye nk'umukinnyi w'imena.
Uyu muhanzi kandi yaririmbye indirimbo 'Respect' yahuriyemo n'itsinda rya Symphony Band ndetse na Igor Mabano. Ni indirimbo itera akanyabugabo buri wese uhihibikanira iterambere rye.
Yanaririmbye indirimbo 'Boss' yakoranye na Dj Miller witabye Imana mu 2020, amwifuriza iruhuko ridashira. 'Boss' ni imwe mu ndirimbo z'ubushyuhe zasohotse mu 2020 na n’ubu iracyumvikana mu mitwe ya benshi.
Nel Ngabo yasoreje ku ndirimbo ebyiri 'Zoli' irimo ijambo 'Akajama k'amafuti' ryabaye intero ya benshi ndetse na 'Ya motema' yakoranye na Platini wahise amukorera mu ngata aranzika asusurutsa benshi agaragaza ko yari akumbuye urubyiniro.
Â
Nel Ngabo kandi yifurije abari bakurikiye iki gitaramo umwaka mushya muhire wa 2021. Ati 'Twizere ko uzagenda neza kurusha uwo tuvuyemo.'
Platini yahereye ku ndirimbo ye ya mbere yise 'Fata Amano' yakoranye na Safi Madiba usigaye abarizwa muri Canada. Uyu musore yageze ku rubyiniro yitwaje abasore b'ababyinnyi bari bambaye imyenda isa bamufashije kuryohereza benshi.
Yaririmbye kandi indirimbo 'Ntabirenze' yakoranye na Butera Knowless iri mu zamuhaye igikundiro cyihariye. Uyu muhanzi yanyuzagamo agashima abari bakurikiye iki gitaramo akabifuriza umwaka mushya muhire wa 2021. Ati 'Umwaka mushya muhire kuri mwese.'
Ageze ku ndirimbo 'Veronika' yavuze ko 'yamukoreye ibitangaza mu 2020'. Ni indirimbo yasohoye ihuzwa n'itandukana rye n'uwahoze ari umukunzi we, aravugwa karahava! Byatumaga benshi bayishakisha ngo bumve icyo uyu muhanzi yaririmbyemo.
Uyu muhanzi kandi yibukije ibihe by'ahahise by'umuziki we akiri kumwe na mugenzi we Tmc mu itsinda rya Dream Boys aririmba indirimbo 'Isano' iri mu zakomeje izina ry'iri tsinda ryamaze imyaka irenga 10 rishimisha benshi mu bikorwa bitandukanye.
Yaririmbye kandi indirimbo 'Mumutashye' bakoranye na Jay Polly. Iyi ndirimbo imaze imyaka 9 isohotse, yasohotse mu gihe Dream Boys na Jay Polly bari bafite ibihe byiza mu muziki wabo.
Platini kandi yaririmbye indirimbo 'Atensiyo' aherutse gusohora yafatiye amashusho muri Dubai. Ni imwe mu ndirimbo zigezweho muri iki gihe zinacurangwa kuri Televiziyo mpuzamahanga zikomeye nka Trace Tv n'izindi.
Ibitaramo bya My Talent byashyizweho akadomo byaririmbyemo abahanzi 10 batanga icyizere mu muziki w'u Rwanda. Byaririmbyemo Marina Deborah, Alyn Sano, B-Threy, Mico The Best, Uncle Austin [Yvan Buravan yaratunguranye amusanga ku rubyiniro], Yverry, Peace Jolis, Jules Sentore, Platini na Nel Ngabo.
'My Talent' yateguwe nyuma y'ibitaramo bya Iwacu Muzika Festival byabereye kuri Televiziyo y'u Rwanda biririmbamo Bruce Melodie, Igor Mabano, Masamba Intore, Mani Martin, Queen Cha, Patient Bizimana, Yvan Buravan, Butera Knowless, Social Mula, Jay Polly, Makanyaga Abdoul na Charly&Nina, Christopher na Israel Mbonyi.
Uyu munsi hategerejwe igitaramo mbaturamugabo cyiswe ‘East African Party 2021’ gihuriramo abahanzi bubakiye umuziki wabo kuri gakondo barangajwe imbere na Cecile Kayirebwa, Masamba Intore, Makanyaga Abdul na Cyusa Ibrahim.

Nel Ngabo yaririmbye indirimbo ze ziri kuri Album ye ya mbere yasohoye mu 2020

Nel Ngabo yafatanyije na Symphony Band baririmba indirimbo ‘Respect’ bakoranye na Igor Mabano
Nel Ngabo yifurije umwaka mushya muhire abari bakurikiye iki gitaramo
Yaririmbye indirimbo ‘Boss’ mu rwego rwo kunamira Dj Miller witabye Imana mu 2020
Ngabo yaririmbye indirimbo ze zakunzwe zirimo ‘Nzahinduka’, ‘Agacupa’ n’izindi

Nemeye Platini yari akumbuye urubyiniro nyuma y’umwaka urenga akora umuziki nk’umuhanzi wigenga
Abazi neza Platini bazi ko akunda kubyina-Yari yitwaje itsinda ry’abasore b’abahanga mu kubyina
Platini yaririmbye indirimbo ze zirimo ‘Veronika’ avuga ko nawe yamutunguye mu 2020 bitewe n’uburyo yakunzwe
Platini yanaririmbye indirimbo ‘Ntabirenze’ yakoranye na Butera Knowless iri mu zikunzwe
Uyu muhanzi yavuze ko umwaka wa 2020 wabaye mubi bitewe n’icyorezo cya Covid-19, avuga ko 2021 uzaba mwiza
Platini yanaririmbye indirimbo ‘Isano’ na ‘Mumutashye’ z’itsinda Dream Boys yahozemo
Uyu muhanzi kandi yifurije abantu bose umwaka mushya muhire wa 2021
Ni cyo gitaramo cya mbere Platini aririmbyemo kuva yatangira kuririmba wenyine

We na Nel Ngabo bafashije Abanyarwanda kwinjira mu mwaka 2021
The Banker ni ikinyamakuru cyo mu Bwongereza gishamikiye ku kigo gisanzwe gikora imirimo y'itangazamakuru, Financial Times Group ltd. Buri mwaka gitegura ibikorwa byo guhemba abantu bari mu rwego rw'imari hirya no hino ku Isi bagaragaje ubudashyikirwa mu byo bakora.
Mu kiganiro John Rwangombwa yagiranye na IGIHE, yavuze ko iki gihembo cyamushimishije ndetse yemeza ko nk'igihugu kigikesha uko cyitwaye mu guhungana n'ingaruka za Covid-19 mu bijyanye n'ubukungu.
Ati 'Twabyakiriye neza, ni ishimwe ku gihugu cyacu, ni intsinzi y'u Rwanda rwose kandi ni imwe muri nyinshi u Rwanda rugenda rwesa. Mu gihe gito gishize twari dufite Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima, gifite ibyo cyatsindiye hari byinshi byavuzwe k'ukuntu u Rwanda rwitwaye muri ibi bihe bya Covid-19.'
Yakomeje avuga ko iki gihembo agikesha imiyoborere myiza ya Perezida Kagame. Ati 'iyi ntsinzi ya BNR ni imwe mu ntsinzi z'u Rwanda zitandukanye rwose twakesha kuba dufite umukuru w'igihugu ureba kure uduha imirongo isobanutse no gukurikirana ko bishyirwa mu bikorwa kandi byose bigakorwa mu nyungu z'Abanyarwanda”.
“Kuba rero ikigo nk'iki cyangwa ikinyamakuru cya The Banker kibibona, ni ishema k'u Rwanda rwose kandi turabyishimiye cyane. Njyewe bintera ishema kuba mu bakorana n'Umuyobozi mukuru w'igihugu kugira ngo dukomeze kwesa imihigo.'
Mu byashingiweho kugira ngo Rwangombwa John abone iki gihembo harimo umusanzu banki ayoboye yagaragaje mu gufasha igihugu n'abaturage kurenga ingaruka z'ubukungu bagizweho n'icyorezo cya Covid-19, ndetse no kubafasha gukomeza kubona serivisi z'imari mu buryo bworoshye muri iki cyorezo.
Harimo kandi kuba yarashyize imbere gufasha igihugu kujya mu buryo bw'ubukungu bushingira k'ukudahererekanya amafaranga mu ntoki ibizwi nka 'Cashless economy'. Ibi byakozwe binyuze mu bukangurambaga butandukanye byazamuye ikigero cya serivisi z'imari zidaheza kigera kuri 77%, ndetse bifasha no mu guhangana n'icyorezo cya Covid-19.
Mu rwego rwo korohereza abakoresha iyi gahunda yo kudahererekanya amafaranga mu ntoki, muri Werurwe Banki Nkuru y'Igihugu yashyizeho gahunda y'uko abazajya bishyura bakoresheje ikoranabuhanga batazajya bakatwa. Ni gahunda yamaze amezi atatu ariko isiga kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga bizamutse bigera kuri 54%, biba ikimenyetso simusiga ko u Rwanda rushobora kwesa intego rwihaye ko mu 2024 kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga bizaba biri ku kigero cya 80%.
Muri ibi bihe bya Covid-19, ubuyobozi bwa BNR burangajwe imbere na Rwangombwa bwafashije banki zitandukanye gukomeza gukora zidahungabanyijwe n'ingaruka z'iki cyorezo.
BNR yageneye amabanki inguzanyo y'ingoboka ya miliyari 50Frw, kugeza muri Nzeri amabanki yari amaze gukoresha 12% by'aya mafaranga.
Mu bindi byatumye Rwangombwa ahabwa iki gihembo hari ubunararibonye yagaragaje mu rwego rw'imari by'umwihariko muri iyi Banki Nkuru y'Igihugu yatangiye kuyobora mu 2013 avuye ku kuba Minisitiri w'imari n'igenamigambi.
Mu 2019 manda ye yaje kongerwa. Mu gihe amaze ayobora BNR yaranzwe no kuzana ibisubizo bishingiye ku guhanga udushya.
Mu bandi bahembwe harimo Umuyobozi mukuru wa Banki Nkuru ya Brésil, Roberto Campos Neto wahembwe nk'Umuyobozi wa Banki Nkuru w'Umwaka muri Amerika.
Umuyobozi wa Banki Nkuru w'Umwaka muri Aziya na Pasifika yabaye Chea Chanto usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Banki Nkuru ya Cambodia.
Mu Burayi, uwabaye Umuyobozi wa Banki Nkuru w'umwaka ni Stefan Ingves usanzwe uyobora Banki Nkuru ya Suède. Hahembwe kandi Ahmed Al-Kholifey nk'Umuyobozi wa Banki Nkuru w'umwaka mu Burasirazuba bwo hagati.
Kuwa Gatanu tariki ya 03 Nyakanga 2020,nibwo Mbungo Cassa yagizwe umutoza mukuru wa Gasogi United,na Alain Kirasa amubera umutoza wungirije mu gihe cy'umwaka 1.
Icyakora,aba bombi bamaze amezi 5 gusa muri Gasogi United kukoMbungo azerekanwa ku wa Gatandatu muri Bandari nyuma yo gusinya.
Cassa Mbungo yatozaga ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya ndetse afitiwe icyizere n'ubuyobozi n'abafana,gusa yaje gusezera ku kazi kubera kudahembwa amezi 5.
Cassa Mbungo yagiye muri Kenya muri Gashyantare 2019,afasha AFC Leopards gusoza neza muri shampiyona,yongerewe amasezerano y'imyaka 3 atabashije kurangiza kuko ubukene bwa AFC Leopards bwatumye yegura.
Ubukene bwa AFC Leopards bwaturutse ku guhagarikwa kwa kompanyi icuruza imikino y'amahirwe SPORTPESA yahagaritswe na Leta bituma nayo ihagarika burundu amasezerano yari ifitanye n'amakipe menshi yo muri iki gihugu.
Kugenda kwa Sportpesa,kugururiye amarembo ubukene bukabije mu makipe menshi yo muri Kenya,bituma menshi atakaza abakinnyi bayo andi yirukanwa mu cyiciro cya mbere kubera kunanirwa kugera ku bibuga.
Kuwa 29 Gashyantare 2020,Casa Mbungo yagizwe umutoza mukuruwa Rayon Sports, nyuma y'igihe kinini idafite umutoza mukuru usimbura umunya Mexico Javier Martinez Espinoza yirukanye mu Ukuboza 2019.
Casa Mbungo yagaragaje ko ari umutoza ukomeye ubwo yari mu gihugu cya Kenya ariyo mpamvu Bandari FC yamuhaye akazi.
Casa Mbungo André yatoje amakipe menshi mu Rwanda: Yamenyekanye ari mu ikipe y'abato ya APR FC hagati ya 1998 na 2000 mbere yo gutoza Rwandatel. Yatoje kandi AS Kigali kuva mu mwaka wa 2004 kugeza mu 2007.
Mu 2007 kugeza mu 2008 Mbungo yatozaga Kiyovu Sports (yanatoje 2017-2019). Mu 2009 kugeza 2011 yatozaga SEC Academy, mu mwaka wa 2011 kugera 2014 yatozaga As Kigali ayihesha n'igikombe cy'amahoro.
Hagati ya 2015 na 2017 yagarutse muri Police FC yanyuzemo mbere yo kujya muri SEC, na yo ayihesha igikombe cy'Amahoro n'irushanwa ry'Agaciro mu gihe mbere yo gusubira muri Kiyovu Sports mu 2017, yatoje kandi Sunrise FC na Gasogi United.