Blog

  • Itangazo ry’usaba guhindura amazina mu irangamimerere #rwanda #RwOT

    Turamenyesha ko uwitwa NISINGIZWE Marie Emmanuelle mwene Mbarubucyeye Gaspard na Mukanyonga Liberathe, utuye mu Mudugudu wa Nyagatare, Akagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi, mu Ntara y’Amajyepfo wanditse asaba uburenganzira bwo guhinduza amazina asanganywe ariyo NISINGIZWE Marie Emmanuelle, akitwa NISINGIZWE MARIE EMMANUELLA mu gitabo cy’irangamimerere. Impamvu atanga yo guhinduza izina ni izina nabatijwe.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Amatangazo-y-akazi/article/Itangazo-ry-usaba-guhindura-amazina-mu-irangamimerere

  • Muhanga: Abafite ibikorwa hafi mu tundi turere barakomeza kubikora – Visi Meya Kayiranga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kayiranga avuga ko ku munsi wa mbere abantu bubahirije amabwiriza mashya
    Kayiranga avuga ko ku munsi wa mbere abantu bubahirije amabwiriza mashya

    Ubuyobozi buvuga ko hari abaturage bari bafite imirima mu turere duhana imbibi na Muhanga ku buryo batabuzwa kujya guhinga cyangwa gusarura yo imyaka, ibyo bikaba byanaba mu bikorwa bihuriweho n’imbibi z’utwo turere nk’iby’ubucuruzi aho usanga hari amasantere y’ubucuruzi yambukiranya uturere.

    Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko ku munsi wa mbere wa ‘guma mu karere’ abaturage bitwaye neza ariko ahanini bikaba byaratewe n’ibwiriza ryo gufunga saa kumi n’ebyiri ryatumye abantu bataha kare.

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Kayiranga Innocent, avuga ko nta bibazo byo gukererwa byagaragaye hirya no hino mu mirenge yose igize Akarere.

    Agira ati “Turashimira abaturage bacu bahise bumva uburemere bw’ibyemezo bishya by’Inama y’Abaminisitiri ku cyorezo cya COVID-19 kuko bitwaye neza, wasangaga saa kumi n’ebyiri amaduka yose afunze, ibyo byatumye bigera saa mbili z’ijoro nta mbogamizi zo kubona ba bandi bagenda baseta ibirenge banga gufunga no gutaha kare”.

    Hirya no hino mu nkengero z
    Hirya no hino mu nkengero z’umujyi nta muntu watambaga

    Kayiranga avuga ko bimwe mu bibazo byabaye harimo nk’abaturage bari bazindutse baza gutega imodoka byagoranye kugenda ariko habayeho ubufatanye ngo bashakirwe imodoka icyo kibazo kikaba cyakemutse.

    Avuga kandi ko abaturage bari bazindukiye muri Muhanga batazagirwa imfungwa ahubwo bagaragariza imirenge bajemo ikabafasha gusubira iwabo mu gihe guma mu karere ikomeje bitabangamiye uburenganzira bwabo.

    Agira ati “Abantu bari baraye baguze amatike yo kugenda twagerageje baragenda ku bufatanye bw’inzego zitandukanye, abari bazindukiye i Muhanga na bo twashatse uko basubira iwabo kandi n’abatarataha turabasaba kwegera inzego z’ibanze aho bari zikabafasha gutaha”.

    Kayiranga avuga kandi ko hari n’abanyeshuri biga muri Kaminuza bari batashye abo bose bakaba bazafashwa kubona uko basubira ku ishuri kugira ngo bakomeze amasomo yabo ariko ibyo byose bikaba bikorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Akarere ka Muhanga gahana imbibi n’akarere ka Kamonyi, Ngororero Ruhango na Gakenke, abafite ibikorwa ku nkengero z’utwo turere bakaba bemerewe gukomeza kubikora ariko ababifite kure bakaba batabyemerewe.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-abafite-ibikorwa-hafi-mu-tundi-turere-barakomeza-kubikora-visi-meya-kayiranga

  • Umugore wari ugiye guhanuka ku nyubako ndende ashaka kwifotoza ifoto nziza yarakaje polisi #rwanda #RwOT

    Ababonye video y'uyu mukobwa wari ufashe ku cyuma cy'iyi nzu ndende bavuze ko ari injiji mu gihe uwayifashe yabwiye 9News ko indi foto yari kuyifotoza ari hasi ndetse ngo yagize ubwoba ko yari kugwa hasi agapfa.

    Iyi video yashyizwe hanze n'ikinyamakuru cyo muri Australia cyitwa 9News,yerekanye ko uyu mugore yarimo kunagana ku gorofa rya 11 rya etaje ndende cyane ku nyubako yitwa Seaside Resort y'ahitwa Mooloolaba muri Queensland.

    Undi mugore w'inshuti ye yari yicaye ku ntebe ari kugerageza kumufotora ari nako uyu mukobwa afatisha ukuboko kumwe ku byuma birinda abantu barangaye.

    Umukuru wa Polisi yo muri ako gace witwa Craig Hawkins ko uyu mukobwa wifotorezaga kuri iri baraza ry'iyi nyubako ndetse ari kunagana ndetse n'inshuti ze zamufotoraga bafashwe ndetse bagomba gukurikiranwa ku cyahe yise 'icy'imyitwarire y'ubugoryi.'

    Ati 'Bashyize ubuzima bwabo mu kaga ku kintu gito cyane nko kwifotoza.Sinakwiyumvisha ukuntu ari imyitwarire irenze y'ubugoryi.Ntabwo numva ukuntu umuntu ukiri muto ashyira ubuzima bwe mu kaga ku kintu cyoroshye kuriya.

    Mu kwezi gushize,umugore wo muri Australia yahanutse ahantu harehare muri Grampians National Park ari kwifata selfie ahita apfa.

    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugore-wari-ugiye-guhanuka-ku-nyubako-ndende-ashaka-kwifotoza-ifoto-nziza

  • Umukobwa yateye benshi umujinya nyuma yo gutabarwa agiye guhanuka kuri etaje ndende cyane yifata amafoto. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukobwa utamenyekanye amazina yarakaje abantu batandukanye ndetse batangira kumwita injiji,nyuma y'ubwo yendaga guhanuka kuri etaje y'amagorofa 11 yose arimo kwifata amafoto.

    Ngiyi igorofa uyu mukobwa yari ahagazeho

    Ababonye video y'uyu mukobwa wari ufashe ku cyuma cy'iyi nzu ndende bavuze ko ari injiji mu gihe uwayifashe yabwiye the Sun  ko indi foto yari kuyifotoza ari hasi ndetse ngo yagize ubwoba ko yari kugwa hasi agapfa.

    The Sun ivuga ko uyu mukobwa ukomoka muri Australia yagaragaye anagana ku igorofa ndende cyane yo muri kiriya gihugu, ahitwa  Mooloolaba,aho bagenzi be bamufotoraga bari hasi ku butaka.Polisi ivuga ko yabanje kurokora uwo mukobwa wendaga kugwa maze n'abagenzi be bose bagatabwa muri yombi.Ababonye iyo video bose bakaba batangariye ubujije bw'uriya mukobwa washyiraga ubuzima bwe mu kaga ashaka kwifotoza amafoto yo gushyira ku mbuga nkoranyambaga.

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-yateye-benshi-umujinya-nyuma-yo-gutabarwa-agiye-guhanuka-kuri-etaje-ndende-cyane-yifata-amafoto/

  • Beyoncé yifurije nyina umubyara isabukuru nziza mu magambo aryohereye cyane. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku wa mbere w'iki cyumweru nibwo umunyamideli — akaba ari nyina wa Beyoncé Knowles-Carter na Solange Knowles — yujuje imyaka 67. Ku munsi w'isabukuru ye y'amavuko, Tina yakiriye urukundo rw'abakobwa be, Kelly Rowland ndetse n'abandi ba star benshi, barimo Vivica A. Fox.

    Beyonce nawe akaba atararetse kwifuriza umubyeyi we isabukuru nziza mu magambo aryoheye amatwi.Abinyujije kuri Instagram Beyonce yagize ati'Isabukuru nziza kuri matriarch nkunda!Uri Umwamikazi wanjye, umutima wanjye, imbaraga zanjye n'amagufwa yanjye mu ruti rw'umugongo. Uri inkomoko yanjye. Ndizera ko ufite ibintu byose mu buzima bwawe umutima wawe wifuza. Mama, ndagukunda cyane, byimbitse!'

    Source : https://yegob.rw/beyonce-yifurije-nyina-umubyara-isabukuru-nziza-mu-magambo-aryohereye-cyane/

  • Igiciro cya Lisansi na Mazutu cyahindutse #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iryo tangazo rigaragaza ko igiciro cya lisansi i Kigali kitagomba kurenza amafaranga 987 kuri litiro, naho igiciro cya Mazutu i Kigali ntikigomba kurenza amafaranga y’u Rwanda 962 kuri litiro.

    Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byaherukaga guhinduka mu kwezi k’Ugushyingo 2020. Icyo gihe byari ku ku mafaranga 976 kuri litiro ya Lisansi i Kigali, naho Mazutu yo ari amafaranga 923 y’u Rwanda kuri litiro i Kigali, ibi bikaba bigaragaza ko kuri iyi nshuro ibiciro byazamutse.

    Ibi bivuze ko litiro ya Lisansi yiyongereyeho amafaranga y’u Rwanda 11, Mazutu na yo ikiyongeraho amafaranga y’u Rwanda 39.

    Ikigo RURA gikomeza kivuga ko iri hinduka ry’igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli rishingiye ku ihindagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku isoko mpuzamahanga.

    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/igiciro-cya-lisansi-na-mazutu-cyahindutse

  • Akabaye icwende: Uganda yongeye guha ikaze umuryango wanywanye na RNC mu guhungabanya u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi ntibiri kure y’imyitwarire ya Uganda, igihugu kimaze imyaka isaga itatu kitabaniye neza u Rwanda, ahanini bishingiye ku bufasha giha abashaka guhungabanya umutekano warwo.

    Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabu itandukanye, bakorerwa iyicarubozo, bamwe bagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko.

    Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI) nirwo rukora ibikorwa byo gufata no gutoteza Abanyarwanda b’inzirakarengane, bashinjwa ‘kuba intasi z’u Rwanda’ nyamara benshi muri bo ari abaturage bishakishiriza imibereho muri Uganda mu buryo busanzwe nk’abandi bose.

    Ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda bakorera ingendo muri Uganda bifitanye isano n’umubano w’akadasohoka wa CMI n’abagize Umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda (RNC) uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ufite umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

    Uganda yanashyizwe mu majwi mu bikorwa bitiza umurindi imitwe irwanya u Rwanda irimo FLN, RUD Urunana na FDLR ibarizwa mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ubushotanyi bwa Uganda ku Rwanda bwatumye Perezida wa Angola, João Lourenço na Félix Tshisekedi wa RDC binjira mu buhuza bugamije kunga ibihugu byombi ndetse haza gusinywa amasezerano ya Luanda yarimo ingingo zitandukanye zirimo n’uburyo ibikorwa byo guhohotera Abanyarwanda baba muri Uganda no gushyigikira imitwe y’iterabwoba bigomba guhagarara.

    Aya masezerano yasinywe tariki 21 Kanama 2019 agamije guhosha umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ariko nta musaruro ufatika yatanze.

    Mu ntangiriro za 2020, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda, Dr. Vincent Biruta, yavuze ko hakigaragara ibikorwa by’imitwe y’iterabwoba muri Uganda bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

    Muri byo hatanzwe urugero ku Muryango Self-Worth Initiative (SWI) wagaragajwe ko ukorera inyungu za RNC muri Uganda.

    Yakomeje ati “Ibyo bihabanye n’ibyo Leta ya Uganda yiyemeje, byo kurandura ibikorwa by’uwo mutwe w’abagizi ba nabi ku butaka bwayo.”

    SWI yatahuwe ko ari umushinga washinzwe na Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya nk’umuryango wa baringa utegamiye kuri Leta; aba bombi bafatwa nk’ibyitso bya RNC.

    Uganda yavugaga ko SWI yakuwe mu bitabo by’imiryango itegamiye kuri Leta, ariko u Rwanda rukerekana ko rufite amakuru wakomeje ibikorwa byawo mu ibanga.

    Mu nama ya Kane yahuje abakuru b’ibihugu yabereye ku Mupaka wa Gatuna ku wa 21 Gashyantare 2020, itsinda ry’u Rwanda ryagaragaje ko hakiri ibibazo Uganda igomba gushakira umuti mu kubahiriza amasezerano ya Luanda agamije guhosha umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

    Imwe mu ngingo zagarutsweho harimo kwambura uburenganzira Self-Worth Initiative (SWI).

    Mu nama yakurikiye iya Gatuna yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 4 Kamena 2020 mu gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ubusabe bw’u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yatangaje ko igihugu cye cyakoze iperereza ku birego byatanzwe n’u Rwanda ndetse gishaka umuti kuri byo.

    Icyo gihe yagize ati “Muri byo harimo kwambura Self-Worth Initiative uburenganzira bwo gukora.’’

    Yavuze ko icyo cyemezo cyafashwe ku wa 2 Werurwe 2020, ndetse gitangazwa mu igazeti ya Leta yo ku wa 16 Werurwe 2020 ndetse ku munsi wakurikiyeho Guverinoma y’u Rwanda yahise imenyeshwa binyuze mu buryo bwemewe.

    Imvugo ya Minisitiri Kutesa ku guca intege SWI yatangaga icyizere mu cyerekezo cyo gucogoza ibikorwa bya RNC muri Uganda.

    Gusa aka ya mvugo y’akabaye icwende katoga, niyo koze ntigacye, mu bucukumbuzi bwa The Great Lakes Eye yasanze Prossy Boonabana wari Umuyobozi wa SWI, yongeye kwandikisha uwo muryango ariko akoresha izina Self-Worth Development Initiative (SWDI).

    Uyu muryango ngo ufite intego zimwe n’iza SWI abayobozi ba Uganda bari batangaje ko bahagaritse. Kuri ubu Boonabana wari umuhuzabikorwa wa SWI, yakomeje kugumana izo nshingano mu muryango mushya wongewemo ijambo rimwe risa, “Development” bishatse kuvuga ‘iterambere.’

    Prossy Boonabana na Sula Nuwamanya Wakabirigi bazwi cyane mu guhuza no kugenzura ibikorwa bya RNC muri Uganda, mu mutaka wa SWI, kuri ubu wahinduwe SWDI.

    Abakozi ba RNC na CMI bose baha amakuru Umuyobozi wungirije wa CMI ushinzwe kurwanya Iterabwoba, Col. CK. Asiimwe, ubaha ubufasha mu bikorwa byabo byo guhungabanya u Rwanda.

    Inshingano afite zijyanye no kuba Umuhuzabikorwa wo ku rwego rw’igihugu ushinzwe ibikorwa bya RNC muri Uganda.

    RNC ikoresha Self-Worth Development Initiative nk’amayeri ahishe yo guhuza ibikorwa byayo no gukusanya inkunga mu banyamuryango bahuje umugambi wo kudurumbanya ituze ry’u Rwanda.

    Prossy we asanzwe ari umunyamuryango w’itsinda ry’abanyamakuru bashinzwe gukusanya amakuru ahabwa ibitangazamakuru bikorera mu nyungu za CMI birimo Command Post na Chimp Reports.

    Prossy Boonabana akoresha iturufu yo kumenyekana kwe muri CMI, akikiza Abanyarwanda babangamira inyungu ze n’iza RNC yanywanye nayo.

    Abatangabuhamya bamuzi neza bavuga ko inshuro nyinshi yakoresheje imbaraga ze zose mu guhungabanya ishoramari ry’Abanyarwanda bakorera mu bice bitandukanye by’igihugu.

    Umwe yavuze ko mu kubatera ubwoba, agenda aherekejwe n’abakozi ba CMI akababwira gushyira amafaranga kuri konti ye iri muri Cairo International Bank cyangwa iyo asangiye na Sula Nuwamanya iri muri DTB Bank.

    Kuva mu 2016, Boonabana yakoranye bya hafi na Kayumba Rugema usanzwe ari mubyara wa Kayumba Nyamwasa, uyu yahawe inshingano zo guhagararira Ibikorwa by’Ubukangurambaga no kwinjiza abanyamuryango bashya muri RNC muri Uganda.

    Rugema kandi yashinzwe gufata no gushyikiriza CMI Abanyarwanda basura cyangwa baba muri Uganda kugira ngo batotezwe bashinjwa kuba intasi.

    Prossy Boonabana, Kayumba Rugema na Sula Nuwamanya Wakabirigi ni bo bahawe umukoro wo gutangiza Self-Worth Initiative. Boonabana kuri ubu akorana bya hafi na Frank Ntwali, Komiseri w’Urubyiruko muri RNC na Serge Ndayizeye uyobora Radio Itahuka, ikorera kuri internet.

    Abasesenguzi kuri politiki ya Uganda bavuga ko imyitwarire ya Boonabana imeze nk’iy’aba-mafia.

    Umwe mu bo babanye avuga ko Prossy Boonabana yasanze se muri Nakasongola ubwo yari mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza. Avuga ko yigeze gufatwa asambana n’umurinzi bituma ahanwa ndetse umurinzi we yirukanwa mu ishuri.

    Gukunda iraha ryo mu busaswa kwa Boonabana kwakomeje kwiyongera ndetse ageze mu mwaka wa Karindwi, yaguwe gitumo ari mu ishuka n’umwarimu.

    Yahindutse iciro ry’imigani ku ishuri kugeza ababyeyi be bahisemo kumwohereza mu Rwanda kure y’umuryango kugira ngo umuryango uruhuke urubwa watezwaga n’imyitwarire ye.

    Mu Rwanda Boonabana yize amashuri ye yisumbuye mu ishuri riherereye ku Kicukiro. Nubwo bitazwi uko yahavuye ariko yaje gusubira muri Uganda aho yahuriye na Sula Nuwamanya n’izindi nkoramutima za Kayumba Rugema batangiza Self-Worth Initiative yari igamije guhuza ibikorwa bya RNC muri Uganda no guhuza ubushobozi bw’amafaranga.

    Abasesenguzi ku bibazo by’u Rwanda na Uganda bavuga ko kuba Prossy Boonabana yaremerewe kongera kwandikisha umuryango we Self-Worth Initiative ukoreshwa na RNC mu mugambi wayo wo guhungabanya u Rwanda ari igihamya ko Uganda itigeze icogora ku gufasha umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa.

    Mu mpera z’umwaka ushize, Abanyarwanda babiri barimo George Bazatoha na Mathew Nsabimana bashimuswe n’abakozi ba CMI bari bayobowe na Major Nelson Kyatuka. Nk’ibisanzwe icyo baregwa kiracyari cya cyita rusange cyo kuba ari ‘intasi’ z’u Rwanda’.

    Uganda yongeye guha ikaze umuryango ukorera mu nyungu za RNC ya Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/akabaye-icwende-uganda-yongeye-guha-ikaze-umuryango-wanywanye-na-rnc-mu

  • Ese muri iki gihe Uwiteka ntakwiye kuguhisha?, ibyo aduhisha ni byinshi. #rwanda #RwOT

    Uwiteka aduhisha byinshi, ariko mu ijambo rimwe aduhisha Satani. Mu nyigisho yabanje twavuze ko umuntu amaze gukora icyaha icyakurikiyeho ari ibyago n’ibibazo.

    “Uba mu rwihisho rw’Isumbabyose, Azahama mu gicucu cy’Ishoborabyose. Ndabwira Uwiteka nti 'Uri ubuhungiro bwanjye n’igihome kinkingira, Imana yanjye niringira.' Kuko ari we uzagukiza ikigoyi cy’umugoyi, na mugiga irimbura. Azakubundikiza amoya ye, Kandi uzajya uhungira munsi y’amababa ye, umurava we ni ingabo n’icyuma kigukingira. Igiteye ubwoba cya nijoro ntikizagutinyisha, Cyangwa umwambi ugenda ku manywa,Cyangwa mugiga igendera mu mwijima, Cyangwa kurimbura gutsemba ku manywa y’ihangu.

    Abantu igihumbi bazagwa iruhande rwawe, Abantu inzovu bazagwa iburyo bwawe, Ariko ntibizakugeraho. Uzabirebesha amaso yawe gusa, Ubone ibihembo by’abanyabyaha. Kuko ari wowe buhungiro bwanjye Uwiteka, Wagize Isumbabyose ubuturo, Nuko nta kibi kizakuzaho, Kandi nta cyago kizegera ihema ryawe.

    Kuko azagutegekera abamalayika be, Ngo bakurindire mu nzira zawe zose. Bazakuramira mu maboko yabo, Ngo udakubita ikirenge ku ibuye. Uzakandagira intare n’impoma, Uzaribata umugunzu w’intare n’ikiyoka. 'Kuko yankunze akaramata ni cyo nzamukiriza, Nzamushyira hejuru kuko yamenye izina ryanjye. Azanyambaza nanjye mwitabe, Nzabana na we mu makuba no mu byago, Nzamukiza muhe icyubahiro. Nzamuhaza uburame, Kandi nzamwereka agakiza kanjye.” Zaburi 91: 1-16.

    Mu kiganiro 'Ubutumwa bukiza’ cy’uyu munsi nk’uko tugitegurirwa na Pasiteri Desire Habyarimana, kigatambuka kuri Agakiza Tv, turagaruka kuri byinshi Imana ikwiye kuduhisha muri iki gihe.

    Ibintu byose tureba bibi ku isi ibyo Imana ikwiye kuduhisha ntabwo byari mu mugambi w’Imana, byaje kubera icyaha. Uwiteka yakomeje kubera ubuhungiro abantu be cyane cyane abo afiteho umugambi wihariye kugira ngo abakize ibyago.

    Muri iki gihe ibyago duhishwa n’Imana ni byinshi

    Muri iki gihe cy’ubusambanyi bwinshi social media ikangurira abantu gusambana. Amaradiyo menshi wumva bavuga ibijyendanye n’imibonanompuzabitsina kugira ngo radio yabo ikundwe.

    Aho kugira ngo channels za Youtube zigire views nyinshi basa nkaho bavuga ku busambanyi, cyangwa se bakabivuga babyeruye. Aho ujyenda kuri youtube ugakubitana na pronograph, Uwiteka akwiye kuguhisha.

    Ese wagira ngo urubyiruko rwinshi rw’ikigi gihe rwugarijwe n’ibiyobyabwe, Uwiteka ataguhishe wazakora ubukwe ukiri umukobwa wiyubaha cyangwa ukiri umuhungu utaragiye mu biyobyabwenge?. Muri iki gihe cy’ubusambanyi bukabije byashoboka ko Imana iguhisha ukazarinda uva mu gihe cy’ubusore n’ubukobwa utariyanduje. Ni muri iki gihe isi ikangurira abantu gukora ibyaha ku mugaragaro.

    Muri iki gihe cy’ubutinganyi aho abantu basigaye babivuga ku mugaragaro, mu gihe twari tuzi ko ari icyaha cyarimbuye Sadomo na Gomola . Tukabisoma muri Bibiliya gusa tutarabona ababikora, ariko noneho ababikora bakaba babyiyemerera ku mugaragaro, Uwiteka ntakwiye kuguhisha?

    Wagira ngo muri iki gihe aho abantu bikunda, banga abandi, aho abantu bafite ishusho yo kwera ariko bahakana imbaraga zako Uwiteka ntakwiye kuguhisha? .

    Abakijijwe nagira ngo mbabwire ko Uwiteka yabemereye kuzababera ubwihisho. Ibiguhiga ntanubwo ukwiye kumenya ingano yabyo kuko uramutse umenye imbaraga ziguhiga uko zingana wahahamuka. Kuko Satani yamanukanye na 1/3 cy’ingabo zitazwi umubare.

    Abo dukirana nabo si ab’inyama n’amaraso, ni abatware, abafite ubushobozi n’abategeka iyi si y’umwijima n’imyuka mibi y’ahantu ho mu ijuru. Abefeso 6: 10-18

    Imana ihora iduhisha ikadukiza umub, mwibuke ko no mu isengesho rya Data wa twese yaravuze ngo ' Nimusenga mujye muvuga ngo ntuduhane mu bitwoshya, ahubwo udukize umubi’, kuko iyo akuburiye mu busore cyangwa mu bukobwa azagutegera mu rushako, nakuburira mu rushako azagutegera mu bana. Nakuburira mu bukene azagutegera mu bukire, Uwiteka akwiye kukubera ubwihisho.

    Iyo ureba icyorezo cy’ingo zitandukana wagira ngo bireba abandi wowe urwawe ntiruzagerwaho, ariko byashoboka ko n’iwawe byazahagera Imana ikwiye kuguhisha. Muri iki gihe abantu bakoresha imbaraga nyinshi kugira ngo babeho gusa, ibyo kuramya Imana no kuyikorera bigenda bisa nk’aho bishyirwa kuruhande, nabyo Uwiteka akwiye kuguhisha ubugingo bwawe bugahishwa.

    Yesu ntiyigeze adusezeranya ko tutazahura n’ibibazo

    Yaravuze ngo ' Mu isi muri n’amakuba, ahubwo muhumure nanesheje isi’. Ubugingo bwawe bukwiye guhishwa, Imana ikabushyira mu bwihisho kuko ibiduhiga byo ntibizigera bivaho mu gihe Satani atarakurwaho, n’imigambi ye, n’ibyo azana, n’ibyago, n’iyi si nayo izakurwaho. Muri Kristo Yesu niho hakwiye kuba ubwihisho gusa.

    Turwana n’isi, umubiri na Satani. Erega n’umubiri wawe nawo hari ubwo wifuza ibyo Bibiliya itemera: Ukifuza gusambana, ukikunda ukakubwira ko nta mpamvu yo kwiyiriza ubusa, nta mpamvu yo gusoma Bibiliya, umubiri ukazana ubunebwe ukagenda utandukana n’Imana buhoro buhoro. Uwiteka akwiye kukubera ubwihisho.

    Pawulo yaravuze ngo 'Ubugingo bwacu buhishanyijwe na Kristo mu Mana’. Ubuzima bwawe ukwiye kubwimura ukabuhisha muri Kristo Yesu, niho wahishwa ukaba wizeye umutekano. Birashoboka ko ufite icyubahiro, ubutunzi, ubwenge wize mu ishuri, ibyo byose ni byiza pe!, ariko ukwiye guhisha ubuzima bwawe muri Kristo Yesu.

    Birashoboka ko usomye iyi nyigisho utarakira Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza w’ubugingo bwawe, nakugira inama yo gushyira ubugingo bwawe muri Kristo Yesu niho hari umutekano wizewe. Nicyo kemezo kiza wafata ukazarinda upfa uticuza, impano nziza waha Imana ni ukuyiha umutima wawe.

    Birashoboka ko nawe ukijijwe ariko hari ibindi bintu wiringira: Imbaraga, amafaranga, umuryango, abakomeye muziranye, diporome yawe, umutungo wawe n’inindi. Ibyo bintu byose ni byiza ariko ntibyakubera ubwihisho ku munsi w’ibyago. Muri Kristo Yesu niho amarembo y’ikuzimu atagera, Yesu niwe watsinze Satani niwe ukwiye gushyiramo ibyiringiro.

    Reba hano iyi nyigisho yose

    Source: Agakiza Tv

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ese-muri-iki-gihe-Uwiteka-ntakwiye-kuguhisha-ibyo-aduhisha-ni-byinshi.html

  • Urwandiko rwa BAGENZI Olivier rusaba guhindur… – #rwanda #RwOT

    Turamenyesha ko uwitwa BAGENZI Olivier mwene Harerimana Ezechias na Mukandamage, utuye mu mudugudu wa Beninka, Akagari ka Rubirizi, Umurenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro, mu mujyi wa Kigali wanditse asaba uburengenzira bwo guhinduza amazina asanganywe ariyo BAGENZI Olivier, akitwa GANZA Olivier mu gitabo cy'irangamimerere. Impamvu atanga yo guhinduza izina ni izina ritera ipfunwe.  

    Byemejwe na Prof. Shyaka Anastase Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu

    Agaciro k'icyangombwa, cyatanzwe kuwa: 2021-01-05



    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102123/urwandiko-rwa-bagenzi-olivier-rusaba-guhindura-amazina-102123.html

  • Igiciro cya Lisansi na Mazutu cyahindutse #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu Ngenzura Mikorere (RURA) rwatangaje ko igiciro gishya cy'ibikomoka kuri peteroli (essence) kizatangira kubahirizwa kuri uyu wa Kane, litiro imwe ari Frw 987.

    Itangazo rya RURA guhera ku wa Kane tariki ya 07 Mutarama 2021, igiciro cya essense na mazutu cyahindutse.

    Litiro ya essence ntigomba kurenga Frw 987, mu gihe Mazutu Litiro yari Frw 962.

    RURA yatangaje  ko byatewe n'ihindagurika ry'ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga.

    Ibiciro byagenderwagaho byaherukaga gutangazwa tariki 3 Ugushyingo 2020, icyo gihe litiro ya essence yari yashyizwe ku Frw 976 naho litiro ya mazutu ari Frw 923.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/06/igiciro-cya-lisansi-na-mazutu-cyahindutse/