Blog

  • Biswanka na Laika barwaniye Kuri Radio 4 kubera gushyamirana no kwitana ba mwana #rwanda #RwOT

    Abahanzi b'abakizamuka Biswanka na Laika barwaniye kuri Radio 4

    Abahanzi b'abakizamuka Biswanka na Laika bagiranye amagambo akomeye ku wa Gatandatu mu kiganiro cyanyuze kuri Radio 4.

    Nk'uko amashusho yagiye hanze abigaragaza, aba bombi baravuganye bikomeye, buri umwe ashyira hasi undi, amushinja kudakora ibihagije mu ruganda rw'umuziki.

    Biswanka

    Biswanka yavuze ko ari agasuzuguro gukabije kuri Laika kuvuga ko atari yarigeze amwumva, kandi nyamara amaze amezi menshi akora cyane kugira ngo azamure izina rye mu muziki.

    Laika Music

    Na ho Laika we yavuze ko Biswanka agifite urugendo rurerure kugira ngo agere ku rwego rwo kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, ndetse amugira inama yo gushaka itsinda ry'ubuyobozi rizamufasha kumenyekana no kumwubakira izina neza, niba ashaka kugera ku rundi rwego.

    Impaka zatangiye mu kiganiro kuri radio zakomeje no nyuma yacyo.

    Mu mashusho Biswanka yashyize kuri TikTok, yavuze ko ari we muhanzi ukomeye kurusha Laika, ndetse yemeza ko indirimbo imwe ye ihagije kuruta umwuga wa Laika wose.

    Abanyamakuru ba Radio 4 bagize uruhare rukomeye mu kubakiza no kubatuza, aho nyuma y'igihe kinini baje kwemeranya kutemeranya.

    Gusa abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiriye inama Biswanka wahoze muri Fangone Forest yo kwicisha bugufi no kwakira inama ya Laika, niba koko ashaka gutsinda mu muziki.

    Source : https://kasukumedia.com/biswanka-na-laika-barwaniye-kuri-radio-4-kubera-gushyamirana-no-kwitana-ba-mwana/

  • U Rwanda rwinjiye mu mikoranire n'uruganda rwo mu Bushinwa rukora imodoka – #rwanda #RwOT

    Amasezerano y'imikoranire yashyizweho umukono ku wa Gatandatu tariki 12 Mata 2025. Uruhande rw'u Rwanda rwari ruhagarariwe n'Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB), Jean-Guy Afrika, mu gihe Chery International yari ihagarariwe n'Umuyobozi Mukuru wayo, Xu Hui.

    Impande zombi zemeranyije gukorana mu bijyanye n'ibinyabiga bikoresha umuriro w'amashanyarazi, ingufu zitangiza ikirere, ubuhinzi n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro.

    Xu Hui n'itsinda ry'abo bari kumwe bari bamaze iminsi ibiri mu Rwanda.

    Chery International ni ikigo cyamenyekanye cyane mu bijyanye no gukora imodoka mu Bushinwa, ndetse kiza guca agahigo ko ari cyo cya mbere cyo muri iki gihugu cyagurishije bwa mbere imodoka zirenga miliyoni imbere mu gihugu.

    Chery International yashinzwe mu 1997. Kugeza ubu ikorera mu bihugu birenga 100 ndetse ikaba ikomeje gushaka uko yarushaho kwagukira hirya no hino.

    Chery International ikora amoko y'imodoka zitandukanye harimo izijya ku isoko zitwa Chery, zirimo amoko nka Tiggo 7 Pro Max, Tiggo 8 Pro Max, Arrizo 5.

    Uru ruganda kandi rukora imodoka zizwi ku mazina ya Jetour, Exeed, Kaiyi, iCar, Jaecoo, Luxeed na Soueast.

    Uretse imodoka uru ruganda rwikorera, runafitanye imikoranire n'uruganda rwa Jaguar Land Rover rwo mu Bwongereza, ari narwo rukora imodoka za Range Rover na Jaguar.

    Mu 2024 Chery International yagurishije hirya no hino ku Isi imodoka miliyoni 2.6. uyu mubare wazamutseho 38.4% ugereranyije n'izo uru ruganda rwari rwagurishije mu mwaka wabanje.

    Kugeza ubu ntiharamenyekana neza uko u Rwanda ruzakorana na Chery International, gusa ubu bufatanye buje mu gihe rukomeje gushyira imbere ibijyanye n'ikoreshwa ry'ibinyabiziga bitangiza ibidukikije, dore ko ruteganya ko mu 2030 ruzaba rugeze ku kigereranyo cya 20% by'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

    Bitewe na gahunda zitandukanye u Rwanda rwagiye rushyiraho, buri mwaka mu gihugu hinjira abashoramari bashya bifuza gushyira amafaranga mu bijyanye no gushyiraho uburyo bw'ubwikorezi no gutwara abantu butangiza ikirere.

    Mu bigo biri muri iri shoramari mu Rwanda harimo VW Mobility Solutions, Victoria Autofast Rwanda, Kabisa, Ampersand, Rwanda Electric Motorcycle Ltd na Safi/Gura Ride.

    Minisiteri y'Ibidukikije igaragaza ko gahunda Leta y'u Rwanda yihaye yo gutangira gukoresha imodoka z'amashanyarazi izarusaba nibura gushora agera kuri miliyoni 900$ (Miliyari 900 Frw).

    Aya mafaranga azakoreshwa mu kugeza izi modoka mu gihugu ndetse no gushyiraho ibikorwaremezo bitandukanye zikenera kugira ngo zikore neza. Uru kandi ni urugendo rudashoboka bitagizwemo uruhare n'abashoramari.

    Guverinoma y'u Rwanda yafashe gahunda yo korohereza abashoramari bari muri uru rwego haba mu buryo bw'amafaranga cyangwa n'ubundi bwose bushoboka.

    Mu byo aba bashoramari bazagabanyirizwa harimo n'igiciro cy'amashanyarazi kuri sitasiyo izi modoka zizajya zikoresha zongerwamo amashanyarazi. Ikindi, ni uko ibyuma bisimbura ibindi by'izi modoka bizajya bigabanyirizwa umusoro.

    Uretse kutishyura umusoro ku nyongeragaciro no kuri gasutamo, ibi byuma bizajya byishyura umusoro ugabanyijeho 5%.

    Ubundi bufasha aba bashoramari bazahabwa harimo kuba batazajya bishyura ubukode bw'aho bubatse sitasiyo z'amashanyarazi mu gihe cyose ari ku butaka bwa Leta.

    Imodoka zo muri ubu bwoko kandi ngo zizajya zihabwa ibirango byihariye ku buryo zizajya zoroherezwa kubona aho guparika. Mu gihe izi modoka ziri gukoreshwa mu bikorwa by'ubucuruzi, zizajya zoroherezwa kubona ibyangombwa.

    Mu gihe Leta igiye gukodesha imodoka mu bikorwa bitandukanye hazajya haherwa kuri izi zikoresha amashanyarazi. Mu gihe ibigo bizikora n'ibizicuruza bizajya bigabanyirizwa umusoro kandi bigashyirirwa igihe runaka bizajya bimara bitawishyura.

    Nubwo gushyira mu bikorwa gahunda y'ikoreshwa ry'imodoka z'amashanyarazi mu Rwanda bisa n'ibihenze, Leta y'u Rwanda igaragaza ko mu gihe kirekire ibifitemo inyungu.

    Mu nyigo yakozwe na Guverinoma byagaragaye ko bizagera mu 2025 u Rwanda rumaze kuzigama arenga miliyari 20 Frw yajyaga agenda mu bikorwa byo gutumiza ibikomoka kuri peteroli mu mahanga.

    Imibare yerekana ko mu 2008 mu bicuruzwa u Rwanda rwatumizaga mu mahanga, ibikomoka kuri peteroli byari byihariye 3,3%.

    Mu 2008 iri janisha ryaje kuzamuka rigera kuri 8,1%, byageze mu 2014 ibikomoka kuri peteroli byihariye 19,5% by'ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga. Mu 2019 iri janisha ryari kuri 16,7%.

    Imibare ya The Observatory of Economic Complexity (OEC) igaragaza kandi ko ibikomoka kuri peteroli ari bimwe mu bicuruzwa u Rwanda rukenera cyane kandi rukabishoramo akayabo, nk'aho nibura buri mwaka miliyoni 411$, amafaranga ari hejuru y'ayo rushora mu kugura imiti.

    Cherry International ni uruganda ruri mu zikomeye zikora imodoka mu Bushinwa

    Amasezerano y'imikoranire yashyizweho umukono ku wa Gatandatu tariki 12 Mata 2025

    Chery International yari ihagarariwe n'Umuyobozi Mukuru wayo, Xu Hui

    U Rwanda rwinjiye mu mikoranire n'uruganda rwo mu Bushinwa rukora imodoka


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwinjiye-mu-mikoranire-n-uruganda-rwo-mu-bushinwa-rukora-imodoka

  • Uko Ababiligi batereranye Abatutsi bari bahungiye muri Careas Ndera bagahitamo guhungisha imbwa zabo – #rwanda #RwOT

    Ubwo hibukwaga Jenoside yakorewe Abatutsi hanunamirwa abarenga ibihumbi 30 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Ndera ku wa 11 Mata 2025, nibwo hagaragajwe ko abari bahungiye mu bitaro bya Careas Ndera batereranywe n'Ingabo z'Ababiligi.

    Usabye Grace ni umwe mu baharokokeye kandi Jenoside yabaye afite imyaka 10 bivuze ko byinshi mu byabaye yabirebaga.

    Yavuze ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga, abaturiye hafi n'ibitaro bya Caraes Ndera bahisemo kubihungiramo kuko byari byubatswe mu buryo bidashobora kugerwaho na buri wese.

    Yerekanye ko Interahamwe zabimenye zikiyemeza kujya zirasa mu bitaro zishaka kwica ababihungiyemo, bituma abarwayi babyivurizagamo benshi bicwa.

    Nyuma y'iminsi itari mike baraswaho, Ingabo z'Ababiligi zagiye kureba bagenzi babo bakoreraga kuri ibyo bitaro, abari babyihishemo bibwira ko nabo bagiye gutabarwa.

    Ati 'Twavuye ahantu twari twihishe, tuza tuzi ko bagiye kuza kudutabara, yewe banakingura imiryango abantu bose bari barimo batarapfa n'abatari bakomeretse cyane turasohoka. Baraza n'imodoka, twumva ko turokotse ariko ikintu kibabaje baraje bajyana imbwa zo mu ba padiri bazishyira mu modoka, hari n'umurwayi w'umuzungu na we baramutwara. Umuntu wese wari ufite uruhu rwera baramutwara, badusiga aho.'

    Yavuze ko abo Babiligi babaye nk'abashumurije abari bahungiye muri ibyo bitaro interahamwe kuko bari bamaze gufungura imiryango yinjiragayo.

    Ati 'Interahamwe zari ziri hafi aho ngaho kuko hari n'umusirikare wabo (u Bubiligi) umwe wahakomerekeye. Bamaze kugenda rero nibwo zabonye uko zica abantu neza kuko bari bamaze no gufungura amarembo. Twasubiyemo twiruka tugwirirana, abantu bamwe baburana n'abandi kuko nanjye Papa muheruka mbere y'uko Ababiligi baje.'

    Icyo gihe hahise hoherezwa abasirikare, berekeza i Ndera barasa Caraes Ndera hifashishijwe imbunda ziremereye ku buryo nta muntu wari uzi ko azavamo ari muzima.

    Mu kurasa kandi ngo abo basirikare ntibari bitaye ku kureba ko harimo n'abarwayi bafite ibibazo by'ubuzima bwo mu mutwe.

    Yavuze ko nyuma Interahamwe zaje kwinjira muri Caraes Ndera zisohora abari barokotse amasasu, zitangira kubambura imyenda n'utundi tuntu tw'agaciro zikabijyana ari nako zikomeza kubica.

    Usabye yavuze ko yabonye se atemwa n'uwari umuturanyi we, amucyurira ngo azongere akore imwe mu mirimo yakoraga irimo gukora amazi n'amashanyarazi.

    Yagaragaje ko abari abarwayi bishwe cyane kuko bo aho bari bari mu bitaro batari bafite ubushobozi bwo kwibuka ku buryo byatumye bishwa n'amasasu ari benshi.

    Ku bw'amahirwe we na nyina babashije kurokoka nubwo banyuze mu nzira igoye cyane, ariko ko kuri ubu yamaze kwiyubaka.

    Visi Perezida wa Sena y'u Rwanda, Nyirahabimana Solina, yavuze ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu buryo bwose ishimishije kandi itazasubira inyuma, ariko asaba Abanyarwanda kurwanya abatarwifuriza ibyiza kuko bagihari.

    Yavuze ko amateka ya Jenoside yakorewe i Ndera ndetse no mu bindi bice by'Umujyi wa Kigali, yerekana ko Isi itagira imbabazi.

    Ati 'Abatutsi bari bahungiye hano, bari hamwe n'abanyamahanga, ariko twagaragarijwe ko ingabo za MINUAR zari zigizwe ahanini n'Abasirikare b'Ababiligi, baraje batwara bene wabo batererana Abatutsi, baricwa.'

    Senateri Nyirahabimana yongeye gushimangira ko hakigaragara abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, asaba uruhare rwa buri wese by'umwihariko urubyiruko mu kuyirwanya.

    Ati 'Haracyari Abanyarwanda ndetse n'abanyamahanga bakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside kandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Abo banzi b'igihugu cyacu bakoresha uburyo butandukanye, harimo n'imbuga nkoranyambaga. Ni inshingano ya buri wese, kubavuguruza tugaragaza ukuri ku itegurwa n'ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi.'

    Usabye Grace uri mu barokokeye muri Caraes Ndera atanga ubuhamya

    Abato bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Bayasese Bernard, yavuze ko bagiye kubaka urwibutso rugari i Ndera

    Senateri Mukabalisa Donatille ni umwe mu bitabiriye iki gikorwa

    Visi Perezida wa Sena, Nyirahabimana Solina, yasabye kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

    Senateri Mukabaramba Alvera ubwo yumvaga ubuhamya

    Depite Madina Ndangiza akurikiye ubuhamya bwatanzwe

    Senateri Nyirasafari Esperance ari mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bifatanyije n’abaturage b’i Ndera mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Umuhanzi Grace ni we waririmbiye abitabiriye iki gikorwa, atanga ubutumwa bw’icyizere binyuze mu ndirimbo

    Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Sheikh Mussa Fazil Harerimana, na we yifatanyije n’abaturage b’i Ndera kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri ako gace

    Depite Kalisa Jean Sauveur na Dr. Ntaganira watanze ikiganiro ku mateka

    Abarokokeye i Ndera bavuze amazina ya bamwe mu bibukwa bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Ubwo hacanwaga urumuri rw’icyizere

    Senateri Nyirahabimana Solina yasabye urubyiruko guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside

    Amafoto: Yassip Esther


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uko-ababiligi-batereranye-abatutsi-bari-bahungiye-muri-careas-ndera-bagahitamo

  • Nyanza: Gitifu w'Akagari akurikiranyweho kwambura abaturage – #rwanda #RwOT

    Ni amakuru yamenyekanye ku wa 11 Mata 2025, bikavugwa ko hari amafaranga uyu muyobozi yafashe nk'inguzanyo mu baturage ariko ntiyishyure, arimo n'aya mituweli yakiriye ngo abishyurire ariko ntabikore, abaturage bakaba bifuza ko yabishyura ku neza.

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yatangarije IGIHE ko uyu muyobozi yatawe muri yombi kugira ngo akurikiranweho ibyo ashinjwa.

    Ati 'Ni byo yafunzwe kubera amafaranga y'abaturage.'

    Meya Ntazinda ntiyasobanuye byinshi ku ifatwa ry'uyu muyobozi, ariko amakuru IGIHE yamenye ni uko afungiye kuri RIB, Sitasiyo ya Nkomero mu Karere ka Nyanza.

    Gitifu w'Akagari ka Nyabinyenga afitiye abaturage ideni ry'agera ku bihumbi 500 Frw, bifuza ko abishyura.

    Ibiro by’Umurenge wa Cyabakamyi ubarizwamo Akagari ka Nyabinyenga, mu Karere ka Nyanza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-gitifu-w-akagari-afunzwe-akekwaho-kwambura-abaturage

  • Umutimanama ukwiye kuruta amashuri mwize – Mutesi Scovia abwira abanyamakuru – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri uyu wa 12 Mata 2025, ubwo hibukwaga Abanyamakuru bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mutesi Scovia yagaragaje ko aterwa ipfunwe no kuba hari abanyamakuru bagize uruhare mu gushishikariza abantu kwitabira gushyira mu bikorwa Jenoside, asaba ko umutimanama ukwiye kuruta amashuri abanyamakuru bize mu rwego rwo gukora umwuga wabo kinyamwuga no kuwunoza kurushaho.

    Ati 'Umutimanama ukwiye kuruta impamyabumenyi mubitse, ukwiye kuruta amashuri mwiza, uko bababwiye. Ukaruta uko ababyeyi banyu bababwiye ko ibi bitavugwa ibi bivugwa. Umutimanama ukwiye gufata iya mbere mu gutuma abapfobya Jenoside, abayihakana bakoresheje itangazamakuru… iyi nzira dufite y'umurongo uranguruye, uvugira ahirengeye mu byiciro byose, dutuma Abanyarwanda bumva neza ubukana Jenoside yakoranywe.'

    Yagaragaje ko bimwe mu binyamakuru mpuzamahanga bikomeje kugira uruhare mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, asaba ko abanyamakuru bo mu Rwanda kugira uruhare mu kubirwanya.

    Ati 'Mureke twange kwemera ko kuba umuntu yarabaye igihangange mu kinyamakuru cye, bimuha ubuhangange bwo kuvuga ukuri kw'igihugu cyacu. Nemera ko umunyamakuru adakwiye kubeshya kandi adakwiye gukoreshwa n'indonke.'

    Mutesi Scovia yatangaje ko kuri ubu hari abanyamakuru babirinduwe n'indonke, inda igasumba umurage w'igihugu cyabo barimo n'abashobora kuba bavuka mu miryango yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ariko bakayipfobya.

    Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru (RBA), Barore Cléophas, yagaragaje ko itangazamukuru mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi naryo ryakozwe mu nda.

    Ati 'Itangazamukuru ryakozwe mu nda kuko ryabuze abagabo n'abagore, bazizwa ko ari Abatutsi, ntibahowe ko ibyo batangazaga byari byishe amahame y'umwuga kandi n'iyo biza kuba ari byo bakoze, uwishe amahame y'umwuga ntiyicwa arakeburwa, yananirana agahanwa n'amategeko atarimo igihano cy'urupfu.'

    Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith, yagaragaje ko ingengabitekerezo ya Jenoside n'ipfobya ryayo ryafashe indi ntera, bigashimangira ko nta somo abagize umuryango mpuzamahanga basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

    Yasabye abanyamakuru ko mu gihe ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje gukwira mu Karere u Rwanda ruherereyemo by'umwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rikwiye kugira uruhare mu kugaragaza ukuri.

    Ati 'Kubera icyizere itangazamakuru rigirirwa ni ngombwa ko abanyamakuru mwumva ko mufite inshingano yo guhora ku ruhembe rwo gutanga amakuru nyayo, no kugaragaza ukuri ku mpamvu zitera umutekano muke muri RDC. Ari uko Abanye-Congo baharanira uburenganzira bwabo burimo ubwo kubaho, bahora bitwa Abanyarwanda, bicwa bunyamaswa biturutse ku mvugo z'urwango z'abanyapolitiki barimo n'abo mu nzego nkuru zacyo, ibikorwa bitandukanye birimo kwangiza imitungo yabo ndetse n'ibindi bikorwa bibi byinshi bakorerwa.'

    Yagaragaje ko bibabaje kubona bamwe mu banyamakuru b'Abanyarwanda batinyuka guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi bazi uburemere bw'ingaruka zayo.

    Yabasabye kandi kugira uruhare mu bikorwa byo kwimakaza ubumwe n'ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.

    Minisitiri Uwizeye yavuze ko Guverinoma y'u Rwanda izakomeza gushyigikira iterambere ry'itangazamakuru.

    Visi Perezida wa IBUKA, Christine Muhongayire, yasabye abanyamakuru kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje gukwirakwira no mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

    Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda (RMC), Mutesi Scovia, yagaragaje ko abanyamakuru bakwiye gushyira imbere umutimanama

    Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), Barore Cléophas, yagaragaje ko itangazamukuru mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi naryo ryakozwe abanyamakuru bishwe bazizwa ko ari Abatutsi

    Uhagarariye imiryango y’ababuze ababo bari abanyamakuru, Karangwa Francois yashimye iki gikorwa cyo kubibuka, asaba abato kugira uruhare mu gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside n’imvugo z’urwango

    Minisitiri Uwizeye Judith yasabye abanyamakuru kuba ku ruhembe mu kugaragaza ukuri

    Visi Perezida wa IBUKA, Christine Muhongayire, yasabye abanyamakuru kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

    Umuhanzi Bonhomme yafashije abanyamakuru kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu ndirimbo

    Senateri Emmanuel Havugimana yagaragaje ko itangazamakuru ryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu kubiba urwango mu baturage

    Mbungiramihigo Peacemaker wakoze itangazamakuru mbere ya Jenoside yagaragaje uko batotezwaga na bagenzi babo babita ibyitso by’Inkotanyi

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa ARJ, Habumuremyi Emmanuel akurikiye ubuhamya

    Abayobozi muri RBA barimo Paul Rutikanga, Munyarukumbuzi Emmanuel, Nzabandora Leon na Jean Pierre Kagabo

    Abanyamakuru batandukanye bitabiriye iki gikorwa

    Hacanwe urumuri rw’icyizere cyo kubaho

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, mu bitabiriye igikorwa cyo kwibuka abanyamakuru bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Abanyamakuru batandukanye n’abayobozi bitabiriye

    Ingabire Egidie Bibio wayoboye iki gikorwa

    Amafoto: Kwizera Hervé


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umutimanama-ukwiye-kuruta-amashuri-mwize-mutesi-scovia

  • Karongi: Abasore babiri batawe muri yombi bakekwaho kwiba ibikoresho by'ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni Niyoyandika Elyse na Usabyimbabazi Pierre, bombi bafite imyaka 18.

    Bafashwe nyuma y'iperereza ryakozwe ku cyaha bakekwaho cyo kwinjira mu nzu ya Nyiramugwera Evodie w'imyaka 64, tariki ya 2 Mata 2025 ahagana Saa Tanu za mu gitondo (11:00), bakoresheje icyuma kizwi nka fer à béton bicishije urugi rw'inzu.

    Ibikoresho byibwe harimo televiziyo ya Samsung, dekoderi, antenne, telekomande, na telefone nto ya Itel.

    Nyuma y'ifatwa ry'aba bakekwa, hamenyekanye ko ibyo bikoresho byagurishijwe kwa Kubwimana Dominique ku bihumbi 40 Frw. Polisi yasanganye Kubwimana televiziyo hamwe na dekoderi, nawe yemera ko yabiguze kuri aba basore.

    Bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rubengera kugira ngo bakurikiranwe n'amategeko.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, mu Ntara y'Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, mu kiganiro na IGIHE yibukije abaturage ko ubujura buciye icyuho ari icyaha gihanwa n'amategeko, ashimira abaturage uburyo bakomeje kugira uruhare mu gukumira ibyaha binyuze mu gutanga amakuru ku gihe.

    Ati “Turabakangurira kandi kwirinda kugura ibintu batazi inkomoko yabyo kuko bishobora kubaviramo gufatwa nk'abafatanyacyaha. Tuboneyeho umwanya wo gukangurira urubyiruko kwirinda ibishuko bishobora kubajyana mu byaha, tubibutsa ko ubujura atari wo muti w'ubukene”.

    Abasore babiri bo mu Karere ka Karongi batawe muri yombi, bakekwaho kwiba ibikoresho by’ikoranabuhanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-abasore-babiri-batawe-muri-yombi-bakekwaho-kwiba-ibikoresho-by

  • Goma : Imirwano ikomeye yashyamiranije ingabo za leta ya Congo na M23 #RwoX

     

    Kuva kuwa 5 kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa 6 tariki 12 Mata 2025, igisirikare cya FARDC cyagabye ibitero kuri M23 mu mujyi wa Goma, urusaku rw’ibunda nini rwakomeje kuvikana mu Burasirazuba bw’uyu mujyi. Byatumye abaturagye baguma mu ngo zabo kubera ubwoba.

    Inkuru ya : Paul Murinda

    Amashusho : ChatGPT

  • Kwibuka31: Umutimanama ukwiye kuruta amashuri… – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho mu mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Mata 2025 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 abanyamakuru bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, cyabereye ku Cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RBA.

    ‎‎Mutesi Scovia yavuze ko abanyamakuru bibuka abanyamakuru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko batanibagirwa n’abayigizemo uruhare kugira ngo ikoranwe ubukana.

    ‎ Ati: “Uyu munsi urwego rw'itangazamakuru ryigenzura kimwe n'abandi banyamakuru iyo turimo twibuka abanyamakuru bazize Jenoside ndetse ntabwo twibagirwa abagize uruhare rwumvikana kugira ngo Jenoside ikoranwe ubukana nku’bwo yakoranywe kuko uyu munsi dufite amazina azwi yari arimo abahanga bize”. 

    ‎‎Yavuze ko abanyamakuru bambaye ishusho ikomeye kuko ntawe ushidikanya ku cyo bavuze gusa ko atewe ipfunwe nuko uwo abaturage bizeraga ari we wahamagarariye abantu kwica.

    ‎‎Ati: “Abanyamakuru twambaye ishusho ikomeye uyu munsi ntawe ushidikanya ku cyo abanyamakuru bavuze rimwe na rimwe icyatambutse kuri Televizyo n'ahandi usanga n’iyo abantu bajya impaka bavuga ngo ni ukuri nacyumvanye abanyamakuru. 

    ‎‎Njyewe ubwanjye sinatinya kuvuga ko ntewe ipfunwe no kumva ko uwo abaturage bizeraga ko ari umunyamakuru ari buvuge ibyabaye kandi bikwiye ariwe wahamagariye abantu kwica abandi”. 

    ‎‎Yavuze ko aba banyamakuru bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari bafite ibyago birenze iby’abandi bitewe nuko babaga bazwi 

    ‎‎Ati: “Aba banyamakuru twibuka uyu munsi bagize ibyago biruta iby'abandi, mu by’ukuri njye Scovia nshiye mu mujyi, mu isoko, mu giturage cyangwa ahandi habaye ubukwe benshi baranzi. Rimwe na rimwe hari n'abashaka kumenya ngo ndi mwene nde bagateranya ibyo byose. Mu banyamakuru rero twibuka, bagize ibyago biruta iby'abandi kuko aho yacaga hose kwihisha byabaga bigoye”.

    ‎‎Mutesi Scovia yavuze ko abanyamakuru bakwiye kurutisha umutimanama wabo amashuri bize ndetse n’ibyo babwiwe n’ababyeyi. ‎‎Ati: “Ndavuga ngo abanyamakuru twiga itangazamakuru, dukoresha ibikoresho by'ikoranabuhanga uyu munsi turi noneho ku mbuga nkoranyambaga turakoresha ikoranabuhanga mu buryo bushoboka ubwo ari bwo bwose ndetse umunyamakuru wihuta muri ibyo ni we twita umuhanga. 

    ‎‎Ndimo ndavuga ngo dukwiye kuvuga ko umutimanama ukwiye kuruta diplome mubitse iwanyu, umutimanama ukwiye kuruta amashuri mwize, uko bababwiye, ukwiye kuruta ababyeyi banyu babawiye ko ibi bitavugwa, ibi bivugwa, umutimanama ukwiye kuba iya mbere mu guhangana n’abapfobya Jenoside, abayihakana bakoresheje itangazamakuru.” 

    Mutesi Scovia‎ y‎avuze ko itangazamukuru rikwiye kurwanya abakomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. ‎‎Yavuze ko umunyamakuru adakwiye gukoreshwa n’indonke ubundi akemera kubeshya.

    ‎‎Ati: “Nemera ko umunyamakuru adakwiye kubeshya, nemera ko umunyamakuru adakwiye gukoreshwa n'indonke. Ningera ku ndonke mu by’ukuri dufite abanyamakuru bagenzi bacu twiganye, twakoranye, twakuranye, twareranywe, indonke zababirinduye inda zigasumba umurage w'igihugu cyabo, uyu munsi agahagarara ku maguru abiri ashobora no kuba yaravutse mu muryango warokotse Jenoside, ubundi agapfobya. Mureke amajwi yacu aganze ikibi, arwanye ingebitekerezo gupfobya n'ibindi bikorwa bitandukanye”.

    ‎

    Mutesi Scovia yavuze ko abanyamakuru bakwiye kurutisha umutimanama wabo amashuri bize ndetse n’ibyo babwiwe n’ababyeyi

    IJAMBO RYA MUTESI SCOVIA MU KWIBUKA ABANYAMAKURU BISHWE MURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/154532/kwibuka31-umutimanama-ukwiye-kuruta-amashuri-mwize-mutesi-scovia-abwira-abanyamakuru-154532.html

  • Kuba u Rwanda rwifuzwa, ubudaheranwa Ubutumw… – #rwanda #RwOT

    Aba bahanzi barimo Emmy Nsengiyumva [Emmy], Patient Bizimana, Mujyanama Claude [TMC], Lionel Sentore na Shaffy uzwi mu ndirimbo 'Akabanga', batandukanye mu buryo bahanga ariko bahuriye ku guha agaciro amateka n'uruhare rwabo mu gusigasira umuco w'amahoro binyuze mu bihangano no mu butumwa batanga. 

    Emmy: Kongera kubaho ni bwo butwari

    Emmy, uri mu bahanzi nyarwanda bakorera umuziki hanze y'igihugu, yavuze ko kwibuka Jenoside ari umwanya wo guhamya ubudaheranwa bw'Abanyarwanda. 

    Yagize ati 'Icyo nabwira Abanyarwanda ni ukubaho tugakomera, tukubaka u Rwanda ruzira Jenoside, ruzira kuvogerwa. Uwacitse ku icumu nakomeze abeho, kongera kubaho ni bwo butwari.'

    Uyu muhanzi yongeyeho ko ubuhanzi ari ijwi rigera kure, kandi bufite ubushobozi bwo guhumuriza, gufasha mu gusigasira amateka n'ukuri kw'ibyabaye mu 1994:

    Yagize ati 'Ubuhanzi n'ijwi regera kure, bwaba inzira nziza yo guhumuriza ndetse no gusigasira amateka yacu.'

    Patient Bizimana: Yahumurije abarokotse Jenoside yifashishije amagambo yo muri Zaburi

    Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda TV, umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana yavuze ko uko imyaka ishira ari nako yumva akeneye kurushaho guharanira ubuzima bwubaka, butanga icyizere.

    Avuga ko iyo igihe cyo kwibuka kigeze, agenda ahinduka imbere mu bitekerezo n'imibabaro. Yavuze ko mu gihe nk'iki yifatanyije n'Abanyarwanda bose, kandi ahumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati 'Muri ibi bihe twibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ijambo ry'Imana riboneka muri Zaburi 62-6 riratubwira ngo 'ivuga ko 'Imana ni yo yonyine niringira, reka nyisunge mbone ihumure'. Iryo humure ry'Imana ni ryo nifurije Abanyarwanda, ariko by'umwihariko abarokotse Jenoside, kandi nk'umuhanzi inshingano zacu ni ugusigasira ibyagezweho.'

    Patient ari mu bahanzi batanze umusanzu ukomeye mu ndirimbo zo kwibuka, n'izindi zirimo nka Ubwo buntu, Menye Neza, n'izindi. Avuga ko igihe cyo kwibuka kimwongerera imbaraga zo gukomeza gutanga ubutumwa burimo gukira, imbabazi n'icyizere.

    Shaffy: 'Nahumure, ntibizongera'

    Umuhanzi Shaffy, umwe mu batanga ubutumwa bwimbitse mu bihangano byo kwibuka, yavuze ko iki ari igihe cyo kongera kuzirikana ingaruka z'ingengabitekerezo mbi zasenye u Rwanda n'imiryango myinshi.

    Ati 'Iki ni igihe cyo kwibuka ingaruka z’ingengabitekerezo bibi zatumye abana babura ababyeyi, ababyeyi babura abana, u Rwanda rurasenywa. Mpumurije umunyarwanda wese iki gihe kigora bitewe n'ibyo yabonye cyangwa yakorewe, nahumure ntibizongera.'

    Yakomeje asaba urubyiruko rw'u Rwanda guharanira ukuri, kurwanya ikibi n'ingengabitekerezo ya Jenoside. Ati 'Ndasaba Abanyarwanda cyane cyane urubyiruko kurwanya no kwirinda abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.'

    Lionel Sentore: 'Dukomere, dukomeze twiyubakire igihugu cyacu'

    Lionel Sentore, uzwi mu ndirimbo ziranga umuco nyarwanda n'ubutumwa bwimbitse, yatanze ubutumwa bwuje amarangamutima, agaragaza uburyo Jenoside yasize ubumuntu burimo igikomere gikomeye.

    Mu magambo ye, yagize ati 'Ndirire nde Mana? Ndirire nde Data? Ko abo nakaririye ari imirambo, abandi inkongoro zishiha?'.

    Sentore yashimiye Inkotanyi zarokoye Abatutsi, avuga ko batagomba kwibagirana mu mateka y'u Rwanda. Ati 'Igihe batemaga batongora, twumvise Inkotanyi ku Nkiko ziradutabara, zirokora utwari dusigaye. Mwarakoze Inkotanyi.'

    Yashishikarije urubyiruko gukomeza umurongo wo kubaka igihugu, nk'abasigaye bafite inshingano z'ahazaza. Ati 'Dukomere, kandi dukomeze twiyubakire igihugu cyacu. Twe nk'urubyiruko duharanire ko bitazongera ukundi.'

    TMC: Twibuke, twiyubaka

    Umuhanzi TMC wahoze muri Dream Boys yagaragaje ubutumwa bwuje uburemere n'ubutumwa bw'ubuzima bushya bukwiye kubakira ku mateka igihugu cyaciyemo.

    Mu kiganiro na InyaRwanda, yagize ati: 'Kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ni ikimenyetso simusiga ko ugomba kubaho ndetse ukabaho wubahisha abacu batuvuyemo. Ni inshingano ya buri wese yo gukumira icyadusubiza mu bihe by'icuraburindi. Twibuke twiyubaka.'

    Aya magambo ye agaragaza ko kubaho nyuma y'ibihe bikomeye nk'ibi bitari ukwibera ho gusa, ahubwo ari uguharanira ubuzima bufite intego, bugendera ku mahame y'ubwubahane, ubumuntu n'icyizere cy'ejo hazaza.

    TMC, umaze igihe kinini agaragaza uruhare rwe mu rugendo rwo gukomeza kubaka sosiyete ibumbatiye amahoro n'iterambere, yibukije ko Kwibuka atari igikorwa cy'abantu bamwe, ahubwo ari inshingano rusange y'Abanyarwanda bose.

    Ubutumwa bwe bwashimangiye ko indangagaciro zo kwiyubaka, kubaha abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no guharanira ko amateka mabi atazongera, ari inkingi ya mwamba y'ubuzima bw'ubu n'ubw'ejo.

    Ubutumwa bw'aba bahanzi ni kimwe mu bigize igikorwa cya #Kwibuka31, aho abantu batandukanye hirya no hino mu gihugu n'ahandi ku isi bibuka, batanga icyizere, bakomeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, banaharanira ko urubyiruko ruzagira ubumenyi n'ubushake bwo gusigasira amateka no kurwanya amacakubiri.

    Ni urugendo rushya rukomeje gufata intera uko imyaka ihita, rugaragaza ko u Rwanda ari igihugu cy'abadacika intege—u Rwanda rwiza n'ubudaheranwa.

    Ubutumwa bwa TMC bwubakiye ku nsanganyamatsiko yo ‘Kwibuka, twiyubaka’

    Lionel yasabye buri wese kugira uruhare mu gukomeza kubaka u Rwanda rwifuzwa
      Shaffy yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Patient Bizimana yatanze ihumure ku barokotse Jenoside yifashishije amagambo yo muri Bibiliya

    Emmy ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabwiye abarokotse gukomeza gutwaza gitwari


    KANDA HANO WUMVE UBUTUMWA BW’UMUHANZI PATIENT BIZIMANA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/154521/kuba-u-rwanda-rwifuzwa-ubudaheranwa-ubutumwa-bwihumure-bwa-emmy-patient-sentore-tmc-na-sha-154521.html

  • Kwibuka31: Bruce Melodie n’abo muri 1:55 AM n… – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa bakoze kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Mata 2025, mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. 

    Bruce Melodie yari kumwe na Kenny Sol, Ross Kana ndetse na Producer Kompressor babarizwa muri 1:55AM, bari kumwe n'Umuyobozi wa Sosiyete ya 1:55 AM Ltd, Kenny Mugarura. 

    Aba bahanzi bavuze ko bahisemo gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw'Akarere ka Nyanza mu rwego rwo kwiga amateka yaranze aka gace mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Nyuma yo gusobanurirwa amateka bunamiye inzirakarengane zirenga 31,644 zishyinguye muri uru rwibutso. 

    Mu rwego rwo guhumuriza no gukomeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, iri tsinda ryasuye, riganira ndetse rigenera impano ababyeyi 10 b'Intwaza barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batuye mu Murenge wa Busasamana ho mu Karere ka Nyanza. 



    Abarimo Bruce Melodie, Ross Kana, Kenny Sol na Kompressor ubwo bari ku rwibutso rwa Jenoside rw’Akarere ka Nyanza basobanurirwa amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi


    Bruce Melodie yasuye Urwibutso rwa Jenoside rw’Akarere Nyanza ari kumwe n’abagize ikipe ya UGB yashoyemo imari ndetse na Kenny Mugarura uyobora 1:55 AM


    Bruce Melodie ari kumwe na Kenny Mugarura uyobora Label ya 1:55 AM


    Ross Kana na Bruce Melodie bafashe umwanya wo kunamira inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rw’Akarere ka Nyanza 


    Kenny Sol aramukanya na bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda 


    Abagize 1:55 AM na UGB batanze impano ku babyeyi b’intwaza bo mu Karere ka Nyanza








    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/154526/kwibuka31-bruce-melodie-nabo-muri-155-am-na-ugb-basuye-urwibutso-rwa-jenoside-rwa-nyanza-b-154526.html