Icyemezo cy'Urukiko cyasomwe ku wa Gatanu, abo 14 bahamwa n'ibyaha bakatirwa igihano cy'urupfu mu gihe ku cyaha cy'ubujura ho bahanishijwe igihano cy'igifungo cy'imyaka 10.
Abana babiri baregwaga muri iyo dosiye bo barekuwe.
Mu rukiko Ubushinjacyaha bwagaragaje ko iryo tsinda ryakoraga ibikorwa by'ubugizi bwa nabi hagati ya Mata na Kanama 2025, aho ryagiye rigaba ibitero ku makoperative, amaduka n'ibiro by'abohereza amafaranga bagasiga babibye.
Bwavuze ko byahumiye ku mirari mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Kanama 2025 ubwo bibaga koperative ya Païdek aho bayibye arenga ibihumbi 100 by'Amadolari ndetse na miliyoni 76 z'amafaranga yo muri Congo.
Uru rukiko kandi rwakatiye undi mugabo urwo gupfa nyuma yo gufatirwa i Dindi umunsi umwe mbere y'uko urwo rubanza ruba, afite imbunda ya AK-47 aho yahamwe n'ibyaha byo kuba mu mutwe w'abagizi ba nabi ariko mugenzi we bareganwaga ararekurwa kuko habuze ibimenyetso bifatika.
Ibi bihano byagaragajwe ko bigamije gutanga ubutumwa bukomeye bwo kurwanya umutekano muke ukomeje kwiyongera mu karere ka Beni.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nubwo ifite igihano cy'urwo gupfa ariko ntabwo kirashyirwa mu bikorwa guhera 2003.
Leta ya RDC yasubijeho igihano cy'urupfu muri Werurwe 2024, isobanura ko igamije kurwanya ibyaha birimo ubugambanyi bikorerwa mu bice biberamo intambara, ndetse n'ubugizi bwa nabi mu mijyi.
Ni icyemezo cyamaganywe n'imiryango mpuzamahanga irimo iharanira uburenganzira bw'ikiremwamuntu, ndetse ni kimwe mu byo Akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe uburenganzira bw'ikiremwamuntu kanenze mu Ugushyingo 2024.
Minisitiri w'Itumanaho n'Itangazamakuru akaba n'Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yasobanuriye aka kanama ko iki gihano cyasubijweho bitewe n'intambara iri kubera mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, akizeza ko nirangira kizakurwaho.
Ku rundi ruhande na Uganda nayo iracyafite igihano cy'urupfu mu mategeko yayo nubwo mu binyacumi bibiri biheruka nta muntu uricwa nko gushyira mu bikorwa icyo cyemezo.
Teritwari ya Beni yakunze kwibasirwa n'imitwe yitwaje intwaro mu bikorwa by'urugomo birimo n'uw'iterabwoba ufite inkomoko muri Uganda wa ADF.
Ibikorwa by'umutekano muke muri iyo teritwari byatumye abaturage barenga ibihumbi 500 bamaze kuva mu byabo kuva 2025 yatangira.
Abarimo Abagande batandatu bakatiwe urwo gupfa
Abakatiwe urwo gupfa bahamijwe ibyaha byo kujya mu mutwe w’abagizi ba nabi
Ababyeyi b''INTWAZA' baturutse mu mirenge 12 igize Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 22 Kanama 2025 bakorewe ibirori by'umunsi mukuru w'Umuganura. Ni igitaramo cyo gusangira cyateguwe n'Urugaga rw'Abikorera/PSF mu karere ka Kamonyi cyanitabiriwe n'Ubuyobozi bw'aka Karere, aho bataramye ndetse bagasabana, bagahuza Urugwiro. 'INTWAZA', bashimiye ubuyobozi bukuru bw'Igihugu burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, we wabasubije Ubuzima, akabaha kwitwa izina rishya bakareka kwitwa'INCIKE', akabakuraho igisuzuguriro nyuma y'imyaka 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ibaye. Â
Donatille Nyiramakuba, umwe mu ntwaza wavuze mu izina rya bagenzi be ashingiye ku ijambo riboneka muri Bibiliya(ku bemera Imana) mu gitabo cy'Umubwiriza, yabwiye abitabiriye ibi birori ko Umuntu ufasha Imbabare, Uwita ku muntu utagira kivurira aba asumbye kure uwakwita ku wundi muntu.
Yashimiye Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame we wabagaruriye Ubuzima akabaha izina rishya. Ati' Ubu nta muntu ugufata ngo agutererane ngo akugire icyo ntazi, Oya!. Ahubwo twishimira n'akazina mwaduhaye kuko batwitaga 'INCIKE' mwe mukatwita 'INTWAZA'. Turashimira Leta itajya idutererana kuva ku buyobozi bwacu bwo hejuru kugera ku rwego rw'Umudugudu'.
Yasabye Ubuyobozi bw'AKarere ka Kamonyi kwegera Intwaza zikiri mu ngo hirya no hino mu mirenge aho bigaragara ko bashaje, bageze mu zabukuru. Yasabye ko babegera bakabafasha guhindura imyumvire bakemera kujya hamwe n'abandi mu nzu za Mpinganzima bagafashwa, bakitabwaho kuko ubwabo batabashije kandi batanafite ababitaho mu ngo aho baherereye.
Avuga kuri iki kibazo n'impamvu zishobora kuba zitera bamwe mu Ntwaza kutemera gusanga abandi mu nzu za Mpinganzima, yagize ati' Hari abantu bagize ihungabana bituma ubwenge bwabo bumera nk'aho busubiye inyuma, barakuze, bageze mu zabukuru ariko nti wamubwira uti ngwino nkujyane aho abandi bakecuru bari ngo abyumve cyangwa abyemere. Ntekereza ko rero inama zanyu, ubushake n'umurava wanyu mu gukomeza kubegera hari icyo bizabafasha bagasanga abandi mu nzu ya Mpinganzima kuko aha bitabwaho mu buryo bwose bushoboka umunsi ku munsi'.
Munyankumburwa Jean Marie, ukuriye urugaga rw'Abikorera/PSF mu Karere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko igitekerezo cyo guhuza Intwaza, bagatarama ndetse bagasangira Umuganura ari igitekerezo bagize ubwo twibukaga ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Jean Marie Munyankumburwa/PSF Kamonyi.
Yagize ati' Ni igitekerezo twagize mu gihe twarimo twibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nyuma yo kwibuka, twagize umwanya wo gusangira, tumaze gusangira tureba ibyishimo bafite tubona bikwiye ko noneho twazahura atari mu bihe byo KWIBUKA tugasangira nabo, tugasabana kuko bigaragara ko baba bakeneye abantu. Ni ubwo buryo rero twatekereje ko tuzasangira Umuganura'.
Yakomeje ati' Bigaragara ko bishimye!, baranezerewe mu by'ukuri kandi ni igikorwa dusanga ko kizakomeza kuko aba babyeyi bakeneye abantu bababa hafi bagataramana, bagasangira, bakisanzura, bakaganira, bakabafasha kuryoherwa n'Ubuzima'.
Kayitesi Immaculee/AVEGA
Immaculee Kayitesi, yabanye n'izi Ntwaza muri iki gitaramo nk'uwaje ahagarariye AVEGA ariko kandi na PSF ku rwego rw'Intara y'Amajyepfo. Mu ijambo rye, yasabye Intwaza n'abandi gushimira Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame we uhora ushyira imbere umuturage, akanasaba ko mu bikorwa byose Umuturage aba ku isonga.
Yashimiye Akarere ka Kamonyi ku mwihariko gafite mu gukurikirana aba babyeyi b'Intwaza. Yanashimiye Urugaga rw'Abikorera/PSF mu karere ka Kamonyi rwatekereje kandi ruhora rutekereza kuba hafi Intwaza.
Yakomeje asaba ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi kumva ijwi ry'INTWAZA ribasaba kuba hafi y'Ababyeyi bageze mu zabukuru batakibasha kugira icyo bifasha. Yabasabye kubegera bakabagira inama bakemera kujya hamwe n'abandi mu nzu z'Impinganzima bagashajishwa neza, bagaherekezwa neza niba hari n'ufite uburwayi buhoraho akavurwa umunsi ku munsi.
Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi yashimiye urugaga rw'Abikorera/PSF mu karere abereye umuyobozi kuri iki gikorwa batekereje ndetse bakagishyira mu bikorwa. Abashimira ubufatanye n'Akarere mu bikorwa bitandukanye bigamije iterambere no gutuma ubuzima bw'Abaturage buba bwiza kurusha.
Dr Nahayo Sylvere/Meya Kamonyi.
Yagize kandi ati' Iyo tuje gutya rero mu gitaramo nk'iki turi kumwe n'Ababyeyi bacu, INTWAZA, uba ari umwanya wo kugira ngo twishime, nk'Ubuyobozi tubabwire ko turi kumwe, tubabwire ko tubakunda nubwo mubizi! Twongere tubabwire ko mufite Igihugu cyiza kibitayeho, kibakunda, kibifuriza ibyiza, kibatekerezaho umunsi ku munsi kandi mu bushobozi gifite gikora ibishoboka byose kugira ngo mukomeze kubaho kandi mubeho neza'.
Yabasabye gushimira Perezida Paul Kagame we uhora ubashakira ibyiza, uhora ashaka ko batera imbere. Yabibukije ko uyu mwanya wabateguriwe kugira ngo Basangire, Bishime kandi Basabane abadaherukana bongere baramukanye, Batarame kandi Bibukiranye kuri byinshi bitandukanye banyuzemo, bishimire urugendo bagenze rwo gukomeza kwiyubaka no kubaka Igihugu.
Intwaza zose hamwe z'Akarere ka Kamonyi ni 63. Barimo 43 bari mu mirenge itandukanye igize Akarere, hakaba 9 bari mu nzu ya Mpinganzima ya Bugesera, hakaba 6 bari mu nzu ya Mpinganzima ya Nyanza na 5 bari mu nzu ya Mpinganzima ya Huye. Abari mu mirenge igize Akarere ka Kamonyi hafi ya bose bafite uko buri kigo cy'ishuri( Ubuyobozi, Abanyeshuri n'Abakozi) b'aho baherereye babitaho mu  cyo bise Marrainage, aho babasura bakabaganiriza, bakabafasha imirimo, bakabaremera mu buryo butandukanye, bakamenya uko babayeho.
Urwo rugendo rwatangiye RURA igirana ibiganiro n'abarimu, abashakashatsi n'abayobozi n'abanyeshuri bo muri za Kaminuza by'umwihariko abafite aho bahurira n'ikoranabuhanga, itumanaho n'isakazabumenyi kugira ngo bagire uruhare mu gutanga ibitekerezo byazibandwaho mu kuvugurura iryo tegeko.
Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa 22 Kanama 2025 muri Kaminuza y'u Rwanda, Koleji y'Ikoranabuhanga aho byanitabiriwe n'abayobozi bakuru b'ibigo by'itumanaho n'ibitanga za internet.
Umuyobozi Mukuru wa RURA, Rugigana Evariste, yavuze ko kaminuza zikwiye kugira uruhare rugaragara mu byemezo uru rwego rufata mu ngeri zitandukanye binyuze mu bushakashatsi zikora cyangwa ibitekerezo zatanga mu kugena icyerekezo cyifuzwa ari nayo mpamvu zahurijwe hamwe.
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda, Dr. Didas Muganga, yagaragaje ko ari ingenzi guha kaminuza amahirwe yo kugira uruhare mu byemezo bifatwa bigamije iterambere kuko usanga zifite abahanga mu ngeri zinyuranye.
Yagaragaje kandi ko Kaminuza zikora ubushakashatsi bugamije impinduka muri sosiyete bityo ko kuziha urubuga mu mpinduka runaka bitanga umusanzu ukomeye.
Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri RURA, Charles Gahungu, yabwiye IGIHE ko kuri ubu hagiye kuvugurwa itegeko rigenga ireme ry'imitangire ya serivisi.
Yavuze ko hitezwe impinduka zishingiye ku ikoranabuhanga rishya rikomeje gukoreshwa ririmo na 5G na 4G bitari bisanzwe bigenwa mu itegeko.
Ati 'Ubu hari ikoranabuhanga rishya ku buryo twabigenzuraga amategeko ntiyari afite ingingo zirireba. Nk'ugero nka 5G ubu ni bwo iri gukoreshwa muri Kigali, serivisi zayo ntabwo twari dufite ingingo zisobanura neza ibipimo byayo uko bigomba kuba bimeze. Hari ikoranabuhanga rifasha umuntu guhamagara hifashishijwe internet ya 4G buzwi nka VoLTE, bwatangijwe umwaka ushize na Airtel. Ni ukuvuga ko amategeko twari dufite izo serivisi nshya zitari zihari n'ibipimo bindi uko imyaka igenda n'ikoranabuhanga turivugurura n'ibipimo tugenda tubivugurura.'
Ku bijyanye n'imbogamizi zikigaragazwa n'abashoramari bitekerezwa ko iryo tegeko rishobora gukemura ni uko ibipimo bya kera nka 2G na 3G bikiri hejuru cyane ku buryo gukomeza kubisigasira bibatwara amafaranga menshi kuko bibasaba gushora mu bindi bikoresho bijyanye n'urwo rwego kandi ikoranabuhanga rigenda ritera imbere bikagenda biva ku isoko.
Ati 'Twe nka RURA tureba ku mpande zombi, tukareba uko umuturage akomeza gukoresha serivisi atabangamiwe cyangwa ngo ahabwe serivisi mbi ariko hakajyaho n'ingamba zituma abantu bimuka bakajya gukoresha ikoranabuhanga rigezweho.'
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, yagaragaje ko biteguye gukomeza gutanga serivisi nziza ariko ko imbaraga nyinshi zikwiye gushyirwa mu ikoranabuhanga rigezweho rya 4G na 5G aho kuba 2G na 3G kuko bishobora kugira ingaruka ku gushora mu ikoranabuhanga rigezweho.
Ati “Gutanga serivisi nziza ni ingenzi ariko bigomba kujyana n'icyerekezo duhanze amaso. Niba dukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu kubungabunga no gusigasira imiyoboro ya 2G na 3G bizagabanya ubushobozi bwacu bwo kwihutisha ishoramari muri 4G na 5G.”
Yongeho ati 'Mutwemerere muhuze itangwa rya serivisi z'inoze n'ishoramari.'
Ibi kandi byanashimangiwe n'Umuyobozi Mukuru wa Airtel Rwanda Emmanuel Hamez wagaragaje ko gushora amafaranga menshi muri 2G na 3G ari igihombo kuko mu minsi iri imbere zishobora kuzaba zitagikoreshwa.
Umuyobozi Mukuru wa CanalBox, Abizera Aimé, yashimye intambwe ikomeje guterwa, ashimangira ko bakwiye kugira uruhare mu kugena ibigamije impinduka nziza mu mikoreshereze ya Internet no guhindura ubuzima bw'Abanyarwanda.
RURA yatangiye urugendo rwo kuvugurura itegeko rigenga imitangire ya serivisi mu by’itumanaho
Byagarutsweho na Minisitiri w'Ingabo wa Mozambique Maj. Gen. Cristóvão Artur Chume, uri mu ruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda. Ni uruzinduko kandi rurimo Umugaba w'Ingabo za Mozambique, Maj Gen André Rafael Mahunguane n'Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Mozambique, CP Fabião Pedro Nhancololo.
Nyuma yo kuganira na mugenzi we w'u Rwanda Juvenal Marizamunda, Cristóvão Artur Chume, yabwiye itangazamakuru ko urugendo rwabo mu Rwanda ruzibanda cyane ku kwagura imikoranire mu bya gisirikare no kugarura umutekano.
Yashimangiye ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa mwiza kuri Mozambique mu nzego zitandukanye zirimo ibya gisirikare n'umutekano n'iterambere ry'imibireho myiza y'abaturage.
Minisitiri Maj. Gen. Cristóvão yavuze ko ibikorwa bya gisirikare bafatanyije n'Inzego z'Umutekano z'u Rwanda byagize uruhare rukomeye mu kugarura umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado, bituma abaturage bari barahunze basubira mu byabo.
Yongeye kwibutsa ko ubufatanye bw'ibihugu byombi bukomeje kwaguka kuko kuri ubu ingabo za Mozambique ziri kubakirwa ubushobozi binyuze mu guhabwa amahugurwa ya Gisirikare kandi ko bakorana n'u Rwanda mu guhana amakuru yo mu rwego rw'ubutasi.
Kuri ubu Guverinoma ya Mozambique yishimira ko abaturage basubiye mu byabo, imbaraga zikaba zirimo gushyirwa mu gukurikirana ibyihebe aho byagiye bicikira hose.
Ubwo Minisitiri w'Ingabo wa Mozambique, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, uri mu ruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda yakirwaga ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda
Minisitiri w'Ingabo wa Mozambique, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, uri mu ruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda
Minisitiri w'Ingabo wa Mozambique, uri mu ruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda yaganiriye na mugenzi we w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda
Mozambique yashimye umusanzu w'u Rwanda mu bya gisirikare n’umutekano
Ni irushanwa ngarukamwaka ryitabirwa n'amakipe y'ibihugu mu mukino wo gusiganwa ku magare, ritegurwa n'Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'uyu mukino ari ryo Union Cycliste Internationale (UCI).
Iyi shampiyona izabera mu Rwanda ni rimwe mu masiganwa azaba akomeye yabayeho kuko rizaba rigizwe n'inzira y'ibilometero 267,5 irimo n'ahazamuka ha metero 5.475.
Biteganyijwe ko izitabirwa n'abantu benshi baturutse mu bihugu bitandukanye, aho byitezwe ko hari n'abazitabira mu gice cy'ubukerarugendo.
Shampiyona y'Isi y'Amagare yabaye bwa mbere mu 1921 i Copenhagen muri Danemark. Iheruka kuba mu 2024 yabereye i Zürich mu Busuwisi.
Aba banyeshuri bitabiriye iri rushanwa bari mu kigero cy'imyaka 15 na 17. Ni Mugisha Pacifique, Rukundo Promesse, Hagenimana Keza Ange Darlene na Mizero Lucky Gall.
Uko ari bane biga ibirimo Imibare, Ubugenge, n'Ubumenyi bwa mudasobwa.
Iri rushanwa bahatanyemo ryabaye hagati ya tariki 1-9 Kanama 2025.
Aba banyeshuri mu kiganiro bagiranye na RBA, basobanuye ibyaranze iri rushanwa ndetse n'uko ryagenze.
Hagenimana Ange Darlene yagize ati 'Irushanwa ryamaze iminsi itatu, umunsi wa mbere twakoze irushanwa mu matsinda gusa ku munsi wa kabiri n'uwa gatatu aba ari ugukora ku giti cyawe.'
Mugisha Pacifique niwe munyeshuri witwaye neza w'Umunyarwanda, aho yaje ku mwanya 157. Ntiyabashize gutwara umudali gusa yaje mu cyiciro gikurikira icy'imidali mu banyeshuri bagaragaje ubumenyi budasanzwe.
Umutoza ufasha mu myigire y'amasomo y'ubwenge buhangano, Irakoze Ntawigenga Kelly, uri mu bafasha gutegura abanyeshuri bagiye mu marushanwa mpuzamahanga yagaragaje igituma iri rushanwa ribagora.
Yagize ati 'Igituma ikibazo cyo ku munsi wa kabiri kiba kigoye ni uko usanga ari ubwa mbere ukibonye, kuko ndibuka ko twe twabajijwe ku bushakashatsi Abashinwa bari bari gukora bwo kuba mu ifoto nini wafashe wakuramo uduce duto wakohereza abantu kuri murandasi.'
Muvunyi Victor, Umuyobozi ushinzwe tekinike mu by'ikoranabuhanga rigezweho muri Minisiteri y'Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), yashimiye ubushake bw'abanyeshuri bahagarariye u Rwanda.
Ati 'Abanyeshuri bacu ni abahanga, igisigaye ni ukubatera ingabo mu bitugu ndetse tukabashakira urubuga bagaragarizaho ubwo bumenyi.'
Iri rushanwa ry'ubwenge buhangano (AI) ribaye ku nshuro ya kabiri, aho umwaka ushize ryabereye muri Bulgarie, rikaba ryaritabiriwe n'ibihugu bisaga 57 birimo u Rwanda.
Mu 2020 nibwo uyu mushoramari usanzwe afite iguriro Future Supermarket mu mujyi wa Karongi, yatangije uruganda Future Bricks rukora ibikoresho 36 mu ibumba ryo mu Murenge wa Rubengera mu Akarere ka Karongi, Intara y'Iburengerazuba.
Ni igitekerezo yagize nyuma yo kubona ko mu Ntara y'Iburengerazuba nta ruganda ruhari rukora ibikoresho by'ubwubatsi byo mu ibumba mu buryo bugezweho, ibyatumaga umuntu ukeneye amatafari, amapave, n'amategura bikozwe mu buryo bugezweho abitumiza i Kigali.
Ikindi cyatumye atekereza gutangiza uruganda rukora ibi bikoresho ni uko yari amaze kubona ko abantu benshi babikora mu buryo bwa gakondo bwangiza ibidukikije.
Mu kiganiro na IGIHE, Urimubenshi Amiable yavuze ko mu matanura batwika amatafari bakoresheje inkwi mu gihe mu ruganda rwe akoresha ibarizo.
Ati “Dutwika amatafari nta giti dutemye, ahubwo aho dukorera twahateye ibiti mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije. Dukorana n'udukiriro n'abandi babaji bakaduha ibarizo niryo dukoresha mu gutwika”.
Ifuru ikoreshwa mu gutwika amatafari muri uru ruganda yubatse muri metero 8 munsi y'ubutaka, ikagira intoboro imanurirwamo ibarizo, bituma umuriro n'ubushyuhe bigumamo, mu gihe abubaka amatanura ya gakondo bubaka hejuru y'ubutaka umuriro n'ubushyuhe bigatwarwa n'umwuka bigatuma bakoresha inkwi nyinshi.
Urimubenshi ati “Inyungu yanjye ya mbere ni ukuba igitekerezo cyanjye cyaragezweho. Nari mfite inzozi zo kugira ikintu nshyira ku Isi kimeze nk'igihangano cyanjye. Indi nyungu ni uko niteje imbere, mfite abana biga barimo n'abiga hanze y'u Rwanda, barihirwa n'uruganda rwanjye”.
Tabaro Emmanuel uri mu bakozi barenga 50 bahawe akazi muri uyu mushinga wo kongerera agaciro ibumba, aho akora akazi ko kubumba, avuga ko mu myaka ibiri n'igice amaze akora muri uru ruganda yabashije kugura ikibanza yubaka inzu ya miliyoni 8 Frw.
Ati 'Nk'umuntu wari ukiri urubyiruko byaramfashije, kuko mu byo umukoresha adutoza, atugira inama yo kwizigamira, ari nabyo byambashishije kugura ikibanza ndubaka'.
Uruganda Future Bricks rwatangiye rufite agaciro ka miliyoni 300 Frw ariko bitewe n'imashini zongewemo ubu rugeze kuri miliyoni 600Frw.
Ni igikorwa cyabaye ku wa 22 Kanama 2025. Cyitabiriwe n'abadipolomate batandukanye barimo n'abahagarariye ibihugu byabo muri Sénégal.
Ni igikorwa kandi cyitabiriwe n'abayobozi bo muri Sénégal bari bayobowe na Minisitiri w'Urubyiruko, Umuco na Siporo, Khady Diene Gaye.
Ibirori byo kwizihiza Umuganura byaranzwe n'ibikorwa bitandukanye birimo imbyino za Kinyarwanda, kuvuza ingoma za Kinyarwanda, guha abana amata n'ibindi.
Hatanzwe kandi ikiganiro cyarimo Dr Munana Yves utuye muri Sénégal, Prof. Racine Senghor wahoze ari Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya Musee des Civilisations Noires yo muri Sénégal n'Umuhuzabikorwa w'amashami ya Loni muri Sénégal, Aminata Maiga.
Muri iki ikiganiro, Dr Munana yibanze ku kamaro k'Umuganura ku Banyarwanda, mu gihe abandi bagaragaje isano yawo n'ibindi bikorwa byo mu muco w'ibihugu bya Afurika.
Yeretse abitabiriye ibirori ko Umuganura ari inkingi mwamba mu mibereho y'Abanyarwanda, agaragaza ko ugira uruhare mu kunga ubumwe no mu iterambere ry'igihugu.
Ambasaderi Bizimana yibukije kandi ko mu gihe cyo hambere Umuganura wibandaga cyane ku musaruro mu buhinzi n'ubworozi ariko ko ubu wibanda ku bikorwa byose by'iterambere mu bukungu no mu mibereho myiza y'Abanyarwanda.
Minisitiri Gaye yerekanye ko Umuganura ufitanye isano na bimwe mu bikorwa byo muri Sénégal, atanga urugero ku baturage bo mu gice cya Petite Côte giherereye ku Nyanja ya Atlantique, na bo bakora ibirori byo kwishimira umusaruro, biba hagati ya Nzeri na Ugushyingo.
Minisitiri Gaye yashimangiye ko ibikorwa nk'ibyo, bikunze kugaragara mu gice cyo muri Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara, bigaragaza ubumwe bw'abaturage, yemeza ko gukomeza uwo muco ari inshingano za buri wese cyane cyane urubyiruko.
Mu birori byo kwizihiza Umuganura muri Sénégal herekanwe filime mbarankuru isobanura uyu muco, inagaragaza ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 31 ishize rwiyubaka.
Ni filime yatumye abitabiriye biganjemo abahagarariye ibihugu byabo muri Sénégal, batangarira ibyagezweho nyuma y'amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Festus Bizimana ni Ambasaderi wa kane nyuma ya Gerard Ntwari, Mathias Harebamungu na Jean Pierre Karabaranga.
U Rwanda na Sénégal bifitanye amasezerano arimo ay'ubufatanye mu by'umuco yasinywe mu 1975, ay'ubutwererane rusange yasinywe mu 2004, ay'ishyirwaho rya komisiyo ihoraho ishinzwe kugenzura umubano w'ibihugu byombi yasinywe mu 2016.
Hari kandi amasezerano y'ubufatanye ari hagati y'Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru, RBA na Radiodiffusion Télévision Sénégalaise.
Byatangajwe ku wa 22 Kanama 2025 ubwo icyiciro cya kabiri cy'aba bakozi basozaga amahugurwa y'iminsi itanu ku buhuza. Abasoje aya mahugurwa baturutse mu bice bitandukanye by'igihugu.
Ni amahugurwa baherewe mu Ishuri Rikuru ryo Kwigisha no Guteza Imbere Amategeko (ILPD).
Muhirwa Vincent, wo mu Karere ka Musanze, yabwiye IGIHE ko amahugurwa bahawe ahura neza n'inshingano basanganywe zo guhuza abaturage bafitanye ibibazo kugira ngo batajya mu manza.
Umuhuzabikorwa wa MAJ mu Karere ka Ngororero, Uwingabire Jeannette Sarah yavuze ko we yari asanzwe afasha abaturage gukemura amakimbirane, yemeza ko ubu agiye kurushaho kubishyiramo imbaraga 'kugira ngo bwa butabera nsanasano burusheho kuboneka, kandi budahenze.'
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y'Ubutabera, ushinzwe kwegereza ubutabera abaturage, Gahongayire Myriam, na we yeretse abahuguwe ko bahanzwe amaso n'igihugu mu kugabanya imanza mu nkiko.
Yagize ati 'Turabasaba ko aya mahugurwa azazana impinduka mu mitangire ya servisi bityo igihugu kikagera ku ntego cyihaye muri Gahunda ya Kabiri yo Kwihutisha Iterambere (NST2), zijyanye no kwimakaza ubutabera bunoze.'
Izo ntego zirimo kugabanya ½ cy'ibirarane by'imanza biri mu nkiko, kongera itangwa rya serivisi nziza ku kigero kiri hejuru ya 90%.
Aba bahuguwe ubu bose hamwe babaye 90 mu gihugu hose. Buri karere kaba gafite abakozi batatu ba MAJ.
MAJ yatangiye mu Rwanda mu 2007. Mu bakozi batatu bayigize ku karere harimo umuhuzabikorwa n'abandi babiri bamwunganira. Umwe aba ashinzwe gukurikirana irangizwa ry'imanza mu karere undi ashinzwe gukurikirana ibibazo bishingiye ku ihohotera n'ibikorwa by'abunzi.
Dr Tite Niyibizi, umwe mu babahaye amahugurwa, yabasabye kugaragaza impinduka
Minisitiri Maj Gen Cristóvão yari kumwe n'abasirikare batandukanye barimo Umuyobozi mu Ngabo, Maj Gen André Rafael Mahunguane, Umuyobozi muri Polisi ya Mozambique, CP Fabião Pedro Nhancololo n'abandi.
Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa Minisiteri y'Ingabo z'u Rwanda, bugaragaza ko iri tsinda 'riri mu Rwanda mu ruzinduko rw'akazi rugamije gushimangira umubano n'ubufatanye busanzweho hagati y'ibihugu byombi, ndetse kuri iki gicamunsi basura icyicaro gikuru cya Minisiteri y'Ingabo.'
Aba basirikare 'basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bunamira Abatutsi bishwe mu 1994. Banasuye Ingoro y'Amateka y'Urugamba rwo Guhagarika Jenoside.'
Muri Nyakanga 2021 ni bwo u Rwanda rwohereje abasirikare n'abapolisi muri Cabo Delgado, mu gihe gito zirukana abarwanyi b'umutwe w'iterabwoba wa Ansar al Sunnah mu birindiro bari bamaze imyaka ine bahashinze.
Nyuma yo gukura abarwanyi b'uyu mutwe mu birindiro bihoraho bari bafite muri iyi ntara, hakurikiyeho ibikorwa bihuriweho byo kubahiga mu mashyamba bahungiyemo. U Rwanda kandi runatoza abasirikare ba Mozambique kugira ngo bazashobore kwirindira umutekano mu bihe bizaza.