Blog

  • Igikombe cy'Inkera y'Abahizi cyegukanywe na Police FC ku itsinze y'ibitego byinshi #rwanda #RwOT

    Mu mpera z'icyumweru gishize, kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo habereye imikino ya nyuma y'irushanwa ryiswe 'Inkera y'Abahizi Tournament 2025', ryari ryitabiriwe n'amakipe akomeye yo mu karere. Irushanwa ryitabiriwe na Police FC yo mu Rwanda, AS Kigali ndetse na Azam FC yo muri Tanzania.

    Nyuma yo gukina imikino yose yari iteganyijwe, amakipe yose atatu yarangije anganya amanota ndetse n'imikino yose yari amaze gukina. Ariko nk'uko amategeko y'iri rushanwa abiteganya, habazwe uburyo amakipe yatsinze n'uburyo yinjije ibitego, maze bigaragazwa ko Police FC ariyo yihariye umwanya wa mbere kuko yatsinze ibitego byinshi kurusha andi makipe.

    Police FC yatsindiye iri rushanwa nyuma yo kwitwara neza mu mukino wa nyuma yakinnyemo na Azam FC, aho yatsinze igitego kimwe cyatsinzwe na rutahizamu wayo ukomeye ku munota wa 76.

    Uyu mukino wabereye imbere y'abafana benshi bari baje gushyigikira amakipe yabo, by'umwihariko abafana ba AS Kigali bari buzuye Stade nubwo ikipe yabo itigeze igera ku ntsinzi.

    Umutoza wa Police FC, yavuze ko iri rushanwa ryabafashije kumenya aho ikipe igeze ndetse rikaba ryarabereye abakinnyi be uburyo bwo kurushaho kumenyana no kongera icyizere mbere y'itangira rya shampiyona.

    Yagize ati: 'Twishimiye cyane kwegukana iri rushanwa. Si uko twari dukenewe gutsinda gusa, ahubwo no kubaka ubumwe mu ikipe. Kuba twabashije gutsinda ibitego byinshi kurusha abandi byaduhaye imbaraga zo gutekereza ku byiza biri imbere.'

    Ku ruhande rwa AS Kigali, nubwo nayo yasoje ifite amanota angana na Police FC na Azam FC, ariko yabuze amahirwe yo kwegukana igikombe kubera kutabasha gutsinda ibitego byinshi. Umutoza wayo yavuze ko bagiye gukosora intege nke zagaragaye kugira ngo bazitware neza mu mikino itaha.

    Abakunzi b'umupira w'amaguru bavuga ko iri rushanwa ryerekanye uburyo amakipe yo mu Rwanda akomeje kuzamura urwego ndetse akaba yiteguye guhangana ku rwego mpuzamahanga. By'umwihariko, Police FC yashimangiye ko ifite intego yo guhatana muri shampiyona y'u Rwanda no guhagararira igihugu neza mu marushanwa yo hanze.

    Police FC yatsindiye iri rushanwa nyuma yo kwitwara neza mu mukino wa nyuma yakinnyemo na Azam FC

    Source : https://kasukumedia.com/igikombe-cyinkera-yabahizi-cyegukanywe-na-police-fc-ku-itsinze-yibitego-byinshi/

  • Police FC yegukanye 'Inkera y'Abahizi' yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Kanama 2025, kuri Stade Amahoro hasorejwe irushanwa ry'Inkera y'Abahizi' ryateguwe na APR FC, ryegukanwe na Police FC.

    Mu mukino wabimburiye indi, Police FC yanganyije na AS Kigali 0-0 maze itsinda kuri penaliti 5-3, yuzuza amanota atandatu angana n'aya AS Kigali.

    Nyuma y'uyu mukino wari uwa Gatatu kuri buri kipe, AZAM FC yo muri Tanzania yatsinze APR FC 2-0 ibitego bya Zidane Ally Sereri ku mukora wa 42 na Yahya Zayed ku munota wa 56.

    Nyuma y'uyu mukino harebwe ikipe yagombaga gutwara iki gikombe bityo Police FC igitwara nk'iyitwaye neza muri iri rushanwa ryari rimaze hafi icyumweru.

    Ibyi byari buvuze ko gutsinda kwa AZAM FC, ntibyihagije kuko amakipe atatu Police FC, AS Kigali na AZAM FC yose yari afite amanota angana.

    Hashingiwe ku itegeko ryarebaga umubare w'ibitego byinjijwe, Police FC yari yatsinze bine ihita yegukana igikombe.

    APR FC, yari yateguye iri rushanwa, yarisoje nta nota na rimwe ibonye nyuma yo gutsindwa imikino yose itatu yakinnye.

    Nubwo APR FC itatwaye iki gikombe ndetse ikaba yaravuyemo nta mukino itsinze mbere yo gutangira yari yatsinze Power Dynamos 2-0 mu mukino wa gicuti utarabazwe muri iri rushanwa.

    Muri iri rushanwa kandi niho APR FC, yagaragarije ko yongereye amasezerano y'Ubufatanye na AZAM angana n'umwaka umwe ushobora kongerwa.

    Ni amasezerano aje asanga ayo bari basinye mbere ariko akaza kugera ku musozo wayo, akaba ariho havuye kongerwa kwayo.

    The post Police FC yegukanye 'Inkera y'Abahizi' yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/police-fc-yegukanye-inkera-yabahizi-yitabiriwe-na-as-kigali-azam-fc-na-apr-fc-yateguye-iri-rushanwa/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=police-fc-yegukanye-inkera-yabahizi-yitabiriwe-na-as-kigali-azam-fc-na-apr-fc-yateguye-iri-rushanwa

  • Rubavu: Polisi yaburiye abihanira bagenzi babo babita 'Abarozi' – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y'uko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe, Akagari ka Rwangara mu Mudugudu wa Buramazi mu Karere ka Rubavu, bamaze iminsi basaba ko mugenzi wabo uvugwaho kubarogera abana yakwimuka, agasubira iyo yaturutse.

    Muri Gicurasi 2025, bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe batangarije IGIHE ko mugenzi wabo abarogera abana, ndetse bahamya ko abarimo Gitifu w'Akagari baje bagakora inyandiko ko uyu muturage agomba gusubira iwabo, agakomeza kubaho ku manywa yihishahisha akitwikira ijoro akabagarukamo, bakavuga ko nihatagira igikorwa bazamwicisha amabuye.

    Mu ntangiriro z'Ukuboza 2023, Polisi y'u Rwanda yatangaje ko yafunze abaturage 5 bakekwaho kwica umuturage mugenzi wabo wakekwagaho amarozi bamuteye amabuye.

    Ibi byabereye mu Murenge wa Cyanzarwe mu Kagari ka Makurizo, Umudugudu wa Makurizo mu masaha y'umugoroba wo kuwa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023.

    Mu kiganiro Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, CP. Emmanuel Hatari aherutse kugirana n'abaturage bo mu Mirenge ya Rubavu na Cyanzarwe yabibukikje ko bakwiriye kwirinda ingeso mbi yo kwihanira.

    Ati 'Duhangayikishijwe n'ikibazo gihungabanya umutekano cyo kwihanira kw'abaturage gishingiye ku myumvire irimo n'ubujiji, aho bamwe muri twebwe bashingiye ngo kanaka yarandogege bakananirwa gutwara umwana kwa muganga ngo bamuvure, cyangwa niba ubonamo ikibazo ukagana ubuyobozi, ahubwo ugahitamo kwihanira.'

    Akomeza agira ati 'Tumaze kugira ibirego bibiri muri Cyanzarwe, ibyo bintu ntabwo byemewe, kuko iyo wihaniye ubiryozwa nk'uko amategeko abiteganya, dufite ubuyobozi, dufite ubutabera kandi izo nzego zikora neza, nta mpamvu yo kugira ngo umuturage yihanire, mubagane babakemurire ibibazo.'

    Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, CP. Emmanuel Hatari yasabye abaturage bo mu Karere ka Rubavu kwirinda kwihanira


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-polisi-yaburiye-abihanira-bagenzi-babo-babita-abarozi

  • Karongi: Aborozi beretswe uko bakwikorera ibiryo by'amatungo byujuje intungamubiri. – #rwanda #RwOT

    Iri murikabikorwa ribaye mu gihe ku rwego rw'igihugu aborozi bahanganye n'ikibazo cy'izamuka ry'igiciro cy'ibiryo by'amatungo ahanini giterwa no bikorwa mu biribwa abantu barya na byo bidasiba kuzamura igiciro ku isoko.

    Iki kibazo kigira umwihariko iyo kigeze mu Ntara y'Iburengerazuba kuko mu turere turindwi tuyigize nta na kamwe karimo uruganda rukora ibiryo by'amatungo.

    Umworozi ukeneye kwikorera ibiryo by'amatungo afata ibigori akabishyira mu gikoresho gitobaguye munsi akajya avomerera kabiri ku munsi agategereza bikazamera.

    Bamporiki Donat, umworozi w'ingurube akaba n'umufashamyumvire ku bworozi bwazo, wahisemo kujya yikorera ibiryo by'amatungo yabwiye IGIHE ko iyo ibyo bigori bimaze icyumweru biba byamaze kuzana imizi n'amababi.

    Ati 'Iyo umworozi abigabuye aba agaburiye itungo indyo yuzuye kuko imizi iba iri mu byubaka umubiri, impeke ari ibitera imbaraga, naho ayo mababi ari mu birinda indwara. Ni mu gihe iyo umworozi agabuye impeke z'ibigori aba agabuye ibitera imbaraga gusa'.

    Avuga ko ibiryo by'amatungo bikoze muri ubu buryo bihendutse agereranyije n'ibiryo by'amatungo bigurwa mu nganda, kuko ikilo cy'ibiryo by'ingurube bikorerwa mu nganda ikilo ari 650Frw mu gihe iyo afashe ikilo n'inusu cy'impungure cya 600Frw akazimeza zivamo ibilo umunani by'ibiryo by'amatungo mu gihe ibilo umunani yakabaye abigura 5200Frw.

    Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, ubwo yatangizaga ku mugaragaro imurika bikorwa n'imurikagurisha byabereye mu busitani bw'umujyi wa Karongi yashimye ubu buryo bwo kwikorera ibiryo by'amatungo, avuga ko ari ukwishakamo ibisubizo.

    Ati 'Buriya buryo batweretse bwo gukora ibiryo by'amatungo, bwaba igisubizo kuko ni ukwishakamo ibisubizo mu buryo bw'ibanze ariko ibijyanye n'uruganda rukora ibiryo by'amatungo byo birimo gutekerezwa'.

    Imurikabikorwa n'imurikagurisha by'Akarere ka Karongi byitabiriye n'abamurika 68 bakora ibikorwa birimo ubuhinzi, ubworozi, ubwubatsi, ubuvuzi, serivisi za hoteli n'ubukorikori.

    Ibiryo by’amatungo bikoze mu bigori byuhirwa bikazamera bidashyizwe mu butaka, ni bumwe mu butuma amatungo akura neza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-aborozi-beretswe-uko-bakwikorera-ibiryo-by-amatungo-byujuje

  • Hari ibimenyetso bigaragaza uruhare rwa Kanziga muri Jenoside: Duclert yatengushywe n'ubutabera bw'u Bufaransa – #rwanda #RwOT

    Duclert yagaragaje ko atemeranya n'ubutabera bw'u Bufaransa buherutse kwirengagiza uruhare rw'uyu mugore wa Habyarimana muri Jenoside yakorewe Abatutsi, buhagarika ibyo kumukoraho iperereza.

    Mu 2008 ni bwo imiryango iharanira inyungu z'abaregera indishyi mu manza za Jenoside yatanze ikirego, isaba ko Kanziga akorwaho iperereza ku ruhare ku byaha bya Jenoside n'ibyibasiye inyokomuntu.

    Muri Gashyantare 2022 abacamanza bafashe icyemezo cyo gufunga iyi dosiye, bagaragaza ko nta bimenyetso bifatika bigaragaza ko yaba Agathe Habyarimana yaba yaragize uruhare muri Jenoside.

    Muri Nzeri 2024, ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba mu Bushinjacyaha (PNAT) ryagaragaje ko iperereza kuri Kanziga ryakozwe ku bikorwa bike, ku gihe gito kandi humvwa abatangabuhamya bake.

    PNAT yasabye ko hakorwa iperereza ku bikorwa bya Kanziga byo kuva tariki ya 1 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata 1994, imushinja n'ikindi cyaha cyo kugira uruhare mu mugambi wa Jenoside.

    Tariki ya 18 Gicurasi 2025, abacamanza banze ubusabe bwa PNAT, basobanura ko nta bimenyetso bigaragaza umugambi wa Jenoside umugore wa Habyarimana ashinjwa, PNAT yongera kujurira.
    Aba bacamanza bo mu rwego rw'iperereza, ku wa 20 Kanama 2025 bafashe icyemezo cyo guhagarika iperereza ku ruhare Kanziga wari umugore wa Habyarimana Juvénal ashinjwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Basobanuye ko Kanziga atagize uruhare muri Jenoside no mu itegurwa ryayo, ahubwo ko yagizweho ingaruka n'igitero indege yari itwaye umugabo we yagabweho tariki ya 6 Mata 1994.

    Duclert yaratengushywe

    Nubwo aba bacamanza bafashe icyemezo cyo guhagarika iri perereza, Umunyamateka Duclert yagaragaje ko hagikenewe ubushakashatsi bwisumbuye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ko hari ibimenyetso bari gukusanya.

    Uyu mugabo yavuze ko nk'uko byari bimeze kuri musaza we Protais Zigiranyirazo, n'uyu mugore wa Habyarimana yari umwe mu bayobozi b'Akazu cyangwa “Réseau Zéro”, itsinda ry'ibanga ryari rigizwe n'abacurabwenge b'umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Mu kiganiro na France Inter, yagize ati 'Inyandiko turi gukusanya zitwereka uruhare rukomeye rwa Agathe Habyarimana muri Jenoside yakorewe Abatutsi, binyuze ku kuba we na musaza we (Protais Zigiranyirazo) bari abacurabwenge ba 'Réseau Zéro'. Bivuze itsinda ry'ibanga ryari rigamije kurimbura Abatutsi.'

    Duclert yongeye kwibutsa ko inyandiko na raporo zitandukanye zagaragaje ko n'iraswa ry'indege ya Habyarimana byagizwemo rukomeye n'iryo tsinda.

    Ati 'Iki gitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa 6 Mata, ako kanya cyabaye imbarutso ya Jenoside, ari na yo na none Agathe Habyarimana yagizemo uruhare.'

    Uyu muhanga mu by'amateka cyane cyane ay'u Rwanda yavuze ko ku wa 9 Mata 1994 Agathe Habyarimana yajyanywe mu Bufaransa ku itegeko rya François Mitterrand, uyu mugore yakomeje kugira uruhare muri Jenoside yakorerwaga mu Rwanda.

    Ati 'Inyandiko zerekana ko ubwo yari mu Bufaransa yakomeje gutera ingabo mu bitugu binyuze mu bukangurambaga yakoraga ari mu buhungiro, agakorana bya hafi n'abakoraga Jenoside mu Rwanda. Ese abo bacamanza bazi aya makuru? Ntabwo mbihamya. Ariko biragaragara ko hakenewe iperereza ryisumbuye.'

    Agathe Habyarimana ukomeje gukingirwa ikibaba n'u Bufaransa, umugabo we yari inshuti y'akadasohoka ya François Mitterrand ndetse mu rugamba rwo kubohora igihugu, uyu Mufaransa yafashije inshuti ye mu kurwanya ingabo zari iza RPA ariko bose batindwa uruhenu.

    Nubwo u Bufaransa bwafashe icyemezo cyo guhagarika iperereza kuri Agathe Habyarimana, ku wa 22 Kanama 2025 Umunyamategeko wunganira imiryango iharanira inyungu z'abaregera indishyi mu manza z'ababuranishwa ibyaha bya Jenoside, Me Richard Gisagara yavuze ko iby'iyi dosiye bitararangira.

    Yagize ati 'Ntimucibwe intege n'ibinezaneza byo ku ruhande rw'abajenosideri, abahakanyi, abamunzwe n'urwango n'ababashyigikiye. Iyi ni intambwe imwe gusa muri iyi dosiye. Haracyari intambwe y'ubujurire no gusesa urubanza. Ntabwo iyi dosiye yapfundikirwa itaragera muri ibi byiciro byose.'

    Kuva Kanziga w'imyaka 82 y'amavuko yagera mu Bufaransa, nta kazi kazwi yakoze, ahubwo yatunzwe na Leta y'u Bufaransa.

    Agathe Kanziga amaze imyaka irenga 30 akingiwe ikibaba n’u Bufaransa ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Umuhanga mu mateka Vincent Duclert yagaragaje ko hari ibimenyetso bigaragaza uruhare rwa Agathe Kanziga Habyarimana muri Jenoside yakorewe Abatutsi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hari-ibimenyetso-bigaragaza-uruhare-rwa-kanziga-muri-jenoside-duclert

  • Perezida Kagame yifurije Itorero Angilikani ry'u Rwanda isabukuru nziza y'imyaka 100 – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Kanama 2025, ubwo Itorero Angilikani ry'u Rwanda ryizihizaga imyaka 100 rimaze mu Rwanda. Ni ibirori byabereye kuri Diyoseze ya Gahini mu Karere ka Kayonza, aho iri torero ryatangiriye imirimo.

    Perezida wa Sena, Dr. Kalinda François Xavier, yavuze ko Perezida wa Repubulika ashimira Itorero rya Angilikani ku butumire bamuhaye mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 100 ndetse akanarishimira uruhare ryagize mu guteza imbere Abanyarwanda.

    Ati 'Mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda naje mpagarariye, nejejwe no kwifatanya namwe uyu munsi muri ibi birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 100 Itorero Angilikani rimaze rikorera mu Rwanda. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yifurije Itorero Angilikani ry'u Rwanda isabukuru nziza y'imyaka 100, isabukuru y'ubuntu bw'Imana bugaragarira mu bikorwa by'iri torero mu Rwanda.'''

    Perezida wa Sena, Dr. Kalinda yakomeje avuga ko mu myaka 100 iri torero rimaze ryagiye rikura, ryamamaza ubutumwa bwiza ndetse rinagira uruhare rukomeye mu iterambere ry'imibereho myiza y'Abanyarwanda.

    Yavuze ko muri iki gihe ryizihiza iyi myaka ari umwanya wo gushima Imana kubera ineza n'urukundo yagiriye Abanyarwanda yaba mu gihe cyiza no mu gihe cy'amateka ashaririye.

    Ati ''Ni n'umwanya wo gusubiza amaso inyuma tukisuzuma tugafata ingamba nshya zo gukosora ibitaragenze neza muri uru rugendo rwose. Iyi sabukuru y'imyaka 100 iri torero rimaze, itubere intangiriro y'urundi rugendo rwo kurushaho gutera imbere haba mu kwamamaza ubutumwa bwiza no mu guteza imbere imibereho myiza y'Abanyarwanda tunashimangira imvugo igira iti roho nziza mu mubiri muzima.''

    Perezida wa Sena. Dr. Kalinda yavuze ko Guverinoma y'u Rwanda ishima ibikorwa by'iri torero mu Rwanda mu rwego rwo gufatanya na Leta mu kuzamura imibereho myiza y'abaturarwanda, iterambere ry'ubukungu ndetse n'imiyoborere myiza.

    Ati ''Leta y'u Rwanda irashima ubufatanye bw'Itorero Angilikani mu bikorwa bitandukanye biteza imbere imibereho y'Abaturarwanda muri rusange. Muri ibyo bikorwa harimo iby'uburezi mu kubaka ibigo by'amashuri y'inshuke, amashuri abanza, ayisumbuye, amashuri ya Tekinike, Imyuga n'Ubumenyingiro ndetse n'amashuri makuru na za Kaminuza.''

    Arikiyepisikopi w'Itorero Angilikani ry'u Rwanda, Dr. Mbanda Laurent, yavuze ko igituma barateguye yubile yo kwizihiza imyaka 100 ari ukugira ngo bishimira ibyiza Imana yabakoreye muri iyi myaka yose.

    Ati ''Ni imyaka 100 yivugabutumwa ryuzuye, ni imyaka 100 yo kwigisha abakristo ivugabutumwa, kubigisha kwita ku buzima bw'abantu. Turashima ko inkingi twubakiyeho zirimo ivugabuytuma, kwigisha no kwita ku buvuzi ari ikintu Imana yakoresheje tukanashima impinduka zabaye mu mibanire no muri sosiyete Nyarwanda.''

    Musenyeri Dr. Mbanda yavuze ko mu yindi myaka 100 iri imbere bagiye gushyira imbaraga mu kunoza imiyoborere, gukuza abakristo mu buryo bw'imyigishirize ndetse no gukorera mu mucyo ku buryo buri wese abazwa inshingano. Yavuze ko muri iyi myaka bazarushaho gukorera mu mucyo ku buryo buri mukristo wese azamenya gahunda z'itorero n'intumbero rifite.

    Abakristo barishimira iterambere bagejejweho n'Itorero Angilikani ry'u Rwanda

    Kankindi Grace ufite imyaka 80 wavukiye muri iri torero rya Angilikani akanarikuriramo, yabwiye IGIHE ko yishimira ko iri torero ryamufashije mu kumenya Imana, amenya kubaha no kugendera mu murongo mwiza utumye anasaza neza.

    Ati 'Hano Kayonza na Gatsibo nta mashuri twari dufite, nta vuriro nk'iri rya Gahini twari dufite ariko aho Angilikani iziye yatuzaniye kumenya Imana, inatuzanira amashuri, amavuriro n'ibindi byinshi byatumye ubuzima bwacu bugenda neza.''

    Mwizerwa Dina we yagize ati ' Itorero Angilikani ryatwubakiye ibitaro bivura amagufwa ku buryo uretse n'abaturage ba hano risigaye rinafasha abanda benshi baturuka mu zindi Ntara, turarishimira ko ritatuzaniye umwuka wera gusa ahubwo banatuzaniye n'ibikorwaremezo bifatika.''

    Itorero Angilikani ry'u Rwanda ryashinzwe mu 1925 rishingwa na Captain Godfrey wahereye muri Diyoseze ya Gahini. Kuri ubu iri torero rifite abayoboke barenga miliyoni 1,5 mu Rwanda hose.

    Mu byo bishimira bagezeho muri iyi myaka 100 harimo amashuri arenga 1300 arimo amashuri y'inshuke 853, amashuri abanza 258, amashuri yisumbuye 137 ndetse na Kaminuza eshatu.

    Bishimira ko bubatse ibitaro bitatu, ibigo nderabuzima 18, hoteli,, inzu z'ubucuruzi, n'ibindi bikorwaremezo bitandukanye bifasha Abanyarwanda.

    Perezida wa Sena, Dr. Kalinda wavuze mu izina rya Perezida Kagame, yashimiye iri torero ku bikorwa biteza imbere abaturage rikora

    Kwizihiza imyaka 100 byabanjirijwe n’isengesho ryo gushima Imana

    Perezida wa Sena, Dr. Kalinda yifatanyije n’Itorero Angilikani ry’u Rwanda mu gukata umutsima w’imyaka 100 rimaze

    Arikiyepisikopi w’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, Dr. Mbanda Laurent, yavuze ko bishimira ko muri iyi myaka 100 bafashije abana benshi kwiga

    Abashumba b’iri torero bose bitabiriye iyi yubile y’imyaka 100

    Abakristo ba Angilikani bitabiriye ku bwinshi

    Abayobozi banyuranye bitabiriye ibi birori


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dr-kalinda-yashimye-uruhare-rw-itorero-angilikani-mu-guteza-imbere-imibereho-y

  • Gutwara ubwato bwa toni 900 n'impungenge ku mihengeri yo mu kiyaga cya Kivu: Inkuru ya Ndagijimana – #rwanda #RwOT

    Kuri ubu ni we musare utwara ubwato bwa mbere bunini bw'imizigo muri iki Kiyaga kiri hagati y'u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

    Mu myaka 13 ishize nibwo bwa mbere yatwaye ubwato bw'imizigo nk'umuyobozi wabwo ariko yari amaze imyaka 15 yiga iby'amazi n'ubwato bw'imizigo buzwi ku izina ry'icyombo.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE yavuze ko impamvu yahisemo gutwara ubwato n'ubumenyi busabwa.

    Ati 'Impamvu nahisemo umwuga wo gutwara ubwato ni uko nta mbogamizi nyinshi zibamo, uba umeze nk'umuntu wigenga kandi baguhemba amafaranga ashimishije'.

    Uretse kuba azi gutwara ubwato, Ndagijimana anafite impushya zo gutwara ibinyabiziriga, birimo kategori A yemerera abantu gutwara moto na B yo gutwara imodoka nto.

    Mu gihe cya Covid-19, mu 2020, akazi ko gutwara ubwato kabaye gake, akajya amara ibyumweru bibiri atarabona umuzigo atwara, ibyatumye abihagarika akajya gutwara gutwara moto.

    Icyorezo kirangiye umushoramari yamutumyeho amuha ubwo bwato buruta ubundi mu bukorera muri iki Kiyaga butwara imizigo.

    Ubwo bwato bufite ubushobozi bwo gutwa gutwara toni 900 z'imifuka ya sima. Iyo sima ikunze kuva mu Karere ka Rusizi ayijyana mu Karere ka Rubavu cyangwa i Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

    Nubwo atwara icyombo kinini si cyo yahereyeho kuko yabanje gutwara igifite ubushobozi bwo gutwara toni 25, icya toni 15, n'igifite ubushobozi bwa toni 450.

    Ndagijimana na bagenzi be batwara ubwato buto bavuga ko imbogamizi bakunze guhura na yo ari imiyaga yo mu Kivu ituma iki kiyaga kizamo imihengeri isunika ubwato ikaba yabuhindurira icyerekezo ku buryo ishobora no gutuma ubwato burohama.

    Ndagijimana avuga ko mu myaka 13 amaze atwara icyombo hari umunsi umwe wamuteye ubwoba. Uwo munsi yahagurutse i Rubavu saa kumi n'ebyiri z'umugoroba, agiye i Rusizi. Nk'ibisanzwe byageze saa yine z'ijoro ahura n'umuyaga, bihurirana n'uko hari habuditse igicu ku buryo atabasha kureba imbere. Uwo munsi icyombo cyarayobye ashiduka agiye kugera ku mwaro wa Karongi.

    Ati 'Uwo munsi amavuta yanshiriyeho kubera kuyoba no kuzenguruka, mbibwiye databuja ntiyabyumva ankata amafaranga y'andi twanyoye numva merewe nabi ariko ntabwo bikunze kubaho'.

    Ni bwo bwato bw'imizigo bunini mu Rwanda

    Kugeza ubu icyombo kinini kiri mu kiyaga cya Kivu ni icyitwa Omba Mungu, gitwara toni 900, ariko mu Karere ka Rusizi hari gukorerwa icyombo kizaba gifite ubushobozi bwo gutwara toni 1000.

    Icyombo kigira ibice bitatu by'ingenzi, timoneri ariyo nzu abatwara icyombo baba bicayemo, amakobe bivugwa ibyombo bimeze nk'ibisimu bipakirwamo imizigo, n'umuremo ari cyo gice gisongoye gipfumura mu mazi ubwato bukagenda.

    Mu cyumba cya Omba Mungu harimo intebe y'umuyobozi wayo, matola yo kuryamaho, n'intebe y'umwunganizi w'umuyobozi wabwo.

    Iki cyombo gifite vola ikoreshwa mu kugiha icyerekezo kikagira n'ibyuma bibiri bishinze byifashishwa mu guhinduranya vitensi.

    Muri Omba Mungu harimo utwuma tubiri twifashishwa mu kuranga amerekezo (compass/boussole). Muri utwo twuma harimo agacomekwa ku cyombo ku buryo niyo haba hatabona umuyobozi w'icyombo arebaho akabona amerekezo hakabamo n'akandi kadacomekwa ku muriro.

    Impamvu harimo boussole ebyiri ni ukugira ngo imwe n'igira ikibazo ikerekana amerekezo atariyo, umuyobozi w'icyombo arebere ku yindi.

    Umuyobozi w'icyombo udafite indangamerekezo bimusaba ko agendera hafi y'umwaro kandi imisozi n'ibigobe akabifata mu mutwe.

    Ndagijimana na bagenzi be batwara ibyombo nta ruhushya rwo gutwara ubwato bafite, kuko mu Rwanda nta shuri rihari ryigisha amategeko yo gutwara ubwato, ndetse nta n'ibizamini bikorwa ngo abazi gutwara ubwato bahabwe uruhushya rwo kubutwara.

    Ati 'Mpuye n'Umuyobozi w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe ubwikorezi, RTDA, namusaba ko byajyaho kuko hari amategeko n'impushya zo gutwara byadufasha kugera ku mishahara twifuza. Hari igihe usaba umushahara bakakubwira ngo umushahara twakugeneye ni uyu, wawanga bagahita bakwambura akazi bakagaha uwari ukungirije mwagendanaga'.

    Abatwara ubwato bw'imizigo bahembwa imishahara itandukanye hagendewe ku bunini bwabwo. Uwa make ahembwa ibihumbi 50Frw uwa menshi agahembwa ibihumbi 250Frw ku kwezi.

    Ndagijimana Oswald utwara ubwato bw’imizigo bwa mbere bunini mu Kiyaga cya Kivu

    Kubera uburebure bw’ubujyakuzimu Omba Mungu ifite ipakirirwa mu mazi hagati ntishobora guparika yegereye inkombe

    Ubu bwato ni bwo bufite ubushobozi bwo gutwara toni 900

    Indangamerekezo aba ari ingenzi mu gutwara ubwato


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gutwara-ubwato-bwa-toni-900-n-impungenge-ku-mihengeri-yo-mu-kiyaga-cya-kivu

  • Impamvu Zimbabwe yitabiriye imurikagurisha ryabereye i Karongi – #rwanda #RwOT

    Ni ibintu bitamenyerewe byanatunguye bamwe, kubona igihugu cyitabira imurikagurisha ryo ku rwego rw'Akarere kikamurikira abaturage bako ibikorerwa mu nganda z'iwabo.

    Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof Charity Manyeruke yashimiye Urwego rw'Abikorera mu Karere ka Karongi rwatumiye Ambasade ya Zimbabwe mu Rwanda kugira ngo imurikire Abanya-Karongi ibikorerwa mu nganda zo muri Zimbabwe.

    Ati 'Nagize umwanya wo gutemberera mu Kiyaga cya Kivu. Murabizi ko Ikiyaga cya Kivu kiri mu bifite ubujyakuzimu burebure bugera kuri metero 400, kikagira n'ibirwa birenga 200, nashimishijwe no kubona inyambo zoga, ziva ku kirwa kimwe zijya ku kindi. Ubwo ni ubwiza bwa Karongi'.

    Amb. Manyeruke yavuze ko bashimishijwe n'uburyo abaturage ba Karongi bakunze ibikorerwa mu nganda zo muri Zimbabwe birimo imitobe, biswi, isukari, amavuta n'ibindi.

    Ati 'Nagize n'umwanya wo gutemberera ibibanza bitandukanye by'iri murikabikorwa n'imurikagurisha, mbona ibintu birimo byakorewe mu Rwanda. Narabikunze ni byiza. Ibyakorewe mu Rwanda n'ibyakorewe muri Zimbabwe biradufa kunga ubumwe'.

    Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald, yashimiye Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof Charity Manyeruke n'Ikigo cya Zimbabwe gishinzwe iterambere bitabiriye imurikagurisha rya Karongi avuga ko biteze ko ubutaha hazaboneka n'ibindi bihugu bizaryitabira.

    Ati 'Ubushize bari hano bagenda mu maduka atandukanye berekana ibikorerwa mu nganda z'iwabo, ariko tumaze kumumenyesha ko dufite iri murikabikorwa biyemeza ko bazahaguruka bakaza kwerekana ibikorwa bya bo. Niyo mpamvu mwabonye ko bahawe igihembo kuko ni cyo gihugu cyo mu mahanga cyaje kugaragaza ibikorwa bya cyo hano mu imurikagurisha rya Karongi. Murumva rero ko ari amahirwe adasanzwe twagize turizera ko ubutaha tuzabona inganda zabo nyinshi n'iz'ibindi bihigu bizatuma imurikagurisha rijya ku rwego rukomeye'.

    Imurikabikorwa n'imurikagurisha rya Karongi ryitabiriye n'imiryango, abacuruzi n'ibigo by'ubucuruzi 72.

    Zimbabwe ni cyo gihugu cyitabiriye imurikagurisha ryateguwe n’Akarere ariko byitezweho gufungura amarembo ku bindi bihugu

    Meya w’Akarere ka Karongi ashimira Zimbabwe yitabiriye iri murikagurisha

    Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Prof Charity Manyeruke, yashimye uko Abaturage bakunze ibikorerwa mu nganda zo muri Zimbabwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impamvu-zimbabwe-yitabire-imurikagurisha-ryabereye-i-karongi

  • Rutsiro: Umugore yasanzwe mu mugozi yapfuye – #rwanda #RwOT

    Uyu mugore wo mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Gisiza ho mu Mudugudu wa Gitovu yabonwe n'umuturanyi, ku mugoroba wa tariki 23 Kanama 2025, ahagana saa kumi n'igice z'umugoroba.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Musasa, Bisengimana Janvier, yabwiye IGIHE ko amakuru bayamenye bayahawe n'umuturanyi wari ubacumbikiye.

    Ati 'Amakuru twayamenye ku mugoroba, biturutse ku muturanyi wari warabacumbikiye n'umugabo we wari wagiye guca inshuro, wamubonye amanitse mu mugozi. Abaturanyi bavuga ko nta makimbirane akabije yarangwaga muri urwo rugo. Gusa iperereza riracyakomeje.'

    Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro bya Murunda gukorerwa isuzumwa mbere y'uko ushyingurwa.

    Muri uyu murenge wa Musasa, mu mpera za Kamena hari undi mugabo w'imyaka 72 na we wasanzwe mu mugozi yimanitse hakekwa ko yiyahuye.

    Mu Karere ka Rutsiro, Umugore yasanzwe yapfuye amanitse mu mugozi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-umugore-yasanzwe-yapfuye-amanitse-mu-mugozi

  • Ibyitezwe mu mushinga w'itegeko rishya rigenga serivisi z'ubukerarugendo – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB, Irène Murerwa, yabwiye IGIHE ko itegeko ryo mu 2014 ryari ryashyizweho mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo bigaragara ko hakenewe impinduka mu rwego rwo kunoza imikorere y'urwego rw'ubukerarugendo.

    Zimwe mu ngingo zizibandwaho cyane ni ibijyanye n'itangwa ry'uruhushya rwo gukora mu rwego rw'ubukerarugendo ndetse n'ibisabwa ngo rutangwe hashingiwe ku cyiciro cy'ishoramari.

    Ati 'Burya kwandikisha ishoramari ntabwo bigoye, umuntu ashobora kuryandikisha igihe cyose. Ushobora kwicara kuri mudasobwa yawe ugahita ubona icyemezo mu masaha atarenze atandatu, ariko se icyiciro urimo cy'ishoramari ni ikihe? Uri hoteli, uri restaurant, uri akabyiniro, uri apartment, aho ni ho uhererwa uruhushya rujyanye n'icyiciro cyawe.'

    Itegeko ryo mu 2014 rigenga ubukerarugendo riteganya ko umuntu ahabwa uruhushya rwo gukora mu rwego rw'ubukerarugendo yaratangiye imirimo y'ishoramari ariko akagira ibyo ategekwa kuzuza bijyanye n'ubwoko bw'ishoramari ari gukora.

    Kuri ubu hari ibisabwa by'ingenzi bihuriweho bigera kuri 22 ariko RDB igaragaza ko ivugururwa ry'itegeko rizatuma hagaragara impinduka mu buryo bwo gutanga izo mpushya.

    Ibigo bikora mu rwego rw'ubukerarugendo birimo hoteli, amacumbi, Restaurents, abayobora ba mukerarugendo, abatwara ba mukerarugendo n'abandi bari mu bukerarugendo.

    Uruhushya rwo gukora mu rwego rw'ubukerarugendo ni rwo ruha uburenganzira abari muri urwo rwego kuko berekwa ibyo basabwa kuzuzuza kandi bihora bikorerwa ubugenzuzi.

    Ubusanzwe nta gihe cyagenwaga mu kuba umuntu yamaze kubona uruhushya rumwemerera gukora muri urwo rwego ariko mu itegeko riri kuvugururwa hashobora gutangwamo nibura iminsi 30 gusa nyuma yo gutangira gukora ibikorwa by'ishoramari.

    Urwo ruhushya biteganyijwe ko ruzajya rumara nibura umwaka ku bafite ishoramari rikenerwa n'abantu benshi nka Restaurant, Bar, n'abatwara ba mukerarugendo kuko bo usanga baba bafite ubwishingizi kandi na bwo bumara umwaka.

    Mu gihe kuri Hotel hashobora kugenenwa imyaka ibiri cyangwa itatu ariko bikiri kuganirwaho.

    Ikindi gishobora guhinduka ni ikijyanye n'ikiguzi cyo kwishyura iyo 'Tourism Operating License', ubusanzwe yishyurwaga ibihumbi 80 Frw hatitawe ku cyiciro.

    Murerwa yavuze ko hari gahunda yo kugena ikiguzi gishingiye ku cyiciro cy'ishoramari ndetse n'aho ryaba rikorerwa hakitabwaho mu kugena icyo giciro.

    Kuri ubu hashyizweho itsinda rigamije gukora ubugenzuzi ku bigo bitanga serivisi mu rwego rw'ubukerarugendo bidafite uruhushya aho hamaze gusurwa hiteli zirenga 100 mu bice bitandukanye by'igihugu.

    Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yasabye abakora badafite urwo ruhushya gushyiramo imbaraga bakaruhabwa kuko bituma hatangwa serivisi zinoze kandi bikarinda gushyira ubuzima bw'abakiliya mu kaga.

    Yashimangiye ko abari muri urwo rwego bagomba gutanga serivisi nziza bazirikana ku bungabunga isura u Rwanda rufite mu mahanga yo kwakira neza abarugana no gukurura ba mukerarugendo mu kubuteza imbere.

    Biteganyijwe ko iryo tegeko rizatangira gukoreshwa mu mpera z'uyu mwaka nyuma yo kungurana ibitekerezo n'inzego zinyuranye ku mpinduka zishobora gukorwamo.

    RDB yatangiye kuvugurura itegeko rigenga ibigo bikora mu rwego rw’ubukerarugendo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibishya-mu-itegeko-rigenga-serivisi-z-ubukerarugendo