Blog

  • Lamine Yamal byanze, Ballon d’Or itaha mu Bufaransa (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunya-Canada, Magdeleine Vallieres ni we wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare irimo kubera mu Rwanda mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 23 mu gusiganwa mu muhanda, Abanyarwanda nta n’umwe wasoje.

    Hakoreshejwinzira inzira ya KCC – Gishushu-MTN-Mu Kabuga ka Nyarutarama- kuzenguruka Golf- SOS- MINAGRI- Ninzi-KABC- RIB- MediHeal- Women Foundation Ministries (Kwa Mignone)- Ku Muvunyi- KCC.

    Iyi ntera isatira ibilometero 14,8, abakinnyi b’abakobwa batarengeje imyaka 23 barayizengurutse inshuro 11 nk’uko abahungu batarengeje imyaka 23 babikoze ku wa Gatanu.

    U Rwanda rwari ruhagarariwe na Nirere Xaverine, Ingabire Diane, Nzayisenga Valentine na Irakoze Neza Violette.

    Umunya-Canada, Magdeleine Vallieres, w’imyaka 24, yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa ry’abagore muri Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025, aho yakoresheje amasaha ane, iminota 34 n’amasegonda 48 ku ntera y’ibilometero 164,6.

    Umunya-Nouvelle-Zelande, Niamh Fisher-Black, yegukanye umwanya wa kabiri yasizwe amasegonda 23 naho umwanya wa gatatu utwarwa n’Umunya-Espagne, Mavi García, wasizwe amasegonda 27.

    Abanyarwandakazi uko ari 4 bari bahagarariye u Rwanda nta n’umwe wabashije gusoza isiganwa ry’uyu munsi.

    Umunya Canada yegukanye isiganwa

    Abanyarwandakazi nta n’umwe wasoje

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11948

  • Ab'i Karongi bamaze gukusanya miliyoni 53 Frw yo gushaka imbuto y'ibirayi iberanye n'ubutaka bwaho – #rwanda #RwOT

    Byatangarijwe mu Kagari ka Nyamushishi mu Murenge wa Murundi mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy'ihinga cya 2026 A.

    Ni nyuma y'aho ubuyobozi bw'Akarere ka Karongi buhisemo guteza imbere ubuhinzi bw'ibirayi, kawa, icyayi, urutoki, inanasi n'ibirayi nyuma yo gusanga ibyo bihingwa biberanye n'ubutaka bw'i Karongi.

    Muri gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere (NST2), Guverinoma y'u Rwanda yihaye intego yo kuzamura ubukungu ku kigero cya 9,3% buri mwaka. Kugira ngo ibi bigerweho, bizasaba ko umusaruro w'ubuhinzi uzamuka ku kigero cya 50%.

    Muri gahunda yo kongera umusaruro w'ubuhinzi, Akarere ka Karongi gafite intego yo kongera ubuso buhingwaho ibirayi bukaba kuri hegitari ku 1184 mu 2025 zikagera ku 2139 bitarenze 2026.

    Mu rwego rwo gufasha abahinzi bo mu Karere ka Karongi kubona imbuto yizewe y'ibirayi, Akarere ka Karongi kagiriye abahinzi inama yo gukusanya amafaranga yo kugura iyo mbuto yizewe.

    Ni muri urwo rwego abahinzi bo muri aka karere bamaze gukusanya arenga miliyoni 53 Frw yo kugura imbuto yizewe y'ibirayi ndetse iya mbere ikaba yaramaze kugera kubageraho.

    Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Muzungu Gelard yavuze ko impamvu bahisemo guteza imbere ubuhinzi bw'ibirayi ari uko basanze bwakwihutisha iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza y'ab'i Karongi.

    Ati “Uretse kawa n'amakara nta bindi bicuruzwa Akarere ka Karongi kohereza ku isoko ryo hanze yayo. Turashaka guteza imbere ubuhinzi bw'ibirayi ku buryo imodoka zizajya ziza i Karongi gupakira ibirayi zijyanye i Kigali”.

    Uretse kongera umusaruro w'ibirayi, Akarere ka Karongi karimo kuvugurura urutoki ku buryo rugera ku rwego rwo gutanga umusaruro ukwiye.

    Mu bihingwa ngengabukungu, Akarere ka Karongi gashyize imbere ubuhinzi bw'icyayi bukomeje gutera imbere mu misozi ya Rugabano, Karongi na Gisovu n'ubuhinzi bwa kawa.

    Akarere ka Karongi gafite intego yo kongera ubuso buhingwaho ibirayi bukava kuri hegitari ku 1184 mu 2025 bukagera kuri hegitari 2139 bitarenze 2026


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ab-i-karongi-bamaze-gukusanya-miliyoni-53-frw-yo-gushaka-imbuto-y-ibirayi

  • Kamonyi: Abagabo 12 batawe muri yombi bakekwaho ubugizi bwa nabi – #rwanda #RwOT

    Bafashwe mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira 27 Nzeri 2025, bari mu Kagari ka Bugarama, mu Murenge wa Kayenzi, ho mu Karere ka Kamonyi.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko bari babangamiye abaturage ariko bikaba bibi ku rushaho bangiza n'insinga z'amashanyari, ari na yo mpamvu batawe muri yombi ngo amategeko abibabaze.

    Aba 'Abafashwe bose bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Kayenzi, aho ubugenzacyaha bwatangiye iperereza.'

    CIP Kamanzi yashimiye abaturage bamaze kwimakaza muri bo umuco mwiza wo gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira ibyaha bitaraba.

    Yongeyeho gusaba abantu bakomeje kugira imyumvire n'imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n'ituze by'abaturage guhinduka bakarangwa no gukora ibikorwa byiza byubahirije amategeko, kuko nibabusanya na byo Polisi itazigera yihanganira abishora mu bikorwa bihungabanya amahoro.

    Mu bafashwe harimo n’abibaga insinga z’amashanyarazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-abagabo-12-batawe-muri-yombi-bakekwaho-ubugizi-bwa-nabi

  • Nta bushobozi bafite bwo gutera u Rwanda: Maj Ndayambaje ku bo yasize muri FDLR – #rwanda #RwOT

    Ni umwe mu baherutse gutaha mu Rwanda mu cyiciro cyajemo Brig. Gen. Gakwerere Jean Baptiste wari Umunyambanga Mukuru w'uyu mutwe w'iterabwoba.

    Ubwo yari yitabiriye ihuriro ry'abagize icyiciro cya 74 cy'abatashye bavuye mu mashyamba ya Congo, bagasubizwa mu buzima busanzwe yavuze ko abasigaye mu mashyamba ya RDC nubwo bahora bifuza gutera u Rwanda ari ukwigerezaho kuko nta bushobozi bafite.

    Ni muri gahunda ya Komisiyo y'Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari Abasirikare (RDRC), yo kurebera hamwe aho bageze mu gufatanya n'abandi kubaka igihugu.

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 26 Nzeri 2025, mu Karere ka Rubavu.

    Maj Ndayambaje watashye mu Rwanda tariki ya 15 Gashyantare 2025 avuga ko Umutwe wa M23 ari wo wamushyikirije Leta y'u Rwanda, ajyanwa guhabwa inyigisho mu kigo cya RDRC kiri i Mutobo mu Karere ka Musanze.

    Yakimazemo amezi atatu. Ubu yasubiye mu muryango aho abana n'ababyeyi be mu Ntara y'Amajyaruguru, Akarere ka Musanze, Umurenge wa Nyange, Akagari ka Muhabura.

    Yavuze ko nyuma yo gushishikarizwa gutaha n'abarimo ababyeyi be, abavandimwe n'inshuti bamubwiraga aho Igihugu kigeze cyiyubaka yahisemo gutaha ku bushake.

    Ati 'Njye ntabwo nafashwe, ahubwo ababyeyi, inshuti n'abavandimwe banshishikarije gutaha, nanjye mfata icyemezo, ntabwo natinze gutaha ahubwo nari narabuze ungira inama.'

    Maj Ndayambaje ahamya ko mu mashyamba ya RDC yasizeyo benshi ndetse badafite amakuru ku Rwanda nk'uko na we byari bimeze. Yagaragaje ko yatangajwe n'uburyo u Rwanda rwiyubatse ugereranyije n'uko barusize.

    Ati 'Naruvuyemo rwiganjemo inzu nyinshi za nyakatsi, nta mashanyarazi abaturage bari bafite. Imihanda n'amavuriro byarubatswe kandi biriyongera ari yo mpamvu mbashishikariza gutaha.'

    Ndayambaje wakoreshaga izina rya Castro, yahamije ko nta watera u Rwanda uretse ufite intekerezo mbi wasaritswe n'ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Ati 'Ntawe uzatera u Rwanda ngo abishobore, uretse abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n'ibitekerezo byabo bigoramye. Barabitekereza. Izo ngufu ntazo bafite nta n'izo bazabona. Ndabasaba gushyira intwaro hasi baze dufatanye kubaka Igihugu.'

    Nubwo RDRC ikomeza kubaba hafi, gusa bagifite imbogamizi zo kutagira amacumbi kuko 'Dugifite inzitizi zo kuba dutaha tukajya mu maboko y'ababyeyi, tukabana na bo n'abavandimwe bacu nkanjye nazanye n'umugore n'abana bagera kuri batanu.'

    Perezida wa RDRC), Nyirahabineza Valerie, yavuze ko baganiriza abahoze ari abasirikare bagira ngo babakangurire gushishikariza bagenzi babo basize mu mashyamba ya Congo ngo na bo batahe.

    Ati 'Iki cyiciro cyiganjemo abagiye mu mashyamba ya Congo kuva 2019. Kuri aba batashye vuba hari akarusho k'uko bafite amakuru ku bashya binjijwe mu gisirikare vuba kubera intambara, mu gihe abatashye kera baziranye n'abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.'

    Perezida w'iyi komisiyo yahamije ko abarenga kimwe cya kabiri cy'abagize icyiciro cya 74 cy'abatashye bavuye mu mashyamba ya Congo, bagasubizwa mu buzima busanzwe, baturuka mu Murenge wa Busasamana wo mu Karere ka Rubavu.

    Raporo iheruka igaragaza ko kuva gahunda mu 1997, imaze kwakira abahoze ari abarwanyi ndetse n'abasirikare barenga 72.800 ndetse n'ibihumbi 12 bo mu miryango yabo.

    Major Ndayambaje Gilbert alias Castro yamaze imyaka 27 ari umurwanyi wa FDLR

    Perezida wa RDRC, Nyirahabineza Valerie, yavuze ko abarenga kimwe cya kabiri cy'abagize icyiciro cya 74 cy'abahoze mu mashyamba ya RDC baturuka mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nta-bushobozi-bafite-bwo-gutera-u-rwanda-maj-ndayambaje-kuri-bagenzi-be-bo-muri

  • Rayon Sports isezerewe itarenze umutaru (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Rayon Sports isezerewe mu mikino Nyafurika ya CAF Confederation Cup na Singida Black Stars nyuma yo kubatsinda 2-1 biba 3-1 mu mikino yombi.

    Wari umukino wo kwishyura wabereye kuri Chamazi Azam Complex, Rayon Sports yari ibizi ko ari ugupfa no gukira kuko yari yatsindiwe i Kigali 1-0.

    Umutoza wa Rayon Sports yari yahisemo gukora impinduka aho atari afite Asman Ndikumana kubera imvune aho Tambwe (yari yabanjemo ubushize) ari we wahise ujya kwataka, Serumogo, Nshimimana Fabrice na Adama Bagayogo bavuyemo mu gihe Youssou Diagne, Musore Prince, Kitoga na Bigirimana Abedi babanjemo.

    Rayon Sports yatangiye ishaka igitego hakiri kuko yari ibizi ko nta yandi mahirwe ifite, yaje kubona igitego ku munota wa 39, nyuma yo gukinana neza Tambwe Gloire yatsindiye Rayon Sports igitego cya mbere.

    Ibi byishimo ntibyamaze kabiri kuko ku munota wa 44 Idriss Diomande yatsindiye Singida Black Stars igitego cya mbere ku mupira mwiza yari ahawe na Rupia.

    Ku munota wa 57 Singida Black Stars yaje kubona igitego cya kabiri ku makosa y’umunyezamu Pavelh Ndzila wagiye gufata umupira wasaga n’aho uri hanze ukamunanira akawugarura mu kibuga maze Anthony Tra Bi ahita ashyira mu izamu.

    Umukino warangiye ari 2-1 maze Singida Black Stars ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-1. Ikaba izahura n’ikipe izakomeza hagati ya Al Akhdar yo muri Libya na Flambeau y’i Burundi.

    Tambwe Gloire ni we watsindiye Rayon Sports

    Ibyishimo bya Rayon Sports ntibyamaze kabiri

    Singida Black Stars yasezereye Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11949

  • Kamonyi: Polisi yataye muri yombi itsinda ry'abagizi ba nabi barimo abiyise'WAZARENDO' #rwanda #RwOT

    Operasiyo ya Polisi y'u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi, mu ijoro ryo kuwa 26 rishyira 27 Nzeri 2025 mu Murenge wa Kayenzi, Akagari ka Bugarama ku bufatanye n'inzego z'ibanze n'abaturage hafashe itsinda ry'abagabo 12 bakekwaho ibikorwa by'ubugizi bwa nabi bihungabanya umutekano n'ituze ry'Abaturage. Bamwe mu batawe muri yombo bari mu biyise'WAZARENDO', bakora ibikorwa birimo; Ubujura, kwangiza ibikorwa remezo biba intsinga za mashanyarazi n'ibindi. Ni umukwabu wanageze mu Murenge wa Karama nk'uko abaturage babibwiye intyoza.com 

    Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage babonye ibikorwa bya Polisi byo gufata abakekwa mu bikorwa by'ubugizi bwa nabi, babwiye Umunyamakuru ko ari Operasiyo yabaye mu masaha y'ijoro aho babonye Abapolisi, Inzego z'Ibanze, DASSO na Reserve Force (Inkeragutabara) mu bice bitandukanye by'imirenge ya Kayenzi na Karama.

    Bavuga ko mu bafashwe harimo abo nabo ubwabo nk'abaturage basanzwe bazi mu bikorwa bibi birimo; Gutegera abantu mu nzira bakabambura ndetse abandi bakabagirira nabi, harimo abateraga mu ngo z'abaturage, aho ngo bamwe babarizwa mu itsinda ry'abiyise' WAZARENDO'. Mu bafashwe kandi abaturage babwiye intyoza.com ko harimo abo bakeka mu guhohotera no gutema abaturage ahitwa ku Gatare.

    Itsinda ririmo abiyise WAZARENDO hamwe n'Umugore bivugwa ko ari indaya yabo, ariko kandi akaba anabacumbikira akanabika ibyabo.

    Muri iri tsinda ry'aba bakekwaho ubugizi bwa nabi, hafatiwemo Umugore abaturage bavuga ko ari indaya y'aba bose( Indaya ya WAZARENDO), aho ari nawe ngo ubacumbikira akanabika bimwe mu byo baba bibye. Yasanganywe terefone nyinshi ubwo basakaka iwe. Hanafashwe umugabo ukekwaho ubujura bw'intsinga z'amashanyarazi.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko Polisi y'u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi yakoze Operasiyo(Umukwabo) yafatiwemo abantu 12 bakekwaho ibikorwa bitandukanye by'ubugizi bwa nabi bihungabanya Umutekano n'Ituze ry'Abaturage.

    Avuga ko Polisi y'u Rwanda ishimira abaturage bakomeje kwimakaza muribo umuco mwiza wo gutangira amakuru kugihe hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha. Ahamya ko abaturage barangwa n'imyumvire n'imigirire nk'iyo ari Abafatanyabikorwa by'Indashyikirwa ba Polisi y'u Rwanda mu kurwanya ibyaha n'ababikora.

    CIP Hassan Kamanzi, yabwiye intyoza.com ko abafashwe bose bafungiye kuri Sitasiyo ya Police ya Kayenzi(ari nayo ishinzwe Karama), ko kandi urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB rwamaze gutangira iperereza ku byaha abafashwe bakekwaho.

    Umugabo ukekwaho ubujura bw'intsinga z'amashanyarazi. Zimwe mu zo yafatanywe.

    CIP Hassan Kamanzi, avuga ko Polisi y'u Rwanda igaya bamwe mu bakomeje kugira imyumvire n'imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano w'Abaturage. Ahamya ko aba hamwe n'ababafasha mu bikorwa byabo bibi basabwa guhinduka bakarangwa no gukora ibikorwa byiza byubahirije amategeko kuko Polisi itazigera yihanganira uwo ariwe wese wishora mu bikorwa bihungabanya ituze ry'Abaturarwanda. Bibutswa ko uzajya afatwa azajya ashyikirizwa Ubugenzacyaha-RIB amategeko akamukanira urumukwiye.
    Munyaneza Théogène

    The post Kamonyi: Polisi yataye muri yombi itsinda ry'abagizi ba nabi barimo abiyise'WAZARENDO' first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: Polisi yataye muri yombi itsinda ry'abagizi ba nabi barimo abiyise'WAZARENDO' appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/27/kamonyi-polisi-yataye-muri-yombi-itsinda-ryabagizi-ba-nabi-barimo-abiyisewazarendo/

  • Minisitiri Dr. Bizimana yanenze abaha ishingiro ubutegetsi bwashyize mu bikorwa Jenoside – #rwanda #RwOT

    Abamenyerewe mu bikorwa byo gushimagiza ubutegetsi bwa Repubulika ya mbere n'iya kabiri barimo Antoine Mukiza Zigiranyirazo, umuhungu wa Protais Zigiranyirazo, na Jean-Luc Habyarimana, umuhungu wa Juvenal Habyarimana wabaye Perezida w'u Rwanda kugeza mu 1994 n'abandi.

    Aba bagabo bakunda kugaragaza ko ababyeyi babo n'abandi bari kumwe ku butegetsi nta kibi bakoze, nubwo bizwi neza ko benshi bagize uruhare rukomeye mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Minisitiri Dr. Bizimana abinyujije kuri X yavuze ko uburyo bumwe bwifashishwa mu gusigasira amateka ari ukuvuguruza abakwirakwiza ibinyoma ku mateka y'igihugu.

    Ati 'Inzira yo kubaka ubumwe ihera ku kuri kw'amateka hagaragazwa uburyo ubumwe bwacu bwasenyutse kuko ubumwe bw'Abanyarwanda bwahozeho mu binyejana byinshi, buza kugira impamvu nyampamvu yabusenye yasojwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nkwibutse kandi ko Jenoside yateguwe mbere y'uwo mwaka, ndetse mu bice bimwe by'u Rwanda yaratangiye gukorwa mbere ya 1994 (Kibilira, Mutara, Nasho, Rwankuba ya Murambi, Mbogo ya Kigali, Shyorongi, Bugesera, Gisenyi, Kibuye, Ruhengeri…).'

    Yasobanuye ko impamvu nyakuri yasenye ubumwe bw'Abanyarwanda iri mu bakoloni b'Ababiligi, abamisiyoneri na Leta ya PARMEHUTU na MRND.

    Ati 'Guha ishingiro ubutegetsi bubi bwateguye bukanakora Jenoside ni ugukomeza gusenya ubumwe bw'Abanyarwanda kuko Jenoside n'ingengabitekerezo yayo yaranze ubutegetsi bwa Habyarimana ni byo byashegeshe ubumwe bw'Abanyarwanda. Ntabwo rero twabirebera twipfumbase. Ahubwo twese nidufatanye guharanira ko ukuri kuganza. Ni yo nzira yo gukomera ku bumwe bwacu, kubushyigikira no kuburinda ibyonnyi.'

    Imibare igaragaza ko igipimo cy'ubwiyunge mu Banyarwanda kigeze kuri 94,7%. Bisobanuye ko hakiri icyuho cya 5,3% cy'abakeneye kwigishwa ngo abantu barusheho kunga ubumwe.

    Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko abaha ishingiro ubutegetsi bubi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi ari ugusenya ubumwe bw’Abanyarwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guha-ishingiro-ubutegetsi-bubi-bwateguye-bukanakora-jenoside-ni-ugukomeza

  • Inyandiko nshya zagaragaje umubano wa Epstein n'abarimo ba Elon Musk – #rwanda #RwOT

    Ni ibintu bikomeje kugaragaza uburyo Jeffrey Epstein yakoranaga n'abantu benshi ndetse bakomeye nubwo benshi bamwihakana.

    Jeffrey Epstein ukomeje guteza ibibazo muri politiki ya Amerika no mu bindi bihugu, yari umunyemari ukomeye watawe muri yombi mu 2019 akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo gucuruza abana bato hagambiriwe kubashora mu busambanyi, abifashijwemo na Ghislaine Maxwell bigeze gukundanaho na we wakatiwe igifungo cy'imyaka 20 mu 2022.

    Epstein yapfiriye muri gereza nyuma y'ukwezi bivugwa ko yiyahuye. Gusa benshi baracyemeza ko yishwe kugira ngo hatagira amabanga amuvamo, akandagaza bamwe mu bayobozi bakomeye ku Isi.

    Impamvu ni uko Epstein yari inshuti y'abanyapolitiki, abayobozi bakomeye ndetse n'abanyemari benshi harimo na Trump ubwe.

    Aba Ba-Democrates bashyize hanze inyandiko z'amapaji atandatu ku wa 27 Nzeri 2025. Ni inyandiko ziri mu zirenga 8500 zatanzwe n'abashinzwe gucunga umutungo wa Epstein.

    Muri izi nyandiko zagaragajwe urwashyizwe ku ngengabihe yo mu 2014 rwavugaga ruti 'Kwibutsa: Elon Musk kujya ku kirwa ku wa 6 Ukuboza (ese iyi gahunda iracyahari)?'

    Iyi nyandiko izimije igaragaza ko uyu wanditse iyi baruwa yabazaga niba Elon Musk agifite gahunda yo kujya ku kirwa runaka, bisa nk'aho bari bafitanye n'abandi bayobozi.

    Epstein yari afite ikirwa cyihariye mu Nyanja ya Caraïbes, mu ruhererekane rw'ibirwa bizwi nka 'U.S. Virgin Islands' bihabarizwa. Ni mu majyepfo y'u Burasirazuba hagati ya Florida na Puerto Rico. Iki kirwa cya Epstein cyitwa Little Saint James.

    Little Saint James ni ahantu hasohokeraga abanyemari n'abandi bayobozi bakomeye. Baganira ku mishinga yabo imyinshi y'ibanga. Nyuma abo bakire bagashyikirizwa abana bato bakabasambanya kakahava.

    Nyuma y'izo nyandiko Elon Musk yahakanye ibimuvugwaho, anyuze kuri X arandika ati 'Ibi si byo'. Yavuze ko atigeze ahasohokera na rimwe.

    Icyakora yemera ko rimwe yigeze guhura na Epstein mu rugo rwe rw'i New York mu myaka yashize ariko yanga gusohokera kuri iki kirwa kuko yakekaga ko Epstein yari umunyamabi.

    Muri izo nyandiko kandi harimo uburyo uwo bikekwa ko ari Epstein yari yateganyije ko gusangira na Peter Thiel mu 2017 na Steve Bannon mu 2019, ariko ntibizwi niba barahuye.

    Sara Guerrero usanzwe ari umuvugizi w'iyi komite y'Aba-Democrates bo mu Nteko Ishinga Amategeko yagize ati 'Ibi bigaragaza uburyo Epstein yari inshuti n'abakomeye ndetse n'abanyemari ku Isi.'

    Yavuze ko bazakomeza gushyira hanze inyandiko kuko 'buri rwandiko ruduha amakuru mashya mu murimo twiyemeje wo guha ubutabera abagizweho ingaruka n'ibi bikorwa.'

    Aba-Républicain bavuze ko Aba-Democrate bari gushyira hanze inyandiko baboganye bakagaragaza izishyira hanze abo batavuga rumwe, bagahisha iz'abo mu ishyaka ryabo. Aba-Républicain bavuze ko mu bihe biri imbere bazashyira hanze inyandiko zose nta kurobanura.

    Izi nyandiko zirimo Igikomangoma cy'u Bwongereza Andrew, ari ku mwe na Epstein bava i New Jersey bajya i Florida mu 2000. Zigaragaza ko kandi mu 2014 yagombaga gusangira na Bill Gates.

    Elon Musk yahakanye iby’umubano udasanzwe yagiranye na Epstein


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hashyizwe-hanze-inyandiko-zigaragaza-umubano-wihariye-wa-epstein-n-abarimo-ba

  • Ishimwe ry'ab'i Kayonza bagiye kwegerezwa serivisi za RFI – #rwanda #RwOT

    RFI igiye gushyira amashami atatu mu Ntara y'Iburasirazuba mu kurushaho kwegereza abaturage serivisi zayo. Ayo mashami azashyirwa mu turere twa Nyagatare, Kirehe na Rwamagana, ibizafasha n'abo mu tundi turere bihana imbibi kubonera hafi serivisi.

    Aba bayobozi bagaragaje imbamutima zabo ku wa 26 Nzeri 2025 mu bukangurambaga RFI yari iri gukorera mu turere two mu Ntara y'Iburasirazuba bwiswe ''Sobanukirwa RFI 2025'.

    Aba bayobozi basobanuriwe serivisi RFI itanga zirimo gupima uturemangingo ndangasano, gupima ibiyobyabwenge mu mubiri w'umuntu, gupima ibinyobwa n'imiti bitemewe, gupima imikono n'inyandiko hagamijwe kugaragaza umwimerere wabyo mu gukemura impaka n'izindi nyinshi.

    Bahawe umukoro wo gusobanurira abaturage serivisi zitangwa na RFI nyuma yo gusobanurirwa serivisi iki kigo gitanga.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Murundi, Gashayija Benon, yavuze ko bari basanzwe bakorana na RFI cyane cyane ku basambanya abana bakabyihakana ariko ko hari serivisi nyinshi batari bazi ko bafite kandi bahura na zo umunsi ku munsi mu baturage.

    Ati 'Twishimiye ko badusangije amakuru menshi ya serivisi batanga, izo twari tuzi ni nke ariko ubu badusobanuriye byinshi, tugiye kugenda tubisangize abaturage bamenye ko byinshi kuri iki kigo ku buryo na bo ubwabo bazajya bakigana.''

    Musabyimana Rebecca usanzwe ari Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza, yavuze ko hari serivisi nyinshi batari bazi ko bafatira ibimenyetso nk'abantu basambanyije abana, abibye n'abandi.

    Ati ''Ikindi kintu nungukiyemo ni uko kwa kundi umuntu ashobora kukwandikira inyandiko mpimbano bashobora kuzipima bakabimenya, hari ibibazo by'abantu baguze ubutaka ugasanga undi arabihinduye yanditsemo amafaranga menshi kugira ngo ananize uwo baguze, hari nko gukodesha umurima undi akiyitirira ko yawuguze, byose rero twamenye ko bapima ya nyandiko bakamenya ukuri kandi natwe tugiye kubisobanurira abaturage.''

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr. Charles Karangwa, yavuze ko bahisemo kwegereza serivisi zabo abaturage mu rwego rwo kubafasha kumenya uko bafata ibimenyetso byabafasha mu butabera.

    Ati ''Abaje hano bahagarariye izindi nzego, twifuza ko basobanurira abaturage serivisi zacu kugira ngo batazarenganywa ahubwo bazaziyambaze zibafashe kandi bakamenya cyane cyane kubungabunga ikimenyetso n'umwimerere wacyo.''

    Dr. Karangwa yavuze ko bishimiye ubwitabire bw'abayobozi b'inzego z'ibanze mu turere dutanu bakoreyemo, abasaba kurushaho gusobanurira abaturage uko serivisi za RFI zabafasha mu butabera.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr Charles Karangwa, yasabye abayobozi bo mu Karere ka Kayonza kurushaho gusobanurira abaturage serivisi iki kigo gitanga

    Abakozi ba RFI bari biteguye gusobanurira ab’i Kayonza serivisi batanga

    Abayobozi b’i Kayonza basobanuriwe uburyo bafasha abaturage kubungabunga ibimenyetso

    Igikorwa cyo gusobanurira abayobozi b’i Kayonza serivisi RFI itanga cyitabiriwe n’abo mu nzego zitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ishimwe-ry-aboyobozi-b-i-kayonza-bagiye-kwegerezwa-serivisi-za-rfi

  • Umunya-Espagne yegukanye isiganwa, Abanyarwandakazi batanga icyizere (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunya-Espagne, Paula Ostiz, ni we wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare irimo kubera mu Rwanda mu gusiganwa mu muhanda mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 19, abanyarwanda basoza isiganwa.

    Kuri uyu wa Gatandatu hakinagwa umunsi wa 7 wa Shampiyona y’Isi y’Amagare aho hari hatahiwe icyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 19 na 23.

    Habanje abatarengeje 19 basiganwe ku ntera y’ibilometero 74 aho U Rwanda rwari ruhagrariwe na Masengesho Yvonne ari kumwe na Uwiringiyimana Liliane.

    Umunya-Espagne Paula Ostiz niwe waje kwambikwa umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa ry’abangavu muri Shampiyona y’Amagare ya 2025 iri kubera i Kigali, aho yakoresheje amasaha abiri, iminota icyenda n’amasegonda 19.

    Yabigezeho anyonze igare n’imbaraga nyinshi kuko yari kumwe na Chantal Pegolo wo mu Butaliyani wabaye uwa kabiri ndetse na Anja Grossmann wo mu Busuwisi wabaye uwa gatatu.

    Ni mu gihe Umunya-Canada, Sidney Swierenga, nta mudali yabonye nubwo yakoresheje ibihe nk’iby’abakinnyi batatu bamutanze gukoza ipine mu murongo.

    Mu 2024, Paula Ostiz w’imyaka 18, yari yegukanye umudali w’umwanya wa kabiri mu isiganwa ry’abangavu ryabereye i Zurich.

    Uwiringiyimana Liliane na Masengesho Yvonne babaye Abanyarwandakazi ba mbere basoje isiganwa ry’abangavu batarengeje imyaka 19 muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.

    Kuri uyu wa Gatandatu, Masengesho Yvonne yabaye uwa 48 naho Uwiringiyimana Liliane aba uwa 49, bombi basizwe iminota 12 n’amasegonda 20 na Paula Ostiz wegukanye umudali wa Zahabu.

    Umunya-Espagne yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu bakobwa batarengeje imyaka 19

    Abanyarwandakazi basoje

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11946