Blog

  • RFI igiye gutangira kubika amakuru y'ibimera byifitemo uburozi bwakwica abantu – #rwanda #RwOT

    Mu myaka mike ishize mu Karere ka Nyagatare humvikanye inkuru y'abana biga mu mashuri abanza n'ayisumbuye bariye ku cyatsi cya Rwiziringa birangira barwaye, nyuma gato ubuyobozi bw'ibitaro bya Nyagatare bwatangaje ko iki cyatsi gifatwa nk'ikiyobyabwenge kuko ukiriyeho ahita ata ubwenge.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, DR. Karangwa Charles, mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, yavuze ko mu Karere ka Rusizi mu gace ka Bweyeye hakunze gupfa abantu benshi buri mwaka bishwe n'ibimera cyane cyane ibihumyo bifite ubumara.

    Ibi byatumye bahita batangira gushyira imbaraga mu kubarura ibimera byifitemo uburozi kugira ngo bimenyekane ndetse bijye binafasha Minisiteri y'Ubuzima mu kumenya imiti baha uwariye kuri bya bimera.

    Ati 'Turashaka ngo tubike amakuru y'ibanga tujye tumenya igihumyo cyangwa se ikindi kimera cyose gishobora kuba cyahumanya ubuzima bw'abantu kugira ngo igihe bibaye duhite tureba mu makuru yacu tumenye ibikigize tumenye ADN yacyo n'uburyo twatabara abo icyo gihingwa cyahumanyije.''

    Dr. Karangwa yavuze ko batangiye kubaka ububiko bw'amakuru ndetse ngo banatangiye gukorana n'abavuzi gakondo mu gihugu hose, mu gukusanya amakuru kuri ibi bimera, ashobora gufasha abaganga mu kuvura abo byagizeho ingaruka.

    Ati 'Ubu hagezweho kujya gufata impagararizi kugira ngo dutangire tumenye ibigize ibyo bimera, nyuma y'aho tuzabika ibiranga buri kimera cyane cyane bya bimera bifite uburozi muri byo kugira ngo dufashe Minisiteri y'Ubuzima kumenya imiti baha uwo icyo kimera cyahumanyije.''

    RFI ivuga ko guhera mu mwaka utaha serivisi yatangaga ziziyongera nyuma yo kugura ibikoresho byinshi bishya birimo imashini zifite ubushobozi bwisumbuyeho.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr. Karangwa yavuze ko bagiye gutangira gupima ibimera byifitemo uburozi kugira ngo bafashe Minisiteri y’Ubuzima


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rfi-igiye-gutangira-kubika-amakuru-y-ibimera-byifitemo-uburozi-bwakwica-abantu

  • Kayonza: Urujijo mu rupfu rw'umusore w'imyaka 19 wasanzwe mu cyuzi – #rwanda #RwOT

    Umurambo w'uyu musore wagaragaye ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025 mu cyuzi cya Cyabatambyi kiri hagati y'utugari twa Rukara na Rwimishinya duherereye mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rukara, Nyirabizeyimana Immaculé, yabwiye IGIHE ko urupfu rw'uyu musore barumenye ndetse ko inzego z'umutekano zahise zitangira iperereza.

    Ati 'Ejo ahagana Saa Yine batubwiye ko umusore w'imyaka 19 yasanzwe mu cyuzi yapfuye, twagiyeyo rero turi kumwe n'inzego z'umutekano dusanga koko umurambo we urimo, twawukuyemo umurambo ujyanwa mu bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma.''

    Gitifu Nyirabizeyimana yakomeje avuga ko Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB), rwahise rutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyamwishe. Yizeza abo mu muryango we ko kizamenyekana.

    Ati 'Iperereza niryo rizagaragaza icyamwishe nyuma y'uko RIB iritangiye. Abavuga ko yishwe n'abacukuraga amabuye y'agaciro mu buryo butemewe ntitwabihamya kuko aho yacukurwaga twahashyize uburinzi, ni ugutegereza ibizava mu iperereza.''

    Muri Kamena uyu mwaka Polisi y'u Rwanda yataye muri yombi abarenga 40 bakoraga ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu buryo butemewe mu Murenge wa Rukara mu Kagari ka Rwimishinya.

    Abaturage bavuga ko izo nsoresore zicukura amabuye y'agaciro zinabateza umutekano muke muri aka Kagari, aho zinagira uruhare mu bujura, kwangiza imyaka n'ibindi byinshi. Ubuyobozi buvuga ko bwahagurukiye iki kibazo ku buryo n'ahacukurwaga aya mabuye hashyizwe uburinzi buhoraho.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-urujijo-mu-rupfu-rw-umusore-w-imyaka-19-wasanzwe-mu-cyuzi

  • Hashyizweho ibigo bizafasha abaturage bo mu cyaro kubona serivisi z'ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Icyo gikorwa cyabereye mu turere twa Kayonza, Gatsibo, Rutsiro, Burera na Ruhango.

    Iki gikorwa ni kimwe mu bigize gahunda ya Digital Ambassador Program (2022—2025), umushinga ufite agaciro ka miliyoni 4.5$ uhuza KOICA, MINICT, RISA na Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi (MINECOFIN), ugamije gufasha abaturage kubona ubumenyi mu ikoranabuhanga no kugera kuri serivisi za Leta zikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ibyo bigo bito byashyizweho byahawe ibikoresho bigezweho birimo mudasobwa nshya, internet yihuta n'ibindi bizafasha abaturage kwifashisha urubuga rwa Irembo, guhugurwa ku bumenyi bw'ibanze mu ikoranabuhanga ndetse no kubona serivisi zitandukanye nk'icapiro.

    Bigamije ibigo by'icyitegererezo mu guhuza abaturage n'ikoranabuhanga, cyane cyane mu bice by'icyaro.

    Guhera mu 2022, Digital Ambassador Program imaze, guhugura no gutoranya 2833 bahagarariye Ikoranabuhanga (Digital Ambassadors) mu tugari n'abagenzuzi 78.

    Hatanzwe ubumenyi bw'ibanze mu ikoranabuhanga ku baturage barenga miliyoni 4.5 ndetse no gushyiraho ibi bigo by'icyitegererezo bitanu mu gihugu hose k'ahantu hagenewe kuba intangarugero mu kugera kuri serivisi z'ikoranabuhanga.

    Iyi gahunda igamije gushyigikira SAP Strategy 2025—2029, ishishikariza imiryango n'abaturage kugira uruhare mu kubungabunga izi serivisi no kuzibyaza umusaruro.

    U Rwanda rufite intego yo kongera gutunganya no kuvugurura nibura ibigo 100 ku rwego rw'igihugu ndetse no gutangiza izindi nshya, hagamijwe ko buri Munyarwanda agira amahirwe angana yo kugera kuri serivisi z'ikoranabuhanga zizewe kandi zikwiranye n'igihe.

    Umuyobozi Mukuru wa RISA, Antoine Sebera, yavuze ko gushyiraho ahantu habugenewe mu itangwa rya serivisi bizatuma abaturage boroherwa no kugera ku ikoranabuhanga.

    Ati 'Izi Service Access Points zizatuma byorohera abaturage cyane cyane abo mu cyaro kubona serivisi n'amahirwe ari kugenda yimukira ku ikoranabuhanga.'

    Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, KIM Jinhwa, yavuze ko gushyiraho ibyo ibyo bikorwa remezo bigamije gutanga amahirwe mashya.

    Ati 'Iyi Service Access Point si inyubako gusa, ahubwo ni umuyoboro w'amahirwe mashya. Iyo twubaka ibikorwa remezo by'ikoranabuhanga no kwigisha ubumenyi, tuba dushyigikira iterambere n'ahazaza h'abantu.'

    Iyi gahunda ihura n'intego zo kwihutisha iterambere NST2 z'uko u Rwanda ruzagera kuri 100% y'ubumenyi mu ikoranabuhanga bitarenze 2029, ndetse ikaba igira uruhare mu ntego z'igihe kirekire z'icyerekezo 2050 zo kuba igihugu gifite ubukungu bushingiye ku bumenyi n'ikoranabuhanga.

    Ikigo cy'Abanyakoreya gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (KOICA) cyashinzwe mu 1991, gifasha mu ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga y'iterambere n'ubufatanye mu by'ikoranabuhanga mu bihugu bikiri mu nzira y'iterambere, kigamije guteza imbere imibereho n'ubukungu burambye.

    Ku rundi ruhande, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n'Isakazabumenyi (RISA), ni cyo gifite inshingano zo gushyira mu bikorwa politiki, gahunda n'imishinga ya Leta y'u Rwanda mu ikoranabuhanga, hagamijwe kwihutisha impinduramatwara ishingiye ku ikoranabuhanga mu gihugu.

    Hashyizweho ibigo bitanu bizajya bifasha abaturage kubona serivisi z'ikoranabuhanga mu bice by'ibyaro

    Buri kigo cyashyizweho kirimo n’ibikoresho by’ikoranabuhanga

    Ibi bigo byitezweho gufasha abaturage kwiga ibijyanye n’ikoranabuhanga

    Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, KIM Jinhwa, yavuze ko gushyiraho ibyo ibyo bikorwa remezo bigamije gutanga amahirwe mashya

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bob Gakire

    Umukozi muri RISA, Innocent Asiimwe Mudenge


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hashyizweho-ibigo-bitanu-bizajya-bifasha-abaturage-kubona-serivisi-z

  • U Rwanda rugiye kwakira Inama Mpuzamahanga yiga ku buzima bwo mu mutwe – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe ubwo hasozwaga inama nk'iyi yari imaze iminsi ibiri ibera i Doha muri Qatar, aho abayobozi b'ubuzima ku rwego rw'Isi bagaragaje ko impamvu u Rwanda rwatoranyijwe kuzakira iyi nama ari ukubera rwakomeje kugaragaza imbaraga zo guhangana n'ibibazo byo mu mutwe.

    Iyi nama yahuje abayobozi batandukanye barimo abaminisitiri b'ubuzima, abahagarariye ibihugu byabo, ibigo mpuzamahanga by'ubuzima ku Isi ndetse n'inzobere ku ndwara z'ubuzima bwo mu mutwe.

    Minisitiri w'Ubuzima muri Qatar, Mansoor bin Ebrahim Al Mahmoud, yagaragaje ko iyi nama yari imaze iminsi ibiri ibera i Doha yabaye ingirakamaro kubera ingingo zitandukanye zaganiriweho ku buryo bwo guhangana n'ibibazo byo mu mutwe.

    Ati 'Muri iyi nama hasuzumwe ingingo zitandukanye zishobora gufasha guhangana n'ibibazo byo mu mutwe birimo kongera serivisi, ndetse n'ubundi buryo butandukanye bukwiriye gukurikizwa ku rwego rw'Isi.'

    Muri iyi nama abayobozi batandukanye bihaye intego zitandukanye zizafasha ibihugu byabo gushyira mu bikorwa ibyo baganiriyeho byo guhangana n'izamuka ry'abafite ibibazo byo mu mutwe.

    Abayobozi bitabiriye iyi nama bagaragaje ko inama izabera mu Rwanda izibanda ku buryo hakwifashishwa ikoranabuhanga mu kugeza serivisi z'ubuzima ku bafite ibibazo byo mu mutwe.

    Zimwe mu ngingo zizaganirwaho mu nama izabera mu Rwanda harimo gufasha abantu benshi kubona serivisi z'ubuzima bwo mu mutwe bifashishije ikoranabuhanga, kurema uburyo burambye buzajya bufasha abantu kwishyura izo serivisi bakoresheje ikoranabuhanga ndetse no gukoresha ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano.

    Iyi nama Mpuzamahanga y'Abaminisitiri b'Ubuzima yiga ku buzima bwo mu mutwe yatangiye kuba mu 2022, ikaba yarashyizweho n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, aho ihuza abaminisitiri, inzobere mu buzima ndetse n'abahagariye ibigo by'ubuzima mu kuganira ingamba zafatwa mu guhangana n'imbogamizi zikunze kugaragara ndetse n'uburyo byakemuka.

    Imibare y'abafite ibibazo bijyanye n'ubuzima bwo mu mutwe hashingiwe ku myaka igaragaza ko abafite hagati y'imyaka 26-35 ari 21%, abafite imyaka 45-55 bangana na 26,9%. Aba nibura baba baragize iki kibazo rimwe mu buzima bwabo.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rugiye-kwakira-inama-mpuzamahanga-yiga-ku-buzima-bwo-mu-mutwe

  • Chancen International yashyize 70% by'ingengo y'imari mu kwishyurira abiga imyuga n'ubumenyingiro – #rwanda #RwOT

    Ibyo byatangarijwe i Kigali ku itariki 1 Ukwakira 2025 mu nama yahuje Chancen International n'abafite ibigo byigisha imyuga n'ubumenyingiro hamwe n'Ubuyobozi bw'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Tekinike Imyuga n'Ubumenyingiro, RTB.

    Yari igamije gushishikariza abakora muri urwo rwego gukorana na Chancen International kugira ngo yishyurire abanyeshuri benshi baba bashaka kwiga ariko bakagira ikibazo cy'amikoro.

    Umuyobozi wa Chancen International mu Rwanda, Niyonsaba Ariane, yavuze ko ubu ibigo bya TVET bafite bitaragera ku kigero bifuza, ari yo mpamvu batangiye kuganira n'ibigo kugira ngo umuhigo bafite uzagerweho.

    Ati 'Tumaze imyaka ibiri dukorana na TVET ariko twakoranaga n'ibigo bibiri gusa. Mu 2024 ni bwo twashyizemo imbaraga dusaba RTB kuduhuza n'ibindi kuko ingengo y'imari yacu ingana na 70% twayerekeje ku biga ayo masomo tuzi ko tuzabona nk'ibigo 10 ariko ubu tugize bitatandatu harimo bine byiyongeyeho uyu mwaka.'

    Niyonsaba yaboneyeho gushishikariza abayobozi b'ibigo bya TVET kubagana bagakorana kuko ubu biteze kugira abanyeshuri biga ayo masomo babarirwa muri 600 gusa mu 2025 nyamara bafite ubushobozi bwo gufasha abagera ku 2000.

    Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi yavuze ko ikigo nka Chancen ari umufatanyabikorwa ukomeye mu kongera umubare w'abiga muri TVET kuko imbogamizi y'ubushobozi hari benshi izitira.

    Ati 'Gahunda ya Chancen International irihariye cyane kuko urubyiruko rwacu rukeneye ubumenyingiro buruhesha akazi ariko imbogamizi bahura na yo ikomeye ni ukubura ubushobozi. Leta ikora byinshi ngo ikiguzi kigabanuke ariko umubare w'urubyiruko rukenera ubumenyi ugenda uzamuka bigatuma hari abashaka kwiga bakabura amikoro.'

    Eng. Umukunzi kandi yashishikarije ibindi bigo kwinjira mu kurihira abanyeshuri amafaranga bakazishyura nyuma kuko hari benshi biha amahirwe kandi ari ibintu bikorwa mo mu bihugu byateye imbere nka Amerika n'u Buyapani aho buri wese ushaka kwiga umwuga agurizwa akishyura yarabonye akazi.

    Umuyobozi Mukuru akanaba uwashinze Chancen International, Batya Blankers yavuze ko intego ya Chancen ari ugufasha urubyiruko kubona uburezi bufite ireme kandi bubasha kurubyarira imirimo iruteza imbere.

    Chancen International yatangiye gukorera mu Rwanda mu 2018 ariko nyuma iza no kwagurira ibikorwa muri Kenya, Afurika y'Epfo na Ghana.

    Yishyurira abanyeshuri amafaranga y'ishuri bakazishyura babonye akazi gahemba kuva ku 80,000 Frw kandi bakishyura ku ijanisha riri hagati ya 10% na 20% by'umushahara buri kwezi.

    Umuyobozi wa Chancen International mu Rwanda, Niyonsaba Ariane, yavuze ko ibigo bya TVET bafite bitaragera ku kigero bifuza

    Umuyobozi Mukuru wa RTB, Eng. Paul Umukunzi, yavuze ko ikigo nka Chancen ari umufatanyabikorwa ukomeye mu kongera umubare w'abiga muri TVET

    Umuyobozi Mukuru akanaba uwashinze Chancen International, Batya Blankers, yavuze ko intego ya Chancen ari ugufasha urubyiruko kubona uburezi bufite ireme

    Chancen International yashimiye Ubuyobozi bwa RTB ku mikoranire myiza

    Haganiriwe ku buryo bwo gufasha abanyeshuri benshi kwiga imyuga bishyuriwe na Chancen International

    Chancen International ishaka gukorana n’ibigo byinshi byigisha imyuga n’ubumenyingiro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/chancen-international-yashyize-70-by-ingengo-y-imari-mu-kwishyurira-abiga

  • FERWAFA yazamuye umushahara w'abasifuzi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yatangaje impinduka zikomeye zigamije kuzamura urwego rw'abasifuzi b'u Rwanda, aho amafaranga bahabwaga azikuba inshuro zirenze ebyiri ndetse bagahabwa amasezerano n'itumanaho rigezweho. Ibi yabivugiye mu nama yabereye kuri Lemigo Hotel ku wa 11 Nzeri 2025, yanasinyiwemo amabwiriza mashya agenga Shampiyona ya 2025/26.

    Shema yavuze ko umusifuzi azajya ahembwa ibihumbi 100 Frw ku mukino, kandi iyo ari mu rugendo azajya agenda mbere y'umunsi kugira ngo aruhuke neza. Yongeyeho ko abasifuzi bazahabwa amasezerano ya buri mwaka (part time), bahembwe buri kwezi, ndetse bagafatirwa ifatabuguzi muri gym kugira ngo bazamure imbaraga n'ubuzima bwiza.

    Yagize ati: 'Twifuza ko abasifuzi bacu baba abanyamwuga, inyangamugayo kandi batinywa.'

    Shema Fabrice asaba abasifuzi kuba abanyamwuga, inyangamugayo kandi batinywa mu mikino.

    Kugeza ubu, umusifuzi mpuzamahanga yahabwaga ibihumbi 45 Frw ku mukino, mu gihe utari mpuzamahanga yahabwaga ibihumbi 43 Frw. Shampiyona nshya izatangira ku wa 12 Nzeri 2025.

    Source : https://yegob.rw/ferwafa-yazamuye-umushahara-wabasifuzi/

  • Imanishimwe Emmanuel 'Mangwende' ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b'Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica #rwanda #RwOT

    Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi, Adel Amrouche, yatangaje urutonde rw'abakinnyi bazakina imikino ibiri yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026, aho u Rwanda ruzahura na Benin ndetse na Afurika y'Epfo mu kwezi k'Ukwakira.

    Nyuma yo gutangaza urutonde rwa mbere, hiyongereyemo Imanishimwe Emmanuel ukinira AEL Limassol FC yo muri Cyprus, akaba azafasha Amavubi mu bwugarizi cyane cyane ku ruhande rw'ibumoso.

    Uyu myugariro w'imyaka 31, ari mu bakinnyi bafite ubunararibonye mu ikipe y'igihugu, dore ko amaze igihe kinini ayikinira ndetse akaba yaranabaye umwe mu bayifashije mu mikino itandukanye mu marushanwa atandukanye.

    Urutonde rw'abakinnyi b'Amavubi

    Abanyezamu:

    • Ntwari Fiacre (Kaizer Chiefs)

    • Buhake Clément Twizere (Ullensaker/Kisa)

    • Ishimwe Pierre (APR FC)

    Abugarira

    • Mutsinzi Ange (Zira FC)

    • Manzi Thierry (Al Ahly Tripoli)

    • Kavita Phanuel Mabaya (Berminghan Legion FC)

    • Byiringiro Jean Gilbert (APR FC)

    • Nyomugabo Claude (APR FC)

    • Nkurikiyimana Darryl Ngaj (Standard de Liège)

    • Nshimiyimana Emmanuel (Rayon Sports FC)

    • Nshimiyimana Yunusu (APR FC)

    Imanishimwe Emmanuel (AEL Limassol FC)

    Abakina Hagati:

    • Bizimana Djihad (Al Ahly Tripoli)

    • Mugisha Bonheur (Al Masry)

    • Muhire Kevin (Jamus FC)

    • Ruboneka Jean Bosco (APR FC)

    • Hamon Aly-Enzo (Angoulême CFC)

    • Ishimwe Anicet (Olympique Béja)

    Abataha Izamu: 

    • Mugisha Gilbert (APR FC)

    • Kwizera Jojea (Rhode Island)

    • Nshuti Innocent (Espérance Sportive de Zarzis)

    • Biramahire Abedy (ES Sétif)

    • Gitego Arthur (FUS Rabat)

    • Joy-Lance Mickels (Sabah AFC)

    Amavubi azabanza gukina na Benin tariki ya 10 Ukwakira 2025 kuri Stade Amahoro, hanyuma izasure Afurika y'Epfo tariki ya 13 Ukwakira 2025.

    Source : https://rushyashya.net/imanishimwe-emmanuel-mangwende-ukinira-ael-limasol-muri-cyprus-yongewe-mu-bakinnyi-bamavubi-bitegura-benin-na-southafrica/

  • Hagati y'ikipe ya Chelsea na Liverpool haraca uwambaye #rwanda #RwOT

    Hagati y'ikipe ya Chelsea na Liverpool hitezwe umukino ukomeye cyane muri shampiyona y'u Bwongereza Premier League, uteganyijwe kuba ku isaha y'isaa 6:30 z'umugoroba kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Ukwakira 2025. Ni umukino uza gukinirwa kuri Stamford Bridge, aho Chelsea irakira ikipe ya Liverpool, impande zombi ziteguye kugaragaza imbaraga n'uburyo bw'imikinire yabo.

    Chelsea iri gushaka gusubira mu nzira nziza nyuma y'ibihe byari bigoye mu mikino ishize. Abafana bayo bitezwe kubona abakinnyi bashya ikipe yaguze bakomeza guhindura ibintu mu kibuga, cyane cyane ab'imbere bategerejweho gutsinda ibitego.

    Umutoza w'iyi kipe Enzo Maresca yatangaje ko ari amahirwe akomeye yo kwerekana ko ikipe ye iri kurushaho gukura mu mikinire no kongera icyizere mu bafana.

    Ku rundi ruhande, Liverpool nayo igamije gukomeza urugendo rwayo rwo guhatanira igikombe cya Premier League. Abakinnyi bayo b'inkingi za mwamba nka Mohamed Salah na Ekitike bitezweho kugaragaza ubuhanga bwo gusatira izamu, mu gihe umukino wo hagati ugomba kuba umusingi ukomeye wo kurwanya Chelsea iraba ikinira imbere y'abafana bayo.

    Uyu mukino uraza gufatwa nk'uryoheye ijisho kubera uburyo aya makipe yombi akunda guhatana cyane igihe ahuye. Ni isuzuma rikomeye ku mpande zombi, kuko gutsinda uyu mukino bishobora kuzaha ikipe ishyaka n'imbaraga zo gukomeza guhatana ku rugero rwo hejuru.

    Biteganyijwe ko abafana benshi hirya no hino ku Isi baraza kuwakira, kuko Chelsea na Liverpool zifite amateka akomeye mu mupira w'u Bwongereza, kandi guhangana kwazo kenshi gashoboka zitanga ibyishimo k'ubakunzi b'umupira w'amaguru kuko ziba zifite abakinnyi b'inararibonye mu guconga ruhago.

    Hagati y'ikipe ya Chelsea na Liverpool haraca uwambaye

     

    Source : https://kasukumedia.com/hagati-yikipe-ya-chelsea-na-liverpool-haraca-uwambaye/

  • Filime Seburikoko yagarutse mu isura nshya #rwanda #RwOT

    Filime y’uruhererekane ya ‘Seburikoko’ yakunzwe na benshi, igiye kongera kujya igaragara aho noneho yagarutse mu isura nshya.

    Iyi filime yari imaze imyaka 2 ihagaritswe gukinwa, kuri ubu yarasubukuwe ndetse n’ibice bishya byamaze gutunganywa ikazajya inyura kuri ZACU TV.

    Nk’uko Wilson Nelly Misago, washinze ikigo cya ZACU Entertainment gifite ZACU TV akaba ari na we nyiri iyi filime yabibwiye itangazamakuru mu kiganiro cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025 ko mu mpera z’uyu mwaka izongera gutambuka.

    Ati “tubahishiye byinshi byiza. Seburikoko nyuma y’uko abantu benshi babidusabye ubu yararangiye izatangira gutambuka tariki ya 1 Ukuboza 2025.”

    “Ni bwa buzima bwo mu cyaro nubwo izaba iri mu isura nshya Seburikoko yarabonye amafaranga ariko ntabwo yataye umwimerere wayo.”

    Izagaragaramo abakinnyi 80% bari basanzwe bayikinamo barimo Niyitegeka Gratien uzakinamo ari Seburikoko, Antoinette Uwamahoro ukinamo ari umugore we witwa Siperansiya, Umuganwa Sarah ukinamo ari umwana wa Seburikoko aho aba yitwa Mutoni, Regero Nobert, Mugisha Emmanuel (Kibonge), Uwabeza Leocadie, Jean Trezor Muhoza n’abandi.

    Uretse Seburikoko kandi ZACU iteganya gushyira hanze izindi filime mu mpera z’uyu mwaka ndetse n’umwaka utaha zirimo 'The Bridge of Christmas’ izajya hanze mu Ukuboza, 'Ibyahishuwe’ izajya hanze muri uku kwezi kw’Ukwakira, 'Rukuruzi’ izajya hanze mu Ugushyingo na 'What a Day’ izajya hanze muri Mutarama 2026.

    The Red Flag izajya hanze muri Kamena 2026, The Last Confess izajya hanze muri Nzeri 2026 na Karira izajya hanze mu Kuboza 2026.

    Seburikoko yagarutse mu isura nshya

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11982

  • Abagabo ndabakunda, hari aho nabahinze se? – Mama Sava (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umunyana Analyssa wamamaye nka Mama Sava muri Sinema Nyarwanda, yavuze ko abamushinja gukunda abagabo ari byo kuko ntaho yabahinze ngo azajya agenda akuremo umwe uko abishaka.

    Mu mpera z’ukwezi gushize nibwo Mama Sava yashyize hanze ifoto ari kumwe n’umusore ubona ko bahuje urugwiro maze amuhata imitoma.

    Uyu mosore yirinze gutangaza byinshi kuri we uretse kuba ari we babyaranye imfura ye, agaragaye mu gihe yagiye avugwa mu nkuru zitandukanye z’urukundo yaba izo yemeje n’izo atemeje.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Mama Sava avuga kuba abantu bavuga ko akunda abagabo kubera ukuntu bahora bamuvuga mu nkuru z’urukundo zitandukanye, atabanga cyane ko ntaho yabahinze.

    Ati “ugasanga umuntu aranditse ngo uyu ahora mu nkundo, none byapfuye, none byapfuye, ni ukuri kw’Ima na nta murima ngira nabahinzemo, nta murima nabahinzemo ku buryo mbanga, ndabakunda cyane. Ndabanga se bakoze iki bariya bakozi b’Imana.”

    Muri iki kiganiro kandi Mama Sava yahishuye ko abantu bibeshya ko yabonye gatanya kera kandi atari byo.

    Yagize ati “gatanya nyibonye ejobundi. Rwose hashize nk’amezi abiri.”

    Mama Sava umukunzi we yaherukaga gutangaza ni Nshuti Alphonse benshi bamenye nka Alpha bari bamaze umwaka urenga bakundana, uyu bamumutukiyeho ko atwaye umugabo w’abandi cyane ko yari amaze iminsi atandukanye n’umugore we.

    Ubu ari mu munyenga n’umusore w’umunya-Kenya babyaranye imfura ye bakaza gutandukana mu 2013 nyuma y’imyaka ibiri y’umunyenga w’urukundo.

    Batandukanye ubwo yari atwite akaba kuva icyo gihe yari atarabasha kubona umwana we kuko bari batarongera kubonana.

    Nyuma yaje gushaka umugabo na we babyarana undi mwana ariko baza gutandukana ari na we baheruka guhana gatanya.

    Mama Sava yavuze ko nta murima yahinzemo abagabo

    Umukunzi mushya wa Mama Sava banabyaranye imfura ye

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11983