Array
Blog
-
Ishimwe Prince 'Da Rest' yakoze ubukwe bw'akataraboneka na Iradukunda Souvenir #rwanda #RwOT
Ishimwe Prince wamamaye nka Da Rest mu itsinda Juda Muzik, yinjiye mu mubano w'akaramata na Iradukunda Souvenir, Umunyarwandakazi usanzwe aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni ubukwe bwari bwuzuyemo ibyishimo n'umunezero, bwabereye Golden Garden i Rebero, ku munsi wejo hashize tariki ya 7 Ukuboza 2025.
Imihango yo gusaba no gukwa yakozwe mu muco nyarwanda, aho imiryango yombi yahuye igasangira umunezero, hakurikiraho umuhango wo gusezerana imbere y'Imana, aho aba bombi bahamije isezerano ry'ubuziraherezo imbere y'Imana n'abari bitabiriye. Nyuma y'iyi mihango, abatumiwe bakiriwe mu birori byateguwe mu buryo bugezweho byaranzwe n'umuziki, urwenya n'ibyishimo byanyuze imitima ya benshi.
Ubukwe bwa Da Rest bwitabiriwe n'inshuti ze za hafi ndetse n'abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda barimo Knowless Butera wari kumwe n'umugabo we Ishimwe Clement, Uncle Austin, Nel Ngabo, Platini P, Andy Bumuntu, Victor Rukotana n'abandi bafite amazina akomeye mu njyana zitandukanye. Baje kwifatanya n'uyu muhanzi wabimburiye Juda Muzik mu bihangano byubaka umuryango n'urukundo, bashimye intambwe yateye n'umutima w'ubudahemuka yagaragaje.
Abitabiriye ibirori bavuze ko ari ubukwe bwateguwe neza, buhujwe n'umwimerere w'umuco nyarwanda n'imigendekere igezweho, bwatangaga ishusho y'urukundo ruhawe agaciro. Da Rest na Souvenir basoje bahamya ko iyi tariki izahora yibukwa mu buzima bwabo nk'intsinzi n'itangira ry'urugendo rushya.


Source : https://kasukumedia.com/ishimwe-prince-da-rest-yakoze-ubukwe-bwakataraboneka-na-iradukunda-souvenir/
-
Neymar Jr yerekanye urukundo akunda umupira w'amaguru #rwanda #RwOT
Hari igihe ububabare bugaragara nk'inshinga iremereye umuntu, ariko ku mukinnyi ukunda umupira by'ukuri, burya hari ikintu gikomeye kirusha umutima ukunda icyo akora. Neymar Jr yerekanye ko ushobora kugira ububabare mu kibuga ariko kubera urukundo uba ukunda umupira w'amaguru ntiwumve ububabare, ugakina nkaho ntacyabaye nk'icyifuzo cyo guhagararira ikipe yawe.
Neymar ukunda ikipe ye kuva akiri umwana, kandi iyo akinnye kubona uburyo abyitangira uba ubona bidasanzwe. Nubwo yari afite ikibazo cy'imvune cya meniscus, ntiyigeze abyitirira ngo yisubirize inyuma. Yagerageje uko ashoboye kugira ngo abe ahari igihe ikipe ye yaharaniraga kutamanuka mu cyiciro cya kabiri. Uko ari umukinnyi wamenyereye guhatanira ibikombe bikomeye, kuba akina mu kibuga ahanganye no kurwana ku cyo ikipe ye yita ubuzima byerekana isomo rikomeye: kugira urukundo ku mupira w'amaguru kurusha ibintu byose.
Neymar yatanze ibyishimo nyayo nk'umukinnyi ukina atari ukubera amafaranga, cyangwa izina rikomeye, ahubwo kubera impano, umunezero n'urukundo rw'abafana. Yariraye, aseka, asenga, asimbuka, aririmba hamwe n'abafana, yishimira umukino nk'umwe muri bo. Uwo mwanya wagaragaje ko hari byinshi umupira ushobora guha umuntu gukora ibyo ukunda, ugakorera igihugu cyawe n'ikipe yawe, ugakina ku bw'abagukunda.
Ni isomo rikomeye ku bakinnyi bose n'abakunzi b'umupira w'amaguru: iyo ukunda icyo ukora, nta bubabare burenza imbaraga z'umutima.

Source : https://kasukumedia.com/neymar-jr-yerekanye-urukundo-akunda-umupira-wamaguru/
-
Ruti Joël yahishuye uko album 'Rutakisha’ yavuye ku bushuti #rwanda #RwOT
Ruti Joël yagaragaje uko ubushuti n’ubuhanga budasanzwe biri mu byamusunikiye kwisanga yakoranye album na Clement The Guitarist wari usanzwe umucurangira inanga ku rubyiniro.
Mu kwezi gushize ni bwo Ruti Joël na Clement Guitarist bashyize hanze album bakoranye bise 'Rutakisha’.
Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI nyuma gususurutsa abari bitabiriye igitaramo cya Minuza Festival, Ruti Joël yavuze ko umubano wihariye yari afitanye na Clement uri mu mpamvu nyamukuru zatumye akorana nawe.
Yagize ati 'Clement ni inshuti yanjye, ni umuntu wanjye Kandi turumvikana cyane, ibintu byanjye yamaze kubimenya haba ubutore, imihamirizo kandi akaba imfura cyane.'
Ruti yanakomeje avuga ko ubu bufatanye bwabo mu nganzo bwakomotse ku gitekerezo yazanye ariko kikanonosorwa na Clement The Guitarist ari nabyo byatumye kuri iyi alubumu hasohokaho indirimbo ziri mu zindi ndimi.
Ati 'Usibye kuba ari umuntu nkunda cyane, ni nawe wavuguruye uburyo natekerezaga gukoramo Rutakisha. Yashyizemo amanota agezweho tuvangamo n’izindi ndimi ari nabyo byavuyemo indirimbo nka Dore na Rutakisha.'
Ruti Joël yongeyeho ko iyi Album itandukanye cyane n’iya mbere yise 'Musomandera’, kuko 'Rutakisha’ yibanda ku kugaragaza ubushobozi bwe nk’umuhanzi ushaka kugera ku rwego mpuzamahanga.
Rutakisha yaje ikurikira iyo yise 'Musomandera’ yashyize ahagaragara muri Mutarama 2023.
Ruti Joel yavuze ko album yakoranye na Clement The Guitarist yavuye ku bushuti bafitanyeSource : http://isimbi.rw/ruti-joel-yahishuye-uko-album-rutakisha-yavuye-ku-bushuti.html
-
Nyabihu: RIB yataye muri yombi umuyobozi ukekwaho kwigwizaho umutungo #rwanda #RwOT
Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Twagirayezu Jean Paul, Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, akekwaho ibyaha birimo kwigwizaho umutungo no kudatangaza imitungo ye ku Rwego rw'Umuvunyi nk'uko biteganywa n'amategeko.
Amakuru y'ifatwa rye yatangajwe na RIB mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 7 Ukuboza 2025, anyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z'uru rwego.
RIB yagize iti: 'RIB yafunze Twagirayezu Jean Paul, Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu ukurikiranyweho ibyaha byo kwigwizaho umutungo no kutawumenyekanisha ku Rwego rw'Umuvunyi nk'uko biteganywa n'amategeko.'
Kuri ubu, Twagirayezu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo, mu gihe hakomeje gutunganywa dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha bukurikireho iperereza ryimbitse ndetse n'izindi ngamba ziteganywa n'amategeko.
RIB ikomeje kwibutsa ko umuntu wese ukekwaho ruswa cyangwa ibindi byaha bihutaza imiyoborere myiza azakurikiranwa, kandi ko gukoresha neza umutungo wa Leta ari inshingano n'intego ntakuka mu gukumira ibyaha bihungabanya iterambere.

Nyabihu: RIB yataye muri yombi umuyobozi ukekwaho kwigwizaho umutungo Source : https://kasukumedia.com/nyabihu-rib-yataye-muri-yombi-umuyobozi-ukekwaho-kwigwizaho-umutungo/
-
Mukarujanga, nyuma yo kurya zingalo za Wamipango yahise avugishwa #rwanda #RwOT
Mukarujanga, umwe mu bakinnyi bakunzwe mu ruganda rwa filime nyarwanda, yongeye gusetsa no gutanga isomo mu mvugo yo kwerura akavuga ko 'no mu bisanzwe akunda inyama cyane.' Ibi yabivuze nyuma yo gusangira inyama na Wamipango', aho byatumye avugishwa kubera uburyo yahuje urwenya n'ubuzima bwe busanzwe.
Nyuma yo gutera abaraho akanyamuneza, Mukarujanga yahise akomoza ku kibazo yarabajijwe na Wamipango ku kijyanye n'uko umunyamakuru wa Isibo Radio, Djihad, yagize ibibazo byo kuba yatabw muri yombi. Mu ijambo rye, Mukarujanga yavuze ko kubana neza n'Abanyarwanda bisaba kuba umuntu wisanisha nabo, ukamenya uburyo bavuga, uko batekereza n'uko babaho. Yagize ati: 'Icyo tubura ni ukumva ko ubuzima twese tubusangiye. Ariko nanone, mu mvugo yose ukoresha ugomba kwirinda guhungabanya undi.'
Uyu mukinnyi wa filime nyarwanda kandi ubimazemo igihe yongeye kwibutsa ko ururimi n'imvugo bifite ingaruka nini ku bantu batandukanye, bityo abahanzi, abanyamakuru n'abanyabigwi bakwiye kuba intangarugero mu gukoresha amagambo arimo ubwubahane. Yashishikarije urubyiruko n'abakora mu itangazamakuru kumenya imbibi z'urwenya n'izo gutanga ibitekerezo, kugira ngo hatagira ubihutarizwamo cyangwa ngo haboneke ibyo abavuga batatekerejeho ibihungabanya abandi.
Ku ruhande rwe, Mukarujanga yakomeje gushimira Abanyarwanda bamushyigikira, abasaba gukomeza kuganira no gukunda ibyabo, ariko buri wese akibuka ko amagambo avuga ashobora kubaka cyangwa gusenya.

Mukarujanga, nyuma yo kurya zingalo za Wamipango yahise avugishwa

Source : https://kasukumedia.com/mukarujanga-nyuma-yo-kurya-zingalo-za-wamipango-yavugishijwe/
-
Riderman yahaye impanuro abaraperi bakizamuka #rwanda #RwOT
Umuraperi Gatsinzi Emery wamenyekanye nka Riderman yagiriye inama bagenzi be bakizamuka mu njyana ya HipHop yo gukomeza amasomo yabo ubwo yagarazaga inzitane ahura nazo mu rugendo rwe rwa Muzika.
Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI nyuma yo kuva ku rubyiniro rw’igitaramo cyiswe ‘Minuza Festival’ cyaberaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Riderman yahishuye ingorane abaraperi batanyuze mu ishuri bahura nazo.
Ati 'Iyo uri umuraperi utarize biroroha cyane ko umuntu yagusomera amasezerano yari bukugirire inyungu yayagoretse kugira ngo akwibe, nk’iyo ugiye mu bihugu byo hanze y’u Rwanda nabwo utarize birakugora cyane by’umwihariko iyo utazi gusoma no kwandika.'
Uyu muraperi unaherutse gushyira hanze indirimbo nshya yise 'Inyundo ya Nyamunsi’ yavuze ko usibye kuba ari ingenzi ku ba ari ingenzi kuri bagenzi be bakizamuka muri iyi njyana, kwiga ari ikintu k’ingirakamaro kuri buri wese bijyanye n’aho isi igeze mu iterambere.
Ati ' Ku muhanzi we ni akarusho kuko ntekereza binamwagurira imbibi z’inganzo ye akaba yanabigeza mu mahanga, ariko na buri muntu wese akwiye kwihatira kwiga cyane bijyanye n’aho isi igeze mu iterambere.'
Ku wa gatandatu tariki ya 6 Ukuboza 2025 nibwo BRD, NIDA, HEC na UR byahuye ngo bikemure ibibazo by’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye ndetse iki gikorwa gikurikirwa no gutaramira abanyeshuri babifashijwemo n’abahanzi benshi barangazwe imbere na Ruti Joel, Miss Muyango Claudine, MC Buryohe na Dj Brianne .
Bimwe mu byashimishije abanyeshuri baganiriye na ISIMBI nyuma y’ibi birori nI uko bari bateganyirijwe nibyo kunywa byari byatanzwe na skol yari umwe mu baterankunga b’imena muri iki gitaramo.
Riderman yagiriye inama abaraperi bakizamuka guha umwanya amasomo kuko bizabafasha mu minsi iri imbereSource : http://isimbi.rw/riderman-yahaye-impanuro-abaraperi-bakizamuka.html
-
Minisitiri w'Urubyiruko n'Ubuhanzi Utumatwishima Abdallah yakomoje ku magambo Kasuku abwira ibigarasha #rwanda #RwOT
Minisitiri w'Urubyiruko n'Ubuhanzi mu Rwanda Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yihanangirije abatuka u Rwanda n'ubuyobozo bwarwo ati: 'Amategeko nta nshuti agira'. Utumatwishina yongeye kugaragaza ubutumwa bukomeye bwerekana ko gushyira imbere inyungu z'u Rwanda ari ngombwa kurusha ibindi byose, anashimira Wamipango ariko anamwihanangiriza kudakora ikintu cyagira icyo gihungabanya amategeko y'igihugu.
Mu magambo ye, Nepo yifashishije ubutumwa bugufi abunyuza ku rukuta rwe rwa x yahoze yitwa Twitter, ubwo butumwa bwagiraga buti: 'Wamipango waramutse. Wowe ntuzakore ikintu gituma wica amategeko y'u Rwanda, kuko amategeko nta nshuti agira, boroo (brother).'
Nepo yakomeje kumusaba kudakomeza kwisobanura ku mbuga nkoranyambaga, kuko ibyo byongera amahirwe yo guha 'content' abantu bamwanga cyangwa abashaka gufata izina rye mu cyimbo cyo kubaka imishinga yo kumusebya ku mugaragaro. Yibukije ko abantu bamwe bagira ingeso yo kubaka izina binyuze mu guharabika abandi, bityo kumva ko kunyarukira kuri buri kintu bavuga atari ingenzi.
Mu butumwa bwe, Nepo nk'umwe mu bari imbere mu kurwanya abakomeje gutuka u Rwanda n'abayobozi barwo, yashimangiye ko ku bigarasha n'abanzi b'igihugu ntaho ahindukira, anavuga ko abatakambaho cyangwa basuzugura Perezida Paul Kagame na Repubulika batagomba guhabwa urwinyoni. Ati: 'Ku bigarasha, abanzi b'u Rwanda, abatuka His Excellency Paul Kagame wacu, ukomeze ubakubite accordingly.'
Ubu butumwa bwe bwakiriwe n'abantu benshi nka kimwe mu bihamiriza ko hari abakomeje guharanira ko igihugu gihabwa agaciro, bakanasaba ko amategeko yubahirizwa.

Minisitiri w'Urubyiruko n'Ubuhanzi Utumatwishima Abdallah yakomoje ku magambo Kasuku abwira ibigarasha Â