Blog

  • Hagiye gukorwa indirimbo ya Rwanda Premier League #rwanda #RwOT

    Nubwo bitari mu byo bafata nk’ibyihutirwa, gusa Rwanda Premier League ifite gahunda y’uko hazakorwa indirimbo yayo yazajya icurangwa mbere y’uko imikino ya Shampiyona itangira no mu bindi bikorwa byayo.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko yakiriye ‘Instrumental’ (mu kinyarwanda wayita nk’inanga) nyinshi, abazikoze bazitwaga bifuza ko ari zo zahabwa ayo mahirwe kugira ngo bakore iyo ndirimbo.

    Gusa muri izo zose bakaba nta n’imwe bashimye bitewe n’uburyo zicurangitsemo, bivugwa ko zicurangitse mu njyana imeze nk’indirimbo ya Champions League, ari yo bagendeyeho kandi akaba atari byo Rwanda Premier League yifuza.

    ISIMBI yamenye ko Rwanda Premier League indirimbo yifuza ari indirimbo izaba ikozwe mu buryo bugezweho ariko na none ifite ahantu ihuriye n’umuco nyarwanda, muri make yumvikanamo n’injyana gakondo.

    Hari n’icyifuzo ko iyi ndirimbo nk’imwe mu buziba ari nk’ibendera rya Rwanda Premier League, yazakorwa n’umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda ariko na none ntabwo aratoranywa ngo babe bamenya ibyo yabasaba.

    Rwanda Premier League ikaba irimo gukora n’amavugurura mu bintu bitandukanye birimo n’ikirango cyayo (Logo), gushyiraho igikombe gihoraho cya shampiyona aho kugira ngo buri mwaka igikombe cyatanzwe kizajye kiba gitandukanye buri mwaka.

    Rwanda Premier League irateganya kuzakora indirimbo yayo

    Source : http://isimbi.rw/hagiye-gukorwa-indirimbo-ya-rwanda-premier-league.html

  • Remera: Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane Ti'Amo Lounge iraca impaka #rwanda #RwOT

    Mu buzima busanzwe, abantu benshi bahora bashaka ahantu babonera akaruhuko n'akanyamuneza kabakura mu mihangayiko ya buri munsi. Icyakora, si buri hantu hose habasha gutanga ibyishimo uko ibishaka. Kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, Bar & Resto Ti'Amo Lounge i Remera yongeye gutegura igitaramo kidasanzwe cyiswe 'SOCIAL THURSDAY', igitaramo gitegerejwe na benshi kandi kiraca impaka ugereranyije n'ibyo usanzwe ubona.

    Ni igitaramo kiraba kirimo uruvange rw'umuziki ugezweho n'uw'ibihe bya kera, umuziki uraba uri kuvangwa n'aba-Dj b'abahanga barimo Dj Lou na Dj Rice, bazwiho kudasiga n'umwe wicaye. Abarasusurutsa abaribwitabira iki gitaramo ni Mc Pato, Jesca na CYCY, bose bazwiho ubuhanga bwo gushyushya imbaga no kuyobora ibirori mu buryo butanga akanyamuneza.

    Waba warazengurutse henshi ushaka ahantu heza ho kuruhukira, ariko iki gitaramo cyo kuri uyu wa Kane ntikigucike. Ti'Amo Lounge yakubise ibiciro ishoka ku kigero cya 20% guhera saa 10:00 z'ijoro, mu rwego rwo guha abakiriya bayo amahirwe yo kwidagadura badahenzwe.

    Rekeraho gukomeza wibaza byinshi; serivisi nziza n'isuku bihavugwa n'abatari bake. Tangira witegure wowe n'abawe, kuko SOCIAL THURSDAY ni ijoro ry'umunezero udasanzwe.

    Kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, Bar & Resto Ti'Amo Lounge i Remera yongeye gutegura igitaramo kidasanzwe cyiswe 'SOCIAL THURSDAY'

    Source : https://kasukumedia.com/remera-mu-ijoro-ryo-kuri-uyu-wa-kane-tiamo-lounge-iraca-impaka/

  • Frank Illet akomeje gutegereza intsinzi eshanu ngo yogoshe umusatsi #rwanda #RwOT

    Nyuma y'umukino warangiye ari 1-1 hagati y'ikipe ye na West Ham, Frank Illet yagaragaje amarangamutima adasanzwe. Si umusaruro w'uwo mukino wonyine wamubabaje, ahubwo ni n'igihe kinini amaze ategereje ko isezerano rye risohora. Uyu mugabo amaze iminsi 493 atogosha umusatsi, kubera umuhigo yafashe wo kutazawukata kugeza igihe ikipe akunda izabona intsinzi eshanu zikurikirana.

    Ni umuhigo yatangiye nk'urwenya, ariko buhoro buhoro uhinduka ikimenyetso cy'urukundo n'ubudahemuka bukomeye akomeje kugaragariza ikipe ya Manchester United. Ubu umusatsi we wabaye muremure ku buryo buri mukino uba ari ikigeragezo gishya kuri we. Iyo ikipe itsinze umukino umwe, icyizere kirazamuka. Ariko iyo banganyije cyangwa bagatsindwa, umutima we wongera gukomera.

    Kunganya na West Ham byatumye akomeza gutegereza. Abafana benshi bamubonye agaragaza agahinda, ariko nanone hari icyizere cy'uko urugendo rugikomeje. Mu mupira w'amaguru, intsinzi eshanu zikurikirana si ibintu byoroshye, ariko kandi si n'ibidashoboka.

    Frank Illet yabaye ikimenyetso cy'umufana udacika intege. Umusatsi we muremure si imideri gusa, ahubwo ni ubutumwa: Gutegereza bishobora kuba urugendo rurerure, ariko icyizere kigahoraho. Ubu amaso ayahanze umukino utaha, yiringira ko ari bwo rugendo rugana ku ntsinzi eshanu ruzatangira by'ukuri.

    Frank Illet akomeje gutegereza intsinzi eshanu ngo yogoshe umusatsi
    Ni umuhigo yatangiye nk'urwenya, ariko buhoro buhoro uhinduka ikimenyetso cy'urukundo n'ubudahemuka bukomeye akomeje kugaragariza ikipe ya Manchester United.

    Source : https://kasukumedia.com/frank-illet-akomeje-gutegereza-intsinzi-eshanu-ngo-yogoshe-umusatsi/

  • Britney Spears yinjije asaga miliyoni 200$ kubera kugurisha katalogi y'indirimbo ze #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi w'icyamamare ku rwego mpuzamahanga mu njyana ya Pop, Britney Spears, yamaze kugurisha uburenganzira bwose ku bihangano bye by'umuziki mu masezerano yitezweho kumwinjiriza asaga miliyoni 200 z'amadolari ya Amerika, asatira miliyari 290 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Aya masezerano yasinywe ku wa 30 Ukuboza 2025 hagati ya Spears n'ikigo cyigenga cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyitwa Primary Wave, gisanzwe kizwiho kugura no gucunga katalogi z'abahanzi bakomeye. N'ubwo impande zombi zitigeze zitangaza mu buryo burambuye ibikubiye muri ayo masezerano, amakuru avuga ko akubiyemo indirimbo ze zose kuva yatangira kumenyekana ku rwego rw'Isi mu mpera z'imyaka ya 1990.

    Britney Spears yatangiye kwamamara cyane mu 1999, ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere yakunzwe ku Isi hose. Kuva icyo gihe, yagiye akora indirimbo n'album byagiye bigurishwa ku bwinshi, kugeza ubu amaze kugurisha kopi zirenga miliyoni 150 ku Isi yose.

    Iki cyemezo cyo kugurisha uburenganzira ku bihangano bye kije gikurikira urugendo rurerure rw'uyu muhanzikazi mu muziki, rwagiye rurangwa n'intsinzi zikomeye ndetse n'ibigeragezo bitandukanye mu buzima bwe bwite. Ibi bishobora gutuma ibikorwa bye bikomeza kubyazwa umusaruro no gucuruzwa ku rwego mpuzamahanga mu buryo burambye.

    Britney Spears yinjije asaga miliyoni 200$ kubera kugurisha katalogi y'indirimbo ze

    Source : https://kasukumedia.com/britney-spears-yinjije-asaga-miliyoni-200-kubera-kugurisha-katalogi-yindirimbo-ze/

  • Ni inde uzahabwa gutoza Amavubi muri 688 babisabye? #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryavuze ko abatoza 688 ari bo basabye gutoza ikipe y’Igihugu Amavubi.

    Ni nyuma y’uko rishyize hanze itangazo ryifuza umusimbura wa Adel Amrouche batandukanye tariki ya 14 Mutarama 2026 nyuma y’umwaka ari muri izi nshingano.

    Nyuma yo kubona aba batoza 688 bose bujuje ibisabwa, hakaba hagiye gukurikiraho icyiciro cy’amajonjora hashingiwe ku mpamyabumenyi n’uburambe mu gutoza amakipe y’igihugu no kuba baragize uruhare mu marushanwa akomeye arimo Igikombe cya Afurika n’icy’Isi.

    Biteganyijwe ko uyu mutoza agomba gutoza imikino ya gicuti ya FIFA Series izabera i Kigali muri Werurwe 2026 aho u Rwanda ruri mu Itsinda A hamwe na Estonia, Grenada na Kenya.

    Itsinda B rigizwe na Aruba, Liechtenstein, Macau na Tanzania.

    Abatoza 688 basabye gutoza Amavubi

    Source : http://isimbi.rw/ni-inde-uzahabwa-gutoza-amavubi-muri-688-babisabye.html

  • APR FC yaba yabonye umusimbura wa Ishimwe Pierre? #rwanda #RwOT

    Amakuru aravuga ko APR FC yamaze kumvikana n’umunyezamu ukomoka muri Nigeria, Olorunleke Oluwasegun Ojo ngo abe yaza gukemura ikibazo cy’izamu.

    Bibaye nyuma y’uko muri iyi minsi izamu rya APR FC hagaragaramo ikibazo, ni nyuma y’amakosa ya hato na hato Ishimwe Pierre yagiye akora, bikaba byanamuviriyemo kuba yoherejwe gukorera imyitozo mu Ntare FC.

    Amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ni uko APR FC yamaze kumvikana n’umunyezamu ukomoka muri Nigeria, Ojo ko ari we munyezamu mushya wa APR FC na we mu mashusho ye yagiye hanze yagize ati “Muraho bafana ba APR FC? Vuba duhure i Kigali.”

    Amakuru avuga ko uyu munyezamu mbere yo gusinya agomba kubanza gukora ikizami cy’ubuzima muri APR FC yagitsinda akaba ari bwo asinya.

    Uyu munyezamu w’imyaka 30 yakiniye ikipe y’Igihugu ya Nigeria, akinira amakipe atandukanye arimo Akwa United, Sunshines Stars, Asia Warrior, Enyimba na Al Merreikh SC baheruka gutandukana muri 2025, akaba nta kipe yari afite.

    Ojo umunyezamu mushya wa APR FC

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yaba-yabonye-umusimbura-wa-ishimwe-pierre.html

  • Madederi ntacibwa intege n’amagambo y’ababashinja uburaya (Video) #rwanda #RwOT

    Dusenge Clenia wamamaye muri sinema nyarwanda nka Madederi yatangaje ko atajya acibwa intege cyangwa ngo yite ku magambo ashobora kumuhuza n’ingeso zo kwicuruza zivugwa mu bakobwa kugira ngo babone amafaranga.

    Uyu mukinnyi w’amafilime nyarwanda yavuze ko ari inshuro nyinshi yakunze kumva abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bicara bagatondeka izina rye mu rutonde rurerure rw’abakobwa bakura amafaranga mu nzira zitazwi ndetse ntibanatinye no kwerura mu kugereranya ibyo bikorwa ku karubanda nk’uburaya.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Madederi yavuze ko nubwo bitamushimisha nk’umugore wakuye amaboko mu mufuka agahaguruka agashaka amafaranga ye ariko iyo abyumvise atajya abitaho umwanya munini cyangwa bimubabaze.

    Yagize ati 'Bibaho abantu bakabivuga ariko ikintu kiba gihari abantu ntabwo wabishinga,wowe ugomba gukora ibyo ugomba gukora ntubateho umwanya wawe cyane ko uwanze kuvugwa yaheze mu nda ya nyina kandi nta nubwo wabuza abantu kuvuga, icya mbere ni uko uba uzi ukuri.'

    Uyu mugore uherutse kwakirwa mu itsinda ry’abasizi ryitwa 'Ibyanzu’ yakomeje ashimangira ko nyuma yo kuvugwaho aya magambo amusebya igihe kinini, kuri ubu usibye kubura amafaranga no kuba umushinga we wo kubumba amatafari akozwe muri sima yifashishwa mu bwubatsi utari kugenda neza nk’uko abyifuza nta kindi kintu cyamuca intege.

    Ati 'Ahantu ibintu bigeze kuri ubu ni uko nta jambo ry’umuntu runaka ryanca intege kandi uko ryaba rimeze kose. Njyewe ncibwa intege no kuba nta mafaranga mfite cyangwa ibintu byanze mbona ubuzima bwahagaze ntafite ikintu cyo gukora.'

    Ku itariki ya 29 Mutarama 2026 nibwo Madederi wamenyekanye cyane muri filime 'Papa Sava’ yakiriwe mu itsinda ry’ubusizi 'Ibyanzu.’ Muri Werurwe 2025 nibwo Madedeli’ yasezeranye imbere y’amategeko na Rugamba Faustin wamenyekanye mu makipe ya ruhago atandukanye mu Rwanda.

    Madederi ntabwo ajya acibwa intege n’amagambo y’abantu babashinja uburaya

    Source : http://isimbi.rw/madederi-ntacibwa-intege-n-amagambo-y-ababashinja-uburaya-video.html

  • Uko Madederi ahangana n’abamagambo ashaka kumuca intege (Video) #rwanda #RwOT

    Dusenge Clenia wamamaye muri sinema nyarwanda nka Madederi yatangaje ko atajya acibwa intege cyangwa ngo yite ku magambo ashobora kumuhuza n’ingeso zo kwicuruza zivugwa mu bakobwa kugira ngo babone amafaranga.

    Uyu mukinnyi w’amafilime nyarwanda yavuze ko ari inshuro nyinshi yakunze kumva abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bicara bagatondeka izina rye mu rutonde rurerure rw’abakobwa bakura amafaranga mu nzira zitazwi ndetse ntibanatinye no kwerura mu kugereranya ibyo bikorwa ku karubanda nk’uburaya.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Madederi yavuze ko nubwo bitamushimisha nk’umugore wakuye amaboko mu mufuka agahaguruka agashaka amafaranga ye ariko iyo abyumvise atajya abitaho umwanya munini cyangwa bimubabaze.

    Yagize ati 'Bibaho abantu bakabivuga ariko ikintu kiba gihari abantu ntabwo wabishinga,wowe ugomba gukora ibyo ugomba gukora ntubateho umwanya wawe cyane ko uwanze kuvugwa yaheze mu nda ya nyina kandi nta nubwo wabuza abantu kuvuga, icya mbere ni uko uba uzi ukuri.'

    Uyu mugore uherutse kwakirwa mu itsinda ry’abasizi ryitwa 'Ibyanzu’ yakomeje ashimangira ko nyuma yo kuvugwaho aya magambo amusebya igihe kinini, kuri ubu usibye kubura amafaranga no kuba umushinga we wo kubumba amatafari akozwe muri sima yifashishwa mu bwubatsi utari kugenda neza nk’uko abyifuza nta kindi kintu cyamuca intege.

    Ati 'Ahantu ibintu bigeze kuri ubu ni uko nta jambo ry’umuntu runaka ryanca intege kandi uko ryaba rimeze kose. Njyewe ncibwa intege no kuba nta mafaranga mfite cyangwa ibintu byanze mbona ubuzima bwahagaze ntafite ikintu cyo gukora.'

    Ku itariki ya 29 Mutarama 2026 nibwo Madederi wamenyekanye cyane muri filime 'Papa Sava’ yakiriwe mu itsinda ry’ubusizi 'Ibyanzu.’ Muri Werurwe 2025 nibwo Madedeli’ yasezeranye imbere y’amategeko na Rugamba Faustin wamenyekanye mu makipe ya ruhago atandukanye mu Rwanda.

    Madederi ntabwo ajya acibwa intege n’amagambo y’abantu babashinja uburaya

    Source : http://isimbi.rw/uko-madederi-ahangana-n-abamagambo-ashaka-kumuca-intege-video.html

  • Prosper Nkomezi yahuye na Ambasaderi wa Israel #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yahuye na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Amb. Einat Weiss, bagirana ibiganiro byibanze ku rugendo rw’ibitaramo ateganya gukorera muri Israel mu minsi iri imbere.

    Ibi biganiro byabaye mu gihe habura iminsi mike ngo Nkomezi ataramire muri icyo gihugu, aho ateganyijwe gukorera ibitaramo bizatangira tariki ya 16 kugeza ku ya 21 Gashyantare 2026.

    Ni ibitaramo azaririmbamo mu buryo bwa 'Live’, ibintu byitezweho gutuma abakunzi be baho baryoherwa n’umuziki we mu buryo bwihariye.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram ku wa 28 Mutarama 2026, Nkomezi yasangije abakunzi be integuza y’ibi bitaramo, agaragaza ko yiteguye guhura na bo.

    Yagize ati 'Prosper Nkomezi azaririmba mu buryo bwa Live muri Israel. Andi makuru azatangazwa vuba.'

    Uyu muhanzi umaze kubaka izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yagaragaje ko yishimiye amahirwe yo kugeza ubutumwa bwe ku bakunzi b’umuziki wo guhimbaza Imana batuye muri Israel, abasaba kuzifatanya na we bagasingiza Imana.

    Urugendo rwe ruje rukurikira ibihe by’ibyishimo ku buzima bwe bwite nyuma yo kwambika impeta umukunzi we Rètine Nkurunziza amusaba kuzamubera umugore.

    Uyu Rètine na we asanzwe azwi mu buhanzi bwo gusoma ibisigo, aho yamenyekanye mu bihangano birimo 'Humura Mulenge’, 'Hora Mulenge’, 'Mpore Mulenge’, 'Umuco w’Iwacu’ na 'Rya Joro’.

    Prosper Nkomezi yahuye na Ambasaderi wa Israel

    Source : http://isimbi.rw/prosper-nkomezi-yahuye-na-ambasaderi-wa-israel.html

  • 61% bashyigikiye gutwika imirambo kubera ikibazo cy'ubutaka bwo gushyinguraho bugenda buba buto #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwa Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu bwagaragaje ko 61% by'Abanyarwanda babona gutwika imirambo nk'igishobora kugabanya ikibazo cy'ubutaka bwo gushyinguraho bugenda buba buto.

    Mu Rwanda, umubare w'abaturage ukomeje kwiyongera, kandi uko biyongera ni ko n'umubare w'abapfa wiyongera. Imibare ya NISR igaragaza ko mu 2024 hapfuye abantu 36,021. Ibi bituma amarimbi yuzura vuba, kandi amategeko ateganya ko ubutaka bw'irimbi bushobora kongera gukoreshwa ari uko hashize nibura imyaka 20 uhereye igihe hashyinguwemo umuntu wa nyuma.

    Itegeko ryo mu 2013 rigena imitunganyirize n'imikoreshereze y'amarimbi rinateganya uburyo bwo gutwika imirambo, bukagenwa n'iteka rya Minisitiri ryo mu 2015. N'ubwo hashize imyaka igera ku icumi rishyizweho, iyi gahunda ntirakirwa ku rugero rushimishije.

    Mu bantu barenga ibihumbi 12 babajijwe, 32% bemeye ku kigero cyo hejuru ko gutwika imirambo byaba igisubizo, 29% babyemera ku rugero ruringaniye, mu gihe 34% batabyemera. Abasigaye 5% bagaragaje kutagira aho babogamira.

    Kugeza ubu, mu Rwanda hamaze gutwikwa imirambo 28 gusa. Amategeko ateganya ko gutwika bikorwa mu ifuru yihariye ikoresha amashanyarazi kandi ifite ibikoresho by'ubwunganizi mu gihe amashanyarazi yabura.

    Abashinzwe iyi gahunda bagaragaza ko hakenewe ubukangurambaga kugira ngo abaturage barusheho gusobanukirwa n'akamaro kayo mu gukemura ikibazo cy'ubutaka bw'amarimbi.

    61% bashyigikiye gutwika imirambo kubera ikibazo cy'ubutaka bwo gushyinguraho bugenda buba buto

    Source : https://kasukumedia.com/61-bashyigikiye-gutwika-imirambo-kubera-ikibazo-cyubutaka-bwo-gushyinguraho-bugenda-buba-buto/