Blog

  • Satani nta bushobozi adufiteho – Senga B nyuma y’indirimbo yakoranye na Prosper Nkomezi #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Senga B, yasobanuye ubutumwa bukomeye bukubiye mu ndirimbo ye nshya yise 'Ziraziritse', yakoranye na Prosper Nkomezi, agaragaza ko ari indirimbo igamije guhumuriza no gukomeza abafite ibibazo.

    Senga B yavuze ko iyi ndirimbo igamije gutanga ubutumwa bw’ihumure ku bantu bose bahanganye n’ibigeragezo.

    Ati “Nashakaga gutanga ubutumwa bw’ihumure, ko nubwo Satani adukanga, ariko araziritse; nta bushobozi atugiraho kandi nta cyo azadutwara. Abafite ibibazo bose nibahumure.'

    Nyuma yo gukorana na Emmy Vox mu ndirimbo 'Imisozi', Senga Byuzuye uzwi cyane nka Senga B yongeye gukorana na Prosper Nkomezi, umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wa Gospel mu Rwanda wamamaye mu ndirimbo “Ibasha Gukora”, “Urarinzwe”, “Humura” n’izindi.

    Senga B avuga ko kuba Prosper yarabimwemereye ari iby’agaciro gakomeye kuri we no ku murimo akora. Ati: 'Ni iby’agaciro kuba yaremeye ko dukorana. Ni byiza kuko guhuza imbaraga bituma ubutumwa bugera kure cyane.' Yemeza ko gukorana n’abandi bahanzi bifasha ubutumwa bwiza kugera kuri benshi kurushaho.

    Ashimangira ko umuryango we umushyigikira ku rwego rwo hejuru, kandi ko ibyo bifite igisobanuro gikomeye mu murimo akora. Ati: 'Umuryango wanjye uranshyigikira cyane ku rwego rwo hejuru. Ibyo bisobanuye ko twese tubwiriza ubutumwa, kandi Imana iduha imigisha ku rugero rungana kuko banshyigikira.'

    Mu buzima bw’agakiza, avuga ko Imana yamuhaye umugisha udasanzwe w’urubyaro, nyuma y’igihe kirekire ategereje. Ati: 'Umugisha w’urubyaro ni wo Imana yampaye, nyuma y’imyaka umunani ntegereje umwana wa kabiri.' Ashimira Imana ko yahinduriye amarira ye ibitwenge, akaba ari umuhamya w’uko Imana ihanagura amarira.

    Ku ndirimbo ye 'Ihanagura Amarira', yakurikiye 'Imisozi', Senga B yavuze ko ubutumwa bwayo bufite aho buhuriye n’ubuhamya bwe bwite. Ati: 'Ni ukuri dufite Imana ihanagura amarira ikayahindura ibitwenge; ndi umuhamya wabyo”.

    “Hari igihe nari ndi mu marira, ariko Imana yampinduriye agahinda ibitwenge. Uyu munsi waba urira, ariko mu gitondo impundu zikavuga, kuko ibinanira abantu ku Mana birashoboka.'

    Ku bijyanye n’igitaramo, yavuze ko bakiri kubisengera no kubitegura. Yongeyeho ko abakunzi be bakwitegura indi ndirimbo izasohoka mu kwezi gutaha. Ati: 'Igitaramo turacyarimo kugisengera, ariko mu kwezi gutaha bitegure indi ndirimbo nshya.'

    Yanavuze ko hari izindi ndirimbo nyinshi ziri mu nzira, kandi ko akeneye inkunga n’amasengesho by’abakunzi be kugira ngo umurimo ukomeze gutera imbere.

    Senga B yinjiye mu muziki abifashijwemo na Adrien Misigaro, binyuze mu ndirimbo bakoranye yitwa 'Ndabizi'. Nubwo amaze igihe kinini aririmba, mu buryo bw’umwuga yatangiye umuziki mu 2021, ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere y’amashusho.

    Ati: 'Ni bwo nemeye umuhamagaro. Nakuriye mu muziki kuko kuva nkiri muto naririmbaga. Intego yanjye ni ugukomeza kwamamaza ubwami bw’Imana binyuze mu ndirimbo.'

    Senga B ni umubyeyi wubatse, ufite abana babiri, atuye kandi akorera umurimo w’Imana muri Canada. Tariki ya 16 Gashyantare 2024, yakoreye igitaramo gikomeye mu Rwanda cyabereye kuri Église Vivante i Rebero Gikondo.

    Muri iki gitaramo cye cyo mu Rwanda yari yatumiye abahanzi barimo Ben na Chance, Prosper Nkomezi, Emmy Vox na True Promises Ministry. Cyitabiriwe n’abatari bake, kandi gisiga benshi banezerewe.

    Senga B yasohoye indirimbo nshya yakoranye na Prosper Nkomezi

    Yavuze ko nta bushobozi Satani afite ku bantu

    Nkomezi Prosper asanzwe ari umuhanzi ukomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana

    Source : http://isimbi.rw/satani-nta-bushobozi-adufiteho-senga-b-nyuma-y-indirimbo-yakoranye-na-prosper.html

  • RMC yihanangirije abanyamakuru ba siporo kuri SK FM na Isibo TV&Radio #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Itangazamakuru Ryigenzura (RMC) rwatangaje ko rwihanangirije SK FM na Isibo TV&Radio, kubera imyitwarire rutangaza ko itajyanye n’amahame y’umwuga w’itangazamakuru yagaragaye mu biganiro bya siporo bitambuka kuri izi radiyo.

    Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwayo rwa X, RMC ivuga ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ibiganiro byahuje uru rwego n’abanyamakuru ndetse n’abayobozi b’ibi bitangazamakuru, hagamijwe kubibutsa inshingano zo gutangaza amakuru ashingiye ku kuri no ku bimenyetso, kwirinda amagambo atukana cyangwa asebanya, no kudakoresha itangazamakuru mu nyungu bwite.

    Ibi bije bikurikira kutumvikana kwavuzwe hagati y’abanyamakuru bakora siporo kuri SK FM n’aba Isibo TV&Radio.

    Umwuka mubi hagati y’ibi bitangazamakuru waturitse ubwo Ndayisaba Leonidas, yavuze ko Rayon Sports ishobora guha akazi bamwe mu banyamakuru ba SK FM.

    Ibi byakuruye impaka zikomeye mu kiganiro cyatambutse kuri SK FM tariki ya 9 Mutarama 2026. Mu kiganiro, Sam Karenzi yanenze bikomeye ibyatangajwe, agaragaza ko Rayon Sports idafite ubushobozi bwo gutanga imishahara iri ku rwego rwa bamwe mu banyamakuru ba SK FM. Yanavuze ko Ndayisaba yigeze kumusaba akazi ariko ntakamuhe, amagambo yakuruye impaka ndende.

    Ku rundi ruhande, abanyamakuru ba Isibo TV&Radio barimo Mugenzi Faustin, Nkusi Denis na Ndayisaba Leonidas, basubije bavuga ko badatewe ubwoba n’ayo magambo. Bavuze ko bazakomeza gukora inkuru zabo no kugaragaza ibyo babona ko bidakwiye muri siporo nyarwanda.

    RMC yibukije ko ibiganiro bya siporo bikwiye kuba urubuga rwubaka sosiyete, rugateza imbere ubumwe n’ubunyamwuga aho kuba intandaro y’amakimbirane.

    KUMENYESHA@RMC_Rwanda iramenyesha rubanda ko yihanangirije mu nyandiko ibinyamakuru @skfm_93_9 na @isibotvandradio kubera imyitwarire ihabanye n’amahame agenga umwuga w’itangazamakuru ikomeje kugaragara mu biganiro bya siporo bitambutswa kuri izi radiyo.

    Uku kwihanangirizwa…

    — RMC (@RMC_Rwanda) February 12, 2026

    Source : http://isimbi.rw/rmc-yihanangirije-abanyamakuru-ba-siporo-kuri-sk-fm-na-isibo-tv-radio.html

  • Ubu se naherukaga guhoberwa gutya ryari? – Samusure akigera i Kigali (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Kalisa Ernest wamamaye muri sinema nyarwanda nka Samusure yagarutse kuba mu Rwanda nyuma y’imyaka isaga itatu atuye muri Mozambique, aho yavuze ko yashyimishijwe n’uburyo yakiriwe.

    Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026 nibwo Samusure wari utegerejwe na benshi mu bavandimwe be, inshuti yasesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

    Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru akigera mu Rwanda , Samusure yagaragaje ko yari afite urukumbuzi rudasanzwe rwo kongera gusabana n’abavandimwe ndetse n’inshuti ze.

    Aho yagize ati:'Nta hantu hashobora kukurutira iwanyu kuko sinzi niba hari ikindi gihugu ushobora kwinjiramo ngo ubone abantu bangana gutya bakwishimiye muri ubu buryo.”

    'Ndashimira Imana ko turi mu gihugu gitekanye Kandi cyiza ,U Rwa Gasabo n’ubu iyo tuza kuba turi ahantu hatari umutekano ntabwo tuba tugihagaze hano.”

    Yakomeje avuga ko yanyuzwe cyane n’uburyo yakiriwe ko ari ibintu bidasanzwe.

    Ati “Muravuga ngo abagore bangana gutya baje kunyakira, ubu se naherukaga guhoberwa gutya ryari?”

    Samusure yahungiye muri Mozambique muri Gicurasi 2023 akimenya ko uwamugurije amafaranga yakoresheje ‘Makuta’ muri Covid-19 yamujyanye mu nkiko ndetse yagombaga gutabwa muri yombi agafungwa.

    Akimenya rero ko bisa nk’ibyamurangiranye, yagurishije ibyo yari afite abona itike y’urugendo yekerekeza I Maputo mu buryo bwamutunguye.

    Samusure yagarutse mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/ubu-se-naherukaga-guhoberwa-gutya-ryari-samusure-akigera-i-kigali-video.html

  • Dj Bisoso na Anita Pendo bagiye kongera guhurira mu kiganiro gishya #rwanda #RwOT

    Anita Pendo na Dj Bisoso bagiye kongera guhurira mu kiganiro gishya, Friday Airline Live Show kizajya gitambuka kuri BTN TV.

    Iki kiganiro kizajya kiba guhera saa 22:15, kikaba kizatangira gutambuka guhera tariki ya 6 Werurwe 2026.

    Mu itangazo BTN TV yashyize hanze yagize yagize iti “BTN TV Rwanda yishimiye gutangaza ko igiye gutangiza ikiganiro gishya cy’imyidagaduro cyitwa Frida Airline Live Show kizatangira ku wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe 2026. Iki kiganiro kizajya gitambuka buri wa Gatanu saa 22:15′.”

    “Kizayoborwa na Anita Pendo na Dj Bisoso, bazajya bakira ibyamamare bitandukanye, bakageza ku bakunzi ba televiziyo ibiganiro ku ngingo zigezweho, umuziki n’ibindi bitaramo bizajya bitambuka live.”

    Aba bombi si ubwa mbere bakoranye kuko bahoze bakorana mu kiganiro Friday Flight cyatambukaga kuri Televiziyo Rwanda.

    Anita Pendo usigaye ukora kuri Kiss FM yavuye kuri RBA muri 2024 ni mu gihe Dj Bisoso yahavuye mu ntangiriro za 2025.

    Anita Pendo na Dj Bisoso bagiye gutangira ikiganiro gishya

    Source : http://isimbi.rw/dj-bisoso-na-anita-pendo-bagiye-kongera-guhurira-mu-kiganiro-gishya.html

  • Sam Karenzi yavuze uko abamurwanya batangiye kumutumaho abarwanya leta ngo bamute mu mutego #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru w’Imikino akaba na Nyiri SK FM, Sam Karenzi yavuze ko ubu abamurwanya bageze n’aho bakoresha abarwanya igihugu ngo bamute mu mutego.

    Ibi uyu munyamakuru yabigarutseho nyuma y’inkundura y’amagambo akomeye amaze iminsi yumvikana hagati ye n’abandi banyamakuru ba siporo.

    Uyu mwuka mubi wari umaze iminsi ututumba, wagiye ku karubanda byeruye bihereye ku banyamakuru bakorera Isibo Radio ubwo Ndayisaba Leonidas, wavuze ko Rayon Sports ishobora kuba igiye guha akazi abanyamakuru ba SK FM.

    Ati 'Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, agiye kwirukana Ngabo Roben ushinzwe itumanaho muri Rayon Sports, yimike Karenzi cyangwa Lorenzo.'

    Bukeye bwaho mu burakari bwinshi Sam Karenzi yavuze ko Rayon Sports idafite ubushobozi bwo kuba yahemba Lorenzo kuko amafaranga bamuhemba itayabona.

    Ati “Ariko ibyo bitabapfu na byo mugiye kujya mubizana hano ngo tubivugeho? Mwagiye muha agaciro ibikwiriye kuba bihabwa agaciro? Uko inkende yurira igiti ni ko irushaho kugaragaza ubwambure bwayo.'

    'Hari ibintu ubwabyo udakeneye gusobanura cyangwa gusubiza, ubwabyo ubyumva ahita yumva ko yataye umutwe. Lorenzo amafaranga ahembwa hano nta n’ubwo yegereye ayo Rayon Sports ishobora guhemba Ngabo, si no kungana, ahubwo ntiyegereye.'

    Yunzemo ko Leonidas yamusabye akazi akakamwima ko n’iyo Radio bakorera ibahemba amafaranga make we ahemba abana bagitangira umwuga, yanashimanagiye ko afite ubushobozi bwo kubirukanisha aho bakora.

    Uyu muriro wakomereje aho bakomeza kugenda baterana amagambo kugeza aho uyu munsi ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026, mu Kiganiro Urukiko rw’Ikirenga rwa Siporo kuri SK FM, Sam Karenzi yavuze ko ubyihishe inyuma amuzi, n’abo akoresha abazi.

    Yavuze ko habaye inama zirimo kwiga uburyo zakomeza kwatsa umuriro kuri Sam Karenzi, bakamusebya, aho yanahishuye ko harimo n’abanyamakuru bamwe na bamwe.

    Sam Karenzi yameze nkugaragaza ko Mupenzi Eto’o ari we ubyihishe inyuma aho yagize ati 'Eto’o rwose barakurira udufaranga wakiteje imbere. Amafaranga ukorera muri APR yaguteza imbere utayakoresheje mu bipfu kuko bo ni ukuyarya, bavayo bakambwira ngo reka tuyarye nta Kundi, reka twirire utwihanganire tuyarye.'

    Sam Karenzi yavuze ko ibitero Eto’o yagabye kuri Karasira Richard wari umuyobozi wa APR FC bikamuhira akamukuraho ariko kuri we arushywa n’ubusa kuko we nta mwanya runaka ashaka kwiyamamariza nta n’uwo ateganya ko aho ayobora ari aho ari kandi ntawahamukura.

    Yavuze ko 'Kereka ikigize icyaha ariko mwaragishatse mwarakibuze, telefoni mwarazirikodinze aho nyuze hose mwabuzemo ikintu, uko meze abanzi biragoye ibyo. Ndi umuntu nanjye byambaho ariko imyitwarire yanjye nziko bigoye ko bazanshaka ngo bambone.'

    Aha niho yahise avuga ko yahamagawe n’umuntu urwanya Igihugu, ahita amenya ko ari uwo bamuteze ngo amugushe mu mutego.

    Ati 'Ni njoro nahamagawe n’umuntu ndaseka, ubanza batekereza ko ndi mugenzi wabo, hari umuntu wigeze kumpamagara kera ndi kuri Fine FM, nabwo hari utuntu nk’utwo, umuntu urwanya leta uzwi, bamwe twita ibigarasha, sinzi aho yari ari yampamagaje nimero yo mu Rwanda.'

    Yavuze ko yamauhamagaye bwa mbere ntiyitabe kuko yari mu nama na Marchal Real Estate kuri Mariott Hotel, ahamuhamagara bwa kabiri, bwa gatatu abona kumwitaba.

    Ati 'Nitabye telefoni numva arimo arisetsa setsa, ngo 'Karenzi amakuru se’, ndamubwira ngo uri inde se? arambwira ngo ntabwo wamenye setuvugana buri munsi? Ndamubaza ngo tuvugana, uri inde? Ambwira amazina ye?'

    'Turavugana buri munsi nkaba ntafite nimero yawe? Ubundi se uba hehe ko mperuka ufitanye ibibazo n’igihugu, ibibazo byawe n’igihugu warabikemuye? Numva arabyirengagije ngo ariko se Kare ko numva wahindutse, mpita mubwira ngo 'toka wowe wa mushenzi we mvugana na we iki’, nkupa telefoni mpita nanamuboloka.'

    Uyu munyamakuru yavuze ko hari udutego twinshi arimo ategwa, ngo bashobora kuzamubona ni umuntu ariko nta gahunda yabyo afite kuko ni umuturage agerageza gukurikiza gahunda zose z’igihugu.

    Sam Karenzi yavuze ko yatangiye gutegwa imitego binyuze mu barwanya Leta

    Source : http://isimbi.rw/sam-karenzi-yavuze-uko-abamurwanya-batangiye-kumutumaho-abarwanya-leta-ngo.html

  • Umutwe w'inkuru: Elon Musk ayoboye urutonde rw'abahanga mu guhanga udushya muri Amerika #rwanda #RwOT

    Ikinyamakuru mpuzamahanga cya Forbes cyashyize hanze urutonde rw'abanyamerika bagize uruhare rukomeye mu guhanga udushya, bagahindura Isi binyuze mu bitekerezo byabo byihariye byababyariye inyungu zikomeye ndetse bikanagira ingaruka nziza ku iterambere ry'ikoranabuhanga n'ubukungu.

    Kuri uru rutonde, Elon Musk ni we waje ku mwanya wa mbere, ashimirwa ibikorwa bye byateje impinduka zikomeye mu bijyanye n'imodoka zikoresha amashanyarazi binyuze muri Tesla, ndetse n'imishinga y'ikirere ayoboye muri SpaceX. Uretse ibyo, Musk anazwi mu guteza imbere ikoranabuhanga ryifashisha ubwenge bukorano (AI) ndetse no mu mishinga igamije koroshya ubuzima bwa muntu ku Isi no hanze yayo.

    Elon Musk ayoboye urutonde rw'abahanga mu guhanga udushya muri Amerika

    Ku mwanya wa kabiri haje Jeff Bezos, washinze Amazon, sosiyete yahinduye uburyo abantu bagura ibicuruzwa ku Isi yose. Bezos yashyize imbaraga mu guteza imbere ubucuruzi bwo kuri internet, bituma Amazon iba imwe mu masosiyete afite agaciro kanini ku Isi.

    Ku mwanya wa kabiri haje Jeff Bezos, washinze Amazon, sosiyete yahinduye uburyo abantu bagura ibicuruzwa ku Isi yose

    Bill Gates, umwe mu bashinze Microsoft, yaje ku mwanya wa gatatu. Uruhare rwe mu guteza imbere mudasobwa zigezweho rwagize uruhare runini mu koroshya imikorere y'Isi y'ikoranabuhanga. N'ubwo atakiri mu buyobozi bwa Microsoft, aracyafatwa nk'umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu guhindura Isi y'ikoranabuhanga.

    Bill Gates, umwe mu bashinze Microsoft, yaje ku mwanya wa gatatu

    George Lucas, wamamaye mu gukora filime zirimo Star Wars, yaje ku mwanya wa kane kubera udushya yazanye mu myidagaduro, naho Jensen Huang, uyobora Nvidia, aza ku mwanya wa gatanu kubera uruhare rwe mu guteza imbere ikoranabuhanga rya mudasobwa zifasha mu mikino no mu bwenge bukorano. Aba bose bagaragaza ko guhanga udushya bishobora guhindura Isi no kubyara inyungu zikomeye.

    George Lucas, wamamaye mu gukora filime zirimo Star Wars, yaje ku mwanya wa kane kubera udushya yazanye mu myidagaduro

    Source : https://kasukumedia.com/umutwe-winkuru-elon-musk-ayoboye-urutonde-rwabahanga-mu-guhanga-udushya-muri-amerika/

  • Inter Miami ikomeje kwibaza uko izakina imikino idafite Messi, nyuma yo kugira imvune y'imikaya mu kuguru kw'ibumoso #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'icyamamare ku Isi, Lionel Messi, yagize imvune y'imikaya mu kuguru kw'ibumoso (left hamstring), nk'uko byemejwe ku mugaragaro n'ikipe ye ya Inter Miami. Iyi kipe yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasohoye itangazo rigaragaza ko uyu mukinnyi yakoze ibizamini by'inyongera byagaragaje neza ko afite ikibazo cy'imikaya y'inyuma ku kuguru kw'ibumoso.

    Mu itangazo ryasohowe n'abaganga b'iyi kipe, bagize bati: 'Messi yakoze ibizamini by'inyongera byemeje iyo mvune, kandi uko azagaruka mu myitozo bizashingira ku buryo ubuzima bwe buzagenda butera imbere mu minsi iri imbere.' Ibi bisobanuye ko atazahita agaruka mu kibuga, ahubwo abaganga bazagenda bareba uko imikaya ye ikira mbere yo kumwemerera kongera gukina.

    Iyi mvune ibaye mu gihe Inter Miami iri mu marushanwa akomeye, aho abafana bayo bari bamwitezeho byinshi. Gusa ubuzima bw'umukinnyi ni bwo buza imbere ya byose, kuko imvune z'imikaya iyo zititaweho neza zishobora kongera kumugiraho ingaruka mbi cyane.

    Abakunzi ba ruhago ku Isi bakomeje kugaragaza impungenge, ariko nanone bizeye ko uyu munya-Argentine azakira vuba akagaruka mu kibuga ameze neza. Messi asanzwe azwiho kwihangana no kugaruka akomeye nyuma y'imvune, bityo benshi bategereje ko n'iyi izaba inkuru y'igihe gito.

    Inter Miami ikomeje kwibaza uko izakina imikino idafite Messi, nyuma yo kugira imvune y'imikaya mu kuguru kw'ibumoso

    Source : https://kasukumedia.com/inter-miami-ikomeje-kwibaza-uko-izakina-imikino-idafite-messi-nyuma-yo-kugira-imvune-yimikaya-mu-kuguru-kwibumoso/

  • Amarozi abaho ariko akora iyo Imana yabyemeye, njye sinigeze nyakoresha – Manishimwe Djabel #rwanda #RwOT

    Manishimwe Djabel yavuze ko mu mupira w’amaguru hari abantu bizera amarozi bakanayakoresha ariko akaba we atarigeze ayakoreshaho na rimwe kuko atizera ko hari icyo yamufasha.

    Uyu mukinnyi wa Police FC ni umwe mu bamaze igihe bakina muri Shampiyona y’u Rwanda, akaba ari shampiyona ikundwa kugarukwaho cyane bitari no mu kibuga ahubwo no hanze yacyo.

    Kimwe mu bintu bikunze kuyivugwaho ni ruswa n’amarozi abakinnyi n’abatoza bizereramo, bakabikoresha kuko baba bumva hari icyo biri bubafashe.

    Mu kiganiro yahaye Ikinyamakuru ISIMBI, Manishimwe Djabel, yavuze ko nk’Umuyilamu yemera ko ikintu kiba kuko Imana yemeye ko kiba

    Ati “Njyewe muri rusange, ubundi ndi Umuyisilamu, nemera ko ikintu kiba kuko Imana yemeye ko kiba.”

    Yakomeje avuga ko atahakana ko amarozi abaho ariko na none kugira ngo akore ari Imana iba yabihaye umugisha, gusa we akaba atemera ko hari icyo yahindura ku igeno ry’umuntu uretse kumuha icyizere gusa.

    Ati “Amarozi abaho, abaho rwose ntabwo nyahakana ariko kugira ngo bibeho ni uko Imana ibiha umugisha ikavuga ngo bibe. Muri rusange rero umuntu ashobora kuyakoresha icyo yifuza akakigeraho cyangwa nta kigereho, bingana n’uko ushobora kutabikora bikagenda uko ubyifuza cyangwa ntibigende uko ubyifuza.”

    “Ntekereza ko amarozi ntacyo yahindura ku igeno rigomba kuba, gusa ashobora kukubeshya ko ari yo mpamvu wenda yatumye ubigeraho, ibyo ngibyo bivugwa rwose mu mupira birahari, barabyizera ari izo za ruswa zibamo, ari ibyo by’amarozi bibamo, hari ababyizera n’abatabyizera buri muntu biterwa n’imbaraga bimutera.”

    Ku kuba we yarayakoresheje cyangwa ayakoresha yagize ati “Ntabwo nigeze mbyemera cyangwa ngo mbikoreshe kuko ntabwo njye mbyizera.”

    Ni kenshi muri ruhago nyarwanda hagiye hagaragara ibikorwa bisa no kwizerera mu mbaraga z’umwijima, hari abaguye bitangira ubuhamya ko babikoresheje, hari abavuze ko bahagaritse gukina kubera ko banze kubikoresha.

    Manishimwe Djabel yavuze ko kugira ngo amarozi akore ari Imana iba yabyemeye

    Source : http://isimbi.rw/amarozi-abaho-ariko-akora-iyo-imana-yabyemeye-njye-sinigeze-nyakoresha.html

  • Sheilah Gashumba yavuze byo kugaragara muri filime z’urukozasoni #rwanda #RwOT

    Sheilah Gashumba yahakanye yivuye inyuma amakuru avuga ko ari we uri mu mashusho y’urukozasoni bivugwa ko ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zo muri Uganda guhera mu cyumweru gishize.

    Mu ntangiriro z’icyumweru gishize, ku mbuga zitandukanye zo muri Uganda hakwirakwijwe inkuru zivuga ko uyu munyamidelikazi akaba n’umushyushyarugamba ukunzwe muri iki gihugu, yaba agaragara mu mashusho y’urukozasoni yasakajwe.

    Nk’uko ikinyamakuru Exclusive Bizz dukesha iyi nkuru kibyemeza ngo aya makuru yakomeje gukwirakwira by’umwihariko mu matsinda ya WhatsApp no ku zindi mbuga nkoranyambaga, bituma benshi batangira kuyagira ingingo yo kuganiraho hirya no hino muri iki gihugu.

    Agaruka kuri ibi bivugwa, Sheilah Gashumba muri iki kinyamakuru yatangaje ko ayo makuru ari ibihuha byahimbwe n’abantu bashaka kumuharabika no kwangiza izina rye.

    Yasobanuye ko ibi byatangijwe n’umugore wagiye ku rubuga rucuruza amashusho y’urukozasoni, agafata ifoto (screenshot) yakuwe muri ariya mashusho igaragaramo umukobwa ufite umusatsi mugufi n’uruhu rusa n’urwe, maze akayisangiza mu matsinda atandukanye agamije kuyobya abantu.

    Sheilah yabajije impamvu abamushinja batigeze basakaza amashusho yose niba koko bemera ibyo bavuga, ahubwo bagahitamo gusakaza ifoto imwe gusa. Yagaragaje ko ibi ari ikimenyetso cy’uko ari umugambi wo kumusebya aho gutanga ukuri.

    Ati 'Byatangijwe n’umugore washakaga kunsebya afata ifoto akuye muri imwe mu mashusho y’urukozasoni yarebye ku mbuga zicuruza poronogarafi kubera ko harimo umukobwa tujya gusa ariko niba ari njyewe berekane amashusho yose.'

    Yanashimangiye ko afite ibimenyetso byihariye biranga umubiri we, birimo ibishushanyo yiyanditse ku mubiri we (tattoos), bidahura n’ibigaragara kuri iyo foto iri gukwirakwizwa. Yavuze ko abantu bakwiye kwitonda mbere yo kwizera no gusakaza amakuru adafite gihamya.

    Sheilah Gashumba amaze imyaka myinshi azwi mu myidagaduro ya Uganda no mu karere, aho akora nk’umushyushyarugamba mu birori bikomeye ndetse akaba n’umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bafite abakunzi benshi.

    Sheilah Gashumba yateye utwatsi iby’amashusho y’urukozasoni bivugwa yagaragayemo

    Source : http://isimbi.rw/sheilah-gashumba-yavuze-byo-kugaragara-muri-filime-z-urukozasoni.html