Raporo y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare mu Rwanda yagaragaje ko ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1,09 $, ni ukuvuga arenga miliyari 1.598,3 Frw mu 2024 avuye kuri miliyoni 886,9 $ ryari ririho mu 2023.
Iyi raporo yasohotse ku wa 17 Gashyantare 2026 igaragaza ko mu 2024, urwego rw'imari rwashowemo miliyoni 299,1$ bingana n'izamuka rya 27,2%; urwego rw'inganda rwashowemo miliyoni 267,1 $; urwego rw'ubwubatsi rwashowemo miliyoni 150,5 $; na ho inzego z'ubuhinzi, uburezi n'ubuzima zashowemo ishoramari mvamahanga rya miliyoni 107,7 $.
Ibihugu byagize uruhare runini mu ishoramari mvamahanga biyobowe n'Ibirwa bya Maurice aho abashoramari babikomokamo bashoye miliyoni 251,1 $, muri Kenya havuye ishoramari rya miliyoni 140,3 $, mu Bushinwa havuye ishoramari rya miliyoni 108,6 $, abakomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bashoye miliyoni 103,9 $, naho mu Budage hava ishoramari rya miliyoni 65,3 $.
Iri shoramari mvamahanga rirebwe hagendewe mu miryango n'uturere tw'Isi, umuryango wa COMESA wavuyemo ishoramari mvamahanga ringana na miliyoni 418,6 $, muri OECD hava iringana na miliyoni 340,6 $, muri SADC havuye ishoramari rya miliyoni 293,4 $, ayavuye muri Aziya aba miliyoni 228,2 $, umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba ukurikiraho na miliyoni 159,1 $.
Inguzanyo zavuye mu mahanga zinjiye mu bigo by'ubucuruzi byo mu Rwanda, zageze kuri miliyoni 543,6 $ bingana n'izamuka rya 28,5% kuko yari miliyoni 423 $.
Iyi raporo igaragaza ko izi nguzanyo mvamahanga zazamutse kubera ko ibigo biri imbere mu gihugu byagujije mu bigo bikora imirimo imwe byo mu mahanga aho bifitemo uruhare rwa 60,8% mu gihe 39,2% by'izi nguzanyo zavuye mu mahanga zatanzwe n'ibigo bidahuje ibyo bikora.
Ibigo byasubije muri ubu bushakashatsi birenga 380. Igicuruzo rusange cyabyo cyari miliyari 3,9 $ mu gihe mu mwaka wa 2023 igicuruzo rusange cyari miliyari 3,6 $.
Iyi raporo igaragaza ko mu 2024 ibigo by'abikorera bifite ba nyirabyo b'abanyamahanga babifitemo hejuru ya 10% byabonye inyungu iri hejuru ya 36,4%, igera kuri miliyoni 179,5 $ avuye kuri miliyoni 176,5 $ mu 2023.
Inyungu itarasaranganyijwe abanyamigabane, igashorwa muri ibi bigo na yo yiyongereyeho 34,6% igera kuri miliyoni 125,4 $.
Ni mugihe inyungu yasaranganyijwe abanyamigabane b'ibi bigo na yo yiyongereyeho 15,2%, igera kuri miliyoni 38,3 $ mu 2024.
Ishoramari mvamahanga mu 2024 ryatanze akazi ku bantu ibihumbi 69.341, muri bo 97,6% ni Abanyarwanda. Ni mu gihe mu mwaka wari wabanje abari babonye akazi mu Rwanda bivuye ku ishoramari mvamahanga bari 59.916.
Ku wa 17 Gashyantare 2026, umusesenguzi Grace Wanjiru yasohoye ibaruwa ifunguye yandikiye Perezida w'u Burundi, Évariste Ndayishimiye, uherutse kugirwa Umuyobozi w'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), amusaba kugaragaza ubuyobozi bushingiye ku biganiro n'amahoro mu karere k'Ibiyaga Bigari.
Muri iyo baruwa, umwanditsi avuga ko yumvise neza ijambo rya Ndayishimiye yavugiye mu nama ya AU i Addis Ababa ku wa 14 Gashyantare 2026, aho yashimangiye ubumwe, ubufatanye n'akamaro k'ibiganiro mu gukemura ibibazo bya Afurika. Icyakora, agaragaza impungenge ko imikorere ye ishobora kudahuza n'ayo magambo, ashingiye ku byo yagaragaje mu gihe yayoboraga Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba (EAC) mu 2022.
Ibaruwa igaruka cyane ku ruhare rw'ingabo z'u Burundi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho bivugwa ko aho kwibanda ku kurinda abasivili no gushyigikira inzira y'amahoro ya Nairobi na Luanda, zifatanyije n'ingabo za FARDC, imitwe ya Wazalendo ndetse n'umutwe wa FDLR mu mirwano irwanya M23. Umwanditsi abona ibi nk'ibinyuranyije n'inshingano z'ingabo zoherejwe n'akarere.
Iyo baruwa kandi inenga uburyo u Burundi bukomeje kohereza ingabo muri RDC n'ubwo hari imbaraga mpuzamahanga zigamije kugabanya umwuka mubi mu karere, zirimo ibiganiro byashyigikiwe n'ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar. Nk'uko Wanjiru abivuga, ibi bishobora kutajyana n'umurongo w'ibiganiro Perezida Ndayishimiye ahora ashyira imbere mu ruhame.
Undi mwanya munini wagarutsweho ni ikibazo cy'impunzi z'Abanye-Congo zahungiye mu Burundi, aho bivugwa ko ziri mu nkambi zuzuye cyane kandi zidafite ibikoresho bihagije, ibintu byateje impfu z'abagera ku 150 mu byumweru bibiri gusa. Umwanditsi asaba ko hakongerwa imbaraga mu korohereza izo mpunzi gutaha ku bushake igihe umutekano wagarurwa iwabo.
Ibaruwa inagaruka ku birego bivuga ko ingabo z'u Burundi zishyirwa mu majwi ku byaha byibasiye abasivili mu gace ka Minembwe muri Kivu y'Amajyepfo, ndetse n'ikibazo cy'abasirikare bavuga ko bamaze igihe badahembwa neza mu butumwa bwo hanze, bikomeje kugabanya morale mu gisirikare.
Mu gusoza, umwanditsi asaba Perezida Ndayishimiye gushyira imbere amahoro, ubwiyunge n'iterambere ry'igihugu cye mbere yo gutekereza ku nshingano z'umugabane, ashimangira ko Afurika ikeneye ubuyobozi bukomeye ariko bushingiye ku kuri, ku biganiro no ku kubahiriza amahame y'amahoro n'umutekano mu karere.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17/02/2026, hirya no hino ku Mbugankoranyambaga, Interahamwe ruharwa zikidegembya n'Abazikomokaho, biriwe biriza amarira y'Ingona, bavuga ko bari Kwibuka Umuhanzi Kizito Mihigo wapfuye yiyahuye mu myaka 6 ishize.
Twibukiranye ko uyu muhanzi, yiyahuriye muri kasho ya station ya Polisi ya Remera, aho yari yatawe muri yombi, akekwaho ibyaha birimo kwambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n'amategeko na ruswa.
Kizito Mihigo, wari ugonganye n'ubutabera ku Nshuro ya Kabiri, yari asanzwe ari umuntu ubeshejwe hanze n'Imbabazi yahawe na Perezida wa Repubulika.
Kurenga kuri izo mbabazi yahawe na Perezida wa Repubulika, akongera gukora ibyaha akisanga mu maboko y'inzego z'umutekano ubugira kabiri, biri mu byari byamuhungabanyije cyane, ananirwa kwiyakira, nk'uko byagarutsweho na Me Mukamusoni Antoinnette, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi Tv, nyuma gato y'urupfu rwa kizito.
Me Mukamusoni, avuga ko Kizito mu magambo make yari afite umunsi umwe mbere yo kwiyahura, yavugaga ko yemera ibyaha yafatiwemo, ndetse yiteguye no kongera gusaba imbabazi, nubwo azihabwa akazipfusha ubusa.
Tugarutse ku Nterahamwe ziri kwiriza Amarira y'Ingona zibeshya ko ziri kuririra Kizito, Ibitutsi mwamutukaga aherekeza umukuru w'Igihugu muri Rwanda Day, atera indirimbo yubahiriza igihugu mu birori bikuru by'igihugu, aka kanya mubibyaje urukundo mukuye he?
Si ubwa mbere Jose Chameleone agaragaje ibibazo by’ubuzima kuko no mu mwaka ushize nabwo yajyanywe kwa muganga igitaraganya, ndetse aza kujya no kwivuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mbere yo kongera kugaruka mu bikorwa bye bya muzika.
Nyuma gato y’icyo gihe yavuze ko yahisemo no kureka kunywa itabi n’inzoga, mu rwego rwo kwita ku buzima bwe.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026, ni bwo hasojwe Shampiyona y’Abakozi ihuza ibigo bya Leta n’iby’abikorera (Private Sector).
Isozwa ry’iyi mikino, ryitabiriwe n’abakunzi b’iyi Shampiyona bari benshi kuri Kigali Pelé Stadium.
Abayobozi ba RICH na RBC bari kuri iyi mikino, bafashe umwanya hagati mu mukino bagerageza gutanga ubutumwa bwo kurwanya Malariya.
Ubundi butumwa bw’ingenzi bwatanzwe muri ubu bukangurambaga, ni ubwo kubwira abaturage kujya bakira neza abakozi batera umuti wica imibu mu nzu (Indoor Residual Spraying â” IRS).
Abari bahagarariye RBC, basobanuye ko gutera umuti wica imibu mu nzu ari umwe mu ngamba zikomeye zo kugabanya imibu itera Malariya, cyane cyane mu Turere dukunze kwibasirwa n’iki cyorezo.
Umukozi wa RICH, Kaneza Narcisse, yashimangiye ko kurwanya Malariya bisaba ubufatanye bwa buri wese, abakinnyi, abafana, abayobozi n’abaturage muri rusange.
Yakomeje avuga ko buri wese aramutse ashyize mu bikorwa ingamba zo kwirinda iyo ndwara nko gukuraho ibidendezi by’amazi n’ahandi hororokera imibu, kurara mu nzitiramibu zikoranye umuti, kujya kwivuza no kugana abajyanama b’ubuzima ukibona ibimenyetso bya Malariya birimo umuriro, kubabara umutwe no kunanirwa n’ibindi.
Ubu bukangurambaga kandi, bugaragaza ko Siporo atari amarushanwa gusa ahubwo ishobora no kuba urubuga rukomeye rwo kubaka ubuzima bwiza bw’abaturage.
Aba bakomeje bavuga ko iyo Siporo ihujwe n’ubutumwa bwiza bw’ubuzima, bituma haboneka impinduka irambye mu mibereho y’abaturage no mu kurwanya indwara nka Malariya.
RICH na RBC bifashishije imikino mu kurwanya malaria
Mu Murenge wa Rweru, Akarere ka Bugesera, hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w'Agakingirizo, igikorwa cyahuje abayobozi, abafatanyabikorwa mu rwego rw'ubuzima n'abaturage, hibandwa ku bukangurambaga bwo kwirinda Virusi itera SIDA no gushishikariza ikoreshwa ry'agakingirizo mu buryo buboneye.
Dr. Murerwa Joyce Mireille, Umukozi w'Ikigo cy'igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC
Iki gikorwa cyitabiriwe na Dr Murerwa Joyce Mireille Other Prevention Senior Officer/RBC wagaragaje ko agakingirizo gakomeje kuba imwe mu ntwaro zikomeye mu kurinda ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA n'izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.
Yagize ati: 'gukoresha agakingirizo uko bikwiriye ni imwe mu ngamba zihamye mu guhangana n'ubwandu bushya. Cyane ko agakingirizo gakoreshejwe neza gafasha no kuboneza urubyaro bityo tukabyara abo dushoboye kurera.'
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere ka Bugesera, Nkuranga Joseph Kayonga
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere ka Bugesera, Nkuranga Joseph Kayonga, yibukije abaturage ko agakingirizo ari ingenzi mu gukumira ikwirakwizwa rya virusi itera SIDA no mu kwirinda inda zitateganyijwe.
Yashimangiye ko AHF- Rwanda n'akarere ka Bugesera bazakomeza gufatanya n'inzego z'ubuzima mu bukangurambaga bugamije gukomeza kugabanya ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA no guteza imbere ubuzima bwiza bw'abaturage, birinda gutwara inda zitateganyijwe cyane ko agakingirizo gakoreshejwe neza kaba kizewe
Gilbert Mbaraga ni Medical manager wa AHF-RWANDA
Muri AHF Rwanda,, yatanze ubutumwa bushingiye ku gukangurira abantu bose kurushaho kwirinda no kurinda ubuzima bwabo n'ubw'abo bakunda.
yashimangiye ko agakikirizo ari kimwe mu bikoresho by'ingenzi kandi byizewe mu gukumira ubwandu bwa VIH/SIDA n'izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, ndetse no gukumira inda zitateganyijwe.
Yagaragaje ko nubwo hari intambwe imaze guterwa mu kurwanya VIH, buri wese akwiye kugira uruhare rwe mu kwirinda, kwipimisha no gukoresha neza uburyo bwo kwirinda.
Gilbert Mbaraga yagaragaje uruhare rwa AIDS Healthcare Foundation ku rwego mpuzamahanga mu gutanga serivisi zo kwipimisha, ubujyanama kuri VIH ku buntu, no gukomeza ubukangurambaga bugamije kugera ku ntego yo kugabanya ubwandu bushya.
Yaboneyeho umwanya wo kuvuga ko Umuryango AHF Rwanda, uzakomeza gufatanya na Leta mu bukangurambaga bwo gukumira no kuvura Virusi itera SIDA.
Yagize ati: 'Dukomeje gushyigikira ibikorwa bigamije gukumira ubwandu no gutanga serivisi z'ubujyanama n'isuzuma ku buntu. Agakingirizo ni igikoresho cyoroshye kuboneka ariko gifite uruhare runini mu kurengera ubuzima.'
Josiane Utuye mu murenge wa Rweru wari witabiriye iki gikorwa, yagaragaje ko ibiganiro byatanzwe byabafashije kurushaho gusobanukirwa akamaro k'agakingirizo no gukuraho imyumvire itari yo ikiri kuri bamwe.
Kubwimana w'imyaka 31 yavuze ko yungutse ubumenyi ku ikoreshwa ry'agakingirizo mu buryo buboneye, anasaba ko ubukangurambaga bwakomeza kugera mu midugudu yose.
Muri iki gikorwa kandi hatanzwe udukingirizo ku buntu, hanatangwa serivisi zo gupima Virusi itera SIDAku bushake ndetse no gutanga ubujyanama ku buzima bw'imyororokere.
Umunsi Mpuzamahanga w'Agakingirizo wizihizwa buri tariki ya 23 Gashyantare buri mwaka hagamijwe kwibutsa isi yose ko kwirinda no gukumira ari inkingi ya mwamba mu rugamba rwo kurwanya Virusi itera SIDA no guteza imbere ubuzima bwiza bw'abaturage.
Ingamba z'ubwirinzi u Rwanda rwashyize ku mupaka warwo mu burengerazuba si igikorwa cy'ubushotoranyi, ni igisubizo cyihutirwa ku bikorwa by'ubugizi bwa nabi byatwaye ubuzima bw'abasivili igihe kirekire, bikavogera ubusugire bw'igihugu kandi bigakomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo ya jenoside mu karere.
Ikibazo cy'umutekano muke gishinze imizi mu 1994. Nyuma yo gutsindwa kwa Leta yateguye Jenoside, ingabo za Ex-FAR n'Interahamwe byishe abarenga miliyoni imwe mu Rwanda, hanyuma bihungana intwaro muri Zaïre.
Aho kwamburwa intwaro no kujyanwa kure y'imipaka y'u Rwanda nk'uko amahame mpuzamahanga yo kurinda impunzi abiteganya, iyi mitwe yemerewe kuba mu nkambi i Goma na Bukavu, mu bilometero bike cyane uvuye mu Rwanda.
Izi nkambi zahise zihinduka ibigo bya gisirikare. Aho ni ho iyi mitwe y'abajenosideri yisuganyirije, yinjiza abarwanyi bashya, ihatangira imyitozo, igaba ibitero mu Rwanda. Iri huriro ryahindutse ALiR, nyuma iba FDLR.
Hagati ya 1997 na 2000, u Rwanda rwagabweho ibitero byinshi byaturutse ku butaka bwa RDC. Abaturage babarirwa mu bihumbi biganjemo abarokotse Jenoside, biciwe muri ibi bitero mu ntara y'Amajyaruguru n'Uburengerazuba, imodoka zari zitwaye abagenzi n'ibicuruzwa zitegerwa mu mihanda, imidugudu iraterwa, abayobozi mu nzego z'ibanze baricwa.
Ubu bugizi bwa nabi ntibwakorewe Abanyarwanda gusa. Muri Kanama na Ukuboza 1997, abarwanyi ba FDLR/ALiR bagabye igitero mu nkambi y'impunzi ya Mudende mu Burengerazuba bw'u Rwanda, bica impunzi z'Abanye-Congo b'Abatutsi zirenga 360.
Ubu bugome bwabaye mu gihe umuryango mpuzamahanga wari uzi neza ko mu burasirazuba bwa RDC hari ibigo bya gisirikare biteje ikibazo ku mutekano w'u Rwanda kandi hakaba hari hatanzwe umuburo kenshi.
Nubwo hari raporo nyinshi z'Umuryango w'Abibumbye zerekana ibikorwa bya FDLR, uyu mutwe ntiwigeze usenywa. Abayobozi bo muri RDC bakunze gukerensa uburemere bw'ingengabitekerezo yayo ya Jenoside, bavuga ko igizwe n'urubyiruko cyangwa se abantu bashaje batagize icyo batwaye. Ibi ni ibinyoma kuko uyu mutwe uracyafite imbaraga kandi ukomeje ibitero.
Igiteye impungenge kurushaho ni uruhare ingabo za RDC zigira mu bikorwa by'ubushotoranyi byambukiranya imipaka.
Mu Ukwakira 1996, ingabo za Zaïre zarashe i Cyangugu mu majyepfo y'uburengerazuba bw'u Rwanda, zica kandi zikomeretsa abasivili. Mu 2012, zarashe ibisasu bya Mortiers, roketi n'iby'ibifaru mu Karere ka Rubavu.
Ku wa 15 Nyakanga 2012, ibisasu byarashwe biturutse mu birindiro bihuriweho by'ingabo za RDC n'ingabo ziri mu butumwa bw'amahoro bwa Loni (MONUSCO) byaguye mu midugudu yo mu Rwanda, harimo icyo byagaragaye ko ari icy'imbunda ya 100mm yo ku gifaru. Ku wa 29 Kanama 2012, igisasu cyaguye mu isoko rya Rubavu ryarimo abantu benshi, cyica umugore, gikomeretsa bikabije uruhinja rwe.
Ibi ntibyari impanuka ahubwo byari ibitero byateguwe byakoresheje intwaro ziremereye. Byarakomeje, muri Werurwe na Kamena 2022, ingabo za RDC zirasa ku butaka bw'u Rwanda, tariki ya 10 Kamena 2022, izindi roketi ebyiri za 122mm zaturutse i Bunagana zigwa i Musanze, zica igikuba mu baturage.
Abasirikare ba RDC bagiye bambuka umupaka kenshi bafite intwaro, barasana n'abari ku burinzi. Bamwe mu bambutse barishwe, abandi bafatwa mpiri.
Mu Ugushyingo, mu Ukuboza 2022 no muri Mutarama 2023, indege z'intambara za RDC zo mu bwoko bwa Sukhoi-25 zavogereye ikirere cy'u Rwanda ku Kiyaga cya Kivu no ku Mujyi wa Rubavu. Zari mu myitozo y'urugamba, ntibyari ukuyoba.
Uretse kuvogera u Rwanda, imitwe y'iterabwoba y'Abanyarwanda ikorera mu burasirazuba bwa RDC nka CNRD-FLN, RUD-Urunana na FDLR, yakomeje kugaba ibitero ku basivili.
Mu Ugushyingo 2012, abarwanyi ba FDLR bari bambaye impuzankano ya RDC bateye umudugudu wa Muti mu Karere ka Rubavu. Mu Ukuboza 2012, bishe umukozi w'ikigo cy'ubushakashatsi cya Karisoke hafi ya Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.
Mu 2019, abarwanyi ba RUD-Urunana bakomoka kuri FDLR bateye Akarere ka Musanze baturutse muri RDC, bica abasivili umunani. Hagati ya 2018 na 2019, abarwanyi ba FLN bateye bisi yari itwaye abagenzi, bica bamwe muri bo.
Inshuro nyinshi, abagabye ibi bitero basanganywe ibirango by'ingabo za RDC n'intwaro zaturutse mu gisirikare cy'iki gihugu, biba ibimenyetso bishimangira ko hari ubufatanye muri ibi bikorwa.
Ihungabana ry'umutekano ryakomeje gutizwa umurindi n'amagambo y'ubushotoranyi aturuka i Kinshasa. Muri Nyakanga 2022, Perezida Félix Tshisekedi yavugiye mu ruhame ko RDC itazicara ngo irebere mu gihe umwuka mubi wakomeza. Ubwo yiyamamazaga mu 2023, yavuze inshuro zirenze imwe ko azashoza intambara ku Rwanda, abisubiramo kuri televiziyo mu Ukuboza uwo mwaka.
Aya magambo agira uburemere iyo aherekejwe n'ibitero by'imbunda ziremereye, gucengera kw'abitwaje intwaro no gukoresha imitwe y'inyeshyamba.
Mu mpera za Mutarama 2025, ubwo mu mujyi wa Goma habaga imirwano y'ihuriro ry'ingabo za Leta ya RDC na AF/M23, ibisasu byarashwe mu Rwanda, bimwe bipfubirizwa mu kirere, ibindi bigwa i Rubavu, byica abaturage 16, bikomeretsa 177, bisenya inzu zirenga 200.
Igisubizo cy'u Rwanda cyabaye icyo kwifata no kwirinda. Gushyira ingabo ku mipaka bifite intego yo gukumira ibindi bitero, kurinda abasivili, no gukumira imitwe yitwaje intwaro kugira ngo itinjira ku butaka bwarwo. Ibi si ubushotoranyi; ni ugusohoza inshingano yo kurinda ubusugire bw'igihugu.
U Rwanda ruzi ingaruka zikomeye kwirengagiza ibibazo bigaragara bigira. Mu 1994, imiburo yatewe utwatsi, ibimenyetso birakerenswa, hakurikiraho ingaruka z'amahano. Uyu munsi, iki gihugu cyanze kongera gukora ikosa nk'iryabaye mu myaka 32 ishize.
Ikibazo si impamvu u Rwanda rurinda imipaka yarwo. Ikibazo nyacyo ni impamvu imitwe y'abajenosideri ikomeza gukorera mu burasirazuba bwa RDC n'impamvu Leta nzima ikomeza kwemera ko imitwe yitwaje intwaro ikoresha ubutaka bwayo mu guhungabanya umuturanyi.
Kugeza igihe ibi bibazo bikemuwe mu bunyangamugayo no kubahiriza inshingano, ingamba z'ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho ntizizakomeza kugira ishingiro gusa, ahubwo zizakomeza kuba ntayegayezwa.
Ku rundi ruhande Bwana Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w'u Burundi kuva mu 2015 kugeza mu 2020, yagaragaje ko bitumvikana ko u Rwanda rukomeza gusabwa gukuraho ingamba z'ubwirinzi kandi rugaragaza ko hari ikibazo kibangamiye umutekano warwo gituruka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu kiganiro yagiriye ku muyoboro wa YouTube wa Africa TV, Sindimwo yagaragaje ko abasaba u Rwanda gukuraho ingamba z'ubwirinzi rwashyize ku mupaka bashobora kuba bafite umugambi wo kurutera.
Yagize ati 'Wowe uje kumbwira ngo nkureho ingamba z'ubwirinzi iwanjye, ushaka iki? Ushaka kuntera. Ariya masezerano ya Washington, kuri njyewe nta kirimo nshingiye ku makimbirane ari muri RDC.'
Leta ya RDC isaba ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika gufatira u Rwanda ibihano kuko ngo rwarenze ku masezerano y'amahoro yasinyiwe i Washington tariki ya 4 Ukuboza 2025.
Sindimwo yagaragaje ko ntacyo ibihano bishobora gutwara igihugu kuko n'u Burundi bwafatiwe ibihano mu 2016 ariko bwakomeje kubaho. Abona ko nta kindi bigamije keretse gusa gutera abantu ubwoba.
Ati 'Hari ibintu mpora nseka cyane. Bagufatiye ibihano ngo bigende bite? Twebwe ntibadufatiye ibihano? Ntitwabayeho? Ririya ni iterabwoba.'
Mu nama y'Igihugu y'Umushyikirano yabaye tariki ya 5 Gashyantare 2026, Perezida Paul Kagame yasobanuye ko u Rwanda rwashyize ingamba z'ubwirinzi ku mupaka kugira ngo rukumire ibitero by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa RDC.
Perezida Kagame yavuze ko Rwanda rudateza kwemera ibyatuma umutekano warwo uhungabana, ati 'Ntiwandemera ibibazo ngo uze ubinyegekeho, utangire untere ubwoba. Gute se? Ni ikintu cya buri munsi, ni ikintu gihoraho, cyabaye ikiganiro, aho gukemura ikibazo uko bikwiye.'
Inama y'Umushyikirano yateraniye i Kigali ku nshuro ya 20 kuva tariki 05 kugeza tariki 06 Gashyantare 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiwemo imyanzuro 12, harimo irebana n'ubukungu, imibereho myiza n'imiyoborere.
Perezida Kagame ni we wayoboye Inama y'Umushyikirano yateraniye i Kigali ku nshuro ya 20
Rutahizamu wa Real Madrid ukomoka mu Bufaransa, Kylian Mbappé yavuze ko batazigera batererana mugenzi wabo, Vinicius Jr ku irondaruhu akorerwa aho mu ijoro ryakeye yiswe inkende inshuro 5.
Hari mu mukino wa Champions League aho bari Basuye Benfica bakayitsinda 1-0.
Iki gitego cyatsinzwe na Vinicius Jr, ubwo yari amaze kugitsinda yahawe ikarita y’umuhondo kubera uburyo yakishimiyemo.
Umukino waje guhagarara iminota igera ku icumi ubwo Vinícius Júnior yagaragazaga ko yakorewe irondaruhu na Gianluca Prestianni ukinira Benfica, akabibwira Umusifuzi François Letexier, ndetse we na bagenzi be bikura mu kibuga by’igihe gito.
Vinicius nyuma y’uyu mukino yagize ati “Abakora irondaruhu, hejuru ya byose ni ibigwari. Bisaba ko bashyira imipira bambaye ku minwa yabo ngo bagaragaze uburyo ari abanyantege nke.'
Yakomeje avuga ko batazigera batererana Vinicius Jr, yasabye UEFA gukora iperereza cyane ko bafite amacamera.
Umutoza wa Benfica, Mourinho wanahawe ikarita itukura ku munota wa 85, yavuze ko atumva impamvu aho Vinicius Jr yakiniye hose havuka ikibazo nk’iki
Ati “Hari ikintu kitagenze neza kuko biraba muri buri stade. Buri kibuga aho Vinícius akinira, hari ikintu kiba, buri gihe.'
Yakomeje agira ati “Prestianni yambwiye ibye na Vinicius ambwira ibitandukanye n’ibyo Prestianni yambwiye. Si nshaka gufafa uruhande.”
Mourinho ukomoka muri Portugal kandi yavuze ko yabwiye Vinicius ko yatsinze igitego cyiza ariko uburyo yakishimiyemo bidakwiye.
Myugariro w’Umwongereza ukinira Real Madrid, Trent Alexander Arnold, yagize ati “Ndatekereza ko ibyabaye muri iri joro ari igisebo ku mupira w’amaguru ndetse byatwikiriye umusaruro wawubonetsemo n’igitego cyiza cyatsinzwe.'
Ku ruhande rwe, Gianluca Prestianni yavuze ko nta rondaruhu yakoreye Vinicius Jr ndetse ko atanabitekereza.
Ati “Ndashaka gusobanura ibintu neza ko nta rondaruhu nakoreye umukinnyi wa Real Madrid, Vinicius Jr wumvise nabi ibyo navuze.”
Amakuru avuga ko UEFA igiye gufungura iperereza kuri iki kibazo bakamenya aho ukuri kose kuri.
Real Madrid izakira Benfica ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha mu mukino wo kwishyura.
Police FC irakira APR FC mu mukino w’umunsi wa 21 ibura abakinnyi bane kandi babanza mu kibuga.
Uyu mukino ukaba uteganyijwe kuzaba ku wa Gatanu tariki 20 Gashyantare 2026 kuri Kigali Pele Stadium.
Police FC ikaba izakira uyu mukino idafite bamwe mu bakinnyi kandi basanzwe babanza mu kibuga.
Ku ikubitiro izaba idafite rutahizamu wayo Byiringiro Lague ndetse n’umukinnyi ukina mu kibuga hagati, Musanga Henry bafite amakarita 3 y’imihondo atabemerera gukina umunsi wa 20.
Abandi bakinnyi izaba idafite ni ba myugariro Ndayishimiye Dieudonne [Nzotanga] wagiriye imvune ku mukino wa Rayon Sports na Isaac Eze usanzwe ufite imvune.