Blog

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije #rwanda #RwOT

    Gen Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w'Intebe w'u Burundi kuva muri Kamena 2020 kugeza muri Nzeri 2022, yafunguwe kuri uyu wa 11 Werurwe 2026 nyuma y'imyaka hafi itatu afunzwe.

    Bunyoni yafunguriwe rimwe n'abandi bantu 10 kubera impamvu z'uburwayi nk'uko byemezwa na bamwe mu bashinzwe umutekano mu Burundi n'umunyamategeko we, Me Placide Gatoto, babyemeje.

    Bunyoni yari umwe mu bantu bakomeye cyane mu Burundi bitewe n'inzego nyinshi zikomeye yakozemo, cyane cyane iz'umutekano. Ni we wa mbere wahawe ipeti rya Général muri Polisi y'iki gihugu.

    Yatawe muri yombi muri Mata 2023, ashinjwa ibyaha bifitanye isano no gushaka kugirira nabi Perezida Evariste Ndayishimiye n'ibyo guhungabanya ubukungu bw'igihugu.

    Byaramuhamye, akatirwa igifungo cya burundu, ajyanwa muri gereza ya Gitega.

    Yari umwe mu bayobozi bafite imitungo myinshi irimo inyubako n'imodoka ariko urukiko rwanzuye ko yose ifatirwa, ikagurishwa kugira ngo yishyure ibyo yashinjwaga kwiba Leta y'u Burundi.

    Bunyoni yajyanywe mu bitaro bya Gitega tariki ya 9 Ukwakira 2025, nyuma y'aho impirimbanyi z'uburenganzira bw'ikiremwamuntu zamusuye mu cyumba cyihariye yari afungiwemo zigaragaraje ko ashobora gupfa.

    Perezida w'umuryango APRODH uharanira uburenganzira bw'ikiremwamuntu, Pierre Claver Mbonimpa, yagaragaje ko uretse Diabetes yageze ku gipimo cyo hejuru, ubuzima bwo mu mutwe bwa Bunyoni bwahungabanye cyane, bigera aho ajya yumva abantu hafi y'aho afungiwe, akihisha munsi y'igitanda.

    Ubuvuzi bwahawe Bunyoni mu bitaro bya Gitega ntacyo bwatanze kuko yakomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro byigenga bya Kira biherereye i Bujumbura ariko naho yahavanywe nyuma y'igihe gito ubwo byagaragaraga ko nta mpinduka.

    Icyemezo cya Leta y'u Burundi cyo gufungura Gen Bunyoni gica amarenga ko ashobora koherezwa kuvurirwa mu bitaro byo mu mahanga, ahari abaganga bashobora kumwitaho kurusha ab'i Bujumbura na Gitega.

    Source : https://rushyashya.net/gen-bunyoni-yafunguwe-kubera-uburwayi-bwo-mu-mutwe-na-diyabete-ikabije/

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose #rwanda #RwOT

    Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko igitero cya drones ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 11 Werurwe 2026 cyari kigamije kwica abayobozi bakuru baryo.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru cyabereye i Goma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 11 Werurwe, Umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa yatangaje ko abantu batatu biciwe muri iki gitero, abandi benshi barakomereka.

    Nangaa yasobanuye ko iki gitero cy'iterabwoba cyari kigamije kumwica no kwica abandi bayobozi bo muri ihuriro barimo Bertrand Bisimwa na Freddy Kaniki bamwungirije n'Umugaba Mukuru w'abarwanyi baryo, Gen Maj Sultani Makenga.

    Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, dipolomasi n'imiyoborere, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko Joseph Kabila wayoboye RDC kuva mu 2001 na 2019 na we ari ku rutonde rw'abo iki gitero cyari kigambiriye.

    AFC/M23 yatangaje ko mu gihe Leta ya RDC ikomeje kurenga ku masezerano y'agahenge, igahitamo intambara nk'uko isanzwe ibigenza, iri huriro rizafata inshingano, ririnde umutekano w'abatuye mu bice rigenzura.

    Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n'abandi barwanyi barimo abamurindaga.

    Umuyobozi w'ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko buri gushaka kwagurira mu karere kose intambara yo mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru na Kivu y'Amajyepfo.

    Yagize ati 'Ubu bukangurambaga bwateguje igitero cya vuba cy'ihuriro ry'ingabo za Leta (FARDC, FDLR, Wazalendo, FDNB n'abacanshuro) ku mujyi wa Goma. Ubutumwa busaba abaturage kuva muri uyu mujyi bwakwirakwijwe ku mbuga z'abantu bose bo hafi ya Leta ya Tshisekedi kugira ngo umuryango mpuzamahanga wumve ko abaturage bari gushira i Goma.'

    Nangaa yatangaje ko Leta ya RDC ifite umugambi wo kwica abayobozi ba AFC/M23 ndetse n'abanyapolitiki batavuga rumwe na yo kugira ngo ice intege uruhande bitavuga rumwe, ariko ko inashaka 'kwenyegereza intambara yagutse mu karere.'

    AFC/M23 yagaragaje ko mu gihe Leta ya RDC ikomeje kwenyegeza intambara, abarwanyi bayo bafite inshingano yo kurinda abaturage bashinzwe kandi ko Perezida Félix Tshisekedi azirengera ingaruka izaterwa n'intambara izakurikiraho.

    Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda wungirije, Uwera Jean Maurice, yagaragaje ko igitero ihuriro ry'ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye mu mujyi wa Goma gishimangira ko ibyahungabanya umutekano w'igihugu biri hafi.

     

    Mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Werurwe 2026, ingabo za RDC zagabye igitero cya drones mu gace ka Himbi, cyicirwamo abantu batatu barimo Umufaransakazi Karine Buisset wakoreraga ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

    Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, yihanganishije umuryango, inshuti n'abakoranaga na Buisset, asaba ko itegeko ry'ibikorwa by'ubutabazi ryubahirizwa, umutekano w'abari kwita ku bari mu kaga ukarindwa.

    Macron yagize ati 'Ndasaba ko hubahirizwa itegeko rigenga ubutabazi, n'umutekano w'abakozi bakora batizigama kugira ngo bakize ubuzima bw'abantu.'

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Bubiligi, Maxime Prévot, yatangaje ko yamaganye akomeje 'urugomo rukorwa n'impande zose', kandi ko imirwano igomba guhagarara kugira ngo imishyikirano ibeho.

    Uyu muyobozi yibukije ko kurinda abitanga kugira ngo batabare abari mu kaga bagomba kurindwa ariko, nka Perezida Macron, na we ntiyagaragaje abagabye iki gitero.

    Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko bitumvikana ko abantu batagaragaza aho iki gitero cyaturutse kandi hari amakuru n'iperereza, binazwi ko ihuriro ry'ingabo za Leta ya RDC rimaze igihe rigaba ibitero byinshi bya drone muri Kivu y'Amajyaruguru na Kivu y'Amajyepfo.

    Ati 'Bishoboka bite ko nta makuru cyangwa iperereza ku haturutse igitero cya drone cyagabwe i Goma mu gitondo cy'uyu munsi, cyishe abantu batatu barimo umuturage wa EU? Ibi bibaye mu gihe amakuru menshi agaragaza ko ibitero bya drones by'ihuriro rya FARDC biri kwiyongera muri Kivu y'Amajyaruguru na Kivu y'Amajyepfo.'

    Uwera yashimangiye ko iki gitero cyagabwe n'ihuriro ry'ingabo za Leta ya RDC, agaragaza ko kuba cyagabwe hafi y'umupaka w'u Rwanda byerekana ko umutekano warwo ushobora guhungabana.

    Yagize ati 'Igitero cya drone cyagabwe i Goma uyu munsi gishimangira ikibazo kiri hafi y'umupaka w'u Rwanda. Mu gihe u Rwanda rushyirwaho igitutu ngo rukureho ingamba z'ubwirinzi, RDC n'ihuriro ryayo ririmo FDLR igomba gusenywa hashingiwe ku masezerano y'amahoro ya Washington, riracyakorera mu burasirazuba bwa RDC.'

    Ubutumwa bwa Uwera bugaragaza ko u Rwanda rudakwiye gukuraho ingamba z'ubwirinzi mu gihe ibyahungabanya umutekano warwo biri hafi y'umupaka nk'umutwe w'iterabwoba wa FDLR bitarakurwaho.

    Source : https://rushyashya.net/corneille-nangaa-rdc-irashaka-kwagurira-intambara-mu-karere-kose/

  • Ukuri ku bakinnyi bane ba Rayon bivumbuye bakanga imyitozo bishyuza umushahara, bakuwe bandi #rwanda #RwOT

    Abakinnyi bane ba Rayon Sports bivumbuye banga gukora imyitozo ya nyuma yitegura umukino ubanza wa Police FC wa 1/4 mu cy’Igikombe cy’Amahoro kubera kwishyuza umushahara.

    Abo bakinnyi ni myugariro Ramazani Tshimanga, Yannick Bangala, Ben Aziz Dao na rutahizamu Bienvenu Vigninou.

    Aba bakinnyi ntabwo baraye bakoze imyitozo ya nyuma yabaye ejo ku wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026.

    Aba bakinnyi bageze mu Nzove ariko banga gukora imyitozo bavuga ko batakora badahawe umushara w’ukwezi kwa Kabiri.

    Icyo aba bakinnyi bose uko ari bane bahuriyeho ni uko binjiye muri Rayon Sports muri Mutarama 2026 baje kuyifasha mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    ISIMBI yamenye amakuru ko ubwo bari bamaze gusinya, basabye ubuyobozi ko bwabahemba ukwezi kwa Mbere bari bagiye gukora kuko ayo bari bahawe ya ‘Installation’ bari bayoherereje imiryango.

    Ubuyobozi bukaba bwarabikoze. Ikibazo cyaje kuvuka ubwo Rayon Sports yahembaga abandi bakinnyi.

    Muri iki cyumweru Rayon Sports yahembye abakinnyi bayo ukwezi kwa Mutarama (ukwa Mbere) ariko aba bakinnyi bo ntibahembwa kuko ayabo bari barayahawe mbere.

    Basabye ubuyobozi ko bahembwa ukwezi kwa Kabiri (Gashyantare) ariko ubuyobozi bubabwira ko bitashoboka batajya bahora bahemba bamwe abandi natahembwe.

    Babwiwe ko bagomba bakwihangana kuko vuba uku kwezi kutararangira bazahemba n’ukwezi kwa Kabiri ko nabo ari bwo bazahembwa, ibintu bikajya ku murongo bakajya bahemberwa rimwe n’abandi, gusa ntibabyumva.

    ISIMBI yamenye amakuru ko nyuma yo kwanga gukora imyitozo bahise banakurwa mu bakinnyi bakina na Police FC kuri uyu wa Kane mu mukino ubanza wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro.

    Vinignou (Ubanza ibumoso), Tshimanga (hagati) na Yannick Bangala (iburyo) banze gukora imyitozo

    Aziz Ben Dao na we ntiyakoze imyitozo

    Source : http://isimbi.rw/ukuri-ku-bakinnyi-bane-ba-rayon-bivumbuye-bakanga-imyitozo-bishyuza-umushahara.html

  • Abantu bumva ko twagafashe kandi si byo – Umulisa Nelly #rwanda #RwOT

    Umulisa Nelly yatangaje gukekwaho ubutunzi budahari biri mu mbogamizi zikomeye yahuriye nazo mu rugendo rwe rwo kwamamara yakuye mu gukina sinema ndetse no kwifashishwa mu ndirimbo z’abahanzi batandukanye.

    Nelly wamenyakanye cyane muri filime nyarwanda zitandukanye zirimo nka 'My Heart’ ya Killaman yagaragaje ko bijyanye n’uko ibyamamare byinshi bikunze kubaho mu buzima butari ubwa nyabwo kugira ngo bakurure amaso y’ababikurikira byatumye abibarizwa muri iki gisata cyose bafatwa nk’abantu bakize.

    Mu kiganiro yagiranye na Isimbi , Nelly yagize ati “Abantu bumva ko twagafashe, twakize, mbese byemeye kandi tubaye mu buzima bwo kwiyoberanya nk’abandi bose .'

    Nelly avuga ko uku gufatwa nk’abantu bamaze kugwiza ubutunzi ahanini bituruka ku myumvire y’uko abantu bajya muri sinema by’umwihariko abakobwa bahita bagira amahirwe yo kugirana umubano n’abadiyasipora bakabaha amafaranga menshi ku rwego rw’uko hari n’abo abwira ko ajya agenda n’amaguru cyangwa akennye bakabifata nko kubishongoraho.

    Ati 'Biterwa n’uko abantu bumva ko abakobwa tujya muri sinema abadiasipora baduha amafaranga menshi kandi njyewe nta wigeze umpa amafaranga ye n’inshuro n’imwe. Nta n’umuntu ushobora kubwira ko ukennye ngo abyumve kubera yirirwa akubona kuri camera.'

    Umulisa Nelly yanigeze kwiharira imbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara mu mashusho atenguha umusore wari umupfukamiye rwagati mu mujyi wa Kigali amusaba ko bazabana.

    Nelly Umulisa yavuze ko abantu babafata nk’abantu bakize kandi si byo

    Source : http://isimbi.rw/abantu-bumva-ko-twagafashe-kandi-si-byo-umulisa-nelly.html

  • Gasogi United yatsinze APR FC (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Gasogi United yatsinze APR FC mu mukino ubanza wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro cya 2026.

    Uyu munsi Gasogi United ikaba ari yo yari yakiriye APR FC mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

    Igice cya mbere amakipe yombi wabonaga akina ashaka igitego ariko yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.

    Mu gice cya kabiri APR FC yagerageje kurema uburyo butandukanye ariko kuyabyaza umusaruro biranga.

    Ni nako na Gasogi United yashyize igitutu kuri APR FC ariko babanza kugorwa n’umunyezamu Hakizimana Adolphe.

    Akagozi kacitse ku munota wa 75 ubwo Niyigena Ebenezer yatsindiraga Gasogi United igitego ku mupira yari ahawe na Ndikumana Danny. Umukino warangiye ari 1-0.

    Indi mikino ya 1/4 yabaye, AS Kigali yanganyije na Gorilla FC 0-0, Bugesera FC itsinda Etincelles FC 1-0. Ejo Rayon Sports izakina na Police FC.

    Source : http://isimbi.rw/gasogi-united-yatsinze-apr-fc-amafoto.html

  • Tom Close yakomoje ku ibaruwa yandikiye Perezida Kagame akiri umwana #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Dr. Muyombo Thomas uzwi muri muziki nka Tom Close, yavuze ko akiri umwana yigeze kwandikira Perezida Paul Kagame kubera urukundo amakunda.

    Yabigarutseho ejo hashize tariki ya 10 Werurwe 2026 mu kiganiro yatangiye mu rusengero rwa 'Citylight Foursquare Church’ aho yahuriyemo na Israel Mbonyi aho cyari gifite insanganyamatsiko yo 'Guhuza ubwamamare n’ubukirisitu.’

    Tom Close yavuze ko kubera urukundo yakuze akunda Perezida Kagame, mu bwana bwe aho yakundaga gukina amakinamico yakinaga amwiyitirira.

    Ati 'Ku bana bo muri iyi minsi Spiderman na Superman ni bo ba 'Super Hero’ babo, ariko twe tukiri bato, Inkotanyi ni zo zari ba 'Super Hero’ bacu. Njya nkunda kubivuga ntebya njye nkiri muto ku ishuri nakundaga gukina ndi uwari Visi Perezida na Minisitiri w’Ingabo, Paul Kagame.”

    Tom Close yavuze ko akiri umwana yigeze guha mama we urwandiko ashyira Perezida Kagame.

    Yagize ati “Ndibuka ko nkiri na muto cyane nigeze gusanga mama wanjye aho yakoraga muha urwandiko amushyira.'

    Tom Close asa n’uwageze ku nzozi ze, kuko ngo yakuze akora umuziki ariko yirinda icyatuma izina rye ryangirika kuko yifuzaga ko Perezida Paul Kagame yazamumenya kandi akamumenya mu byiza.

    Tom Close yakomoje ku ibaruwa yigeze kwandikira Perezida Paul Kagame

    Source : http://isimbi.rw/tom-close-yakomoje-ku-ibaruwa-yandikiye-perezida-kagame-akiri-umwana.html

  • Chiboo akomeje kwibikaho igikundiro cy'abakunzi b'umuziki nyarwanda, nyuma yo gushyira hanze indirimbo 'KARE' #rwanda #RwOT

    Umuhanzi uri kuzamuka neza mu muziki nyarwanda, Chiboo, akomeje kuvugisha benshi nyuma yo gusohora indirimbo nshya yise 'KARE', ikomeje kwigarurira imitima y'abakunzi b'umuziki kubera uburyo idasanzwe yanditswemo ndetse n'imiterere yayo y'umwimerere.

    Mu minsi ishize, Chiboo ntiyahwemye gusohora indirimbo zitandukanye, ibintu byatumye izina rye rikomeza kumenyekana cyane mu bakunda umuziki nyarwanda. Indirimbo 'KARE' ni imwe mu zigaragaza ko uyu muhanzi afite icyerekezo gikomeye mu muziki, aho agaragaza ubuhanga mu kuririmba no gutanga ubutumwa bukora ku mitima y'abawumva.

    Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw'umwuga n'abahanga mu bijyanye no gutunganya umuziki. Amajwi yayo yatunganyijwe na Producer Muriroo, umwe mu batunganya indirimbo bafite ubuhanga bukomeje kugaragara mu muziki w'iki gihe. Amashusho yayo yo yatunganyijwe na Director John Elart, mu gihe Sani B ari we wakoze igice cyo kuyitunganya nyuma yo gufatwa (video editing), ibintu byatumye amashusho yayo agaragara neza.

    Ku bijyanye n'iyandikwa ry'iyi ndirimbo, Chiboo yakoranye n'abanditsi batandukanye barimo RealRoddy, Edin Dali, ndetse na Chiboo ubwe, bakaba barashyize hamwe ibitekerezo byabyaye iyi ndirimbo iri kugenda ikundwa n'abatari bake.

    Abakurikiranira hafi umuziki nyarwanda bavuga ko Chiboo ari umwe mu bahanzi bashya bafite amahirwe yo kugera kure, cyane cyane bitewe n'umurava agaragaza mu kazi ke ndetse n'uburyo akoresha umwimerere mu bihangano bye.

    Indirimbo 'KARE' ikomeje gukwirakwira ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki ndetse no ku mbuga nkoranyambaga ze, aho abakunzi b'umuziki bakomeje kuyivugaho cyane, bamwe bavuga ko ishobora kuba imwe mu ndirimbo zizavugwa cyane muri uyu mwaka.

    Ibi byose bigaragaza ko Chiboo ari mu bahanzi bari kwandika amateka mashya mu muziki nyarwanda.

    Chiboo akomeje kwibikaho igikundiro cy'abakunzi b'umuziki nyarwanda, nyuma yo gushyira hanze indirimbo 'KARE'
    Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw'umwuga n'abahanga mu bijyanye no gutunganya umuziki

    Source : https://kasukumedia.com/chiboo-akomeje-kwibikaho-igikundiro-cyabakunzi-bumuziki-nyarwanda-nyuma-yo-gushyira-hanze-indirimbo-kare/

  • Uwiyita nyina wa Bahati yahakanye ibisubizo bya ADN #rwanda #RwOT

    Umugore witwa Judith Makokha wavugaga ko ari nyina w’umuhanzi Bahati yamaganye ibisubizo by’isuzuma rya ADN byagaragaje ko nta sano ry’amaraso riri hagati yabo, avuga ko bishoboka ko byahinduwe cyangwa bikaba byarakozwe mu buryo budakurikije ukuri.

    Umuhanzi w’icyamamare muri Kenya, Bahati, aherutse gukora isuzuma rya ADN n’umugore witwa Judith Makokha wari wivuga ko ari nyina umubyara. Icyakora, ibisubizo byavuye muri iryo suzuma byagaragaje ko nta sano ry’amaraso riri hagati yabo, ibintu byateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga.

    Nk’uko byatangajwe n’ivuriro ryakoze iryo suzuma, ibisubizo byerekanye ko amahirwe y’uko Judith Makokha yaba ari nyina wa Bahati ari ku gipimo cya 0%.

    Nyuma yo kumva ayo makuru, Judith Makokha yahise agaragaza agahinda gakomeye ndetse anahakana ibyavuye muri iryo suzuma, avuga ko bishoboka ko hari abivangiye.

    Judith yavuze ko atemera ibisubizo byatanzwe n’ivuriro, akavuga ko bishobora kuba byarahinduwe.

    Yavuze ko hari abantu bamubwiye ko hari ikintu kitagenze neza mu buryo iryo suzuma ryakozwemo.

    Yagize ati 'Hari ikintu cyakiniweho muri ibi bisubizo. Hari uwishyuwe amafaranga kugira ngo ibyasohotse bihindurwe.'

    Yageze n’aho ashinja Bahati kuba ashobora kuba yarishyuye ibitaro kugira ngo bitange ibisubizo bitari byo. Ibyo byatumye avuga ko yifuza kujya ku bitaro byakoze iryo suzuma kugira ngo amenye neza uko byakozwe n’icyatumye ibisubizo biba bityo.

    Ku rundi ruhande ariko Bahati yamusabye kudahubuka ahubwo bakabanza bakaganira ku buryo bakora irindi suzuma ahandi niba yumva atanyuzwe n’iryakozwe mbere. Yamubwiye ko niba koko hari ibyo akemanga, bashobora kujya mu kindi kigo cy’ubuvuzi bagasubiramo iryo suzuma.

    Judith yashinje Bahati guhindura ibisubizo

    Source : http://isimbi.rw/uwiyita-nyina-wa-bahati-yahakanye-ibisubizo-bya-adn.html

  • Umutoza Haringingo yatakambiye itangazamakuru ashinja gutuma abakinnyi bamuzamuraho intugu #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Kiyovu Sports, Haringingo Francis Christian Mbaya yatakambiye itangazamakuru arisaba kudakomeza gutaka abakinnyi be kuko bituma batumva.

    Ni nyuma y’umukino wa Shampiyona w’ikirarane cy’umunsi wa 19 wa Shampiyona baraye batsindiwe na Marines i Kigali ibitego 2-1.

    Haringingo Francis akaba yagaragaje ko itangazamakuru ari kimwe mu bintu birimo gutuma abakinnyi be bitwara nabi.

    Yasabye abanyamakuru ba Siporo kureka gukomeza kubataka cyane kuko bahita bumva ari ibitangaza bagatangira kuzamura intungu ntibamwumve.

    Ati “Mfite ikipe y’abakinnyi bakiri bato, namwe ndabasaba kumfasha, mwabagize ibitangaza, bamwe na bamwe mu bakinnyi bari barazamuye urwego basubira hasi kuko bumva ko bagezeyo.”

    “Abakinnyi bakiri bato ushobora kumwandika ko arimo yitwara neza, akumva yaragezeyo.”

    Yakomeje agira ati “Mwarabazamuye cyane, reka tubivuge mu mazina yabyo, hari urwego mushyiraho abantu batararugeraho, biradusaba ko dusibiza ibirenge hasi.”

    “Uburyo twavuzwe mu mikino ibanza twakinnye nk’ikipe tubona amanota, ubu twatangiye kuba abasitari, umupira uca agasuzuguro iyo ushatse kwizamura, umupira urakumanura.”

    Yavuze ko bari mu bihe batigeze babamo kuko batari bagatsinzwe ibitego 2 mu mikino 3 yikurikiranya, aho yavuze ko n’umunyezamu we James Bienvenue Desire ari mubatakagijwe akaba amaze gusubira inyuma.

    Kiyovu Sports imaze imikino 4 ya Shampiyona idatsinda aho yatsinzwemo 2, inganya ibiri. Yatsinzwe kandi na APR FC mu gikombe cy’Amahoro umukino umwe undi barawunganya, bivuze ko imaze imikino 6 yikurikiranya nta ntsinzi.

    Haringingo Francis yasabye itangazamakuru kureka gukomeza gutaka abakinnyi be

    Abakinnyi be ngo ntibakimwumva

    Source : http://isimbi.rw/umutoza-haringingo-yatakambiye-itangazamakuru-ashinja-gutuma-abakinnyi.html

  • Rodrygo yavuze ko yabaye mushya, nyuma yo kubagwa ivi rye #rwanda #RwOT

    Rutahizamu ukinira ikipe ya Real Madrid ndetse n'ikipe y'igihugu ya Brazil, Rodrygo Goes, yamaze kubagwa nyuma yo kugira ikibazo gikomeye ku ivi cyatewe n'imitsi y'imbere izwi nka anterior cruciate ligament (ACL) ndetse n'akandi gace ko ku ivi kitwa external meniscus.

    Aya makuru yamenyekanye nyuma y'uko uyu mukinnyi w'imyaka 25 ashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko igikorwa cyo kubagwa cyagenze neza, anavuga ko ubu atangiye urugendo rurerure rwo kwiyubaka. Mu butumwa bwe, Rodrygo yagize ati: 'Uyu munsi havutse Rodrygo mushya.' Aya magambo yagaragaje icyizere n'imbaraga afite zo kongera gusubira mu kibuga ameze neza.

    Gukomereka ku ivi ni kimwe mu bibazo bikomeye ku bakinnyi b'umupira w'amaguru, kuko bisaba igihe kirekire cyo gukira no kongera gusubira ku rwego rwo hejuru. Abaganga bavuga ko imvune ya ACL akenshi isaba amezi menshi yo kuvurwa no gukora imyitozo yo kongera imitsi imbaraga. Ni yo mpamvu Rodrygo na we biteganyijwe ko ashobora kuzongera kugaragara mu kibuga mu ntangiriro za Mutarama 2027, igihe azaba yararangije gahunda yo kwiyubaka.

    Abafana ba Real Madrid ndetse n'abakunzi b'umupira w'amaguru ku Isi yose bamwifurije gukira vuba. Ku mbuga nkoranyambaga, benshi banditse ubutumwa bumwihanganisha ndetse bamwizeza ko bazakomeza kumushyigikira muri uru rugendo rutoroshye.

    N'ubwo ari imvune ikomeye, amateka y'umupira w'amaguru agaragaza ko abakinnyi benshi bayikize bakagaruka ku rwego rwo hejuru. Rodrygo na we afite icyizere ko azagaruka mu kibuga afite imbaraga nshya, ubunararibonye n'inyota yo gufasha ikipe ye gutsinda no kongera kunezeza abafana.

    Rodrygo yavuze ko yabaye mushya, nyuma yo kubagwa ivi rye

    Rodrygo yavuze ko yabaye mushya, nyuma yo kubagwa ivi rye

    Source : https://kasukumedia.com/rodrygo-yavuze-ko-yabaye-mushya-nyuma-yo-kubagwa-ivi-rye/