Category: Uncategorized

  • Kuva Coronavirus yagaragara mu Rwanda, uyu munsi nibwo habonetse abarwayi basaga 100 ba Covid-19 #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa 29 Kamena 2020, rigaragaza ko mu bice bitandukanye by’Igihugu birimo Umujyi wa Kigali, Uburasirazuba n’Uburengerazuba habonetse abarwayi bashya 101 ba Covid-19. Abakize bashya ntabo.

    Dore uko ishusho rusange yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ibigaragaza;


    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/kuva-coronavirus-yagaragara-mu-rwanda-uyu-munsi-nibwo-habonetse-abarwayi-basaga-100-ba-covid-19/

  • Kamonyi/Runda: Aharimo gukorwa umuhanda habonetse imibiri y’abantu #rwanda #RwOT

    Mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda ku mugoroba w’uyu wa 29 Kamena 2020 aharimo gukorwa umuhanda uteganywa gushyirwamo kaburimbo, habonetse imibiri bikekwa ko yahashyizwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Iyi mibiri, aho yabonetse ni mugahanda karimo guhangwa ngo gashyirwemo kaburimbo ahari kuzamurwa amazu y’amagorofa( abahatuye bavuga ko nta muhanda wahigeze ). Kazamukira cyangwa kakamanukira kuri aya mazu arimo kuzamurwa, kagahuza umuhanda munini usanzwe urimo gukorwa n’uwakaburimbo uhari.

    Mwizerwa Rafiki, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yabwiye intyoza.com ko aha hantu koko habonetse imibiri, ariko ko bataramenya neza amakuru kuriyo. Avuga ko ibikorwa byo gushakisha indi mibiri ishobora kuba ihari bikomeza kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2020.

    Aka gahanda karimo guhangwa ngo gashyirwemo Kaburimbo, ku munsi w’ejo tariki 28 Kamena 2020 ubwo imashini zatangiraga gusiza, habaye ukutumvikana kuri bamwe mu baturage n’abakora umuhanda. Banyiri ubutaka bavuga ko nta muhanda wigeze aha hantu, ko abashaka kuwuhashyira biri mu nyungu zabo, bityo ko mbere ya byose bagomba kubanza kubiganiraho, amategeko agenga iby’ingurane no kwimura abantu mu byabo akubahirizwa, cyane ko ngo katari muri gahunda y’ikorwa ry’umuhanda Ruyenzi-Gihara watangarijwe abaturage mbere.

    Aha niho harimo gushyirwa umuhanda, abaturage bavuga ko utahahoze. Hafi aha niho habonywe iyi mibiri.

    Umurenge wa Runda, uri mucyahoze ari Komine Runda. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari abatutsi benshi bahiciwe, baba abari bahatuye, abahahungiye cyangwa se abambukaga Nyabarongo bava Kigali n’ahandi, kimwe n’abakurwaga ku misozi itandukanye ihakikije. Hari bamwe mu biciwe imiryango na n’uyu munsi nyuma y’imyaka 26 bagisaba guhabwa amakuru y’aho ababo bishwe bashyizwe.
    Munyaneza Theogene /intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/kamonyi-runda-aharimo-gukorwa-umuhanda-habonetse-imibiri-yabantu/

  • U Burundi bwasabwe ibisobanuro ku bitero biherutse kwibasira u Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    By Editor
    U Rwanda kandi rwasabye Guverinoma y’u Burundi kugaragaza itsinda ry’abantu bitwaje intwaro bagabye igitero muri Nyaruguru ku wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2020.
    Bimwe mu bikoresho abagabye icyo gitero bari bitwaje barabyambuwe
    Bimwe mu bikoresho abagabye icyo gitero bari bitwaje barabyambuwe
    Ingabo z’u Rwanda zivuga ko zasubije inyuma abo barwanyi baturutse i Burundi, mu masaha y’igicuku bagaba igitero ku mudugudu uherereye mu Murenge wa Ruheru muri Nyaruguru, ariko basanga Ingabo z’u Rwanda ziri maso, bane mu bagabye igitero bahasiga ubuzima, abandi batatu barafatwa.
    Icyakurikiyeho ni uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ku ruhande rw’u Rwanda yandikiye Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ku ruhande rw’u Burundi, ibaruwa isaba ibisobanuro kuri abo bantu bateye u Rwanda baturutse i Burundi.
    Iyo baruwa kandi ivuga ko abagabye icyo gitero bahise bahungira i Burundi, u Rwanda rukaba rusaba u Burundi guta muri yombi abagabye icyo gitero no kubashyikiriza inkiko, cyangwa se bakoherezwa mu Rwanda kugira ngo bisobanure ku byo bashinjwa, nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda yabitangarije ikinyamakuru KT Press.
    Iyo baruwa ngo u Rwanda rwayoherere u Burundi ku wa Gatandatu uwo munsi ibitero bikimara kuba, ariko Guverinoma y’u Burundi ngo ntirasubiza.


  • Abantu 101 barimo abagororwa 72 b’i Ngoma banduye Coronavirus mu Rwanda #Rwanda #RwOT #webrwanda








    Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu 101 barimo n’abagororwa basanganywe Coronavirus mu bipimo 2498 byafashwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 29 Kamena 2020.

    Ni ku nshuro ya mbere kuva umuntu wa mbere wanduye Coronavirus agaragaye mu
     Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, habonetse abarwayi benshi ba Coronavirus mu 
    munsi umwe.
    Itangazo rya Minisante rigaragaza ko abarwayi bashya bakuwe mu bice bitandukanye 
    by’igihugu.
    Rigira riti “Kigali:22, Rusizi:3, Rubavu:2, Kayonza:1, Kirehe:1 & mu itsinda ry’
    abagororwa muri Ngoma:72 bahuye n’abanduriye i Rusumo.’’
    Kuri uyu wa Mbere nta muntu wasezerewe mu bitaro byatumye umubare w’abamaze
    gukira uguma kuri 443.
    Mu gihe uduce twari twibasiriwe cyane n’ubwandu bushya turimo Kigali, Rusizi,
     Rubavu na Kirehe, ibipimo byafashwe uyu munsi byerekanye abarwayi bashya 
    i Ngoma, ahabonetse abagororwa 72 bahuye n’abanduriye ku Rusumo mu gihe i
     Kayonza ho hasanzwe umwe.
    Mu Rwanda haherukaga kuboneka abarwayi benshi mu munsi umwe ku wa 22 
    Kamena 2020 ubwo abantu 59 barimo ‘ab’i Kirehe (33), Rusizi (12), Kigali (7),
     Nyamasheke (4), Rubavu (3)’ basanzwemo Coronavirus.
    Kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 iterwa n’agakoko gashya ka Coronavirus 
    agaragaye mu Rwanda, hamaze kuboneka 1001 banduye mu bipimo 140 249 bimaze
     gufatwa, 443 barayikize mu gihe 556 bakiri mu bitaro naho babiri bitabye Imana.
    Kugeza ubu nta muti n’urukingo bya Coronavirus biraboneka, hakoreshwa uburyo
     bwo kuvura ibimenyetso by’iki cyorezo gusa, kugeza umubiri w’umuntu wubatse 
    ubudahangarwa, virus igashira ityo mu maraso.
    Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye 
    n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.
    Mu gukomeza kwirinda, abaturarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza 
    ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, 
    kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo
     cyangwa ahuye n’abantu benshi mu nsisiro cyangwa ahatuye imiryango myinshi.

  • Nsanzabera agiye gusohora igitabo gisobanura iyororoka ry’Abanyarwanda n’imiryango migari bibumbiyemo #rwanda #RwOT

    Kumenya inkomoko y’igisekuruza cyawe, ni iby’agahebuzo kandi bifite akamaro kanini mu mibereho ya muntu, haba mu mibanire ye n’abandi, mu kubaka imitekerereze, kwiyubaka wowe ubwawe, umuryango wawe n’igihugu muri rusange.
    http://dlvr.it/RZbHbR

  • Amafoto ya Muhadjiri asomana n’umukobwa akomeje kuvugisha benshi #rwanda #RwOT

    utahizamu Hakizimana Muhadjiri,uri kwifuzwa n’amakipe atandukanye mu Rwanda no hanze yagaragaye ari giusomana n’umukobwa w’uburanga bituma benshi ku mbuga nkoranyambaga bacika ururondogoro.

    Mu mpera z’icyumweru gishize,nibwo aya mafoto ya Muhadjiri yagiye ahererekanwa ku mbuga nkoranyambaga ari mu bihe byiza n’uyu mukobwa utavuzwe amazina.

    Muhadjiri ari gushakwa cyane n’ikipe ya Rayon Sports FC gusa yayisabye miliyoni 15 FRW kugira ngo ayisinyire amasezerano y’umwaka umwe.

    Nkuko amafoto agaragaza Muhadjiri arimo gusomana n’iyi nkumi abigaragaza, biragaragara cyane ko aba bombi bari bishimanye cyane dore ko n’inkumi yanacishagamo ikamureba akana ko mu jisho.

    Byari byitezwe ko Hakizimana Muhadjiri asinyira Rayon Sports kuwa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2020,ahawe miliyoni 15 Frw n’umushahara wa miliyoni 1.2 Frw ku kwezi.

    Mu gitondo cyo kuwa Gatanu, Hakizimana Muhadjiri yagiye kuganira n’Umuyobozi wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, aho akorera ku Kimihurura ndetse uruhande rwa Rayon Sports rwari rwizeye gusinyisha uyu mukinnyi.

    Nkuko IGIHE cyabitangaje,Ibiganiro by’impande zombi byamaze isaha irenga, ntacyo byatanze nyuma y’uko Hakizimana Muhadjiri asabye ko mu masezerano yagirana n’iyi kipe hashyirwamo ingingo ivuga ko yakwemererwa kuva muri Rayon Sports igihe icyo aricyo cyose haba hari indi kipe imushatse.

    Bivugwa ko hari ikipe yo muri Maroc yaba yifuza uyu mukinnyi. Yanga SC yo muri Tanzania nayo iravugwa mu gihe AS Kigali ngo yifuje guha Muhadjiri miliyoni 20 Frw ku myaka ibiri, akabyanga.

    Hari kandi amakuru avuga ko Hakizimana Muhadjiri ari gutinza ibyo gusinyira Rayon Sports atari uko hari andi makipe amwifuza, ahubwo ari gutinya kuyisinyira bitewe n’ibibazo by’ubukungu biyirimo ndetse yayisabye kumuha icyumweru kimwe cyo kongera kubitekerezaho.

    Rayon Sports yari yihaye uyu wa Gatanu nk’umunsi wo gusinyisha uyu mukinnyi byakwanga igatangira gutekereza ku bandi barimo Kwizera Olivier.

    Hakizimana Muhadjiri nta kipe afite nyuma yo gutandukana na Emirates Football Club yakiniraga muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kuva muri Nyakanga 2019.

    Uyu mukinnyi w’imyaka 26, yavuye mu Rwanda nyuma y’imyaka itatu akinira APR FC yari yaragezemo muri Nyakanga 2016 avuye muri AS Kigali, nayo yari yamuguze muri Mukura Victory Sports.

    Hakizimana Muhadjiri uvukana na kapiteni w’Amavubi, Haruna Niyonzima, yatowe nk’umukinnyi mwiza w’umwaka w’imikino wa 2017/18 mu Rwanda.

    Nyuma yo kuzamurwa n’umutoza Mungo Jitiada ‘Vigoureux’, Hakizimana Muhadjiri yakiniye Etincelles, ayivamo yerekeza muri Kiyovu Sports, nyuma ajya gukinira Mukura Victory Sports yamazemo imyaka ibiri mbere yo kugurwa na AS Kigali atakiniye igahita imutanga muri APR FC.
    http://dlvr.it/RZbHb1

  • Victor Osimhen yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika muri Shampiyona y’u Bufaransa #rwanda #RwOT

    Umunya-Nigeria Victor Osimhen ni we wegukanye igihembo cyitiriwe umunya-Cameroun Marc-Vivien Foé witabye Imana mu 2003 aguye mu kibuga.
    http://dlvr.it/RZbHZ7

  • Dr Rogriguez ukora muri Baho Hospital yasobanuye akamaro ko kwisuzumisha kanseri hakiri kare #rwanda #RwOT

    Umuganga w’Inzobere mu kuvura kanseri n’indwara z’abagore (Gyneco-Oncologist) muri Baho International Hospital na Baho Polyclinic, Dr. Osvaldo Rodriguez Lara, yasabye abagore kwitabira kwisuzumisha kanseri hakiri kare, kuko ari bwo buryo bwo kuyirinda no kumenya ko bayifite hakiri kare, bakavurwa hakiri amahirwe menshi yo gukira.

    source https://igihe.com/ubuzima/indwara/article/umunya-cuba-dr-rogriguez-ukora-muri-baho-hospital-yasobanuye-akamaro-ko

  • Itabwa muri yombi rya Kayumba Nyamwasa, umubano na Museveni, Kabuga…Ibisubizo bya Perezida Kagame #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rurajwe ishinga n’umubano mwiza na Afurika y’Epfo, ko ibyo kuba Kayumba Nyamwasa yafatwa akoherezwa mu Rwanda aho akurikiranyweho ibyaha n’inkiko atari cyo cy’ingenzi nubwo nabyo bikozwe byaba ari intambwe nziza.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/itabwa-muri-yombi-rya-kayumba-nyamwasa-umubano-na-museveni-kabuga-aho-mpiranya