Category: Uncategorized

  • Igikomangoma cy’u Bwongereza cyashinjwe gushora abana bataruzuza imyaka y’ubukure mu mibonano mpuzabitsina #rwanda #RwOT

    Igikomangoma cy’u Bwongereza, Andrew Albert Christian Eduard, umuhungu wa kabiri w’Umwamikazi w’Ubwami bw’u Bwongereza, ari mu mazi abira nyuma y’uko hasohowe ibirego bishya bimushinja gushora abana bataruzuza imyaka y’ubukure (imyaka 18) mu mibonano mpuzabitsina.
  • PSG yatsinze Lyon yegukana igikombe cya gatatu muri uyu mwaka #rwanda #RwOT

    Paris Saint-Germain yegukanye Coupe de la Ligue mu Bufaransa nyuma yo gutsinda Lyon kuri penaliti 6-5 ubwo amakipe yombi yanganyaga ubusa ku busa mu mukino wa nyuma wabaye ku wa Gatanu.
  • Trump arateganya gufunga TikTok muri Amerika #rwanda #RwOT

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ateganya gufunga urubuga nkoranyambaga rwa TikTok muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’igihe inzego z’umutekano muri iki gihugu zivuga ko rushobora kuba ari igikoresho cy’ubutasi cy’u Bushinwa.
  • Tanzania yakumiriye Kenya Airways ku butaka bwayo #rwanda #RwOT

    Nyuma y’umunsi umwe Guverinoma ya Kenya ikuye Tanzania ku rutonde rw’ibihugu aho abaturage babyo bashobora kugirira ingendo muri Kenya, iki gihugu nacyo cyahise gikumira sosiyete y’indege ya Kenya Airways ku bibuga byacyo by’indege.
  • Hagiye gushyirwa hanze igice cya nyuma cya La casa de papel yamamaye ku Isi #rwanda #RwOT

    Filime Money Heist [La casa de papel] yamamaye cyane ku Isi igiye gusozwa ndetse mu gice cyayo cya nyuma hazaba harimo amasura mashya y’abakinnyi batari basanzwemo nka Miguel Ángel Silvestre wamamaye muri Sense 8 na Patrick Criado uri mu bakinnyi bakomeye b’abanya-Espagne.
  • Kamonyi: Hafashwe abantu 559 banyuranije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19 #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa 31 Nyakanga rishyira iya 01 Kanama 2020, hirya no hino mu mirenge 12 igize akarere ka Kamonyi hafatiwe abantu 559 banyuranije n’amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus. Abafashwe barimo; abasanzwe nta gapfukamunwa, abakambaye nabi, abadahana intera kimwe n’abarengeje isaha basabwa kuba batakiri hanze. Mu mbuga y’akarere harajwe 170 barimo abagabo n’abagore, aho abenshi bakuwe mu Murenge wa Runda, Rugalika na Gacurabwenge.

    Aba bantu 170 barajwe mu mbuga y’akarere, barimo igitsina gabo n’igitsina gore nibo ahagana ku i saa moya n’iminota 40 bazindutse baganirizwa n’ubuyobozi bw’akarere n’inzego zitandukanye z’umutekano. Basabwe kwitwararika ku mabwiriza n’ingamba byashyizweho na Leta mu rwego kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus.

    Meya Tuyizere Thaddee, aganira n’abarajwe ku karere bazira kunyuranya n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus.

    Tuyizere Thaddee, Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Kamonyi yibukije aba bafashwe barenze ku mabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus ko nta mabwiriza yubahirizwa igice, ko yubahirizwa uko ari kandi 100 ku ijana.

    Yagize ati “ Biradusaba ko amabwiriza tuyubahiriza 100/100. Ese icyorezo kiriyongera cyangwa ntabwo kiyongera, Ese niba kiyongera dukaze ingamba cyangwa tudohore?”. Aha yabazaga aba bafashwe aho bose basubirije rimwe bavuga ko icyorezo kiyongera, ko igikwiye ari ugukaza ingamba mu rwego rwo kukirinda no kurinda abandi.

    Tuyizere, yasabye aba bose kumva ko kwambara agapfukamunwa kandi neza bikwiye kubahirizwa uko biri, ko kandi niba hari isaha yashyizweho ngo abantu babe bari iwabo bigomba kubahirizwa, ko kandi kimwe n’izindi ngamba ntawe ukwiye kwigira ntibindeba hejuru y’ubuzima bwe n’ubw’abandi.

    Yabasabye gutahana ubutumwa kubo basize, bakababwira ko uzanyuranya wese n’amabwiriza ndetse n’ingamba za Leta atazihanganirwa. Ko ikiraje ishinga ubuyobozi ari ubuzima bwiza bw’umuturage.

    Bamwe muri aba bafashwe hari icyo bavuze

    Hitayezu Emmanuel, yafatiwe bishenyi ho mu Murenge wa Runda atambaye agapfukamunwa. Yabwiye intyoza.com ko yavuye mu rugo agiye kuhirira ubutunguru. Avuga ko yiraye akagenda ntagapfukamunwa kandi asanzwe agafite. Ashimangira ko isomo ryo kugasiga arikuye mu kuba yaraye ukubiri n’urugo, ko ibimubayeho azajya ahora azirikana, bikamufasha kubahiriza amabwiriza.

    Ntezirizaza Jean Marie Vianney, yafatiwe i Runda yambaye nabi agapfukamunwa. Gusa aka gapfukamunwa ke, yabwiye umunyamakuru ko yakaguze Coronavirus igitangira. Yemera ko amabwiriza yo kwirinda atayubahiriza uko bikwiye, ko nyuma y’isomo akuye aho yaraye ndetse n’inama ahawe agiye gushaka uko agura agapfukamunwa kameswa, akajya yubahiriza isuku yako ndetse karangiza igihe akagura akandi, akanubahiriza ingamba zose zo kwirinda iki cyorezo.

    Niyonsaba vestine, yafashwe atambaye agapfukamunwa imbereya Polisi i Gihinga hafi y’akarere. Ahamya ko nyuma yo kuganirizwa akibutswa akamaro ko kukambaraba atazongera gutandukana nako, ko kandi azajya akambara neza anubahiriza izindi ngamba.

    Dushimimana Anitha, yafatiwe Runda azira kutambara agapfukamunwa. Kimwe na benshi muri bagenzi be, avuga ko aho yaraye naho ari ishuri, ko isomo atahanye rishingiye mu kudakerensa ingamba zo kwirinda iki cyorezo kandi zikubahirizwa zose nta nimwe yubahirijwe igice.

    Sibomana Claver, yafatiwe Gihinga avuye Nkoto nta gapfukamunwa yambaye. Yagize ati“Njyanye ubutumwa bwo gushishikariza buri wese kubahiriza amabwiriza uko ari, yaba gukora ingendo ziri ngombwa, gusiga intera ikwiye, gutanga amakuru y’abanyuranya na gahunda za Leta, kwambara neza agapfukamunwa n’andi mabwiriza yose dusabwa mu rwego rwo kwirinda.

    CIP Bigongo, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Kamonyi-DPC, , yibukije aba 170 bafashwe bakarazwa mu mbuga y’Akarere ko; kwambara agapfukamunwa, guhana intera hagati yawe na mugenzi wawe no kubahiriza ingamba zo kwirinda uko zagenwe ari ukugabanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus. Yabibukije ko kubahiriza izi ngamba biri mu nyungu y’ubyubahiriza kurusha abandi, ko bakabaye banashima ko ubuyobozi bwabibukije inshingano zabo mu kwirinda.

    Yagize kandi ati” Mwakabaye ubu mudushimira kuko tubibutsa ingamba z’ibyo mukwiye kuba mukora. Niba ushaka guhembera iki cyorezo, uratiza umwanzi-Coronavirus umurindi. Inzego z’umutekano ntabwo tuzihanganira abanyuranya n’amabwiriza ya Leta yo kwirinda”.

    Aba bose uko ari 170, babwiwe ko yaba bo kimwe n’abandi nkabo banyuranya n’amabwiriza yo kwirinda, ikibazo bafite ari ukuvangira abandi. Ko icyorezo bakizi, bazi uko cyandura bityo batakabaye bakina mu kunyuranya n’amabwiriza yo kukirinda. Ko gushyira ubuzima bw’umwe mu kaga ari ugukururira benshi ibyago. Buri wese yasabwe kuba intumwa kubo asanze kandi akiheraho yubahiriza ibisabwa mu kwirinda iki cyorezo.

    Mu kurekurwa babanje gukaraba ahabugenewe.

    Icyorezo cya Coronavirus kugeza ubu nta muti nta rukingo gifite. Umuti umwe kandi rukumbi ni ukwirinda wubahiriza ingamba n’amabwiriza nkuko byashyizweho. Ni icyorezo ushobora kwipima wowe ubwawe ukoresheje Terefone ngendanwa, aho ukanda akanyenyeri 114 urwego (*114#) ugakurikiza amabwiriza, cyangwa se niba wikekaho iki cyorezo, hari se uwo ugihekaho uhamagare 114 umurongo utishyuzwa usabe ubufasha. Bimwe mu bimenyetso biranga ukekwaho cyangwa se urwaye iki cyorezo ni; Inkorora, Guhumeka bigoranye n’umuriro.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com 

    source http://www.intyoza.com/kamonyi-hafashwe-abantu-559-banyuranije-namabwiriza-yo-kwirinda-covid-19/

  • Moroccan King Pardons 752 Prisoners As Eid al-Adha Starts #rwanda #RwOT

    Moroccan King Mohammed VI granted pardon to 752 prisoners on the occasion of Eid al-Adha holiday, said a statement from the Moroccan justice ministry on Friday.

    Eid al-Adha, or the Festival of Sacrifice, is one of the most significant Islamic festivals of the year that starts on Friday in Morocco.

    According to the statement, 374 prisoners had their prison terms reduced, while 208 benefitted from pardon over their remaining terms. 

    Many of the rest had either their fines or both fines and prison terms reduced.

    source https://taarifa.rw/moroccan-king-pardons-752-prisoners-ss-eid-al-adha-starts/

  • Huye : Abarenga 250 barajwe muri Sitade nyuma yo gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 #rwanda #RwOT

    Ubu butumwa yabutanze mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Kanama 2020, ubwo yaganirizaga abaturage 258 barajwe muri Sitade y’Akarere ka Huye mbere y’uko barekurwa ngo basubire mu miryango yabo. Uretse aba 258 baraye muri sitade hari abandi 24 baraye mu mirenge yabo ya kure.

    Ni nyuma y’uko mu murenge wa Tumba insengero zose zongeye gufungwa nyuma y’uko habonetse umuntu wanduye nk’uko byatangajwe na Kankesha.

    Kankesha yemeje amakuru avuga ko insengero zo mu murenge wa Tumba zafunzwe, ati “Ayo makuru niyo nyuma yo kubona ko hari abantu bafite kuregeza, kumva ko covid-19 idahari ari abayobozi bakabya nyuma y’uko tumaze kubona n’ibimenyetso by’abantu bava aho bari barapimiwe bagaca muri gare bagakomeza ingendo zabo, twasanze ari byiza ko insengero zo mu murenge wa Tumba ziba zifunzwe”.

    Kankesha yabwiye abarajwe muri sitade y’Akarere ka Huye ko kubaraza muri sitade atari igihano ati “Nta gihano mwahawe, ahubwo twagaragaje ko coronavirus ihari kandi ko irimo gukaza umurego. Mugiye mukatubera imboni nta muturage n’umwe wakongera kugaruka hano”.

    Stephanie, umwe mu bafashwe yarenze ku mabwiriza avuga ko bamufashe basanze atambaye neza agapfukamunwa, ati “Icyorezo kimeze nabi kuko kigira ingaruka ku bantu benshi no ku baturanyi, tukaba dusabwa kwirinda no kwambara agapfukamunwa neza. Abandi baturage ngiye kubabwira bage bambara neza agapfukamunwa”.

    Bizimana Innocent wafatiwe mu Matyazo mu murenge wa Ngoma ari kumwe na bagenzi be bari kugenda ari igikundi barimo n’abatambaye agapfukamunwa avuga ko abatubahiriza amabwiriza yo kwirinda coronavirus babiterwa n’uko baba batekereza ko iki cyorezo ari baringa.

    Ati “Abasuzugura amabwiriza babiterwa no kumva ko iki cyorezo kitari real, ariko icyo nababwira ni uko iki cyorezo kiriho”.

    Muri aba baturage barajwe muri sitade abaganiriye n’itangazamakuru bavuga ko kuba barajwe muri sitade batabyinubira kuko ngo byabafashijwe kongera kwisuzuma, bafata ingamba yo kujya gukangurira bagenzi babo kubahiriza neza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

    Kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda mu kwezi kwa Werurwe abamaze kucyandura bose hamwe ni 2022, abakize ni 1106, abakirwaye ni 911 mu gihe abo kimaze guhitana ari batanu (5).

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Huye-Abarenga-250-barajwe-muri-Sitade-nyuma-yo-gufatwa-barenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-Covid-19

  • Covid-19: Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryongeye kuburira umugabane w’afurika. #rwanda #RwOT

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryihanangirije ko koroshya imipaka ya Covid-19 bishobora gutuma byongera kubaho kandi yasabye leta za Afurika gushimangira ibizamini no gukurikirana amakuru.

    Umuyobozi wa OMS mu karere, Dr Matshidiso Moeti yavuze ko ibihugu by’Afurika bigomba kwibuka ko “nta muntu n’umwe ufite umutekano kugeza igihe twese tuzaba dufite umutekano”.

    Kuri uyu mugabane umubare w’ubwandu bwanduye kuri ubu ugera ku 900.000 kandi ibihugu bimwe na bimwe byatangiye koroshya ingamba zo kwirinda.

    Abandi, kimwe na Maroc, bongeye kugarura uburyo bwa gumamurugo nyuma y’abarwayi bongeye kugaragara.

    Ku wa kane, Dr Moeti yagize ati: “Mu gihe Afurika yenda kuzuza abarwayi miliyoni, umugabane uri ku mwanya w’ingenzi.”

    Yavuze ko ibihugu bitanu byagize hafi 75% by’abarwayi bose bo muri Afurika.

    Nk’uko ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara kibitangaza, abagera kuri batatu kuri bane muri bane bavuzwe ko bapfuye ndetse n’impfu ku mugabane wa Afurika bagaragaye muri Afurika y’Epfo, Misiri, Nijeriya, Alijeriya na Sudani.

    The post Covid-19: Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryongeye kuburira umugabane w’afurika. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/covid-19-ishami-ryumuryango-wabibumbye-ryita-ku-buzima-oms-ryongeye-kuburira-umugabane-wafurika/

  • Abapasiteri babiri twigeze gusambana nibo banteye umwaku batuma mbura umukunzi #rwanda #RwOT

    Nitwa Nshuti Samantha. Ubwo nari mfite imyaka 21 nakundanye n’umuhungu, urukundo rwacu rwari rwiza kandi ari rwinshi cyane, rwari rwa rukundo ruba rumeze nk’inzozi. Twaje gupanga kubana habura amezi make ngo dutangire imyiteguro y’ubukwe, umusore yaje kunshika ndamubura neza neza aho muboneye arambwira ngo yabivuyemo kandi twembi twarakoraga, ubushobozi bwo gukora ubukwe twari tubufite. Ni gutyo twatandukanye nta kintu na kimwe dupfuye. Byahise bimbera amayobera cyane, nza kuganira n’umubyeyi umwe ambwira ko bene ibyo bintu bijya bibaho ko nawe byamubayeho agatandukana nabasore 3 bendaga kubana, ubukwe bukajya bupfa kandi nta kintu bapfuye, ambwira ko gusenga ari cyo cyabikuyeho noneho akaza kubona umugabo. Ubwo nanjye nahise nyoboka iy’urusengero ntangira gusenga. Nagiye m’urusengero rwari hafi yanjye, rwari rwegereye aho nari ntuye, mpasanga umupasiteri mubwira ikibazo cyanjye anyizeza kunsengera kigakemuka. Ubwo nabaye umuyoboke w’urwo rusengero ndetse ninjira muri choir. Uwo mu pasiteri yakomeje kujya ansengera nyuma aza kumenya aho ntuye akajya aza kunsura tugasenga. Byagezaho dutangira kuba inshuti, yaza kunsura nkamutekera nkamufata neza nk’umukozi w’Imana. Igihe kimwe araza ndateka turarya, tumaze kurya turasenga ntegereza ko ataha ndaheba, iryo joro yararaye, turararana ndetse turanasambana kandi yari afite umugore n’abana ngo yari yabwiye umugore we ko ari burare mu masengesho. Nyuma y’uko dusambanye byahise biba nk’akamenyero buri uko ansuye tukabikora. Naje kubona ibyo bintu nta mugisha nzabikuramo, mpita mfata icyemezo cyo kwimuka ahantu nari ntuye njya gutura ahandi ndetse n’urusengero rw’uwo mupasiteri sinongera kurusubiramo. Nyuma yo kwimuka natangiye gusengera m’urundi rusengero, naho hari umupasiteri abantu bose bavugaga ko afite imbaraga nyinshi. Naho maze igihe gito mpasengera uwo mupasiteri yaje kunsura biba ngombwa ko turyamana kandi nawe yari afite umugore n’abana. Mu byukuri njye mbere ntambaraga zo kwifata nagiraga, iyo umugabo yankoraga ku mabere ubwo byabaga birangiye, kwifata byarananiraga nkumva mpise ngira ubushake bukabije bwo gusambana rero yaba abishaka nkamureka akabikora. Uwo mupasiteri nawe tumaze gusambana yatangiye kubigira akamenyero ndetse hakaba ubwo ambwira ngo musange k’urusengero ariho tubikore nkabyanga. Muri iyo minsi nibwo naje kubona ko ntazakomeza kubaho gutyo, mfata icyemezo ko ntamugabo nzongera kwemerera ko ankoraho, uwo mupasiteri nahise muhakanira ko ntazongera kuryamana nawe ndetse mpindura n’urusengero kuko narimaze kubona ko abo bapasiteri ari abatekamutwe. Kuva icyo gihe ntamugabo nongeye kuryamana nawe, gusa ikibabaje ni uko ntamuhungu wongeye kunsaba urukundo kugeza n’ubu ntamukunzi ndabona kandi hashize imyaka 10 nkaba nkekako abo bapasiteri babiri twasambanye ari bo banteye umwaku. Niyo mpamvu nshaka kugerageza amahirwe kuri uru rubuga nkareba ko nahakura umukunzi ufite gahunda kuburyo twakwibanira.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    source https://www.imbere.com/abapasiteri-babiri-twigeze-gusambana-nibo-banteye-umwaku-batuma-mbura-umukunzi/