Category: Uncategorized
-
Kigali: Polisi yafashe umugore ukekwaho kuranguza urumogi mu baturage #rwanda #RwOT
Ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kanama, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryafashe umugore w’imyaka 38 y’amavuko, afite udupfunyika 5,082 tw’urumogi yaranguzaga mu baturage. -
APR FC yatije Ntwari Fiacre muri Marines #rwanda #RwOT
APR FC yafashe icyemezo cyo gutiza uwari umunyezamu wayo wa gatatu, Ntwari Fiacre, muri Marines FC, kugira ngo azabone igihe gihagije cyo gukina. -
Abaturage amagana i Madrid bagiye mu myigaragambyo bamagana udupfukamunwa #rwanda #RwOT
Abantu babarirwa mu magana kuri iki cyumweru tariki 16 Kanama 2020 bakoze imyigaragambyo I Madrid ho mu gihugu cya Espanye, bamagana ikoreshwa ry’agapfukamunwa n’andi mategeko n’amabwiriza byashyizweho na Leta mu kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Aba baturage ba Espanye bagiye mu myigaragambyo, baririmba bavuga ko icyorezo cya Coronavirus kitabaho, ko imibare itangazwa ari ibinyoma, itabaho, ko udupfukamunwa twica aho gukiza.
Imyigaragambyo yakozwe, yitabiriwe b’ingeri z’abantu zitandukanye barimo n’abarwanya urukingo rwa Covid-19. Kwambara agapfukamunwa byatangiye kugirwa itegekomu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatanu uyu mwaka wa 2020, ku bagenda mu modoka zitwara abantu benshi. Nyuma bigirwa itegeko mu gihugu hose.
Iyi myigaragambyoibaye nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, ije nyuma y’iminsi ibiri Leta itangaje ingamba nshya zirimo n’ifungwa ry’utubari. Abantu barenga 342 800 ni bo bamaze kwandura COVID-19 muri Espanye naho abarenga 28 600 bamaze gupfa bazira iki cyorezo.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
source http://www.intyoza.com/abaturage-amagana-i-madrid-bagiye-mu-myigaragambyo-bamagana-udupfukamunwa/
-
Ibishingirwaho kugira ngo umusirikare w’u Rwanda azamurwe mu mapeti #rwanda #RwOT
Mu nzego za gisirikare, ipeti ni ikintu gikomeye cyane kuko nicyo gishingirwaho mu kazi, kuko umusirikare ufite ipeti ryo hejuru aba aruta ufite ipeti ryo hasi haba mu cyubahiro agombwa, umushahara n’inshingano ashobora guhabwa. -
Amafoto y’icyumweru: Moto zifite indangururamajwi zinjijwe mu kurwanya COVID-19 #rwanda #RwOT
Icyumweru kigana ku musozo cyaranzwe n’ibikorwa bitandukanye byubakiye ku gukomeza kunoza serivisi z’ubwikorezi aho abamotari batangiye gukoresha mubazi mu kwishyuza ingendo. -
APR FC yatije umunyezamu wa yo #rwanda #RwOT

Ikipe ya APR FC yamaze gufata umwanzuro wo gutiza umunyezamu wa yo Ntwari Fiacre mu ikipe ya Marines.
Ntwari Fiacre ni umunyezamu wakuriye mu irerero rya APR FC aza kuzamurwa muri APR FC nkuru muri 2018, gusa ntiyabonye umwanya wo gukina.
Ni umunyezamu wagaragaza impano dore ko ari n’umunyezamu wa mbere w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23.
Nyuma yo kutabona umwanya uhagije wo gukina mu ikipe ya APR FC, iyi kipe yafashe umwanzuro wo kumutiza mu ikipe ya Marines umwaka w’imikino wa 2020-2021 kugira ngo bimufashe kuzamura urwego rwe nk’uko umunyamabanga wa APR FC yabitangarije urubuga rw’iyi kipe.
Ntwari Fiacre yatijwe muri Marinessource http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yatije-umunyezamu-wa-yo
-
Sarpong yakoreye umukunzi we isabukuru y’amavuko, amuha impano itangaje #rwanda #RwOT

Ku mugoroba w’ejo hashize, rutahizamu w’umunya-Ghana wahoze akinira Rayon Sports, Michael Sarpong yafashije umukunzi we, Djazila kwizihiza isabukuru y’amavuko, amuha impano y’ifoto nini ishushanyijeho isura y’uyu mukowa.
Mu minsi ishize ni bwo ni bwo Sarpong yatangarije ISIMBI ko afite umukobwa w’umunyarwandakazi bakundana ndetse yizeye ko yazamubera mama w’abana be.
Michael Sarpong akaba ari mu rukundo na Djazila ukoresha amazina ya La_reine_djanca ku mbuga nkoranyambaga.
Ku munsi w’ejo ku Cyumweru tariki ya 16 Kanama 2020, Sarpong yazirikanye umukunzi we amwifuriza isabukuru nziza.
Hari hateguwe mu isura nzizaNi ibirori byari byateguwe neza, mu isura ibereye ijisho byabereye mu Busitani bwa Mera Neza buherereye i Nyamirambo, ni ahantu hatuje akenshi hagendwa n’abakundana bashaka kuganira bisanzuye kandi hatuje.
Hari hateguye n’ifoto y’uyu mukobwa ishushanyije nk’impano yageneye umukunzi we.
Ni ibirori byitabiriwe n’umutoza wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier, abakinnyi nka Mbogo Ally na Habimana Hussein inshuti za Sarpong, hari kandi n’inshuti za Djazila.
Byari ibyishimo kuri Sarpong n’umukunzi we
Impano yahaye umukuzi we -
COVID-19: Kigali hafunzwe amasoko abiri acururizwamo ibiribwa. #rwanda #RwOT
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bufatinije n’inzego z’ubuzima zishinzwe kurwanya no gukumira ikwirakwira rya coronavirusi bamaze gutangaza ko amasoko 2 arimo iryo mumugi(Kigali city market) ndetse nirizwi nko kwa mutangana nyabugogo abaye afunzwe.
Ibi bibaye nyuma yuko mu minsi ibiri ishize Hari habonetse umubare munini w’abarwayi ba coronavirusi Kandi abenshi murabo bakaba baragiye bakurwa muri aya masoko abiri nkuko inzego z’ubuzima zibitangaza muri raporo yazo isohoka buri munsi.
mu itangazo rivuga ibyifungwa ry’amasoko hemejwe ko abayakoreramo bakomeza gupimwa.Ibi bibaye Kandi nyuma yuko hagiye hagaragazwa amashusho atandukanye agaragaza uburyo mu masoko amwe namwe ya hano mu Rwanda abayagana basa nabadohotse mu gukaza ingamba zo kurwanya ikwirakwira rya coronavirusi harimo nko gukaraba intoki n’amazi meza, kwambara agapfukamunwa ndetse no guhana intera hagati y’umuntu nundi.
Iyu mwanzuro Kandi uje nyuma y’itangazo ryasohowe n’umujyi wa Kigali ufatinije n’inzego z’ubuzima ukura muri gahanda ya guma murugo imidugudu yo mu kagari ka tetero haherereye isoko benshi bazi nka marathon.
The post COVID-19: Kigali hafunzwe amasoko abiri acururizwamo ibiribwa. appeared first on KASUKU MEDIA.
source https://kasukumedia.com/covid-19-kigali-hafunzwe-amasoko-abiri-acururizwamo-ibiribwa/
-
Abakobwa 20 babonye itike yo guhatanira kuvamo Miss Tanzania 2020 – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Abakobwa 20 b’ubwiza, ubwenge n’umuco bemerewe guhatanira ikamba rya Miss Tanzania iri kuba ku nshuro ya Gatanu. -
Tonzi yasohoye indirimbo ‘Gumana nanjye’ nyuma y’iminsi micye ahize abahanzi bose bo mu Rwanda-VIDEO – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT
Uwitonze Clementine (Tonzi) yasohoye indirimbo yise ‘Gumana nanjye’ yasohokanye n’amashusho yayo yatunganyijwe na David Pro. Ashyize hanze iyi ndirimbo nyuma y’iminsi micye yegukanye igikombe nk’uwahize abandi bahanzi bose bo mu Rwanda mu irushanwa MNI. Ni nyuma kandi y’igihe gito akoze igitaramo ‘Hejuru ya byose Worship Avenue Live concert’.