Category: Uncategorized

  • Kamonyi: Bakomorewe kujya no kuva Kigali ariko nta ngamba zo kwirinda Coronavirus zihari #rwanda #RwOT

    Abaturage ba Kamonyi by’ubwihariko igice cy’Umurenge wa Runda guhera ku gicamunsi cy’uyu wa 28 Kanama 2020 bahawe imodoka zisanzwe zihakora kuri Linye( ligne) Nyabugogo, Ruyenzi-Bishenyi. Ikibazo gikomeye mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus gishingiye ku kuba abagenzi kuva wambutse hakurya ya Nyabarongo, Kamuhanda na Ruyenzi nta buryo bw’ubwirinzi.

    Uwabirebera mu ruhande rumwe yavuga ko kurekura izi modoka zikava mu mujyi wa Kigali zikambuka Nyabarongo, Kamuhanda na Ruyenzi byaba byakozwe mu buryo bunyuranije n’amabwiriza y’inama y’abaminisitiri avuga ko ingendo hagati y’umujyi n’izindi ntara zibujijwe ku modoka zitwara abagenzi mu buryo rusange.

    Ku rundi ruhande na none, umuntu yanavuga ko iki ubwacyo atari ikibazo kuko no muri gahunda ya Guma mu rugo iheruka niko byagenze, ubwo byavugwaga ko ingendo zihuza umujyi wa Kigali n’izindi ntara ndetse n’intara ku zindi zibujijwe ariko Linye(ligne) y’imodoka Nyabugogo, Ruyenzi, Bishenyi igashyirwaho. N’ubu niko byagenze aho kuri iki gicamunsi cya tariki 28 Kanama 2020 iyi linye yahawe imodoka zitwara abagenzi kuva no kujya Nyabugogo mu mujyi wa Kigali kuko ejo zakoze igice gito cy’igitondo.

    Ubwo kuri uyu wa 27 Kanama 2020, hasohokaga itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri rivuga ko ingendo mu modoka rusange ziva cyangwa zijya mu mujyi wa Kigali zitemewe mu kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus, imodoka zari zisanzwe zitwara abagenzi kuri Linye(ligne) Nyabugogo – Bishenyi ntabwo yakoze kuko ubusanzwe yaba inyuranije n’aya mabwiriza.

    Abagenzi bava mu majyepfo imodoka zirabafata cyangwa zikabasiga ku kamonyi ahazwi nko ku masuka, mbese nk’uko ubushize byari bimeze, aho na Bariyeri ya Polisi yari hirya gato ya Kamiranzovu kuri sitasiyo ya M. Meru yahasubijwe.

    Icyo ibi bisobanuye ni uko kuva aho iyi Bariyeri ya Polisi iherereye ugaruka Kigali habarwa nk’agace kari mu mujyi wa Kigali nkuko ubushize ubuyobozi bwabisobanuraga, aho icyo gihe kuharenga byafatwaga nko kuva cyangwa kujya mu gice cy’umujyi wa Kigali cyangwa se cy’intara y’amajyepfo.

    Ku baturage ba Runda, benshi kuko basanzwe bakorera imirimo yabo mu mujyi wa Kigali, bavuga ko basubijwe kuko ku munsi w’ejo ubwo izi Modoka za Kampuni ya RFTC zikora kuri iyi linye zitakoraga, abamotari bacaga ayo bashaka ku buryo kuva Ruyenzi ujya Nyabugogo batatinyaga guca ibihumbi bibiri nyamara ubusanzwe ari hagati ya 500-700 bitewe n’umumotari ushoye cyangwa se uwo ukuye Ruyenzi.

    Ku rundi ruhande, nubwo hishimirwa kuba izi modoka zongeye gukora, harananengwa ko uburyo zikoramo budafasha mu gukumira icyorezo cya Coronavirus, ko ahubwo bwakorohereza ikwirakwiza(zwa) kuko nta hantu ho gukarabira ku gice cya Runda hateganijwe, abagenzi ntawe ubazwa ya miti ifasha mu gusukura intoki izwi nka hand sanitizer cyangwa se ngo bene Kampuni babe bayiteganirije abagenzi binjira mu modoka bityo birinde banarinda abandi. Aha ni igihe kuri iki gicamunsi, izi modoka zari zigeze ku Ruyenzi kuri ligne zisanzwe zihagararaho.

    Biteye impungenge ku ikwirakwizwa ry’iki cyorezo mu gihe harekuwe izi modoka ziva zikanajya mu mujyi wa Kigali nyamara nta buryo bw’ubwirinzi bwateganyirijwe abagenzi bakoresha izi modoka, by’umwihariko Ruyenzi na Kamuhanda. Abemeye ko izi modoka zambuka zigana ahasanzwe hafatwa nko mu Ntara y’amajyepfo, bakabaye babanje gutekereza ku kurinda abaturage, naho ubundi ikibazo ni ese ingaruka z’iki cyorezo kitarinzwe aba baturage zizabazwa nde?

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RfZ0Rc

  • Masenge yambeshye ko ninca imyeyo nzabona umugabo byihuse none naragumiwe ndashaka umukunzi. #rwanda #RwOT

    Nitwa Irasubiza Bernardine mfite imyaka 32. Kuva nkiri muto masenge yambwiye ko kugira ngo umukobwa yubake urugo rwiza, no kugira ngo rukomere agomba kubitozwa. Nicyo cyatumye antoza byinshi byerekeranye no gufata neza umugabo, ndetse no gutoza umubiri wanjye kunezeza umugabo. Ntabwo byari byoroshye na busa ariko bitewe n’uko numvaga ari inyungu zanjye bwite byose narabikoze. Yambwiye ko nindinda ubusugi bwanjye ndetse nkaca imyeyo nzabona umugabo byihuse none naragumiwe byumvikana ko yambeshye. Ubu rero ndi kugerageza amahirwe ngo ndebe ko hari umusore wakwemera kunkunda akankura ku ishyiga. Niba ahari anyandikire inbox.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Masenge yambeshye ko ninca imyeyo nzabona umugabo byihuse none naragumiwe ndashaka umukunzi. first appeared on UMWUNGERI.RW.
    http://dlvr.it/RfZ0Q6

  • Three perish in deadly Rwamagana accident #rwanda #RwOT

    The Eastern Province Police Spokesperson for the Eastern Province, CIP Twizeyimana Hamdun, told IGIHE that the accident happened around 5.30 pm when a Jeep Toyota Prado that was heading from Nyagatare to Kigali hit a cyclist identified as Alphonse Habimana in Rwamagana town.

    The Prado collided with an Actros Mercedes Benz before killing a taxi moto rider and his passenger.

    The driver of the Prado identified as Etienne Ruzindana was trying to escape from police after he made a hit and run on a cyclist who luckily cheated death.

    The car later lost the balance and hit the tree on the roadside, leaving the driver in critical condition.

    One of five persons he was carrying identified as Aloys Niyonzaba died in the accident while others were seriously injured.

    Police Spokesperson said that the accident wouldn’t have been as fatal as it was had the driver not tried to escape.

    “The police stopped the driver after hitting the cyclist but he opted to escape and I don’t think he was running against the clock to stick to curfew hours because he would have reached on time without considering going at the highest speed,” CIP Twizeyimana said.

    The driver who caused the accident was immediately transferred to Kanombe Military Hospital for treatment.

    The bodies of the deceased were taken to Rwamagana Hospital for autopsy tests; while those who were injured during the accident were hospitalized at Rwamagana Hospital.

    Three people were killed in an accident that took place at Plage Village in Nyarusange Cell in Muhazi Sector

    Nicole Kamanzi M.

    source https://en.igihe.com/news/article/three-perish-in-deadly-rwamagana-accident

  • Umuntu wa 16 icyorezo cya Covid-19 kiramujyanye #rwanda #RwOT

    Imibare mishya kuri Covid-19 nkuko itangazwa na Minisiteri y’ubuzima y’uko iki cyorezo kiriwe gihagaze mu masaha 24 y’uyu wa 28 Kanama 2020, igaragaza ko umuntu umwe yapfuye azize iki cyorezo, ari nawe wiyongera kuri 15 basanzwe bakaba 16, mu gihe mu bipimo 5,159 byafashwe none habonetsemo abantu 70 bakirwaye.
    Dore uko imbonerahamwe y’imibare igaragaza uko iki cyorezo kiriwe cyifashe iteye;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/umuntu-wa-16-icyorezo-cya-covid-19-kiramujyanye/

  • Perezida Museveni yashyizeho umunsi wo gusengera Covid-19 #rwanda #RwOT

    Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yatangaje ko ejo ku wa gatandatu tariki 29 Kanama 2020 ari umunsi Igihugu cyose kizasengera icyorezo cya coronavirus.

    Perezida Museveni, yavuze ko yagize iki gitekerezo akivanye ku muturage wa Uganda ufite “ibyo yeretswe n’Imana”.

    Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Museveni yagize ati: “Imana yamweretse ko nkwiye gutegura umunsi w’amasengesho mu gihugu hose, ateguwe neza, kugira ngo Imana idukize Covid-19…”.

    Akomeza ati “Ntangaje ko tariki 29/08/2020 ari umunsi w’amasengesho y’Igihugu n’umunsi w’ikiruhuko. Muzagume mu nzu cyangwa mu ngo zanyu, musenge”.

    Uganda kugeza ubu nkuko BBC ibitangaza, imaze kugira abantu 2,679 basanzemo coronavirus, 28 muri bo imaze kubica.

    Photo/Newz.ug

    intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/perezida-museveni-yashyizeho-umunsi-wo-gusengera-covid-19/

  • Pastor M. Gaudin yasohoye indirimbo nshya yise “Bishyitse” #rwanda #RwOT

    Umupasiteri Mutagoma Gaudin ubarizwa mu itorero rya New Jerusalem Church yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Bishyitse’ yanditse agamije kwibutsa abizera Imana ko bakwiye gusenga ntibacogozwe n’ibyo bacamo, ahubwo bakiringira Imana.

    Muri iyi ndirimbo hagaragaramo icyanditswe cyo muri Bibiliya Abafilipi 4:6 havuga ngo “Ntimukagire icyo mwiganyira ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n’Imana, mubisabiye mubyiringiye, mushima”.

    M. Gaudin yabwiye INYARWANDA ko yanditse iyi ndirimbo abitewe n’umutwaro yari afite wo gusengera abandi. Ati “Nanditse iyi ndirimbo mbitewe n’umutwaro wo gusengera abandi. Muri ubu buzima abantu bafite ibintu byinshi bikenera ubutabazi bw’Imana. Nubwo ari indirimbo ni n’isengesho ryamvuye ku mutima”. Umuhanzi Pastor M. Gaudin arimo kuramya Imana

    Yakomeje agira ati:”Ikindi ni ukwibutsa abizera ko bakwiye gusenga ntibacogozwe n’ibyo bacamo, ahubwo bakwiye kwiringira Imana”. Yavuze icyifuzo cye ku muntu wese wumva cyangwa uzumva iyi ndirimbo ye nshya yise ‘Bishyitse’, ati “Ndifuza ko uzayumva yamubera ubuhanuzi, ndetse Imana igasohoza amasezerano ku buzima bw’abazayumva”.

    Pastor M. Gaudin yavuze ko nyuma y’iyi ndirimbo ye nshya afite gahunda yo gukomeza gukora n’izindi ndirimbo zinyuranye. Ni indirimbo zizaba ziri kuri Album ye ya kabiri. Yagize ati “Mfite gahunda yo gukomeza ivugabutumwa rikorewe mu ndirimbo, nkaba ndimo gukora indirimbo zizajya kuri Album yanjye ya Kabiri, ndetse no gukora amashusho y’izindi ndirimbo”.

    Video y’indirimbo “Bishyitse” wayisanga hano:

    Source: inyarwanda.com

    Vestine@agakiza
    http://dlvr.it/RfWLdd

  • Inzoga zizajya zihabwa abatumije ibiryo gusa: Ibikubiye mu mabwiriza ya RDB kuri za hoteli na restaurants #rwanda #RwOT

    Nyuma y’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 26 Kanama, Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere,RDB cyasohoye amabwiriza mashya agenga uburyo ibikorwa by’ubukerarugendo,inama, amahoteli na restaurants bizakorwa muri ibi bihe bya Covid-19. Arimo n’abwira ba nyiri-amahoteli na restaurants ko bamerewe gutanga inzoga gusa ku bantu bicaye bategereje ibyo kurya.
  • Umusore twari tugiye kubana yitabye Imana habura umunsi umwe ngo ubukwe bube none nkeneye umukunzi. #rwanda #RwOT

    Nitwa Niyotwizera Kezia (Ketty) mfite imyaka 27. Mu mwaka wa 2017 nibwo nakoze ubukwe nsezerana n’umusore mu murenge, icyo gihe hari kuwa Kane, gahunda yo gusaba no gukwa iteganyijwe kuwa Gatandatu hamwe no gusezerana mu rusengero. Numvaga ari umunsi uzaba mwiza kurenza indi y’ubuzima bwanjye bwose. Ariko siko byaje kugenda ahubwo byambereye umunsi mubi w’ubuzima bwanjye bwose. Uwo musore tugitangira gukundana, abantu benshi ntamahirwe babihaga, abandi bakamumbuza ngo arambeshya. Ibyo ahanini babiterwaga n’uko yari umusore w’umukire uvuka muri family ikomeye, kandi njye mvuka muri family isanzwe, byongeye ntakazi nari mfite kuko nibwo nari nkirangiza kwiga kaminuza. Ubwo rero ababonaga turi kumwe baravugaga ngo umusore nk’uwo ntiyankunda ahubwo arashaka ko turyamana gusa maze agahita andeka. Uwo munsi dusezerana mu murenge byari ibyishimo bikomeye cyane kuri twembi no ku miryango yacu, kuri njye numvaga bisa nk’inzozi kuko nari nsezeranye n’umuntu nkunda n’umutima wanjye wose, kandi nari nsinze igitego kuko benshi bibwiraga ko atankunda uwo munsi barabibonye ko ankunda by’ukuri kuko yanahise ampa impano y’imodoka nziza kandi dusezerana kuvanga umutungo bituma imitungo ye yose nyigiraho uruhare. Ibyo byishimo rero ntibyaje kuramba kuko umunsi wakurikiyeho umukunzi wanjye yakoze impanuka ahita yitaba Imana. Umunsi twari kubanaho niwo twamushyinguyeho, umunsi byari byitezweho ko uzaba uw’ibyishimo uba uw’amarira n’imiborogo. Icyo ni ikintu cyambabaje cyane mu buzima bwanjye kuburyo numvaga nanakwiyahura, ariko Imana yaramfashije mbasha gukomera muri ibyo bihe bitoroshye. Ubu rero sinavuga ngo umutima wanjye wasubiye mu gitereko, gusa ndabizi ko aribwo buzima kuko nanjye igihe nikigera nzitaba Imana, niyo mpamvu ibyambayeho nshaka kubirenza amaso, nkashaka umukunzi. Ndashaka umuntu twakundana by’ukuri bizira uburyarya tukabana, umuntu ufite urukundo rwa nyarwo kandi azi gutetesha k’uburyo azabasha kumfasha kongera kwigirira icyizere.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Umusore twari tugiye kubana yitabye Imana habura umunsi umwe ngo ubukwe bube none nkeneye umukunzi. first appeared on UMWUNGERI.RW.

    source https://www.umwungeri.rw/umusore-twari-tugiye-kubana-yitabye-imana-habura-umunsi-umwe-ngo-ubukwe-bube-none-nkeneye-umukunzi/

  • Umugabo wanjye yakatiwe gufungwa igihe kirekire cyane niyo mpamvu ndi gushaka umusore twakwibanira. #rwanda #RwOT

    Nitwa Gwiza Chanceline mfite imyaka 26. Umugabo wanjye twabanye mfite imyaka 20 we yari mukuru kuko yandushaga imyaka 11. Yari umugabo mwiza w’umutima mwiza, igihe cyose twabanye ntiyigeze ambwira nabi cyangwa se ankubite, yaranteteshaga cyane, ibyo nashakaga byose yarabimpaga. Ikintu cyatumaga mukunda cyane n’uko yakundaga kunganiriza akansetsa, iyo twabaga turi kumwe nta rungu nagiraga, ahubwo wasangaga turi gukina nk’aho turi ababyara. Kuva twabana nabonaga azi ubwenge cyane afite ibitekerezo bizima, ninawe wangiriye inama yo gutangira ubucuruzi, ndetse anabimfashamo ubucuruzi bwanjye butera imbere burakomera. Mu by’ukuri n’ubwo kumurebera inyuma yari umuntu mwiza utuje w’inyangamugayo, ariko imbere muri we yari umunyamanyanga ndetse akaba umunyabinyoma uteye ubwoba. Akazi yakoraga ntabwo nari nkazi ariko we yari yarambwiye ko ari maneko, ninayo mpamvu iyo yatahaga afite imbunda ntabwo nabitindagaho, cyangwa se yaba atashye bwije cyane, ubundi ntanatahe nkumva ko ari mukazi. Kumbi yari yarambeshye ahubwo yari umujura ruharwa babandi bibisha intwaro, ubwo rero nyuma yaje gufatwa mbanza kugira ngo baramubeshyera ariko ibyavugiwe mu rukiko mu rubanza rwe byatumye ntangara cyane nibaza niba uwo muntu ari we twabanaga mu nzu biranyobera. Kuko nubundi twamenyanye aribwo agisohoka muri gereza ahamaze imyaka hafi 10, ariko we yambwiraga ko aturutse muri America ariho yabaga. Ubwo rero numvise ibyaha bamurega numva birandenze ndetse n’ubwoba burantaha. Ibyaha aregwa byaramuhamye ndetse akatirwa gufunga burundu bitewe n’uko bitari ubwa mbere afungirwa icyo cyaha. Ibyo rero nibyo byatumye mfata umwanzuro wo gusaba gatanya ubu ndashaka umuntu twakundana tukibanira.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Umugabo wanjye yakatiwe gufungwa igihe kirekire cyane niyo mpamvu ndi gushaka umusore twakwibanira. first appeared on UMWUNGERI.RW.

    source https://www.umwungeri.rw/umugabo-wanjye-yakatiwe-gufungwa-igihe-kirekire-cyane-niyo-mpamvu-ndi-gushaka-umusore-twakwibanira/

  • Peace afite imyaka 34 arashaka umuhungu cyangwa umugabo bakundana bakabana. #rwanda #RwOT

    Nitwa Kamusime Peace mfite imyaka 34 nkaba ndi umumama w’umwana umwe w’umukobwa ufite imyaka 9. Umugabo twamubyaranye twaratandukanye bitanturutseho kuko twari tubanye neza nta kibazo twari dufitanye. Gusa twari tubayeho ubuzima bubi bw’ubukene, njye nari narize ariko ntakazi nari mfite, we yari umumotari kandi moto yatwaraga ari iyacu amafaranga yarayakoreraga ariko akayanywera ugasanga mu rugo ntakintu adusigiye. Igihe cyaje kugera noneho umuntu umwe amubwira ko muri Sudan y’Epfo hariyo imikorere, bituma umugabo wanjye agurisha ya moto, amafaranga ayajyanayo kugira ngo ayagire igishoro arebe ko yakwiteza imbere. Abimbwira ko agiyeyo numvaga ari igitekerezo cyiza, ariko icyantunguye n’uko atigeze agaruka, ahubwo haciyemo amezi make ahita antumaho umuntu ambwira ngo yishakiye undi mugore nanjye nzishakire undi mugabo. Icyo gihe bitewe n’uko ari we nari nizeye nahise mera nk’aho ijuru ringuyeho, numva birancanze mbura hepfo mbura ruguru. Haciyemo iminsi naje kwigira inama yo kugurisha ubutaka nari mfite iwacu mu cyaro, amafaranga nkuyemo nyagira igishoro nshinga igarage rikora imodoka, ntangira ari ibintu byo gupfundikanya ntanibikoresho bihagije mfite, ariko nza kugira amahirwe birampira amafaranga ndayabona igarage ryanjye riraguka. Ubu rero muri njye maze gutuza ndumva aricyo gihe cyo kuba nashaka umugabo, niyo mpamvu ndi hano nshaka kuganira n’umusore cyangwa umugabo wumva twahuza tugatangira urukundo rufite intego.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Peace afite imyaka 34 arashaka umuhungu cyangwa umugabo bakundana bakabana. first appeared on UMWUNGERI.RW.

    source https://www.umwungeri.rw/peace-afite-imyaka-34-arashaka-umuhungu-cyangwa-umugabo-bakundana-bakabana/