Category: Uncategorized

  • Gutera akabariro , gusomana birambuye nka bimwe mu byiganje muri Filime Nyarwanda ‘My Aunt’ yahagurukije benshi. #rwanda #RwOT

     

    By EMMMYSON BAKUNDA

    Itsinda ry’abakinnyi b’abahanga muri sinema ,bakomeje gukurura benshi bashishikajwe n’ibikorwa byabo biri gufata indi ntera yo ku rwego rw’Afurika, Aha ariko bigaterwa n’imitegurire idasanzwe mu Rwanda , amashusho akoze ku rwego mpuzamahanga, imikinire itajenjetse nk’uko byakunze kugaragara mu film zo mu Rwanda.

    Nyuma yo guhuza ubuhanga bwabo n’inkuru ifite ireme byatumye Filme yabo iza muzambere zarebwe cyane mu Rwanda doreko imwe murizo yarebwe n’abarenga ibihumbi Magana arindwi (750k Views) kuri ku rubuga rwa youtube kuri Channel ya Talentu Tv.

    Iyi Filime yiswe ‘House Girl And My Son’  irimo inkuru y’umusore ukunda umukozi w’Iwabo maze nyina akazabafata bari gusambana , nyuma y’Impano uyu mukobwa w’umukozi wo murugo yari ahawe bikamushimisha. Iyi Film kuko ikoranye n’amagambo yo mu Cyongereza bituma benshi bayisobanukirwa neza , byatumye irebwa cyane henshi muri Afurika maze inatangwaho ibitekerezo birenga 500 byabifuza ibindi bice byayo.

    REBA My AUNT Episode 1 English subtitles || UBUMANZI

    Zenc Film iri kuzana impinduka muri sinema Nyarwanda , ubu iri gufatwa nk’iyoboye izindi mu gihugu , nk’uko amarangamutima y’abantu bari gukurikira Filime y’uruhererekane nshya Bise ‘My Aunt’ nayo ifite amagambo yo mu Cyongereza (Subtitles) bari kubigaragaza mu bitekerezo bari gutanga.

    REBA Filime My AUNT Episode 5 English subtitles || UBUMANZI

    Ubu iyi Filime “My Aunt” igeze ugace ka 5.

    Twifuje kumenya ibanga aba bakora izi Filime bakoresha maze Producer Enizenc adusubiza agira Ati: “Filime n’ikintu umuntu ajya gukora akabanza akacyitondera , twe ibanga ntarindi n’uko dutegura neza twitonze , ibyo tuba tugiye kwereka abantu, dufite ibikoresho kabuhariwe , abakinnyi bumva neza ibyo barimo , ndetse n’imyandikire yinkuru zikenewe muri Sosiyete.”

    Iyi film ishingiye ku nkuru y’umusore uza gusura uncle we mu biruhuko, maze uncle akagira ubutumwa bw’akazi kure, akahasiga wa musore ariko umugore wa uncle ntamworohere bakisanga basigaye baryamana, mugihe n’uyu musore uba witwa Arno  aba afite umukunzi.

    Reba Filime HHouse Girl And My Son | Rwandan Short Movie yarebwe nabenda kugera kuri miliyon bari hirya no hino kw’Isi.

    Barasomana kugeza naho bakoze imibonano y’abakuze ntacyo bibabwiye cyangwa bikanga.
    Umusore Steven Kabayabaya ukina nka Arno.
    Ingabire Claudine nka Sister Jojo yagarutse no mugice cya 5 cya My Aunt.
    Naomi Tuyiringire ukina nka Joseline muri iyi filime ikunzwe na benshi mu Rwanda no hanze yaho , doreko ifite na Subtitles.
    Longin IRUNGA usanzwe ari icyamamare muri sinema Nyarwanda.
    Igihozo Nshuti Mireille ukina Nka Jojo muri iyi Filime My Aunt.

    KANDA HANO UKORE LIKE KURI FACEBOOK PAGE YACU YA INGINGO.COM

    KANDA HANO UKORE SUBSCRIBE KURI YOUTUBE CHANEL YACU YA INGINGO TV

    Share on:

    WhatsApp

    The post Gutera akabariro , gusomana birambuye nka bimwe mu byiganje muri Filime Nyarwanda ‘My Aunt’ yahagurukije benshi. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • (Mama yaranyitangiye arapfa ndarokoka) Inkuru y’agahinda k’ubuzima bw’inzitane umuraperi Fireman yanyuzemo. #rwanda #RwOT

     

    By admin

    Umuraperi Fireman yavuze byinshi ku nkuru ye iteye agahinda byiganjemo kubura ababyeyi akiri muto , aho mu kuvuka kwe hagati ye nyina hagombaga kubaho umwe , maze bikarangira uyu Uwimana Francis (Fireman) abayeho nyina agapfa. Kubura ababyeyi akiri muto byatumye akurira mu bibazo.

    Uyu muraperi uherutse gutera ivi akambika impeta umukunzi we bitegura kurushinga, ubundi yavutse mu mwaka wi 199. Ubwo bari bamutwite, se yitabye Imana hashize igihe gito nawe aravuka ariko kubera ukuntu nyina yari amerewe nabi , byasabye ko hagati y’umwana na nyina hasigara umwe , maze atakaza ababyeyi bombi atyo bituma atangira gukurira mu miryango igiye itandukanye.

    Ubwo yari ageze muwa kabiri wayisumbuye , umubyeyi wundi wamureraga nawe yaje kwitaba Imana. Icyo gihe kuko yiganaga na Jay C bari n’inshuti cyane magara , niho yahise ajya kuba.

    Aha yahahuriye n’urungano rukunda umuziki rwarimo uyu Jay C ndetse na Bull Dog wari waramaze kwinjira mumuziki kandi ari n’umuturanyi wabo.

    Bimwe mu byaranze imibereho ye impano , ubushobozi , n’ibindi yanyuzemo.

    Uyu muraperi avuga ko yakinnye Football nk’umunyezamu, gusa indoto ze ntiyabashije kuzigira impamo kubera amikoro yatumye kubona ibikoresho byo gukinisha byaramubereye ikibazo gikomeye cyane.

    Usibye Football yagerageje gukina na karate, avuga ko yari umuhanga kuko yigeze gutoranywa mu ikipe y’Igihugu y’abato.

    Nyuma yo kwegukana umukandara w’icyatsi muri uyu mukino, Fireman ntiyabashije gukomeza kuko yavuye ku kigo yakiniragaho.

    Arangije amashuri yisumbuye nibwo avuga ko yisanze mu muziki, aba icyamamare, ibya karate na ruhago birangirira ku ishuri.

    Fireman avuga ko guhugira mu muziki, gutwarwa n’ubwamamare no kwinjira mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga, byahagaritse imyitozo yose yakoraga mbere.

    Uyu muhanzi avuga ko uwamuha kugira andi mahitamo atanyuza ubuzima bwe mu nzira bwanyuzemo.

    Yagize ati “Buriya bisa nkaho iri ariryo geno ryanjye. Ariko mbaye ndi uhitamo ntabwo nahitamo iyi nzira. Nakwiga nkarangiza na kaminuza. Nkishakira akazi ngatebeza nkajya mu buzima butandukanye no kumenyekana.”

    “Kumenyekana biragoye, byanyiciye ubuzima nubwo ntarirarenga. Mbaye ndi uhitamo sinahitamo guca iyi nzira. Nagerageza gushaka indi nzira ituma ntamenyekana.”

    Uyu muraperi yavuze ko ubuzima bwo kumenyekana bugorana kuko bisaba kwitwararika cyane.

    Ati “Hari benshi bakora ibirenze ibyo dukora ariko batamenyekana, twe ibyinshi batuvugaho baba banatubeshyera ariko nyine bitujya ku mutwe.”

    Yakomeje avuga ariko nanone ko aya mahitamo yose aterwa n’imyaka umuntu aba arimo. Ati ”Nko mu bwana byanze bikunze nahitamo kuba Fireman ariko ku myaka mfite simpamya ko aribyo nahitamo.”

    Fireman avuga ko gukurira mu buzima bw’ubupfubyi hari ingaruka zikomeye byamugizeho.

    Ati ”Umwana kumurera neza ni uguhozaho, umuntu iyo umweretse ikintu, ntumutware gisirikare bituma amenya ububi n’ubwiza ukamufatira umwanzuro nawe yiyumvamo. Njye rero mu buzima nakuze ntinya abantu bakuru, byangizeho ingaruka kuko hari igihe najyaga mbihisha nkajya kugerageza ibyo badashaka wenda bitari na byiza.”

    Agira inama abana b’imfubyi akababwira ko hari ubundi buryo Imana iba yaragennye bwo kuzagera ku nzozi zabo ariko bibasaba kubasha guhitamo neza kandi bagashyiramo imbaraga mu kuzikabya.

    Ati “Twese tuba twaravutse nk’abandi kandi Imana idukunda kimwe. Ikintu kibi kizakubaho ni wowe uzaba wakigizemo uruhare. Nuhitamo kubaho neza uzabaho neza, nuhitamo kubaho nabi niko uzabaho.”

    “Ibanga ni ukumenya inshuti ugira, ugahitamo inziza kuko zigusiga ibyiza byazo. Nuhitamo imbi nazo zizagusiga ibibi byazo. Kunda ibyiza kuko ibyiza nabyo bizagukunda binakuzire ubeho neza. Nuramuka ukunze ibibi nabyo bizagukunda binakuzire usange ubayeho nabi.”

    Umwaka utaha muri Mutarama, Fireman azaba yizihiza isabukuru y’imyaka 30. Naramuka ayizihije azaba aciye akagozi kuko imyaka ibiri yari ishize itariki ye y’amavuko igera afunze.

    Mu 2019, tariki 4 Mutarama zageze uyu muraperi ari kugororerwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa, muri uyu mwaka 2020, iyi tariki yamusanze afunze akurikiranyweho ibyaha byavugwaga ko yaba yarakoreye Iwawa.

    Share on:

    WhatsApp

    The post (Mama yaranyitangiye arapfa ndarokoka) Inkuru y’agahinda k’ubuzima bw’inzitane umuraperi Fireman yanyuzemo. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • Muri Rayon Sports byakaze / Bamwe batangiye kwirukanwa mu mazu / kubera akababaro Rugwiro yandikiye Sadate. #rwanda #RwOT

    By admin

    Agahinda ni kose kubabakinnyi ba Rayon Sports bandikiye ubuyobozi bwayo babumenyesha ko bafite ibibazo bibakomereye muri ibi bihe bya Coronavirus kubera kudahembwa, basaba gusubizwa mu kazi kuko iminsi igenwa n’amategeko yarenze.Rugwiro Yves yanditse ibaruwa y’amapaji 3 igenewe ubuyobozi bwa Rayon burimo Munyakazi Sadate.

    Muri Mata uyu mwaka nibwo Rayon Sports yahagaritse imishahara y’abakinnyi bitewe n’icyorezo cya Coronavirus.

    Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 1 Nzeri 2020, Kapiteni mushya wa Rayon Sports, Rugwiro Hervé, yandikiye Umuyobozi wayo, Munyakazi Sadate, amugezaho ibibazo bikomereye abakinnyi, bikwiye gukemurwa mu gihe hagiterejwe ko imikino isubukurwa.

    Muri iyi baruwa ndende y’amapaji atatu, Rugwiro yatangiye yibutsa ubuyobozi ko hashingiwe ku ngingo ya 21 y’Itegeko ry’Umurimo mu Rwanda ivuga ko “Isubikwa ry’amasezerano y’umurimo kubera impamvu z’ubukungu cyangwa iza tekiniki mu gihe gito, umukozi ntashobora gushyirwa mu gihe cyo kudakora ku mpamvu z’imirimo mike inshuro imwe cyangwa nyinshi mu gihe kirenze iminsi 90 mu mwaka umwe.”

    Yakomeje agira ati “Kuva mwabitumenyesha ntimurongera kutubwira mu nyandiko niba iki gihe cyararangiye cyangwa se kigikomeza dore ko byaba bihabanye n’icyo amategeko ateganya, bikazatuzanira imanza zitari ngombwa.”

    Mu ngingo ya kabiri n’iya gatatu y’ibaruwa, Rugwiro Hervé yavuze ko nk’abakinnyi bagitegereje imishahara yabo kuva muri Werurwe kugeza muri Kanama dore ko ngo hari amafaranga (agera kuri miliyoni 14 Frw) ikipe iheruka guhabwa na FERWAFA binyuze mu nkunga yatanzwe na FIFA muri ibi bihe bya COVID-19.

    Kapiteni wa Rayon Sports, Rugwiro yakomeje avuga ko hari abakinnyi ba Rayon Sports babayeho mu buzima bubi kubera ko badahembwa, bamwe barwaye bakabura uko bivuza mu gihe abandi basohorwa mu nzu kubera kutishyura ubukode.

    Ati “Mfashe uyu mwanya ngo nenge ku mikorere mwagaragaje ku bibazo tujya tubagezaho ariko na n’ubu ntawigeze agira icyo abikoraho. Natanga urugero rw’abakinnyi barwaye, bamwe mu bakinnyi babuze icyo kurya, imiryango yacu yarasuherewe, ku bakodesha, inzu bari kuzisohorwamo.”

    Rugwiro Hervé yavuze ko nk’abakinnyi bashobora kugira uruhare mu gushaka uburyo ikipe yakongera kubona amikoro binyuze mu banyamuryango bayo, abaterankunga n’abafatanyabikorwa, ariko asaba ubuyobozi kudasumbanya abakinnyi kuko ngo hari abatumirwa bakaganira nabo kandi batatumwe na bagenzi babo.

    Yasabye ko hashyirwaho itsinda rihuriwemo n’abahagarariye abakinnyi, abatoza n’ubuyobozi, rigasura buri mukinnyi kugira ngo bamenye uko buri umwe abayeho muri ibi bihe.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Muri Rayon Sports byakaze / Bamwe batangiye kwirukanwa mu mazu / kubera akababaro Rugwiro yandikiye Sadate. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • Miss Vanessa yasubije umutima mu gitereko Nyuma y’iminsi yarakatiwe n’umuherwe wari waramwambitse impeta Putin Kabalu. #rwanda #RwOT

     

    By EMMMYSON BAKUNDA

    Nyuma yiminsi rwaracyendereye , bongeye guhura bariyunga maze umutima w’uwabaye igisonga cya Miss Rwanda 2015, Uwase Vanessa Raissa uzubira mu gitereko bimusabye gufata indege bakajya guhurira kure na Putin Kabalu , umuherwe ukomoka muri R.D.Congo.Aba bombi ntanumwe wari ugikurikira undi kuri Instagram kandi bari baranasibye amafoto ya buri umwe.

    Ubusanzwe Putin Kabalu n’umusore uvugako ari umuntu washakishije kuva hasi kugeza abaye umuherwe utunze za miliyoni kuri konti, arazwi cyane kuko akurikirwa n’abarenga ibihumbi 60 (60k) kuri instagram ibagaragaraho n’amafoto ye Miss Vanessa bari mumunyenga w’urukundo, gusa ariko hari ayo yari yasibye mu minsi ishize kubera ibibazo bari bafitanye.

    Biragaragazwa n’umunezero udasanzwe bari gusangirira ku mazi magari mu gihugu cya Tanzania, aho uyu mukobwa agiye kumara iminsi ine nyuma yo kuva mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatandatu atwawe mu mudoka na murumuna we witwa Lise Nelly Umutoni wamugejeje ku kibuga cy’indege. 

    Mu rugendo yerekeza mu Mujyi wa Dar es Salaam, Miss Vanessa yifashishije indege ya RwandAir WB 442. Avuga ko wari umunsi w’umunezero kuri we, kuko yari agiye kongera guhura n’umukunzi we ‘nari nkumbuye’.

    Vanessa ageze muri Tanzania yahuye na Putin Kabalu amwakirira ahantu habereye bombi, ku mazi magara ubundi bacoca ibibazo byari mu rukundo rwabo byagaragariye buri wese nyuma y’uko bombi nta n’umwe wari ugikurikirana undi kuri Instagram.

    Putin yasohoye amashusho agaragaza Miss Vanessa akorakora isaha nziza y’agaciro iri ku kuboko kwe, maze yandika ati “Nari mukumbuye umugore wanjye.”

    Vanessa we yavuze ko ahantu Putin Kabalu yamusohokanye ari heza cyane, abigaragaza yifashishije amashusho n’akamenyetso ‘emoji’ agaragaza ko yahakunze.

    Uyu mukobwa yanerekanye amashusho yabo bombi bahuza ibipfunsi, basangira icyo kunywa, ibyo kurya birimo amafi n’ibindi bigaragaza ko ubwiyunge bwageze ku kigero buri umwe yashakaga.

    Igihu cyiberereyeke umucyo mu rukundo rwabo nyuma y’ibyavugwaga ko bombi batandukanye, hashingiwe ku kuba Miss Vanessa yarasibye amafoto kuri konti ya instagram yamuhuzaga na Putin Kabalu.

    Kuri konti ya Instagram akurikirwaho n’abantu barenga ibihumbi 154, yasizeho amashusho agaragaza ibirori bikomeye by’isabukuru ye y’amavuko yateguriwe na Putin Kabalu ariko amafoto n’amagambo meza yabwirwaga na Putin mu bihe bitandukanye yarabisibye.

    Putin ku mazina ye anogeraho Aime Minani. Avuga ko ari umuntu urajwe ishinga no gukora ibikorwa by’ubugiraneza, akaba umuyobozi wa kompanyi yitwa Kilwa Group Mining icuruza ibijyanye n’amabuye y’agaciro.

    Uyu mugabo agaragara mu myambaro y’igiciro kinini yasohokeye ahantu habeye ijisho, agendera ku ifarashi, acigatiye amayoga y’amako ahenze, agendera mu mudoka zihenze bigaragaza ko ari umugwizatunga koko!

    Urukundo rw’aba bombi rwigaragaraje ku wa 14 Nzeri 2019, ubwo Miss Uwase Vanesa yatangazaga ko yambitswe impeta y’urukundo na Putin Kabalu bagiye kumara umwaka urenga mu munyenga w’urukundo.

    Igisobanuro cy’iyi mpeta ni uko uyu mukobwa w’umunyarwandakazi yemeye kuzaba umugore w’uyu muherwe.

    Urukundo rwabo bakunze kurugaragaza ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye bari kurya iraha ahantu hatandukanye harimo i Goma, mu mujyi wa Kigali no ku kiyaga cya Muhazi mu ntara y’Uburasirazuba.

    Vanessa yambitswe yari amaze igihe kinini atagaragaza umusore uri kumufata neza nyuma y’aho atandukaniye na Olivis uririmba mu itsinda rya Active, bakandagazanya kugeza no ku byo bakoreye mu mashuka.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Miss Vanessa yasubije umutima mu gitereko Nyuma y’iminsi yarakatiwe n’umuherwe wari waramwambitse impeta Putin Kabalu. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • My savings became my life jacket during COVID-19 crisis – Story of Marie Rose #rwanda #RwOT

    With the support she received from FXBVillage SKOL program, she was able to develop a successful income generating activity of selling fruits and vegetables, her children returned to school, she joined a savings groups and created a kitchen garden that provided her with legumes. She affirms that she could earn $5 and could regularly save before COVID-19 crisis. It is with apparent happiness and pride that she narrates her story

    ‘’ ‘My name is Marie Rose and I live in Gasharu cell, Nyamirambo Sector, the district of Nyarugenge of Kigali city. I am a beneficiary of the VillageFXB SKOL poverty alleviation program, which is now in its final year of implementation. I want to share with you my story of how the FXB SKOL program helped me to cope with the COVID-19 and take care of my family.

    The pandemic that emerged in China was of little concern to us. Most people in Rwanda did not know anything about this disease. After spreading to Europe and other countries around the world, the rumor was that it did not affect Africans, we were wrong. From the first case in Rwanda, everything went very fast, we were put in quarantine, only essential services were still allowed, and our businesses suffered.

    I am very proud to be part of the FXB -SKOL family. It is true that we went through a very difficult time during this COVID-19 crisis, but FXB had prepared us. In three years, I have received a lot of training that allowed me to cope with this situation.

    In the first year, I received training in financial literacy, project management and was provided a start-up capital that allowed me to start an income generating activity of selling fruits and vegetables. We have also been trained and helped to grow a vegetable garden where I grow carrots, lamb’s lettuce, cabbage, beets and much more.

    These vegetables are primarily intended to improve our own diet. I usually sell the surplus to the market, which allows me to increase my income. However, during the crisis I shared them with my neighbors who were starving.

    FXB has taught us to adopt good hygiene habits. We built latrines, showers and a hand-washing station in front of our house. Everybody adopted the habit of regularly wash hands with soap. The government is sensitizing people to adopt good hygiene behaviors to protect themselves from coronavirus, whereas it is already part of our daily life.

    I understood the importance of saving and planning. I am part of a Savings and Credit Group. The group members convenes every week and contribute an agreed amount, based on everyone’s ability, that serve as personal savings and are used to provide small loans to the group members.

    It is also an opportunity to share life experiences and learn from each other. Our group is composed of 28 people and we were able to save $1,200 shortly before the COVID-19 crisis. This is already our second cycle.

    A cycle lasts 12 months and, at the end, we share the profits that we use to expand our businesses or for other personal projects. For this time, our savings have helped us to cope with this challenging situation.

    Even though we are going through difficult times, my family did not suffer too much compared to my neighbors thanks to my income generating activity and my savings. Additionally, my kitchen garden together with all the direct and indirect support I benefited from this program backed me during these hard times.

    The FXB staff remained in regular contact with us remotely via phone and it motivated me. During these tough times, we have really understood the importance of the good lessons we benefited from FXB-SKOL program. My business and my savings have been my life jacket during the moments of turbulence. I thank SKOL and FXB for all the support” gratefully relates Marie Rose Marie Rose has always been a courageous woman who never gave up despite all the difficulties she went through.

    IGIHE
    http://dlvr.it/RftzDt

  • Tour De France Stage 6 From Rhône Valley to Mont Aigoual #rwanda #RwOT

    KICK OFF TIME (STAGE 6)- 11am BST (12pm local time).

    Stage Six kicks off Thursday but it is very unique because the cyclists will set off from a valley and finish up in the mountain. Simply from the Rhône valley to the Mont Aigoual (altitude of 1504m).

    According to locals in this area, today’s stage is like never before, from the Rhône valley to the Mont Aigoual (alt. 1504m) that has only been used once in the Tour de France in the middle of a stage with Charly Mottet wearing the yellow jersey that day of 1987.

    A weather station was built up there in the mountains in 1894 and recorded gusts of wind at 334km/h in 1966 but a nice and sunny weather is forecast for stage 6.

    The final ascent to Mont Aigoual is preceded by the 11.7km long col de la Lusette (7.3% average with some gradients at 14% and some curves at 19%).

    It’s an occasion for Julian Alaphilippe to bounce back after losing the yellow jersey to Adam Yates due to irregular feeding inside the last 20km yesterday but the Englishman will defend his lead, also against Primoz Roglic who is a favourite again.

     STAGE SIX PROFILE

    SITE MAP FOR STAGE SIX

    source https://taarifa.rw/tour-de-france-stage-6-from-rhone-valley-to-mont-aigoual/

  • How Much Are Cyclists Earning From Tour De France? #rwanda #RwOT

    Tour de France is a very entertaining cycling race that enthusiasts across the world always look up to annually since its first edition in 1903 except when it was stopped for the two World Wars.

    This race primarily held in France also occasionally passes through nearby countries, every year roads as the race takes place, fans line up along the roads to take a glimpse of the rolling cyclists as they pedal to the finish line over a gruelling three-week period.

    The crashing, the yellow jersey chase, the mountain climbing and definitely a winner popping the giant Champaign bottle into the air from the podium – all these build emotion, laughter and tears of joy and  loss among the fans.

    Little is known about the money that goes into pockets of these cyclists after pedalling for three weeks.

    Let’s count the Money

    The winner at this year’s Tour will earn €500,000 in prize money after cycling 3,470 kilometres (2,156 miles) over a rough three-week period.

    Under the Tour De France tradition the winner hands over his winnings to team-mates in recognition of their hard work, you start to understand what winning the fabled yellow jersey really means.

    The total prize money handed out at this year’s Tour is worth €2,293,000 and while the eventual winner takes the lion’s share, there are plenty of other ways of earning a few extra euros.

    Winners of the green and polka dot jerseys — in the points and mountains classifications respectively — will each win €25,000 while the white jersey of the young classification takes home €20,000.

    In addition to what is handed out in Paris, the leader in general classification throughout the race also earns €500 for each day spent in the yellow jersey, while the custodians of the other jerseys get €300.

    During each stage, too, there is money on offer at the intermediate sprints (€1,500, €1,000 and €500), while the top 14 finishers in each road stage or individual time trial wins €11,000, €5,500, €2,800, €1,500, €830, €780, €730, €670, €650, €600, €540, €470, €440 and €340 respectively while those that finish 15th-20th get €300.

    The first rider over each categorised climb can boost their earnings too — €800 for hors catégorie, €650 for category one, €500 for category two, €300 for category three and €200 for category four.

    Meanwhile, the biggest bonus in the mountains is the Souvenir Henri Desgrange — the prize handed to the first rider over the col de la Loze (stage 17) — worth €5,000.

    Whoever wins the daily combativity award during each road stage gets €2,000 each day while the overall ‘super combativity’ prize winner trousers himself €20,000.

    source https://taarifa.rw/how-much-are-cyclists-earning-from-tour-de-france/

  • Bukuru Christophe yafatiwe ibihano na APR FC #rwanda #RwOT

    Umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya APR FC, Bukuru Christophe yamaze guhagarikwa muri iyi kipe bitewe no kutubahiriza gahunda y’umutoza.

    Muri iki gihe imikino mu Rwanda yahagaze kubera icyorezo cya COVID-19, ndetse no gukora imyitozo abantu ari benshi bitewe, APR FC yatanze gahunda y’imyitozo ku bakinnyi ngo banjye bikoresha ubundi batange raporo ku batoza.

    Bukuru Christophe we akaba atarubahirije iyi gahunda byatumye ubuyobozi bw’ikipe bumuhagarika.

    Umuvugizi w’ikipe ya APR FC, Kazungu Claver, yemeje aya makuru ko Bukuru Christophe yahagaritswe muri APR FC bitewe n’uko atubahirije gahunda y’ikipe, gusa ngo yamaze gusaba imbabazi.

    Ati“Bukuru yahawe igihano, kubera kutubahiriza amabwiriza. Abakinnyi bose bahawe imyitozo bazakora mu rugo, bikazagaragara ko wayikoze ugatanga amashusho, Bukuru rero ntacyo yakoze, ubuyobozi bwa APR FC bwabaye bumuhagaritse ariko yasabye imbabazi n’umubyeyi we amusabira imbabazi, hategerejwe icyemezo cy’ubuyobozi.”

    Bukuru Christophe yinjiye muri APR FC umwaka ushize wa 2019 avuye muri Rayon Sports, akaba ari umwe mu bakinnyi bafashije APR FC mu mwaka w’imikino wa 2019-20.

    Bukuru Christophe yahagaritswe kubera kutubuhariza gahunda y’umutoza

    source http://isimbi.rw/siporo/article/bukuru-christophe-yafatiwe-ibihano-na-apr-fc

  • Karekezi Olivier mu gihirahiro #rwanda #RwOT

    Umutoza mushya w’ikipe ya Kiyovu Sports, Karekezi Olivier, ntarasinyira iyi kipe bitewe n’ibintu bitarajya ku murongo bishobora no gutuma asubira muri Sweden atayitoje.

    Muri Gicurasi 2020 ni bwo inkuru y’uko Karekezi Olivier yagizwe umutoza wa Kiyovu Sports azayitoza mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

    Uyu mugabo wari muri Sweden ubwo byari byitezwe ko agiye kuza, yatangaje ko atazigera aza umwuka mubi uri muri Kiyovu Sports ukirimo, hari nyuma y’uko abagabo bamvikanye na we ko yaza gutoza iyi kipe ari bo; Mvukiyehe Juvenal na Ntwarindwa Theodore bari batakirebana neza.

    Nyuma haje kujya hanze ifoto aba bagabo bombi bari kumwe bisa n’aho biyunze, ari nabyo byatumye Karekezi Olivier aza mu Rwanda aho yahageze mu ntangiriro za Kanama 2020.

    Uyu mugabo byari byitezwe ko yari guhita ashyira ku umukono ku masezerano yo gutoza iyi kipe, gusa uyu mutoza ntabwo yigeze ayisinyira bitewe n’akavuyo gakomeje kugaragara muri iyi kipe.

    Amakuru avuga ko Karekezi Olivier yari ategereje ko hatorwa perezida w’iyi kipe mu nama y’inteko rusange yabaye ku wa 23 Kanama 2020 ariko nta matora yabaye byanatumye aterekanwa muri iyo nama y’inteko rusange nk’uko byari byatangajwe.

    Nyuma y’iyi nama y’inteko rusange umwuka wakomeje kuba mubi muri iyi kipe bitewe n’ibyavugiwe mu nteko rusange, amakuru agera ku ISIMBI, ahamya ko Karekezi Olivier atiteguye gusinyira iyi kipe mu gihe cyose itarabona ubuyobozi buhamye ku buryo azajya amenya uwo abaza ikintu mu gihe ibintu bitagenda neza.

    Andi makuru akaba avuga ko mu gihe Kiyovu Sports itayoborwa na Mvukiyehe Juvenal, Karekezi Olivier na we ashobora guhita yisubirira muri Sweden agasanga umuryango we.

    Mu nteko rusange yabaye muri Kanama 2020, hafahswe umwanzuro ko komite iriho isoza manda yayo izarangira muri uku kwezi ubundi bagahita banatora komite nshya.

    Karekezi Olivier ntarafata umwanzuro wo gusnyira Kiyovu Sports

    source http://isimbi.rw/siporo/article/karekezi-olivier-mu-gihirahiro

  • Umujyi wa Kigali uri mu mushinga wo kwinjiza ikoranabuhanga mu mitwarire y’imyanda #rwanda #RwOT

    Mu gihe iterambere ry’umujyi wa Kigali rizamuka ku muvuduko wo hejuru, ni ingenzi cyane ko uyu mujyi utangira gutekereza uburyo bwo kubika no gutwara imyanda buvuguruye, mu rwego rwo kwirinda ko iki kibazo cyazaba imbogamizi ku buzima bw’abawutuye barushaho kwiyongera umunsi ku munsi.