Category: Uncategorized
-
Serena igiye gufungura hoteli y’inyenyeri eshanu i Goma (Amafoto) #rwanda #RwOT
Ikompanyi y’Amahoteli ya Serena Group of Hotels igiye gufungura hoteli nshya mu Mujyi wa Goma aho byitezwe ko izatahwa ku mugaragaro na Perezida w’iki gihugu, Félix Tshisekedi. -
Bamwe mu bakinnyi b’Amavubi batangiye guhurizwa hamwe mu myitozo ngororamubiri #rwanda #RwOT
Umutoza w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, yatangiye guhuriza hamwe bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ bagakora imyitozo ngororamubiri. -
Umusore yiyahuye kubera amafoto ye yambaye ubusa agiye hanze #rwanda #RwOT
Umusore w'Umwongereza witwa Joel Crockett-Devine w'imyaka 19,yasanzwe mu cyumba cye yiyahuye nyuma y'igihe bagenzi be bamutesha umutwe nyuma y'aho amafoto ye yambaye ubusa agiriye hanze.
Joel Crockett-Devine yari amaze igihe kinini yarataye umutwe nyuma y'aho benshi mu rungano rwe bakomeje kumwoherereza ubutumwa bamugira inama yo kwiyahura.
Kubera kwiheba,uyu musore yasabye nyina amafaranga yo kubaha kugira ngo barekere aho kumwibasira gusa ntibyababujije gukomeza.
Ikinyamakuru cyo mu mujyi wa Liverpool cyavuze ko uyu musore yasabye amafaranga nyina yo guha aba bagenzi be habura iminsi 3 ngo yiyahure.
Uyu musore wari ufite ubuhanga mu gukina filime,yari arwaye indwara zo mu mutwe zirimo Asperger's Syndrome, obsessive compulsive disorder na Harlequin Syndrome.
Ijoro ribanziriza iryo yiyahuyemo,Joel yari yatemberanye na nyina Ruth Crockett, bagiye gusura inshuti.
Mu ijoro yiyahuyemo,uyu musore ngo yari ameze neza ariko ngo nyuma yahise ajya mu cyumba cye hakiri kare bitari bisanzwe kuko yakundaga gukina imikino yo kuri mudasobwa.
Mu gitondo kare,uyu musore yatinze kuva mu cyumba cye bituma nyina ajya kureba icyamubayeho niko gusanga yiyahuye.
Polisi yakoze iperereza iza gusanga ko hari amafoto ye yambaye ubusa yahererekanyijwe na bagenzi be biramubabaza cyane.
Mugenzi we w'imyaka 18 wo muri Lancaster yahise atabwa muri yombi akekwaho kugira uruhare mu gukwirakwiza amafoto y'uyu musore yambaye ubusa agamije gutesha umutwe no gusebya uyu musore.
Ibimenyetso byafashwe na Polisi ngo ntabwo byari bihagije ku buryo yajyanwa mu nkiko.Uyu musore yiyahuye muri Mata 2019.
Source : https://impanuro.rw/2020/09/13/umusore-yiyahuye-kubera-amafoto-ye-yambaye-ubusa-agiye-hanze/
-
Kinshasa: Abagizi ba nabi bateye ikigo nderabuzima bafata ku ngufu Abagore 7, barimo abarwayi 5 n'abaforomo babiri bafashwe ku ngufu imbere y'abandi bakozi #rwanda #RwOT
Mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira kuwa Gatandatu, itariki 12 Nzeri, Ikigo Nderabuzima cya Kisenso, muri Kinshasa, cyibasiwe n'abagizi ba nabi bazwi nka Kuluna bitwaje imihoro, inyundo n'izindi ntwaro gakondo zakoreshejwe mu gutera ubwoba abaganga n'abarwayi, aho bivugwa ko abagera kuri 7 muri aba bafashwe ku ngufu.
Kuri uyu wa Gatandatu, nibwo Imiryango itegamiye kuri leta, Afia Mama na Ipas yageze ahabereye igitero nk'uko tubikesha urubuga Actualite.cd.
'Abagabye igitero batwaye microscopes ebyiri, icyuma gitanga umwuka cyo mu cyumba cyo kubyariramo (cyari impano yatanzwe na Ipas), intebe z'abaganga (impano yatanzwe n'Abaganga Batagira Imipaka).
Laboratwari yarajejwe, udufuka tw'amaraso (hafi 30) twaratwawe. Mu buvuzi bw'abana, gutanga amaraso byarahagaritswe.
Abagore 7, barimo abarwayi 5 n'abaforomo babiri bafashwe ku ngufu imbere y'abandi bakozi.
Ku wa gatanu, aba bagore bavuye amaraso umunsi wose kandi baracyafite ihungabana ', ibi bikaba byavuzwe n'Umuyobozi w'Ubuvuzi w'Ikigo Nderabuzima na Materinité cya Revolution.
Kuri Anny Modi, umuhuzabikorwa wa Afia Mama, 'abatanga serivisi z'ubuvuzi bakeneye ubufasha bwo mu mutwe kugira ngo batsinde ihungabana ryatewe no gufatwa ku ngufu kwa bagenzi babo bari ku kazi.'

Itsinda riyobowe na Dr Jean Claude Mulunda, uhagarariye Ipas mu gihugu, ryaganiriye n'umuyobozi w'ibiro bishinzwe guhuza ibikorwa mu karere k'ubuzima ka Kisenso, babizeza inkunga yabo mu bijyanye n'ubuzima bw'imyororokere.Ipas ni umuryango utegamiye kuri leta ukorera hirya no hino ku Isi mu bijyanye no guteza imbere ubuzima bw'imyororokere n'uburenganzira bw'umugore, ndetse no gukumira impfu n'ibikomere biterwa no gukuramo inda.
-
Oxford igiye gusubukura imirimo yo kugerageza urukingo rwayo rwa Covid-19 #rwanda #RwOT
Nyuma y'iminsi mike kaminuza ya Oxford n'kigo gikora imiti cya AstraZeneca batangaje ko babaye bahagaritse imirimo yo kugerageza urukingo rwabo rwa Covid-19, kuri ubu bamaze gutangaza ko iyi mirimo igiye kongera gusubukurwa. -
USA: Umugabo n'umugore bapfuye mu bihe byegeranye bafatanye ikiganza #rwanda #RwOT
Tariki 2 Nzeri, umugabo n'umugore bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bapfuye mu bihe byegeranye cyane kuko umwe yapfuye, hashira iminota ine undi agahita apfa, bafatanye mu kiganza nyuma yo kuzahazwa na Coronavirus. -
Amavu n’amavuko y’izina ry’umurwa mukuru w’u Rwanda ‘Kigali’ #rwanda #RwOT
Aho Abanyarwanda bava bakagera byagorana kubona muri bo utarumva izina ‘Kigali’ kuko ryamaze no kwambuka rirenga imbibi z’u Rwanda aho n’abanyamahanga basigaye birahira uyu murwa mukuru w’u Rwanda kubera impamvu zitandukanye zirimo umutekano,isuku, kugendera ku mategeko no korohereza ishoramari.source https://igihe.com/umuco/amateka/article/amavu-n-amavuko-y-izina-ry-umurwa-mukuru-w-u-rwanda-kigali
-
USA: Umugabo n’umugore bapfuye mu bihe byegeranye bafatanye ikiganza #rwanda #RwOT
Tariki 2 Nzeri, umugabo n’umugore bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bapfuye mu bihe byegeranye cyane kuko umwe yapfuye, hashira iminota ine undi agahita apfa, bafatanye mu kiganza nyuma yo kuzahazwa na Coronavirus. -
Oxford igiye gusubukura imirimo yo kugerageza urukingo rwayo rwa Covid-19 #rwanda #RwOT
Nyuma y’iminsi mike kaminuza ya Oxford n’kigo gikora imiti cya AstraZeneca batangaje ko babaye bahagaritse imirimo yo kugerageza urukingo rwabo rwa Covid-19, kuri ubu bamaze gutangaza ko iyi mirimo igiye kongera gusubukurwa. -
REB yavuze ku mpinduka zitezwe amashuri nafungurwa no ku makosa agaragara mu bitabo #rwanda #RwOT
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi, REB, gisanga mu gihe amashuri azaba afunguye, imyigishirize izahinduka isanzwe ikajyanishwa n’ikoranabuhanga dore ko hari amasomo menshi yamaze gutegurwa muri ubwo buryo.