Category: Uncategorized

  • Ikipe ya Kiyovu Sports yerekeje mu mwiherero kuri Muhazi [ AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Muri iki gitondo cyo ku wa Gatandatu, ubuyobozi bw'ikipe ya Kiyovu Sports, abatoza n'abakinnyi bayo bose berekeje kuri Muhazi mu mwiherero wo kuganira ku buryo bakwitegura umwaka utaha w'imikino.

    Ni nyuma yuko iyi kipe yiyubatse cyane mbere y'uko Shampiyona ya 2020/21 itangira.

    Uyu mwiherero ubera kuri Muhazi, ubaye nyuma y'umunsi umwe abatoza bose ba Kiyovu Sports barangajwe imbere na Karekezi Olivier, bahawe amasezerano y'imyaka ibiri.

    Ku munsi w'ejo, nibwo umutoza Karekezi yavuze ko gutwara igikombe kuri Kiyovu Sports bishoboka, ariko yiteze ko amakipe bazaba bahanganye cyane ari APR FC na Rayon Sports.

    Ati:'Ibintu byose birashoboka mu mupira w'amaguru, igikombe dushobora kugitwara. Mu mwaka ushize APR yari hejuru ndetse n'ubu ikomeje kwiyubaka. Ndibaza ko ni ikipe imwe cyangwa Rayon Sports, nshobora kuvuga ko bizaba bigoye kuzikuraho amanota atatu, ariko ibintu byose ni ugukora cyane'.

    Kugeza ubu ntiharamenyekana igihe Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Rwanda izatangirira, ariko FERWAFA yagaragaje ko idashobora gutangira mbere ya tariki ya 18 Ukuboza 2020.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/03/ikipe-ya-kiyovu-sports-yerekeje-mu-mwiherero-kuri-muhazi-amafoto/

  • Agahuru k'Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera #rwanda #RwOT

    Iki cyumweru turimo gusoza ntabwo cyahiriye abajenosider mu Bubiligi aho bagize iki gihugu indiri yabo ndetse n'ishyaka FDU Inkingi kuko batatu muribo batawe muri yombi muri iki cyumweru ndetse na Marcel Sebatware dosiye ye ikaba yarashyikirijwe ubushinjacyaha.

    Babiri bafashwe kwa kabiri undi afatwa ku wagatatu, amazina yabo bafashwe ni Pierre Basabose, umwe mubari bagize akazu akaba no ku rutonde rwa ruharwa rwatanzwe na Leta y'u Rwanda, Seraphin Twahirwa na Christophe Ndangali.

    Abo bose barashinjwa ibyaha bya Jenoside n'ibyaha byibasiye inyoko muntu byakozwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994. Mu bubiligi hamaze kuba imanza eshanu zijyanye no gushyikiriza ubutabera abahekuye u Rwanda bagahungira muri icyo gihugu. Izo manza zabaye mu myaka ya 2001, 2005, 2007, 2009 na 2019 zikaba zarakatiye abantu icyenda. Zatangiriye ku babikira babiri bakoze ibyaha bya Jenoside I Sovu muri Huye aribo Soeur Gertrude (Consolata Mukangango) na Soeur Kizito (Julienne Mukabutera) naho uruheruka akaba ari urwa Fabien Neretse wakatiwe imyaka 25 nyuma yo guhamwa n'ibyaha bya Jenoside
    Tugarutse kuri Basabose Pierre, yahoze mu basirikari barindaga Habyarimana mbere yo kuba umucuruzi, aho yanabaye umushoferi wa Col Elie Sagatwa wari umunyamabanga wihariye wa Perezida Habyarimana akaba na muramu we. Mu bantu 1136 bashinze RTLM, Basabose ni uwakabiri kurutonde aho yatanze ibihumbi 600, uwambere akaba Habyarimana Juvenal watanze Miliyoni naho Kabuga Felesiyani akaba uwagatatu aho yatanze ibihumbi 500.

    Mu mwaka wa 1993, Umushinjacyaha mukuru icyo gihe yashinje Basabose kugurisha ibiryo byari bigenewe gufasha abatishoboye nkuko ikirego cyatanzwe na PAM, umushinjacyaha mukuru akurikiranye Dosiye, Basabose akoresheje imbaraga z'Akazu bamuteye Gerenade arakomereka nyuma bashaka kujya kumwicira mu bitaro aho yari arwariye basanga yahungishijwe. Pierre Basabose ni numero 220 kuri lisiti yambere yaba Ruharwa.
    Marcel Sebatware nawe, umujenosideri kabombo ariko wakoresheje amayeri yose akabona ubwenegihugu bw'u Bubiligi, dosiye ye yashyikirijwe ubushinjacyaha.

    Nkuko twabibagejejeho mu nkuru yacu yubushize, abantu benshi bibuka imvugo ya kera cyane cyane hagati ya 1990-1994 ivuga UZI ICO NDICO? Iyi mvugo yakoreshwaga n'abari abayobozi n'abasirikari muri Leta yateguye igakora na Jenoside kuko yari igizwe ku bwinshi n'abakomoka mu byahoze ari amaperefegitura ya Ruhengeli na Gisenyi kubera uburyo bavuga ikinyarwanda.

    Sebatware Marcel nawe akigera muri CIMERWA yakoreshaga iyi mvugo uziko ndico cyane cyane ko yarashyizweho na Nzirorera Joseph wavugaga rikijyana mu gihugu bakaba baranakomokaga hamwe. Ibi nibyo yakoresheje maze agira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse yigwizaho umutungo wa CIMERWA aho amamodoka, stock ya ciment kimwe n'amafaranga yari kuri compte byose yabyambukanye muri Zaïre igihe yahungaga . Ikindi cyanagaragaye ni imodoka yo mu rwego rwa PAJERO y'ibara rya bordeau yahoze ari iy'umuyobozi wa cimerwa, iyo akaba yari yarayihaye uwari Commandant Circo (Colonel mungabo za Mobutu tudatangaje izina) i Bukavu mu rwego rwo kugira ngo amucungire umutekano anamukingire ikibaba mu gusahura umutungo wa cimerwa (amamashini, amamodoka na stock ya ciment) byose byagurishirijwe i Bukavu.

    Ikindi Rushyashya yamenye nuko Marcel Sebatware ahunga yari afite ideni rya banki (amafaranga yaguze amakamyo abiri yahoze ari ay'ikipe y'umupira w'amaguru yitwaga Mukungwa sport yo mu Ruhengeri, ubwo ubuyobozi bw'iyo kipe bwari bwagiranye ibibazo na Zigiranyirazo Protais washakaga kwigarurira ayo makamyo ariko nyuma y'aho atsinzwe mu rubanza urukiko rutegeka ko ayo makamyo atezwa cyamunara noneho agurwa na Marcel Sebatware). Marcel Sebatware ahunga we n'umuryango we ayo makamyo yari i Mombasa, aho yayagumishije kandi akaba yarakomeje gukorerayo ariko ubu akaba yaraguze andi mashya agera kuri atanu akora imirimo y'ubwikorezi ndetse akaba yarafite n'umushinga wa transport yashakaga gukorera muri Mozambique.

    Izo Business ze zikaba zikurikiranwa na mwishywa we witwa Sebageni Theoneste kubera ko Sebatware ubwe atatinyuka kujya muri Kenya kubera ubwoba bwo gufatwa ngo aryozwe ibyo yakoze.

    Amakuru Rushyashya yatohoje nuko Sebageni Theoneste nawe yahoze akora muri cimerwa, ubu nawe akaba umuyoboke ukomeye wa FDU na FDLR.
    CNLG ivuga ko mu ntangiriro z'umwaka w'1990, Sebatware Marcel aribwo yabaye Umuyobozi Mukuru w'Uruganda rukora Sima mu Rwanda (CIMERWA) mu yahoze ari Komini Bugarama mu Karere ka Rusizi. Akomoka mu yahoze ari Komini Mukingo, Perefegitura ya Ruhengeri hamwe n'uwari Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda muri icyo gihe ariwe Joseph Nzirorera wanamushyize kuri uwo mwanya w'icyubahiro.

    Sebatware kandi ni muramu wa General Nsabimana Deogratias wari Umukuru wa État-Major w'izari ingabo z'u Rwanda, uyu Nsabimana niwe wasinye inyandiko ibiba urwango yasobanuraga ko abanzi b'igihugu ari Abatutsi. Ku bijyanye na politiki, mu 1994 Sebatware Marcel yari umuyoboke w'ishyaka CDR.
    Ashinjwa ko aho ari mu buhungiro mu Bubiligi, Sebatware ari mu bahezanguni bihishe inyuma y'ibikorwa bya politiki kugira ngo ahishe uruhare rwe muri jenoside yakorewe Abatutsi. Ari mu barwanashyaka bashinze ishyaka FDU-INKINGi mu Bubiligi, ryashinzwe na Victoire Ingabire Umuhoza.

    Sebatware anashinjwa kuba mu bayobozi b'udutsiko tw'iterabwoba twibumbiye mu cyiswe P5 gikomeje intego zacyo zo gukora jenoside no kuyihakana. Ni n'utwo dutsiko tw'abicanyi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) irimo kurwana natwo ku butaka bwayo.
    Sebatware yaburanishijwe ndetse ahamywa ibyaha bya jenoside n'Inkiko Gacaca zo mu Rwanda, ku buryo CNLG ivuga ko yakabaye adafite uburenganzira na bucye bwo kongera gukora politiki cyangwa gutera inkunga udutsiko tw'abicanyi nka P5.

    Abatangabuhamya batandukanye bemeza ko iyo Sebatware Marcel ataza kugira uruhare mu itegurwa n'ishyirwa mu bikorwa rya jenoside yakorewe Abatutsi mu ruganda rwa CIMERWA n'impande zarwo, hari kuboneka umubare munini w'abarokoka kubera ko abenshi mu bahigwaga n'abicanyi bahungiraga mu ruganda nyuma bagasohorwamo bajya kwicwa bimaze kwemezwa na we.

    The post Agahuru k'Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/agahuru-kabajenosideri-mu-bubiligi-kahiye-batatu-batawe-muri-yombi-na-marcel-sebatware-dosiye-ye-ishyikirizwa-ubutabera/

  • Sadio Mane yasanzwemo Coronavirus #rwanda #RwOT

    Rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Senegal akaba akinira ikipe ya Liverpool, Sadio Mané, baraye bamusanzemo coronavirus, none ubu yishyize mu kato. Yaherukaga gutsinda igitego cya mbere muri 3 — 1 Liverpool yatsinze Arsenal ku wa mbere.

    Bayimusanzemo hashize iminsi itatu Liverpool itangaje ko umukinnyi wayo wo hagati, Thiago Alcantara, bamusanzemo Covid-19.

    Liverpool ivuga ko uyu mukinnyi wayo ukomoka muri Sénégal 'yagaragaje ibimenyetso byoroheje bya virusi ariko muri rusange yumva ubuzima bumeze neza'.

    Mané w'imyaka 28, yatsinze igitego mu mukino wa shampiyona Liverpool yatsinzemo Arsenal ibitego 3 — 1 ku wa mbere, ariko ntabwo yakinnye uwa Carabao Cup iyi kipe yatsinzwe na Arsenal kuri penaliti ku wa kane.

    Itangazo ryo ku rubuga rwa internet rwa Liverpool ryongeyeho riti:

    'Cyo kimwe no kuri Thiago Alcantara, Liverpool irimo gukurikiza — kandi izakomeza gukurikiza — amabwiriza yose ajyanye na Covid-19 ndetse Mané azishyira mu kato mu gihe cyagenwe'.

    Mané, umaze gutsindira Liverpool ibitego bitatu muri uyu mwaka w'imikino, ubu ntazakina umukino wa Premier League wo kuri iki cyumweru uzahuza Liverpool na Aston Villa, mbere yuko haba akaruhuko k'imikino mpuzamahanga.

    Umukino wa mbere wa Liverpool wa nyuma y'icyo gihe, uzaba ari 'derby' ku kibuga cya Everton ku itariki ya 17 y'uku kwezi kwa 10.

    Ku wa mbere, ubuyobozi bwa Premier League bwatangaje ko abantu 10 babasanzemo coronavirus mu bipimo bishya byari bimaze gufatwa icyo gihe.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/03/sadio-mane-yasanzwemo-coronavirus/

  • U Burusiya: Uwari ushinzwe amasuku ku murenge yatorewe kuba gitifu atsinze shebuja #rwanda #RwOT

    Marina Udgodskaya, w'imyaka 35 wari umaze imyaka itanu akora akazi ko gukora amasuku ku biro by'umurenge, yatunguranye atsinda mu matora umuyobozi w'umurenge wari uriho.

    Source : https://igihe.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/u-burusiya-uwari-ushinzwe-amasuku-ku-murenge-yatorewe-kuba-gitifu-atsinze

  • Abakunzi ba Rayon Sports bamaze kwiyemeza gutanga asaga Miliyoni 33 Frws #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma yo guhura n’abayobozi b’amatsinda y’abafana bakiyemeza gutanga amafaranga asaga Miliyoni 13 Frws, kuri uyu wa Gatanu ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwahuye n’abavuga rikijyana mu ikipe ya Rayon Sports, biganjemo abigeze kuba mu buyobozi bw’iyi kipe mu bihe bitandukanye.

    Iyi nama yari iyobowe na Perezida wa Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports Murenzi Abdallah, bibanze ku gutanga ibitekerezo byatuma ikipe ya Rayon Sports yongera gukomera, ariko banakusanya amafaranga azafasha iyi kipe mu kubigeraho.

    Murenzi Abdallah ni we wari uyoboye iyi nama
    Murenzi Abdallah ni we wari uyoboye iyi nama

    Abitabiriye iyi nama bahavuye biyemeje gutanga angina na Mliyoni 15 n’ibihumbi 300 Frws, akaba yaje yiyongera ku yandi amaze kwemerwa n’abakunzi ba Rayon Sports binyuze mu matsinda y’abafana angina na Miliyoni 18 Frws, yose hamwe akaba Miliyoni 33 n’ibihumbi 300 Frws.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/abakunzi-ba-rayon-sports-bamaze-kwiyemeza-gutanga-asaga-miliyoni-33-frws

  • Uko ubutasi bwa Habyarimana bwasuzuguye Inkotanyi, bagatungurwa n'igitero cyazo #rwanda #RwOT

    Ku itariki ya mbere Ukwakira mu 1990, ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zagabye igitero ku Rwanda nyuma y'imyaka myinshi Abatutsi bari barahejwe hanze y'igihugu bashaka gutaha ariko bakangirwa na Repubulika ya mbeye n’iya kabiri.

    Source : https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uko-abari-mu-butasi-bwa-leta-ya-habyarimana-batunguwe-n-igiteri-cy-inkotanyi

  • Ku bigo bifite gahunda yo kuzamura amafaranga y' ishuri mu gihe amasomo agiye gufungurwa, Minisitiri w' Uburezi mu Rwanda yabavuzeho iki? #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 02 Ukwakira 2020, Minisitiri w'Uburezi Dr Valentine Uwamariya yasabye amashuri kwirinda kuzamura amafaranga y'ishuri, mu gihe amashuri agiye gutangira gusubukura amasomo nyuma y'igihe ahagaritswe kubera icyorezo cya COVID-19.

    Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru, Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko nyuma y'ingamba zagiye zifatwa mu gukumira COVID-19, byagaragaye ko hari imirimo ishobora gusubukurwa, ari narwo rwego amashuri agiye gusubukurwamo bahereye ku mashuri makuru na za kaminuza.

    Yavuze ko kugeza ubu hakomeje imyiteguro, ku buryo mu kwezi kwa cumi na kumwe, amashuri yisumbuye na yo azasubukurwa kuko n'ingengabihe zirimo gutunganya.

    Yagize ati:'Turi gukora gahunda tugendeye ku cyiciro n'umwaka abanyeshuri bigamo'.

    Minisitiri Uwamariya yavuze ko ibigo by'amashuri cyane cyane ayigenga, bikwiye kwirinda kuzamura amafaranga y'ishuri byitwaje igihe gishize amashuri ahagaritswe, byirengagije ko n'ababyeyi ibyo bihe bitari biboroheye.

    Yavuze ko aho kuzamura amafaranga y'ishuri, ibigo bishobora kwitabaza ababyeyi bagatanga umusanzu wabyunganira mu kubaka ibikorwa remezo bikenewe nk'iby'isuku bizajya bifasha abanyeshuri gukaraba intoki, nk'imwe mu ngamba zo kwirinda Covid-19.

    Yakomeje ati:'Niba ishuri ryishyuzaga ibihumbi 150 Frw ukabona bashyize kuri 200 000 Frw, ntabwo ari byiza ko byagenda gutyo, ahubwo umusanzu w'ababyeyi ukagaragaza icyo ugiye gukora, ku buryo bibaye ngombwa ababyeyi batakomeza kwishyura ayo mafaranga yaba yariyongereye ku mafaranga y'ishuri'.

    Muri iki kiganiro, Minisitiri Dr Uwamariya yavuze ko hateguwe ingamba zizafasha abanyeshuri kwirinda COVID-19, ndetse buri shuri rigashyiraho nibura ibyumba bibiri, kuburyo hagize uwandura yahavurirwa.

    Yavuze ko amashuri atazatangira ngo abanyeshuri bose bagire ku ishuri rimwe, ahubwo hazakorwa ingengabihe yihariye, ku buryo nta mubyigano uzaba mu bigo, abanyeshuri bakabasha kujya bahana intera.

    Ku itariki ya 16 Werurwe 2020 ni bwo Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko amashuri afunzwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus. Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 25 Nzeri 2020 ni yo yatanze ikizere ko amashuri agiye gufungurwa.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/03/ku-bigo-bifite-gahunda-yo-kuzamura-amafaranga-y-ishuri-mu-gihe-amasomo-agiye-gufungurwa-minisitiri-w-uburezi-mu-rwanda-yabavuzeho-iki/

  • U Buhinde: Umubare w’abamaze guhitana na Coronavirus warenze ibihumbi ijana #rwanda #RwOT

    Umubare w’abantu bamaze guhitanwa na Coronavirus mu Buhinde warenze ibihumbi ijana, kiba igihugu cya Gatatu ku isi kigejeje kuri uwo mubare nyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Brésil.

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/u-buhinde-umubare-w-abamaze-guhitana-na-coronavirus-warenze-ibihumbi-ijana

  • Nyarugenge: Ubuyobozi bwaburiye abadasukura inzu bahawe n’abazikodesha, ko bashobora kuzamburwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Unuyobozi Nshingwabikorwa w
    Unuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza ashyikiriza umuturage inzu i Kanyinya

    Hari imiryango 22 yubakiwe i Kanyinya, indi 18 ituzwa ku Rwesero mu Murenge wa Kigali, bose bakaba barashyikirijwe izo nzu ku wa Kane tariki 01 Ukwakira 2020, bavuye mu nzu zitwa amanegeka hirya no hino muri Nyarugenge.

    Mukamana Beatrice w’imyaka 50, avuga ko umugabo we yapfuye akamusigira abana batatu aho bakodeshaga inzu mu Murenge wa Kimisagara, abanza kwihangana akajya atungwa no kumesera abaturage, ariko ngo byageze ubwo abura imbaraga zo gukora akazi ya nzu ayisohorwamo.

    Ati “Natangiye kujya ndara ku mabaraza y’inzu z’abantu nkabundikira ayo magi yanjye (abana), imvura n’izuba bikatwicira aho kugeza ubwo umugiraneza yantije akazu ko kubamo ariko gashaje.

    Muri izo nzu bahawemo n
    Muri izo nzu bahawemo n’ibikoresho birimo n’intebe

    Ako kazu kari kagiye kungwira cyangwa kuriduka kuko kari hejuru y’umukingo, ndetse hari n’igiti cyari kikunamye hejuru cyashoboraga kutugwira igihe icyo ari cyo cyose”.

    Mukamana ashimira Leta yamukuye muri ibyo byago ikamuha inzu igezweho y’ibyumba bibiri n’uruganiriro, ahantu ashobora kujya kwivuza hafi kuko hari ikigo nderabuzima, ndetse n’abana bakaba bashobora kwiga batarinze kwirirwa mu nzira.

    Uyu muturage na bagenzi be bamenyereye ubuzima bw’ubucuruzi mu nsisiro z’abantu benshi muri karitiye z’Umujyi wa Kigali, bagera ahameze nk’icyaro bagashaka kugaruka.

    Mukamana na we yageze i Kanyinya abanza kwibaza icyo agiye gukora, ageze aho ati “urabona umuntu wamenyereye kuzunguza…ariko nzi no guhinga”!

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza, avuga ko uretse imirimo y’ubuhinzi bazakora, abimurwa bahawe agasoko ko gucururizamo, hari n’ibikorwa by’ubwubatsi bw’amashuri n’imihanda bizakorwamo n’abafite imbaraga muri gahunda ya VUP, kandi ko n’abatishoboye bazahabwa inkunga y’ingoboka.

    Abayobozi muri Nyarugenge batanga ibikoresho ku baturage nyuma yo kubashyikiriza inzu
    Abayobozi muri Nyarugenge batanga ibikoresho ku baturage nyuma yo kubashyikiriza inzu

    Yakomeje agira ati “Mu minsi itambutse hari abahawe inzu ariko ntibazitaho ndetse hari n’abazisizemo abapangayi bisubirira kuri ayo mabaraza, tubamenyesha ko uwo bizongera kugaragaraho azaba afite ibyago by’uko iyo nzu yahabwa undi muturage uyikeneye”.

    Ngabonziza avuga ko hari ibarura ryakozwe bagasanga inzu 18 mu 120 zatujwemo abatishoboye, zimwe zarangiritse izindi ba nyira zo barazisizemo abapangayi bakigendera.

    Inzu 40 zahawe abaturage ku buntu i Kanyinya no ku Rwesero hamwe n’ibikoresho bakenera mu rugo, bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 210, yatanzwe n’abikorera, imiryango itari iya Leta n’akarere ka Nyarugenge ubwako.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’ako karere avuga ko kugeza ubu basigaranye imiryango 53 y’abaturage batagira aho kuba, na bo bakazaba bubakiwe bitarenze uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/nyarugenge-ubuyobozi-bwaburiye-abadasukura-inzu-bahawe-n-abazikodesha-ko-bashobora-kuzamburwa