
Category: Uncategorized
-
Zlatko wirukanywe muri APR FC, yirukanywe no muri Yanga nyuma y’iminsi 37 gusa #rwanda #RwOT
Nyuma y’iminsi 37 ari umutoza mukuru w’ikipe ya Yanga muri Tanzania ikinamo umunyarwanda Haruna Niyonzima, umunya-Serbia wanyuze mu Rwanda muri APR FC akaza kwirukanwa, Zlatko Krmpotić yirukanywe ku mirimo yo gutoza iyi kipe.
Nyuma y’umukino w’umunsi wa 5 wa shampiyona Yanga yatsinzemo Coastal Union 3-0, ni umukino Haruna Niyonzima yanatsinzemo igitego, iyi kipe yahise isohora itangazo rivuga ko yamaze kumvikana n’umutoza Zlatko Krmpotic baseza amasezerano.
Bavuga ko batandukanye mu bwumvikane kandi bakaba bamushimira ibyo yakoreye iyi kipe bamwifuriza guhirwa aho azerekeza.
Bivugwa ko ubuyobozi bw’iyi kipe butishimiye imitoreze ye kuko umusaruro we wari hasi kandi ikipe yaraguze abakinnyi benshi kandi beza bayihenze.
Mu mikino 5 ya shampiyona iyi kipe yatsinzemo imikino 4, inganya umwe. Gusa ntabwo abakunzi b’iyi n’ubuyobozi bishimiraga uburyo ikipe ikinamo cyane ko n’ubwo yatsindaga itarenzaga igitego 1. Muri shampiyona y’umwaka wa 2020-2021, uyu munsi nibwo iyi kipe yatsinze ibitego birenze 1, aho yatsinze 3-0.
Zlatko Krmpotić yanyuze mu Rwanda umwaka ushize ubwo yari umutoza wa APR FC, yayigezemo muri Gashyantare 2019 batandukana muri Kamena 2019, ni nyuma y’uko ubuyobozi bwa APR FC butishimiye umusaruro we.
Zlatko yamaze kwirukanwa ku kazi ko gutoza Yanga -
Polisi yataye muri yombi batatu bakekwaho kugura insinga z'inyibano #rwanda #RwOT
Polisi y'u Rwanda yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kugura no kugurisha insinga z'amashanyarazi ndetse n'izifashishwa mu itumanaho rya murandasi (fibre optique), yaguzwe mu buryo bw'ubujura. -
Abayobozi ba African Buffalo Ltd bafungiwe gukora ibiyobyabwenge, banashinjwa kunyereza umusoro urenga miliyari 1 Frw #rwanda #RwOT
Ku wa 30 Nzeri nibwo Urwego rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi umuyobozi w'uruganda African Buffalo Ltd, Gahongayire Beatrice na Niyitegeka Bonaventure wari umukozi ushinzwe ibikorwa, bakurikiranyweho gukora no gushyira ku isoko inzoga ziri ku rwego rw'ibiyobyabwenge. -
Urubyiruko ruba mu mahanga rwasabwe gushishikarira umuco, mu biganiro bishya bivuga ku mateka y'u Rwanda #rwanda #RwOT
Ambasaderi w'u Rwanda muri Singapore, Uwihanganye Jean de Dieu yibukije urubyiruko rwakuriye mu mahanga, ndetse n'urwahavukiye ko rugomba kumenya no kuzirikana ibijyanye n'umuco n'indagaciro z'u Rwanda. -
Alpha Rwirangira n'umugore we bibarutse nyuma y'ukwezi kumwe barushinze #rwanda #RwOT
Nyuma yo kurushinga muri Kanama 2020 na Liliane Umuziranenge, kuri uyu wa 3 Ukwakira 2020 Alpha Rwirangira abinyujije kuri Instagram, yamenyesheje abamukurikira ko bibarutse umwana wabo w'imfura. -
Kamonyi: Coaster igonganye n'ivatiri hakomereka 6 #rwanda #RwOT
Mu ikorosi ryiswe mu ry'Abasomari riherereye mu Murenge wa Musambira, hepfo gato y'isantere y'ubucuruzi, ku gicamunsi cy'uyu wa 03 Ukwakira 2020, ahagana ku i saa cyenda n'iminota itanu, impanuka y'imodoka ya Kampani itwara abagenzi ya Volcano igonganye n'ivatiri hakomereka abantu 6. Ni nyuma y'akavura kari kamaze gutosa kaburimbo.
Imodoka ya Kwasiteri-Coaster ya Volcano yari ihagurutse I Muhanga I saa munani n'iminota 45 yerekeza Kigali, nkuko shoferi wayo yabitangarije umunyamakuru wa intyoza.com, yazamukaga igana mu isantere y'ubucuruzi ya Musambira, mu ikorosi rihari ryiswe mu ry'Abasomari, igongana n'ivatire yamanukaga.

Ibiranga ibi binyabiziga byombi( Pulaki). Muri iyi mpanuka, abantu batandatu barimo abashoferi b'imodoka zombi bakomeretse. Muri aba 6, harimo babiri bigaragara ko bakomeretse cyane. Umwe muri aba babiri yaviriranaga mu mutwe, ajyanwa hamwe na bane bandi ku kigo nderabuzima cya Musambira, mu gihe undi wa Gatanu yari akiri mu modoka avuga ko yavunitse ukuguru, hategerejwe ambiransi.
Umushoferi Ndahayo wari utwaye Kwasiteri, yabwiye umunyamakuru ko yahagurutse Muhanga I saa munani n'iminota 45, ubwo yazamukaga muri iri korosi agana mu isantere ya Musambira ngo yabonye ivatiri ita umuhanda imusanga mu mokono abura aho akwepera, impanuka iba irabaye.

Uko ivatiri yabaye. Umushoferi wari utwaye iyi modoka ntoya, tutabashije guhita tumenya amazina, yabwiye umunyamakuru ko ibyabaye ntabyo yibuka. Uyu nawe ari mubatwawe kwa muganga I Musambira. Mu gihe twandikaga iyi nkuru, hashize isaha irenga nibwo ambiransi yavuye Kabgayi yahageze , itwara umwe muri 6 wasigaye mu modoka.
Abaturage bari bahuruye, ahabereye iyi mpanuka bavuga ko muri iri korosi kenshi hakunze kubera impanuka. Bavuga ko biba bibi cyane iyo nk'akavura kaguye cyangwa se hari ikindi cyose cyatuma umuhanda unyerera.

Imbere ku ruhande rw'imodoka kwa Shoferi wa Kwasiteri, uko habaye. Ubwo umunyamakuru yageraga aha hantu impanuka ikimara kuba, yasanze Polisi iri mukazi ko kurwana no gufasha abakomeretse, gufasha imodoka ngo zibashe gutambuka neza no gushaka uko abakomeretse bagera kwa muganga.
Amafoto/intyoza
Munyaneza Theogene / intyoza.com
Source : http://www.intyoza.com/kamonyi-coaster-igonganye-nivatiri-hakomereka-6/
-
U Rwanda na Koreya y'Epfo byasinye amasezerano ya miliyari 10 azafasha mu kongera umusaruro w'ubuhinzi #rwanda #RwOT
Leta y'u Rwanda n'Ikigo cya Korepa y'Epfo Gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga, KOICA, basinye amasezerano y'inkunga angana na miliyoni 10$ (miliyari 9.6 Frw), azakoreshwa muri gahunda yo kuzamura umusaruro w'ubuhinzi ndetse no kuwugeza ku masoko (SAPMP). -
LeBron James yatuye intsinzi ya Lakers Kobe Bryant n'umukobwa we baguye mu mpanuka #rwanda #RwOT
LeBron James yatangaje ko yizeye ko Los Angeles yashimishije umuryango wa Kobe Bryant ubwo yatsinda Miami Heat amanota 124-114, ikayobora n'imikino 2-0 mu mikino ya nyuma ya Shampiyona ya NBA. -
RDF yafashe abarwanyi 19 ba RED Tabara binjiye muri Nyungwe #rwanda #RwOT
Ingabo z'u Rwanda zemeje ko zafashe abarwanyi 19 b'Abarundi biyemereye ko bagize umutwe wa RED Tabara, binjiye ku butaka bw'u Rwanda banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, ku gice cy'Akarere ka Nyaruguru.