Source : https://igihe.com/ubukungu/article/ibikorwa-by-uburobyi-mu-kiyaga-cya-kivu-bwasubukuwe
Source : https://igihe.com/ubukungu/article/ibikorwa-by-uburobyi-mu-kiyaga-cya-kivu-bwasubukuwe
source https://igihe.com/ubukungu/article/ibikorwa-by-uburobyi-mu-kiyaga-cya-kivu-bwasubukuwe

Ku rubuga rwa Polisi y’u Rwanda baravuga ko uwo muturage yafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko Segahutu yari yarakoze igisa nk’uruganda iwe mu rugo, kuko ni naho ziriya nzoga zafataiwe.
Yagize ati “Tumaze kumenya ayo makuru twateguye igikorwa cyo kujya iwe kureba, twasanze ahafite igisa nk’uruganda kuko twasanze amaze gukora litiro 1000 ategereje abakiriya be baza kuzirangura. Hari kandi n’ibindi bikoresho bitandukanye yifashisha akora iyo nzoga”.
CIP Karekezi yavuze ko Segahutu iyo akora iriya nzoga yifashisha ibintu bitandukanye birimo isukari ndetse n’umusemburo wa Pakimaya. Yakomeje avuga ko uruvange rw’ibintu yifashisha bitizewe, bikaba ari byo bitera imyitwarire itari myiza ababinyoye.
Yagize ati “Nk’uko inzoga ubwayo yitwa (Dunda Ubwonko) abayinyweye iyo bamaze gusinda bararwana bagakora ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, amakimbirane mu miryango ndetse n’urundi rugomo rutandukanye.
Iriya nzoga kandi ishobora kugira ingaruka ku buzima bw’uwayinyoye akaba yakwitaba Imana cyangwa ikamutera uburwayi kubera umwanda bayikorana”.
Umuvugizi wa Polisi yakanguriye abaturage kwirinda izo nzoga bakajya bihutira gutanga amakuru, anashimira abakomeje gufatanya na Polisi mu kurwanya izo nzoga ndetse n’ibindi byaha batangira amakuru ku gihe.
Inzoga zahise zimwenwa, naho nyirazo Segahutu Yotam ashyikirizwa ubuyobozi bw’inzego z’ibanze acibwa amande hakurikijwe amategeko.
Si ubwa mbere mu Karere ka Nyabihu hafatirwa abantu bakora inzoga zitemewe, kuko mu kwezi gushize kwa Nzeri, Polisi yakoze igikorwa cyo kurwanya abakora inzoga zitujuje ubuziranenge hafatwa litiro zirenga 1,900.
Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20, ariko atarenze miliyoni 30, ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Umusaza w' imyaka 63 y' amavuko arashinjwa gusambanya abakobwa be babiri bafite imyaka 10 na 12 y' amavuko nk' uko ikinyanakuru The Independent kibuvuga.
Polisi ya Mityana, muri Uganda, yavuze ko yataye muri yombi uwo umusaza ukekwaho icyaha cyo gufata abana be ku ngufu.
Umuvugizi wa Polisi mu Karere ka Wamala, Rachael Kawala avuga ko ukekwaho icyaha ari Muhammad Kimbugwe, utuye mu Mudugudu wa Naama A mu gace ka Busimbi ho muri Mityana.
Nk'uko bitangazwa n'igipolisi, ukekwaho guhohotera abana be bato yabitangiye kuva yatandukana na nyina mu myaka ibiri ishize.
Allen Naluwoza, umwe mu baturage avuga ko imyitwarire ya Kimbugwe ari ikimwaro ku baturage bose kandi bashaka ko yirukanwa mu mudugudu wabo.
Source : https://impanuro.rw/2020/10/06/polisi-yataye-muri-yombi-umusaza-wafashe-abana-be-ku-ngufu/
Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, mu buryo butangaje yasubiye mu nyubako akoreramo ya White House kuhakomereza kuvurwa coronavirus, nyuma yo kumara amajoro atatu mu bitaro.

Perezida Trump yakuyemo agapfukamunwa ubwo yari ari ku ibaraza rya White House, mu gihe abakozi n'abajyanama benshi bo mu biro bye babasanzemo coronavirus mu minsi micye ishize.
Mbere yaho, Bwana Trump yanditse kuri Twitter ati:
'Ndumva meze neza rwose!'
Yakomeje agira ati:
'Ntimugire ubwoba bwa Covid. Ntimutume iganza ubuzima bwanyu'.
Kugeza ubu muri Amerika abantu barenga miliyoni 7,4 bamaze gutangazwa ko banduye coronavirus, muri bo abarenga 210,000 imaze kubica, nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins ibigaragaza.
Source : https://impanuro.rw/2020/10/06/trump-yavuze-ijambo-rikomeye-nyuma-yo-kuva-mu-bitaro/