Category: Uncategorized

  • Ubushakashatsi bwerekanye ko imbwa ishobora kugukunda, ariko ntikunde kubona mu maso hawe #rwanda #RwOT

    Ushobora gutekereza ko imbwa yawe yishimiye kubona mu maso hawe, ariko ubushakashatsi bwashyizwe hanze bwerekana ko idakunda kubona mumaso yawe na agato. Ubushakashatsi, bwasohotse mu kinyamakuru cya Neuroscience, bwerekana ko imbwa zidakunda kureba mu maso y'abantu.

    Binyuze muri MRI scan y'abantu n'imbwa zireba videwo, yaba abantu n'imbwa — abahanga bo muri Hongiriya bamenye ko mu gihe abantu bafite agace kihariye k'ubwonko kamurika iyo hagaragaye isura, imbwa yo ntabwo ariko bimeze. Imbwa n'abantu, ariko, bafite agace k'ubwonko gatera iyo umwe mu bagize ubwoko bumwe aje.

    Muri email ye, umwe mu banditsi witwa Attila Andics, umushakashatsi w'imyitwarire y'inyamaswa muri kaminuza ya Eötvös Loránd i Budapest, yagize ati: 'Isura ni ingenzi mu itumanaho ry'abantu… kandi ubwonko bw'abantu nabwo bwihariye mu maso.' Ariko ibyo ntibigaragara nk'inshuti magara y'umuntu.

    Andics yavuze ko imbwa zita ku maso y'abantu. Ati: 'zisoma amarangamutima biturutse mu maso, ariko ibindi bimenyetso by'umubiri bisa nkaho bitanga amakuru amwe kurizo.

    Mu yandi magambo, imbwa zishobora kubona mu maso hacu, ndetse no mu byiyumvo kuri zo, ariko zikoresha andi makuru yose, nk'ururimi n'amajwi, kugira ngo zimenye icyo turimo gukora. Ku rundi ruhande, abantu baha agaciro cyane ibyo babona mu maso gusa.

    Kugira ngo barebe niba abantu n'imbwa bareba kimwe, Andics na bagenzi be bashakishije abantu 30 n'imbwa 20 zari mu muryango. Mu bushakashatsi, buri muntu na buri mbwa yaryamye mu mashini ya MRI mu gihe yerekanaga urukurikirane rwa videwo y'amasegonda abiri: ubushakashatsi bwerekanye amashusho atandukanye kuri buri ruhande. Kubona imbwa iguma muri scaneri ya MRI ni kibazo kubera urusaku.

    Imbwa zikoresha kandi itumanaho ry'imiti kurusha abantu. Impumuro yindi mbwa izagaragaza niba iyo mbwa ishobora gushimisha ngenzi yayo.
    Source: nbcnews

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

    Source : http://www.intyoza.com/ubushakashatsi-bwerekanye-ko-imbwa-ishobora-kugukunda-ariko-ntikunde-kubona-mu-maso-hawe/

  • Mukura yabonye umutoza mushya, Djilali wahoze akinira Marseille yo mu Bufaransa #rwanda #RwOT

    Umutoza Djilali w'imyaka 38, ashyizweho nyuma yo kugenda k'umunya Espagne Tony Hernandez watandukanye na Mukura mu ntangiriro z'ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka wa 2020. Ni umugabo w'umunya Algeria ufite ubwenegihugu bw'u Bufaransa.

    Hernandez yafashije ikipe ya Mukura ibarizwa mu karere ka Huye, igera ku mwanya wa 4 muri shampiyona y'u Rwanda ya 2019/20, nyuma ya APR, Rayon Sports na Polisi.

    Kuri uyu wa gatatu tariki 06 Ukwakira 2020, Ikipe ya Mukura kurukuta rwayo rwa Twitter ikaba yatangaje ko 'Djilali yasinye amasezerano y'imyaka ibiri, kugeza mu 2022.'

    Umutoza Djilali yavukiye muri Algeria mu 1982, yimukira mu Bufaransa afite imyaka 8 nyuma aza kwinjira mu ikipe y'abato ya Olympique de Marseille hagati ya 1995 na 2000. Ntabwo yigeze agaragara mu ikipe ya mbere yayo.

    Kuva yatangira gutoza, mu 2009, Djilali yagiye akora imirimo itandukanye yo gutoza mu makipe yo muri Arabiya Sawudite, Ubufaransa, Oman, Bahrein, Senegal na Côte d'Ivoire. Afite uruhushya rwo gutoza rwa Licence A.

    Inkuru Yanditswe na Venuste Habineza

    Source : http://www.intyoza.com/mukura-yabonye-umutoza-mushya-djilali-wahoze-akinira-marseille-yo-mu-bufaransa/

  • President Tshisekedi In North Kivu To Implement Security Agenda #rwanda #RwOT

    Hosting about 100 militia groups, North Kivu Province may soon begin smiling in peace and not worrying of the daily rattling sound of smoking guns.

    President Felix Tshisekedi is currently running the affairs of DRC from this part of the country where he has been for days. He has pledged the disbursement of resources to ensure the process of demobilization, disarmament and reintegration (DDR) of combatants in the province of North Kivu. He gave this assurance Tuesday (October 7) to elected national deputies of North Kivu during a meeting in Goma.

    'The President has assured us that the means could be put in place to be able to take charge in particular of those who are going to hand over their weapons, to quarter them correctly and to transfer them to civilian life. We believe that this is very good news for our people and that it will help to restore peace, security and stability in North Kivu. 'Singoma Mwanza, chairman of the North Kivu deputies caucus, told reporters.

    On Tuesday, Tshisekedi chaired several meetings in the North Kivu capital, including one with heads of the army, police and security service officials. He gave 'special directions' especially with regard to the rebellion of the Allied Democratic Forces (ADF) in Beni, said Defense Minister Aimé Ngoy Mukena.

    North Kivu has around 100 armed groups fighting for various reasons. Since Felix Tshisekedi came to power, several hundred fighters have traveled to this part of the country but subsequently returned to the bush for lack of a DDR plan from the authorities.

    The latest wave of 500 Gilbert Bwira wing NDC-R fighters who have returned to Masisi territory, and stationed near the Rumangabo military camp, in Rutshuru territory, are also beginning to desert the site for lack of support. They were even accused of looting the property of the local population in a market in Rutshuru.

    President Felix Tshisekedi walks in the streets of Goma city, DRC

    Source : https://taarifa.rw/president-tshisekedi-in-north-kivu-to-implement-security-agenda/

  • Aborozi barifuza kunganirwa mu kubona imbuto y’ubwatsi bw’amatungo kuko ngo irahenze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umushinga wa RDDP ugamije guteza imbere ubworozi wafashije aborozi kubona imashini zisya ubwatsi bw
    Umushinga wa RDDP ugamije guteza imbere ubworozi wafashije aborozi kubona imashini zisya ubwatsi bw’amatungo

    Babitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Ukwakira 2020, ubwo mu Karere ka Nyagatare hatangizwaga igihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi bw’amatungo 2020-2021A.

    Ni igikorwa cyabereye mu Kagari ka Gasinga mu Murenge wa Rwempasha mu rwuri rwa Rwibasira Francis.

    Rwibasira Francis avuga ko umwaka ushize aribwo yateye ubwatsi ku nshuro ya mbere kandi bwamugobotse muri iki gihe cy’impeshyi.

    Ati “Mbere nagiye kubuhinga ari uko izuba riza inka zikagandara izindi zigapfa kubera kubura ibyo zirya nk’uko ubona ubwatsi bwose bwumye. Ariko ubu nta kibazo nagize ari na yo mpamvu niyemeje kongera ubuso.”

    Muzehe Gatsinzi Fidele avuga ko hashize imyaka 3 atangiye gahunda yo guhinga ubwatsi bw’amatungo.

    Avuga ko mbere atarabuhinga inka ze zagandaraga ndetse n’umukamo ukabura burundu. Ariko ubu ngo inka ze nta kibazo zifite ndetse n’umukamo ngo ntiwahungabanye.

    Agira ati “Iyi mpeshyi nta kibazo nagize kubera ubwatsi nateye, mbere ku zuba iyo nakamaga amata menshi nabonaga litiro 30 ku munsi ariko ubu ndakama litiro 70 urumva ko ntakibazo nagize kubera ubwatsi nahinze.”

    Gatsinzi Fidele avuga ko gutera ubwatsi bw’amatungo ari byiza gusa ariko akavuga ko bihenze.

    Atangira kubuhinga ngo ikilo kimwe cya Cloris Gayanna yakiguraga amafaranga ibihumbi 12 kandi aya mafaranga akaba atabonwa n’umworozi uwo ari we wese.

    Yifuza ko Leta yashyiraho nkunganire ku bwatsi kugira ngo kubutera byitabirwe na benshi.

    Ati “Jye mbugura naguze ibiro 25 ni byo nateye muri hegitari imwe y’ubutaka kandi ikilo nakiguraga amafaranga ibihumbi 12. Ayo mafaranga ni menshi umworozi wese ntiyayabona, twifuzaga ko Leta yashyiramo nkunganire nk’iba ku mbuto zisanzwe mu buhinzi kuko benshi bakwihatira kubutera kandi byagira n’umumaro munini.”

    Gutera ubwatsi bw
    Gutera ubwatsi bw’amatungo bituma adasonza mu gihe cy’impeshyi ndetse n’umukamo ntuhungabane

    Uretse kuba ubwatsi buhenze ngo no kububona ntibyorohera buri wese. Musemakweri Dominiko avuga ko bibaye byiza aborozi babwegerezwa ku midugudu iwabo bityo bakabubona hafi.

    Umuyobozi wa RAB Sitasiyo ya Nyagatare, Kagwa Evalde, avuga ko kubona imbuto bitagoranye cyane kuko iboneka ku borozi babuhinze mbere ndetse no mu bafashamyumvire mu bworozi kuko baba bazi aho iboneka hafi.

    Naho kuba imbuto ihenze, Kagwa Evalde avuga ko hari byinshi Leta imaze gukora kuko nk’ubwaguraga ibihumbi 12 ku kilo, ubu bugeze ku mafaranga ibihumbi 5 gusa.

    Agira ati “Uko bimeze uku Leta iba yakoze byinshi cyane kuko nk’ubu ubwatsi aborozi bakunze cyane bita umukenke (Cloris Guyanna) bwavuye ku mafaranga ibihumbi 12 ubu bugeze kuri 5000frs gusa, n’ibindi bizakomeza kugabanuka kuko na RDDP hari icyo ifasha aborozi kugira ngo ubworozi bwabo budahungabana.”

    Asaba aborozi guhindura imyumvire bakabutera ku bwinshi kugira ngo bubagoboke mu gihe cy’impeshyi aho gutekereza ko bazagishisha amatungo yabo bakazagaruka ari uko imvura iguye.

    RAB Sitasiyo ya Nyagatare ivuga ko hari ubwoko bw’imbuto z’ubwatsi zirenga 30 kandi zihanganira izuba.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/aborozi-barifuza-kunganirwa-mu-kubona-imbuto-y-ubwatsi-bw-amatungo-kuko-ngo-irahenze

  • Canal + n’abafatanyabikorwa bishimiye icyemezo cyo kubuza Victory TV kwerekana imikino y’i Burayi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umwanzuro w’urubanza n°RCOMA 00877/2019 / HCC watangajwe ku itariki ya 9 Nzeri 2020, n’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi mu Rwanda watesheje agaciro ubujurire bwa shene ya televiziyo Victory TV, runasaba iyo shene guhagarika gusakaza amashusho y’imikino ya Premier League yo mu Bwongereza, UEFA Champions League n’iyindi mikino yose ya UEFA Europa League ku butaka bw’u Rwanda.

    Nyuma y’ibyavuye mu rubanza, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasabye shene ya Victory TV, mu cyemezo cyafashwe ku ya 28 Nzeri 2020, guhagarika gusakaza amashusho y’iyo mikino, bitaba ibyo ikazamburwa uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.

    UEFA hamwe na Premiere League yo mu Bwongereza, batangaje ko gusakaza amashusho y’imikino yabo utabiherewe uburenganzira ari ubujura bw’ibihangano (piratage), ikaba yishimiye ibyemezo byafashwe n’urukiko rwo mu Rwanda rufatanyije n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA).

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/canal-n-abafatanyabikorwa-bishimiye-icyemezo-cyo-kubuza-victory-tv-kwerekana-imikino-y-i-burayi

  • Umusore yatunguye benshi atanga inka 50, intama 70 n' ihene 30 kugirango arongore umukobwa ufite ubwiza budasanzwe wa Barack Obama #rwanda #RwOT

    Umusore watunguye benshi wize amategeko wo mu gihugu cya Kenya witwa Felix Kiprono yigeze gutanga inka 50, intama 70 n'ihene 30 kugira ngo arongore umukobwa wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika.

    Iyi nkwano Kiprono yayitanze mu 2015, avuga ko ashaka kurongora umukobwa wa Obama w'imfura witwa Malia Obama. Icyo gihe, Malia yari afite imyaka 22 y'amavuko.

    Urukundo kuri Malia Obama, Kiprono yavuze ko yarugize kuva mu 2008 ubwo Barack Obama yari mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya w'Umukuru w'Igihugu.


    Muri icyo gihe, Felix Kiprono yigaga amategeko muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza.

    Kiprono yavuze iby'urukundo rwe kuri Malia Obama, ati:

    'Namukunze kuva mu 2008, ndetse kuva ubwo nta wundi mukobwa nigeze nkunda kugira ngo ntamuhemukira. Nabiganirije umuryango we, kandi nizeye ko bazamfasha bakemera inkwano zanjye'.

    Ubwo itangazamakuru ryabajije Kiprono niba Malia n'umuryango we baramutse bemeye icyifuzo cye, yazamutunga bikamukundira cyane ko ubuzima bwe buhenze. Yagize ati:

    'Tuzabaho mu buryo bworoheje. Malia nzamwigisha gukama inka, guteka umutsima,.. nk'undi mugore wo muri Kalenjin'.

    Hari abavuze ko Felix Kiprono yibereye mu mikino, cyangwa se akaba akurikiye amafaranga y'umuryango wa Barack Obama yagize ati:

    'Abantu bavuga ko nkurikiye amafaranga y'uyu muryango, gusa si ko bimeze. Urukundo rwanjye ni impamo'.

    Barack Obama afite ibisekuruza muri Kenya nk'uko na we abyiyemerera. Ubwo yari Perezida wa USA na mbere yaho, yasuye iki gihugu cyo muri Afurika y'Iburasirazuba, aho yahuye n'abagize umuryango we.

    Kuba inkomoko ye ari Kenya, byatumye Felix Kiprono yumva ko yazoroherwa cyane no kwigondera umukobwa wa Barack Obama.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/07/umusore-yatunguye-benshi-atanga-inka-50-intama-70-n-ihene-30-kugirango-arongore-umukobwa-ufite-ubwiza-budasanzwe-wa-barack-obama/

  • Breaking News: Mukura Victory Sports yasinyishije umutoza mushya wakoze ibitangaza muri Marseille #rwanda #RwOT

    Muri iyi minsi amakipe menshi hano mu Rwanda ari kwisuganya ngo arebe uko yatangira umwaka w' imikino 2020_2021 ahagaze neza , uyu munsi ikipe ya Mukura Victory Sports yatangaje Umutoza mushya wakinnye muri Marseille

    Djilali Bahloul uturuka mu gihugu cy' ubufaransa ufite imyaka 38 y' amavuko unafite inkomoko muri Algeria, ariwe mutoza wayo mushya mu gihe kingana n'imyaka 2 iri imbere.

    Nkuko amafoto yagiye hanze abigaragaza,umutoza Bahloul yasinye uyu munsi nyuma yo kugera mu Rwanda ku munsi w'ejo.Uyu mugabo aje gusimbura,Tonny Hernandez wari umutoza wa Mukura Victory Sports guhera muri Nyakanga 2019, aho yabanje kungiriza umutoza mukuru Mathurin Olivier Ovambe.

    Hernandez wabaye umutoza mukuru Victory Sports mu Ukwakira 2019,yayifashije gusoza Shampiyona ishize iri ku mwanya wa kane, irushwa amanota 19 na APR FC yatwaye igikombe. Mu mikino 21, Tony Hernandez yatojemo Mukura Victory Sports, yayihesheje amanota 36.

    Djilali Bahloul w'imyaka 38, yavukiye i Relizane muri Algérie, yerekeza mu Mujyi wa Marseille mu Bufaransa ubwo yari aifte imyaka umunani. Afite imyamyabushobozi y'ubutoza ya UEFA A.

    Kuva mu 2009, yatoje amakipe arimo :

    _ Al Nahda Damman yo muri Arabie Saoudite,

    _Saham Club yo muri Oman, Al-Nahda yo muri Arabie Saoudite,

    _Morteau yo mu Bufaransa,

    _ ASC Linguère yo muri Sénégal

    _Sahar SC yaherukagamo muri Oman.

    Uyu mugabo wakiniye Olympique Marseille hagati ya 1995 na 2000.

    yatoje kandi Al Ahli de Manama muri Bahreïn na Stade d'Abidjan yo muri Côte d'Ivoire.

    Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda 'Ferwafa' riherutse gutangaza ingengabihe amakipe azakurikiza, kugira ngo azuzuze ibisabwa ngo ahabwe uburenganzira bwo kwitabira amarushanwa ritegura.

    Ukurikije imiterere y'ingengabihe Ferwafa yahaye abanyamuryango bayo, biragoye ko shampiyona yatangira muri uyu mwaka, kuko bisa nkaho uzashira bakiri kwegerenya ibisabwa.

    Mukura yabonye umutoza mushya

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/07/breaking-news-mukura-victory-sports-yasinyishije-umutoza-mushya-wakoze-ibitangaza-muri-marseille/

  • Perezida Ndayishimiye na none yanze kwitabira Inama y' Abakuru b' Ibihugu byo mu Karere? Ese yatangaje iki? #rwanda #RwOT

    Nk'uko bitangazwa n'itangazamakuru ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida w'u Burundi, Gen. Maj. Evariste Ndayishimiye, ngo na none yaba yanze kwitabira inama ihuza Abakuru b'Ibihugu byo mu Karere.

    Iyi nama iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Ukwakira 2020, nyuma y'uko yagiye isubikwa kenshi kubera kubura kwa bamwe mu bagombaga kuyitabira.

    Magingo aya Minisiteri z'Ububanyi n'Amahanga mu bihugu bya Uganda, u Rwanda na Angola zamaze gutangaza ko abakuru b'ibyo bihugu bitabira iyi nama, gusa u Burundi bwo nta bushake bwigeze bugaragaza bwo kuyitabira.

    Perezida Félix Tshisekedi wayitumijeho na we yamaze kugera i Goma aho amaze iminsi ibiri ari.

    Ikinyamakuru Actualité.cd, cyemeje ko u Burundi bwiheje muri iriya nama, ahubwo buhitamo gukorana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bo ubwabo.

    Ni mu gihe Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Marie Tumba Nzeza, yaherukaga kugirira uruzinduko i Burundi, bikavugwa ko mu byari byamujyanye harimo gushyikiriza Perezida Ndayishimiye ubutumire bwa mugenzi we Tshisekedi.

    Byitezwe ko inama ya Goma ivuga ku ngingo zitandukanye, zirimo umutekano w'akarere, umubano hagati y'ibihugu bikagize, ubuzima ndetse n'ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

    Iyi nama ku ikubitiro inama yagombaga kuba ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri, gusa iza gusubikwa bitewe n'uko u Burundi bwavuze ko butaboneka kubera ko Perezida wabwo yari afite akazi kenshi.

    Nyuma y'aho inama yagombaga kuba hifashishijwe ikoranabuhanga, gusa nanone iza gusubikwa ku munota wa nyuma.

    Perezida Ndayishimiye na nome yaba yanze kwitabira inama ubugira kabiri ihuza abakuru b'Ibihugu

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/07/perezida-ndayishimiye-na-none-yanze-kwitabira-inama-y-abakuru-b-ibihugu-byo-mu-karere-ese-yatangaje-iki/

  • Gutera ubwatsi bwinshi bw’amatungo bizabarinda kurenga umupaka no kugirirwa nabi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bateye ubwatsi bw
    Bateye ubwatsi bw’amatungo kuri hegitari ebyiri

    Iki gikorwa cyabereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Mbuye, Umurenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza. Cyaranzwe no gutera ibyatsi by’ubwoko bune, harimo ibyo mu bwoko bw’ibinyamisogwe, Mucuna na Desmodium.

    Hatewe kandi ibyo mu bwoko bw’ibinyampeke ari byo Chloris Gayana bibikika ku buryo amatungo ashobora kubirya byarumye ndetse n’urubingo bita Kakamega rugomba gusimbura urwari rusanzwe ubu rwarwaye rukaba rutagitanga umusaruro.

    Guhinga ibi byatsi nibyitabirwa, ngo bizafasha aborozi kongera umusaruro w’umukamo kuko ubundi inka itanga umukamo mwiza iyo mu byo yariye 1/3 ari ibinyamisogwe, ibinyampeke bikaba 2/3, nk’uko bivugwa na Joseph Nshokeyinka, ushinzwe gahunda yo kugaburira amatungo no kuvugurura icyororo muri RDDP.

    Agira ati “Nk’umworozi agabuye imitwaro itatu, byibura umwe ugomba kuba ari uw’ibinyamisogwe, ibisigaye bikaba ibinyampeke. Ni ukugira ngo bya binyamisogwe bishyiremo ibyubaka umubiri, naho bya binyampeke bizane ibitera imbaraga, hanyuma inka irusheho kuba ikomeye, hanyuma itange umusaruro.”

    Urubingo rwitwa Kakamega na rwo rwatewe
    Urubingo rwitwa Kakamega na rwo rwatewe

    Ibi byatsi byatewe kuri hegitari ebyiri, kandi hitezwe ko bizatanga imbuto ku batuye muri kariya gace. Bizatuma babasha kubona ubwatsi no mu mpeshyi, ntibajye kubishakira mu gice cy’u Burundi cy’igishanga cy’Akanyaru baturiye, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’Akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Patrick Kajyambere.

    Agira ati “Ibi byatsi twateye bizadukemurira ibibazo bibiri binini. Icya mbere ni icy’abaturage bacu bajyaga kwahira i Burundi bikaba byatera kurohama kuko bambuka umugezi, ariko no mu mibanire yacu n’abaturanyi bo hakurya, wasangaga hari igihe hazamo ikibazo cyo kwambuka umupaka bitemewe n’amategeko.”

    Yungamo ati “Icya kabiri cyakemuka ni ikijyanye n’umukamo dufite mu Karere ka Nyanza, ugereranyije n’inganda dufite. Ubona tubona umukamo uri hagati ya litiro ibihumbi 26 na 28 ku munsi kandi twifuza kuzamuka tukagera ku bihumbi 50.”

    Aborozi batuye muri aka gace bashimye kuba begerejwe imbuto z’ubwatsi kuko ngo bizabarinda gusubira i Burundi kandi iyo bahafatiwe bagirirwa nabi.

    Mucuna na Desmodium
    Mucuna na Desmodium

    Frederic Murwanashyaka ati “Twari dufite ubwatsi bw’urubingo buza kurwara buracika. Ugiye i Burundi yafatwa akabohwa, agacibwa amafaranga. Hari umugabo witwa Niyonzima bahafatiye baramuboha. Twagiye kumubohoza dutanga amafaranga ibihumbi 100. Bari bagiye kumwica.”

    Biteganyijwe ko muri iki gihembwe cy’ihinga, mu Rwanda hose hazaterwa ubwatsi bw’amatungo kuri hegitari 2000.

    Imisozi yo hakurya ni iyo mu Burundi
    Imisozi yo hakurya ni iyo mu Burundi


    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubuhinzi/article/gutera-ubwatsi-bwinshi-bw-amatungo-bizabarinda-kurenga-umupaka-no-kugirirwa-nabi