Category: Uncategorized

  • Dore uko gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe byakozwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibi byiciro bikaba byaragizwe bitanu aho kuba bine nk’ibyari bisanzwe, aho abafite amikoro menshi bahabwa inyuguti ya A, kugera ku bakeneye ubufasha bwa Leta bahabwa inyuguti ya E.

    Icyiciro cya A kirimo urugo rwinjiza amafaranga arenze ibihumbi 600 ku kwezi, cyangwa ubutaka burenga hegitare 10 mu cyaro na hegitare imwe mu mujyi.

    Icyiciro cya B kirimo ingo zinjiza amafaranga hagati y’ibihumbi 65-600 buri kwezi, cyangwa ubutaka guhera kuri hegitare imwe kugera kuri hegitare 10 mu cyaro, na metero kare 300 kugera kuri hegitare imwe mu mujyi.

    Icyiciro cya gatatu C kirimo ingo zinjiza buri kwezi amafaranga kuva ku bihumbi 45 kugera kuri 65,000, cyangwa izifite ubutaka kuva ku gice cya hegitare kugera kuri hegitare imwe mu cyaro, na metero kare 100 kugera kuri 300 mu mujyi.

    Icyiciro cya kane D kibarurirwamo urugo rwinjiza munsi y’amafaranga ibihumbi 45 ku kwezi, cyangwa ubutaka buri munsi ya 1/2 cya hegitare mu cyaro no munsi ya metero kare 100 mu mujyi.

    Icyiciro cya gatanu cya E kigizwe n’abadafite ahantu na hamwe bavana imibereho kandi bageze mu zabukuru, cyangwa abafite ubumuga, uburwayi bukomeye, abana b’impfubyi, ndetse n’urugo ruyobowe n’umuntu ukiri umunyeshuri.

    Abakozi ba LODA bakoreye i Gicumbi, bari kumwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze muri ako Karere, bahereye mu Mudugudu wa Kabira, Akagari ka Gatwaro mu Murenge wa Rutare, babanza gusobanurira abaturage imiterere y’ibyiciro bishya ndetse n’uburyo Leta igamije kubyifashisha mu gukora igenamigambi.

    Umudugudu ugabanywamo amatsinda mato mato yitwa amasibo, abashinzwe ibarura bakabanza guhamagara buri muturage wa buri sibo, hagakurikiraho gutangira kubaza amakuru buri muntu wagaragaje ko ahari.

    Uwitwa Ndori ufite imyaka 70 y’ubukure, avuga ko adashoboye gukora, ariko ko afite umugore ufite imyaka iri munsi ya 55 ukora imirimo ya nyakabyizi imuhemba amafaranga atagera ku bihumbi 45 ku kwezi.

    Bafite inka ebyiri z’inyarwanda n’ubutaka buri muri ako gace k’icyaro, buri munsi ya kimwe cya kabiri cya hegitare.

    Ndori yasubizaga ushinzwe ibarura wifashishaga telefone irimo ikoranabuhanga ryabugenewe, amaze kubazwa telefone ihita itanga igisubizo iti “Uru rugo rwujuje ibisabwa kugira ngo rushyirwe mu cyiciro cya D”.

    Ubarura yahise abaza Ndori n’abaturanyi be niba hari icyo babivugaho bakurikije amakuru yatanzwe, na bo bati “Ayo makuru ni impamo”, ndetse na nyiri ubwite avuga ko nta kibazo afite na kimwe.

    Gushyira abaturage mu byiciro bishya by
    Gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe birakorerwa mu masibo babarizwamo ku buryo nta n’umwe utahana ingingimira

    Mugiraneza Augustin ufite ubutaka burenze igice cya hegitare (metero kare 769), ni umukozi wa Leta uhembwa amafaranga arenze ibihumbi 100, akaba avuga ko iyo ashyize hamwe n’umugore we, bombi binjiza amafaranga arenze ibihumbi 300 buri kwezi.

    Ati “Jyewe nta pfunwe mfite ryo kujya mu cyiciro cya kabiri B, abana banjye bashobora kwiga bakarangiza na kaminuza”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Félix, avuga ko kubarurira abaturage ku rwego rw’isibo aho buri muntu aba ari kumwe n’abaturanyi be ndetse n’umuyobozi wabo, bitakorohera uwabaruwe kujya mu cyiciro kitamukwiriye.

    Ndayambaje yagize ati “Ntawavuga ko atagira inka cyangwa ngo abwire ubarura ko atagira munsi y’urugo hari abaturanyi be n’umuyobozi w’isibo, kandi bazi neza ko afite hegitare z’amashyamba”.

    Uyu muyobozi akomeza avuga ko urugo rufite umukobwa wabyariye iwabo usigaye yitunze, cyangwa umugabo n’umugore batasezeranye, buri muntu ashobora kwemererwa kugira icyiciro cya wenyine cyangwa kubarurwa ku babyeyi be ariko akabanza gutanga amakuru ku mutungo yifitiye we bwite.

    Ndayambaje Félix uyobora Akarere ka Gicumbi
    Ndayambaje Félix uyobora Akarere ka Gicumbi

    Icyakora mu rwego rwo kwirinda kwihesha icyiciro kitamukwiye ari umugore cyangwa umugabo ufite uwo bashakanye wishoboye, urwo rugo rutegekwa kubanza gusezerana imbere y’amategeko.

    LODA irateganya gusoza ishyirwa mu byiciro ry’abaturage mu kwezi kwa Mutarama 2021, nyuma yaho mu kwezi kwa kabiri akaba ari bwo ibyo byiciro bishya bigomba gutangira gukoreshwa.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/dore-uko-gushyira-abaturage-mu-byiciro-bishya-by-ubudehe-byakozwe

  • Exclusive: Akina mu Bushinwa! Afite inzozi zo gukinira Amavubi na Arsenal – Byinshi kuri Kamoso ukinira Nanjing FC- VIDEO – Inyarwanda.com #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda ukinira ikipe ya Nanjing FC yo mu cyiciro cya kabiri mu Bushinwa, Nsengiyaremye Sylvestre 'Kamoso' akaba ari intizanyo ya Jiangsu Suning yo mu cyiciro cya mbere muri icyo gihugu, atangaza ko inzozi ze zizaba impamo niyambara umwambaro w’ikipe y’igihugu Amavubi, anahishura ko mu mwaka utaha azaba ari mu ikipe nshya.

    Source : https://rss.app/articles/cb4e791f267872da1d4d595068d7bb8f0a50132e1270bbefc9f7950fcad73797b14ff7133c908d34b6e1333b8a095ec8398b39fc9f576646ce789d3adf851b21c2e03ca6f0ae29ecf28137ac61f32542852144015d05eff2e5d87a58dfc7b4ab97c298ca145c9d1bc99266288a7f272786931f8b8514e084782fe287338983cd61b8bed8989c2b36ceec

  • #Covid-19: Mu Rwanda abakize ni 5, habonetse abandi barwayi bashya 5 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 5 babonetse mu bipimo 2,051 bakaba bose babonetse muri Kigali.

    Kugeza kuri uyu wa Kane, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,017 muri bo abamaze gukira ni 4,803 naho abakivurwa ni 180.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 34.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-abakize-ni-5-habonetse-abandi-barwayi-bashya-5

  • Guverineri Kayitesi yakebuye abayobozi bahutaza abaturage mu ishyirwamubikorwa rya Ejo Heza na Mituelle #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe hakomeje kugaragara abaturage binubira kuba bakora muri VUP bajya guhembwa bagasanga ku marembo ya SACCO hahagaze umuntu waka ubwishingizi bwa Ejo Heza n’ubwa Mituelle de santé ku buryo badashobora gusohoka batayishyuye izi gahunda.

    Ejo Heza ni gahunda yatangijwe na Perezida Paul Kagame igamije ko Abanyarwanda bateganyirize izabukuru. Nubwo bimeze gutya ariko ubuyobozi buvuga ko iyi gahunda kuyijyamo ari ubushake bw’umuntu aho kuba agahato.

    Mu turere dutandukanye turimo Huye na Gisagara hari abaturage baherutse gutangaza ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwabagurishirije amatungo bushakamo ubwisungane mu kwivuza ngo bwese uyu muhigo.

    Guverineri Kayitesi mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 22 Ukwakira 2020 yavuze ko abayobozi badakwiye guhutaza abaturage mu gihe babasaba kwishyura Ejo Heza na Mutuelle de santé. Ngo ahubwo bakwiye gukoresha ubukangurambaga ku buryo abaturage babyumva.

    Yagize ati 'Niba hari umuturage wakubiswe, niba hari umuturage wambuwe ibyo ntabwo byemewe ibi byose bikorwa mu buryo bw’ubukangurambaga'.

    Uyu muyobozi yibukije abaturage ko bafite uburenganzira bwo kwirenganuza igihe bahohotewe n’umuyobozi.

    Ati 'Haramutse harimo umuyobozi wabigizemo uruhare yabihanirwa kuko natwe abayobozi ntabwo dufite ubudahangarwa bwo gukora ibidakorwa cyangwa ibitemewe n’amategeko'.

    Guverineri Kayitesi avuga ko imyumvire y’abaturage kuri gahunda y’ubwisungane mu kwivuza igenda izamuka gusa ngo ntabwo bose barayumva. Ibi abingira ku kuba abamaze gutanga ubwisungane mu kwiva ari 93% mu gihe hashize amezi 3 umwaka wa mituelle de santé utangiye.

    Kugeza ubu Abanyarwanda bamaze gutanga ubwizigame bwa Ejo Heza ni ibihumbi 600 biganjemo abo mu turere tw’ibyaro. Amafaranga amaze gutangwa muri gahunda ya Ejo Heza yose hamwe agera kuri miliyari 7.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Guverineri-Kayitesi-yakebuye-abayobozi-bahutaza-abaturage-mu-ishyirwamubikorwa-rya-Ejo-Heza-na-Mituelle

  • Perezida Kagame yakiriye indahiro z’Abasenateri bashya (Amafoto) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yavuze ko yizera ko Abasenateri bashya bazanye ubunararibonye n’amaraso mashya azafasha mu kugera ku ntego igihugu cyiyemeje.

    Yibukije Abasenateri ko bahagarariye Abanyarwanda, bakaba bakwiye gukora bazirikana ibyifuzo by’abaturage.

    Yavuze ko gukorera u Rwanda bisaba ubwitange mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije u Rwanda ahanini bishingiye ku mateka igihugu cyanyuzemo.

    Ati “Kuri twe aho tuva ni kure n’aho tujya ni kure, birumvikana rero ko ibyo twitezweho ari byinshi.”

    Perezida Kagame yagaragaje ko muri urwo rugendo hataburamo imbogamizi zaba izo mu gihugu imbere ndetse n’imbogamizi zihuza ibihugu.

    Yagaragaje ko hari n’imbogamizi z’icyorezo cya COVID-19, ariko ko atari umwihariko w’u Rwanda, dore ko icyorezo cyageze n’ahandi ku isi, ariko avuga ko u Rwanda n’Abanyarwanda bakomeje gukora ibishoboka byose ngo bahangane n’ingaruka zacyo, ari na ko bakomeza kucyirinda.

    Kuba iki cyorezo cyaraje cyiyongera ku bindi bibazo Igihugu gifite, Umukuru w’Igihugu yavuze ko iyo ibibazo bibaye byinshi n’abantu bagomba gukuba inshuro nyinshi imbaraga bakoresha mu guhangana na byo.

    Umuhango wo kurahira kw’abo basenateri wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga amategeko, witabirwa cyane cyane n’abagize imitwe yombi y’Inteko ishinga amategeko, abagize Guverinoma n’abandi bayobozi bakuru mu nzego nkuru za Leta.

    Abasenateri barahiye ni batandatu. Barimo bane bashyizweho n’Umukuru w’Igihugu ari bo Kanziza Epiphanie, Prof Dusingizemungu Jean Pierre, Twahirwa André na Uwizeyimana Evode.

    Abandi babiri barahiye bashyizweho n’ihuriro ry’Igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politike, ari bo Mugisha Alexis na Mukakarangwa Clotilde.

    Aba basenateri batandatu basanzemo abandi 20 bo bamaze umwaka muri Sena.

    Muri uyu muhango kandi, Perezida Kagame yakomoje no ku kibazo cy’ibiciro by’ingendo mu modoka za rusange kimaze iminsi kitavugwaho rumwe. Kanda HANO usome inkuru irambuye.

    Andi mafoto:

    Senateri Uwizeyimana Evode

    Senateri Uwizeyimana Evode
    Senateri Mugisha Alexis
    Senateri Mugisha Alexis

    Senateri Kanziza Epiphanie

    Senateri Kanziza Epiphanie

    Prof Dusingizemungu Jean Pierre

    Prof Dusingizemungu Jean Pierre
    Senateri Twahirwa André
    Senateri Twahirwa André
    Senateri Mukakarangwa Clotilde
    Senateri Mukakarangwa Clotilde

    Amafoto: Village Urugwiro

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/Perezida-Kagame-yakiriye-indahiro-z-Abasenateri-bashya-Amafoto

  • Name Change Request #rwanda #RwOT

    We inform you that the named NYIRANTAZIWABO Angelique, daughter of Mahame Cyprien and Mukasamari, domiciled at Ruhande Village, Kayenzi Cell, Bwishyura Sector, Karongi District, in the Western Province, applied for the authorization of the change of name from his current name NYIRANTAZIWABO Angelique to be called DUSABIMANA Angelique in the National Population Registry. The reason for the change of name is that izina ntarishaka.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Amatangazo-y-akazi/article/Name-Change-Request

  • Suspected robber arrested in Rusizi #rwanda #RwOT

    Eric Tuyizere, 35, was arrested a day after he ambushed and robbed a woman identified as Xaverine Nyiramitero, 53, of Rwf 225,000 in Sumuyamana Village, Kinyaga cell in Nkaka sector.

    Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi, the Police spokesperson for the Western region, said that at about 7 pm on October 19, Tuyizere ambushed Nyiramitero, who was going to buy goods in Sumuyamana trading centre.

    “Tuyizere resides in the same village, and it’s likely he has been monitoring the victim and was well versed with her financial status. When she went out that evening to buy some goods, Tuyizere ambushed her along the way, assaulted her before he took all the Frw225,000 she had, good enough she managed to recognise the robber,” CIP Karekezi said.

    He added: “The victim immediately told the local security personnel, who trailed Tuyizere and found him in the nearby local bar drinking. Unfortunately, when the local security personnel tried to apprehend him, Tuyizere’s friends, whom he was buying alcohol, became violent to prevent his arrest, which gave room for Tuyizere to flee.

    However, in partnership with Irondo and local residents, Tuyizere was located and arrested the following morning of October 20, with only Frw128,000.”

    CIP Karekezi explained that there have been reports of criminals, who ambush people at night in the area, steal their valubales and escape towards the nearby swamp, and Tuyizere was suspected to be part of the gang.

    Tuyizere has since been handed over to RIB.

    Article 168 of the law relating to offences and penalties in general in Rwanda, states that if theft is carried out with violence or threats, the penalty is an imprisonment for a term of not less than five years and not more than seven years, and a fine of not less than Frw3 million and not more than Frw5 million.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/suspected-robber-arrested-in-rusizi

  • Donald Trump & Joe Biden In Faceoff Debate Tonight #rwanda #RwOT

    Tonight the world will switch to global radio and Television channels to keep track of the upcoming heated presidential debate involving incumbent President Donald Trump a Republican party candidate and Joe Biden former Vice President and Candidate carrying the Democratic Party flag.

    The debate tonight is expected to tackle sensitive topics ranging from Biden and Trumps records, the US economy, Supreme Court, Race and the Covid-19 Pandemic.

    The two candidates first took their tests for Covid-19. Democratic nominee Joe Biden tested negative for Covid-19 ahead of tonight's final debate.

    He said via twitter, 'I've spent my entire career fighting for the middle class and standing up to the abuse of power. Donald Trump has spent his entire career looking out for himself and abusing his power.'

    In another scathing attack, President Trump twitted, 'Obama is campaigning for us. Every time he speaks, people come over to our side. He didn't even want to endorse Sleepy Joe. Did so long after primaries were over!'

    'I am not just running against Biden, I am running against the Corrupt Media, the Big Tech Giants, and the Washington Swamp. It is time to send a message to these wealthy liberal hypocrites by delivering Joe Biden a THUNDERING defeat on November 3rd!'

    For those who keenly follow Trumps tweets, he said hours ago that the Radical Biden-Harris Agenda is projected to slash the typical American's income by $6,500 per year. 'They will raise TAXES by $4 TRILLION DOLLARS — triggering a mass exodus of jobs out of America and into foreign countries.'

     

    The post Donald Trump & Joe Biden In Faceoff Debate Tonight appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/donald-trump-joe-biden-in-faceoff-debate-tonight/

  • Hyundai yahaye u Rwanda ibikoresho byo guhangana na #COVID19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muramira Jean Paul (ibumoso) wari uhagariye Hyundai na Darius Uzabakiriho (iburyo) wari uhagarariye Ministeri y
    Muramira Jean Paul (ibumoso) wari uhagariye Hyundai na Darius Uzabakiriho (iburyo) wari uhagarariye Ministeri y’ubuzima mu muhango wo kwakira ibyo bikoresho

    Kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, ikigo cya Hyundai kibinyujije kuri Minisiteri y’Ubuzima, cyatanze ibikoresho bizifashishwa mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus, icyo gikorwa kikaba cyabereye ku cyicaro cy’ishami rya Hyundai mu Rwanda.

    Muri ibyo bikoresho byatanzwe, harimo udupfukamunwa ibihumbi 25, ndetse n’imyambaro 1,000 yabugenewe yambarwa n’abaganga mu rwego rwo kwirinda COVID-19.

    Darius Uzabakiriho wari uhagarariye Ministeri y’ubuzima wakiriye ibi bikoresho, yashimye ikigo cya Hyundai ku bw’iki gikorwa, aho avuga ko n’ibigo by’abikorera bikenewe mu rwego rwo gutanga umusanzu mu guhangana na Coronavirus.

    Yagize ati “Ministeri y’Ubuzima yishimiye ibi bikoresho, biraza gufasha mu kurwanya iki cyorezo. Twabonye ko ari igikorwa cyiza Hyundai iri gukora ku isi yose n’u Rwanda turishimye. Urabona ko ibi bikoresho bizafasha no kurinda abaganga, turashimira abafatanyabikorwa badufasha muri uru rugamba.”

    Yongeyeho ati “Turishimye ko n’abikorera by’umwihariko nka Hyundai bari guhuriza hamwe imbaraga na Leta mu guhangana n’iki cyorezo, turizera ko ibi bikoresho bizadufasha cyane, hamwe n’izi mbaraga zishyizwe hamwe, turizera ko iki cyorezo tuzagitsinda burundu.”

    Uwari uhagarariye Hyundai mu Rwanda, Muramira Jean Paul, yatangaje ko iyi ari gahunda Hyundai Motor Company yiyemeje gukora mu bihugu 37 byo mu Burasirazuba bwo hagati ndetse na Afurika, avuga ko ari intangiriro ariko ko bazakomeza gufatanya na Leta mu guhangana na COVID-19.

    Muramira ati “Mu bihe nk’ibi bikomeye bya COVID-19, Hyundai ntiyakwicara idafasha ibihugu bitandukanye ku isi mu kurwanya iki cyorezo cya Coronavirus, ni yo mpamvu nk’uko byagenze no mu bindi bihugu, nka Hyundai ifite icyicaro muri Koreya yohereje ibikoresho byo gufasha bakora ibikorwa by’ubuzima binyuze muri Minisiteri y’Ubuzima, ni yo mpamvu twatanze utu dupfukamunwa ndetse n’imyambaro izafasha abita ku barwayi ba Coronavirus.”

    Ati “Ni ubwa mbere dutanze ibi bikoresho, ariko dukomeje guhangana n’iki cyorezo, tuzakomeza gufatanya na Minisiteri y’Ubuzima dutanga ibikoresho bitandukanye, kugeza iki cyorezo tugitsinze burundu.”


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/hyundai-yahaye-u-rwanda-ibikoresho-byo-guhangana-na-covid19

  • Discover Belgian Colonialist Who Brewed Pineapple Wine On Lake Muhazi #rwanda #RwOT

    On the serene shoreline of Lake Muhazi seats hundreds of acres of land that were once owned by a Belgian colonialist that was known as Decant (second name not yet known). This place is in a village known as Nyamabuye village located at Gati cell in Gishali sector.

    This beautiful natural haven has since been acquired and developed into a 9-hole golf course under management of Falcon Golf Club which hosted the Rwanda Summer golf event on October 3-4.

    Decant, the Belgian was an industrious colonialists he grew vast acres of pineapples which he harvested and used to process a very delicious and punchy wine that was mostly consumed by local chiefs and also sold as far as Kigali. The highly alcoholic wine was known as Ingwe (leopard).

    According to stories from different elders in this village, Decant had built a concrete house for his family and another concrete reinforced hut about 100 metres away from the masters' quarter. The hut stands majestically more than half a century later. Those who come to play golf at this property don't know much about this mysterious concrete hut and simply ignore it.

    It is said that Decant left Rwanda immediately after the Belgian supported constitutional referendum in 1961, a constitution that effectively abolished the monarchy, and established a republic. Elderly Residents of Gati remember that Decant was a returning officer for the referendum. He left the country later.

    The spot where Decants home had been built is only survived by giant and very tall trees that host falcon birds and eagles from which they launch stealth and high speed attacks into the lake to pluck out fish. Watching these endless attacks into the waters by these birds offers a great connection with nature.

    Thus the concrete hut was the house for a nanny that took care of Decant's children, 'whenever the he was so busy with meetings or processing wine, he would send the children to be with the nanny at her hut,' says one of the children of a former guard at this facility.

    Rwanda's History Linked To Lake Muhazi

    Lake Muhazi is 60 km long, in an east-west direction, but its width is less than 5 km. It is located in east-central Rwanda and has shoreline in three of the country's five provinces.

    The western third of the lake forms the border between Kigali (Gasabo District) to the south, and Northern Province (Gicumbi District) to the north. The eastern two-thirds or the lake is in the Eastern Province, forming the border between Rwamagana District to the south, and Gatsibo and Kayonza Districts to the north.

    According to oral history the Kingdom of Rwanda was founded in the 14th century after disintegration of Kitara empire on the shores of Lake Muhazi in the Buganza area, close to the modern city of Rwamagana.

    At that time Rwanda was a small state in a loose confederation with larger and more powerful neighbours, Bugesera and Gisaka.

    By playing these neighbours against each other, the early kingdom flourished in the area, expanding westwards towards Lake Kivu. In this expanded kingdom, the region around the lake became a powerful religious site, being synonymous with the earliest and most revered Mwamis of the kingdom.

    In the late 16th or early 17th centuries, the kingdom of Rwanda was invaded by the Banyoro and the kings forced to flee westward, leaving Buganza and the Lake Muhazi area in the hands of Bugesera and Gisaka.

    The formation in the 17th century of a new Rwandan dynasty by mwami Ruganzu Ndori, followed by eastward invasions, the retaking of Buganza and the conquest of Bugesera, marked the beginning of the Rwandan kingdom's dominance in the area.

    Lake Muhazi became a border zone between Rwanda and the still independent Gisaka, a situation which remained in place for 200 years, despite several unsuccessful attempts by the Rwandan kings to subdue Gisaka. Eventually, in around 1830, Gisaka was annexed and the eastern borders of the state began to take their present form, with the lake fully under Rwandan control.

    Under German and Belgian colonial rule Lake Muhazi became an important east—west transport route, linking Kigali and the west of the country with the north-south and eastbound roads from Gahini.

    From 1922, the eastern area was temporarily fell under British control as part of the surveying process for the proposed Cape-Cairo railway, a period during which the Church Missionary Society (CMS), started missionary and medical work across eastern Rwanda.

    This land was returned to Belgium in 1924 but the rulers allowed the CMS to continue its work, and a permanent mission and hospital was set up close to Lake Muhazi in Gahini village.

    The post Discover Belgian Colonialist Who Brewed Pineapple Wine On Lake Muhazi appeared first on Taarifa Rwanda.

    Source : https://taarifa.rw/discover-belgian-colonialist-who-brewed-pineapple-wine-on-lake-muhazi/