Category: Uncategorized

  • Nyuma yo guhamwa n' icyaha cyo gusambanya umwana we w' imyaka 14 yakatiwe igifungo cy' imyaka 50 #rwanda #RwOT

    Muri uganda Urukiko Rukuru rwa Jinja, rwakatiye umugabo imyaka 50 y'igifungo wari ukurikiranweho gusambanya no gutera inda umwana we w'umukobwa w'imyaka 14 y' amavuko.

    Uyu mugabo witwa Amuza Kamulya, yemeye icyaha nyuma y'aho umukobwa we n'umugore we bamutanzeho ubuhamya mu rukiko.

    Amuza Kamulya yabanje guhakana icyaha ndetse akangisha umukobwa we kuzamwica naramuka atungutse mu rukiko agiye kumushinja. Ariko, mu kwezi gushize, yahinduye ibitekerezo yemera icyaha nyuma y'aho umukobwa we n'umugore we bahamagajwe n'urukiko ngo batange ubuhamya mu rubanza rwe.

    Nk'uko Daily Monitor dukesha iyi nkuru ivuga ko ku itariki 13 Ukwakira, ubwo Umucamanza, Margaret Mutonyi, yasobanuye ibikorwa bya Amuza nk'ibya kinyamanswa ndetse bya gishitani
    Umucamanza ati:

    'Inyamanswa yahamijwe icyaha yibye umukobwa we agaciro yigiriraga ndetse igambanira icyizere yamugiriraga. Imyitwarire ye idahwitse, ya gishitani n'ubugome, yamusigiye ikimenyetso kitazigera na rimwe kimuhanagurwa mu mutwe kandi kwangizwa azabana nabyo ubuzima bwose'.

    Umucamanza yakomeje avuga ko uyu mugabo wahisemo kwangiza umukobwa we, aho kumurinda, yari akwiriye
    gukatirwa igihano cyo kwicwa amanitse, ariko kuko yemeye icyaha yamuhaye igihano cyo gufungwa imyaka 50.

    Ibimenyetso by'ubushinjacyaha byagaragaje ko iteka Kamulya yajyanaga n'umukobwa we iyo yabaga agiye kuragira amatungo. Yavugaga ko arimo kumurinda abahungu, ahubwo akaba ari we umufatirana akamusambanya.

    Mu gufata umwanzuro, Umucamanza Mutonyi ngo yasanze iri hohotera rishingiye ku gitsina rikorerwa abana rimaze gufata intera asanga inkiko zikwiye gutanga ubutumwa bukomeye ku bakora iki cyaha. Ati:

    'Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana n'abantu babana mu muryango rirakabije kandi risiga ryangije abahohotewe.Muri uru rubanza, imyitwarire yagaragajwe n'uwahamijwe icyaha, ikwiye guhanwa'.

    Umucamanza yongeyeho ko niba ashobora gutinyuka gukorera ibi bintu umwana yibyariye adashobora kuzuyaza
    kubikorera umwana w'abandi.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/28/nyuma-yo-guhamwa-n-icyaha-cyo-gusambanya-umwana-we-w-imyaka-14-yakatiwe-igifungo-cy-imyaka-50/

  • Rubavu: RIB yataye muri yombi umukobwa w' imyaka 19 uregwa gukuramo inda n' abafatanyacyaha be #rwanda #RwOT

    Ku wa Mbere tariki ya 26 Ukwakira 2020, Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB , rwataye muri yombi umukobwa w'imyaka 19 n'abamufashije gukuramo inda barimo uwamuhaye ibinini yakoresheje.

    Nyuma y'amakuru yatanzwe avuga ko hari uruhinja rwatawe mu musarane wo mu Mudugudu wa Bugasha, Akagari ka Rubona mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu.Icyo gihe inzego z'ibanze n'izumutekano zaje gukurikirana zisanga ayo makuru ari impamo.

    Umuvugizi w'Umusigire w'Urwego rw'Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B Thierry yemeje aya makuru avuga ko abafashwe bakurikiranyweho icyaha gifite aho gihuriye no gukuramo inda.Yagize ati:

    'Tariki ya 26 Ukwakira 2020 RIB yafunze Gakobwa [Izina yiswe] w'imyaka 19, ukomoka mu Nkambi ya Kiziba iherereye mu Karere ka Karongi akurikiranyweho icyaha cyo gukuramo inda, Gasore [izina ryahinduwe] nawe ukomoka mu Karere ka Karongi akurikiranyweho gutanga ibinini bakoresheje bakuramo inda n'undi utuye mu Kagali ka Rubona ucyekwaho ubufatanyacyaha. Aba bose bakurikiranyweho icyaha gifite aho gihuriye no gukuramo inda.'

    Yasabye Abanyarwanda gukurikiza amategeko, bakirinda ibyaha kuko aribyo biganisha ku kwica amategeko.

    Umurambo w'uruhinja nyuma yo gukurwa mu musarani wahise ushyingurwa naho ababigizemo uruhare uko ari batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi mu gihe iperereza rikomeje ngo dosiye yabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Aba bose bakurikiranyweho icyaha gifite aho gihuriye no gukuramo inda

    Ingingo ya 123 Nº68/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange ryo ku wa 30/08/2018 ivuga ko umuntu wese wikuyemo inda, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe ariko kitarenze imyaka itatu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi y'ibihumbi 100 Frw ariko atarenze ibihumbi 200.

    Naho ingingo ya 124 ivuga ko umuntu wese ukuramo undi inda, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu.

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/28/rubavu-rib-yataye-muri-yombi-umukobwa-w-imyaka-19-uregwa-gukuramo-inda-n-abafatanyacyaha-be/

  • Imikino y' amahirwe yarimaze amezi agera kuri 7 idakora yahawe icyizere.Reba indi myanzuro yafashwe #rwanda #RwOT

    Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri iyobowe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yongeye gusuzuma ingamba zo gukumira ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19 mu gihugu cy'Urwanda ndetse no kurebera hamwe ibindi bibazo by'ugarije igihugu muri rusange.

    Mu myanzuro mishya yafatiwe muri iyi nama ni ifungurwa ry'imikino y'amahirwe abenshi bazi nka Betting aho izafungura mu byiciro.

    Insengero zemerewe gukora ku kigero cya 50% by'ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu.

    Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 75.

    Reba indi myanzuro yafatiwe muri iyi nama yabaye kuri uyu wa Kabiri Ukwakira 2020

    Source : https://impanuro.rw/2020/10/28/imikino-y-amahirwe-yarimaze-amezi-agera-kuri-7-idakora-yahawe-icyizere-reba-indi-myanzuro-yafashwe/

  • Amakipe ya UTB yamuritse imyenda mishya n’abakinnyi azakoresha muri shampiyona #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Shampiyona ya Volleyball iratangira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Ukwakira kugeza 31 Ukwakira 2020 ikazakinirwa muri Sitade nto i Remera.

    Ikipe ya UTB y’abagabo iri gukina umwaka wayo wa kane muri shampiyona ya Volleyball mu Rwanda. Iyo kipe yakoze ibishoboka byose kugira ngo izegukane igikombe cy’uyu mwaka haba mu kugura abakinnyi, umutoza Nyirimana Fidèle wifuza guhesha ishema iyi kipe ndetse no gukomeza kuba ubukombe muri Volleyball yo mu Rwanda.

    Urutonde rw’abakinnyi n’abatoza ba UTB VC y’abagabo

    ▪️ Nsabimana Mahoro Ivan
    ▪️ Ntagengwa Olivier
    ▪️ Murangwa Nelson
    ▪️ Muvunyi Fred
    ▪️ Sibomana Placide (Madson)
    ▪️ Sibomana Jean Paul
    ▪️ Mugisha Emmanuel
    ▪️ Musoni Fred
    ▪️ Nkurunziza John
    ▪️ Rukundo Bienvenue
    ▪️ Nzirimo Mandela
    ▪️ Karera Emile Dada
    ▪️ Irakoze Alain
    ▪️ Mutuyimana Aimable
    ▪️ Niyogisubizo Samuel (Tyson)

    Abayobozi
    ▪️ Nyirimana Fidèle (Umutoza mukuru )
    ▪️ Hitayezu Emmanuel (Team manager)

    UTB Volleyball Club y’abagore iri gukins umwaka wayo wa kabiri muri Volleyball mu Rwanda aho imaze gutwara ibikombe umunani bitandukanye harimo na shampiyona ya 2018/2019, ikaba ishaka kwisubiza iki gikombe.

    Urutonde rw’abakinnyi n’abatoza ba UTB VC y’abagore

    ▪️ Nyirarukundo Christine
    ▪️ Irakoze Belise
    ▪️ Utegerejimana Claudette
    ▪️ Uwimbabazi Leah
    ▪️ Uwamariya Jacqueline
    ▪️ Muhoza Louise
    ▪️ Irahoza Patience
    ▪️ Mukandayisenga Benitha
    ▪️ Nzayisenga Charlotte
    ▪️ Mutoni Bertille

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/amakipe-ya-utb-yamuritse-imyenda-mishya-n-abakinnyi-azakoresha-muri-shampiyona

  • Kirehe : Umuturage wari ufite imyaka 88 yishwe na Coronavirus #rwanda #RwOT

    Amakuru yatanzwe n’iyi Minisiteri kuri uyu wa 27 Ukwakira 2020, agaragaza ko uwitabye Imana kuri uyu wa Kabiri ari umubyeyi w’imyaka 88 w’i Kirehe.

    Kuri uyu wa 27 Ukwakira 2020, abantu 11 basanzwemo ubwandu bwa COVID-19 iterwa na Coronavirus mu bipimo 1594 byafashwe, bituma umubare w’abamaze kwandura uba 5084 mu gihe batatu bakize, abamaze gusezererwa nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite baba 4851.

    Abarwayi bashya bagaragaye muri Kigali ahasanzwe umunani, mu gihe mu Turere twa Kirehe, Musanze na Nyamagabe buri hose hakuwe umwe.

    Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo bya Coronavirus 550 532, byasanzwemo 5084 banduye. Muri bo 4851 barakize, 198 baracyari kwitabwaho bavurwa ibimenyetso mu gihe abo iki cyorezo kimaze guhitana ari 35.

    Abanyarwanda bagirwa inama yo gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyizweho, bibuka kwambara agapfukamunwa buri gihe bavuye mu ngo, bakaraba intoki kenshi, birinda amakoraniro n’ibindi bintu byose bishobora guhuriza hamwe abantu benshi.

    Uwiyumvamo ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, guhumeka nabi, gucika intege n’ibindi, agahamagara umurongo utishyurwa wa 114 cyangwa akiyambaza umujyanama w’ubuzima kugira ngo ahabwe ubufasha.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Ubuzima/article/Kirehe-Umuturage-wari-ufite-imyaka-88-yishwe-na-Coronavirus

  • Ingengabihe ya Shampiyona ya Volleyball yatangajwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni imikino itangira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 kugeza ku wa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020 muri Stade nto (petit stade) i Remera. Amakipe ane yabaye aya mbere mu bagabo n’andi ane mu bagore ni yo azakina iri rushanwa.

    Ayo makipe ni : Gisagara VC ,REG VC ,UTB VC na APR VC mu bagabo, naho mu bagore ni UTB VC, RRA VC, APR VC na KVC mu bagore.

    Abagore:

    Ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020

    09:00-11:00: RRA VC vs UTB VC
    12:00-14:00: APR VC vs KVC

    Kuwa Kane tariki 29 Ukwakirqa 2020

    09:00-11:00: RRA VC vs APR VC
    12:00-14:00: UTB vs KVC

    Kuwa Gatanu tariki 30 Ukwakira 2020

    09:00-11:00: RRA VC vs KVC
    12:00-14:00: APR VC vs UTB VC

    Kuwa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020

    09:00-11:00: iya Gatatu vs Iya Kane: Guhatanira umwanya wa Gatatu

    15:00-17:00: iya mbere n’iya kabiri: Guhatanira umwanya wa mbere.

    Abagabo:

    Ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020

    15:00-17:00 : APR VC vs UTB VC
    18:00-20:00: REG vs Gisagara VC

    Kuwa Kane tariki 29 Ukwakira 2020

    15:00-17:00: APR VC vs REG VC
    18:00-20:00 : UTB VC vs Gisagara VC

    Kuwa Gatanu tariki 30 Ukwakira 2020

    15:00-17:00: APR VC vs Gisagara VC
    18:00-20:00: REG VC vs UTB VC

    Kuwa Gatandatu tariki 31 Ukwakira 2020

    12:00-14:00: iya Gatatu n’iya kane : Guhatanira umwanya wa Gatatu

    18:00-20:00: iya mbere n’iya kabiri: Iya mbere n’iya kabiri

    Mu kiganiro cyahuje ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) n’itangazamakuru ku wa Kabiri tariki 27 Ukwakira 2020 mu cyumba cy’Inama cya Minisiteri ya Siporo, umuyobozi wa FRVB Karekezi Leandre yavuze ko imyiteguro irimbanyije.

    Yagize ati “Imyiteguro igeze kure, amakipe yamaze gupimwa, twamaze kuyageza aho agomba gucumbikirwa yahageze. Navuga ko igitinze ari umunsi nyirizina.”

    Ibihembo bizatangwa: Ikipe ya mbere izahembwa miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000), iya kabiri ihembwe ibihumbi magana inani (800,000), iya Gatatu izahembwa ibihumbi magana atanu by’u Rwanda (500,000) mu bagabo n’abagore.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/volleyball/article/ingengabihe-ya-shampiyona-ya-volleyball-yatangajwe

  • Inama y'abaministri yakomoreye imikino y'amahirwe yarimaze amezi agera kuri 7 idakora #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa kabiri tariki ya 27 ukwakira 2020 Nyakubahwa prezida wa Republika y'Urwanda Paul kagame yayoboye inama y'amaministri Y'igaga ku ngamba zo kurwanya corona virus mu gihugu cy'Urwanda ndetse no kurebera hamwe ibindi bibazo by'ugarije igihugu muri rusange

    imwe mu myanzuro mishya yafatiwe muri iyi nama ni ifungurwa ry'imikino y'amahirwe abenshi bazi nka Betting ndetse naza Casino zari zarafunzwe ubwo icyorezo cya corona virus cyageraga mu Rwanda kugeza na nubu

    abari bafite imirimo muri izo kompanyi bahoraga bategereje ngo barebe ko bazabafungurira nabo bakabona amaramuko

    indi myanzuro yafatiwe muri iyi nama ni iyi ikurikira

    Page yambere y'imyanzuro y'inama
    Page ya kabiri y'imyanzuro y'inama y'abaministri

    The post Inama y'abaministri yakomoreye imikino y'amahirwe yarimaze amezi agera kuri 7 idakora appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/10/27/inama-yabaministri-yakomoreye-imikino-yamahirwe-yarimaze-amezi-agera-kuri-7-idakora/