Category: Uncategorized

  • APR FC na Rayon Sports mu makipe yahanwe na FERWAFA #rwanda #RwOT

    Federasiyo y’umupira w’amaguru mu Rwanda’FERWAFA’ yamaze gufatira ibihano amakipe atanu arimo APR FC na Rayon Sports iyaziza kuba yarakinnye imikino ya gishuti nta burenganzira yabiherewe.

    Amakipe yahanwe ni Rwamagana City FC, Rayon Sports, Alpha FC, Rutsiro FC na APR FC.

    Ni ibihano bafatiwe kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ugushyingo 2020 ndetse ahita amenyeshejwa ibihano yafatiwe kubera gukina imikino ya gishuti nta burenganzira yabisabiye ngo anabuhabwe.

    FERWAFA ikaba yibukije amakipe ko gukina imikino ya gishuti cyangwa kuyigiramo uruhare bisabirwa uburenganzira nk’uko biteganywa n’Amategeko Shingiro hamwe n’Amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA.

    Muri iki gihe bikaba byarashyizweho imbaraga kubigenzura cyane kubera icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije Isi n’u Rwanda.

    Ni muri urwo rwego Komite Nyobozi ya FERWAFA yateranye ku wa 11 Ugushyingo 2020 yize ku kibazo cy’amakipe akina imikino ya gishuti nta buranganzira yasabye cyangwa ngo abuhabwe, yemeza ko ayo makipe agomba gucibwa ihazabu (amende) ringana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atanu (500 000Frw) ku mukino nk’uko biteganywa n’ingingo ya munani (8) y’umugereka wa kabiri w’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA.

    Rayon Sports ikaba igomba kwishyura ibihumbi 500 kubera umukino wa Alpha yakinnye nta burenganzira, ndetse uyu mukino ukaba warahagaze ugeze ku munota wa 70.

    APR FC bivugwwa ko mu mikino igera muri 7 ya gishuti imaze gukina, imikino 3 nta burenganzira yigeze ibisabira bityo ko igomba kwishyura miliyoni n’igice.

    Aya makipe yose yahawe iminsi 30 yo kuba yamaze kwishyura ihazabu.

    APR FC na Rayon Sports ziri mu makipe yahanwe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-na-rayon-sports-mu-makipe-yahanwe-na-ferwafa

  • Misiri: Umugabo yishumitse arashya polisi itabara atarakongoka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amakuru aravuga ko yabikoze mu rwego rwo kwigaragambya yamaganaga ruswa n’imibereho mibi abayemo we n’umuryango we.

    Uyu mugabo ngo yirukanywe ku kazi yakoraga muri banki azira kugaragaza ibyaha bya ruswa harimo n’ibikorwa n’abayobozi ba Leta.

    Inkuru y’uyu mugabo utatangajwe amazina yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, aho uwo mugabo mbere yo kwitwika yabanje kuvuga ko ubuzima bwe bumeze nabi kandi ko adashobora kwibeshaho ngo abesheho n’umuryango we.

    Uyu mugabo ngo yateye abantu impungenge ubwo yajyaga mu muhanda rwagati afite akajerekani ka lisansi. Ngo akimara kuyimena ku mubiri we nibwo yasabye abapolisi n’abandi bantu bari aho kutamwegera.

    Ibitangazamakuru byo mu gihugu bisubiramo amagambo yavugaga mu gihe yitwikaga agira ati: “Igihugu kiri gusenywa n’itsinda rito ry’abajura”. Ubwo yari arangije kuvuga ayo magambo nibwo yahise yishumika arashya bikomeye ariko abapolisi bari hafi bakoresheje uburyo bwose bushoboka babasha kumuzimya agihumeka, ahita ajyanwa kwa muganga aho ari kwitabwaho.

    Ibikorwa byo kwitwika si ubwa mbere bigaragaye mu bihugu by’abarabu. Mu mwaka wa 2010 umugabo wacururizaga ku muhanda mu gihugu cya Tunisia; witwaga Tarek el-Tayeb Mohamed Bouazizi yishumitse aritwika arakongoka nyuma y’uko abapolisi bari bamwambuye utuntu duke yacuruzaga.

    Ibi byatangije imyigarambyo idasanzwe muri Tunisia yasize Perezida Zine El Abidine Ben Ali wari umaze imyaka irenga 24 ku butegetsi yegura.

    Ibikorwa nk’ibi byo kwigumura kw’abaturage byahise byaduka no mu bindi bihugu by’abarabu byinshi nka Misiri, Koweit, Libya, Syria, Yemen, Iraq n’ahandi… aho bamwe mu bayobozi muri ibi bihugu bari bayoboye imyaka myishi bahise bahirikwa ku butegetsi bamwe baranicwa, ahandi bitera intambara za gisivili hagati y’abenegihugu zigikomeza kugeza na magingo aya.

    Inkubiri y’Abarabu ni na yo yatumye Omar al Bashir wayoboye Sudan imyaka irenga 30 arekura ubutegetsi mu minsi ishize biturutse ku gitutu cy’abaturage.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/hanze-y-igihugu/article/misiri-umugabo-yishumitse-arashya-polisi-itabara-atarakongoka

  • War Resumes In Western Sahara After 30 Years Of Ceasefire #rwanda #RwOT

    It is never over until it is over. Guns and bombs are blazing again in Africa's most contested land of Western Sahara desert bringing an end to a ceasefire that has been in place for the past 29 years.

    Western Sahara is a former Spanish colony mostly under Morocco's control.

    The ceasefire collapsed after Morocco said Friday that it had sent troops into no man's land to reopen a road to neighbouring Mauritania.

    An Algerian-backed independence movement — which holds a fifth of the territory — has campaigned for a vote on self-determination through decades of war and deadlock.

    The north African territory sits on the western edge of the Sahara desert, stretching along about 1,000 kilometres (620 miles) of Atlantic coastline.

    At 266,000 square kilometres (103,000 square miles) it is relatively large — but its inhospitable terrain supports only around half a million people.

    With Morocco to the north, Algeria to the east and Mauritania to the south and southeast, it boasts large reserves of phosphate and rich offshore fisheries.

    As Spain withdrew in 1975, Morocco moved in, claiming the territory was part of the kingdom.

    It was opposed by the Polisario Front, which took up arms to fight for independence.

    The dispute was referred to the International Court of Justice in The Hague, which ruled in favour of self-determination.

    In November 1975, 350,000 Moroccans took part in the so-called Green March to the border to press the kingdom's claim.

    In February 1976, the Polisario Front proclaimed the Sahrawi Arab Democratic Republic (SADR), with the support of allies including Algeria and Cuba.

    — Huge sand walls —

    The Polisario initially gained the upper hand, before being pushed back into the interior.

    During the 1980s, Morocco built a series of concentric walls in the desert, most made of sand, to keep Polisario fighters out of territory where it had established control.

    The outermost defensive line runs for 2,700 kilometres, ringing the 80 percent of the Western Sahara now under Moroccan control.

    It is fortified with barbed wire and trenches and forms one of the world's largest minefields.

    The SADR is a member of the African Union, but controls just 20 percent of the territory, mostly empty desert.

    — Troubled region —

    The United Nations has repeatedly failed to find a lasting settlement since it brokered a ceasefire on the line of control in 1991.

    The UN deployed its MINURSO mission to monitor the ceasefire, and to organise a referendum on the territory's future status.

    The vote was set for 1992 but was aborted when Morocco objected to the proposed electoral register, saying it was biased.

    It now refuses to accept any vote in which independence is an option, and says only autonomy is on the table.

    The conflict has long poisoned Morocco's relations with neighbouring Algeria.

    Their common border has been closed since 1994, and between 100,000 and 200,000 Sahrawi refugees live in camps around the Algerian desert town of Tindouf.

    — Talks fail —

    After years of deadlock, former German president and UN special envoy Horst Koehler gets the two sides together in Geneva, along with Algeria and Mauritania.

    But two rounds of talks falter in March 2019. Koehler then retires for health reasons and has not been replaced.

    In the meantime, some 20 African countries open diplomatic offices in the Moroccan-held cities of Laayoune and Dakhla.

    — Rights abuses —

    A 2018 UN report on Western Sahara cited accounts of 'serious human rights violations' committed by Moroccan police against those pushing for self-determination.

    It additionally highlighted concerns over rights abuses in the Tindouf camps run by the Polisario.

    wirestory

    Source : https://taarifa.rw/war-resumes-in-western-sahara-after-30-years-of-ceasefire/

  • FERWAFA yahannye amakipe yakinnye imikino ya gicuti nta burenganzira #rwanda #RwOT

    Amakipe ya Rwamagana City FC, Rayon Sports, Alpha FC, Rutsiro FC na APR FC kuri uyu wa gatanu tariki 13 Ugushyingo 2020 yamenyeshejwe ibihano yafatiwe kubera gukina imikino ya gicuti nta burenganzira yabisabiye ngo anabuhabwe.

    Gukina imikino ya gicuti cyangwa kuyigiramo uruhare bisabirwa uburenganzira nk’uko biteganywa n’Amategeko Shingiro hamwe n’Amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA.

    Ni muri urwo rwego Komite Nyobozi ya FERWAFA yateranye ku wa 11 Ugushyingo 2020 yize ku kibazo cy’amakipe akina imikino ya gicuti nta buranganzira yasabye cyangwa ngo abuhabwe, yemeza ko ayo makipe agomba gucibwa ihazabu (amende) ringana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atanu (500 000Frw) ku mukino nk’uko biteganywa n’ingingo ya munani (8) y’umugereka wa kabiri w’amategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA.

    Urutonde rw’amakipe yahanwe:

    1. Rwamagana City FC
    2. Rayon Sports FC
    3. Alpha FC
    4. APR FC
    5. Rutsiro FC

    Aya makipe yose yahawe iminsi 30 yo kuba yamaze kwishyura ihazabu.

    Amakipe arashishikarizwa gukomeza gukurikiza amabwiriza n’inama bijyanye no gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Source : http://ferwafa.rw/spip.php?article2754

  • South Africa's Ruling Party Sec. Gen Granted Bail In Fraud Case #rwanda #RwOT

    The second most senior official in South Africa's ruling party ANC, Mr Ace Magashule was granted bail on Friday after he appeared before the Bloemfontein Magistrates Court over fraud.

    Amidst protests from the ruling party supporters that swammed outside the court. More than a thousand people clamoured outside the court Friday morning demanding to be let in.

    As the hearing went on, Magashule was charged with 21 counts of fraud, corruption and money laundering.

    According to court reports, the conditions of bail prevent Masgashule from making contact directly or indirectly with his former personal assistant Moroadi Chalota who has turned state witness.

    His lawyer Lawrence Hodes noted that the charge sheet does not mention his taking any money for himself.

    Magistrate Amos Moos pointed out the inconsistency of Magashule appearing in the dock unshackled.

    He stressed that his decision on bail has nothing to do with Magashule's position in society.

    Prosecutor Johann de Nysschen said Magashule was not handcuffed because of the degree of cooperation by the accused who turned himself in to the serious crimes squad known as the Hawks for arrest.

    Meanwhile, the ruling party is divided over this case. It has people demanding justice and an end to corruption and those alleging that the charges against Magashule are politically motivated by President Cyril Ramaphosa who has never wanted him as the party's secretary general.

    South Africa's ANC secretary-general Charged With Fraud

    Source : https://taarifa.rw/south-africas-ruling-party-sec-gen-granted-bail-in-fraud-case/

  • Mu Rwanda umuntu wa 42 yishwe na COVID-19, muri Gereza ya Muhanga haboneka 36 banduye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 43 babonetse mu bipimo 2,759 bakaba barimo uwabonetse i Kigali:1, Kirehe:1, Muhanga:36 (abapimwe muri Gereza ya Muhanga), Nyamagabe:2, Rubavu:2, Rwamagana:1

    Kugeza kuri uyu wa Gatanu mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,362 muri bo abamaze gukira ni 4,993 naho abakivurwa ni 328.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 42. Umuntu wa 42 wishwe na COVID-19 ni umugabo w’imyaka 72 y’amavuko witabye Imana ari i Rwamagana.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-umuntu-wa-42-yishwe-na-covid-19-muri-gereza-ya-muhanga-haboneka-36-banduye

  • 56 Burundians Deported From DRC #rwanda #RwOT

    A total of 56 Burundians are stranded at Port of Kabonga in Nyanza-lac commune in Makamba province.

    Reports indicate that they include; 49 men, 3 women and 4 children, they were dumped at the fishing port village on Monday but are currently living in very bad conditions according to local media.

    According to sources quoted by Iwacuburundi, before deporting these Burundians from neighbouring DRC, the Congolese authorities accused them of being irregulars without required documents. These returnees say they travelled to the DRC in search of work.

    For the moment these suppressed returnees are in an untenable situation, they have no food, they sleep outside as they continue waiting for their documents to be processed. But before that, the police will have to identify them before allowing them to return to their original villages in mainland Burundi.

    Health officials in Nyanza-Lac mobilized to organize samples in order to test for covid-19 on these returnees.

    Source : https://taarifa.rw/56-burundians-deported-from-drc/

  • 'Disarm Joseph Kabila'- Congolese Legislator Challenges President Tshisekedi #rwanda #RwOT

    President Felix Tshisekedi has been urged to completely disarm his predecessor Joseph Kabila as a means of clipping his feathers and cutting down the influence he wields.

    With the ongoing consultations, National Député Coco Mulongo said on Friday that President Tshisekedi met with the H. Katanga, Lualaba and Tanganyika parliamentary caucuses.

    'I told him of my concern, that of demilitarizing the senator for life [Joseph Kabila], so that he would not be accused of having a militia. Message received and taken seriously,' said National Député Coco Mulongo.

    The ongoing consultations initiated by President Felix Tshisekedi, the Common Front for Congo (FCC) political movement led by former President Joseph Kabila had rejected to participate in these consultations.

    However, on Friday, the Common Front for Congo (FCC) said it has authorized its Governors, within the framework of the Governors' Conference, to meet President Felix Tshisekedi.

    'The FCC remains respectful of inter-institutional consultations. It is within this framework that, as with the Conference of Governors, the party authorized its senior Provincial Governors to meet with the Head of State,'said Prof Nehemie Mwilanya via twitter.

    The FCC platform of the former President Kabila had said, at the end of the 2nd retreat held last weekend at Safari Beach that it would not participate in the consultations of Félix Tshisekedi, but that it was ready to discuss within the framework of the coalition agreement that the old and the new head of state had signed.

    DRC President Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo met with the Governors of the Provinces, on the eleventh day of the Presidential Consultations.

    Despite this boycott stance, certain personalities and FCC deputies still present themselves to President Tshisekedi's consultations under various hats, they include;  Pius Muabilu, Henri Thomas Lokondo, Lambert Mende, Ngoy Kasanji, Denis Kambayi, etc.

    Meanwhile, Prof Nehemie Mwilanya has come under fire and is being criticized for considering some governors as property of the FCC contrary to the provisions of the constitution.

    'Can Prof Nehemie Mwilanya, a doctor of law in his state, repeat these remarks in front of his own law students? It is truly to despair of the civic education of our elite of tomorrow! Governors are first and foremost governors of the Republic,' queried Franck Kayembe, Member of Ontario College of Teachers -Organizational Development Advisor.

    Source : https://taarifa.rw/disarm-joseph-kabila-congolese-legislator-challenges-president-tshisekedi/

  • Imbuto Foundation igiye guhemba abafite ibisubizo ku buzima bw’imyororokere n’ubwo mu mutwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Ikirenga wa Imbuto Foundation, Mme Jeannette Kagame, ubwo yatangaga ibihembo ku mishinga ya mbere yatsinze iaccelerator muri 2019

    Ni amarushanwa yiswe Innovation Accelerator(iaccelerator) abaye ku nshuro ya gatatu kuva mu mwaka wa 2016, aho imishinga itatu ya mbere ihabwa amafaranga angana n’amadolari ya Amerika ibihumbi 10 (akabakaba amanyarwanda miliyoni 10).

    Nk’urugero, Dr Muzungu Hirwa ukora ku bitaro byo ku Munini mu Karere ka Nyaruguru avuga ko muri 2016 ubwo yigaga muri Kaminuza, we na bagenzi be basuye inkambi y’impunzi i Mahama basanga abana b’imyaka 12 bahetse abandi, bagira ngo ni barumuna babo ariko baje kumenya ko ari abo bibyariye.

    Bagarutse batewe impungenge n’abana b’Abanyarwanda bashobora guhura n’icyo kibazo, ni ko gushyiraho urukuta rwa Facebook bakajya bashyiraho amakuru ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

    Nyuma yaho muri 2017 batanze uyu mushinga mu marushanwa ya iaccelerator, uza mu ya mbere ihabwa amafaranga awufasha gukora ikoranabuhanga(app) muri telefone, ndetse no gushinga urubuga rwa murandasi rwitwa tantine.rw

    Dr Hirwa ati “Kuva icyo gihe amakuru yacu amaze kugera ku rubyiruko rungana na miliyoni imwe, muri abo bose abangana na 40% ni ababa bifuza kumenya imiterere n’imikorere y’umubiri wabo, abandi 30% bakaba ari ababa bashaka kumenya uko bakwirinda gutwita”.

    Dr Hirwa akomeza avuga ko icyo bishimira ari uko bakuyeho urujijo n’amakuru ayobya abana, akabashora mu busambanyi no kutirinda gutwita imburagihe.

    Ibi ariko ntibivuze ko ikibazo cy’inda mu bangavu cyarangiye nk’uko byasobanuwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije uvuga ko imibare yo muri 2015 yagaragazaga ko abangavu batewe inda ari 7.3% by’ababyeyi bose mu gihugu batwise icyo gihe.

    Dr Hirwa we akavuga ko aba batwita bashobora kuba batarasuye urubuga rwe, kuko abenshi mu baturarwanda bataragira mudasobwa na telefone zigezweho zabaha amakuru ku buzima bw’imyororokere.

    Na none muri iaccelerator y’uyu mwaka impamvu Imbuto Foundation yongereyemo n’abafite ibisubizo ku buzima bwo mu mutwe, ni umubare munini w’abantu bagana ibitaro kubera ubwo burwayi.

    Impuguke mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, Dr Emmanuel Musoni avuga ko kugeza ubu Abaturarwanda bangana na 12% bafite agahinda gakabije kavamo uburwayi bwo mu mutwe, byagera ku barokotse Jenoside bakarenga 50% muri bo.

    Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine, avuga ko ibi bihe bya Covid-19, urubyiruko rusabwa kongera imbaraga mu kwirinda no kurinda bagenzi babo inda zidateguwe n’ibibazo byo mu mutwe.

    Ati “Ibi bihe bya Covid-19 bishobora kuba icyanzu cy’uko ibibazo by’inda ziterwa abangavu ndetse n’ibijyanye n’ubuzima bwo mutwe bishobora kwiyongera hatagize igikorwa”.

    Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi agira inama urubyiruko ko ushoboye kureba kure akamenya uko ibihe bizamugendekera mu gihe kizaza, adashobora kwemera gushukwa ngo bamutere inda cyangwa kwiha ibiyobyabwenge.

    Imbuto Foundation ivuga ko kuva gahunda ya iaccelerator yatangira muri 2016 imaze gufasha imishinga irindwi y’urubyiruko guteza imbere ibizubizo ku buzima bw’imyororokere.

    Uwifuza kwitabira amarushanwa ajya ku rubuga www.imbutofoundation.org/iaccelerator , akareba ahanditse ‘apply here’, akajya yuzuza imbonerahamwe buri gihe uko abonye umwanya bitarenze tariki 13 Ukuboza 2020.

    Mu bizagenderwaho harimo kuba umuntu cyangwa itsinda ry’urubyiruko rurushanwa bafite imyaka y’ubukure hagati ya 18-30, bakazaba bashobora kugaragaza uburyo bakwigisha cyangwa bafasha abantu benshi bashoboka kwirinda inda ziterwa abangavu n’uburwayi bwo mu mutwe.

    Gutegura aya marushanwa ya iaccelerator, Imbuto Foundation ibifatanyijemo na Minisiteri y’Urubyiruko, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Abaturage(UNFPA) hamwe n’Ikigo gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga cya Koreya y’Epfo(KOICA).

    Amatariki agaragaza uburyo ibikorwa byerekeranye n
    Amatariki agaragaza uburyo ibikorwa byerekeranye n’amarushanwa ya iaccelerator bizakurikirana


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/imbuto-foundation-igiye-guhemba-abafite-ibisubizo-ku-buzima-bw-imyororokere-n-ubwo-mu-mutwe

  • Kwizera Olivier, Rwatubyaye, Yannick na Haruna mu bakinnyi babonye amanota yo hejuru ku mukino wa Cape Verde #rwanda #RwOT

    Amvubi y’u Rwanda yaraye anganyije na Cape Verde na 0-0 mu mukino w’umunsi wa 3 mu itsinda F mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022, n’ubwo nta gitego cyabonetsemo ariko umuntu wese warebye uyu mukino aracyatekereza ku munyezamu Kwizera Olivier.

    Ni umukino wabereye kuri Estadio Nacional Cabo Verde muri Cape Verde ku mugoroba w’ejo hashize aho amakipe yombi yanganyije 0-0.

    Amavubi yinjiye muri uyu mukino abizi neza ko asabwa kuwutsinda ku kabi na keza ari nayo mpamvu abasore bayo bagerageje kwitanga bagakora ibishoboka byose n’ubwo ibitego byabuze.

    Muri rusange Cape Verde yarushije Amavubi ndetse yabonye n’amahirwe menshi aba yavuyemo ibitego ariko umunyezamu Kwizera Olivier yabaye maso iminota 90 yose.

    ISIMBI yifashishije bamwe mu banyamakuru bakurikiranye uyu mukino ndetse n’abatoza, batanze amanota ku bakinnyi b’u Rwanda bakinnye uyu mukino uko ari 11 babanje mu kibuga na 2 bagiyemo basimbura.

    Umunyezamu Kwizera Olivier 9 pts

    Ni umunyezamu wari umaze i imyaka 2 adakandagira mu izamu ry’u Rwanda, yaherukagamo ku wa 9 Nzeri 2018 ubwo Amavubi yatsindwaga na Cote d’Ivoire 2-1 nabwo hari mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2019, yaje gukora ikosa ryavuyemo igitego bituma atakaza umwanya we.

    Uyu munyezamu ku mugoroba w’ejo ni we wari wagarutse mu izamu, yakoze akazi gakomeye aho yahanganye n’abasore ba Cape Verde akuramo imipira yabo yakabaye yavuyemo ibitego irenga 6, ni umusore wagaragaje ko ari mu mukino kuva ku munota wa mbere kugeza ku wa nyuma.

    Kwizera Olivier mu minota 90 nta kosa na rimwe yakoze

    Abakinnyi 4 bakinnye mu bwugarizi

    Mu bwugarizi bw’u Rwanda, nyuma y’uko Nirisarike Salomon ataje kubera icyorezo cya Coronavirus yanduye, mu mutima w’ubwugarizi hakinnye Rwatubyaye Abdul na Manzi Thierry. Ni Abasore bagaragaje gutuza cyane ndetse birinda gukora amakosa menshi atari ngombwa.

    Wabonaga ko birinda cyane ko binjiranwa mu rubuga rw’amahina n’inshuro byabaye cyane ko basatirwaga cyane birinze kuba bakora amakosa yavamo penaliti.

    Bagaragaje guhuza ariko Rwatubyaye yagaragaje gukinisha imbaraga n’ubwenge yambura imipira ba rutahizamu ba Cape Verde kuri tackles ze azwiho, ejo byari byamuhiriye. Abudul yahawe amanota 8.5, Manzi Thierry ahabwa 8.

    Abugarira ku mpande Imanishimwe Emmanuel na Omborenga Fitina, ni bamwe mu basore bahuye n’akazi gakomeye, byatumye Amavubi adasatira cyane nk’uko bisanzwe bizwi ko aba basore babafasha gusatira bahindura impira imbere y’izamu, ntabwo byaraye biboroheye cyane bitewe n’uko Amavubi nayo yasatirwaga.

    Mu gice cya mbere Mangwende ntabwo yagaragaye cyane kuko yasaga n’uwugarira cyane bituma adatanga ibimipira myinshi, Omborenga na we mu gice cya mbere yahinduye imipira n’ubwo itari myinshi, mu gice cya kabiri aba basore batinyutse nabo batangira kuzamuka batanga akazi kuri Cape Verde. Omborenga yahawe amanota 6.5 Mangwende ahabwa 6.

    Omborenga Fitina yatanze ibyo yari afite n’ubwo bitari byoroshye

    Mangwende ntabwo na we yorohewe n’uyu mukino

    rwatubyaye yagaragaje urwego ruri hejuru cyane

    Manzi Thierry yitwaye neza mu bwugarizi

    3 bakinnye hagati

    Hagati h’u Rwanda hakinnye Yannick Mukuzi, Ally Niyonzima imbere yabo gato hari Djihad Bizimana.

    Ni abasore bagaragaje guhuza cyane nk’ibisanzwe Yannick ku mikino minini aba yiteguye kandi nta makossa akora, ni umwe mu basore batatumye hagati ha Cape Verde hadahumeka kuko yabashyiragaho igitutu, yambura imipira myinshi, Ally Niyonzima nawe ari hafi ye amufasha kwaka imipira bahita bayitanga kwa Djihad wagaburiraga ubusatirizi, yari yasabwe n’umutoza ko mu gihe umupira watakaye agaruka hagati gufasha ba Yannick, ibintu yakoze neza cyane. Yannick yahawe amanota 8, Ally 7.5 Djihad 7.

    Yannicka Mukunzi ntiyatumaga bahumeka

    Ally Niyonzima yafashije cyane mu kibuga hagati

    Djihad Bizimana yagerageje gukurikiza amabwiriza yari yahawe n’umutoza

    3 basatiraga

    Ubusatirizi bw’u Rwanda bwarimo Jacques wanyuraga ku ruhanderw’iburyo, Haruna wacaga ku ruhande rw’ibumoso na Kagere wari rutahizamu.

    Ntabwo wari umunsi mwiza kuri Jacques Tuyisenge wagiye gukina uyu mukino bivugwa ko aifte imvune, ni umusore mu gice cya mbere cy’umukino wabona asa n’uwibuze mu mukino imipira afashe imwe n’imwe agahita ayamburwa, ibintu byatumye asimburwa ku munota wa 70 na Muhire Kevin.

    Haruna Niyonzima akaba na kapiteni w’Amavubi, ni umwe mu bakinnyi bari mu mukino cyane, yagerageje gufasha abakinnyi bo hagati, akagira uruhare mu kwambura imipira ndetse agakinisha bagenzi be, ni umwe mu bakinnyi batunguranye bitewe n’uko abantu bamukegaga. Meddie Kagere n’ubwo nta mahirwe menshi yabonye imbere y’izamu, yagerageje guha akazi ubwugarizi bwa Cape Verde n’ubwo nta mipira myinshi yabonye. Haruna yahawe amanota8, Jacques Tuyisenge6, Meddie Kagere7.

    Haruna Niyonzima ni umwe mu bakinnyi bagize umukino mwiza

    Ntiryari ijoro rya Jacques Tuyisenge

    Kagere yahatanye biranga

    Abasimbura

    Amavubi yakoze impinduka 2 gusa. Muhire Kevin yinjiyemo ku munota 70 asimbuye Jacques Tuyisenge, ni umukinnyi wagiyemo mu minota mike yakinnye yafashije u Rwanda mu buryo bwo kugumana umupira bigatuma bagenzi be bafata umwanya, bituma igitutu Cape Verde yashyiraga ku Mavubi kigabanuka. Yahawe amanota 6.

    Iyabivuze Ose yinjiye mu kibuga ku munota wa 80 asimbuye Haruna Niyonzima yahawe amanota5.5.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/kwizera-olivier-rwatubyaye-yannick-na-haruna-mu-bakinnyi-babonye-amanota-yo-hejuru-ku-mukino-wa-cape-verde