Category: Uncategorized

  • Muhanga: Abagaragayeho COVID-19 muri gereza ntibarahura n’abagororwa basanzwemo – Mayor Kayitare #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gereza ya Muhanga yagaragayemo abanduye ariko ngo ntabwo ari abari basanzwemo
    Gereza ya Muhanga yagaragayemo abanduye ariko ngo ntabwo ari abari basanzwemo

    Kayitare avuga ko umubare munini uherutse gutahurwa muri gereza wavuye mu binjiye muri gereza bapimwe mbere yo kuvangwa n’abagororwa basanzwe nk’uko amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira cya COVID-19 mu magereza abiteganya.

    Kayitare avuga ko abagaragayeho ubwandu badakomoka mu Karere ka Muhanga gusa ahubwo hari n’abavuye ahandi bazanwa gufungirwa muri gereza ya Muhanga, ibyo bikaba bikwiye kudakura abantu umutima ahubwo bikwiye kubabera umwanya wo gukaza ingamba zo kwirinda kuko icyorezo kikiriho.

    Agira ati, “Bariya ntabwo ari abantu bari basanzwe bafunzwe ahubwo ni abavuye hanze nta cyorezo cyinjiye muri gereza kuko abafunzwe ntibasurwa nta n’aho bari kuba bahurira n’ubwandu, abarimo kugaragara uyu munsi ni abinjira bashya”.

    “Ntabwo ingamba zo kurwanya COVID-19 muri gereza ari iza nonaha ahubwo birasanzwe, hari uburyo twashyizeho ko iyo umufungwa yinjiye ashyirwa ahantu kugira ngo igihe yaba arwaye atavaho yanduza abandi. Uburyo bwo kwirinda twashyizeho ni bwo buri gutuma tumenya ko hari abinjiye muri gereza barwaye ariko ntabwo icyorezo kiri mu bagororwa basanzwe”.

    Kayitare avuga ko mu rwego rwo kurinda ko icyorezo cya COVID-19 cyasakara muri gereza abinjiramo bashya babanza gushyirwa ahantu habugenewe bagakurikiranwa bafatwa n’ibipimo ku buryo ntawe ukwiye kwibaza ko abagororwa bazanduzanya.

    Asaba abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza atangwa n’inzego zisanzwe kandi nta kiruta ubuzima ku buryo abantu bakwirara kuko bigaragara ko icyorezo kigihari, kandi kukirwanya no kukirinda ari byo byatuma abantu batongera gusubira muri gahunda ya guma mu rugo.

    Ibipimo byafashwe ku matariki ya 13 Ugushyingo byagaragaje ko muri Gereza ya Muhanga habonetse abafungwa 36 banduye, naho ku wa 14 Ugushyingo Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko muri gereza ya Muhanga hongeye kugaragara abantu 30, ubuyobozi bukavuga ko nta kidasanzwe cyabaye kuko abagaragaye bari batarinjira mu bagororwa basanzwe.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/muhanga-abagaragayeho-covid-19-muri-gereza-ntibarahura-n-abagororwa-basanzwemo-mayor-kayitare

  • Mu Rwanda abantu 3 bishwe na COVID-19, haboneka abarwayi bashya 61 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo barwayi bashya 61 babonetse mu bipimo 1,449 bakaba barimo ababonetse i Kigali:55 (abapimwe muri Gereza ya Nyarugenge), Bugesera:4, Nyamagabe:1, Rwamagana:4.

    Kugeza kuri iki Cyumweru mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,455 muri bo abamaze gukira ni 4,995 naho abakivurwa ni 415.

    Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 45. Batatu bishwe na COVID-19 kuri iki cyumweru ni abagabo b’imyaka 36, imyaka 62 n’imyaka 85 y’amavuko bitabye Imana bari i Rwamagana.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abantu-3-bishwe-na-covid-19-haboneka-abarwayi-bashya-61

  • Muhima: Laguna Motel yafatiwemo abanywaga yafunzwe kubera umwanda no kutarinda abantu Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Laguna Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali
    Laguna Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza yabitangaje kuri iki cyumweru nyuma yo gusanga abantu 128 mu kabyiniro k’iyo hoteli(nto) basinze, barengeje saa ine z’ijoro kandi bacucikiranye ku buryo bukabije.

    Polisi y’u Rwanda ivuga ko hari aho yasanze abantu barenga 50 mu cyumba gisanzwe kiraramo umuntu uje kuhacumbika, ibyo bikaba bihabanye cyane n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yabwiye itangazamakuru ati “nta rutonde rw’abantu bagana iyi motel ushobora kubona hano(bagomba kuba biyandikishije mbere), hari icyumba twafatiyemo abantu 50, ibi byateza ikibazo Abanyarwanda muri rusange”.

    Nyiri moteli witwa Dr Musangwa Jean wari unafite igice kivurirwamo amaso, arashinjwa gukoreramo serivisi z’ubuvuzi agashyiramo n’akabari ndetse n’akabyiniro kandi bitemewe.

    Yireguye avuga ko kuba abantu banywereye inzoga muri “corridors” z’iyo nyubako na we asanzwe yishyurira ubukode, ibyo ngo atari we wabibazwa.

    Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge buvuga ko mu byumweru bitatu bishize nabwo Laguna Motel yari yafatiwe mu makosa yo gushyiramo akabari, ikaba yaraciwe ihazabu y’amafaranga ibihumbi 150 nk’uko biteganywa n’amabwiriza y’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

    Umuyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza agira ati”uyu munsi tukaba twafashe ibyemezo birimo no kuhafunga burundu kuko nta n’ubwo ari ahantu hasa neza, hari umwanda”.

    Abafatiwe muri iyo moteli na bo bagiye bacibwa amafaranga ibihumbi 25 buri muntu, ndetse hari n’abaraye muri sitade i Nyamirambo nk’uko Ikigo cy’Itangazamakuru RBA cyabitangaje.

    Umunyanakuru wa RBA avuga ko mu gitondo cyo kuri iki cyumweru muri iyo moteli hagaragaraga amacupa yashizemo inzoga, ndetse hari n’ayamenetse yari yandagaye kugera no hanze.

    Amakosa abafashwe bashinjwa ahanishwa ihazabu y’amafaranga 10.000 Frw kubera kutubahiriza intera hagati y’umuntu n’undi, ihazabu y’10.000 Frw kubera kurenza amasaha yo gutaha mu rugo, ndetse no gufatirwa mu kabari bitangirwa ihazabu ya 25.000 Frw.

    Ibi byiyongera ku kuba umuntu iyo yafashwe ataragera mu rugo amasaha yashyizweho yarenze, ashyirwa ahantu habugenewe mu gihe kitarenze amasaha 24 akarara yigishwa amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umucuruzi wafashwe yashinze akabari cyangwa nyir’inzu yafatiwemo abantu benshi begeranye kandi bitemewe, acibwa ihazabu y’amafaranga 150.000 Frw akanafungirwa serivisi zose yari yemerewe gutanga.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhima-laguna-motel-yafatiwemo-abanywaga-yafunzwe-kubera-umwanda-no-kutarinda-abantu-covid-19

  • Coronavirus: Abahanga baravuga ko ubuzima busanzwe buzagaruka mu mpera za 2021 #rwanda #RwOT

    Umusaruro w'urukingo rwa Covid-19 uzatangira kwigaragaza cyane ku mpeshyi y'umwaka utaha naho ubuzima busanzwe bwo bwagakwiye kuba bwagarutse ku isi mu mpera y'uwo mwaka, nkuko bivugwa n'umwe mu bakoze uru rukingo.

    Profeseri Ugur Sahin, umwe mu bashinze ikigo cy'ubushakashatsi no gukora imiti cya BioNTech, yavuze ko guhera kuri iyi mpera y'uyu mwaka kugeza mu ntangiriro y'utaha urukingo rutaba rwagize icyo rukora gikomeye ku mibare y'abandura Covid-19.

    Ku wa mbere, ikigo BioNTech cyo mu Budage hamwe n'uruganda Pfizer rw'imiti rwo muri Amerika bakorana, batangaje ko isesengura ry'ibanze ryagaragaje ko urukingo rwabo rushobora kurinda abantu kwandura Covid-19 ku kigero kirenga 90%.
    Abantu bagera hafi ku 43,000 ni bo bageragerejweho urwo rukingo.

    Ibihugu bimwe byari byaramaze gutumiza urukingo rwa Covid-19 mu gihe rwari kuba rubonetse.

    Ibyo birimo nk'Ubwongereza bwiteze guhabwa doze (doses) miliyoni 10 z'urwo rukingo bitarenze mu mpera y'uyu mwaka, n'izindi doze miliyoni 30 bwamaze gutumiza.
    Urwo rukingo rutangwa mu buryo bwa doze ebyiri, hagacamo igihe cy'ibyumweru bitatu hagati yo gufata doze ya mbere n'iya kabiri.

    Mu kiganiro Andrew Marr Show cyo kuri televiziyo ya BBC, Profeseri Sahin yavuze ko yizeye ko uru rukingo ruzagabanya ikwirakwira ry'ubwandu ndetse rugatuma ibimenyetso bya Covid-19 bitagaragara ku muntu waruhawe.

    'Doze miliyoni zirenga 300 mu kwezi kwa kane'

    Yavuze ko bishoboka ko uru rukingo rushobora kugabanyaho kimwe cya kabiri igipimo cy'abandura, ibi bikaba byatuma habaho impinduka zikomeye.

    Yagize ati: 'Nizeye cyane ko ubwandu mu bantu buzagabanywa n'uru rukingo rutanga umusaruro wo ku rwego rwo hejuru — wenda ntibuzagabanuka kuri 90% ariko wenda nko kuri 50% — ariko ntidukwiye kwibagirwa ko n'ibyo nabyo ubwabyo byatuma tugera ku igabanuka rikomeye ry'ikwirakwira ry'icyorezo'.

    Profeseri Sahin yavuze ko ibintu nibikomeza kugenda neza, uru rukingo ruzatangira gutangwa 'mu mpera y'uyu mwaka [cyangwa], mu ntangiriro y'umwaka utaha'.

    Yavuze ko intego bari bihaye ari iyo kuba batanze doze zirenga miliyoni 300 z'uru rukingo mu bice bitandukanye byo ku isi bitarenze mu kwezi kwa kane k'umwaka utaha. Avuga ko ibyo 'byadufasha nibura gutangira kugira icyo duhindura mu mibereho' y'abantu.

    Yavuze ko umusaruro munini kurushaho uzaboneka nyuma yaho, yongeraho ati: 'Impeshyi izadufasha kuko igipimo cy'ubwandu kizajya hasi ku mpeshyi kandi ikintu cy'ingenzi cyane ni uko tugira ikigero kiri hejuru cyane cyo gukingira…'.

    Kugeza ubu ku isi nkuko BBC ibitangaza, hamaze gutangazwa abantu barenga miliyoni 54 banduye Covid-19, muri bo abarenga miliyoni 1,3 imaze kubica nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

    Munyaneza Theogene intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/coronavirus-abahanga-baravuga-ko-ubuzima-busanzwe-buzagaruka-mu-mpera-za-2021/

  • Abayobozi bave mu biro barusheho kutwegera nibwo tuzamenya ibyo bahize – Abaturage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uturere twabaye utwa mbere mu mihigo duherutse kubishimirwa n
    Uturere twabaye utwa mbere mu mihigo duherutse kubishimirwa n’Umukuru w’Igihugu

    Baravuga ibi nyuma yaho iyi Ntara iheruka kuza mu myanya y’inyuma mu mihigo y’umwaka wa 2019-2020, mu gihe byari bimenyerewe ko twinshi mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, twazaga mu myanya y’imbere mu kwesa imihigo y’imyaka yatambutse.

    Uwitwa Niyigena Marc yagize ati: “Ku bwanjye mbona impamvu uturere tw’Intara yacu twaje mu tw’inyuma mu kwesa imihigo byatewe n’uko abatuyobora mu turere batatwegera ngo batubwire ibikubiye mu mihigo mu buryo budasubirwaho. Tubona byinshi bitwitura ku mitwe ku buryo umuntu atatinya kubigereranya n’uko iyo mihigo iba yasinyiwe mu biro. Nkeka ko habayeho ibiganiro biduhuza tukayumva kimwe natwe tukabereka ibishobora kuturemerera, nta kabuza ibyo bahiga byazajya bigerwaho 100%”.

    Hari abandi baturage bavuga ko mu gihe hakigaragara ibikorwa bimwe na bimwe bidindira kandi bifite aho bihuriye no kwihutisha iterambere na byo bigira uruhare mu kudindiza imihigo.

    Hari uwo mu Karere ka Gakenke wagize ati: “Naguha nk’urugero rw’uburyo usanga haje ibikorwa runaka biba byitwa ibifite inyungu ku baturage ariko wajya kureba ku rundi ruhande ugasanga babirenganiyemo. Ni henshi tuzi bagiye batunganya amashanyarazi, ahakorwa imihanda cyangwa ahashyirwa imiyoboro y’amazi; hakaba abangirizwa ibyabo ariko wajya kureba igihe bishyurirwa ugasanga biba byarabanje gutinda, hamwe baratakambye yewe hari n’abo usanga barakuyeyo amaso. Usanga kenshi ababishinzwe bagenda biguru ntege ntibakemure ibyo bibazo ku gihe, bigasiga umuturage mu bukene cyangwa mu bwigunge. None aho wambwira gute ukuntu bashobora guhabwa amanota meza mu mihigo? Benshi muri abo bayobozi tuba twarabatoye, abandi bakagirirwa icyizere, ni byiza rero ko bakora ibyo bashinzwe mu rugero rudacagase”.

    Hari ibyo ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bugaragaza byatumye imihigo imwe n’imwe itagerwaho. Ibi ariko ngo hari igisubizo cyabyo nk’uko Gatabazi JMV uyobora Intara y’Amajyaruguru yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’abanyamakuru.

    Yagize ati: “Hari imihigo itaragezweho kubera imitangire y’amasoko itanoze cyangwa iba yaradindiye. Nanone hari abayobozi bamwe bagaragayeho imikorere idahwitse, kudatangira za raporo ku gihe n’iteganyabikorwa rya gahunda zimwe na zimwe muri tumwe mu turere ritagenze neza. Igisubizo cy’ibyo byose ni uko twafashe umurongo w’uko buri wese arangwa n’imikorere n’imigirire inyuranye n’ibyatumye Intara isubira inyuma, tugaharanira kurangwa n’umurava n’ubushishozi mu byo dukora kugira ngo ubutaha tuzitware neza”.

    Gatabazi yongeraho ko Intara y’Amajyaruguru ifite umwihariko wo kuba ari ikigega cy’igihugu mu birebana n’ubuhinzi, ikaba n’igicumbi cy’ubukerarugendo. Bityo abayobozi mu byiciro babarizwamo kuva ku mudugudu kuzamura, ntacyo bageraho badafatanyije ari nako bajya inama n’abaturage, hagamijwe kuzamura ibipimo by’ibikorwa by’iterambere ry’iyi ntara.

    Iyi ntara iheruka kuza ku mwanya wa kane mu mihigo n’amanota 61.2%;ikurikiye Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa gatatu ugira amanota 72.5%. Intara y’Amajyepfo iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 73.58%. Intara y’Iburasirazuba ikaba ari yo yaje ku isonga mu mihigo n’amanota 73.7% mu gihe iy’Iburengerazuba ari yo yo iheruka izindi n’amanota 60.8%.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abayobozi-bave-mu-biro-barusheho-kutwegera-nibwo-tuzamenya-ibyo-bahize-abaturage

  • Kubyara ni byiza! Biratangaje kubona umwana w' imyaka 10 gusa yubakira nyina inzu y'agatangaza [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Umwana muto cyane ukunzwe n'abatari bake muri Nigeriya ndeste no ku isi yose kubera impano y'urwenya, uzwi ku izina rya Emmaunella Samuel mu ma video atandukanye yo gusetsa, yashyikirije nyina impano y'inzu nziza cyane yamwubakiye.

    Uyu mwana w'umukobw, ku myaka 10 y'amavuko gusa, agaragaza ubuhanga buhanitse mu gukina neza aya amavideo ku rubuga rwa youtube, imikino itegurwa n'umusore witwa Mark Angel yita uncle (Nyirarume).

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram Emmanuella Samuel yatangaje ko yubakiye inzu umubyeyi we nk'impano kuko yamubyaye ndetse akaba adasiba kumuba hafi no ku musengera ngo atere imbere.

    Emmanuella nyuma yo gushyikiriza nyina iyi nzu, yashyize ubutumwa kuri Instagram bugira buti: 'Nakubakiye inzu Mama. Ku bw'amasengesho ndetse n'akanyabugabo wagiye untera.'

    Uyu mwana usanganwe imvugo zisekeje, yongeyeho ati: 'Mama, ndabizi wambwiye ko ushaka inzu ngendanwa, ngiyi rero.'

    Yakomeje avuga ko yagombaga gufasha nyina umubyara gukabya inzozi ze kuko yahoraga yifuza kuzaba mu nzu nziza kandi ihenze. Ariyo mpamvu nawe yakoze ibishoboka byose akayimwubakira ndetseko ari gutegura kuzamwubakira n'indi umwaka utaha.

    Umunyempano w'umunyarwenyakazi Emmanuella Samuel yavukiye muri Leta ya Rivers muri Nigeria, tariki ya 22 Nyakanga 2010, ibikorwa bye bikaba bigaragara ku rubuga rwa youtube.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/15/kubyara-ni-byiza-biratangaje-kubona-umwana-w-imyaka-10-gusa-yubakira-nyina-inzu-yagatangaza-amafoto/

  • Nyarugenge: Laguna Motel yafatiwemo abantu 130 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 yafunzwe burundu #rwanda #RwOT

    Laguna motel iri ku Muhima mu karere ka Nyarugenge yafuzwe burundu nyuma yuko kuri uyu wa Gatandatu mu ma saa sita z'ijoro, abantu 130 bafatiwemo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 aho bamwe banywaga inzoga abandi bari mu kabyiniro.

    Abafashwe buri wese yaciwe Frw ibihumbi 25. Iyi moteli ikaba yahise ifungwa burundu kuko byari bibaye isubiracyaha.

    CP John Bosco Kabera yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko abantu bafashwe nta mabwiriza n'amwe yashyizweho n'inzego zishinzwe gukurikirana ikumirwa ry'icyorezo cya COVID-19 bari bubahirije.

    Ati: 'Barenze ku mabwiriza bajya mu kabyiniro kandi bitemewe, banywayo inzoga, bacuruza akabari kandi ntibyemewe, barenga ku masaha ya saa Yine kandi ntibyemewe, bahuye ari benshi kandi ntibyemewe, nta kijyanye n'amabwiriza, nta kijyanye n'amategeko cyubahirizwaga. Abantu baciwe amande, icya kabiri ni uko iriya nyubako yafunzwe, ikiguzi cyo gukora ibitemewe n'amategeko ni icyo. Icya gatatu ni uko nyirayo ari bufungwe agakurikiranwa n'amategeko ku cyaha cyo kwigomeka ku mabwiriza.'

    CP Kabera yavuze ko ikibazo cyamaze kugezwa mu bugenzacyaha ngo gikurikiranwe, kubera ko habayeho kwigomeka ku mabwiriza yashyizweho na leta.

    Umujyi wa Kigali, uvuga ko icyaha cyo kudasiga intera hagati y'umuntu n'undi gihanishwa 10.000 Frw, kurenza amasaha yo gutaha nta burenganzira (10.000 Frw) cyangwa gufatirwa mu kabari (25.000 Frw), byiyongeraho gushyirwa ahantu habigenewe igihe kitarenze amasaha 24 ngo bigishwe.

    Ni mu gihe ku bacuruzi, uwafunguye akabari acibwa 150.000 Frw no gufungirwa serivisi zose yari yemerewe gutanga, mu gihe kitarenze amezi atatu.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/15/nyarugenge-laguna-motel-yafatiwemo-abantu-130-barenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid-19-yafunzwe-burundu/

  • Serge na James & Daniella basubiyemo indirimbo ‘Yesu agarutse’ yahembuye benshi-VIDEO #rwanda #RwOT

    Yesu agarutse’ indirimbo Serge Iyamuremye yakoranye na Vincent mu myaka yatambutse, ikagira igikundiro ku rwego rwo hejuru, igakoreshwa mu bigo by’amashuri byinshi no mu nsengero hafi ya zose z’abarokore mu kuramya no guhimbaza Imana, kuri ubu umuramyi Serge yamaze kuyivugurura ayisubiranamo afatanyije na James & Daniella.

    Iyi ndirimbo ‘Yesu agarutse’ Serge yasubiranyemo na James & Daniella, bakongeramo andi magambo avuga ko bafite amatsiko menshi yo kubona Umukiza aje kubajyana mu Ijuru, mu buryo bw’amajwi yatunganyiwe na Bruce & Boris, amashusho yayo atunganywa na Doux. Aba baramyi bari mu bakunzwe mu Rwanda hamwe n’abandi baririmbyi bari mu mashusho y’iyi ndirimbo, bagaragara bose bambaye imyenda y’umweru, by’akarusho ukabona bafite umunezero udasanzwe bari mu Mwuka wo kuramya Imana. James na Daniella bo ibinezaneza birabarenga, tukababona barimo kurira.

    “Hari igihe kizagera Umwami Yesu agarutse kutujyana iyo mu Ijuru, ati nimuze bana banjye maze aduhanagure amarira twaririye muri iyi si mbi. Nishimiye kuzakubona Yesu ubwo uzaba ugarutse kunjyana, ubwo uzaba ugeze ku bicu, nanjye mpite ngusanganira. Nzibagirwa imibabaro yose, tuzibera mu munezero, mbega ukuntu bizaba ari byiza, tuzibanira n’Umucunguzi, tuzibera mu munezero, mbega ukuntu bizaba bimeze. Ngwino Mukiza, ngwino ndakumbuye, hano nta mugabane mfite”. Ayo ni amwe mu magambo agize iyi ndirimbo ‘Yesu agarutse’.

    Abahanzi batandukanye bakora umuziki wa Gospel, nyuma yo kubona iyi ndirimbo Serge yakoranye na James na Daniella, batangaje ko bafashijwe cyane. Ni ubutumwa batanze banyuze ahatangirwa ibitekerezo kuri Youtube munsi y’iyi ndirimbo yahembuye benshi mu myaka yashize ndetse n’ubu. Aline Gahongayire yavuze ko yubakitse cyane, asabira umugisha mwinshi Serge Iyamuremye. Papi Clever yagize ati “Wow mbega indirimbo nziza, Imana ibahe umugisha bakozi b’Imana”. Rata Jah Naychah (Columbus) yavuze ko iyi ndirimbo ari nziza byo ku rwego rwo hejuru.

    Nice Ndatabaye umuhanzi nyarwanda uba muri Canada ukunzwe cyane mu ndirimbo ‘Umbereye maso’ yagize ati “Habwa umugisha Serge Iyamuremye, James & Daniella. Ibyiringiro by’abizera ni ukuzabona Yesu, mu Ijuru ni ho iwacu.” Gentil Misigaro we yagize ati “Haleluya! Sinshobora guhagarika kuramya Imana, sinzanabihagarika.

    Muhabwe umugisha bakozi b’Imana ku bwo kutuyobora mu mwanya wo kuramya Imana”.

    Ev Uwagaba Joseph Caleb yagaragaje ko yafashijwe bikomeye, asabira umugisha aba baramyi, avuga ko abakunda cyane, ariko Imana ikaba ibakunda kurushaho.

    Nkuko tubikesha Inyarwanda.com, Serge Iyamuremye ukunzwe mu ndirimbo ‘Biramvura’, ‘Yari njyewe’, ‘Arampagije’, n’izindi yavuze ko ubutumwa yifuje kugeza ku bantu abunyujije muri iyi ndirimbo ye ‘Yesu agarutse’ ari ukwibutsa abizeye Yesu Kristo n’abamwizeye bagasubira inyuma, ko hano ku Isi atari iwabo.

    Ati “Iriya ndirimbo ni Message ya buri muntu wese wizera Yesu kandi nanjye ndimo, ni indirimbo isa n’iyibutsa abantu bizera cyangwa se bahoze bizera ariko bacitse intege ni ukuvuga ni indirimbo itwibutsa ko aha dutuye si iwacu”.

    “Ikibigaragaza ni uko umwuka duhumeka igihe kiragera ugahagarara nta n’icyo twakora ngo duhagarike iyo nzira igira aho ituganisha Imana yaduhishe ikintu kimwe yaduhishe igihe ubuzima bwacu buzarangirira hano mu isi.

    Iriya ndirimbo kuri buri muntu wese wayumva yaba njyewe ndetse n’abo twayikoranye twese itwibutsa ko aha mu isi si iwacu aha ni ahantu dutura imyaka itarenze 100 n’iyo uyirengeje nturenza 200 icyo cyonyine cyitwereka ko mu isi atari iwacu, turiho yego ariko dufite ibyiringiro by’ubugingo buhoraho kandi ubwo bugingo si ubwo mu isi ahubwo ni ubugingo twahawe umunsi twemeraga Kristo Yesu nk’Umwami n’Umukiza”.

    Serge Iyamuremye yakomeje agira ati “Yohana 3:16 “Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho. Iyi Si ni icumbi, iyi si rero tuzayibamo ariko igihe kiragera ukayivamo, mu ijuru niho iwacu.

    Kandi igihe kizagera ubwo abera bose bazabona uwabacunguye, icyo gihe rero si kera igihe kiraje kandi kirasohoye ibyahanuwe byarasohoye….. Iriya ndirimbo iributsa buri mugeni wese ngo yuzuze itabaza rye amavuta igihe kirageze kuko ibimenyetso byo kugaruka kwe byose turabibona”.

    Abajijwe impamvu yamuteye gukorana iyi ndirimbo n’abaramyi James & Daniella, avuga ko bwari ubushake bw’Imana. Yavuze ko babiganiriye basanga ari ngombwa, bumvira Umwuka Wera batambutsa ubutumwa.

    Yagize ati “Gukorana n’aba James na Daniella bwari ubushake bw’Imana gukorana nabo twarabiganiriye tubona ko ari ngombwa ko twayikorana nuko twumvira Mwuka Wera dutanga ubutumwa”. Kuva bayishyize hanze, iyi ndirimbo yishimiwe na benshi dore ko imaze kurebwa n’abarenga ibihumbi 26 mu masaha macye imaze kuri Youtube. Imaze gutangwaho ibitekerezo birenga 200.

    James na Daniella ni abaramyi bamaze gukora indirimbo zijyana benshi mu Mwuka

    REBA HANO ‘YESU AGARUTSE’ YA SERGE IYAMUREMYE FT JAMES & DANIELLA

    Source: Inyarwanda.com

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Serge-na-James-Daniella-basubiyemo-indirimbo-Yesu-agarutse-yamamaye-ku-rwego.html

  • Nyarugenge: Laguna motel yafunzwe burundu nyuma yuko yafatiwemo abantu 130 barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 #rwanda #RwOT

    Laguna motel iri ku Muhima mu karere ka Nyarugenge yafuzwe burundu nyuma yuko kuri uyu wa Gatandatu mu ma saa sita z'ijoro, abantu 130 bafatiwemo barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 aho bamwe banywaga inzoga abandi bari mu kabyiniro.

    Abafashwe buri wese yaciwe Frw ibihumbi 25. Iyi moteli ikaba yahise ifungwa burundu kuko byari bibaye isubiracyaha.

    CP John Bosco Kabera yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko abantu bafashwe nta mabwiriza n'amwe yashyizweho n'inzego zishinzwe gukurikirana ikumirwa ry'icyorezo cya COVID-19 bari bubahirije.

    Ati: 'Barenze ku mabwiriza bajya mu kabyiniro kandi bitemewe, banywayo inzoga, bacuruza akabari kandi ntibyemewe, barenga ku masaha ya saa Yine kandi ntibyemewe, bahuye ari benshi kandi ntibyemewe, nta kijyanye n'amabwiriza, nta kijyanye n'amategeko cyubahirizwaga. Abantu baciwe amande, icya kabiri ni uko iriya nyubako yafunzwe, ikiguzi cyo gukora ibitemewe n'amategeko ni icyo. Icya gatatu ni uko nyirayo ari bufungwe agakurikiranwa n'amategeko ku cyaha cyo kwigomeka ku mabwiriza.'

    CP Kabera yavuze ko ikibazo cyamaze kugezwa mu bugenzacyaha ngo gikurikiranwe, kubera ko habayeho kwigomeka ku mabwiriza yashyizweho na leta.

    Umujyi wa Kigali, uvuga ko icyaha cyo kudasiga intera hagati y'umuntu n'undi gihanishwa 10.000 Frw, kurenza amasaha yo gutaha nta burenganzira (10.000 Frw) cyangwa gufatirwa mu kabari (25.000 Frw), byiyongeraho gushyirwa ahantu habigenewe igihe kitarenze amasaha 24 ngo bigishwe.

    Ni mu gihe ku bacuruzi, uwafunguye akabari acibwa 150.000 Frw no gufungirwa serivisi zose yari yemerewe gutanga, mu gihe kitarenze amezi atatu.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/15/nyarugenge-laguna-motel-yafunzwe-burundu-nyuma-yuko-yafatiwemo-abantu-130-barenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid-19/