Category: Uncategorized

  • Twakoze icukumbura ryimbitse ku indirimbo ya Clarisse Karasira yakoreye Tito _ Menya byinshi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi gakondo ukunzwe n' abenshi hirya no hino mu gihugu Clarisse Karasira, uri kwihuta cyane nyuma y'amasaha asohoye indirimbo ye nshya yise 'Rutaremara' mu rwego rwo guha icyubahiro umwe mu bafana be bakomeye Tito Rutaremara.

    Iyi ndirimbo ishobora kuba yarashyizwe ahagaragara ku wa gatatu, tariki ya 25 Ugushyingo, ariko ntabwo ari shyashya ku wahoze ari Umudepite mu nzu ya Sena nyuma yo kuyimukorera mu birori byo kwizihiza isabukuru ye ku wa gatandatu, 21 Ugushyingo.

    Rutaremara yubahwa na benshi, abikesheje uruhare yagize muri FPR-Inkotanyi, mu kubohora igihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.


    Uyu muhanzikazi w'umugore yavuze ko yakoze iyi ndirimbo kugirango ashimire urukundo akunda umuziki we ndetse nawe ubwe nkumucuranzi.

    Ati: 'Hariho abantu bagukunda ariko bagahitamo kugumana ubwabo. Ariko igihe namusangaga, yahise akingurira ambwira ati 'Nkunda amagambo yawe', nagize amarangamutima. Natekereje gukora iyi ndirimbo kugira ngo ntamwereke gusa ahubwo n'abanshigikiye bose ko nzi ko bakunda umuziki wanjye. '

    Igihe Karasira yarekaga itangazamakuru kugira ngo atangire umwuga wa muzika muri 2017, yatekereje ko bake ari bo bifuza umuziki we.

    Icyakora, yahawe inkunga n'u Rwanda ndetse no mu mahanga yerekanye inkunga mu buryo atigeze atekereza.

    Tito Rutaremara numwe mubakunzi ba muzika ya Karasira.

    Ati: 'Igihe abanyamakuru bambazaga umuhanzi nshyigikiye cyane, Karasira yahise aza mu mutwe wanjye kuko nkunda umuziki we. Umunyamakuru yigeze kuntangaza amuzana iwanjye araririmbira live. Nishimiye cyane kubona umuhanzi nakundaga kundirimbira. 'Yatangarije The New Times.

    Uwo munsi Karasira yasezeranije kumuhimbira indirimbo.

    Nyuma yo kuyirangiza, Karasira yajyanye amajwi i Rutaremara. Yarabyinnye kandi nkuko yasezeranijwe kuzitwara neza muri videwo.

    Ati: 'Natekereje ko ari urwenya ariko natunguwe cyane ubwo yagarukaga n'indirimbo. Nabwirijwe kubyina kuko nari narasezeranye. Kubera umuziki we mwiza, Karasira ubu ameze nk'umukobwa kuri njye '.

    'Rutaremara' ni imwe mu ndirimbo 18 zatewe n'umuco zigize alubumu ya mbere ya Karasira 'Inganzo y'Imitima' yizera ko izasohoka mu Kuboza kugira ngo yishimire urugendo rwe rw'umuziki rumaze imyaka itatu yatangiye muri 2017.

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/27/twakoze-icukumbura-ryimbitse-ku-indirimbo-ya-clarisse-karasira-yakoreye-tito-_-menya-byinshi/

  • Robertinho yazanye na Gor Mahia mu Rwanda, Jules Ulimwengu arasigara-Urutonde #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu guhera i Saa Cyenda z’amanywa kuri Stade ya Kigali I Nyamirambo, hateganyijwe umukino ubanza wa CAF Champions League uzahuza APR FC yo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya.

    Robertinho yazanye na Gor Mahia mu Rwanda n
    Robertinho yazanye na Gor Mahia mu Rwanda n’ubwo atemerewe kwicara ku ntebe y’abatoza
    Sammy Omollo ni we uzatoza uyu mukino wa APR FC
    Sammy Omollo ni we uzatoza uyu mukino wa APR FC

    Ikipe ya Gor Mahia igomba kugera mu Rwanda uyu munsi, yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi berekeje mu Rwanda batagaragaramo Jules Ulimwengu wahoze akinira Rayon Sports, gusa hakaba harimo umutoza Robertinho utemerewe kwicara ku ntebe y’abatoza nyuma y’uko ibyangombwa bye byanzwe na CAF.

    Urutonde Gor Mahia yazanye mu Rwanda

    Abakinnyi: Bonface Oluoch, Gad Mathews, Geoffrey Ochieng, Michael Apudo, Philemon Otieno, Kelvin Wesonga, Charles Momanyi, Joachim Oluoch, Andrew Juma, Ernest Wendo, Bertrand Konfor, Kenneth Muguna, Bernard Ondiek, Cliffton Miheso, John Macharia, Samuel Onyango, Nicholas Kipkirui na Tito Okello.

    Abandi:
    Roberto Oliveira – Umutoza
    Sameul Omollo – Umutoza
    Patrick Odhiambo – Umutoza wungirije
    Jolawi Obondo – Team Manager

    Willis Ochieng’- Umutoza w’abanyezamu
    Fredrick Otieno – Muganga w’ikipe
    Victor Otieno – Logistics
    Dolfina Odhiambo: Umuyobozi wa delegasiyo

    Jules Ulimwengu wahoze muri Rayon Sports ntari mu bakinnyi bazana na Gor Mahia mu Rwanda
    Jules Ulimwengu wahoze muri Rayon Sports ntari mu bakinnyi bazana na Gor Mahia mu Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/robertinho-yazanye-na-gor-mahia-mu-rwanda-jules-ulimwengu-arasigara-urutonde

  • Israir flies to Rwanda #rwanda #RwOT

    The first flight is expected to be the beginning of the carrier’s weekly flights to Rwanda.

    Israir recently announced plan for weekly flight to Rwanda starting from 26th November at a cost of US$ 399 (approximately Rwf 400,000) from Israel to Kigali.

    The airline’s aircraft landed in Kigali yesterday at 2pm with passengers arriving in Rwanda for the first time and happy for the historic flight.

    Passengers revealed that the visit to Rwanda is a symbol of solidarity as along as both countries share the same history and expressed interest in exploring Rwanda’s touristic sites.

    RwandAir suspended flights to Tel Aviv in Israel due to COVID-19. New dates for resuming flights have not yet been announced.

    Israir is expected for the second flight to Rwanda with over 100 passengers onboard.

    Passengers were delighted for the maiden flight to Rwanda.

    Passengers expressed interest in exploring Rwanda’s touristic sites.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/israir-flies-to-rwanda

  • Sergeant Robert confirms in Uganda #rwanda #RwOT

    Sergeant Robert is a legendary artist who has been part of RDF Army Military Band renowned for his song 'Impanda’ among other songs praising Rwanda’s army.

    News about this scandal circulated on Monday morning when Rwanda Defence Force (RDF) Military Prosecution Department (MPD) announced that it had launched investigations into defilement allegations against Sergeant Robert.

    IGIHE has learnt that he is investigated on alleged defilement of a 15 year-old own child.

    'Rwanda Defence Force (RDF) Military Prosecution Department (MPD) has launched investigations into defilement allegations against Sergeant Major Kabera Robert a.k.a 'Sergeant Robert' over his family member. The crime was allegedly committed on 21 November 2020 in Ndera Sector, Gasabo district,' reads in part RDF statement released on Monday.

    RDF explained that efforts to trace the fugitive were underway.

    It was reported that Sergeant Robert fled to Uganda but with no further evidence.

    The suspect this Wednesday held an interview with Daily Monitor, Uganda based newspaper in which he confirmed to have escaped to Uganda where he is seeking asylum.

    He explained that he fled the country on 18th November along with his wife through Kagitumba peripheral border lines. The former RDF soldier narrated that he left three children and a seven year old child.

    As he left the country with the child, the suspect was obstructed by flooded footpaths and decided to leave her in Rwanda lest she drowns.

    Rwanda accuses Uganda of accommodating criminals escaping justice and supporting armed groups and terrorist organizations intending to destabilize its security. These include RNC, FDLR, RUD Urunana among others.

    The spate of many criminals fleeing to Uganda is evidencing how the country has become a safe haven for criminals yet they should be extradited.

    Other criminals under Rwanda’s security officials’ investigations have been escaping through Uganda and granted refuge which is contradictory to extradition treaties signed by both countries.

    Lt. Gerald Tindifa is another RDF soldier who fled to Uganda on 18th February 2020 lured by Uganda’s Special Forces Command (SFC).

    As he left Rwanda through a porous border crossing, Tindifa was received in Uganda, first by Maj. Fred Mushambo, UPDF Counter-Intelligence officer in Mbarara.

    Kayumba Nyamwasa and Patrick Karegeya also fled through Uganda as they were investigated on crimes of threatening national security.

    Rwanda has however been extraditing fugitives to Uganda despite the latter’s relenting unwillingness to revitalize relations.

    In 2013, Rwanda arrested Namuyimbwa Shanita a.k.a 'Bad Black’ who illegally crossed from Uganda yet her movements were limited after conviction for fraud.

    Rwanda also extradited more 26 suspects to face justice on request of Uganda.

    In February 2020, Rwanda and Uganda signed an extradition treaty during the 4th quadripartite summit held at the Gatuna-Katuna border.

    RDF has launched investigations into defilement allegations against Sergeant Robert.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/sergeant-robert-confirms-in-uganda

  • Rubavu: Polisi yacakiye itsinda ry'abakekwaho gukwirakwiza urumogi #rwanda #RwOT

      Kuwa Kabiri tariki ya 24 Ugushyingo ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu Karere ka Rubavu ryafashe itsinda ry'abantu bane bakurikiranweho gukwirakwiza urumogi ahantu hatandukanye.

    Abafashwe ni Izabafashe Gabriel w'imyaka 31 uzwi ku izina rya Gasongo yafatanwe udupfunyika tw'urumogi ibihumbi 5, Nyirabuhinja Julienne w'imyaka 40 yafatanwe udupfunyika 1,100 tw'urumogi, Mushimiyimana Emmanuel wafatanwe udupfunyika 400 ndetse n'uwitwa Nsabimana Theogene wafatiwe mu Mujyi wa Kigali.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko gufatwa kw'aba bantu bose byaturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage.

    Yagize ati 'Abaturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, tariki ya 23 ugushyingo, baduhaye amakuru ko uwitwa Mushimiyimana Emmanuel akekwaho kuba afite urumogi acuruza. Tukimara guhabwa ayo makuru, abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge bahise bajyayo baramufata, bamusangana udupfunyika 400 tw'urumogi.'

    CIP Karekezi akomeza avuga ko Mushimiyimana akimara gufatwa bamubajije aho akura urwo rumogi, avuga ko aruhabwa na Izabafashe uzwi nka Gasongo wo mu Murenge wa Bugeshi ndetse ko mu gihe yajyaga kurukurayo yahahuriye n'uwitwa Nsabimana Theogene nawe wahakuye udupfunyika ibihumbi 2 tw'urumogi yari ajyanye mu Mujyi wa Kigali. Uyu Nsabimana yaje gukurikiranwa afatirwa mu Mujyi wa Kigali i Nyabugogo.

    Yagize ati: 'Umwe muri aba bagize iri tsinda akimara kuduha ayo makuru, n'ubundi ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, ku wa Kabiri ryahise rijya mu murenge wa Bugeshi, Akagari ka Rusiza aho Izabafashe Gabriel atuye bamusanga mu kabari ke ari kumwe na Nyirabuhinja Julienne, uyu Nyirabuhinja afite udupfunyika 1,100 yari amaze kugura na Gabriel. Ako kanya abaturage bahise bahagera babwira abapolisi ko uwo mugabo asanzwe akekwaho gucuruza ibiyobyabwenge, abapolisi niko gusaka mu nzu ye basangamo udupfunyika ibihumbi bitanu tw'urumogi.'

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba yashimiye abaturage batanze amakuru kugira ngo ririya tsinda rifatwe. Aboneraho gusaba abaturage muri rusange kurwanya abijandika mu bikorwa by'ibiyobyabwenge uko bimeze kose.

    Abo bafashwe bahise bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kanama aho bagiye gukorwaho iperereza n'urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha (RIB) ruhakorera.


    Gabriel Izabafashe yafatanwe udupfunyika tw'urumogi ibihumbi 5 na Julienne Nyirabuhinja w'imyaka 40 yafatanwe udupfunyika 1,100 tw'urumogi

    Source : https://impanuro.rw/2020/11/27/rubavu-polisi-yacakiye-itsinda-ryabakekwaho-gukwirakwiza-urumogi/

  • Kinyinya: Local residents seek Clarifications on why their village market erased, blamed the authorities for lack of development infrastructures #rwanda #RwOT

     

    The destruction took place last night on November, 26, 2020

    With preliminary Investigation that this website's reporter has randomly conducted among locals in the area, some say the market, which used to be held on Friday and Monday, was demolished following Kigali City directives to be able to control the spread of COVID 19 pandemic, however this website's reporter cannot independently confirm or deny if that's the real reason.

    While others say it is against a young man with ZUDARWA Company who have created the company in order to be able to exploit the land he inherited from his parent by turning a part of it into a market place which he says the company is also registered in Rwanda Development Board.

    There are also others who say there is an investor who built a modern market in Kinyinya and tried to do whatever possible to get clients who can join the said modern market by first destroying the Existing one and the Private One owned by the said ZUDARWA company owner.

    This website's reporter is still verifying the raised facts 

    All of these are being said and more.

    However, most of the people are wondering on the real reason for the demolished market to be removed from the village of Agatare where it used to be in the public land to the private market in the other village?

    Another wonder is to know the path it went through to destroy the public market as well as the ZUDARWA Private Market?

    Another important issue is knowing what the remaining state land will be used for since it is no longer hosting the public market? And as well why the y didn't spared the Private one?

    In the meantime, on  November 26, 2020, when the market was demolished, no clear explanations were given to local residents who were standing whispering to each one of their opinion as to why the market is demolished.

    This morning, our website's reporter received a message which was also sent to the director of Transparency International Rwanda and the Rwanda Governance Board via Twitter as a young man named Rutazana Eric, ZUDARWA Company owner was asking for advocacy on the issue.

    The message reads: '@IngabireIm (Ingabire Imacule) I urge you to advocate for us because we are being treated unfairly. I appealed to all authorities up to the city of Kigali but they did not respond to my request.'

    In the past, when giving their ideas on the National budget use in the village, citizens at the time said they needed infrastructure such as roads and clinics and a modern market.

    At present, they say that they are not aware of the public interest activities that are planned for them because they do not have any Development activities that will make them feel that the City of Kigali is thinking about them.

    Recently, citizens themselves gathered money to rehabilitate the road, but it didn't last simply because they lacked additional support to make it stronger so that the rain can't destroy them.

    It is often said that Agatare village is the first to be inhabited by many poor and unemployed people in Kinyinya sector comparing to other villages like the ones in Gacuriro, Kagugu and Batsinda.

    One of the residents who talked to this website on the condition of the anonymity explained 'In general, the government is the one who thinks which infrastructure should be put in place for some reason. But also, when it comes to demolishing the market one might wonder why demolished and what is going to be next and again how the Private business owner will be treated as he complained to be unfairly treated,'

    It is said also that consultations meeting was conducted with involved parties to find the long-term solutions which in vain still raising complaints.

     

    37

    The post Kinyinya: Local residents seek Clarifications on why their village market erased, blamed the authorities for lack of development infrastructures appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/11/27/kinyinya-local-residents-seek-clarifications-on-why-their-village-market-erased-blamed-the-authorities-for-lack-of-development-infrastructures/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=kinyinya-local-residents-seek-clarifications-on-why-their-village-market-erased-blamed-the-authorities-for-lack-of-development-infrastructures

  • Youth urged to create global innovations #rwanda #RwOT

    The request was made on Wednesday at the closure of three-day YouLead Summit 2020 bringing together the youth from East African Community (EAC) to assess their contribution towards addressing different problems pertaining to politics, peace and trade.

    The meeting was held at the headquarters of EAC in Tanzania but some meeting points were established in different countries to participate virtually due to COVID-19.

    Fredrick Kamusiime, the Division Manager for EAC and Eastern African Affairs at Rwanda’s Ministry of Foreign Affairs highlighted that Rwanda’s youth needs to push themselves to global market by creating outstanding innovations.

    'You should put much effort in markets study. Apparently, there won’t be gun wars anymore. The remaining struggle is to liberate our market thrusting forward to make own cars and other technology gadgets,' he said.

    'The war ahead is different from what your predecessors experienced. It is within your capacity to come up with new ideas and strive to take the lead,' added Kamusiime.

    He stressed that their innovations need to be adapted to current technology to expand market as the world is going digital.

    Josephine Uwamariya, the Country Director ActionAid Rwanda which heads organizations behind YouLead Summit in Rwanda explained that capacitating the youth is an investment for the better future.

    'Youth are the leaders of today and tomorrow not only in Rwanda but also in EAC, Africa and across the world. The youth’s role is highly needed to act as the backbone for attain Sustainable Development Goals,' she stressed.

    Uwamariya urged the youth to always update their innovations lest they are left behind.

    ThroughoutYouLead Summit best youth’s projects were awarded.

    The annual YouLead Summit is aimed at empowering EAC youth in the areas of trade and investment, leadership and peace.

    Participating youth was urged to create global innovations.

    IGIHE

    Source : https://en.igihe.com/news/article/youth-urged-to-create-global-innovations

  • Inkuru y' umugabo w' Umunya-Kenya witwa Peter Kigen w'imyaka 32 bivuga ko yazutse nyuma y'uko abaganga bemeje ko yapfuye ndetse agashyirwa mu buruhukiro akamaramo amasaha agera kuri atatu. Urupfu rwe rw'atangajwe mu ijoro ryo ku wa 25 Ugushyingo 2020.

    Uyu mugabo yari arwariye mu bitaro biri mu gace ka KapKatet muri Kericho.

    Umuvandimwe we Kevin Kipkurui, yavuze ko yabonanye na muganga aho bakirira indembe hanyuma bagasabwa kubanza kwandikwa mu gitabo.

    Nyuma yuko banditswe KipKurui yavuze ko bongeye gusabwa kujya kwishyura amafaranga y'ibitaro ariko yagaruka akabwirwa inkuru y'akababaro ko umuvandimwe we yitabye Imana. Ati:

    'Ubwo nagarukaga ahantu bavurira indembe nibwo numvise ko umuvandimwe wanjye yitabye Imana. Umuforomo yambwiye ko yapfuye mbere yuko agezwa kwa muganga.''

    Mu kubara inkuru, yavuze ko umuvandimwe we yari asanzwe afite indwara idakira.

    Yakomeje ati :'Umuforomo yampaye impapuro zo mu buruhukiro mbere yuko umuvandimwe wanjye ajyanwayo.''

    KipKuriu yavuze ko nyuma y'igihe ategereje umurambo w'umuvandimwe we aribwo yabwiye ko atapfuye.

    Abakora mu buruhukiro bavuze ko Kigen yari yajyamywe mu buruhukiro atarashiramo umwuka. Ati:

    'Abakora mu buruhukiro barampamagaye ngo njyeyo nsanga ari kwinyeganyeza. Twarababaye. Ntabwo dushobora kumva uburyo umuntu ukiri muzima yajyanwa mu buruhukiro.''

    Kigen na we ubwo yari ku buriri bw'ibitaro yavuze ko yababajwe no kumva ko batekereje ko yapfuye bakamujyana mu buruhukiro. Ati 'Ntabwo numva ibyabaye. Ni gute bemeje ko napfuye?''

    Ubuyobozi bw'ibitaro bwemeje ko Kigen yari atarashiramo umwuka ubwo yajyanwaga mu bitaro ndetse habaye uburangare bw'abakora ahakirirwa indembe.

  • Source : https://impanuro.rw/2020/11/27/yazutse-nyuma-y-amasaha-atatu-yapfuye/

  • Abaturage bo mu bihugu 15 bya Afurika bazajya batanga ingwate mbere yo kwinjira muri Amerika #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubutegetsi bwa Donald Trump bwakunze gufata ibyemezo bitavuzweho rumwe
    Ubutegetsi bwa Donald Trump bwakunze gufata ibyemezo bitavuzweho rumwe

    Ibi ni ibiteganywa n’itegeko rishya rigena ingendo zirebana n’ubukerarugendo, ubucuruzi, n’ibijyanye no gutembera, rikazatangira gukurikizwa no kubahirizwa ku itariki ya 24 Ukuboza 2020.

    Ibiro bya Leta zunze Ubumwe za Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byavuze ko iyi gahunda izageragezwa mu gihe kingana n’amezi atandatu.

    Ni gahunda izibanda ku basura ndetse n’abafite impushya (visa) z’ubucuruzi n’ubukerarugendo. Ibi ngo bizaba bigamije kwirinda abarenza igihe baba barahawe, ari na cyo viza zabo ziba zigomba kurangiriraho.

    Perezida ucyuye igihe, Donald Trump, watsinzwe amatora aheruka kuba, yo kongera gutorwa muri manda ya kabiri; bimwe mu byaranze ubutegetsi bwe ku isonga harimo kugabanya ingendo z’abinjira n’abasohoka mu gihugu bikaba byari kimwe mu by’ingenzi yibanzeho cyane muri manda ye y’imyaka ine yamaze.

    Perezida watowe Joe Biden w’Umudemokarate we yiyemeje guhindura ingingo nyinshi zirebana n’iyi politiki y’abinjira n’abasohoka zashyizweho na perezida Trump asimbuye, ariko guhindura iyi mirongo ya Trump ngo bishobora gufata amezi cyangwa imyaka.

    Amategeko agenga viza yibasira cyane ibihugu bifite abenegihugu izi mpapuro zarangiriyeho kugeza ku gipimo kingana na 10% cyangwa kirenga muri 2019. Aba bazasabwa kwishyura ingwate y’amafaranga ariko ishobora gusubizwa ingana n’amadolari ibihumbi bitanu, ibihumbi icumi, cyangwa ibihumbi 15 by’Amadolari.

    Ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bivuga ko ibihugu bifite igipimo cyo hejuru cy’abaturage bafite ibyangombwa byabo byarangiriyeho igihe kirekire ngo bazajya bahanishwa kwemererwa kohereza umubare w’abantu bake cyane muri Amerika.

    Ibihugu bya Afurika birebwa n’iki cyemezo ni: Angola, Burkina Faso, Tchad, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Djibouti, Eritereya, Gambiya, Gineya-Bissau, Liberiya, Libiya, Mauritania, Sudani, Sao Tome and Principe, Cape Verde, n’u Burundi.


    source https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/ahantu/article/abaturage-bo-mu-bihugu-15-bya-afurika-bazajya-batanga-ingwate-mbere-yo-kwinjira-muri-amerika

  • Icyo ubiba mu mwana ni cyo umusaruramo, kuko umurima weramo icyo wabibwemo #rwanda #RwOT

    Kubyara ni nko guhabwa umurima, ariko kurera ni nko kubiba imbuto muri wa murima. Iyo uhawe umurima ntuwubibemo imbuto ushaka hameramo izibonetse zose; kandi mu gihe cy’isarura ntusaruramo izo ushaka ahubwo usaruramo izimijejemo waba uzishaka cyangwa utazishaka.

    Muri iki gihe, iyo ukurikiranye imvugo z’ababyeyi bamwe bakubwira ko abana babananiye, bababwira ntibumve, babarihiye amashuri ariko bakaba ntacyo babamariye n’ibindi

    Ku rundi ruhande twumva hirya no hino abana bicwa n’ababyeyi babo, ababasambanya ku gahato, ababiba imitungo n’ibindi bibabaje bigaragaza icyuho gikomeye mu burere butangirwa mu muryango.

    Igihurirwaho na benshi mu babyeyi ni uko abana bafite imyitwarire idahwitse, byagera ku rubyiruko ho bikaba akarusho kuko usanga baragizwe ab’ubu, ikigero cy’abananiranye n’ibindi.

    Abakiri bato na bo bashinja ababyeyi gushaka kubagumisha mu by’ahashize kandi na bo bakeneye kujyana n’ibigezweho.

    Aha ni ho abenshi bibaza bati 'hagati y’umubyeyi n’umwana ni nde wananiye undi?’

    Mu gihe ababyeyi bashinja abana cyane urubyiruko kubananira no kugaragaza imyitwarire itari myiza ni nako urubyiruko narwo rushinja ababyeyi kutita ku nshingano zabo uko bikwiye harimo kutabagira inama no kutababonera umwanya ngo babaganirize ndetse babatoze inzira iboneye bakwiye gucamo.

    Uko ababyeyi n’abana bitana ba mwana mu burere bwabo, niko ababyeyi barushaho kugaragaza ko muri iki gihe imibereho igenda igorana, ariyo mpamvu nyamukuru ituma batabona umwanya wo kuganira no kubaha uburere bukwiye buzababera akabando k’iminsi.

    Mu burere bw’abana bikwiye kugenda gute?, kubyara ni kimwe no kurera ni ikindi; iyo ushaka kuzasarura urukundo mu mwana urumubibabo, iyo ushaka kuzitabwaho mu zabukuru na we umwana wawe umwitaho akiri muto. Iyo ushaka kuzategwa amatwi, bigusaba kumwumva, niba ushaka kandi ko azajya agusura, gerageza umusure igihe ari kure yawe, yagiye mu masomo n’ibindi.

    Ibice by’ingenzi umubyeyi akwiye kunyuzamo umwana amutegurira kuzavamo umuntu w’ingirakamaro.

    Bibiliya itanga umurongo ugororotse ku burere bukwiye guhabwa umwana, nkuko biboneka muri Luka 2:52 handitse hati 'Yesu akomeza kugwiza ubwenge, abyiruka ashimwa n’Imana n’abantu.”

    Iki gitabo gitagatifu kiduha icyitegererezo cy’uburyo umwana warezwe neza akura mu bice bine aribyo,: Igihagararo, ubwenge, mu busabane bwe n’Imana no mu mibanire ye myiza n’abantu.

    Kugira ngo umwana akure muri ibi bice ni iby’ingenzi cyane ku mubyeyi kumenya icyo akeneye guhabwa, mu gihe runaka n’uburyo bwo kukimuha. Ubundi ibyo umubyeyi asarura mu mwana, agomba kubibiba mu gihe cy’imyaka 18 ni ukuvuga guhera mu mezi atatu ari munda ya nyina kugeza ku myaka 18 y’ubukure.

    Umwana uri mu kigero cy’imyaka 0-5, akeneye ko umubyeyi we amukunda, amwereka ko amwishimiye, amuhobera akamuterura akamushyira mu gituza, akamusoma, akamusekera. Akamuha igihe gihagije cyo gukina na we, akamugaburira, kandi akamuhanga amaso akamwereka ko amwitayeho mu gihe amugaburira, baganira cyangwa bakina.

    Umwana uri mu kigero cy’imyaka 6-9, akenera ko umubyeyi we amuha igihe gihagije cyo kumutega amatwi akamwumva kandi bakaganira, igihe cyo gukina udukino dusekeje n’ibindi. Ni igihe umwana abaza ibibazo byinshi anakeneye ibisubizo by’ukuri biturutse ku mubyeyi we.

    Mu byo umwana aba akeneye harimo ko umubyeyi aha agaciro ibibazo bye kandi akabisubiza atinubye cyangwa atamubwiye ko ibyo ari kumubaza ari ubusa cyangwa ko nta gaciro bifite. Iki ni igihe umwana aba ashaka kugira uruhare mu mirimo runaka, aba akeneye ko atabuzwa gukora ahubwo asobanurirwa uko ibintu bikorwa, ntaba ashaka ko umubwira ko ibyo bintu atabishoboye, aba akeneye gushimwa no kubwirwa ko yabikoze neza, akabona gukosorwa no kubwirwa uko azabikora neza ubutaha.

    Umwana uri mu kigero cy’imyaka 10-12, akenera ko umubyeyi we: amushyigikira kandi akamwerekera uko ibintu bikorwa, yemerwa kandi agashishikarizwa gukomeza gukora kuko ibyo atashoboye none azabishobora ubutaha. Kumusobanurira impamvu z’amabwiriza n’amategeko umuha, n’impamvu yibyo umusaba gukora n’ibyo umubuza gukora ni ingenzi cyane kuko umwana agomba kumva neza mbere yo gushyira mu bikorwa. Impamvu y’ibi ni uko iyo atumvise neza impamvu y’ibyo umusaba gukora cyangwa kudakora, abyubahiriza iyo muri kumwe gusa ariko iyo mutari kumwe arabikora.

    Akeneye kandi gutangira guhabwa inshingano no gusobanurirwa uko zishyirwa mu bikorwa no kubazwa impamvu igihe cyose atasohoje inshingano yahawe.

    Umwana uri mu kigero cy’imyaka 13-18, akeneye ko umubyeyi we: amuha umwanya wo gutanga ibitekerezo no kujya impaka ku byo amusaba gushyira mu bikorwa, gutozwa no kwerekwa icyerekezo gikwiye mu gufata icyemezo cy’ibigiye gukorwa. Umwana uri muri iki kigero ntabwo akunda ko umubyeyi amushyiraho amategeko, ahubwo aba akeneye kubazwa icyo atekereza kubyo asabwa gukora, aba akeneye imirongo migari y’ibyo agomba gukora kuruta guhabwa amabwiriza kuri buri kantu, aba akeneye kubahwa no guhabwa ubwigenge. Aba akeneye ubucuti hagati ye n’umubyeyi we.

    Hari ababyeyi bashyigikira umugambi mubisha wo kwica ahazaza h’abana babo

    Nubwo ababyeyi bavuga ko bashakira abana babo imibereho myiza, usanga icyo bita imibereho ari nacyo kiba urupfu rw’abana babo kuko ikinyoma gikomeye Satani yabeshye ababyeyi, ni uko nta mwanya uhari wo kwita ku mwana ngo atozwe inzira akwiye kunyuramo.

    Ku bw’ibyo Satani yashoboye kwemeza ababyeyi ko bakwiye gushaka ibitunga umubiri w’abana babo na we akita ku buzima bwabo bwa mwuka n’amarangamutima! Niyo mpamvu usanga ababyeyi bahugiye mu gushaka ibyo kurya ariko ntibamenye uburyo abana babiriye, amafaranga yo kwishyura ishuri ariko ntibamenye ibyo biga, kugura za televiziyo n’amafatabuguzi ku mashene atandukanye ariko ntibamenye ibyo abana babo bareberaho. Ibi rero biha Satani ububasha bwo kurera abana bacu kandi aritwe tumutera inkunga.

    Iyo ubyaye nturere ntiwororoka, urinda uva ku Isi umutima wawe udahaze ibyiza.

    “Umuntu ubyaye abana ijana akarama imyaka myinshi, iminsi yo kubaho kwe ikagwira ariko umutima we ntuhage ibyiza, akabura n’aho ahambwa, ndavuga yuko bene uwo arutwa n’inda yavuyemo.' (Umubwiriza 6:3)

    Biratangaje kubona umuntu wabyaye abana benshi kandi mu bigaragara babayeho neza ariko ugasanga ntibibuka umubyeyi, abeshejweho no gusabiririza, ntibaterwa isoni n’uko umubyeyi wabo ari mu cyiciro cyambere cy’ubudehe, ndetse yapfa akabura gihamba nk’uko ijambo ry’Imana ryabivuze mu Umubwiriza 6:3. Ikibazo nyamukuru uyu mubyeyi aba afite aba yarabyaye ariko ntarere. Iyo ubyabye nturere ntiwororoka kandi upfa umutima wawe adahaze ibyiza!

    Ababyeyi benshi batekereza ko kuba bagaburiye umwana, bamurihiye amashuri, bamwambitse, baguze ibikoresho by’imyidagaduro: televiziyo, mudasobwa, telefoni n’ibindi binezeza umwana bihagije mu burere bwe.

    Ni ha handi bigera n’aho umwana atitwara neza cyangwa amunaniye akamwibutsa ati 'Mwana wanjye ni iki ntagukoreye? Ntiwishwe n’inzara, narakwambitse nakurihiye amashuri n’ibindi.'

    Nubwo gukora ibi ari iby’ingenzi ariko ntibihagije ngo umwana azavemo umuntu w’ingirakamaro. Ibi byose ni nk’ifumbire ishyirwa mu murima kugira ngo imbuto yabibwemo izere neza, ariko ntacyo byamara mu gihe ya mbuto nta yirimo.

    Birakwiye ko ababyeyi basobanukirwa ko inshingano ikomeye Imana yaduhaye kuri iy’Isi ni ukororoka, bivuze: kubyara no kurera. Kandi tugasobanukirwa ko utarezwe n’uwamubyaye arerwa n’Isi kandi yo ntibyara, ni nayo mpamvu itazi no kurera.

    Ni byiza ko ababyeyi basobanukirwa ko ibyo bari kubiba uyu munsi mu bana babo, aribyo bazabasaruramo ejo hazaza kandi burya ngo ‘Uburere buruta ubuvuke’, kandi burya imvugo ikwiye ku mubyeyi ni iyi 'Ndinda mwana wanjye, narakureze, kuruta ndinda mwana wanjye narakubyaye.'

    Amakosa yose umwana yakora ni ibisanzwe kuko muri kamere ya muntu amakosa abamo kandi abantu barayavukana. Ariko haba hakenewe uburere butanzwe n’umubyeyi kandi mu rukundo kugira ngo ubwo bupfapfa umwana avukana burangire.

    Babyeyi, burya inama ziherekejwe n’ubugwaneza n’urukundo ni byo shingiro ry’uburere bukwiye umubyeyi akwiye guha umwana, uzamubera akabando k’iminsi.

    Babyeyi bagenzi banjye, nimuze turerere u Rwanda rurangwa n’indangagaciro, rukaziririza kirazira.

    Iyi nyandiko ishingiye ku mpuguro ni ibitekerezo bwite bw’umwanditsi, Urinzwenimana Mike.

    Source: Igihe.com

    Reba hano n’izi nyigisho: Kurinda ubusabane mu muryango by Pastor Desire Habyarimana

    Menya ibitera amakimbirane mu muryango n’uburyo wabyirinda

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Icyo-ubiba-mu-mwana-ni-cyo-umusaruramo-kuko-umurima-weramo-icyo-wabibwemo.html