Category: Uncategorized

  • Shampiyona y' umupira w' amaguru mu Rwanda yahagaritswe kubera Covid_19 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Ukuboza 2020, Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yaharitse imikino yose ya Shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda kubera Covid_19.

    Mu ibaruwa isinyweho na Minisiteri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda 'FERWAFA' ryategetswe guhagarika imyitozo n'imikino ya Shampiyona y'umwaka wa 2020-2021.

    MINISPORTS yanditse mu ibaruwa ko impamvu nyamukuru yo guhagarika iyi Shampiyona ari uko abakinnyi ndetse n'abandi bari muri gahunda za Shampiyona batubahiriza uko bikwiye amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ndetse bamwe muri bo bakaba baramaze gufatwa n'icyorezo.

    FERWAFA yategetswe kwishyura amafaranga azakoreshwa hapimwa abakinnyi n'abatoza bari bitabiriye imikino ya Shampiyona mbere y'uko basubira mu rugo. Abakinnyi n'abatoza bamenyeshejwe ko bazasubira mu ngo zabo bamaze gupimwa no guhabwa ibisubizo.

    Muri iri tangazo MINISPORTS yageneye abanyamakuru, Yavuze ko igihe cy'isubukurwa rya Shampiyona, kizatangazwa mu gihe gikwiye.

    Ibaruwa MINISPORTS yanditse

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/12/shampiyona-y-umupira-w-amaguru-mu-rwanda-yahagaritswe-kubera-covid_19/

  • Umunsi umwe bazishyura ibyo bankoreye _ Bobi Wine #rwanda #RwOT

    Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, kugeza magingo aya utishimiye ibimukorerwaho mu bikorwa bye byo kwiyamamariza umwanya w'umukuru w'igihugu, yatangaje ko igihe kizagera buri wese mu bashinzwe umutekano muri Uganda cyo kimwe n'abategetsi ba kiriya gihugu bamuhohoteye bakabazwa ibyo yakoze.

    Ni nyuma y'uko kuri uyu wa Gatanu abashinzwe umutekano bamuhagaritse ku muhanda incuro enye zose ubwo yerekezaga mu bikorwa byo kwiyamamaza.

    Bobi Wine abinyujije kuri Twitter, yavuze ko abakomeje kumuhohotera hari igihe kizagera bakabibazwa.  Ati: 'Iyi ni incuro ya gatatu Polisi idutangiriye uyu munsi. Isi yose iri kureba iri hohoterwa ryose kandi umunsi umwe abari inyuma y'ibi bikorwa by'ubunyabyaha bose bazabibazwa buri wese ku giti cye.'

    Kuva ibikorwa byo kwiyamamaza muri Uganda byatangira, nta munsi Bobi Wine uhagarariye Ishyaka NUP (National Unity Platform) ataratangaza ko yatangiriwe n'abashinzwe umutekano, yemwe hari n'ubwo bacishamo bakamuta muri yombi bya hato na hato ariko nyuma bakaza kumurekura.

    Mu minsi ishize uyu munya-Politiki yatawe yombi ashinjwa kurenga ku mabwiriza agenga ibikorwa byo kwiyamamaza aho yarenzaga umubare w'abantu 200 bemerewe kwitabira ibikorwa byo kwiyamamaza mu rwego rwo kwirinda COVID-19, aza no kugezwa imbere y'ubutabera.

    Itabwa muri yombi rye ryakuruye imyigaragambyo ikomeye muri Uganda yaguyemo ababarirwa muri 50 (n'ubwo we avuga abarenga 200), bari mu bamaganaga ifungwa rye.

    Urukiko rwamurekuye nyuma yo gutanga ingwate, gusa yihanangirizwa ko agomba kubahiriza amabwiriza ya Komisiyo y'amatora na Minisiteri y'Ubuzima; gusa nta na rimwe arasiba kwiyamamariza mu kivunge.

    Bobi Wine ushyigikiwe cyane n'urubyiruko rw'Abagande ari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi mu matora y'umukuru w'igihugu muri Uganda, cyo kimwe na Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/12/umunsi-umwe-bazishyura-ibyo-bankoreye-_-bobi-wine/

  • Covid-19: Shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda yahagaritswe mu gihe kitazwi #rwanda #RwOT

    Muri iri joro rya tariki 11 Ukuboza 2020, Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo ibinyujije kuri Twitter yayo, yasohoye itangazo rihagarika Shampiyona y'umupira w'amaguru 2020-2021 kubera imyitwarire idahwitse mu kwirinda Covid-19. Ni mu gihe FERWAFA yategetswe kwishyura amafaranga yose ajyanye no gupimisha abakinnyi n'abatoza bitabiriye iyi shampiyona, hakaba kandi nta numwe wemerewe kuva aho yari acumbitse ataha iwabo atabanje kwipimisha Covid-19 no kubona ibisubizo.

    Dore uko iri itangazo rya Minisiteri ya Siporo rivuga;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/covid-19-shampiyona-yumupira-wamaguru-mu-rwanda-yahagaritswe-mu-gihe-kitazwi/

  • Kiyovu Sports yerekanye imyenda izakoresha mu mwaka w’imikino 2020-2021(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Kiyovu Sports ku munsi w’ejo yamuritse umwambaro izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

    Ni umwambaro wamuritswe ku munsi w’ejo hashize ku bufatanye n’umufatanyabikorwa w’iyi kipe, Azam Group.

    Uyu muhango wabereye ku ruganda rwa Azam aho Kiyovu Sports yari ihagarariwe n’umunyamabanga wayo, Munyangabe Omar na Hadji Rutikanga Hassan uri mu nama y’Ubutegetsi ya Kiyovu.

    Ni imyenda bigaragara ko ikoze mu buryo butandukanye n’imyenda Kiyovu Sports yari isanzwe yambara.

    Umunyamabanga wa Kiyovu Sports, Munyangabe Omar nyuma yo kumurikirwa iyi myambaro na Azam yagize ati'Azam ni umufatanyabikorwa wa Kiyovu, hari ibyo asabwa kuduha natwe hari ibyo dusabwa gukora kugira ngo tumenyekanishe ibikorwa byabo nk’uko biri mu masezerano, wabonye ko hariho ibirango byayo, bizatuma igaragara cyane mu mikino ya Kiyovu Sports. Turishimye kuko ibashije kubahiriza ibyo twumvikanye.'

    Mu mwaka ushize nibwo Azam Group yasinye amasezerano y’ubufanye na Kiyovu Sports mu gie cy’imyaka 4 kuri miliyoni 136 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Imyenda ya Kiyovu Sports ikozwe mu buryo bushya

    Amakabutura bazajya bambara

    Umunyamabanga wa Kiyovu Sports, Munyangabe Omar(hagati) na we yari ahari

    adji Rutikanga Hassan usanzwe uri mu nama y’Ubutegetsi ya Kiyovu.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/kiyovu-sports-yerekanye-imyenda-izakoresha-mu-mwaka-w-imikino-2020-2021-amafoto

  • Ikiguzi cy'inkingo za covid-19 n'igihe zizatangira guhabwa abanyarwanda #rwanda #RwOT

    U Rwanda ni kimwe mu bihugu ku Isi bihanze amaso urukingo rwa COVID-19 nk'urushobora gutuma ruca ukubiri n'iki cyorezo cyahitanye ubuzima bw'abaturage, kigakenesha igihugu mu ngeri zitandukanye.

     

    Minisitiri Dr Ngamije Daniel yatangaje ko u Rwanda rwubahirije itariki ya 07 Ukuboza 2020 yari yatanzwe nk'igihe ntarengwa ibihugu byose bigomba kuba byatanze ubusabe bw'inkingo za COVID-19, aho ari kimwe mu byemerewe kuzahabwa inkingo 20% by'abaturage bose b'igihugu mu cyiciro cya mbere.

    Izi nkingo zizatangwa n'ihuririo rigamije kwihutisha kugeza urukingo rwa Covid-19 ku bihugu, Covax, ari naryo rizazigura ku ikubitiro rikazisaranganya hirya no hino ku bihugu.

    Mu bazahabwa urukingo mu cyiciro cya mbere harimo abakozi bo kwa muganga, abafite indwara zitadakira nk'umuvuduko w'amaraso, diabète, asthma n'izindi zo mu buhumekero, abakuze bafite hejuru y'imyaka 65, abakora mu nzego zituma bashobora kugira ibyago byo kwandura nko kuri gasutamo n'abandi bahura n'abantu benshi.

    Ubusabe bw'inkingo zibagenewe bwaratanzwe, ubu igihugu cyatangiye imyiteguro yo kureba aho abo bantu baherereye ku buryo binabaye ngombwa hashobora gukorwa urutonde rwabo igihe cyazagera bakaba barateguwe ku buryo bahabwa urukingo.

    Mu kiganiro na IGIHE, Dr Ngamije yatangaje ko muri icyo cyiciro, inkingo zizatangwa ari izishobora guhabwa abaturage 20% muri miliyoni 12,7 batuye u Rwanda.

    Ati 'Nizo dufiteho uburenganzira ubu. 20% gusa ya miliyoni 12,7 by'abaturage ni zo tugomba kubona ariko n'uburyo bwo gushaka amafaranga bukaba burimo kugira ngo tuzabashe kuva kuri 20% tujya kuri 60% nibura.'

    Nta gihe ntakuka kiremezwa cy'igihe urwo rukingo ruzaba rwamaze kugerera mu gihugu, kuko magingo aya rutaremezwa ndetse n'inganda zitaratangira kuzikora ku bwinshi ku buryo zakwirakwizwa hose.

    Ati 'Urukingo rubonetse kuko inganda nazo zigomba gutangira kurukora kandi zihereza ibihugu byose ku Isi, ni ukuvuga ngo nibura abo 20% inkingo twazibona mu mpera z'ukwezi kwa gatatu umwaka utaha hanyuma abandi bakazagenda bakurikira uko inganda zigenda zongera ubushobozi bwazo bwo gukora inkingo. Ntabwo nakubwira itariki ngo abo bandi 40% biyongera ngo ni iki gihe ariko ibyo aribyo byose ni mbere y'uko uriya mwaka wa 2021 urangira.'

    Dose imwe y'urukingo igura angahe?

    Buri rukingo mu ziri kugeragezwa zashyiriweho igiciro ku buryo bizwi ngo nk'umuntu umuntu atewe inshuro imwe (dose) igura aya mafaranga, hanyuma yaterwa ebyiri, ikiguzi kingana gutya na gutya.

    Nk'urukingo rwa AstraZeneca, nirwo ruhendutse muri zose. Dose imwe igura amdolari ane, ni hafi 4000 Frw. Bisobanuye ko u Rwanda rushatse gukingira abaturage bose b'igihugu bagahabwa dose ebyiri nk'uko biteganywa, wasanga rwakwishyura asaga miliyari 100 Frw.

    Urukingo rwakozwe n'Abanyamerika rwa Moderna rwo rugura amadolari 33 ya Amerika, ni ukuvuga asaga ibihumbi 32 Frw, urwakozwe na Pfizer na BionTech rwo rugura amadolari 20, ni hafi ibihumbi 20 Frw.

    Sputnik V rwakozwe n'ikigo Gamaleya cy'Abarusiya rwo rugura amadolari icumi, ni hafi ibihumbi 10 Frw.

    Ikiguzi kizaterwa n'ubwoko bw'urukingo

    Inkingo igihugu kizabona mu cyiciro cya mbere zizaba ari iz'ubuntu, ntabwo kizazishyura ahubwo icyiciro cya kabiri ari nacyo gifite intego y'uko nibura 60% by'abatuye igihugu baba bakingiwe cyo kugira ngo igihugu kizibone bizasaba kwishakamo ubushobozi kikazigura.

    Minisitiri Dr Ngamije yakomeje avuga ko ubu hataramenyekana neza amafaranga azatangwa n'igihugu muri ibi bikorwa byo gushaka urukingo no gukingira abaturage, kuko kizagenwa hashingiwe ku gaciro k'urukingo igihugu cyabonye.

    Ati 'Hari inkingo utera dose ebyiri, hari izo utera imwe, kandi buri imwe ifite igiciro. Ubu rero kuko tutaramenya urukingo tuzatera, ni ikigereranyo navuga kinini cyane kuko ni hafi miliyoni 15 z'amadolari kuzakingira abo bantu bose 60% by'abaturage ariko bishobora guhinduka, kugabanuka cyangwa bikiyongera bitewe n'urukingo ruzahabwa.'

    'Niba tuzahabwa urukingo utera urushinge rumwe cyangwa niba tuzahabwa urukingo utera inshuro ebyiri kugira ngo umuntu abe akingiye. Ni umubare umuntu yakwita uw'agateganyo.'

    Nyinshi mu nkingo ziri mu cyiciro cya nyuma cy'igerageza zitangwa inshuro ebyiri kugira ngo abantu babe bizeye ko bakingiwe koko.

    Ni uruhe rukingo u Rwanda rushobora gukoresha?

    Nk'inkingo enye ziri mu cyiciro cya nyuma cy'igerageza, zose zifite amabwiriza yihariye ajyanye n'uburyo zibikwamo n'uko zitwarwamo. Urugero nk'urwa AstraZeneca rwakozwe na Kaminuza ya Oxyford mu Bwongereza, ni rwo rwonyine urebye rufite amabwiriza ashobora korohera abantu mu buryo bwo kurutwara no kurubika.

    Rwo rushobora kubikwa mu bubiko busanzwe ahantu hari ubukonje ushobora no kubona muri firigo zikoreshwa mu buzima bwa buri munsi. Ariko nk'urwa Moderna rw'Abanyamerika rwo amabwiriza ni uko rubikwa ahantu hari ubukonje bwa dogere Celsius -20 rukaba rwahamara amezi atandatu.

    Urwa Pfizer na BionTech rwo rwanatangiye gutangwa mu Bwongereza, amabwiriza ni uko rubikwa ahantu hari ubukonje bwa degere Celsius -70 mu gihe urwakozwe n'Abarusiya ruzwi nka Sputnik V narwo rushobora kubikwa kimwe n'urwa AstraZeneca mu bukonje busanzwe bwa firigo.

    Nubwo urukingo rwa Pfizer na BionTech rwatangiye gukoreshwa, abahanga mu by'ubuzima bagaragaza ko nk'ibihugu bikennye cyangwa ibyo muri Afurika byinshi bishobora kuzahitamo gukoresha urwa AstraZeneca kuko rwo nta mabwiriza menshi rusaba mu kurubika bitandukanye n'izindi zifite umwihariko ukomeye mu bukonje n'ibindi.

    Dr Ngamije yaciye amarenga ko u Rwanda rushobora kuzakoresha urukingo rwakozwe na Kaminuza ya Oxford rwa AstraZeneca kuko uburyo bwo kurwitaho butagoye, ari kimwe n'izindi nkingo zikoreshwa mu gihugu.

    Ati 'Ruriya rwa AstraZeneca ni urukingo rutatuvuna cyane mu buryo bwo kubika inkingo.'

    Ihuriro rikurikirana uburyo inkingo zigera kuri bose (People's Vaccine Alliance) riherutse gutangaza ko ibihugu bikize byamaze kwitegura guhunika inkingo za Covid-19, bityo ko ibihugu bikennye bizagorwa no kubona inkingo ku buryo nk'ibihugu 70 bikennye, bizashobora gukingira 10% gusa y'abaturage babyo bose.

    Mu gihe urukingo ruzaba rumaze kuboneka, irindi hurizo riri mu buryo ruzagezwa ku bihugu kuko kurutwara bisaba amabwiriza akomeye. Mu ntangiriro za Nzeri uyu mwaka, Ishyirahamwe Mpuzamahanga rw'Ubwikorezi mu Ndege (IATA) ryatangaje ko bizasaba indege 8000 zo mu bwoko bwa Boeing 747 mu gukwirakwiza urukingo rwa COVID-19 ku Isi, ndetse ko aribwo butumwa bukomeye buzakorwa n'ibigo by'indege nko muri iki kinyejana.

    Icyo gihe IATA yagaragazaga ko kugeza muri Afurika urukingo rwa Covid-19 rubaye rubonetse 'bitashoboka' kubera ko nta bushobozi buhari bwo gutwara imizigo, ingano y'akarere ka Afurika n'urusobe rw'ibibazo byo kwambuka imipaka.

    IATA isobanura ko ubu bwikorezi buzasaba 'gukorwa neza bijya gusa nk'igikorwa cya gisirikare', ndetse bisabe ko habaho ahantu hahehereye hazabikwa izo nkingo.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yabwiye IGIHE ko ubu bari kureba niba bishoboka ko urukingo rwazatwarwa n'iyi sosiyete mu gihe ruzaba rubonetse.

    Ati 'Turacyakoresha indege zacu zisanzwe mu gutwara imizigo, ndetse n'i Burayi dutwara imizigo mu ndege zisanzwe zitwara abagenzi. Rero igihe cyo gutwara inkingo nikigera, nabyo turi kubirebaho niba tuzashobora gutwara inkingo, uko twabikora dukoresheje indege dusanganywe.'

    'Turacyari kubirebaho, nta kintu kiremezwa ariko ni ibintu bishobora gushoboka kuko urukingo rufite uburyo rutwarwamo mu bijyanye no kugenzura ubushyuhe ariko ntabwo ubu naguha amakuru ahamye. Turi kubyiga bijyanye n'ibisabwa mu gutwara inkingo zitandukanye.'

    Usibye RwandAir, indi sosiyete yo mu Karere yatangiye kureba uburyo bwo gutwara urukingo rwa COVID-19 mu gihe ruzaba rubonetse ni Kenya Airways.

    Kugeza ubu , mu Rwanda abantu 6349 bamaze kwandura COVID-19 mu gihe 53 bo bapfuye bahitanywe n'iki cyorezo kuva ku wa 14 Werurwe ubwo cyagaragaraga mu gihugu bwa mbere.

     

    SOURCE:igihe.com

    The post Ikiguzi cy'inkingo za covid-19 n'igihe zizatangira guhabwa abanyarwanda appeared first on Kigalinews24.

    Source : https://kigalinews24.com/2020/12/11/ikiguzi-cyinkingo-za-covid-19-nigihe-zizatangira-guhabwa-abanyarwanda/

  • Abadepite bakuyeho Perezida w'Inteko #rwanda #RwOT

    Nyuma y'umwuka mubi uri gututumba hagati y'impuzamashyaka CASH ya Perezida Felix Tshisekedi na FCC ya Josep Kabila, Abadepite bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakuyeho uwari Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko witwa Jeanine Mabunda.

    Uyu mu perezida w' Inteko yari uwo mu ishyaka rya Joseph Kabila yari amaze igihe yinubirwa n'abo mu mpuzamashyaka ya Tshisekedi gufatanya n'abadepite baturuka mu ishyaka rimwe bakitambika imigambi ya Tshisekedi.

    Mu badepite 483 batoye, 281 bemeje ko akurwaho, nkuko Radiookapi yabitangaje dukesha iyi nkuru.

    Umwuka mubi hagati ya CASH na FCC warushijeho gukura muri iki cyumweru kuko mu bihe bitandukanye abadepite bagaragaye barwanira mu ngoro y'Inteko Ishinga Amategeko.

    Ikurwaho rya Mabunda ni intsinzi kuri Tshisekedi kuko benshi mu badepite bagiye ku ruhande rwe.

    Nyuma yo kweguza Mabunda, ubu Tshisekedi yemerewe gutoresha undi muyobozi w'inteko uzamworohereza gushyira mu bikorwa gahunda ze. Mubyo ashyize imbere harimo kuvanaho Guverinoma ya Minisitiri w'Intebe Sylvestre Ilunga Ilunkamba, agashyiraho indi yiganjemo abambari be.

    Tshisekedi yatangaje ko agiye gushyiraho umuntu uzamufasha gushakisha ubumwe n'andi mashyaka ari mu Nteko, bakagira ubwiganze buruta ubw'impuzamashyaka ya Kabila kugira ngo bimworohereze gushyira mu bikorwa ibyo yemereye abaturage.

    Source : https://impanuro.rw/2020/12/11/abadepite-bakuyeho-perezida-winteko/

  • Korali Ukuboko kw’Iburyo yasohoye indirimbo nshya ‘Uwabambwe’-VIDEO #rwanda #RwOT

    Korali Ukuboko kw’iburyo ni imwe mu ma Korali makuru kandi akunzwe cyane yo mu Itorero ADEPR mu Rwanda. Iyi Korali igizwe n’abarenga 150, ibarizwa kuri ADEPR Paroisse Gatenga, ikaba yarashinzwe ahagana mu mwaka wa 1989.

    Iyi Korali kuva yashingwa yagiye ikora ibikorwa binyuranye itegura kandi yitabira ibitaramo bitandukanye haba mu Rwanda no mu gihugu cya Uganda. Igitaramo gikomeye iyi Korali iheruka gutegura ni icyabereye muri Dove Hotel kiswe ‘Ikidendezi Live Concert’ cyabaye le 01/12/2019 gihuruza imbaga kuburyo abenshi batabashije kubona aho bicara cyangwa bahagarara muri salle ya Dove Hotel bakurikiranira concert hanze.

    Imwe mu ndirimbo zishimiwe na benshi muri iki gitaramo ni iyitwa UWABAMBWE kuko ikoze mu buryo budasanzwe aho bayiririmbye mu njyana ebyiri zivanze. Kuri ubu iyi ndirimbo yashyizwe hanze ikaba yaratunganyijwe na Bob Pro (Audio) ndetse na Film Focus Production (Video).

    Korali Ukuboko kw’Iburyo iri mu zikunzwe cyane mu gihugu

    Umuyobozi w’iyi korali, Bwana Kwizera Seth, nkuko tubikesha InyaRwanda.com yatangaje ko iyi ndirimbo ikubiyemo ubutumwa bwo guhumuriza abantu ko nubwo hari byinshi birushya abantu ku isi ariko bakwiye guhora bazirikana ko hariho uwaje mu isi kuducungura kandi umwemereye wese amuruhura imitwaro akamuha amahoro adashira.

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko bayihimba bashingiye ku ijambo ry’Imana riboneka mu gitabo cya EZECHIEL 16:6 ahagira hati 'Nuko nkunyuzeho mbona wigaragura mu ivata ryawe ndakubwira nti 'Nubwo uri mu ivata ryawe ubeho.' Ni ukuri narakubwiye nti 'Nubwo uri mu ivata ryawe ubeho.

    Izindi ndirimbo iyi Korali izwiho twavuga nka IKIDENDEZI, KISIMA, HASHIMWE YESU, IMIRIMO, URUKUMBUZI, URIHARIYE, IMITIMA, KURO, KUVA KERA, NAFURAHIYA, IBYIRINGIRO BY’UBUZIMA, n’izindi nyinshi zigaruriye imitima ya benshi mubakunzi b’umuziki uhimbaza Imana.

    REBA HANO INDIRIMBO ‘UWABAMBWE’ YA KORALI UKUBOKO KW’IBURYO

    Source: Inyarwanda

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Korali-Ukuboko-kw-Iburyo-yasohoye-indirimbo-nshya-Uwabambwe-VIDEO.html

  • Rwanda Premier League Match Day 3 Full Results #rwanda #RwOT

    Rwanda Premier League Match Day 3

    Thursday, December 10, 2020 Results

    As Kigali 2-0 Mukura VS&L
    AS MUHANGA 0-0 GORILLA FC
    Bugesera FC 1-3 Police FC
    Etincelles FC 1-2 Musanze FC

    Friday, December 11, 2020 Results

    APR FC 1-0 SC Kiyovu
    Marine FC 1-1 Sunrise FC

    Source : http://ferwafa.rw/spip.php?article2772

  • #COVID19: Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe, Ferwafa itegekwa kwishyura ibyo gupimisha amakipe yose #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, Minisiteri ya siporo mu Rwanda (MINISPORTS), yatangaje ko yahagaritse shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, ishingiye ku igenzura yakoze rigaragaza ko hari amakipe yagaragayemo ubwandu bwa Coronavirus.

    Shampiyona yahagaritswe
    Shampiyona yahagaritswe

    Minisports yatangaje ko imyitoz ndetse n’imikino bihagarutswe guhera tariki 12/12/2020, isaba ko abakinnyi n’abatoza batemerewe kuva aho mu mwiherero.

    Minisports kandi yanategetse ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA”kwishyura amafaranga yose ajyanye no gupimisha abakinnyi ndetse n’abatoza bari baritabiriye imikino ya shampiyona yari igeze ku munsi wa gatatu.

    Itangazo rigenewe abanyamakuru ku ihagarikwa rya Shampiyona y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru ya 2020/2021 @RwandaGov @AuroreMimosa @SMDidier1 @FERWAFA @Rwandapolice ,@RwandaLocalGov @RwandaHealth @RBCRwanda pic.twitter.com/jbaqT9hHGR

    — Ministry of Sports|Rwanda (@Rwanda_Sports) December 11, 2020

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/covid19-shampiyona-y-u-rwanda-yahagaritswe-ferwafa-itegekwa-kwishyura-ibyo-gupimisha-amakipe-yose

  • The United States Calls for Free, Fair, and Peaceful Elections in Uganda #rwanda #RwOT

     

    Press Statement
    Michael R. Pompeo, Secretary of State
    December 10, 2020

     

    The United States reiterates its call for a free, fair, credible and peaceful election in Uganda.  Repeated violence and excessive use of force by security forces are deeply troubling.  We urge the government to ensure the safety of all candidates, respect the right of peaceful assembly of all Ugandans, and ensure that election authorities and security forces act impartially. 

    We also call on the Ugandan government to create a safe environment for civil society and non-governmental organizations to undertake election training and monitoring.  While measures taken to reduce the spread of COVID-19 are imperative, they must not be used as justification for repression and violence. 

    Security officials responsible for the excessive use of force must be held to account, and candidates must be afforded freedom of movement and access to media.  Political violence, repression, and intimidation have no place in democracies.

    We are paying close attention to the actions of individuals who interfere in the democratic process and will not hesitate to consider serious consequences for those responsible for election-related violence and repression.   

     

    18

    The post The United States Calls for Free, Fair, and Peaceful Elections in Uganda appeared first on TOP AFRICA NEWS.

    Source : https://www.topafricanews.com/2020/12/11/the-united-states-calls-for-free-fair-and-peaceful-elections-in-uganda/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=the-united-states-calls-for-free-fair-and-peaceful-elections-in-uganda