Category: Uncategorized

  • U Rwanda rwa 2020: Amashiraniro, amakozere n'icyizere; iby'ingenzi mu bihe byaranze umwaka – #rwanda #RwOT

    Ku nshuro ya mbere mu myaka 26 imipaka y'igihugu yose – yaba iyo ku butaka, mu kirere no mu mazi – yarafunzwe, abaturage twese dusabwa kuguma mu rugo hamwe wamamaga akajisho hanze y'uruzitiro ugasanga nta n'inyoni itamba mu mihanda. 

    Hari byinshi uyu mwaka usize utwigishije nko gusukura intoki ubutitsa, kwambara agapfukamunwa byabaye umuco ku buryo ahari umunsi Coronavirus izaba yatsinsuwe burundu hari bamwe bazajya bibagirwa bagasohoka bakambaye [nka kumwe byagora benshi gusohoka batambaye isokoreki kubera uko zamenyerewe].

    Gukendera kw'ihererekanya ry'inoti n'ibiceri kwafashe intera ya ngwino urebe muri uyu mwaka kuko na bamwe bacuruza inyanya ku dutaro ushobora kubagurira ibicuruzwa byabo nta kashi muhererekanyije.

    CHOGM n'izindi nama zikomeye zari zitezwe uyu mwaka zarasubutswe, abanyeshuri bamara amezi hafi icyenda badakandagira mu ishuri, abahanzi bibagirwa gutaramira mu nzu zabugenewe, ku buryo bimuriye ibirindiro kuri televiziyo na YouTube. 

    Muri macye uyu mwaka wa 2020 utandukanye cyane n'isura benshi muri twe twari tuwufiteho igihe cyose cyatekerezaga Vision 2020. 

    Nubwo igihugu cyanyuze mu bihe bidasanzwe ariko ubuzima bwarakomeje, serivisi nyinshi zatanzwe hifashishijwe ikoranabuhanga mu kwirinda ko habaho kwanduzanya. 

    IGIHE yateguye ingingo zagutse zigaruka ku bihe byaranze umwaka wa 2020 n'amakuru y'ingenzi yagarutsweho mu itangazamakuru no mu buzima bw'abaturarwanda muri rusange.

    Impamvu z'ubwegure bw'abayobozi

    Umwaka wa 2020 wabaye simusiga kuko wasize abayobozi batandukanye beguye ku nshingano zabo, abandi bayikurwaho kubera amakosa bakoze mu kazi.

    Mu beguye muri uyu mwaka harimo Evode Uwizeyimana wari usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n'andi Mategeko wakubise umukobwa ucunga umutekano; Munyakazi Isaac wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye, wirukanywe kubera amakosa ya ruswa na Gashumba Diane wari Minisitiri w'Ubuzima, wirukanywe azira kubeshya ku bijyanye na Coronavirus.

    Dr Gashumba Diane wari Minisitiri w'Ubuzima yasimbuwe na Dr Ngamije Daniel

    Uwizeyimana Evode wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n'andi Mategeko, yagizwe Senateri

    Umukuru w'Igihugu yagarutse ku mpamvu z'ubwegure bwabo ubwo yatangizaga Umwiherero wa 17 w'abayobozi bakuru b'igihugu ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2020 mu Kigo cy'Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

    Yavuze ko muri iki gihe ashaka guhangana n'ibibazo nk'ibi, ko abayobozi badakwiye kwangiza ibintu bya rubanda. Yababwiye ko badakwiye gutegereza gukora amakosa ngo begure cyangwa se ngo birukanwe, ahubwo ko bakwiye kuba intwari bakagaragaza ko inshingano zibananiye, ko bashaka kujya gukora ibikorwa byabo bwite.

    Aba bayobozi biyongeraho Gen Nyamvumba Patrick wahagaritswe ku mwanya wa Minisitiri w'Umutekano, asubizwa ku Cyicaro cya Minisiteri y'Ingabo ndetse na Ambasaderi Nduhungirehe Olivier wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, wavanywe ku mirimo ye ku bwo gushyira imbere imyumvire ye.

    Tariki ya 25 Gicurasi, ba Guverineri barimo Gatabazi Jean Marie Vianney w'Intara y'Amajyaruguru na Gasana Emmanuel w'Amajyepfo na bo bahagaritswe bakorwaho iperereza.

    Nyuma yo gukorwaho iperereza, Gatabazi yasubijwe mu mirimo ye; Uwizeyimana agirwa senateri mu gihe Nduhungirehe yagizwe Ambasaderi w'u Rwanda mu Buholandi.

    Nduhungirehe Olivier wakuwe ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, yagizwe Ambasaderi w'u Rwanda mu Buholandi

    -  Coronavirus yagaragaye i Kigali, igikuba kiracika

    Kuwa Gatandatu, tariki ya 14 Werurwe 2020 nibwo Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko mu gihugu hagaragaye umuntu ufite COVID-19. Yari Umuhinde ukorera rimwe mu mashami ya Loni mu gihugu wari uvuye mu Mujyi wa Mumbai.

    Minisiteri y'Ubuzima yahise itangira gushakisha 'abo yaba yarahuye nabo kugira ngo niba hari uwanduye avurwe atanduje abandi.''

    Iyi nkuru yaciye igikuba mu baturage kuko ibyo bumviraga kure byari byabasatiriye. Ubuzima bwarahindutse, ahahurira abantu benshi hashyirwa aho gukarabira, abifite bakagura imiti yabugenewe 'hand sanitizer', ndetse bamwe batangira kwambara udupfukamunwa nubwo bitari byemejwe ko ari ubwirinzi bukenewe muri icyo gihe. 

    -  Gufunga amashuri no guterwa inda kw'abangavu

    Leta yafashe umwanzuro wo gufunga amashuri, insengero n'ahandi hahurira abantu benshi, ubwo umuntu wa mbere yari amaze gutahurwaho icyorezo cya Coronavirus mu gihugu. 

    Icyo gihe ibitaramo byarahagaritswe, insengero zirafungwa ndetse hanzurwa ko amashuri afunga guhera kuwa 16 Werurwe ndetse abakozi basabwa gutangira gukorera mu rugo aho bishoboka.

    Muri iki gihe hatangiye kwifashishwa ikoranabuhanga mu kwigisha ndetse amwe mu masomo anyuzwa kuri radio na televiziyo.

    Mu turere dutandukanye ubwo amashuri yafungurwaga nyuma y'amezi asaga umunani yari amaze afunze, habaruwe abanyeshuri benshi batewe inda imburagihe mu bihe bya Coronavirus igihe abantu basabwaga kuguma mu rugo n'amashuri agafungwa, bituma batabasha gusubira kwiga ubwo yakomorerwaga.

    Hari ibyiciro byakomorewe gusubira ku ishuri kuwa 2 Ugushyingo hari n'ibyasubiyeyo ku wa 23 Ugushyingo 2020. Mu mashuri yisumbuye hasubiyeyo abiga mu wa gatatu, uwa kane, uwa gatanu n'uwa gatandatu. Naho mu abanza hasubirayo abo mu wa kane, uwa gatanu n'uwa gatandatu. Aya kaminuza na yo yafunguwe mu byiciro bitandukanye.

    I Nyanza habaruwe abangavu 130 batewe inda ntibasubira ku ishuri mu gihe i Rwamagana abangavu 150 na bo batewe inda.

    -  Guma mu Rugo yasize urwibutso

    Mu guhashya Coronavirus, Leta y'u Rwanda yashyizeho gahunda ya Guma mu rugo, aho abantu bose babujijwe kuva mu ngo zabo. Uwasigaye akora ni uwatangaga serivisi z'ibanze zikenerwa.

    Abenshi ntibazibagirwa ubwo buzima kuko bwabaye intandaro y'ibibazo bitandukanye. Hari abirukanwe ku kazi, abandi bashyirwa mu mubare w'abakozi bagomba kugabanywa ndetse n'imishahara ya bamwe ikatwamo kabiri.

    Iki cyemezo cyanagoye abantu mu buryo bw'amikoro cyane cyane ko abatari barizigamye nubwo Leta yashyizeho gahunda zitandukanye zigamije kugoboka abari batangiye kubura ibiribwa.

    Ababuze ibiribwa bafashijwe kubibona binyuze mu kigega cya Leta, mu gihe hari n'abandi Banyarwanda bahuje ubushobozi, bagoboka abari basumbirijwe babaha amafunguro n'ibikoresho bitandukanye.

    Ahantu hahurira abantu benshi hashyizweho ibikorwa remezo bifasha abaturage gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune

    Abaturage bafashijwe kubona ibyo kurya mu gihe cya Guma mu rugo

    Kigali mu gihe cya Guma mu rugo yabaga ituje

    -  Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kwirinda 'gukinisha' ingamba zo kurwanya Coronavirus

    Perezida Kagame ubwo yari muri Kongere ya FPR Inkotanyi yo ku 26 Kamena 2020 yasabye Abanyarwanda kwirinda gukinisha ingamba zashyizweho mu kurwanya Coronavirus, ahubwo bakazubahiriza uko zakabaye batarobanura izo bashyira mu bikorwa ngo izindi bazireke.

    Yavuze ko ibihe u Rwanda rurimo byatewe na Coronavirus, amahirwe ari uko atari umwihariko warwo gusa nubwo rwo rugerwaho n'ingaruka zitandukanye bitewe n'uko igihugu giteye.

    Ati 'Ibyo dukora kugira ngo tucyirinde, byo bizakomeza cyangwa se bikwiye no gukomeza kurushaho. Ni ingamba nyinshi zigenda zifatwa zizwi ntabwo ari ibintu byo gukinisha […] buri munsi ababikurikiranira hafi, abashakashatsi, abahanga muri siyansi, abahanga mu buzima, nabo ntabwo baramenya byose bijyanye n'iyi Coronavirus. Baracyashakisha kuyimenya neza noneho bikaganisha ko hazaboneka uburyo bayirinda ku buryo bw'urukingo cyangwa se bw'umuti.'

    Perezida Kagame Paul yasabye Abanyarwanda kwirinda gukinisha ingamba zashyizweho mu kurwanya Coronavirus

    -  Ibiza byahitanye abantu 140 mu mezi ane ya mbere ya 2020

    Raporo ya Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi (Minema), igaragaza ko hagati ya Mutarama na Mata 2020, ibiza byishe abantu bagera ku 140 abandi 225 bagakomereka.

    Ibyo biza birimo imyuzure, inkuba, inkangu n'ibindi bikomeje gutwara ubuzima bw'abaturage, bikangiza ibikorwa remezo n'ibindi bikorwa by'abaturage nk'imyaka bahinze.

    Hegitari 3117 z'imyaka zangijwe n'ibiza hagati ya Mutarama na Mata uyu mwaka, imihanda 124 n'ibiraro 64 birasenyuka bihungabanya ibikorwa by'iterambere abaturage bakora buri munsi. Inzu zirenga 3082 zarangiritse, imiryango ibarirwa mu bihumbi ijya gucumbikisha.

    Minema itangaza ko amatungo yo mu rugo 3227 arimo inka 60 yishwe n'ibiza. Amashuri 36 yarasenyutse, ikigo nderabuzima, insengero 12, inzu z'ubuyobozi 10, ibikorwa remezo by'amazi 13 n'isoko rimwe, byarangiritse hirya no hino mu gihugu.

    Leta yafashije imiryango yagizweho ingaruka gutura neza, inarokora ubuzima bw'abari mu miturire yabashyira mu kaga.

    Umuryango w’abantu umunani warazimye kubera ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ntangiriro z’umwaka

    -  Ubwiyongere bwa gatanya

    Inkuru yagarutsweho cyane ni ijyanye n'ubwiyongere bw'ingo zitandukana. Mu 2019, imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n'inkiko gutandukana nk'uko byatangajwe muri raporo y'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR). Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Muri raporo ya NISR yiswe 'Rwanda Vital Statistics Report 2019' hagaragajwe ko muri gatanya zatanzwe n'inkiko zo mu Rwanda mu 2019, mu Mujyi wa Kigali hatanzwe 2400, mu Majyepfo 1989, mu Burengerazuba 1820, mu Burasirazuba 1482 naho mu Majyaruguru zabaye 1250.

    -  Rusesabagina yigejeje i Kigali

    Mu mpera za Kanama nibwo Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Paul Rusesabagina, ukurikiranyweho ibyaha 13 birimo n'iby'iterabwoba.

    Rusesabagina yafashwe nyuma yo gushyirirwaho impapuro mpuzamahanga zisaba ko afatwa agashyikirizwa ubutabera ngo abazwe ku byaha bikomeye aregwa birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n'ubwicanyi byakorewe abaturage b'inzirakarengane, b'Abanyarwanda.

    Dosiye ya Rusesabagina yahujwe n'iya Nsabimana Callixte 'Sankara' n'abandi bakurikiranyweho gukorana n'imitwe y'iterabwoba igamije guhungabanya u Rwanda.

    Ibyaha Rusesabagina akurikiranyweho byakorewe mu duce turimo Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru ahabaye ibitero muri Kamena 2018 no muri Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu Ukuboza 2018.

    Rusesabagina ukurikiranyweho ibyaha 13 birimo n’iby’iterabwoba yagejejwe imbere y’ubutabera

    -  Kabuga wari umaze imyaka ahigwa yarafashwe

    Tariki ya 16 Gicurasi 2020 nibwo Kabuga Félicien ufatwa nk'umuterankunga wa Jenoside, yafatiwe mu Bufaransa nyuma y'imyaka 26 ashakishwa ngo aryozwe ibyaha ashinjwa bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ifatwa rya Kabuga ryabaye nyuma y'igihe ashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, ryagendeye ku makuru y'ibihugu n'inzego zitandukanye. 

    Kabuga yabagaho ku myirondoro itari iye, mu nyubako iri ahitwa Asnières-sur-Seine, mu buryo bwateguwe neza afatanyije n'abana be.

    Kabuga aregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    -  Dr Habumuremyi Damien, Nyamvumba Robert na Munyakazi Isaac mu iroza

    Kimwe mu byaranze umwaka mu butabera ni uko abayobozi bakomeye bagejejwe imbere y'ubutabera bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye.

    Urukiko rw'Ibanze rwa Nyarugenge ku wa 27 Ugushyingo rwategetse ko Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w'Intebe afungwa imyaka itatu ahamijwe icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, anacibwa ihazabu ya miliyoni 892 n'ibihumbi 200 Frw.

    Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w'Intebe yasoje umwaka ari mu gihome

    Iyi nkuru yatangajwe nyuma y'uko ku wa 29 Nzeri 2020, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye igifungo cy'imyaka itandatu n'ihazabu ya miliyari 21,6 Frw, Nyamvumba Robert, wahoze ari umukozi wa Minisiteri y'Ibikorwa Remezo, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusaba indonke kugira ngo hakorwe ikinyuranyije n'amategeko.

    Nyamvumba Robert ari mu Banyarwanda baciwe ihazabu ihanitse kuko yahanishijwe imyaka itandatu y’igifungo n’ihazabu miliyari 21,6 Frw

    Dr Isaac Munyakazi na we wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi, yakatiwe gufungwa imyaka 10 n'ihazabu ya miliyoni 10 Frw, nyuma yo guhamwa n'ibyaha bya ruswa no gukoresha ububasha yari afite mu nyungu ze bwite.

    Dr Isaac Munyakazi na we yakatiwe igifungo cy’imyaka 10

    -  Abarwanya Leta aharindimuka

    Inzira y'umusaraba bayitangijwe ku wa 17 Ugushyingo 2019 ubwo ingabo za Congo zagabaga ibitero simusiga ku birindiro by'umutwe wa CNRD Ubwiyunge mu gace ka Kalehe, ziwukubita inshuro, abarwanyi bakwira imishwaro.

    Icyo gitero ngo cyari gifite imbaraga zidasanzwe, ku buryo batamenye niba koko ari FARDC yabacanyeho umuriro.

    Umwaka wa 2020 kandi usize hapfundikiwe urubanza rw'abantu 32 baregwa ibyaha by'iterabwoba, barimo abasirikare batanu ba RDF, nubwo umwe yaburanishijwe adahari kuko atarafatwa.

    Ni urubanza rwari rumaze umwaka umwe n'amezi abiri, kuko ku wa 2 Ukwakira 2019 aribwo itsinda ry'abantu 25 barangajwe imbere na Rtd Major Habib Mudathiru bagejejwe imbere y'Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

    Uru rubanza rwaje kwimurirwa mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare, rwapfundikiwe ku wa 8 Ukuboza 2020 abaregwa bamaze gusabirwa gufungwa burundu, Umucamanza Lt Col Bernard Rugamba Hategekimana yemeza ko ruzasomwa ku wa 15 Mutarama 2021.

    Rwahishuwemo byinshi, birimo ubuhamya bw'uburyo ibihugu bya Uganda n'u Burundi byakomeje guca hasi no hejuru mu gufasha abarwanya ubutegetsi bw'u Rwanda, no kubaha inkunga bakeneye ngo babashe kwihuriza hamwe mu buryo bwa gisirikare, nubwo aho umutindi yanitse ritava niyo byaba ari mu mpeshyi.

    Ibi bikorwa bijyanye n'imigambi ya Uganda yo guhungabanya umutekano w'u Rwanda, mu gihe rwo rubanira neza umuturanyi warwo.

    Muri Gashyantare, Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni wa Uganda, bahuriye mu nama yiga ku bibazo biri hagati y'ibihugu byombi yatumijwe na Perezida wa Angola, João Lourenço ikitabirwa na Félix Tshisekedi wa RDC nk'abahuza.

    Imyanzuro itanu yafatiwemo igaruka ku kurekura abaturage ba buri gihugu bafunzwe ndetse no kubungabunga umutekano wabo mu gihe bari mu gihugu cy'igituranyi.

    Mu ntangiriro z'uku kwezi Uganda yarekuye Abanyarwanda icyenda mu magana y'abafungiye ku butaka bwayo, barimo abari bamaze imyaka igera kuri ibiri bafunzwe nta byaha bigaragara bashinjwa ahubwo bakorerwa iyicarubozo amanywa n'ijoro.

    U Rwanda ruvuga ko hari Abanyarwanda barenga 100 bagifunzwe ari nabo isaba ko barekurwa, ndetse iki gihugu kikanahagarika imikoranire n'imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa.

    -  Isubikwa rya CHOGM

    Umwaka 2020 wari ukomeye mu bikorwa bijyanye n'inama mpuzamahanga. Ni wo wagombaga kuberamo imwe mu nama ikomeye mu mateka y'igihugu, CHOGM (Commonwealth Heads of Government Meeting), ihuza ibihugu birenga 50 bibarizwa mu Muryango w'Ibikoresha Ururimi rw'Icyongereza, Commonwealth.

    Iyi nama yarasubitswe kubera Coronavirus, yimurirwa mu mpeshyi y'umwaka utaha mu Cyumweru cya tariki ya 21 Kamena 2021.

    U Rwanda rwihaye intego yo kubyaza umusaruro ufatika inama n'ibikorwa mpuzahanga bibera mu gihugu. Biri muri gahunda yo kubyaza inyungu andi mahirwe igihugu gifite nk'igihugu kidakora ku nyanja aho intumbero ari ukwinjiza amadolari asaga miliyoni 150 buri mwaka aturutse mu kwakira ibiganiro, inama mpuzamahanga ku ishoramari n'ibikorwa bitandukanye.

    -  RwandAir mu masezerano mashya na Qatar

    Ikigo gikomeye mu bwikorezi bw'indege cya Qatar Airways cyatangaje ko kiri mu biganiro na RwandaAir, hagamijwe kugura 49% by'imigabane muri iki kigo.

    Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways, Akbar Al Baker, yavuze ko baganiriye ku migabane ingana na 49% muri RwandAir, Ikibuga cy'Indege cya Bugesera kiri kubakwa n'Ikigega cy'Ingoboka ngo kigire ubushobozi bwo kwakira abantu miliyoni 10.

    RwandAir yari yahagaritse ingendo zitandukanye yazisubukuye nyuma y'uko izindi sosiyete zitangiye gukomorera izo mu bihugu bitandukanye. Ubu yerekeza mu byerekezo bitandukanye ku Mugabane wa Afurika n'i Burayi.

    -  Abakunzi b'imyidagaduro bacitsemo igikuba

    Uyu mwaka watangiye neza nk'iyindi yose ariko ugeze muri Gashyantare ururira benshi ubwo ku wa 17 i Saa Yine za mu gitondo, Polisi y'u Rwanda yemezaga ko umuhanzi Kizito Mihigo wari ufungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera, muri icyo gitondo yasanzwe yiyahuye agapfa.

    Inkuru isa nk'iyi yongeye kubabaza benshi ubwo ku gicamunsi cyo ku wa 5 Mata 2020, hatangazwaga indi nkuru ivuga ko Karuranga Virgile wamenyekanye nka DJ Miller yitabye Imana, yazize uburwayi nyuma y'iminsi mike yari amaze mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal nyuma yo kugaragaza ibimenyetso by'indwara ya 'Stroke'.

    Karuranga Virgile wamamaye nka DJ Miller mu kuvanga imiziki yitabye Imana muri uyu mwaka

    -  Amagare n'Amafarashi! Indirimbo ziswe ibishegu

    Uyu mwaka uretse ibyamamare byitabye Imana, hadutse inkubiri y'abahanzi basohoye indirimbo benshi bakazishyira mu zo abakunzi b'umuziki bavugaga ko ari 'ibishegu'.

    Muri izi ndirimbo zavugishije benshi harimo nka 'Ntiza' ya Mr Kagame na Bruce, 'Saa Moya' ya Bruce Melodie, 'Ubushyuhe' ya Dj Pius na Bruce Melodie, 'Micro, na 'Ifarashi' za Davis D, 'Igare' ya Mico The Best n'izindi nyinshi zitavuzweho.

    Mu gihe benshi bavugaga ko aba bahanzi baririmba 'ibishegu' bo bumvikanye kenshi bavuga ko ari ababa bashaka kwisobanurira indirimbo kurusha ba nyirayo.

    Tariki 29 Nzeri 2020, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco, Bamporiki Edouard, yanenze abahanzi yavugaga ko bayobotse umujyo wo kuririmba ibihangano biganisha ku busambanyi, avuga ko ari ishyano u Rwanda rwagushije.

    Yanunzemo avuga ko yasezera ku mirimo ye aho kugira ngo Minisiteri abarizwamo inafite mu nshingano umuco, itere inkunga umuhanzi uririmba ibishegu.

    -  Rayon Sports yihariye umwaka wa ruhago

    Umwaka wa 2020 muri siporo y'u Rwanda waranzwe n'isubikwa ry'imikino itandukanye kuva muri Werurwe kugeza magingo aya kubera icyorezo cya COVID-19, ariko icyavuzwe cyane ni amakimbirane yo muri Rayon Spots.

    Kuva muri Werurwe uyu mwaka, muri Rayon Sports- ikipe ikunzwe n'Abanyarwanda benshi- havuzwamo umwuka utari mwiza, aho hari abari badashyigikiye ubuyobozi bwari buyobowe na Munyakazi, ku isonga ry'abashakaga impinduka hakaba abigeze kuyiyobora barangajwe imbere na Muvunyi Paul yasimbuye.

    Iyi kipe yavuzwemo ikibazo cy'amikoro make n'imikoranire itari myiza n'abaterankunga barimo SKOL, aho abakinnyi bahagarikiwe umushahara kugeza muri Kanama.

    Munyakazi Sadate yazunguje Rayon Sports

    Muri ibi bibazo byayivuzwemo cyane ibishingiye ku buyobozi, niho havuye ibaruwa Munyakazi Sadate yandikiye RGB ayimenyesha ko hari abantu atazi bivanga mu buyobozi bw'ikipe, bashaka kumuhirika.

    Yandikiye kandi Perezida Kagame ibaruwa y'amapaji ane, amumenyesha ibibazo byose bivugwa muri iyi kipe birimo kunyereza umutungo kw'abahoze bayiyobora, ruswa, kugura abasifuzi no kuba hari abavuga ko bazarimbura Rayon Sports.

    Guhera mu mpera za Gicurasi, Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere (RGB) rwatangiye kugaragara mu bibazo bya Rayon Sports, birangira rufashe umwanzuro wo gukuraho ubuyobozi bw'ikipe muri Nzeri ndetse n'abigeze kuyiyobora babuzwa kugaruka mu buyobozi bwayo.

    Murenzi Abdallah wayiyoboye hagati ya 2013 na 2014, yagizwe Perezida w'inzibacyuho wa Rayon Sports mu gihe cy'iminsi 30 kugeza ubwo hatorwaga komite nshya y'amasura mashya, ku wa 24 Ukwakira, ikuriwe na Uwayezu Jean Fidèle.

    Munyakazi Sadate yakuwe ku buyobozi bwa Rayon Sports nyuma y’amezi 14 atowe, RGB ishyiraho komite y’inzibacyuho ikuriwe na Murenzi Abdallah muri Nzeri

    Uwayezu Jean Fidèle ni we uzayobora Rayon Sports mu myaka ine iri imbere

    -  U Rwanda rwagize Cardinal wa mbere

    Tariki ya 25 Ukwakira, u Rwanda rwakiriye inkuru nziza ko Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yazamuye mu ntera Arkiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Antoine Kambanda, amugira cardinal.

    Ni we wa mbere wageze kuri iyo ntera mu mateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda.

    Antoine Cardinal Kambanda aheruka guhabwa inshingano nshya na Papa Francis, ashyirwa mu cyo umuntu yagereranya na Minisiteri ishinzwe Iyogezabutumwa ku Isi.

    Inshingano Dicastère Cardinal Kambanda yashyizwemo ni ukwamamaza ukwemera ku Isi hose, ndetse ni yo iba ifite inshingano zo guha umurongo kiliziya mu bikorwa bijyanye n'iyogezabutumwa birimo nko gushyiraho inzego z'abapadiri, guharanira ko havuka inzego nshya zishinzwe iyogezabutumwa ndetse n'inyandiko zaba zikenewe muri Kiliziya zijyanye nabyo.

    Musenyeri Kambanda yagizwe Cardinal, aba uwa mbere mu mateka ya Kiliziya mu Rwanda

    -  Umwiryane muri ADEPR wavanyeho abayobozi

    ADEPR yatangiye umwaka iri mu nduru ndetse icyari kibyimbye cyaje kumeneka, ubuyobozi bwariho buvaho, Urwego rw'Igihugu rw'Imiyiborere, RGB, rushyiraho abayobozi bashya.

    Kuva ku wa 8 Ukwakira 2020, ADEPR iyobowe na Pasiteri Ndayizeye Isaïe; yungirijwe na Pasiteri Rutagarama Eugène; Umuyobozi Nshingwabikorwa, Pasiteri Budigiri Herman; Umuyobozi ushinzwe Umutungo, Imari n'Imishinga, Umuhoza Aurélie n'Umuyobozi ushinzwe Abakozi n'Ubutegetsi, Gatesi Vestine.

    Ni komite yiganjemo abakiri bato kandi yitezweho kugarura umwuka mwiza mu bakirisitu cyane ko bamaze igihe babona itorero riri mu bibazo bidashira ahanini bishingiye ku mategeko ajenjetse.

    Uhereye iburyo: Pasiteri Ndayizeye Isaïe wagizwe Umuyobozi wa Komite y'Inzibacyuho; Pasiteri Rutagarama Eugène umwungirije; Umuyobozi Nshingwabikorwa, Pasiteri Budigiri Herman;Umuyobozi ushinzwe Umutungo, Imari n'Imishinga, Umuhoza Aurélie n’Ushinzwe Abakozi n'Ubutegetsi, Gatesi Vestine. Aba ni bo bari guha ADEPR icyerekezo gishya

    -  Ubukungu bw'u Rwanda buratanga icyizere cyo kuzahuka

    Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko mu gihembwe cya gatatu cya 2020, umusaruro mbumbe w'u Rwanda (GDP) wageze kuri miliyari 2482Frw uvuye kuri miliyari 2359 Frw wariho mu gihe nk'icyo mu mwaka wa 2019.

    Igihembwe cya Gatatu gisa n'igitanga icyizere ko ubukungu buri kuzahuka ugereranyije n'uko icya Kabiri cyari gihagaze kuko bwari bwagabanutseho 12,4% ugereranyije n'uko bwari bwifashe mu 2019 mu gihe nk'icyo.

    Igabanuka ry'Umusaruro Mbumbe w'Igihugu ahanini rishingiye ku bihe u Rwanda n'Isi biri gucamo bijyanye n'ibihe by'icyorezo cya COVID-19.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwa-2020-amashiraniro-amakozere-n-icyizere-iby-ingenzi-mu-bihe

  • Nyagatare: Batatu bafashwe bakekwaho kwiba ibikoresho mu rusengero – #rwanda #RwOT

    Bafashwe bikekwa ko bavuye kubyiba mu rusengero rw'itorero ryitwa Eagle Evangelical Ministries ruherereye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare Akagari ka Nyagatare.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko hari mu rucyerera ahagana saa kumi n'imwe, abanyerondo babona abantu bikoreye ibintu, babikanze babikubita hasi bariruka. Bari benshi ariko bashoboye gufatamo babiri ndetse n'umuzamu warindaga urwo rusengero.

    CIP Twizeyimana yagize ati 'Bari babyikoreye bikanga abanyerondo babikubita hasi bariruka, ariko haza gufatwamo babiri. Hanafashwe uwari umuzamu w'urusegengero kuko nawe arakekwaho ubufatanyacyaha muri ubwo bujura.'

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba avuga ko abanyerondo n'abayobozi mu nzego z'ibanze bamaze gufata abo bakekwa bavuze ko bakuye ibyo bintu ku rusengero, bahise bajyayo basanga umuzamu w'urusengero azirikishije udutambaro tworoheje bisa nk'aho ari amayeri yakoreshejwe kugira ngo byitwe ko abajura bamuhambiriye.

    Ati 'Bisa nk'aho ari amayeri yakoreshejwe bahambira uriya muzamu w'urusengero ariko ntaho bigaragara ko yabarwanyije ndetse nta n'ubwo yatabaje kandi hafi aho muri metero nkeya hari abashinzwe umutekano barinda umunara uhari, ariko nabo bavuze ko nta muntu bumvise atabaza.'

    Abakekwa bahise bashyikirizwa urwego rw'ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare kugira ngo hakorwe iperereza. Ni mu gihe ba nyiri urusengero bemeza ko biriya bikoresho ari ibyabo byose usibye isaha imwe itabashije kuboneka kuko ngo mu rusengero habagamo ebyiri.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n'urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y'inyungu rusange mu gihe cy'amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 yo muri iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo kwiba byakozwe n'abantu barenze umwe, iyo kwiba byakozwe nijoro; Iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-batatu-bafashwe-bakekwaho-kwiba-ibikoresho-mu-rusengero

  • Abanyarwanda batuye mu Burayi bahaye abanyamuryango ba Ibuka na GAERG impano za telefoni zigezweho – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyakozwe kuri uyu wa 31 Ukuboza 2020, aho inkunga yaguzwe telefoni zigezweho yakusanyijwe na Chantal Nduwimana uyobora ‘La Bodega’ mu Rwanda ariko akaba atuye mu Bufaransa.

    Mu bandi harimo Mugisha Sesonga Samuel uhagarariye ‘Sam 4 SPRL’ mu Bubiligi, Benoît Bahintasi utuye mu Bubiligi, Gasibirege Spéciose wo Bufaransa, Munyabahigi Amisi wo mu Bufaransa, Kayiganwa Charlotte utuye Torino mu Butaliyani, Tumukunde Emmanuel uhagarariye ‘Manu Car’ mu Bubiligi, Adam Munyabahigi wiga mu Bufaransa na Me Pascal Ngenzabuhoro utuye mu Bubiligi.

    Izi telefoni zahawe Abanyarwanda bazikeneye, batuye ahantu hatandukanye. Visi Perezida wa Ibuka-Rwanda, Mutanguha Freddy, ari na we wayoboye iki gikorwa cyo kwakira telefoni yashimiye Abanyarwanda bakigizemo uruhare.

    Yagize ati “Mbere na mbere ndashimira Abanyarwanda batuye ku Mugabane w’u Burayi batanze iyi nkunga ndetse n’igitangazamakuru cya IGIHE cyakusanyije iyi nkunga, ikaba igeze ku bo igenewe. Twabahitiyemo [telefoni] kuko uyu munsi telefoni zigezweho ni igikoresho nka mudasobwa umuntu agendana, ni ikintu gifite agaciro karenze amafaranga kuko ifasha muri byinshi umuntu yibereye hamwe akora n’indi mirimo.’’

    Telefoni zatanzwe zizahabwa abantu bari mu byiciro bitandukanye barimo abita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yagize ati “Icya mbere ni abantu bakuriye amatsinda yo kurwanya ihungabana ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi biciye mu mushinga ‘Aheza’. [Ibyo] bikazabafasha cyane gukurikirana [abantu] baba bagize ihungabana cyane mu matsinda bashinzwe, babasha gutumanaho no kwaka ubufasha bw’ubuvuzi bwihuse.’’

    Umuyobozi wa GAERG, Gatari Egide, na we yashimye iki gikorwa anasobanura ko “Aheza’’ ari Ikigo cya GAERG gishinzwe isanamitima n’ubudaheranwa.

    Ni umushinga watangiye kuva mu 2019, ukaba ugamije gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe aho batuye iwabo mu midugudu. Ubafasha kwegerwa, bagahumurizwa, bagafatanya bo ubwabo kurwana urugamba rw’ubuzima butoroshye barimo kubera ibibazo by’ihungabana n’agahinda gakabije bituma bahora mu bwigunge n’ubukene bukabije.

    Kugeza ubu, umushinga AHEZA ukorera mu turere 25 tw’u Rwanda, ahamaze gushingwa amatsinda y’ibiganiro bifashanya 168 arimo abantu basaga 2 528.

    By’umwihariko Umushinga AHEZA ufite imiryango 100 mu turere 10 twa Ngoma, Gatsibo, Nyagatare, Kamonyi, Ruhango, Nyanza, Huye, Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi.

    AHEZA kandi ifite abajyanama 200 (CBCS) bari mu miryango 100, iyoborwa n’ababyeyi nk’uko bisanzwe mu yindi miryango (bazwi nka père na mere), ibi bikaba bikorwa kugira ngo abagize itsinda biyumve nk’umuryango, bityo bakomeza gufashanya nk’uko bigenda mu yindi miryango.

    Izi telefoni zigezweho zizafasha abazihawe gukomeza akazi kabo nta nkomyi, ku buryo bashobora no gukomeza gutanga raporo bifashishije ikoranabuhanga muri ibi bihe bya Coronavirus, kuko n’impapuro zisanzwe zishobora gukwirakwiza Coronavirus.

    Muri rusange GAERG ikeneye byibuze telefoni zigezweho 200 ku buryo buri mubyeyi w’umuryango yaba ayifite mu turere 10 Umushinga Aheza ukorera ku buryo bwihariye.

    Mutanguha yagize ati “Ikindi gice twahaye ni itsinda rya Ibuka-Rwanda twavuga ko rigizwe n’abantu batishoboye batagiraga telefoni ndetse no kubageraho ugasanga bigoranye. Twabageneye telefoni 15, zikazabafasha guhanahana amakuru yaba ku ihungabana cyangwa mu mibereho yabo ya buri munsi. Bizabafasha kandi no kwikorera ubuvugizi, bavuga amakuru yabo yaba ku mutekano cyangwa ku ndwara zatuma batabariza ubuvuzi mu buryo bwihuse, bakaba banamenya amakuru yo hirya no hino mu gihugu bakava mu bwigunge’’.

    Yongeyeho ati “Irindi tsinda twahaye telefoni eshanu ni iryo muri AERG y’abakiri bato, bo zizabafasha gukurikira amakuru ajyanye n’akazi ndetse no kumenya kwivugira ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye n’amateka yabo, bakabasha guhashya abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.’’

    Umuyobozi wa GAERG, Gatari Egide, ubwo yakiraga telefoni zagezweho zatanzwe n’Abanyarwanda baba mu mahanga

    Gasibirege Spéciose atuye mu Bufaransa

    Mugisha Sesonga Samuel uhagarariye Sam 4 SPRL mu Bubiligi

    Tumukunde Emmanuel uhagarariye Manu Car mu Bubiligi

    Me Ngenzabuhoro Pascal utuye mu Bubiligi

    Kayiganwa Charlotte atuye mu Mujyi wa Torino mu Butaliyani

    Munyabahigi Amisi wo mu Bufaransa

    Bahintasi Benoît atuye ndetse anakorera mu Bubiligi

    Visi Perezida wa Ibuka-Rwanda, Mutanguha Freddy, ni we wayoboye icyo gikorwa cyo gutanga telefoni

    Nduwimana Chantal uyobora ‘La Bodega’ mu Rwanda akaba atuye mu Bufaransa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-batuye-mu-burayi-bahaye-abanyamuryango-ba-ibuka-na-gaerg-impano-za

  • Nyagatare: Batatu bafashwe bakekwaho kwiba ibikoresho mu rusengero – #rwanda #RwOT

    Bafashwe bikekwa ko bavuye kubyiba mu rusengero rw’itorero ryitwa Eagle Evangelical Ministries ruherereye mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare Akagari ka Nyagatare.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko hari mu rucyerera ahagana saa kumi n’imwe, abanyerondo babona abantu bikoreye ibintu, babikanze babikubita hasi bariruka. Bari benshi ariko bashoboye gufatamo babiri ndetse n’umuzamu warindaga urwo rusengero.

    CIP Twizeyimana yagize ati “Bari babyikoreye bikanga abanyerondo babikubita hasi bariruka, ariko haza gufatwamo babiri. Hanafashwe uwari umuzamu w’urusegengero kuko nawe arakekwaho ubufatanyacyaha muri ubwo bujura.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko abanyerondo n’abayobozi mu nzego z’ibanze bamaze gufata abo bakekwa bavuze ko bakuye ibyo bintu ku rusengero, bahise bajyayo basanga umuzamu w’urusengero azirikishije udutambaro tworoheje bisa nk’aho ari amayeri yakoreshejwe kugira ngo byitwe ko abajura bamuhambiriye.

    Ati “Bisa nk’aho ari amayeri yakoreshejwe bahambira uriya muzamu w’urusengero ariko ntaho bigaragara ko yabarwanyije ndetse nta n’ubwo yatabaje kandi hafi aho muri metero nkeya hari abashinzwe umutekano barinda umunara uhari, ariko nabo bavuze ko nta muntu bumvise atabaza.”

    Abakekwa bahise bashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare kugira ngo hakorwe iperereza. Ni mu gihe ba nyiri urusengero bemeza ko biriya bikoresho ari ibyabo byose usibye isaha imwe itabashije kuboneka kuko ngo mu rusengero habagamo ebyiri.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 166, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 yo muri iri tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri (2) iyo kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe, iyo kwiba byakozwe nijoro; Iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-batatu-bafashwe-bakekwaho-kwiba-ibikoresho-mu-rusengero

  • U Rwanda rwa 2020: Amashiraniro, amakozere n’icyizere; iby’ingenzi mu bihe byaranze umwaka – #rwanda #RwOT

    Ku nshuro ya mbere mu myaka 26 imipaka y’igihugu yose – yaba iyo ku butaka, mu kirere no mu mazi – yarafunzwe, abaturage twese dusabwa kuguma mu rugo hamwe wamamaga akajisho hanze y’uruzitiro ugasanga nta n’inyoni itamba mu mihanda. 

    Hari byinshi uyu mwaka usize utwigishije nko gusukura intoki ubutitsa, kwambara agapfukamunwa byabaye umuco ku buryo ahari umunsi Coronavirus izaba yatsinsuwe burundu hari bamwe bazajya bibagirwa bagasohoka bakambaye [nka kumwe byagora benshi gusohoka batambaye isokoreki kubera uko zamenyerewe].

    Gukendera kw’ihererekanya ry’inoti n’ibiceri kwafashe intera ya ngwino urebe muri uyu mwaka kuko na bamwe bacuruza inyanya ku dutaro ushobora kubagurira ibicuruzwa byabo nta kashi muhererekanyije.

    CHOGM n’izindi nama zikomeye zari zitezwe uyu mwaka zarasubutswe, abanyeshuri bamara amezi hafi icyenda badakandagira mu ishuri, abahanzi bibagirwa gutaramira mu nzu zabugenewe, ku buryo bimuriye ibirindiro kuri televiziyo na YouTube. 

    Muri macye uyu mwaka wa 2020 utandukanye cyane n’isura benshi muri twe twari tuwufiteho igihe cyose cyatekerezaga Vision 2020. 

    Nubwo igihugu cyanyuze mu bihe bidasanzwe ariko ubuzima bwarakomeje, serivisi nyinshi zatanzwe hifashishijwe ikoranabuhanga mu kwirinda ko habaho kwanduzanya. 

    IGIHE yateguye ingingo zagutse zigaruka ku bihe byaranze umwaka wa 2020 n’amakuru y’ingenzi yagarutsweho mu itangazamakuru no mu buzima bw’abaturarwanda muri rusange.

    Impamvu z’ubwegure bw’abayobozi

    Umwaka wa 2020 wabaye simusiga kuko wasize abayobozi batandukanye beguye ku nshingano zabo, abandi bayikurwaho kubera amakosa bakoze mu kazi.

    Mu beguye muri uyu mwaka harimo Evode Uwizeyimana wari usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko wakubise umukobwa ucunga umutekano; Munyakazi Isaac wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, wirukanywe kubera amakosa ya ruswa na Gashumba Diane wari Minisitiri w’Ubuzima, wirukanywe azira kubeshya ku bijyanye na Coronavirus.

    Dr Gashumba Diane wari Minisitiri w’Ubuzima yasimbuwe na Dr Ngamije Daniel

    Uwizeyimana Evode wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, yagizwe Senateri

    Umukuru w’Igihugu yagarutse ku mpamvu z’ubwegure bwabo ubwo yatangizaga Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2020 mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

    Yavuze ko muri iki gihe ashaka guhangana n’ibibazo nk’ibi, ko abayobozi badakwiye kwangiza ibintu bya rubanda. Yababwiye ko badakwiye gutegereza gukora amakosa ngo begure cyangwa se ngo birukanwe, ahubwo ko bakwiye kuba intwari bakagaragaza ko inshingano zibananiye, ko bashaka kujya gukora ibikorwa byabo bwite.

    Aba bayobozi biyongeraho Gen Nyamvumba Patrick wahagaritswe ku mwanya wa Minisitiri w’Umutekano, asubizwa ku Cyicaro cya Minisiteri y’Ingabo ndetse na Ambasaderi Nduhungirehe Olivier wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, wavanywe ku mirimo ye ku bwo gushyira imbere imyumvire ye.

    Tariki ya 25 Gicurasi, ba Guverineri barimo Gatabazi Jean Marie Vianney w’Intara y’Amajyaruguru na Gasana Emmanuel w’Amajyepfo na bo bahagaritswe bakorwaho iperereza.

    Nyuma yo gukorwaho iperereza, Gatabazi yasubijwe mu mirimo ye; Uwizeyimana agirwa senateri mu gihe Nduhungirehe yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi.

    Nduhungirehe Olivier wakuwe ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi

    -  Coronavirus yagaragaye i Kigali, igikuba kiracika

    Kuwa Gatandatu, tariki ya 14 Werurwe 2020 nibwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu gihugu hagaragaye umuntu ufite COVID-19. Yari Umuhinde ukorera rimwe mu mashami ya Loni mu gihugu wari uvuye mu Mujyi wa Mumbai.

    Minisiteri y’Ubuzima yahise itangira gushakisha “abo yaba yarahuye nabo kugira ngo niba hari uwanduye avurwe atanduje abandi.’’

    Iyi nkuru yaciye igikuba mu baturage kuko ibyo bumviraga kure byari byabasatiriye. Ubuzima bwarahindutse, ahahurira abantu benshi hashyirwa aho gukarabira, abifite bakagura imiti yabugenewe ‘hand sanitizer’, ndetse bamwe batangira kwambara udupfukamunwa nubwo bitari byemejwe ko ari ubwirinzi bukenewe muri icyo gihe. 

    -  Gufunga amashuri no guterwa inda kw’abangavu

    Leta yafashe umwanzuro wo gufunga amashuri, insengero n’ahandi hahurira abantu benshi, ubwo umuntu wa mbere yari amaze gutahurwaho icyorezo cya Coronavirus mu gihugu. 

    Icyo gihe ibitaramo byarahagaritswe, insengero zirafungwa ndetse hanzurwa ko amashuri afunga guhera kuwa 16 Werurwe ndetse abakozi basabwa gutangira gukorera mu rugo aho bishoboka.

    Muri iki gihe hatangiye kwifashishwa ikoranabuhanga mu kwigisha ndetse amwe mu masomo anyuzwa kuri radio na televiziyo.

    Mu turere dutandukanye ubwo amashuri yafungurwaga nyuma y’amezi asaga umunani yari amaze afunze, habaruwe abanyeshuri benshi batewe inda imburagihe mu bihe bya Coronavirus igihe abantu basabwaga kuguma mu rugo n’amashuri agafungwa, bituma batabasha gusubira kwiga ubwo yakomorerwaga.

    Hari ibyiciro byakomorewe gusubira ku ishuri kuwa 2 Ugushyingo hari n’ibyasubiyeyo ku wa 23 Ugushyingo 2020. Mu mashuri yisumbuye hasubiyeyo abiga mu wa gatatu, uwa kane, uwa gatanu n’uwa gatandatu. Naho mu abanza hasubirayo abo mu wa kane, uwa gatanu n’uwa gatandatu. Aya kaminuza na yo yafunguwe mu byiciro bitandukanye.

    I Nyanza habaruwe abangavu 130 batewe inda ntibasubira ku ishuri mu gihe i Rwamagana abangavu 150 na bo batewe inda.

    -  Guma mu Rugo yasize urwibutso

    Mu guhashya Coronavirus, Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda ya Guma mu rugo, aho abantu bose babujijwe kuva mu ngo zabo. Uwasigaye akora ni uwatangaga serivisi z’ibanze zikenerwa.

    Abenshi ntibazibagirwa ubwo buzima kuko bwabaye intandaro y’ibibazo bitandukanye. Hari abirukanwe ku kazi, abandi bashyirwa mu mubare w’abakozi bagomba kugabanywa ndetse n’imishahara ya bamwe ikatwamo kabiri.

    Iki cyemezo cyanagoye abantu mu buryo bw’amikoro cyane cyane ko abatari barizigamye nubwo Leta yashyizeho gahunda zitandukanye zigamije kugoboka abari batangiye kubura ibiribwa.

    Ababuze ibiribwa bafashijwe kubibona binyuze mu kigega cya Leta, mu gihe hari n’abandi Banyarwanda bahuje ubushobozi, bagoboka abari basumbirijwe babaha amafunguro n’ibikoresho bitandukanye.

    Ahantu hahurira abantu benshi hashyizweho ibikorwa remezo bifasha abaturage gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune

    Abaturage bafashijwe kubona ibyo kurya mu gihe cya Guma mu rugo

    Kigali mu gihe cya Guma mu rugo yabaga ituje

    -  Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kwirinda “gukinisha” ingamba zo kurwanya Coronavirus

    Perezida Kagame ubwo yari muri Kongere ya FPR Inkotanyi yo ku 26 Kamena 2020 yasabye Abanyarwanda kwirinda gukinisha ingamba zashyizweho mu kurwanya Coronavirus, ahubwo bakazubahiriza uko zakabaye batarobanura izo bashyira mu bikorwa ngo izindi bazireke.

    Yavuze ko ibihe u Rwanda rurimo byatewe na Coronavirus, amahirwe ari uko atari umwihariko warwo gusa nubwo rwo rugerwaho n’ingaruka zitandukanye bitewe n’uko igihugu giteye.

    Ati “Ibyo dukora kugira ngo tucyirinde, byo bizakomeza cyangwa se bikwiye no gukomeza kurushaho. Ni ingamba nyinshi zigenda zifatwa zizwi ntabwo ari ibintu byo gukinisha […] buri munsi ababikurikiranira hafi, abashakashatsi, abahanga muri siyansi, abahanga mu buzima, nabo ntabwo baramenya byose bijyanye n’iyi Coronavirus. Baracyashakisha kuyimenya neza noneho bikaganisha ko hazaboneka uburyo bayirinda ku buryo bw’urukingo cyangwa se bw’umuti.”

    Perezida Kagame Paul yasabye Abanyarwanda kwirinda gukinisha ingamba zashyizweho mu kurwanya Coronavirus

    -  Ibiza byahitanye abantu 140 mu mezi ane ya mbere ya 2020

    Raporo ya Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (Minema), igaragaza ko hagati ya Mutarama na Mata 2020, ibiza byishe abantu bagera ku 140 abandi 225 bagakomereka.

    Ibyo biza birimo imyuzure, inkuba, inkangu n’ibindi bikomeje gutwara ubuzima bw’abaturage, bikangiza ibikorwa remezo n’ibindi bikorwa by’abaturage nk’imyaka bahinze.

    Hegitari 3117 z’imyaka zangijwe n’ibiza hagati ya Mutarama na Mata uyu mwaka, imihanda 124 n’ibiraro 64 birasenyuka bihungabanya ibikorwa by’iterambere abaturage bakora buri munsi. Inzu zirenga 3082 zarangiritse, imiryango ibarirwa mu bihumbi ijya gucumbikisha.

    Minema itangaza ko amatungo yo mu rugo 3227 arimo inka 60 yishwe n’ibiza. Amashuri 36 yarasenyutse, ikigo nderabuzima, insengero 12, inzu z’ubuyobozi 10, ibikorwa remezo by’amazi 13 n’isoko rimwe, byarangiritse hirya no hino mu gihugu.

    Leta yafashije imiryango yagizweho ingaruka gutura neza, inarokora ubuzima bw’abari mu miturire yabashyira mu kaga.

    Umuryango w’abantu umunani warazimye kubera ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ntangiriro z’umwaka

    -  Ubwiyongere bwa gatanya

    Inkuru yagarutsweho cyane ni ijyanye n’ubwiyongere bw’ingo zitandukana. Mu 2019, imiryango 8941 mu Rwanda yemerewe n’inkiko gutandukana nk’uko byatangajwe muri raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR). Ni imibare yazamutse cyane kuko mu 2018 hari hatanzwe gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 6.8.

    Muri raporo ya NISR yiswe ‘Rwanda Vital Statistics Report 2019’ hagaragajwe ko muri gatanya zatanzwe n’inkiko zo mu Rwanda mu 2019, mu Mujyi wa Kigali hatanzwe 2400, mu Majyepfo 1989, mu Burengerazuba 1820, mu Burasirazuba 1482 naho mu Majyaruguru zabaye 1250.

    -  Rusesabagina yigejeje i Kigali

    Mu mpera za Kanama nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Paul Rusesabagina, ukurikiranyweho ibyaha 13 birimo n’iby’iterabwoba.

    Rusesabagina yafashwe nyuma yo gushyirirwaho impapuro mpuzamahanga zisaba ko afatwa agashyikirizwa ubutabera ngo abazwe ku byaha bikomeye aregwa birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n’ubwicanyi byakorewe abaturage b’inzirakarengane, b’Abanyarwanda.

    Dosiye ya Rusesabagina yahujwe n’iya Nsabimana Callixte ‘Sankara’ n’abandi bakurikiranyweho gukorana n’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya u Rwanda.

    Ibyaha Rusesabagina akurikiranyweho byakorewe mu duce turimo Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru ahabaye ibitero muri Kamena 2018 no muri Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu Ukuboza 2018.

    Rusesabagina ukurikiranyweho ibyaha 13 birimo n’iby’iterabwoba yagejejwe imbere y’ubutabera

    -  Kabuga wari umaze imyaka ahigwa yarafashwe

    Tariki ya 16 Gicurasi 2020 nibwo Kabuga Félicien ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside, yafatiwe mu Bufaransa nyuma y’imyaka 26 ashakishwa ngo aryozwe ibyaha ashinjwa bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ifatwa rya Kabuga ryabaye nyuma y’igihe ashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, ryagendeye ku makuru y’ibihugu n’inzego zitandukanye. 

    Kabuga yabagaho ku myirondoro itari iye, mu nyubako iri ahitwa Asnières-sur-Seine, mu buryo bwateguwe neza afatanyije n’abana be.

    Kabuga aregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    -  Dr Habumuremyi Damien, Nyamvumba Robert na Munyakazi Isaac mu iroza

    Kimwe mu byaranze umwaka mu butabera ni uko abayobozi bakomeye bagejejwe imbere y’ubutabera bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye.

    Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku wa 27 Ugushyingo rwategetse ko Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe afungwa imyaka itatu ahamijwe icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye, anacibwa ihazabu ya miliyoni 892 n’ibihumbi 200 Frw.

    Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yasoje umwaka ari mu gihome

    Iyi nkuru yatangajwe nyuma y’uko ku wa 29 Nzeri 2020, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye igifungo cy’imyaka itandatu n’ihazabu ya miliyari 21,6 Frw, Nyamvumba Robert, wahoze ari umukozi wa Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusaba indonke kugira ngo hakorwe ikinyuranyije n’amategeko.

    Nyamvumba Robert ari mu Banyarwanda baciwe ihazabu ihanitse kuko yahanishijwe imyaka itandatu y’igifungo n’ihazabu miliyari 21,6 Frw

    Dr Isaac Munyakazi na we wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, yakatiwe gufungwa imyaka 10 n’ihazabu ya miliyoni 10 Frw, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa no gukoresha ububasha yari afite mu nyungu ze bwite.

    Dr Isaac Munyakazi na we yakatiwe igifungo cy’imyaka 10

    -  Abarwanya Leta aharindimuka

    Inzira y’umusaraba bayitangijwe ku wa 17 Ugushyingo 2019 ubwo ingabo za Congo zagabaga ibitero simusiga ku birindiro by’umutwe wa CNRD Ubwiyunge mu gace ka Kalehe, ziwukubita inshuro, abarwanyi bakwira imishwaro.

    Icyo gitero ngo cyari gifite imbaraga zidasanzwe, ku buryo batamenye niba koko ari FARDC yabacanyeho umuriro.

    Umwaka wa 2020 kandi usize hapfundikiwe urubanza rw’abantu 32 baregwa ibyaha by’iterabwoba, barimo abasirikare batanu ba RDF, nubwo umwe yaburanishijwe adahari kuko atarafatwa.

    Ni urubanza rwari rumaze umwaka umwe n’amezi abiri, kuko ku wa 2 Ukwakira 2019 aribwo itsinda ry’abantu 25 barangajwe imbere na Rtd Major Habib Mudathiru bagejejwe imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

    Uru rubanza rwaje kwimurirwa mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare, rwapfundikiwe ku wa 8 Ukuboza 2020 abaregwa bamaze gusabirwa gufungwa burundu, Umucamanza Lt Col Bernard Rugamba Hategekimana yemeza ko ruzasomwa ku wa 15 Mutarama 2021.

    Rwahishuwemo byinshi, birimo ubuhamya bw’uburyo ibihugu bya Uganda n’u Burundi byakomeje guca hasi no hejuru mu gufasha abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, no kubaha inkunga bakeneye ngo babashe kwihuriza hamwe mu buryo bwa gisirikare, nubwo aho umutindi yanitse ritava niyo byaba ari mu mpeshyi.

    Ibi bikorwa bijyanye n’imigambi ya Uganda yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, mu gihe rwo rubanira neza umuturanyi warwo.

    Muri Gashyantare, Perezida Paul Kagame na Yoweri Museveni wa Uganda, bahuriye mu nama yiga ku bibazo biri hagati y’ibihugu byombi yatumijwe na Perezida wa Angola, João Lourenço ikitabirwa na Félix Tshisekedi wa RDC nk’abahuza.

    Imyanzuro itanu yafatiwemo igaruka ku kurekura abaturage ba buri gihugu bafunzwe ndetse no kubungabunga umutekano wabo mu gihe bari mu gihugu cy’igituranyi.

    Mu ntangiriro z’uku kwezi Uganda yarekuye Abanyarwanda icyenda mu magana y’abafungiye ku butaka bwayo, barimo abari bamaze imyaka igera kuri ibiri bafunzwe nta byaha bigaragara bashinjwa ahubwo bakorerwa iyicarubozo amanywa n’ijoro.

    U Rwanda ruvuga ko hari Abanyarwanda barenga 100 bagifunzwe ari nabo isaba ko barekurwa, ndetse iki gihugu kikanahagarika imikoranire n’imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa.

    -  Isubikwa rya CHOGM

    Umwaka 2020 wari ukomeye mu bikorwa bijyanye n’inama mpuzamahanga. Ni wo wagombaga kuberamo imwe mu nama ikomeye mu mateka y’igihugu, CHOGM (Commonwealth Heads of Government Meeting), ihuza ibihugu birenga 50 bibarizwa mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth.

    Iyi nama yarasubitswe kubera Coronavirus, yimurirwa mu mpeshyi y’umwaka utaha mu Cyumweru cya tariki ya 21 Kamena 2021.

    U Rwanda rwihaye intego yo kubyaza umusaruro ufatika inama n’ibikorwa mpuzahanga bibera mu gihugu. Biri muri gahunda yo kubyaza inyungu andi mahirwe igihugu gifite nk’igihugu kidakora ku nyanja aho intumbero ari ukwinjiza amadolari asaga miliyoni 150 buri mwaka aturutse mu kwakira ibiganiro, inama mpuzamahanga ku ishoramari n’ibikorwa bitandukanye.

    -  RwandAir mu masezerano mashya na Qatar

    Ikigo gikomeye mu bwikorezi bw’indege cya Qatar Airways cyatangaje ko kiri mu biganiro na RwandaAir, hagamijwe kugura 49% by’imigabane muri iki kigo.

    Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways, Akbar Al Baker, yavuze ko baganiriye ku migabane ingana na 49% muri RwandAir, Ikibuga cy’Indege cya Bugesera kiri kubakwa n’Ikigega cy’Ingoboka ngo kigire ubushobozi bwo kwakira abantu miliyoni 10.

    RwandAir yari yahagaritse ingendo zitandukanye yazisubukuye nyuma y’uko izindi sosiyete zitangiye gukomorera izo mu bihugu bitandukanye. Ubu yerekeza mu byerekezo bitandukanye ku Mugabane wa Afurika n’i Burayi.

    -  Abakunzi b’imyidagaduro bacitsemo igikuba

    Uyu mwaka watangiye neza nk’iyindi yose ariko ugeze muri Gashyantare ururira benshi ubwo ku wa 17 i Saa Yine za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda yemezaga ko umuhanzi Kizito Mihigo wari ufungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera, muri icyo gitondo yasanzwe yiyahuye agapfa.

    Inkuru isa nk’iyi yongeye kubabaza benshi ubwo ku gicamunsi cyo ku wa 5 Mata 2020, hatangazwaga indi nkuru ivuga ko Karuranga Virgile wamenyekanye nka DJ Miller yitabye Imana, yazize uburwayi nyuma y’iminsi mike yari amaze mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal nyuma yo kugaragaza ibimenyetso by’indwara ya ‘Stroke’.

    Karuranga Virgile wamamaye nka DJ Miller mu kuvanga imiziki yitabye Imana muri uyu mwaka

    -  Amagare n’Amafarashi! Indirimbo ziswe ibishegu

    Uyu mwaka uretse ibyamamare byitabye Imana, hadutse inkubiri y’abahanzi basohoye indirimbo benshi bakazishyira mu zo abakunzi b’umuziki bavugaga ko ari ‘ibishegu’.

    Muri izi ndirimbo zavugishije benshi harimo nka ‘Ntiza’ ya Mr Kagame na Bruce, ‘Saa Moya’ ya Bruce Melodie, ‘Ubushyuhe’ ya Dj Pius na Bruce Melodie, ‘Micro, na ‘Ifarashi’ za Davis D, ‘Igare’ ya Mico The Best n’izindi nyinshi zitavuzweho.

    Mu gihe benshi bavugaga ko aba bahanzi baririmba ‘ibishegu’ bo bumvikanye kenshi bavuga ko ari ababa bashaka kwisobanurira indirimbo kurusha ba nyirayo.

    Tariki 29 Nzeri 2020, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yanenze abahanzi yavugaga ko bayobotse umujyo wo kuririmba ibihangano biganisha ku busambanyi, avuga ko ari ishyano u Rwanda rwagushije.

    Yanunzemo avuga ko yasezera ku mirimo ye aho kugira ngo Minisiteri abarizwamo inafite mu nshingano umuco, itere inkunga umuhanzi uririmba ibishegu.

    -  Rayon Sports yihariye umwaka wa ruhago

    Umwaka wa 2020 muri siporo y’u Rwanda waranzwe n’isubikwa ry’imikino itandukanye kuva muri Werurwe kugeza magingo aya kubera icyorezo cya COVID-19, ariko icyavuzwe cyane ni amakimbirane yo muri Rayon Spots.

    Kuva muri Werurwe uyu mwaka, muri Rayon Sports- ikipe ikunzwe n’Abanyarwanda benshi- havuzwamo umwuka utari mwiza, aho hari abari badashyigikiye ubuyobozi bwari buyobowe na Munyakazi, ku isonga ry’abashakaga impinduka hakaba abigeze kuyiyobora barangajwe imbere na Muvunyi Paul yasimbuye.

    Iyi kipe yavuzwemo ikibazo cy’amikoro make n’imikoranire itari myiza n’abaterankunga barimo SKOL, aho abakinnyi bahagarikiwe umushahara kugeza muri Kanama.

    Munyakazi Sadate yazunguje Rayon Sports

    Muri ibi bibazo byayivuzwemo cyane ibishingiye ku buyobozi, niho havuye ibaruwa Munyakazi Sadate yandikiye RGB ayimenyesha ko hari abantu atazi bivanga mu buyobozi bw’ikipe, bashaka kumuhirika.

    Yandikiye kandi Perezida Kagame ibaruwa y’amapaji ane, amumenyesha ibibazo byose bivugwa muri iyi kipe birimo kunyereza umutungo kw’abahoze bayiyobora, ruswa, kugura abasifuzi no kuba hari abavuga ko bazarimbura Rayon Sports.

    Guhera mu mpera za Gicurasi, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangiye kugaragara mu bibazo bya Rayon Sports, birangira rufashe umwanzuro wo gukuraho ubuyobozi bw’ikipe muri Nzeri ndetse n’abigeze kuyiyobora babuzwa kugaruka mu buyobozi bwayo.

    Murenzi Abdallah wayiyoboye hagati ya 2013 na 2014, yagizwe Perezida w’inzibacyuho wa Rayon Sports mu gihe cy’iminsi 30 kugeza ubwo hatorwaga komite nshya y’amasura mashya, ku wa 24 Ukwakira, ikuriwe na Uwayezu Jean Fidèle.

    Munyakazi Sadate yakuwe ku buyobozi bwa Rayon Sports nyuma y’amezi 14 atowe, RGB ishyiraho komite y’inzibacyuho ikuriwe na Murenzi Abdallah muri Nzeri

    Uwayezu Jean Fidèle ni we uzayobora Rayon Sports mu myaka ine iri imbere

    -  U Rwanda rwagize Cardinal wa mbere

    Tariki ya 25 Ukwakira, u Rwanda rwakiriye inkuru nziza ko Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yazamuye mu ntera Arkiyepiskopi wa Kigali, Musenyeri Antoine Kambanda, amugira cardinal.

    Ni we wa mbere wageze kuri iyo ntera mu mateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda.

    Antoine Cardinal Kambanda aheruka guhabwa inshingano nshya na Papa Francis, ashyirwa mu cyo umuntu yagereranya na Minisiteri ishinzwe Iyogezabutumwa ku Isi.

    Inshingano Dicastère Cardinal Kambanda yashyizwemo ni ukwamamaza ukwemera ku Isi hose, ndetse ni yo iba ifite inshingano zo guha umurongo kiliziya mu bikorwa bijyanye n’iyogezabutumwa birimo nko gushyiraho inzego z’abapadiri, guharanira ko havuka inzego nshya zishinzwe iyogezabutumwa ndetse n’inyandiko zaba zikenewe muri Kiliziya zijyanye nabyo.

    Musenyeri Kambanda yagizwe Cardinal, aba uwa mbere mu mateka ya Kiliziya mu Rwanda

    -  Umwiryane muri ADEPR wavanyeho abayobozi

    ADEPR yatangiye umwaka iri mu nduru ndetse icyari kibyimbye cyaje kumeneka, ubuyobozi bwariho buvaho, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyiborere, RGB, rushyiraho abayobozi bashya.

    Kuva ku wa 8 Ukwakira 2020, ADEPR iyobowe na Pasiteri Ndayizeye Isaïe; yungirijwe na Pasiteri Rutagarama Eugène; Umuyobozi Nshingwabikorwa, Pasiteri Budigiri Herman; Umuyobozi ushinzwe Umutungo, Imari n’Imishinga, Umuhoza Aurélie n’Umuyobozi ushinzwe Abakozi n’Ubutegetsi, Gatesi Vestine.

    Ni komite yiganjemo abakiri bato kandi yitezweho kugarura umwuka mwiza mu bakirisitu cyane ko bamaze igihe babona itorero riri mu bibazo bidashira ahanini bishingiye ku mategeko ajenjetse.

    Uhereye iburyo: Pasiteri Ndayizeye Isaïe wagizwe Umuyobozi wa Komite y’Inzibacyuho; Pasiteri Rutagarama Eugène umwungirije; Umuyobozi Nshingwabikorwa, Pasiteri Budigiri Herman;Umuyobozi ushinzwe Umutungo, Imari n’Imishinga, Umuhoza Aurélie n’Ushinzwe Abakozi n’Ubutegetsi, Gatesi Vestine. Aba ni bo bari guha ADEPR icyerekezo gishya

    -  Ubukungu bw’u Rwanda buratanga icyizere cyo kuzahuka

    Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko mu gihembwe cya gatatu cya 2020, umusaruro mbumbe w’u Rwanda (GDP) wageze kuri miliyari 2482Frw uvuye kuri miliyari 2359 Frw wariho mu gihe nk’icyo mu mwaka wa 2019.

    Igihembwe cya Gatatu gisa n’igitanga icyizere ko ubukungu buri kuzahuka ugereranyije n’uko icya Kabiri cyari gihagaze kuko bwari bwagabanutseho 12,4% ugereranyije n’uko bwari bwifashe mu 2019 mu gihe nk’icyo.

    Igabanuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ahanini rishingiye ku bihe u Rwanda n’Isi biri gucamo bijyanye n’ibihe by’icyorezo cya COVID-19.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwa-2020-amashiraniro-amakozere-n-icyizere-iby-ingenzi-mu-bihe

  • Banki ya Kigali yahaye Ubunani abakiriya bayo bakoresha Mastercard #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Rutaganira Etienne yahawe igihembo cya mudasobwa
    Rutaganira Etienne yahawe igihembo cya mudasobwa

    Igihembo cya mudasobwa yo mu bwoko bwa HP cyahawe Rutaganira Etienne, umucuruzi umaze imyaka ibiri ari umukiriya wa Banki ya Kigali, akavuga ko byamuteye ishyaka ryo kurushaho gukoresha Mastercard kandi akaba agiye no kubikangurira bagenzi be.

    Ati “Gukoresha Mastercard bikurinda gutora imirongo muri Banki bigatuma ukoresha neza igihe cyawe muri gahunda zawe zose. Kuba noneho mbiboneyemo igihembo binteye ishyaka ryo gukomeza kuyikoresha ndetse nkaba nzanabikangurira abandi.”

    Uwineza Florence na we ni umukiriya wa Banki ya Kigali ukoresha Mastercard, akaba yegukanye igihembo cya moto, muri ubu bukangurambaga bwa Mu Munyenga na Mastercard.

    Uwineza Florence yegukanye igihembo cya moto
    Uwineza Florence yegukanye igihembo cya moto

    Mu kiganiro yahaye Kigali Today,yavuze ko gukoresha Mastercard byamurinze kugendana amafaranga, kuko aho ari hose ashobora kugera ku mafaranga ye ari kuri konti muri Banki ya Kigali, atiriwe ajya ku ishami ryayo.

    Ati “Mastercard yaturinze kugendana amafaranga, ubu waba uri mu Rwanda ndetse no mu mahanga ushobora gukoresha amafaranga yawe. Ndakangurira bagenzi banjye kugana Banki ya Kigali bagakoresha Mastercard bakoroherwa na serivise iyi banki itanga, kandi bakabasha no kwegukana ibihembo bitandukanye Banki ya Kigali yabashyiriyeho muri iyi minsi.”

    Uwineza Florence yanavuze ko iyi moto yegukanye igiye kumufasha gukura umuntu mu bushomeri akamuha akazi akazajya ayitwara, akazajya agira amafaranga yinjiza mu rugo rwe, kandi na we ikamwinjiriza amafaranga.

    Mu bukangurambaga bwa Mu Munyenga na Mastercard, Hateganyijwe ibihembo bitandukanye, birimo amatike yo guhaha, mudasobwa, amapikipiki, igihembo nyamukuru kikazaba ari imodoka yo mu bwoko bwa Mahindra KUV 100 NXT.

    Byukusenge Tharcicie ushinzwe serivise y’amakarita muri Banki ya Kigali yongeye gukangurira abakiriya b’iyi banki ko kugira ngo umukiriya yinjire mu banyamahirwe bo kwegukana ibihembo bitandukanye asabwa guhaha ibicuruzwa bifite agaciro gahera ku bihumbi 25 kuzamura, akishyura akoresheje Mastercard agahita ajya ku rutonde rw’abanyamahirwe.

    Yibukije abakiriya b’iyi banki gukoresha mastercard kuko ari bumwe mu buryo buri no gufasha mu kurwanya icyorezo cya Covid-19, kuko cyandurira cyane cyane mu guhererekanya amafaranga mu ntoki.

    Ubukangurambaga bwa Mu Munyenga na Mastercard buzasozwa tariki ya 31 Mutarama 2021 hatangwa igihembo nyamukuru cy’imodoka ya Mahindra KUV 100 NXT.


    source https://www.kigalitoday.com/kwamamaza/article/banki-ya-kigali-yahaye-ubunani-abakiriya-bayo-bakoresha-mastercard

  • Abanyarwanda batuye mu Burayi bahaye abanyamuryango ba Ibuka na GAERG impano za telefoni zigezweho – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyakozwe kuri uyu wa 31 Ukuboza 2020, aho inkunga yaguzwe telefoni zigezweho yakusanyijwe na Chantal Nduwimana uyobora 'La Bodega' mu Rwanda ariko akaba atuye mu Bufaransa.

    Mu bandi harimo Mugisha Sesonga Samuel uhagarariye 'Sam 4 SPRL' mu Bubiligi, Benoît Bahintasi utuye mu Bubiligi, Gasibirege Spéciose wo Bufaransa, Munyabahigi Amisi wo mu Bufaransa, Kayiganwa Charlotte utuye Torino mu Butaliyani, Tumukunde Emmanuel uhagarariye 'Manu Car' mu Bubiligi, Adam Munyabahigi wiga mu Bufaransa na Me Pascal Ngenzabuhoro utuye mu Bubiligi.

    Izi telefoni zahawe Abanyarwanda bazikeneye, batuye ahantu hatandukanye. Visi Perezida wa Ibuka-Rwanda, Mutanguha Freddy, ari na we wayoboye iki gikorwa cyo kwakira telefoni yashimiye Abanyarwanda bakigizemo uruhare.

    Yagize ati “Mbere na mbere ndashimira Abanyarwanda batuye ku Mugabane w'u Burayi batanze iyi nkunga ndetse n'igitangazamakuru cya IGIHE cyakusanyije iyi nkunga, ikaba igeze ku bo igenewe. Twabahitiyemo [telefoni] kuko uyu munsi telefoni zigezweho ni igikoresho nka mudasobwa umuntu agendana, ni ikintu gifite agaciro karenze amafaranga kuko ifasha muri byinshi umuntu yibereye hamwe akora n'indi mirimo.''

    Telefoni zatanzwe zizahabwa abantu bari mu byiciro bitandukanye barimo abita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yagize ati “Icya mbere ni abantu bakuriye amatsinda yo kurwanya ihungabana ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi biciye mu mushinga 'Aheza'. [Ibyo] bikazabafasha cyane gukurikirana [abantu] baba bagize ihungabana cyane mu matsinda bashinzwe, babasha gutumanaho no kwaka ubufasha bw'ubuvuzi bwihuse.''

    Umuyobozi wa GAERG, Gatari Egide, na we yashimye iki gikorwa anasobanura ko “Aheza'' ari Ikigo cya GAERG gishinzwe isanamitima n'ubudaheranwa.

    Ni umushinga watangiye kuva mu 2019, ukaba ugamije gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bafite ibibazo by'ubuzima bwo mu mutwe aho batuye iwabo mu midugudu. Ubafasha kwegerwa, bagahumurizwa, bagafatanya bo ubwabo kurwana urugamba rw'ubuzima butoroshye barimo kubera ibibazo by'ihungabana n'agahinda gakabije bituma bahora mu bwigunge n'ubukene bukabije.

    Kugeza ubu, umushinga AHEZA ukorera mu turere 25 tw'u Rwanda, ahamaze gushingwa amatsinda y'ibiganiro bifashanya 168 arimo abantu basaga 2 528.

    By'umwihariko Umushinga AHEZA ufite imiryango 100 mu turere 10 twa Ngoma, Gatsibo, Nyagatare, Kamonyi, Ruhango, Nyanza, Huye, Nyaruguru, Nyamagabe na Rusizi.

    AHEZA kandi ifite abajyanama 200 (CBCS) bari mu miryango 100, iyoborwa n'ababyeyi nk'uko bisanzwe mu yindi miryango (bazwi nka père na mere), ibi bikaba bikorwa kugira ngo abagize itsinda biyumve nk'umuryango, bityo bakomeza gufashanya nk'uko bigenda mu yindi miryango.

    Izi telefoni zigezweho zizafasha abazihawe gukomeza akazi kabo nta nkomyi, ku buryo bashobora no gukomeza gutanga raporo bifashishije ikoranabuhanga muri ibi bihe bya Coronavirus, kuko n'impapuro zisanzwe zishobora gukwirakwiza Coronavirus.

    Muri rusange GAERG ikeneye byibuze telefoni zigezweho 200 ku buryo buri mubyeyi w'umuryango yaba ayifite mu turere 10 Umushinga Aheza ukorera ku buryo bwihariye.

    Mutanguha yagize ati “Ikindi gice twahaye ni itsinda rya Ibuka-Rwanda twavuga ko rigizwe n'abantu batishoboye batagiraga telefoni ndetse no kubageraho ugasanga bigoranye. Twabageneye telefoni 15, zikazabafasha guhanahana amakuru yaba ku ihungabana cyangwa mu mibereho yabo ya buri munsi. Bizabafasha kandi no kwikorera ubuvugizi, bavuga amakuru yabo yaba ku mutekano cyangwa ku ndwara zatuma batabariza ubuvuzi mu buryo bwihuse, bakaba banamenya amakuru yo hirya no hino mu gihugu bakava mu bwigunge''.

    Yongeyeho ati “Irindi tsinda twahaye telefoni eshanu ni iryo muri AERG y'abakiri bato, bo zizabafasha gukurikira amakuru ajyanye n'akazi ndetse no kumenya kwivugira ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye n'amateka yabo, bakabasha guhashya abahakana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.''

    Umuyobozi wa GAERG, Gatari Egide, ubwo yakiraga telefoni zagezweho zatanzwe n'Abanyarwanda baba mu mahanga

    Gasibirege Spéciose atuye mu Bufaransa

    Mugisha Sesonga Samuel uhagarariye Sam 4 SPRL mu Bubiligi

    Tumukunde Emmanuel uhagarariye Manu Car mu Bubiligi

    Me Ngenzabuhoro Pascal utuye mu Bubiligi

    Kayiganwa Charlotte atuye mu Mujyi wa Torino mu Butaliyani

    Munyabahigi Amisi wo mu Bufaransa

    Bahintasi Benoît atuye ndetse anakorera mu Bubiligi

    Visi Perezida wa Ibuka-Rwanda, Mutanguha Freddy, ni we wayoboye icyo gikorwa cyo gutanga telefoni

    Nduwimana Chantal uyobora 'La Bodega' mu Rwanda akaba atuye mu Bufaransa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-batuye-mu-burayi-bahaye-abanyamuryango-ba-ibuka-na-gaerg-impano-za

  • AMAFOTO: Mu Rwanda habonetse igitangaza ku munsi wa nyuma wa 2020 havutse inka idasanzwe 'Ifite ibitsina byombi' Amaguru 4 n'amaboko 4 #rwanda #RwOT

    Mu Murenge wa Nyagisozi ahagana saa kumi n'ebyiri mu gitondo cyo kuri uyu wa 31 Ukuboza 2020 imbyeyi yabyaye inyana idasanzwe, uyirebeye inyuma ifite umutwe umwe nk'uw'inka, ikagira amaboko ane, n'amaguru ane.

    Amakuru avuga ko iriya nyana yavutse ari nzima nyuma y'umwanya muto ihita ipfa. Yavutse inyuma ifite ibiranga ikimasa, inafite indorerezi nk'inyana.

    Iyi nka yavutse kuri uyu munsi wa nyuma wa 2020, ifite ibitsina byombi (igice kimwe bigaragara ko ari inyana ikindi bigaragara ko ari ikimasa), ku gice k'inyana hagaragaraho indorerezi bigaragara ko ari inyana.

    Yavukiye mu Mudugudu wa Kigarama, mu Kagali ka Rurangazi mu Murenge wa Nyagisozi, mu karere ka Nyanza.

    Abaturage na nyirayo w'umukecuru uri mu kigero cy'imyaka 80 y'amavuko batunguwe n'uko yavutse imeze, kandi nyirayo bikaba bitamuhungabanyije.

    Imbyeyi yari ihatse iriya nka yabyaye mu gihe giteganyijwe cy'amezi 9.

    Sinzababanza Francois Xavier umuvuzi w'amatungo wikorera ku giti cye ni we wateye intanga mu buryo bwa gihanga taliki 05 Werurwe  2020.

    Aganira n'ikinyamakuru Umuseke ducyesha iyi nkuru, yavuze ko ibyabaye bidakunze kubaho, ariko nka we usanzwe ari Umuvuzi w'amatungo bahura n'ibisa nk'ibyo aho inyana ishobora kuvuka nta nda y'amaganga igira nk'uko Abaganga bavura abantu na bo bashobora kubona umuntu avutse kandi nta gitsina agira, akemeza ko bibaho gacye ariko bibaho.

    Ati:'Ntibyoroshye kumenya ikibitera kuko twe turakora Imana igaha umugisha ibyo twakoze cyane ko dutera inka (zashyuhijwe cyangwa zarinze) intanga zujuje ubuziranenge ziba zaturutse muri RAB'.

    Xavier avuga ko kwirinda ko havuka inka idasanzwe nk'iriya byo bitashoboka kuko umuntu abona biba nta ruhare yabigizemo.

    Inkuru ya Umuseke

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/01/amafoto-mu-rwanda-habonetse-igitangaza-ku-munsi-wa-nyuma-wa-2020-havutse-inka-idasanzwe-ifite-ibitsina-byombi-amaguru-4-namaboko-4/

  • Breaking News: Mukura VS yamaze kwirukana umutoza wayo #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'ikipe ya Mukura VS yo mu karere ka Huye, bwamaze gufata icyemezo cyo gutandukana n'uwari umutoza mukuru wayo Bahloul Djilali ndetse n'abari bamwungirije bose uko ari babiri.

    Nyuma y'iminsi mike gusa shampiyona itangiye, ikipe ya Mukura VS yabonye inota rimwe gusa mu mikino itatu bakinnye, kuko batsinzwemo ibiri banganyamo umwe.

    Ubuyobozi bw'iyi kipe yo mu karere ka Huye, bwahise bufata icyemezo cyo gusezerera abari abatoza batatu b'iyi kipe barangajwe imbere n'Umunya-Algeria Bahloul Djilali, bisobanuye ko iyi kipe iraba itozwa na Nshimiyimana Canisius by'agateganyo.

    Mu mpamvu zatumye basezerera aba batoza, zirimo umusaruro muke, nyamara bamwe bavuga ko hari hakiri kare ko ubuyobozi bwa Mukura VS bwasezerera aba batoza kuko ikipe yatakaje abakinnyi ngenderwaho ariko ntibagura abasimbura babo.


    Abatoza batatu b'iyi kipe bamaze gusezererwa bose

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/01/breaking-news-mukura-vs-yamaze-kwirukana-umutoza-wayo/

  • Amakuru Mashya: Abandi bantu batandatu bishwe na Covid_19 mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Minisiteri y'Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukuboza 2020, mu Rwanda abantu batandatu bitabye Imana bishwe na COVID-19 bituma umubare wabamaze guhitanwa nayo ugera kuri 92 kuva yagaragara mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Abishwe na COVID-19 mu masaha 24 ashize ni abagore babiri b'imyaka 38 na 40 n'abagabo bane b'imyaka 52, 57, 62 na 71 bose bakaba bitabye Imana bari i Kigali.

    Minisiteri y'Ubuzima kandi yatangaje ko kuri iyi tariki kandi mu Rwanda habonetse abantu 133 bashya banduye COVID-19, naho abandi 173 mu bari barwaye bakize.

    Abo barwayi bashya 133 babonetse mu bipimo 4,332 bakaba barimo ababonetse i Kigali : 97, Musanze : 24, Rubavu: 6, Huye: 3, Muhanga: 2, Kamonyi: 1.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/01/amakuru-mashya-abandi-bantu-batandatu-bishwe-na-covid_19-mu-rwanda/