Category: Uncategorized

  • Huye: Ubufatanye bw’Umurenge wa Tumba n’abikorera bwavuyemo ibikorwa bya miliyoni 600 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi barimo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, hamwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange; bashimye uruhare abikorera bo mu Murenge wa Tumba bakomeje kugira mu iterambere.

    Isoko batashye mu Kagari ka Cyimana ryubatswe n’abo mu Muryango wa Masabo Laurent bagamije kugira igikorwa cy’amajyambere bubaka aho bakomoka. Rifite ibibanza 270, ryatwaye arenga miliyoni 50 Frw.

    Abacururiza muri iryo soko babwiye IGIHE ko ritarubakwa bakoreraga mu kajagari banyagirwa cyangwa bakicwa n’izuba. Bishimira ko basigaye bakorera ahantu heza habahaye umutekano.

    Ivuriro batashye ryubatswe n’Itorero Eden Temple International rikaba ryaratwaye agera kuri miliyoni 120Frw rifite ubushobozi bwo kuzajya ritanga serivisi nk’izitangwa n’ikigo nderabuzima kandi abarigana bazajya bivuriza kuri mituweli cyangwa ubundi bwishingizi bafite.

    Umuyobozi wa Eden Temple International mu Rwanda, Bishop Mulisa John, yavuze ko baryubatse bagamije gufasha abaturage cyane cyane abatishoboye kubona hafi serivisi z’ubuzima kuko basanzwe babaha ubufasha burimo no kubashakira umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

    Ati “Dufite abana hafi 700 ndetse n’imiryango yabo, bose bagera ku bihumbi bitandatu turihira umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza buri mwaka, tukabatangira amafaranga y’ishuri ndetse tukanabaha n’ibikoresho by’ishuri hamwe n’ibyo kubafasha kugira ngo badahura n’imirire mibi.”

    Inyubako y’ibyumba by’amashuri 10 byubatse bigerekeranye (igorofa) yatashywe ku Kigo cy’amashuri abanza cyigenga cyitwa Ikibondo, yubatswe itwaye miliyoni 201 Frw. Muri iyo nyubako harimo icyumba cy’umukobwa n’ubwiherero.

    Umuyobozi w’iryo shuri, Uwera Françoise, yavuze ko babyubatse bagamije kurwanya ubucucike kuko bafite abanyeshuri 812 biga mu mashuri y’incuke kugeza mu wa Gatandatu w’ayisumbuye.

    Hatashywe kandi n’ibyumba by’amashuri bitanu n’ibindi bitatu by’ubuyobozi byubatse mu nyubako y’igorofa mu Ishuri ry’Imyuga ryitwa TVET Rango ry’Abapadiri b’Abasaleziyani (Salesiens de Don Bosco). Byatwaye agera kuri miliyoni 120 Frw.

    Iryo shuri ryigishyirizwamo imyuga irimo ububaji, kubaka, gusudira, gutunganya imisatsi no kudoda. Ryigamo abana 150 ariko umuyobozi waryo, Padiri Nteziryayo Gaspard, yavuze ko baryubatse bashaka kongera umubare w’abo bakira kuko ababagana bakomeje kwiyongera.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba, Migabo Vital, yavuze ko abikorera bo muri uwo murenge bagirana ibiganiro kugira ngo barebe icyo buri wese yakora hagamijwe ubufatanye no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

    Ati “Turaganira kugira ngo tumenye buri wese ibyo akora n’aho yerekeza ibikorwa bye, tukajya inama tukabihuza n’imirongo migari dufite y’igihugu ndetse n’imihigo y’umurenge n’iy’akarere. Niyo mpamvu mwabonye ibikorwa biri mu nkingi zose, hari ibiri mu bukungu, mu buzima, mu burezi ndetse hari n’ibiri mu mutekano.”

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko ibyakozwe bituruka ku mwihariko w’Umurenge wa Tumba mu gukorana neza n’abafatanyabikorwa, asaba ko indi mirenge yabafatiraho urugero.

    Ati “Ni urugero rwiza rw’ibishoboka rw’uko Umurenge wa Tumba wagerageje kwishakamo ibisubizo ariko kandi unagerageza kugera ku ntego nk’igihugu twihaye bigizwemo uruhare n’abaturage babo. Bumvise ko ari uruhare rwabo mu kugira ngo umurenge wabo wishakemo ibisubizo kandi bisubiza ibibazo by’abaturage benshi; akaba ari urugero rwiza tubona n’indi mirenge yose ikwiye gutira.”

    Yasabye abaturage gufata neza ibikorwa remezo begerezwa kandi bagaharanira kubibyaza umusaruro kugira ngo bihundire imibereho yabo irusheho kuba myiza.

    Ayo mafaranga yose asaga miliyoni 600 Frw yakoreshejwe mu kubaka ibyo bikorwa, amenshi yagiye mu baturage bo mu Murenge wa Tumba kuko bahawe akazi.

    Guverineri Kayitesi yavuze ko ibyakozwe bituruka ku mwihariko w’Umurenge wa Tumba mu gukorana neza n’abafatanyabikorwa

    Guverineri Kayitesi yasabye abaturage gufata neza ibikorwa remezo begerezwa kandi bagaharanira kubibyaza umusaruro

    Inyubako y’ibyumba by’amashuri 10 yatashywe ku Kigo cy’amashuri Abanza cyigenga cyitwa Ikibondo, yatwaye miliyoni 201 Frw

    Isoko batashye mu Kagari ka Cyimana rifite ibibanza 270 ryatwaye arenga miliyoni 50 Frw

    Ivuriro batashye ryubatswe n’Itorero Eden Temple International rikaba ryaratwaye agera kuri miliyoni 120 Frw

    Kuri TVET Rango hatashywe inyubako y’ibyumba by’amashuri yatwaye agera kuri miliyoni 120 Frw

    Mu nyubako yubatswe ku Ishuri Ikibondo harimo icyumba cy’umukobwa n’ubwiherero

    Ishuri Ikibondo ryubakiwe ibyumba bishya mu kurwanya ubucucike kuko rifite abanyeshuri 812

    Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi barimo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, hamwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange

    Abacururiza muri iri soko bishimira ko basigaye bakorera ahantu heza habahaye umutekano

    Abikorera bagize uruhare mu kubaka ibikorwa remezo byatashywe bashimiwe

    [email protected]


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-ubufatanye-bw-umurenge-wa-tumba-n-abikorera-bwavuyemo-ibikorwa-bya

  • Kayonza: Umuturage yaguye mu rugo rw’umuvuzi gakondo – #rwanda #RwOT

    Uyu murambo wagaragaye kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Mutarama 2021 mu Mudugudu w’Umwiga mu Kagari k’Urugarama, mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza.

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mugabo yari amaze iminsi yivuriza mu bitaro bya Gahini nyuma ngo baza kumusezerera bamubwira ko yakomeza gufatira imiti mu rugo. Uyu mugabo we wavugaga ko yarozwe ngo yahise atangira gushaka abavuzi gakondo bamuvura ayo marozi.

    Nyuma yo kugera ku bavuzi batanu byanga ngo yaje kujya ku muvuzi wo mu Murenge wa Gahini amwizeza kumuvura ayo marozi ariko birangira ahapfiriye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph yabwiye IGIHE ko umurambo w’uyu muturage wagaragaye kuri uyu wa Kane ariko ko ngo yahapfiriye tariki ya 6 Mutarama nkuko uwo muvuzi gakondo yabibabwiye.

    Yagize ati “ Uyu muvuzi gakondo asanzwe azwi cyane anafite ibyangombwa bimwemerera gukora ubuvuzi gakondo ndetse anaba mu rugaga rwabo. Yavuze ko uyu muturage yahaje avuye mu bandi bavuzi gakondo bagera kuri batanu nyuma yo gusezererwa mu bitaro, abo bose rero ngo bananiwe kumuvura nyuma aza iwe.”

    Gitifu yavuze ko ngo uwo muvuzi gakondo n’umugore wa nyakwigendera ngo bababwiye ko yahaje atabasha kwambara ipantalo bitewe n’uburyo yari yarabyimbye umubiri wose, aravurwa ngo kuburyo kuri ubu yari asigaye yambara ipantalo.

    Yakomeje avuga ko bavuga ko bari baramuroze ndetse ngo ajya no gupfa ngo hari izina ry’umuntu yavuze, avuga ko ariwe umwishe ngo nubwo batabyemeza nk’ubuyobozi.

    Ati “ Ejo rero nibwo twabimenye duhita tujyayo n’inzego z’umutekano na RIB tugezeyo twahise tujyana umurambo wa nyakwigendera ku bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzumwa hamenyekane icyamwishe. Twahise dufata uwo muvuzi gakondo tumushyikiriza inzego z’ubutabera kuko ntiyemerewe kwakira umurwayi ngo arare iwe.”

    Gitifu Rukeribuga yasabye abaturage kugana ibitaro bya leta akaba aribyo bibavura bakareka kwiringira ubundi buvuzi butizewe neza. Yanasabye abavura nk’abavuzi gakondo gukurikiza amategeko abagenga bakirinda kugira ibitaro aho batuye.

    Ikarita igaragaza umurenge wa Gahini aho byabereye

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-umuturage-yaguye-mu-rugo-rw-umuvuzi-gakondo

  • Nyuma y'ibikorwa by'urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi? #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa gatatu tariki 7 Mutarama 2021, intagondwa zishyigikiye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ucyuye igihe, Donald Trump, zigabije Inteko y'icyo gihugu, Umutwe wa Sena, maze ziteza akaduruvayo gateye agahinda, abantu barakomereka ndetse hapfa n'umuntu. Abo bitwaye kinyamaswa bari bagamije kubangamira icyemezo cy'abasenateri, bari bateranye ngo bemeze bidasubirwaho ko Donal Trump yatsinzwe mu matora ya Perezida w'icyo gihugu.

    Ibi byafashwe nk'ibikorwa by'iterabwoba, ndetse binashyira ku karubanda isura nyayo y'abigize abarimu ba demukarasi ku isi. Umwe mu bashinje Donal Trump korora iterabwoba muri Amerika, harimo na Senateri Carolyn Maloney, uherutse kugaragaza ko iterabwoba rikorerwa mu bindi bihugu ntacyo ritwaye. Muribuka ibaruwa yandikiye Perezida wa Repubulika y'uRwanda, Paul Kagame, amutegeka kurekura Paul Rusesabagina, kandi agahita amusubiza muri Amerika.

    Uyu Rusesabagina akurikiranyweho ibikorwa by'iterabwoba binaruta ibyo intagondwa za Donal Trump zakoze. Rusesabagina yiyemerera ko yashinze, akayobora, akanatera inkunga umutwe w'iterabwoba wa FLN, wishe inzirakarengane, ugasahura ukanangiza imitungo y'abaturage mu turere twa Nyabihu na Nyamagabe. Banyuze ku mbuga nkoranyambaga, abantu batandukanye  babwiye Senateri Maloney no yagombye kubanza kwamagana ubugome n'imyitwarire ihindanya isura y'igihugu cye, mbere yo kwigisha uburenganzira bwa muntu no  kwivanga mu butabera bw'uRwanda, kuko byagaragaye ko umwarimu ahubwo ariwe ukeneye amasomo!

    Koko rero biratangaje kubona mu gihe tugezemo abagizi ba nabi bigabiza urwego rukomeye nka Sena, mu gihugu cy'igihangange 'muri byose'(harimo demukarasi n'uburenganzira bw'ikiremwa muntu) nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umwanya mwiza wo kwereka abantu nka Carolyn Maloney ko ba Rusesabagina aho bari hose ku isi bakwiye gufatwa, bakaryozwa ibikorwa bihutaza ubuzima bw'abandi.

    The post Nyuma y'ibikorwa by'urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi? appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/nyuma-yibikorwa-byurugomo-byabereye-mu-nteko-umutwe-wa-sena-muri-leta-zunze-ubumwe-za-amerika-wa-musenateri-carolyn-maloney-uherutse-gusaba-ko-umugizi-wa-nabi-rusesabagina-arekurw/

  • Huye: Ubufatanye bw'Umurenge wa Tumba n'abikorera bwavuyemo ibikorwa bya miliyoni 600 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyitabiriwe n'abayobozi barimo Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Kayitesi Alice, hamwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange; bashimye uruhare abikorera bo mu Murenge wa Tumba bakomeje kugira mu iterambere.

    Isoko batashye mu Kagari ka Cyimana ryubatswe n'abo mu Muryango wa Masabo Laurent bagamije kugira igikorwa cy'amajyambere bubaka aho bakomoka. Rifite ibibanza 270, ryatwaye arenga miliyoni 50 Frw.

    Abacururiza muri iryo soko babwiye IGIHE ko ritarubakwa bakoreraga mu kajagari banyagirwa cyangwa bakicwa n'izuba. Bishimira ko basigaye bakorera ahantu heza habahaye umutekano.

    Ivuriro batashye ryubatswe n'Itorero Eden Temple International rikaba ryaratwaye agera kuri miliyoni 120Frw rifite ubushobozi bwo kuzajya ritanga serivisi nk'izitangwa n'ikigo nderabuzima kandi abarigana bazajya bivuriza kuri mituweli cyangwa ubundi bwishingizi bafite.

    Umuyobozi wa Eden Temple International mu Rwanda, Bishop Mulisa John, yavuze ko baryubatse bagamije gufasha abaturage cyane cyane abatishoboye kubona hafi serivisi z'ubuzima kuko basanzwe babaha ubufasha burimo no kubashakira umusanzu w'ubwisungane mu kwivuza.

    Ati 'Dufite abana hafi 700 ndetse n'imiryango yabo, bose bagera ku bihumbi bitandatu turihira umusanzu w'ubwisungane mu kwivuza buri mwaka, tukabatangira amafaranga y'ishuri ndetse tukanabaha n'ibikoresho by'ishuri hamwe n'ibyo kubafasha kugira ngo badahura n'imirire mibi.'

    Inyubako y'ibyumba by'amashuri 10 byubatse bigerekeranye (igorofa) yatashywe ku Kigo cy'amashuri abanza cyigenga cyitwa Ikibondo, yubatswe itwaye miliyoni 201 Frw. Muri iyo nyubako harimo icyumba cy'umukobwa n'ubwiherero.

    Umuyobozi w'iryo shuri, Uwera Françoise, yavuze ko babyubatse bagamije kurwanya ubucucike kuko bafite abanyeshuri 812 biga mu mashuri y'incuke kugeza mu wa Gatandatu w'ayisumbuye.

    Hatashywe kandi n'ibyumba by'amashuri bitanu n'ibindi bitatu by'ubuyobozi byubatse mu nyubako y'igorofa mu Ishuri ry'Imyuga ryitwa TVET Rango ry'Abapadiri b'Abasaleziyani (Salesiens de Don Bosco). Byatwaye agera kuri miliyoni 120 Frw.

    Iryo shuri ryigishyirizwamo imyuga irimo ububaji, kubaka, gusudira, gutunganya imisatsi no kudoda. Ryigamo abana 150 ariko umuyobozi waryo, Padiri Nteziryayo Gaspard, yavuze ko baryubatse bashaka kongera umubare w'abo bakira kuko ababagana bakomeje kwiyongera.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Tumba, Migabo Vital, yavuze ko abikorera bo muri uwo murenge bagirana ibiganiro kugira ngo barebe icyo buri wese yakora hagamijwe ubufatanye no guteza imbere imibereho myiza y'abaturage.

    Ati 'Turaganira kugira ngo tumenye buri wese ibyo akora n'aho yerekeza ibikorwa bye, tukajya inama tukabihuza n'imirongo migari dufite y'igihugu ndetse n'imihigo y'umurenge n'iy'akarere. Niyo mpamvu mwabonye ibikorwa biri mu nkingi zose, hari ibiri mu bukungu, mu buzima, mu burezi ndetse hari n'ibiri mu mutekano.'

    Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko ibyakozwe bituruka ku mwihariko w'Umurenge wa Tumba mu gukorana neza n'abafatanyabikorwa, asaba ko indi mirenge yabafatiraho urugero.

    Ati 'Ni urugero rwiza rw'ibishoboka rw'uko Umurenge wa Tumba wagerageje kwishakamo ibisubizo ariko kandi unagerageza kugera ku ntego nk'igihugu twihaye bigizwemo uruhare n'abaturage babo. Bumvise ko ari uruhare rwabo mu kugira ngo umurenge wabo wishakemo ibisubizo kandi bisubiza ibibazo by'abaturage benshi; akaba ari urugero rwiza tubona n'indi mirenge yose ikwiye gutira.'

    Yasabye abaturage gufata neza ibikorwa remezo begerezwa kandi bagaharanira kubibyaza umusaruro kugira ngo bihundire imibereho yabo irusheho kuba myiza.

    Ayo mafaranga yose asaga miliyoni 600 Frw yakoreshejwe mu kubaka ibyo bikorwa, amenshi yagiye mu baturage bo mu Murenge wa Tumba kuko bahawe akazi.

    Guverineri Kayitesi yavuze ko ibyakozwe bituruka ku mwihariko w'Umurenge wa Tumba mu gukorana neza n'abafatanyabikorwa

    Guverineri Kayitesi yasabye abaturage gufata neza ibikorwa remezo begerezwa kandi bagaharanira kubibyaza umusaruro

    Inyubako y'ibyumba by'amashuri 10 yatashywe ku Kigo cy'amashuri Abanza cyigenga cyitwa Ikibondo, yatwaye miliyoni 201 Frw

    Isoko batashye mu Kagari ka Cyimana rifite ibibanza 270 ryatwaye arenga miliyoni 50 Frw

    Ivuriro batashye ryubatswe n'Itorero Eden Temple International rikaba ryaratwaye agera kuri miliyoni 120 Frw

    Kuri TVET Rango hatashywe inyubako y’ibyumba by’amashuri yatwaye agera kuri miliyoni 120 Frw

    Mu nyubako yubatswe ku Ishuri Ikibondo harimo icyumba cy'umukobwa n'ubwiherero

    Ishuri Ikibondo ryubakiwe ibyumba bishya mu kurwanya ubucucike kuko rifite abanyeshuri 812

    Ni igikorwa cyitabiriwe n'abayobozi barimo Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Kayitesi Alice, hamwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange

    Abacururiza muri iri soko bishimira ko basigaye bakorera ahantu heza habahaye umutekano

    Abikorera bagize uruhare mu kubaka ibikorwa remezo byatashywe bashimiwe

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-ubufatanye-bw-umurenge-wa-tumba-n-abikorera-bwavuyemo-ibikorwa-bya

  • Umuyobozi wa APR FC yavuze ku byo kuba Rwatubyaye yagaruka muri APR FC #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Maj. Gen Mubaraka Muganga avuga ko muri iyi kipe ari mu rugo kuri Rwatubyaye bibaye ngombwa yagaruka.

    Ibi yabitangarije mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo habaga umuhango wo kwerekana abayobozi bashya b’iyi kipe basimbura abagiye mu zindi nshingano.

    Abajijwe ku byavuzwe mu minsi yashize ko uyu mukinnyi ashobora gusubira muri APR FC dore ko hari n’amakuru yavuze ko uyu mukinnyi yiyandikiye asaba kuyisubiramo, yavuze ko ari mu rugo kuri we bibaye ngombwa bamugarura.

    Ati“Rwatubyaye muri APR FC ni mu rugo. Ni umukinnyi twagarura bibaye ngombwa nta kibazo.”

    Atangaje ibi mu gihe mu minsi yashize bavuze ko umukinnyi wavuye muri APR FC nabi(kugenda ku gahato atubyimvakenyeho n’kipe) badashobora kumugarura, na Rwatubyaye ni umwe mu bakinnyi bavuye muri iyi kipe mu buryo butavuzweh rumwe kuko yatunguye ubuyobozi bwa APR FC bwumva yasinyiye mukeba Rayon Sports.

    Rwatubyaye Abdul yakuriye mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC kuva 2009, yazamuwe muri APR FC nkuru kuva 2013 kugeza 2016 ari bwo yerekezaga muri Rayon Sports yakiniye kugeza mu ntangiriro za 2019 ubwo yabengukwaga n’ikipe ya Kansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nayo yaje kumutanga muri Colorado Rapids yasojemo amasezerano.

    Muri APR FC ngo ni mu rugo kuri Rwatubyaye Abdul

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umuyobozi-wa-apr-fc-yavuze-ku-byo-kuba-rwatubyaye-yagaruka-muri-apr-fc

  • Impinduka mu buyobozi bwa APR FC #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje impinduka mu buyobozi bwayo aho bwongeyemo amaraso mashya asimbura bamwe mu bayobozi bayo bagiye mu zindi nshingano, bwemeza kumugaragaro ko Maj. Gen. Mubaraka Muganga ari we perezida w’iyi kipe .

    Uyu munsi APR FC yakoze ikiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku biro by’iyi kipe Kimihurura kiyoborwa na perezida w’iyi kipe, Maj. Gen. Mubaraka Muganga.

    APR FC yemeje Maj. Gen. Mubaraka Muganga wari imyaka 15 ari visi perezida w’iyi kipe ko yabaye umuyobozi mushya wa APR FC aho asimbuye Gen. Jacques Musemakweli wongerewe ishingano akaba atikibona umwanya wo gukurikirana ubuzima bw’ikipe neza.

    Iyi kipe kandi yashyizeho visi perezida mushya aho yabaye Brig. Gen. Philemon Bayingana, ni mu gihe umunyamabanga w’ikipe usimbura Col. Sekaramba Sylvestre yabaye Masabo Michel.

    Umubitsi w’ikipe ni Lt. Col. Emmanuel Mutebuka. Umuyobozi wa APR FC, Afande Mubaraka akaba yatangaje ko Team Manager ugomba gusimbura Capt Elias Kavuna azatangazwa mu minsi ya vuba.

    Maj. Gen. Mubaraka Muganga(iburyo) yasumbiye Afande Jacques Musemakweli

    Yari amaze igihe kinini ari we ugaragara mu bikorwa by’ikipe cyane

    Maj. Gen. Mubaraka Muganga niwe muyobozi wa APR FC mushya

    Afande Sekaramba wagiye mu butumwa bw’akazi ku mwanya w’umunyamanyabanga yasimbujwe Masabo Michel

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/impinduka-mu-buyobozi-bwa-apr-fc

  • Umunyamakuru wamenyekanye mu bitangazamakuru byinshi harimo na RBA yitabye Imana – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru wakunzwe n'abatari bake mu bitangazamakuru bitandukanye hano mu Rwanda, Umuhire Valentin yitabye Imana azize uburwayi.

    Valentin ymenyekanye cyane avuga amakuru kuri Radio Rwanda ndetse benshi mu banyamakuru bakamufata nk'icyitegererezo akaba n'umwe mu bahanga mu gusoma amakuru.

    Amakuru y'urupfu rwa Umuhire, ufatwa nk'icyitegererezo na benshi yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 7 Mutarama 2021.Abo mu muryango we batangaje ko yari amaze iminsi arwariye mu Bitaro bya Kigali CHUK ari naho yaguye.

    Umuhire wakoze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio na Tv10 yakoreye mu myaka ya 2013 ndetse n'ibindi bitangazamakuru birimo Radio Huguka ndetse by'umwihariko akaba yarakoreye Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru, RBA.

    Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu #Rwanda tubabajwe n’urupfu rwa mugenze wacu Umuhire Valentin wazize indwara.

    Twihanganishije umuryango we bwite, inshuti ze, impamyabigwi, abo bakoranye mu bitangazamakuru byinshi, n’abamuzi muri rusange.

    Imana imuhe iruhuko ridashira.
    RIP pic.twitter.com/DbDvNWbwKF

    — Rwanda Journalists Association — ARJ (@ARJ_Rwanda) January 8, 2021

    Umuhire kandi azibukirwa ku kiganiro 'Urubuga rw'Itangazamakuru' kimaze gushinga imizi aho ari mu batangiranye nacyo ndetse akaba yarakunze kukiyobora inshuro nyinshi dore ko asanzwe ari umuhanga mu kuyobora ibiganiro.

    Source : https://yegob.rw/umunyamakuru-wamenyekanye-mu-bitangazamakuru-byinshi-harimo-na-rba-yitabye-imana/

  • Umuhanzi Jay Polly ntiyorohewe n’abafana be bamusaba gukora ikintu gikomeye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Jay Polly uzwi mu njyana ya Hip hop akomeje gusabwa n'abafana be ,kugaruka mu muziki dore ko amaze igihe nta ndirimbo nshyashya asohora.

    Ni nyuma y'aho uyu muhanzi ashyize   ifoto ye kuri Instagram maze arangije yandikaho ati: ''Umwaka mushya, amafaranga menshi, imigisha myinshi biracyaza''.

    Munsi ya bwa butumwa twavuze hejuru abamukunda bagiyeho barisanzura bamubwira akari ku mutima bashize amanga. Hari uwiyita V-izzo250 wamubajije igihe azagarukira mu muziki. Ati: ''Umuhanuzi Kabaka wa rap gira ugaruke kuko game yarapfuye''.

    Ni ibitekerezo birimo n'iby'abanyamakuru barimo Luckman Nzeyimana wa RTV wagize ati: ''Kabakaaaaaa nkwifurije ibyiza nshuti 2021'. Umuhanzi Muneza Christopher na we yagize icyo yandika ku butumwa bwa Jay Polly ati:''Urasa neza ugiye gutwika''.

    Jay Polly iyo urebye kuri shene ye YouTube usangaho indirimbo yakoze akiri muri The Mane yari yahuriyemo na Marina amuha ikaze dore ko yari avuye muri gereza. Iyo ndirimbo yitwa Umusaraba wa Joshua.

    Source : https://yegob.rw/umuhanzi-jay-polly-ntiyorohewe-nabafana-be-bamusaba-gukora-ikintu-gikomeye/

  • Umunyamakuru Umuhire Valentin yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Amakuru y’urupfu rwa Umuhire, ufatwa nk’icyitegererezo na benshi yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 7 Mutarama 2021.

    Abo mu muryango we batangaje ko yari amaze iminsi arwariye mu Bitaro bya Kigali CHUK ari naho yaguye.

    Umuhire wakoze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio na Tv10 yakoreye mu myaka ya 2013 ndetse n’ibindi bitangazamakuru birimo Radio Huguka ndetse by’umwihariko akaba yarakoreye Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA.

    Umuhire kandi azibukirwa ku kiganiro ‘Urubuga rw’Itangazamakuru’ kimaze gushinga imizi aho ari mu batangiranye nacyo ndetse akaba yarakunze kukiyobora inshuro nyinshi dore ko asanzwe ari umuhanga mu kuyobora ibiganiro.

    Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu #Rwanda tubabajwe n’urupfu rwa mugenze wacu Umuhire Valentin wazize indwara.

    Twihanganishije umuryango we bwite, inshuti ze, impamyabigwi, abo bakoranye mu bitangazamakuru byinshi, n’abamuzi muri rusange.

    Imana imuhe iruhuko ridashira.
    RIP pic.twitter.com/DbDvNWbwKF

    — Rwanda Journalists Association – ARJ (@ARJ_Rwanda) January 8, 2021

    Umunyamakuru Umuhire Valentin wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda yitabye Imana

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunyamakuru-umuhire-valentin-yitabye-imana

  • Umunsi mu buzima bw’abasirikare ba RDF barinda Perezida wa Centrafrique (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Abanyarwanda muri Centrafrique nibo bafite izi nshingano kubera icyizere n’ubushobozi bamaze kwerekana mu kazi nk’aka. Kuva mu 2016, bahinduye byinshi bituma umutekano w’Umukuru w’Igihugu muri Centrafrique wizerwa kurusha mbere.

    Mu kurinda abayobozi bakuru n’abanyacyubahiro, hakoreshwa uburyo butandukanye, harimo ubuzwi nka “Box” aho umuntu urinzwe aba ari hagati y’abarinzi be mu gisa na mpande enye.

    Hari kandi n’uburyo umuntu urindwa aba ari mu gisa na mpande eshatu cyangwa se abarinzi bakoze igisa n’inyuguti ya V ku buryo urindwa aba ari hagati. Mu kurinda Perezida Faustin-Archange Touadéra, abanyarwanda bakoresha uburyo buzwi nka Box. Nubwo hatagira umuntu ubikubwira, biroroshye kubireba ukamenya ngo umuntu runaka arinzwe muri ubu buryo mu gihe wabonye aho ari.

    Muri ubu buryo bwitwa Box, ihame ni uko abarinzi baba bakoze icyo umuntu yagereranya n’uruziga rwa dogere 360 ku wo barinze igihe cyose. Bukunda gukoreshwa cyane mu gihe uwo barinze ari nko mu bantu benshi aho biba bigoye kumucungira umutekano, bwo bworoshya akazi. Buri murinzi wese aba afite uruhande arebaho, iburyo imbere no mu mpande hakaba n’undi w’ingenzi uba uhora iruhande rw’uwo arinze uba uzwi nka “Number One”.

    Ubu buryo bwose bukoreshwa mu kurinda Umuyobozi w’Icyubahiro, buhuriye ku kintu kimwe cy’ingenzi aricyo cyo kuba bushoboza abarinzi iteka kumenya niba nta kintu giteye impungenge ku mutekano w’uwo barinze kiri hafi.

    Abanyarwanda ntibagoheka muri Palais de la Renaissance

    Palais de la Renaissance ni Ingoro y’Umukuru w’Igihugu muri Centrafrique, iherereye mu Mujyi rwagati ahitwa 1er arrondissement munsi y’umusozi wa Gbazabangui hafi y’ahitwa PK 0 (Point kilométrique 0) ni ukuvuga ni aho batangirira kubara ibilometero biva mu Mujyi rwagati.

    Muri iyi nyubako, mu minsi icumi, nayigezemo gatatu njyanywe n’impamvu zitandukanye ariko by’umwihariko nshaka kureba uko abanyarwanda bacunga umutekano w’Umukuru w’Igihugu.

    Ni inshingano zikomeye u Rwanda rwahawe mu 2016 kandi kuva icyo gihe nta kibazo na kimwe kiraba nubwo ibibazo by’umutekano muke bitigeze bihagarara muri Centrafrique.

    Hanze y’ingoro y’Umukuru w’Igihugu iyo uhageze, ubona ko koko iki gihugu cyashegeshwe n’ibibazo by’umutekano muke ndetse n’ubukene nubwo kiri mu bifite umutungo kamere uhambaye.

    Ubona aho abasirikare b’igihugu bitwa FACA (Forces Armées Centrafricaines) bashinze imbunda ariko bakikingiriza imifuka irimo umucanga n’ibindi nk’ibyo. Ku muryango ucyinjira nibwo utangira kubona abasirikare b’u Rwanda, ku muryango, hejuru abababa bari gucunga umutekano bari mu minara, bose ni abanyarwanda.

    Abanyarwanda nibo bafungurira imodoka yinjira. Ku muryango, mu nshuro eshatu nagiyeyo nahasanze rimwe umukobwa izindi ni abagabo. Urenze aho, aho basakira abantu binjira mu biro by’Umukuru w’Igihugu haba hari umukobwa n’umusore b’abanyarwanda.

    Basaka umuntu wese guhera ku muturage usanzwe kugera kuri Minisitiri uba uje muri Perezidanse. Igice kimwe muri iyi ngoro gikorerwamo na Perezida ikindi gikorerwamo n’Abaminisitiri, aho buri wese aba afite umuryango we, iyo atarimo haba hariho ingufuri, hari n’aho usanga zimwe zisanzwe zifungishwa inzu ushobora kugura mu iduka.

    Amakuru nabashije kumenya ni uko mbere ibikorwa byo gusaka abinjira muri Perezidanse bitakorwaga cyane nk’uko bimeze ubu, kuko kuva ubwo Ingabo z’u Rwanda zafataga inshingano zo kurinda Umukuru w’Igihugu zahinduye ibintu byinshi, hagashyirwaho amategeko akaze.

    Abasirikare icyenda b’Abanyarwanda nibo bagenda iruhande rwa Perezida Touadéra

    Abasirikare b’u Rwanda barinda Perezida Touadéra mu rugo rwe bwite no biro, ni ukuvuga muri Perezidanse. Nibo barinda abagore be babiri, Brigitte Touadéra na Tina Touadéra. Hari abakobwa ba RDF beza barimo ba Lieutenant babarinda umunsi ku wundi. Muramutse muhuye mu minsi batari mu kazi, byakugora kumenya ko atari abasirikare bo kuri urwo rwego.

    Uhereye kuri “Number 1” wa Perezida Touadera ni Umunyarwanda ufite ipeti rya Captain, ni umuntu w’umwizerwa we utajya ugoheka kuko isaha n’isaha aba agomba kumenya umutekano we mbere y’abandi. Mu bikorwa byo kumucungira umutekano iyo bagenda, baba ari abanyarwanda icyenda bari kumwe n’abandi batatu nibura b’abenegihugu.

    Umwe muri bo waganiriye na IGIHE yagize ati “Twe dushinzwe kurinda Perezida wa Repubulika n’Umuryango we amasaha 24 ku yandi. Ntabwo tugira umubare uhoraho w’abamurinda, kandi nabwo ntabwo tubikora twenyine gusa ntidushobora kuba munsi ya 9 na batatu ba FACA.”

    Umunyarwanda ugenda iruhande rwa Perezida uwo bita “Number 1”, niwe ushinzwe kumufungurira umuryango no kuwufunga, nk’iyo bari kumwe mu rugendo akagira uwo ashaka kuvugisha, niwe abinyuzaho, niwe ashobora guhereza nka telefoni ngo azimufashe n’ibindi nk’ibyo.

    Uwo musirikare umunsi ku wundi ahora ku Biro bya Perezida wa Repubulika n’ahandi ari usibye mu rugo.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko ufite izi nshingano kuva muri Werurwe, yasibye akazi inshuro imwe ku mpamvu z’uburwayi.

    Umwe mu banyarwanda barinda Touadéra yabwiye IGIHE ati “Ni akazi gakomeye kuko umusirikare aba atekereza cyane, isaha n’isaha uba utekereza ko hari ikintu gishobora kubaho. Gusa ibyo byose tubishobozwa n’ubuyobozi bwacu buba bwaraduteguye, bukaduha amahugurwa.”

    Aba basirikare b’u Rwanda barinda Perezida Touadéra bafite imyitozo itandukanye kandi ikomeye ibabashisha kurinda abanyacyubahiro, bategurwa mu gihe gitandukanye bitewe n’aho buri wese azakorera.

    Muri Centrafrique hari abashinzwe kurinda urugo rwe amanywa n’ijoro n’abashinzwe kujyana nawe aho agiye hose.

    Imbogamizi muri aka kazi

    Muri iki Cyumweru, ubwo nageraga mu Palais de la Renaissance nasanze abasirikare b’aba FACA bicaye ahantu ku ibaraza, umwe afite amazi mu ishashi ari kunywa [kuko usanga amazi muri iki gihugu acuruzwa mu ishashi], arangije ayicengeza mu muyoboro unyuramo amazi y’imvura.

    Iyo uganiriye n’abasirikare b’u Rwanda, bavuga ko bene iyo myitwarire idatangaje kuko usibye n’abo hari n’abajya bihengekana agacupa ka Heineken aho ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu bakagasoma.

    Hari abandi numvise mu masaha y’ijoro, baba bafite inzitiramibu maze umuyobozi yamara gutaha, bakazishinga aho ku mabaraza bagasinzira. Ni ibintu bitangaje utabona mu Rwanda.

    Umwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda bari muri Centrafrique twaganiriye, yambwiye ko yigeze kubaza abo ayoboye niba batazataha bafite iyo mico. Ati “Barambwiye bati Afande, ntabwo dushobora kwitwara kuriya, gusa nabo baba babirebye bakumirwa kuko bihabanye n’imyemerere yacu.”

    Hafi ya Perezidanse hakorera Icyicaro gikuru cy’Ingabo, État-Major, ubwo nahageraga, nasanze hari abatetse ubugari, hanze ku karubanda, abandi bari kurya nta kibazo. Ni ibintu bitangaje ku munyarwanda utamenyereye bene iyo mikorere.

    Uwaganiriye na IGIHE yagize ati “Hari ibyo twe twita bibi bo bakabyita byiza, ni abantu bafite dufite imico itandukanye. Rero urumva ko umuco nawo ari indi mbogamizi.”

    Undi musirikare w’u Rwanda uri mu barinda Umukuru w’Igihugu muri Centrafrique yabwiye IGIHE ati “Imbogamizi navuga zibaho ni uko umuntu aba akorera mu gihugu atazi neza, kuba utazi imiterere yacyo, hakiyongeraho ko aba ari ahantu hari umutekano muke.”

    Yakomeje avuga ko amahirwe ari uko nk’abasirikare bahari ubu ataribo bakoze inshingano bwa mbere kuko baje basanga hari abandi bazikoze, babahaye ubunararibonye bw’ibyiza n’ibibi bakuye mu kazi mu gihe bahamaze. Ati “Nta kintu cyatugoye cyane”.

    Mu kazi kabo ka buri munsi baharanira guhesha ishema u Rwanda, birinda ikintu cyose cyasiga icyasha izina ryarwo. Ati “Iyo ubona bavuga neza u Rwanda kubera ingabo, nawe uhita wishimira umwuga ukora, ugakomeza guharanira kuwuhesha icyubahiro aribyo guhesha ishema igihugu.”

    Perezida Touadera yishimira umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda mu kurinda umuteno w’igihugu we n’uwe bwite. Mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru yagize ati “Murabizi ko hari ibyiciro bibiri by’Ingabo z’u Rwanda ziri hano, umutekano wanjye ucungwa n’izo ngabo, ndanyuzwe cyane.”

    Ingabo z’u Rwanda nizo zigira uruhare mu gutegura urugendo rw’Umukuru w’Igihugu iyo agiye kujya hanze y’Umujyi wa Bangui, aho usanga ngo akenshi bo bagera aho azajya nka mbere y’iminsi itatu kugira ngo bizere ko ibintu byose biri ku murongo.

    Ahantu hose Perezida ari bujye, ubu abitabiriye bose basigaye basakwa bitandukanye n’uko byakorwaga mbere y’uko Abasirikare b’u Rwanda bahabwa izi nshingano

    Aho Perezida Touadéra ajya hose, abasirikare benshi b’u Rwanda baba bahari kugira ngo bacunge umutekano

    Mu modoka zimuherekeza haba harimo n’ibifaru

    Number One wa Perezida Touadéra afashe ingazi isohoka mu ndege kugira ngo uwo arinda adahungabana amanuka

    Abasirikare b’u Rwanda bashimirwa ubwitange mu rugendo rwo gutuma Centrafrique itekana

    Perezida Touadéra agenda muri Land Cruiser V8. Imodoka zose zo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu nta purake zigira

    Number One wa Perezida Touadéra ni Umunyarwanda ufite ipeti rya Captain, niwe uba uri iruhande rwa Perezida umunsi ku wundi, niwe unamufungurira umuryango w’imodoka

    Abanyarwanda batewe ishema n’icyizere bagiriwe cyo kurinda Umukuru w’Igihugu kitari icyabo, bakora baharanira gukomeza guteza ishema u Rwanda

    Abanyarwanda bari Perezida baba bafite ibikoresho bihambaye bibafasha gukora akazi kabo neza

    Ahantu hose Perezida Touadéra aba ari, iruhande rwe haba hari abasirikare b’u Rwanda nibura icyenda

    Aho Perezida ari, abanyarwanda baba bari ku muryango bacunze umutekano

    Muri Palais de la Renaissance hateyemo ibiti bitanga amahumbezi abasha guhangana n’ubushyuhe buba muri Centrafrique

    Ahari ibendera niho imodoka ya Perezida wa Repubulika iba iparitse iyo ari mu biro bye

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umunsi-mu-buzima-bw-abasirikare-ba-rdf-barinda-perezida-wa-centrafrique-amafoto