Category: Uncategorized

  • Yakuze azi kubana: Intimba kuri nyirasenge n'inshuti zo ku musozi Padiri Ubald yakuriyeho – #rwanda #RwOT

    Inkuru y'urupfu rwa Padiri Ubald yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa 8 Mutarama 2021. Yaguye mu Bitaro bya Kaminuza ya Utah mu Mujyi wa Salt Lake aho yavurirwaga icyorezo cya Covid-19, kigakira ariko kimusigira ibibazo by'ubuzima bitandukanye ari nabyo byamuhitanye.

    Uyu mugabo wari ikimenyabose bitari muri Kiliziya Gatolika gusa, yasigiye benshi intimba ku mutima. Ababanye nawe barimo na Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda bavuga ko Kiliziya n'igihugu muri rusange bibuze umuntu w'ingirakamaro.

    Birumvikana ko ari agahinda gakomeye ku Banyarwanda, gusa muri mu Murenge wa Ruharambuga muri Nyamasheke ho intimba yarushijeho kubashengura kuko ariho uyu mupadiri yakuriye.

    Padiri Ubald yabonye izuba muri Gashyantare 1955, avukiye mu yahoze ari Segiteri Rwabidege, Komini ya Karengera, Perefegitura ya Cyangugu. Kuri ubu ni mu Murenge wa Ruharambuga. Hari muri Paruwasi Gatolika ya Mwezi.

    Mu rugendo umunyamakuru wa IGIHE yahakoreye kuri uyu wa Gatandatu, yasanze mu bana n'abakuru agahinda ari kose kubera urupfu rw'uyu muvandimwe n'inshuti.

    Abahatuye bavuga ko inkuru y'urupfu rwa Ubald bakiyumva yabaciye umugongo bitewe n'ibikorwa yabakoreye nk'abantu bakuranye.

    Habyarimana Emmanuel yiganye na Padiri Ubald mu mashuri abanza. Ahamya ko yari umuhanga mu ishuri kandi ari umwana uzi kubana neza.

    Ati 'Twariganye we arakomeza twe biratunanira. Yari afite ubwenge bwinshi, twize muruta. Kuri ubu twamutumiraga mu bukwe akaza, nta mwaka wajyaga ushira ataje ngo tuganire. Yabanye n'abantu benshi cyane hano, indwara niko bigenda iyo umunsi ugeze umuntu aragenda. Twahombye umuntu w'intwari, nuko bitakunda bamuzana ino tukamusezeraho.'

    Mwitende Joseph na we wari uzi Padiri Ubald, yavuze ko amuzi ahabwa ubupadiri mu 1984. Icyo gihe we ngo yari afite imyaka irindwi. Avuga ko yari umubyeyi aho yafashaga abantu baturanye, akitabira ubukwe ndetse agira n'uruhare mu bikorwa by'ubumwe n'ubwiyunge.

    Ati 'Igihe cya Gacaca yaraje aravuga ngo ntihagire urenganya undi, ati abantu nibabohoka mu mitima n'Isi izahora ari nziza. Hari amasengesho menshi yadufashagamo n'ibindi byinshi cyane. Twahombye intwari, ari abakiristo, u Rwanda ndetse n'Isi yose muri Rusange.'

    Mu kiganiro gito twagiranye na Nyirasenge wa Padiri Ubald, Mukanyonga Alphonsine amarira yari menshi mu maso ku buryo bitoroshye kuganira na we. Mu byo amushimira cyane ni ukuntu yabafashije.

    Yagize ati 'Yakoze byinshi byiza muri paruwasi. Kuri njyewe, Nyagasani amuhe iruhuko ridashira kandi natwe adusabire. Ibyo yankoreye sinabirondora ngo mbirangize. Yambereye umubyeyi abanjye bamaze gupfa, yaradufashije, yaduhaye kwihangana kwinshi, yaraduhumurije mu bibazo bya Jenoside.'

    Amakuru IGIHE yabashije kumenya ni uko mu bavandimwe ba Ubald hasigaye babiri barimo mushiki we na murumuna we. Mama we Anisia Mukaruhamya yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi naho se Yakobo Kabera we yishwe mu 1959.

    Ku isambu y'aho Padiri Ubald avuka nta nzu irimo ngo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Interahamwe zaje zikayitwika ndetse zigasahura ibintu byinshi nyuma yo kwica bamwe mu bagize umuryango we.

    I Mushaka aho yimakaje ubumwe n'ubwiyunge ngo bazagera ikirenge mu cye

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi nibwo Padiri Ubald yatangije ibikorwa by'isanamitima kuri Paruwasi ya Mushaka iherereye mu Karere ka Rusizi. Intego ye yari iyo kunga Abanyarwanda bakongera bakabana batishishanya.

    Muri iyi paruwasi ya Mushaka yahuje abishe n'abiciwe bagera muri 446 bibumbiye mu matsinda 10.

    Kuri iyi miryango y'abakoze Jenoside n'abayirokotse nyuma yo gushengurwa n'urupfu rw'uwongeye kubahuza nyuma y'igihe bishishanya, bahisemo kuzatera ikirenge mu cye nabo bagakomeza kunga Abanyarwanda.

    Nikuze Nicolas wagize uruhare muri Jenoside, yica umugabo w'umugore bari baturanye yabwiye IGIHE ko ubuzima bwo kubana neza n'uwo yahemukiye abukesha Padiri Ubald.

    Ati 'Nari narinangiye cyane gusaba imbabazi ariko aho Padiri Ubald aziye, niwe watumye nemera icyaha kubera inyigisho ze. Ubu tubanye neza n'abo twahemukiye kubera twahujwe na Ubald mu nyigisho z'amezi atandatu. Adusigiye agahinda ariko imbuto yadusigiye tuzakomeza kwigisha abandi binangiye. Yabibye imbuto ituma tutazacika intege zo gusabana n'abo twahemukiye.'

    Mukambayiha Anne Marie warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yavuze ko yumvaga bitashoboka ko yakwicarana n'umuryango w'abamwiciye ariko Imana ibinyujije muri Padiri Ubald ngo byarashobotse.

    Ati 'Mu gihe cya Jenoside narahigwaga imiryango myinshi irapfa. Numvaga abampemukiye bapfa bose. Padiri Ubald yagize uruhare runini cyane iyo nyagasani atamunyuramo ngo atwigishe ntabwo byari gushoboka.'

    'Padiri yakoze igikorwa cy'indashyikirwa, Nyagasani akwiye kumushimira wenyine. Mu ntangiriro twaramutukaga ariko biza kurangira tubanye neza. Byari bikomeye biruhije ariko akavuga ko nta kinanira Imana. Ubu tubanye neza n'uwampemukiye turafashanya, nibo dusangira twakoze ibirori, mbese Padiri Imana imujyanye twari tukimukeneye ariko iki gikorwa tuzakigenderaho.'

    Ni igikuba mu bakirisitu ba Paruwasi ya Mushaka

    Inkuru y'urupfu rwa Padiri Rugirangoga Ubald yabaye iy'incamugongo cyane ku bakirisitu bo muri Paruwasi ya Mushaka yakozemo umurimo w'Imana igihe kinini.

    Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Mushaka, Rwabugiri Simeon yabwiye IGIHE ko abaturage bo muri Mushaka bafite agahinda gakomeye kuko uretse ibijyanye n'ubumwe n'ubwiyunge, Padiri Ubald ngo yanafashaga abatishoboye.

    Ati 'Uretse ibikorwa by'ubumwe n'ubwiyunge hari byinshi cyane yakoze. Hari abana benshi yishyuriye amashuri, abakene yubakiye ku buryo ibyo tumwibukiraho ni byinshi. Kubera ari igikorwa cyiza ntawe ushobora kugica intege nta nubwo cyasubira inyuma. Ubutumwa bwarakomeje tubushyira muri komisiyo y'amahoro n'ubutabera muri Paruwasi zose za Diyoseze ya Cyangugu.'

    Uretse gutanga umusanzu mu bijyanye n'ubumwe n'ubwiyunge, Padiri Ubald yamenyekanye cyane mu bikorwa byo gusengera abantu bagakira. Yari azwiho ingabire yo gusengera abarwayi bagakira indwara z'ibyorezo nka Kanseri, SIDA, Diyabete n'izindi zidakira cyangwa zikira bigoranye. Hari benshi bagiye batanga ubuhamya ko bazikiriye mu masengesho yakoraga.

    Nubwo yakoraga ibi byose, nta na rimwe Ubald yigeze yiyitirira gukiza, ahubwo yagiye avuga ko bikorwa na Yezu wabikoze kera kandi yasubira mu ijuru agasiga avuze ko abazamwemera nabo bazakora nk'ibyo yakoze mu izina rye.

    Mu kiganiro yigeze kugirana na IGIHE mu 2015 yavuze ko 'Ubundi Yezu ni umukiza, Yezu biva ku ijambo Yeshuwa mu Gihebureyo (Manirakiza). Yezu rero ni umukiza akiri kuri iyi si yakijije abantu barabibona kandi asiga abwiye abigishwa be ati “abazanyemera, muzakora nk'ibyo nakoze ndetse murenzeho kuko nsubiye kwa Data, muzaramburira ibiganza ku barwayi bakire.'

    Mu mwaka wa 2015 Padiri Ubald yagizwe umurinzi w'igihango kubera uruhare yagize mu gutangiza gahunda y'Ubumwe n'Ubwiyunge muri Paruwasi ya Mushaka, ikaba yarabyaye imbuto nyinshi mu baturage ndetse inarenga imbibi igera hirya no hino mu gihugu.

    Rugirangoga Ubald yatabarutse ari Padiri muri Paruwasi ya Nkanka iri mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi.

    Habyarimana Emmanuel w’imyaka 72 yavuze ko yiganye na Padiri Ubald. Yemeza ko yakuze ari inyangamugayo kuva mu bwana bwe

    Aha niho hahoze hubatse inzu y’umuryango wo kwa padiri Ubald ariko muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaratwitswe

    Padiri Rugirangoga Ubald yari azwi cyane no mu bikorwa byo gusengera abarwayi

    Kiliziya ya Paruwasi ya Mushaka niho Padiri Rugirangoga Ubald yatangirije ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge mu mwaka wa 2008


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yakuze-azi-kubana-intimba-kuri-nyirasenge-n-inshuti-zo-ku-musozi-padiri-ubald

  • Yakuze azi kubana: Intimba kuri nyirasenge n’inshuti zo ku musozi Padiri Ubald yakuriyeho – #rwanda #RwOT

    Inkuru y’urupfu rwa Padiri Ubald yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa 8 Mutarama 2021. Yaguye mu Bitaro bya Kaminuza ya Utah mu Mujyi wa Salt Lake aho yavurirwaga icyorezo cya Covid-19, kigakira ariko kimusigira ibibazo by’ubuzima bitandukanye ari nabyo byamuhitanye.

    Uyu mugabo wari ikimenyabose bitari muri Kiliziya Gatolika gusa, yasigiye benshi intimba ku mutima. Ababanye nawe barimo na Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda bavuga ko Kiliziya n’igihugu muri rusange bibuze umuntu w’ingirakamaro.

    Birumvikana ko ari agahinda gakomeye ku Banyarwanda, gusa muri mu Murenge wa Ruharambuga muri Nyamasheke ho intimba yarushijeho kubashengura kuko ariho uyu mupadiri yakuriye.

    Padiri Ubald yabonye izuba muri Gashyantare 1955, avukiye mu yahoze ari Segiteri Rwabidege, Komini ya Karengera, Perefegitura ya Cyangugu. Kuri ubu ni mu Murenge wa Ruharambuga. Hari muri Paruwasi Gatolika ya Mwezi.

    Mu rugendo umunyamakuru wa IGIHE yahakoreye kuri uyu wa Gatandatu, yasanze mu bana n’abakuru agahinda ari kose kubera urupfu rw’uyu muvandimwe n’inshuti.

    Abahatuye bavuga ko inkuru y’urupfu rwa Ubald bakiyumva yabaciye umugongo bitewe n’ibikorwa yabakoreye nk’abantu bakuranye.

    Habyarimana Emmanuel yiganye na Padiri Ubald mu mashuri abanza. Ahamya ko yari umuhanga mu ishuri kandi ari umwana uzi kubana neza.

    Ati “Twariganye we arakomeza twe biratunanira. Yari afite ubwenge bwinshi, twize muruta. Kuri ubu twamutumiraga mu bukwe akaza, nta mwaka wajyaga ushira ataje ngo tuganire. Yabanye n’abantu benshi cyane hano, indwara niko bigenda iyo umunsi ugeze umuntu aragenda. Twahombye umuntu w’intwari, nuko bitakunda bamuzana ino tukamusezeraho.”

    Mwitende Joseph na we wari uzi Padiri Ubald, yavuze ko amuzi ahabwa ubupadiri mu 1984. Icyo gihe we ngo yari afite imyaka irindwi. Avuga ko yari umubyeyi aho yafashaga abantu baturanye, akitabira ubukwe ndetse agira n’uruhare mu bikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge.

    Ati “Igihe cya Gacaca yaraje aravuga ngo ntihagire urenganya undi, ati abantu nibabohoka mu mitima n’Isi izahora ari nziza. Hari amasengesho menshi yadufashagamo n’ibindi byinshi cyane. Twahombye intwari, ari abakiristo, u Rwanda ndetse n’Isi yose muri Rusange.”

    Mu kiganiro gito twagiranye na Nyirasenge wa Padiri Ubald, Mukanyonga Alphonsine amarira yari menshi mu maso ku buryo bitoroshye kuganira na we. Mu byo amushimira cyane ni ukuntu yabafashije.

    Yagize ati “Yakoze byinshi byiza muri paruwasi. Kuri njyewe, Nyagasani amuhe iruhuko ridashira kandi natwe adusabire. Ibyo yankoreye sinabirondora ngo mbirangize. Yambereye umubyeyi abanjye bamaze gupfa, yaradufashije, yaduhaye kwihangana kwinshi, yaraduhumurije mu bibazo bya Jenoside.”

    Amakuru IGIHE yabashije kumenya ni uko mu bavandimwe ba Ubald hasigaye babiri barimo mushiki we na murumuna we. Mama we Anisia Mukaruhamya yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi naho se Yakobo Kabera we yishwe mu 1959.

    Ku isambu y’aho Padiri Ubald avuka nta nzu irimo ngo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, Interahamwe zaje zikayitwika ndetse zigasahura ibintu byinshi nyuma yo kwica bamwe mu bagize umuryango we.

    I Mushaka aho yimakaje ubumwe n’ubwiyunge ngo bazagera ikirenge mu cye

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi nibwo Padiri Ubald yatangije ibikorwa by’isanamitima kuri Paruwasi ya Mushaka iherereye mu Karere ka Rusizi. Intego ye yari iyo kunga Abanyarwanda bakongera bakabana batishishanya.

    Muri iyi paruwasi ya Mushaka yahuje abishe n’abiciwe bagera muri 446 bibumbiye mu matsinda 10.

    Kuri iyi miryango y’abakoze Jenoside n’abayirokotse nyuma yo gushengurwa n’urupfu rw’uwongeye kubahuza nyuma y’igihe bishishanya, bahisemo kuzatera ikirenge mu cye nabo bagakomeza kunga Abanyarwanda.

    Nikuze Nicolas wagize uruhare muri Jenoside, yica umugabo w’umugore bari baturanye yabwiye IGIHE ko ubuzima bwo kubana neza n’uwo yahemukiye abukesha Padiri Ubald.

    Ati “Nari narinangiye cyane gusaba imbabazi ariko aho Padiri Ubald aziye, niwe watumye nemera icyaha kubera inyigisho ze. Ubu tubanye neza n’abo twahemukiye kubera twahujwe na Ubald mu nyigisho z’amezi atandatu. Adusigiye agahinda ariko imbuto yadusigiye tuzakomeza kwigisha abandi binangiye. Yabibye imbuto ituma tutazacika intege zo gusabana n’abo twahemukiye.”

    Mukambayiha Anne Marie warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yavuze ko yumvaga bitashoboka ko yakwicarana n’umuryango w’abamwiciye ariko Imana ibinyujije muri Padiri Ubald ngo byarashobotse.

    Ati “Mu gihe cya Jenoside narahigwaga imiryango myinshi irapfa. Numvaga abampemukiye bapfa bose. Padiri Ubald yagize uruhare runini cyane iyo nyagasani atamunyuramo ngo atwigishe ntabwo byari gushoboka.”

    “Padiri yakoze igikorwa cy’indashyikirwa, Nyagasani akwiye kumushimira wenyine. Mu ntangiriro twaramutukaga ariko biza kurangira tubanye neza. Byari bikomeye biruhije ariko akavuga ko nta kinanira Imana. Ubu tubanye neza n’uwampemukiye turafashanya, nibo dusangira twakoze ibirori, mbese Padiri Imana imujyanye twari tukimukeneye ariko iki gikorwa tuzakigenderaho.”

    Ni igikuba mu bakirisitu ba Paruwasi ya Mushaka

    Inkuru y’urupfu rwa Padiri Rugirangoga Ubald yabaye iy’incamugongo cyane ku bakirisitu bo muri Paruwasi ya Mushaka yakozemo umurimo w’Imana igihe kinini.

    Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Mushaka, Rwabugiri Simeon yabwiye IGIHE ko abaturage bo muri Mushaka bafite agahinda gakomeye kuko uretse ibijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, Padiri Ubald ngo yanafashaga abatishoboye.

    Ati “Uretse ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge hari byinshi cyane yakoze. Hari abana benshi yishyuriye amashuri, abakene yubakiye ku buryo ibyo tumwibukiraho ni byinshi. Kubera ari igikorwa cyiza ntawe ushobora kugica intege nta nubwo cyasubira inyuma. Ubutumwa bwarakomeje tubushyira muri komisiyo y’amahoro n’ubutabera muri Paruwasi zose za Diyoseze ya Cyangugu.”

    Uretse gutanga umusanzu mu bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, Padiri Ubald yamenyekanye cyane mu bikorwa byo gusengera abantu bagakira. Yari azwiho ingabire yo gusengera abarwayi bagakira indwara z’ibyorezo nka Kanseri, SIDA, Diyabete n’izindi zidakira cyangwa zikira bigoranye. Hari benshi bagiye batanga ubuhamya ko bazikiriye mu masengesho yakoraga.

    Nubwo yakoraga ibi byose, nta na rimwe Ubald yigeze yiyitirira gukiza, ahubwo yagiye avuga ko bikorwa na Yezu wabikoze kera kandi yasubira mu ijuru agasiga avuze ko abazamwemera nabo bazakora nk’ibyo yakoze mu izina rye.

    Mu kiganiro yigeze kugirana na IGIHE mu 2015 yavuze ko “Ubundi Yezu ni umukiza, Yezu biva ku ijambo Yeshuwa mu Gihebureyo (Manirakiza). Yezu rero ni umukiza akiri kuri iyi si yakijije abantu barabibona kandi asiga abwiye abigishwa be ati “abazanyemera, muzakora nk’ibyo nakoze ndetse murenzeho kuko nsubiye kwa Data, muzaramburira ibiganza ku barwayi bakire.”

    Mu mwaka wa 2015 Padiri Ubald yagizwe umurinzi w’igihango kubera uruhare yagize mu gutangiza gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge muri Paruwasi ya Mushaka, ikaba yarabyaye imbuto nyinshi mu baturage ndetse inarenga imbibi igera hirya no hino mu gihugu.

    Rugirangoga Ubald yatabarutse ari Padiri muri Paruwasi ya Nkanka iri mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi.

    Habyarimana Emmanuel w’imyaka 72 yavuze ko yiganye na Padiri Ubald. Yemeza ko yakuze ari inyangamugayo kuva mu bwana bwe

    Aha niho hahoze hubatse inzu y’umuryango wo kwa padiri Ubald ariko muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaratwitswe

    Padiri Rugirangoga Ubald yari azwi cyane no mu bikorwa byo gusengera abarwayi

    Kiliziya ya Paruwasi ya Mushaka niho Padiri Rugirangoga Ubald yatangirije ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge mu mwaka wa 2008

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yakuze-azi-kubana-intimba-kuri-nyirasenge-n-inshuti-zo-ku-musozi-padiri-ubald

  • Kiyovu Sports yatandukanye na Ndanda wari umaze amezi atatu ahawe akazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki 02/10/2020 ni bwo ikipe ya Kiyovu Sports yerekanye itsinda ry’abatoza bari barangajwe imbere na Karekezi Olivier nk’umutoza mukuru, barimo ndetse na Ndizeye Aimé Désiré uzwi nka Ndanda wari wagizwe umuyobozi wa tekinike ndetse akanaba umutoza w’abanyezamu.

    Ndizeye Aimé Désiré uzwi nka Ndanda ubwo yagirwaga umutoza w
    Ndizeye Aimé Désiré uzwi nka Ndanda ubwo yagirwaga umutoza w’abanyezamu akaba n’ushinzwe tekinike

    Nyuma yo gusinya amasezerano, umutoza Ndizeye Aimé Désiré ‘Ndanda’ yasabye uruhushya yerekeza muri Ethiopia aho asanzwe atuye, aho byavugwaga ko agiye kwimura umuryango we, gusa kugeza ubu akaba yari ataragaruka mu Rwanda.

    Kugeza ubu nyuma y’aho ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports bwagiye butangaza ko bwamwandikiye bumusaba kugaruka mu kazi, ubu bwatangaje ko bwamaze kumuhagarika bumushinja guta kazi, ndetse akaba yaramaze no kwandikirwa ibaruwa abimenyeshwa.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/kiyovu-sports-yatandukanye-na-ndanda-wari-umaze-amezi-atatu-ahawe-akazi

  • Umunyamakuru Umuhire Valentin yasezeweho bwa nyuma #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gahunda yo kumusezeraho yari igizwe no gufata umurambo mu buruhukiro bw’ibitaro bya CHUK saa moya za mu gitondo, hakurikiraho umuhango wo gusezera kuri nyakwigendera saa yine bibera kuri Mont Kigali i Nyamirambo.

    Nyuma yaho hakurikiyeho misa yo kumusabira yabereye kuri Regina Pacis i Remera, hanyuma ashyingurwe mu irimbi rya Rusororo.

    Inkuru y’urupfu rw’umunyamakuru Umuhire Valentin yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 07 Mutarama 2021 itangajwe na murumuna we wavuze ko yari arwariye mu bitaro bya Kigali (CHUK).

    Umuhire Valentin yari azwi cyane mu itangazamakuru ryo mu Rwanda nk’umwe mu barimazemo igihe. Yamenyekanye cyane avuga amakuru kuri Radio Rwanda ndetse benshi mu banyamakuru bakamufata nk’icyitegererezo akaba n’umwe mu bahanga mu gusoma amakuru.

    Yagiye akora no mu bindi bitangazamakuru bitandukanye birimo Radio & TV10, Radio Huguka, Pax Press, Syfia Grands Lacs, akaba n’umuhanga mu kuyobora ibiganiro. Yari umwe mu bayoboraga ikiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cy’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).

    Yari atuye mu mujyi wa Musanze akora ibijyanye n’ubuhinzi ariko abifatanya n’itangazamakuru akaba yari afite igitangazamakuru cye gikorera kuri Internet cyitwa ‘Valuenews’.

    Azwiho kuba ari umuntu wasabanaga kandi akicisha bugufi.

    Imana imuhe iruhuko ridashira!

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/umunyamakuru-umuhire-valentin-yasezeweho-bwa-nyuma

  • Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese 'Mana mfasha' ya  Eric Nshimiyimana n'abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien? #rwanda #RwOT

    Nibyo rwose mu mupira w'amaguru nta kidashoboka. Byagaragaye kenshi ubwo amakipe yitwa ko ari 'inyigaguhuma' asezerera ay'ibigugu mu marushanwa, benshi bakanemeza ko kuba amakipe ajya gukina ntawakwemeza 100% uri butsinde umukino, nabyo biryosha umupira w'amaguru. Mbere y'umukino wahuje Ikipe y'Igihugu y'uBufaransa n'iya Senegal mu Gikombe cy'Isi cyo muw'2002, si abantu benshi bari kwemeza ko Senegal yari igiye bwa mbere mu gikombe cy'isi, itsinda 'Les Bleus', nyuma y'imyaka 4 gusa icyo gihangage gitwaye icyo gikombe. Ngaho aho ruhago ibera igitangaza rero.

    Icyakora mu mupira w'amaguru haba ibitangaza hagira, ' kubahatisha' biragenda bitakaza ijambo. Muri iki gihe habamo amarenga ashobora kukwereka icyerekezo cy'umukino. Ushobora gushingira ku mateka,ukanashingira ku myitwarire amakipe azahura  amaze iminsi agaragaza.

    As Kigali niyo kipe ihagarariye uRwanda mu irushanwa  nyafrika ry'amakipe yatwaye ibikombe iwayo, CAF Confederation Cup. Nyuma yo guhigika Orapa United yo muri Botswana, ikanasezerera bigoranye cyane  KCCA yo muri Uganda, As Kigali yatomboye kuzahura na CS Sfaxien yo muri Tuniziya, mu mikino ibiri ya kamarampaka, kugirango haboneke izakomeza mu cyiciro cy'amatsinda, amakipe menshi aba yifuza. Iyo usesenguye umupira w'uRwanda muri iki gihe, ubura aho wahera wemeza ko ikipe yacu yasezerera iyo muri Tuniziya. Keretse bibaye ibya bya bitangaza twatangiye tuvuga. Umupira w'uRwanda wakomeje kurangwa n'akajagari, kuyoborwa bitari ibya kinyamwuga,kubakira ku musenyi, n'ibindi byagiye bituma uRwanda ruba igihugu giciriritse cyane mu mupira w'amaguru. Umusaruro ugayitse w'Amavubi  urivugira!

    Iyo urebye inzira AS Kigali yanyuzemo ngo ibe igeze kuri uru rwego, nabwo bikwereka ko uretse 'Nyirimpuhwe' gusa, AS Kigali yagombye kuba yibereye muri'guma mu rugo' nka APR FC yo yamenyereje Abanyarwanda kutarenga umutaru mu marushanwa mpuzamahanga. Umuntu wese ukurikirana iby'umupira w'amaguru ntibimusaba ubwenge bwinshi ngo yemeze ko iyo KCCA idahabwa mpaga mu mukino ubanza kubera ubwandu bwa Covid-19, ngo AS Kigali yibonere'impano' y'ibitego 2-0, akayo kari kashobotse. Tutagendeye kuri 'Mana mfasha ' yaherekeje AS Kigali kugeza ubu , guhura na CS Sfaxien ubanza bibaye nka wa mwana ujya mu kizamini cyo kwimuka, kandi ibindi byakibanjirije yarakoperaga gusa.

    AS Kigali ni ikipe yashoye amafaranga menshi uyu mwaka, intego ari ukugera mu matsinda. Kugira intumbero nk'iyi ni byiza rwose. Ariko se birahagije ngo inzozi zibe impamo?Twibuke ko umupira  atari abakinnyi gusa, kuko haba n'ubuyobozi bwiza, abatoza beza, kumenyera amarushanwa  no kubaka ikipe kuva mu mizi, atari ugushaka gusarura iby'ako kanya ,utaravunwe no gutegura insinzi irambye.  Umuhinzi ushakja kweza neza abanza gutegura umurima, gushaka imbuto z'indobanure, ifumbire nziza kandi ihagije , inama z'abahanga mu by'ubuhinzi,  n'ibindi byinshi bitegura umusaruro mwizaumusaruro mwiza. Ese AS Kigali ntiyaba ari nk'umuhinzi wibwira ko kuba ufite umurima n'isuka bihagije ngo arumbukirwe? Ese koko uzajya mu marushanwa y'umugabane wose, kandi mu gihugu cyawe umupira ari ku munwa gusa, wizere gutsinda ikipe nka CS Sfaxien imaze  gutwara  ibikombe 4 kurwego rw'umugabane. Ushobora kuvuga uti:' Nari umugabo ntihabwa intebe'. Nibyo, ariko si kimwe n'utarigeze ubwo bugabo!

    Ku rwego rw'uRwanda, AS Kigali si ikipe mbi ugereranyije n'ayo bakina ndetse kuba yatwara igikombe mu Rwanda ntibyakayinaniye, n'ubwo nabyo byakomeje kuyibera ihurizo. Ariko se mbere yo gushaka kujya mu matsinda y'irushanwa rya Afrika, wipimye nande? Shampiyona  ukinamo ihagaze ite?Abo bakinnyi umurundo waguze, bageze kuki aho bari bari mbere yo kubarindumurira ibifaranga. Ese abatoza bo ntihari byinshi bagikeneye kwiga, mbere yo kurota kujya mu matsinda? Muri iyi nyandiko ntitugambiriye guca intege AS Kigali, ariko ni byiza ko bajya guhura na CS Sfaxien  biyizi neza, kuko burya 'kwirarira ntibikubuza kwirahuriraho umuriro!

    CS Sfaxien ni ikipe yashinzwe mu mwaka w'1928, ikaba yarabanje kwitwa'Club Tunisien, mbere y'uko muw'1962 ihinduriye izina ikitwa CS Sfaxien. Iri mu cyiciro cya mbere muri Tuniziya kuva muw' 1947, aho yatwaye ibikombe  13 birimo 8 cya shampiyona, mu gihe As Kigali yo itaratwara igikombe na kimwe cya shampiyona. Abanyamahanga ngenderwaho ba CSS  kandi b'intoranywa muri iki gihe, harimoKingsley Sokari, Kingsley EDUWO , Ahmed Ammar  na Alaa Ghram bakomoka muri Nigeria, abanya Guinea  Naby Camara na  Ousmane  Camara, umunya Cote d'Ivoire Chris Kouakou n'umunya Gabon Malick Avouna.

    Mu banyamahanga b'intoranywa ba AS Kigali barimo na  Pierre Kwizera  aka Maestro Pierrot, utakibanza mu kibuga.

    Umukino ubanza hagati ya As Kigali na CS Sfaxien ni tariki 14 Gashyantare 2021, ukazabera muri Tuniziya.

    The post Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese 'Mana mfasha' ya  Eric Nshimiyimana n'abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien? appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ko-kwirarira-bibaye-kwirahuriraho-umuriro-ese-mana-mfasha-ya-eric-nshimiyimana-nabasore-be-izongera-ibatabare-bahigike-cs-sfaxien/

  • Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n' inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika. #rwanda #RwOT

    Amakuru yizewe ava muri Santrafrika ndetse no mu nzego z'umutekano muri Uganda ubwaho, aravuga ko Perezida Yoweri K. Museveni yohereje abasirikari gufasha inyeshyamba zirwanya ubutegetsi muri Santrafrika, zikaba zihanganye n'ingabo za Loni zagiye kubumbatira amahoro n'umutekano muri icyo gihugu.

    Izo nyeshyamba ziyobowe n'uwitwa François Bozizé wigeze kuba Perezida wa Santrafrika, nyuma aza gutuzwa rwihishwa muri Uganda, ari naho yongeye gutera aturuka mu mpera z'umwaka ushize. Mu ngabo za Loni ziri muri Santrafrika harimo n'iz'u Rwanda, RDF, ndetse aho izo nyeshyamba zigabiye ibitero, URwanda rwongereye umubare w'ingabo muri icyo gihugu, hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi bifitanye.

    Perezida Museveni rero ajya gukora amahano yo kujya kurwanya ingabo ziri mu butumwa bw'amahoro, ngo yumvaga ari umwanya mwiza wo kwihimura kuri RDF, doreko atajya agoheka iyo yibutse ibyabaye ku basirikari be i Kisangani muri  RDC, ubwo bakubitwaga iz'akabwana kubera gushotora RDF. Kuri iyi nshuro nabwo Museveni ntibyamuhiriye, kuko inyeshyamba ashyigikiye zanyagiriwe mu turere zari zigaruriye, ndetse amatora zashakaga kubangamira agenda neza mu gihugu cyose.

    Ubu intero ni imwe aho muri Santrafrika, aho abaturage bavuga ibigwi by'ingabo z'uRwanda zabamuruyeho umwanzi, zikora kinyamwuga, zigashimirwa umurava n'ubusabane hagati yazo n'abaturage. Ibi rero nibyo bihora birya Museveni n'ibyegera bye, batishimira na rimwe ijabo n'ijambo uRwanda rufite ku rwego mpuzamahanga.

    Si ubwa mbere Museveni yohereza abasirikari gushyigikira inyeshyamba muri Santrafrika, kuko no mu mwaka wa 2003, nabwo yoherejeyo abajya gufatanya n'umutwe witwaje intwaro wa J.Pierre Bemba, icyo gihe nabwo bakaba bararwaniriraga François Bozizé waje no gufata ubutegetsi ku ngufu. Umunyekongo J.Pierre Bemba byamuviriyemo gufungwa, Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rumukurikiranyeho ibyaha by'intambara, birimo ubwicanyi, gusambanya abagore ku ngufu, n'ubusahuzi. Aha naho abasesenguzi basanga Museveni yagombye kuba yarahaniwe ubufatanyacyaha na Bemba.

    Uretse gukorwa n'ikimwaro, nubwo agira isoni nke, ubu bwo noneho Museveni akwiye no kuregwa akanakurikiranwa mu rukiko mpuzamahanga kubera icyaha gikomeye cyo kurwanya ingabo za Loni ziri mu butumwa bw'amahoro.Uganda ni umunyamuryango wa Loni, guhindukira ukarwanya ingabo zayo rero, ni agahomamunwa katinyukwa na Museveni gusa!

    Ikindi abasesenguzi bagarutseho ari benshi, ni ukugira inama Perezida Museveni, akigira ku mateka maze akareka gukomeza kugereranya ingabo ze, UPDF, n'ingabo z'uRwanda , RDF. Aho abasirikari ba Uganda bagiye mu butumwa bw'amahoro mu mahanga bahaboneye amasomo akakaye. Urugero ni muri Somaliya, aho UPDF yatakaje abasirikari basaga 100, ababarirwa muri 200 barakomereka bikomeye, abandi amagana bafatwa mpiri. Ingabo za Uganda kandi aho kurinda amahoro zishoye  mu mahano, arimo gusambanya abagore ku ngufu, gusahura no kugurisha intwaro mu nyeshyamba UPDF yakabaye irwanya.Ushaka kugererana UPDF na RDF azabaze icyivugo uRwanda rufite muri Darfur, muri Sudani y'Epfo, Santrafrika n'ahandi ingabo zarwo zagiye zitabara, zigasubiza ibintu mu buryo.

    Uko byagenda kose, yahanirwa guhora agira uruhare mu midugararo ibera mu bindi bihugu, bikagera n'aho arwanya ingabo za Loni zigamije kurwanya iyo midugararo, yabisimbuka kubera uburangare busanzwe buzwi ku Muryango Mpuzamahanga, ibyo gushotora ingabo z'uRwanda byo Museveni n'abamushuka babireke, kuko igihe cyose azabigerageza amateka ya Kisangani azahora yisubiramo.

    The post Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n' inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika. appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/uganda-yagombye-gushyikirizwa-ubutabera-mpuzamahanga-kubera-abasirikari-bayo-bafatanya-n-inyeshyamba-kurwanya-ingabo-za-loni-no-kwica-inzirakarengane-muri-repubulika-ya-santrafrika/

  • Iganze Gakondo mu rugamba rwo gukundisha isi umuco nyarwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iganze Gakondo ngo ihishiye byinshi Abanyarwanda
    Iganze Gakondo ngo ihishiye byinshi Abanyarwanda

    Baherutse gushyira hanze indirimbo nshya yitwa ‘Ishyamba’ ndetse bahita bashyira hanze indi ndirimbo yabo yitwa ‘Gakondo Yacu Iganze’ bakaba bavuga ko bakataje mu gufasha abakunda u Rwanda gukunda imbyino gakondo n’indirimbo z’umwimerere w’Abanyarwanda.

    Uhagarariye Iganze Gakondo, Niganze Lievin avuga ko ari urugamba batangiye kandi ko batangiye kubona imbuto zarwo.

    Yagize ati “Burya abantu bakunda imbyino n’indiirimbo gakondo ariko ntibagira umwanya wo kubona aho babibona ngo babikunde, twebwe turashaka kubikora duciye mu miyoboro yose y’itangazamakuru ku buryo Abanyarwanda n’abakunda injyana gakondo bazisanga bafite impamba ihagije mu kuyikunda”.

    Iganze Gakondo igizwe n
    Iganze Gakondo igizwe n’abasore bahamiriza neza barangajwe imbere n’umuyobozi wabo Lievin (ubanza ibumoso)

    Lievin kandi asaba abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga n’abanyamakuru muri rusange gufata uyu mwanya bakajya bacuranga imbyino gakondo atari mu bitaramo gusa no mu ndirimbo zisanzwe kugira ngo abazikunda bazumve kenshi n’abatazizi bazimenye.

    Yagize ati “Ntabwo indirimbo gakondo cyangwa se imbyino gakondo birebwa mu bitaramo gusa ni byiza ko n’abanyamakuru badufasha zigacurangwa kenshi kandi ndizera ko akeza kigura ni ukubakangura gusa kuko gakondo yo ubwayo iraryoshye”.

    Lievin asanga Abanyarwanda bakwiye gufata iya mbere bagashyira imbere icyo yita irangamuntu y’Abanyarwanda ikamamara ku isi yose.


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/iganze-gakondo-mu-rugamba-rwo-gukundisha-isi-umuco-nyarwanda

  • Mu cyumweru kimwe u Rwanda rwohereje hanze imboga n’imbuto bifite agaciro k’asaga miliyoni 63 Frw – #rwanda #RwOT

    Imibare ya NAEB igaragaza ko mu cyumweru gishize u Rwanda rwohereje mu mahanga ibilo 87,247 byiganjemo imboga ndetse n’indabo byose bifite agaciro ka $63,707, ni ukuvuga asaga miliyoni 63 Frw.

    Mu bihugu byoherejwemo ibikomoka ku mboga n’imbuto harimo Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Bwongereza, Koreya ya Ruguru n’u Buholandi.

    NAEB itangaza ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2019/2020 wasoje u Rwanda rwohereje mu mahanga toni 31,788 z’indabo, imboga n’imbuto byinjije amadolari ya Amerika miliyoni 28.7, akabakaba miliyari 27 Frw.

    Mu mwaka wa 2020 ubuhinzi buri mu nzego zagerageje guhangana n’ingaruka za COVID-19, muri rusange mu Rwanda ibikomoka ku buhinzi byoherejwe mu mahanga byinjije akabakaba miliyari 419 Frw.

    U Rwanda ruherutse gusinyana amasezerano na Sosiyete y’Ubucuruzi yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ya Carrefour yo gutangira kohereza imbuto zo mu Rwanda mu maguriro atandukanye ya Carrefour hirya no hino.

    Iri soko rishya ryitezweho gufasha abahinzi n’abohereza imboga n’imbuto hanze; rizibanda ku matunda, imineke, inanasi na avoka.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Emmanuel Hategeka, nyuma yo gufungura iryo soko, yashimiye ubuyobozi bwa Carrefour bwahaye ikaze imbuto zo mu Rwanda, yizeza abakiliya b’iyo sosiyete umwimerere n’uburyohe bwazo.

    Mu cyumweru kimwe u Rwanda rwohereje hanze imboga n’imbuto bifite agaciro k’asaga miliyoni 63 Frw

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-cyumweru-kimwe-u-rwanda-rwohereje-hanze-imboga-n-imbuto-bifite-agaciro-k