Category: Uncategorized

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n'amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi #rwanda #RwOT

    Tariki ya 17 Mutarama 2021, Ikinyamakuru Le Monde cyatangaje inkuru yanditswe n'umushakashatsi w'Umufaransa Francois Garner nyuma yaho inkiko zimuhereye uburenganzira bwo kubasha gucukumbura inyandiko zishyinguye za Perezida Francois Mitterand zijyanye n'u Rwanda. Ubwo burenganzira yabuhawe muri Kamena 2020.

    Garner yatangaje ko ibyo yiboneye n'amaso ye bigaragaza ko igihugu cy'Ubufaransa cyari kizi ibyaberaga mu Rwanda cyane cyane Jenoside yakorewe Abatutsi uko yateguwe kugeza ishyirwe mu bikorwa. Muri bimwe Garner yatangaje yavuzeko:

    Tariki ya 6 Gashyantare 1991, Jacques Pelletier wari Minisitiri w'Ubufaransa ushinzwe iterambere yandikiye Perezida Mitterand amumenyesha ibyaberaga mu Rwanda ko biteye ubwoba, kandi ko Perezida Habyarimana atashakaga imishyikirano na FPR Inkotanyi ahubwo yashyiraga imbere abahezanguni bari babangamiye imishyikirano harimo n'umugore we Agathe Kanziga ndetse n'Akazu kari kagizwe nabo mu muryango we.

    Naho tariki ya 3 Mata 1992, Gen Christian Quesnot, wari Umukuru w'Ibiro bya Perezida Mitterrand ushinzwe ingabo ndetse na Thierry de Beauce wari ushinzwe ubutumwa bwo hanze muri Perezidansi ya Repubulika boherereje Perezida Mitterrand bamumenyesha ko mu Rwanda imitwe yitwara gisirikari ariyo Interahamwe n'Impuzamugambi ziri gutegura ubwicanyi bushingiye ku moko ndetse ko ingabo z'Ubufaransa mu Rwanda zigamije kurengera Leta ya Habyarimana.

    Tariki ya 15 Gashyantare 1994, Ambasaderi w'Ubufaransa mu Rwanda yakiriye abantu babiri bahagarariye Kompanyi Thomson Brandt Armements kugirango bazoherereze Leta ya Habyarimana kandi amasezerano y'Arusha yasinywe muri 1992 yari yarahagaritse ibyo kugurisha intwaro mu rwego rwo kugabanya ibikorwa by'intambara. Bongeyeho ko tariki ya 21 Mutarama 1994, ingabo z'umuryango w'Abibumbye zabaga mu Rwanda (MINUAR/UNAMIR) zafashe imbunda ziremereye 1000 za moritsiye zari zigenewe ingabo za Habyarimana. Hakaba hari hasigaye uburyo ibissu bya Moritsiye 2000 zari zatinze kuza kubera kwishyura zagombaga kuhagera.

    Mu kiganiro Graner yagiranye n'ikinyamakuru Le Monde yemeje ko mu nyandiko zishyinguye yabashije kureba zanditswe hagati ya 1990-1994 zerekana ko Leta y'Ubufaransa yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ko Leta y'Ubufaransa yashyigikiye ubutegetsi bwa Hutu Pawa ko kandi izo nyandiko zigaragaza uruhare rw'Ubufaransa mu guhanura indege ya Perezida Habyarimana. Izo nyandiko kandi zigaragaza uruhare rw'abayobozi b'Ubufaransa bari basigaye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside byaba kubaha amakuru y'ubutasi cyangwa se kugira uruhare mu ntambara.

    Yongeyeho ko afite impungenge kuri komisiyo y'abahanga yashyizweho na Perezida Macron iyobowe na Vincent Duclert. Yemeje ko iyo komisiyo izatanga amakuru azafasha gusa Perezida Macron kuguma kubutegetsi  yirengagiza uruhare rwa Leta ayoboye muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Yasabye Leta y'Ubufaransa kwemerera abashakashatsi bose kugirango bagere ku mwanzuro bahuriyeho bose.

    The post Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n'amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/ibyo-umushakashatsi-wemerewe-kureba-inyandiko-za-mitterrand-yiboneye-namaso-ye-yemeza-ko-ubufaransa-bwagize-uruhare-muri-jenoside-yakorewe-abatutsi/

  • Uko byari byifashe Nyabugogo ku munsi wa mbere wa Guma mu Rugo muri Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni amabwiriza yashyizweho kuri uyu wa 18 Mutarama n’Inama y’Abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, aho yategetse ko Umujyi wa Kigali ushyirwa muri Guma mu Rugo y’iminsi 15, kugira ngo inzego z’ubuzima zibashe gukurikirana neza imiterere y’ubwandu bwa Coronavirus mu gihugu “bugeze ku gipimo giteye inkeke mu Murwa Mukuru w’u Rwanda”.

    Aya mabwiriza yagombaga guhita atangira kubahirizwa, gusa yasanze hari abantu bamwe batari mu bice bashobora kumaramo iminsi 15, ari nayo mpamvu umunsi wa mbere wa Guma mu Rugo wahariwe gufasha abantu kugera aho bumva bamara iminsi 15 ya Guma mu Rugo.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, muri gare zihuza Umujyi wa Kigali n’ibindi bice by’igihugu hazindukiye urujya n’uruza rw’abantu benshi bashakaga kujya mu ntara ku mpamvu zitandukanye.

    Inzego z’ibanze, izishinzwe umutekano, urubyiruko rw’abakorerabushake ndetse na RURA, bakomeje gufasha abari muri gare ya Nyabugogo aho bari gufashwa kubahiriza amabwiriza arimo kwambara neza agapfukamunwa, guhana intera ndetse no gukaraba amazi meza n’isabune, mu gihe bategereje gutangira ingendo zabo.

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba yavuze ko uyu munsi wose wahariwe gufasha abantu bajya mu ntara gutaha ariko bakaba basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Yagize ati “Bahawe uburenganzira kugira ngo bakoreshe uyu munsi tubashakire uko bagenda buri muntu agende neza agere mu Karere aho atuye amahoro. Ni amahirwe yahawe abagomba kujya mu ntara kugira ngo bagende.”

    RURA yasabye abaturage gukoresha uyu munsi bahawe kugira ngo ibibazo byose bishobora gutuma batubahiriza ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri byategetse ko Umujyi wa Kigali ushyirwa muri gahunda ya Guma mu rugo bikurweho.

    Kulamba yavuze ko “Niba tuvuze uyu munsi ni uyu munsi, nibawukoreshe kugira ngo iminsi isigaye twubahirize ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri mu rwego rwo kwirinda COVID-19, kandi n’aho baraba bari mu rugendo cyangwa n’ahandi bari ni ukubibutsa ko ikintu gikomeye cyane ari ukwirinda bakarinda n’abandi.”

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yaraye avuze ko Polisi iza gufasha abantu batunguwe n’aya mabwiriza, ku buryo bari bugere iyo bagomba kuba bari amahoro.

    Yagize ati “Tuzafasha abantu bashobora kuba batunguwe n’aya mabwiriza bari ahantu hatandukanye bifuza kuba bari ahantu mu by’ukuri bumva bamara icyo gihe cy’iminsi 15, iki ni icyemezo kigomba kwihutirwa.”

    CP Kabera yavuze kandi ko abantu bakwiye kubanza bagatekereza ku ngendo bateganya gukora niba koko ziri ngombwa cyangwa hari ubundi buryo bashobora gukora bagafasha mu kubahiriza amabwiriza yashyizweho.

    Ab’inkwakuzi bamaze gufata imodoka berekeza mu bice bitandukanye by’igihugu

    Abantu benshi bazindukiye muri gare ya Nyabugogo bashaka gufashwa kujya mu ntara

    Abicaye bategereje imodoka basabwe guhana intera

    Abinjira muri gare bari gusabwa kubanza gukaraba amazi meza n’isabune

    Hari abafite za matola bameze nk’abimutse bavugaga ko bazagaruka i Kigali icyorezo cyamaze kurandurwa burundu

    Inzego zishinzwe umutekano zazindukiye muri gare ya Nyabugogo gufasha abajya mu Ntara

    Mu modoka abagenzi bari bambaye neza agapfukamunwa n’amazuru

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba, yavuze ko abaturage bose bari gufashwa gutaha kuri uyu munsi wa mbere gusa

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba, aha yabwiraga abantu guhana intera

    Urubyiruko rw’abakorerabushake muri gare ya Nyabugogo rurahari ngo rufashe abagiye gufata imodoka kubahiriza amabwiriza y’ubwirinzi

    Uyu yagaragaye nk’ufite umunaniro, aha yari yasinziriye

    Mu gitondo cya kare, abantu bari bataragera muri gare ku bwinshi

    Abantu bari benshi cyane mu masaha ya saa yine

    Abantu benshi bari bitwaje imizigo yabo

    Abari muri gare bose bari bambaye agapfukamunwa

    Polisi yavuze ko iri bufashe buri wese gutaha

    Abantu bari bahagaze ku murongo bategereje imodoka

    Abantu bari bugezwe mu ntara zose z’igihugu

    Bamwe mu bantu bari bananiwe kubera gutegereza igihe kinini

    Ibigo bisanzwe bitwara abantu byari bifunze imiryango

    Polisi yari mu kazi ifasha abantu gutaha amahoro

    Polisi yari yabukereye

    Aha abantu bari bahamagawe ngo bajye mu modoka

    Abantu bihuta bajya mu modoka

    Imodoka za Ritco ziri mu zatwaye abantu

    Abantu bari bicaye mu mirongo bari bagenewe

    Abantu bari bategereje imodoka igihe kinini

    Abantu bari bicaye mu mirongo bari bagenewe

    Imodoka zimaze kuza, abantu bari bafite akanyamuneza

    Imodoka za Volcano na zo zatwaye abagenzi

    Abantu bari benshi muri gare

    Abantu bari bahagaze mu mirongo

    Amafoto: Niyonzima Moise


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uko-byari-byifashe-nyabugogo-ku-munsi-wa-mbere-wa-guma-mu-rugo-muri-kigali

  • Rusizi: Arembeye mu bitaro nyuma yo kwikeba ijosi ntapfe – #rwanda #RwOT

    Abaturanyi b’uyu mukecuru barimo n’umukazana we babwiye TV1 ko yafashe umwanzuro wo kwikeba ijosi nyuma y’uko hari abantu bageze muri aka gace babarura amazina y’abasahuye imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kandi bakaba batarayishyuye.

    Aba baturanyi bavuze ko umugabo w’uyu mukecuru amaze igihe yarabuze kubera uruhare akekwaho kugira muri Jenoside.

    Umwe ati “Ngo haje abayobozi mu minsi ishize mu Mudugudu umubyeyi bamubaza amakuru y’umugabo we kandi umugabo we hashize iminsi myinshi yaragiye, ayo makuru menshi mabukwe ntiyabashije kuyakira yahise abwira abana be bose ngo dore imirima yose barayigurishije.”

    Abaturanyi bamugezeho bwa mbere bemeza ko yari yikase ijosi ryose ariko atarashiramo umwuka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama, Ntivuguruzwa Gervais, nawe yemeje ko uyu mugore yashatse kwiyahura akoresheje urwembe, ariko avuga ko nta gihamya cyerekana ko yabitewe n’ibyo abaturanyi bavuze.

    Ati “Ibyo turabyumva bihwihwiswa n’abaturage kandi ibivugwa n’abantu byose si ko biba ari ukuri ariko turabyumva bihwihwiswa mu baturage ikiri ukuri n’uko gusa mu bigaragara uriya mukecuru niwe washatse kwiyambura ubuzima impamvu zabimuteye, kugeza ubu niwe wazimenya kurusha buri muntu uwo ariwe wese.”

    Yongeyeho ko uyu mubyeyi nakira ari we ushobora kuzavuga neza icyamuteye gushaka kwiyahura.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-arembeye-mu-bitaro-nyuma-yo-kwikeba-ijosi-ntapfe

  • Burera: Mutarama irarangira abagore n’urubyiruko bo muri FPR Inkotanyi bubakiye imiryango 18 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Byari ibyishimo byinshi mu rugo rwo kwa Nyirahiganiro Vestine nyuma yo kubona inzu
    Byari ibyishimo byinshi mu rugo rwo kwa Nyirahiganiro Vestine nyuma yo kubona inzu

    Ubwo ku Cyumweru tariki 17 Mutarama 2021 bashyikirizaga umubyeyi witwa Nyirahiganiro Vestine inzu nshya, bamwujurije nyuma y’imyaka myinshi acumbikirwa n’abaturage, mu marangamutima avanze n’amarira yavuze ko mu buzima bwe bwose atigeze agira inzu ye, ngo yabayeho acumbikirwa n’abaturage.

    Ati “Sinabona uburyo nsobanura ibyishimo mfite, mu buzima bwanjye nabayeho ncumbika ku bagiraneza nta n’ikibanza nigeze kubera ubukene, kuba mbonye inzu yanjye ngiye kuryama nsinzire ariko kandi ngashimira na FPR-Inkotanyi impaye inzu”.

    Abo banyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera kandi, baherutse no gushyikiriza inzu Nyirabazamanze Solange wo mu Murenge wa Kinyababa nyuma y’uko yari amaze gusenyerwa n’ibiza by’imvura byanamugize umupfakazi kuko byatwaye umugabo we bikamusigira umwana umwe.

    Uwanyirigira Marie Chantal uyobora umuryango wa FPR Inkotanyi mu Karere ka Burera akaba n’umuyobozi w’ako Karere, avuga ko inzu zishyikirizwa abaturage batishoboye ziba zujuje ibyangombwa byose.

    Agira ati “Inzu dushyikiriza abaturage ziba zuzuye neza zikorewe n’amasuku kandi zifite n’ibikoresho byose byo mu rugo, tububakira kandi n’ibikoni ndetse n’ubwiherero, ariko kandi tukabagenera n’ibiribwa mu rwego rwo kubafasha gutangira ubuzima bushya dore ko baba bavuye mu bundi buzima bugoranye”.

    Mu butumwa uwo muyobozi yageneye abashyikirijwe inzu ni ukuzisigasira, bazigirira isuku mu rwego rwo kuzirinda ko zakwangirika.

    Inzu 18 ni zo zubatswe mu mirenge 17 igize Akarere ka Burera, aho zimwe zamaze gutahwa hakaba hasigaye izo mu Murenge wa Cyeru n’Umurenge wa Gahunga zizatahwa tariki 24 Mutarama 2021.

    Uwanyirigira Marie Chantal uyobora FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera ashyikiriza Nyirahiganiro Vestine ibiribwa nyuma yo kumushyikiriza inzu
    Uwanyirigira Marie Chantal uyobora FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera ashyikiriza Nyirahiganiro Vestine ibiribwa nyuma yo kumushyikiriza inzu

    Ni inzu zatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 37 n’ibihumbi 500, yose akaba yaravuye mu mbaraga z’abo bagore n’urubyiruko bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera, ariko kandi hakiyongeraho n’ibikorwa by’amaboko bagiye bakora kuri izo nzu zubatswe.

    Gahunda yo kubakira umuryango umwe w’abatishoboye muri buri Murenge mu Ntara y’Amajyaruguru, yatekerejwe mu mwaka wa 2020 mu rwego rwo gufasha abagore bo mu miryango itagira aho iba kubashakira amacumbi hagamijwe no kwimakaza isuku mu ngo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/burera-mutarama-irarangira-abagore-n-urubyiruko-bo-muri-fpr-inkotanyi-bubakiye-imiryango-18

  • Uko byari byifashe Nyabugogo ku munsi wa mbere wa Guma mu Rugo muri Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni amabwiriza yashyizweho kuri uyu wa 18 Mutarama n'Inama y'Abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, aho yategetse ko Umujyi wa Kigali ushyirwa muri Guma mu Rugo y'iminsi 15, kugira ngo inzego z'ubuzima zibashe gukurikirana neza imiterere y'ubwandu bwa Coronavirus mu gihugu 'bugeze ku gipimo giteye inkeke mu Murwa Mukuru w'u Rwanda'.

    Aya mabwiriza yagombaga guhita atangira kubahirizwa, gusa yasanze hari abantu bamwe batari mu bice bashobora kumaramo iminsi 15, ari nayo mpamvu umunsi wa mbere wa Guma mu Rugo wahariwe gufasha abantu kugera aho bumva bamara iminsi 15 ya Guma mu Rugo.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, muri gare zihuza Umujyi wa Kigali n'ibindi bice by'igihugu hazindukiye urujya n'uruza rw'abantu benshi bashakaga kujya mu ntara ku mpamvu zitandukanye.

    Inzego z'ibanze, izishinzwe umutekano, urubyiruko rw'abakorerabushake ndetse na RURA, bakomeje gufasha abari muri gare ya Nyabugogo aho bari gufashwa kubahiriza amabwiriza arimo kwambara neza agapfukamunwa, guhana intera ndetse no gukaraba amazi meza n'isabune, mu gihe bategereje gutangira ingendo zabo.

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n'Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba yavuze ko uyu munsi wose wahariwe gufasha abantu bajya mu ntara gutaha ariko bakaba basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Yagize ati 'Bahawe uburenganzira kugira ngo bakoreshe uyu munsi tubashakire uko bagenda buri muntu agende neza agere mu Karere aho atuye amahoro. Ni amahirwe yahawe abagomba kujya mu ntara kugira ngo bagende.'

    RURA yasabye abaturage gukoresha uyu munsi bahawe kugira ngo ibibazo byose bishobora gutuma batubahiriza ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri byategetse ko Umujyi wa Kigali ushyirwa muri gahunda ya Guma mu rugo bikurweho.

    Kulamba yavuze ko 'Niba tuvuze uyu munsi ni uyu munsi, nibawukoreshe kugira ngo iminsi isigaye twubahirize ibyemezo by'Inama y'Abaminisitiri mu rwego rwo kwirinda COVID-19, kandi n'aho baraba bari mu rugendo cyangwa n'ahandi bari ni ukubibutsa ko ikintu gikomeye cyane ari ukwirinda bakarinda n'abandi.'

    Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu, CP John Bosco Kabera, yaraye avuze ko Polisi iza gufasha abantu batunguwe n'aya mabwiriza, ku buryo bari bugere iyo bagomba kuba bari amahoro.

    Yagize ati 'Tuzafasha abantu bashobora kuba batunguwe n'aya mabwiriza bari ahantu hatandukanye bifuza kuba bari ahantu mu by'ukuri bumva bamara icyo gihe cy'iminsi 15, iki ni icyemezo kigomba kwihutirwa.'

    CP Kabera yavuze kandi ko abantu bakwiye kubanza bagatekereza ku ngendo bateganya gukora niba koko ziri ngombwa cyangwa hari ubundi buryo bashobora gukora bagafasha mu kubahiriza amabwiriza yashyizweho.

    Ab’inkwakuzi bamaze gufata imodoka berekeza mu bice bitandukanye by’igihugu

    Abantu benshi bazindukiye muri gare ya Nyabugogo bashaka gufashwa kujya mu ntara

    Abicaye bategereje imodoka basabwe guhana intera

    Abinjira muri gare bari gusabwa kubanza gukaraba amazi meza n’isabune

    Hari abafite za matola bameze nk’abimutse bavugaga ko bazagaruka i Kigali icyorezo cyamaze kurandurwa burundu

    Inzego zishinzwe umutekano zazindukiye muri gare ya Nyabugogo gufasha abajya mu Ntara

    Mu modoka abagenzi bari bambaye neza agapfukamunwa n’amazuru

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba, yavuze ko abaturage bose bari gufashwa gutaha kuri uyu munsi wa mbere gusa

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba, aha yabwiraga abantu guhana intera

    Urubyiruko rw’abakorerabushake muri gare ya Nyabugogo rurahari ngo rufashe abagiye gufata imodoka kubahiriza amabwiriza y’ubwirinzi

    Uyu yagaragaye nk’ufite umunaniro, aha yari yasinziriye

    Mu gitondo cya kare, abantu bari bataragera muri gare ku bwinshi

    Abantu bari benshi cyane mu masaha ya saa yine

    Abantu benshi bari bitwaje imizigo yabo

    Abari muri gare bose bari bambaye agapfukamunwa

    Polisi yavuze ko iri bufashe buri wese gutaha

    Abantu bari bahagaze ku murongo bategereje imodoka

    Abantu bari bugezwe mu ntara zose z’igihugu

    Bamwe mu bantu bari bananiwe kubera gutegereza igihe kinini

    Ibigo bisanzwe bitwara abantu byari bifunze imiryango

    Polisi yari mu kazi ifasha abantu gutaha amahoro

    Polisi yari yabukereye

    Aha abantu bari bahamagawe ngo bajye mu modoka

    Abantu bihuta bajya mu modoka

    Imodoka za Ritco ziri mu zatwaye abantu

    Abantu bari bicaye mu mirongo bari bagenewe

    Abantu bari bategereje imodoka igihe kinini

    Abantu bari bicaye mu mirongo bari bagenewe

    Imodoka zimaze kuza, abantu bari bafite akanyamuneza

    Imodoka za Volcano na zo zatwaye abagenzi

    Abantu bari benshi muri gare

    Abantu bari bahagaze mu mirongo

    Amafoto: Niyonzima Moise


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uko-byari-byifashe-nyabugogo-ku-munsi-wa-mbere-wa-guma-mu-rugo-muri-kigali

  • Abagabo barashinjwa gucura abana babo amashereka bonka abagore babo #rwanda #RwOT

    Mu Ntara za Iringa na Shinyanga mu Majyepfo y'Iburengerazuba mu gihugu cya Tanzania, abagabo baravugwaho kwiharira amashereka agenewe abana babo, bonka abagore babo mu rwego rwo kwivura isindwe (hangover).

    Ibigo bya leta bifite aho bihuriye n'imirire myiza zatunze agatoki bamwe mu bagabo ko bonka amabere y'abagore babo, bigatuma abana babo bahura n'ikibazo cyo kugwingira nk'uko BBC Swahili dukesha aya makuru ibitangaza.

    Umunyamakuru wa BBC, Hamphrey Mgonja yageze mu Ntara ya Iringa, asanga imvugo nzugusha iraca ibintu. Iyi ni imvugo imenyerewe mu tubari twaho.

    Umwe mu bo yahasanze ntiyashatse kwivuga amazina, ati 'Nta kibazo kirimo, iyo mbwiye umugore wanjye ko nshaka gahunda runaka [amashereka], umwana ashobora gutegereza cyangwa akaba ari we ubanza cyangwa akaba ari njye ubanza, we agategereza.'

    Ibi abaganga bavuga ko ari uguhohotera umwana ku bijyanye no kubona indyo yuzuye. Dr. David Nicholas yabwiye BBC Swahili ko 'Imyumvire y'aba bagabo ntaho ihuriye n'ubuhanga. Ni ugutwara abana ibyo kurya byakabaye bibafasha gukura neza.'

    Biravugwa mu gihe 70% by'abatuye Iringa banywa inzoga zisindisha by'umwihariko inzoga gakondo. Ibi ngo biri mu muco wabo.

    Iyi nkuru ivuga ko aba bagabo bonka abagore ngo bahangane n'umunaniro baba batewe n'inzoga gakondo baba banyoye, ingingo igira uruhare runini mu igwingira ry'abana baba bagikeneye amashereka.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/19/abagabo-barashinjwa-gucura-abana-babo-amashereka-bonka-abagore-babo/

  • Umukobwa w'Umutaliyani wakundanaga na Eric Omindi yashyize hanze amabanga yabo yose yo mu buriri. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umutaliyanikazi wakundanaga n'umunyarwenya Eric Omondi yavuze ko uyu musore yajyaga atera akabariro yisetsa ndetse ko atamuhaga ibyishimo bisesuye yifuzaga.

    Uyu mukobwa witwa Chantal Juliet wakundanye na Eric Omondi imyaka igera kuri itanu,yahishuye ko bamaze gutandukana ndetse afite umusore w'umutaliyani barikumwe mu munyenga w'urukundo.

    Chantal Juliet wakundanye na Eric Omondi

    Chantal Juliet mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru Nairobiwires cyandikirwa muri Kenya, yabajijwe ibibazo byinshi bijyanye n'ubuzima bwe bamubaza no kurukundo rwe na Eric Omondi aho yanze kugira byinshi abivugaho ariko ahamyako ubu afite urukundo rutari urwa Eric.

    Bamubajije icyatumye batandukana uyu mukobwa yavuzeko abakundana batabura ibyo bapfa gusa ngo kuri we hari ibyo yananiwe kwihanganira ari na byo byatumye atandukana n'uyu munyarwenya burundu.
    Chantal yahamije ko mubyo atabashije kwihanganira ubwo yari kumwe na Eric ari uburyo atamuhaga umunezero yifuzaga ubwo babaga bari mu buriri.

    At'Eric ibintu byose abifata nk'urwenya niyo twabaga turi mugikorwa cy'abakundana wabonaga yabigize urwenya.'Eric ntabwo ibyishimo byanjye yigeze abigeza aho nashakaga'

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-wumutaliyani-wakundanaga-na-eric-omindi-yashyize-hanze-amabanga-yabo-yose-yo-mu-buriri/

  • Lionel Messi arashinjwa gukubita umukinnyi wa Athletic Bilbao|Bishobora kumukoraho. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'ikipe ya Barcelona, Lionel Messi arashinjwa gukubita ukuboko umukinnyi Asier Villalibre wa Athletic Bilbao aho bivugwa ko ashobora guhagarikwa imikino 12 yose.

    Mu mukino wa nyuma wa Super Cup wamaze iminota 120,FC Barcelona yatsinzwe na Athletic Bilbao ibitego 3-2 ku cyumweru, ariko ikiri kugarukwaho cyane n'ikarita itukura ya mbere Lionel Messi yahawe mu myaka myinshi amaze muri FC Barcelona.

    Iyi karita Lionel Messi yayihawe mu gace ka kabiri k'iminota 30 y'inyongera ubwo yakubitaga Asier Villalibre wa Athletic Bilbao washakaga kumubangamira amubuza gutambuka biramurakaza cyane.

    Umusifuzi yitabaje VAR ahita afata icyemezo cyo gusohora hanze Lionel Messi bituma ahabwa ikarita ya mbere mu myaka myiza amaze muri Barca.

    Ku rundi ruhande,ikipe ya Athletic Bilbao yegukanye Super Cup kuko byarangiye itsinze Barcelona ibitego 3-2.

    Ibinyamakuru byo muri Espagne byatangaje ko iri kosa Messi yakoze riri kwigwaho ku buryo ashobora guhagarikwa imikino myinshi ishobora no kugera kuri 12.

    Ibi binyamakuru byasabye uyu mukinnyi gusaba imbabazi kuko ngo ikosa yakoze rikomeye ndetse rishobora kumushyira mu kaga.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/lionel-messi-arashinjwa-gukubita-umukinnyi-wa-athletic-bilbaobishobora-kumukoraho/

  • RwandAir igiye gutangiza ingendo zijya muri Centrafrique – #rwanda #RwOT

    Hashize igihe u Rwanda na Centrafrique bifitanye umubano ukomeye aho ruri gufasha iki gihugu kimaze igihe mu ntambara kugarura amahoro. Kuva mu 2014, Ingabo z'u Rwanda ziri mu butumwa bw'amahoro muri Centrafrique ndetse tariki ya 20 Ukuboza 2020 rwoherejeyo abandi basirikare bo mu mutwe wihariye bishingiye ku masezerano yasinywe hagati y'impande zombi mu 2019.

    Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo, yabwiye IGIHE ko itariki ingendo zizatangiriraho itaramenyekana kuko hakiri ibikiri kunozwa. RwandAir izajya igera muri Centrafrique inyuze i Douala muri Cameroon.

    Ati 'Turi kubikoraho mu gihe ibintu byose byagenda neza, tuzatangira mu kwezi gutaha. Ni ingendo ebyiri mu cyumweru. Nta tariki tuzatangiriraho turamenya kuko bigendana no kubona ibyangombwa byose, turacyabikoraho.'

    Ubusanzwe kuva mu Rwanda ujya i Bangui, ni urugendo rugoye kuko byasabaga kunyura mu bihugu byinshi. Urugero nk'umuntu wateze indege ya RwandAir, yashoboraga guhaguruka i Kigali, indege ikanyura i Kampala aho imara nibura nk'iminota 30, nyuma ikagera muri Kenya.

    Iyo igeze muri Kenya, afata nka Kenya Airways imuvana i Nairobi ikagera mu Mujyi wa Bangui ku Kibuga cy'Indege cya M'poko. Ubaze ni urugendo rushobora kumara amasaha 14 rugatwara hafi amadolari 1000.

    Umwe mu bantu bo muri Centrafrique waganiriye na IGIHE yavuze ko izi ngendo zizabafasha kubona uko bakora ubuhahirane n'ibindi bihugu kuko ubusanzwe byari ibintu bigoye.

    Hari amakuru IGIHE yabonye ko urugendo rwa mbere rwa RwandAir rujya i Bangui ruzakorwa mu cyumweru cya mbere cya Gashyantare uyu mwaka nubwo bitigeze byemezwa n'iyi sosiyete.

    Mu 2019 nibwo u Rwanda na Centrafrique byasinyanye amasezerano y'imikoranire mu ngeri eshatu zirimo umutekano, ubukungu ndetse n'ibijyanye n'amabuye y'agaciro. Niho imikoranire na RwandAir ishingiye.

    Ubusanzwe Centrafrique ni igihugu kinini giherereye hagati muri Afurika nk'uko izina ryacyo ribivuga. Gikubye u Rwanda inshuro zirenga 23 mu bunini, gifite abaturage bake bangana na miliyoni 4.7, munsi ya kimwe cya kabiri cy'abatuye u Rwanda. Ururimi kavukire rwabo rwitwa 'Sango'. Ni igihugu gikoresha Igifaransa kubera ko cyakolonijwe n'u Bufaransa.

    Nubwo Centrafrique idakora ku nyanja, ifite umutungo kamere urimo peteroli, amabuye y'agaciro nka uranium, zahabu ndetse na diamant, amazi magari akurwamo ingufu z'amashanyarazi, amabuye y'agaciro yitwa 'cobalt' yifashishwa mu gukora ibikoresho bitandukanye n'ibindi.

    Ni isoko rikomeye ku banyarwanda bakora ibikorwa by'ubucuruzi kuko muri iki gihugu ibintu hafi ya byose bitumizwa mu mahanga.

    Umujyi wa Doula RwandAir igiye kujya inyuramo igiye i Bangui, yatangiye kuwukoreramo ingendo muri Mata 2014.

    Uhagaze ku musozi wa Gbazabangui, uba witegeye Umurwa Mukuru wose

    Bangui ni umujyi w’ubucuruzi ushobora kungukira abanyarwanda binyuze mu ngendo za RwandAir


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwandair-igiye-gutangiza-ingendo-zijya-muri-centrafrique