Category: Uncategorized

  • Floyd Mayweather agiye gusura ababyeyi b'umukobwa Bakundana [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Ikinyamakuru The Sun gitangaza ko ababyeyi b'uyu mukobwa witwa Anna Monroe babwiye Floyd Mayweather ko bifuza kumubona cyane ko bitaye ku mubano wabo bombi.

    Uyu mukinnyi warangije umwuga we wo gutera amakofe adatsinzwe,yiyemeje kujya kwiyereka ababyeyi b'uyu mukobwa nyuma yo kuganira nabo.

    Uwahaye amakuru The Sun ati 'Floyd akunda bya nyabyo Anna.Akunda Ubwongereza kandi niyemererwa kongera gutembera azishimira kuza gusura ababyeyi be n'abavandimwe be.

    Arashaka ko aba babyeyi bamenya Floyd Mayweather wa nyawe,ko atandukanye nuko bamwe bamuzi.

    Floyd w'imyaka 43 yakunze uyu Anna w'imyaka 29 ukora akazi ko kubyina yabyaye utwenda tw'imbere mu kabyiniro ke yise 'Las Vegas club Girl Collection.'

    Aba bombi basohokanye ku bunani ndetse ngo bahamagaye umuryango w'uyu mukobwa kuri Facetime bababwira ko bari mu rukundo.

    Anna yigeze gushyira hanze amafoto ari kumwe na Floyd ahitwa Acropolis muri Athens, Greece.

    Aba kandi bakomeje kuzengurukana isi kuko banifotoje bari kumwe I Paris, Abu Dhabi, muri Iceland ahitwa Santorini na Amsterdam mu Buholandi.




    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/floyd-mayweather-agiye-gusura-ababyeyi-b-umukobwa-bakundana-amafoto

  • Perezida Kagame yakiriye umushoramari Eric Duval #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yakiriye Eric Duval baganira ku mishinga y
    Perezida Kagame yakiriye Eric Duval baganira ku mishinga y’ishoramari

    Duval n’itsinda bari kumwe bagiranye ibiganiro na Perezida Kagame bijyanye n’imishinga y’ishoramari icyo kigo cya Groupe Duval gikomeje gukorera mu Rwanda, icyo kigo kikaba ahanini kizobereye mu bikorwa remezo by’umwihariko inyubako.

    Goupe Duval biciye mu ishami ryayo rya Duval Great Lakes Ltd, iherutse gutangaza ko igiye kubaka inyubako nini z’ubucuruzi zizatwara amamiliyari menshi nubwo batatangaje ingano yayo.

    Izo nyubako ngo zizubakwa ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, aho Minisiteri y’Ubutabera yahoze ikorera, hafi ya Kigali Convention Center, nk’uko umuyobozi w’iryo shami, Vicky Murabukirwa, yabitangarije The New Times muri Kamena 2020.

    Murabukirwa yavuze ko inyubako zose ziri hamwe n’iyari Minisiteri y’Ubutabera, zizasenywa hakubakwa izigezweho za Groupe Duval, zizaba zirimo izo gucururizamo, hoteli, ibyumba by’inama, ibyumba bya Sinema, utubare, ibibuga by’imikino n’ibindi, ku buryo abazajya baza muri Kigali Convention Center ngo bazajya babona ahandi hafi basohokera bakahabona ibindi bintu bitandukanye byabashimisha.

    Inyubako zose icyo kigo kizubaka ngo zizubakwa mu buryo bwo bw’ikoranabuhanga harengerwa ibidukikije, mu rwego rwo gushyigikira Leta y’u Rwanda, muri gahunda yihaye ya 2050 yo kugabanya imyuka ihumnaya ikirere, ndetse zigakuriza amabwiriza y’imyubakire yashyizweho n’Ikigo cy’igihugu cy’imiturire (RHA).

    Byari biteganyijwe ko izo nyubako zizajya ku buso bwa metero kare 26,000 zitangira kubakwa mu mpera za 2020, ariko ntibyakunze.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriye-umushoramari-eric-duval

  • Guverinoma yahawe ububasha bwo gusubika amatora y’inzego z’ibanze kubera COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri iryo tegeko Inteko Rusange ya Sena ikaba yasabye ko abayobozi b’inzego z’ibanze bazakomeza kuyobora kugeza igihe inzitizi y’amatora (COVID-19) izaba itagihari.

    Nubwo Umujyi wa Kigali uri muri gahunda ya Guma mu Rugo, iki cyemezo cyatumye intego rusange ya Sena iterana tariki ya 26 Mutarama 2021 kugira ngo ifate uyu mwanzuro.

    Perezida wa Sena Dr. Iyamuremye Augustin yagaragaje ko biteganywa n’amategeko, ko Inteko Rusange ishobora gutumizwa mu gihembwe kidasanzwe.

    Dr. Iyamuremye agaragaza ko kuba Umujyi wa Kigali uri muri Guma mu Rugo, bitabujije inteko rusange guterana kuko itegeko ryasuzumwe riri mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19, mu gihe rireba amatora y’inzego z’ibanze yagombaga kuba.

    Umushinga w’itegeko ryasuzumwe watanzwe na Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo iwemeze, ndetse usabirwa ubwihutirwe.

    Prof. Shyaka Anastase, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 gikomeje kugaraza ubukana, biragaragara ko amatora y’inzego z’ibanze atategurwa kandi itegeko risanzwe ridateganya icyakorwa mu gihe ubuyobozi n’inshingano by’izo nzego bitagomba guhagarara.

    Ubusanzwe ingingo zavuguruwe ziteganya ko iyo manda y’abatowe mu nzego z’ibanze irangiye hari inzitizi ntarengwa ituma amatora adashobora gukorwa, umuntu uri muri uwo mwanya akomeza gukora inshingano ze kugeza igihe inzitizi ntarengwa zitagihari.

    Icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda gikomeje kongera ubukana dore ko habarurwa abarwayi 4453, nk’uko imibare yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima tariki ya 25 Mutarama ibigaragaza, abanduye icyo cyorezo kandi bakaba bagaragara mu gihugu hose.

    Umujyi wa Kigali habonetse abarwayi 137, Gicumbi 64, Kirehe 21, Gatsibo 18, Rulindo 17, Gisagara 12, Nyanza 8, Kamonyi 8, Ngoma 7, Rwamagana 7. Nyagatare 7, Rubavu 7, Karongi 6, Huye 5, Gakenke 4, Nyamagabe 3, Musanze3, Nyamasheke 1 Naho Rusizi 1.

    Kwiyongera kw’abarwayi ntibyakorohera ibikorwa by’amatora biteganya ko ukwezi kwa Gashyantare na Werurwe 2021 ari igihe cy’amatora y’inzego zibanze kandi ingamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19 asaba abaturage kwirinda kwegerana, ndetse mu gukumira iki cyorezo uduce tumwe tw’u Rwanda tukaba turi muri guma mu rugo.

    Nubwo nta gihe ntarengwa gishyirwaho kugira ngo icyorezo cya Covid-19 kibe cyarangiye mu Rwanda, u Rwanda ruteganya gutangira kwikira inkingo mu mezi abiri ari imbere kandi hakaba hari ikizere ko ubukana bw’icyorezo bwagabanuka ibikorwa bimwe byahagaze bikaba byakongera gusubukurwa.

    Manda y’abayobozi b’uturere yari iteganyijwe kurangira tariki ya 28 Ukuboza 2020, ariko kubera icyorezo cya Covid-19 bagumye mu kazi ndetse, umushinga w’itegeko ryasuzumwe n’inteko rusange ya Sena ikaba ibemerera kuguma ku kazi kugeza inzitizi z’amatora zivuyeho.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/guverinoma-yahawe-ububasha-bwo-gusubika-amatora-y-inzego-z-ibanze-kubera-covid-19

  • Abanyarwanda barashishikarizwa gukoresha imodoka z’amashanyarazi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    REMA ikangurira abantu n
    REMA ikangurira abantu n’ibigo bitandukanye gukoresha imodoka z’amashanyarazi kuko zidahumanya ikirere

    Iyo modoka ya mbere yageze mu Rwanda yaguzwe n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), ni nacyo kiyakiriye bwa mbere mu Rwanda ikaba izagifasha kuzuza inshingano zacyo zo kubungabunga ibidukikije, ikaba yazanye n’icyuma kizajya kiyishyiramo umuriro, cyashyizwe ku biro bya REMA ku Kacyiru.

    Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryatanzwe na REMA, hagaragaramo ko iyo modoka ari iyo mu bwoko bwa Mitsubishi Outlander Plug-In Hybrid Electric Vehicle (PHEV) ikaba ifite moteri ikoresha amashanyarazi n’indi ikoresha amavuta asanzwe, ariko habaho n’ubwoko bukoresha amashanyarazi gusa.

    Moteri yayo ikoresha amashanyarazi ishobora kugenda uburebure bwa km 54 itarashyirwamo undi muriro, gusharija bateri yayo bitwara umuriro wa kw9.8 mu gihe cy’iminota 30 imara ngo ibe yuzuye.

    REMA ivuga ko kugura iyo modoka bigamije kwerekana ibyiza by’ikoranabuhanga rigabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, no gukangurira ibigo bya leta, iby’abikorera n’abantu ku giti cyabo gukoresha imodoka z’amashanyarazi.

    U Rwanda ruhagaze rute mu kohereza ibyuka bihumanya ikirere?

    Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe na REMA mu 2018 ku bitera ihumana ry’umwuka mu Rwanda, yagaragaje ko imyuka isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu bihumanya umwuka mu mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi.

    Umuyobozi Mukuru wa REMA Juliet Kabera avuga ko gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi mu kazi ka buri munsi, ari kimwe muri gahunda z’igihe kirekire REMA ifite mu gushyigikira gahunda ya Leta yo guteza imbere ubukungu bubungabunga ibidukikije.

    Agira ati “Ibinyabiziga bikoresha lisansi na mazutu bigira uruhare mu mihindagurikire y’ibihe kandi bikanduza umwuka duhumeka. Imodoka zikoresha amashanyarazi ni kimwe mu bisubizo kuri iki kibazo. REMA irimo gukoresha iryo koranabuhanga mu rwego rwo kugabanya ihumana ry’umwuka no gushyira mu bikorwa gahunda yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere”.

    Ikigo mpuzamahanga cyita ku ngufu (IEA) kigaragaza ko ubwikorezi bw’abantu n’ibintu bufite uruhare rwa 24% y’imyuka yose ya Carbon Dioxide (CO2) yoherezwa mu kirere iturutse ku itwikwa rya lisansi na mazutu.

    Imodoka zikoresha amavuta zigira uruhare mu guhumanya ikirere

    Ubushakashatsi bugaragaza ko imodoka nto, amakamyo, za bisi ndetse n’ibinyabiziga bigendera ku mapine abiri cyangwa atatu byihariye 3/4 by’imyuka ihumanya yoherezwa mu kirere, kandi bikaza ku isonga mu bitera imihindagurikire y’ibihe no guhumanya umwuka by’umwihariko mu mijyi.

    Imodoka zikoresha mazutu na lisansi zisohora imyuka ihumanya ikirere
    Imodoka zikoresha mazutu na lisansi zisohora imyuka ihumanya ikirere

    Ubushakashatsi bugaragaza ko hejuru ya 90% by’abatuye isi bahumeka umwuka uhumanye, kandi abakabakaba miliyoni zirindwi bapfa buri mwaka bazize indwara zituruka ku guhumeka umwuka uhumanye.

    U Rwanda rufite intego y’igihe kirekire yo kuba igihugu kizaba kitohereza imyuka ihumanya ikirere nk’uko bigaragara mu cyerekezo 2050, u Rwanda kandi rwiyemeje ko kugeza mu mwaka wa 2030 ruzaba rwagabanyije ku gipimo cya 38% imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere.

    Imodoka zikoresha amashanyarazi zikaba zitezweho kugabanya 9% by’iyo myuka nk’uko bigaragara muri gahunda y’igihugu yo kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere (Nationally Determined Contributions (NDCs).

    Ni muri urwo rwego REMA ishishikariza inzego za Leta, iz’abikorera n’abantu ku giti cyabo gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi mu rwego rwo gushyigikira urugamba rwo kurwanya ihumana ry’ikirere.

    Icyo kigo cyanatangiye ubukangurambaga ku makompanyi acuruza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi kugira ngo bikwirakwize ibyuma bishyira amashanyarazi mu binyabiziga hirya no hino mu gihugu, bityo n’abatuye hanze y’umujyi wa Kigali bibone muri iryo koranabuhanga.

    Turacyakurikirana iyi nkuru ngo tumenye uko ibiciro byazo bizaba bihagaze, inganda zizazigeza mu Rwanda, iziteganyijwe kuza vuba aha, ndetse n’aho ubukangurambaga bugeze bwitabirwa.


    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/abanyarwanda-barashishikarizwa-gukoresha-imodoka-z-amashanyarazi

  • Sudani y’Epfo yafashe icyemezo cyo guhindura isaha bagenderagaho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni ukuvuga ko niba uyu munsi muri Sudani y’Epfo bafite saa sita z’amanywa (12h00), guhera tariki ya 01 Gashyantare 2021, bazaba bakiri saa tanu zuzuye (11h00), bivuze ko ku isaha mpuzamahanga (GMT), bazasubira inyuma ho isaha imwe.

    Mbere y’uko Sudani y’Epfo yiyomora kuya Ruguru, isaha yayo yari imbere ho amasaha 3 (GMT+3), kimwe n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba nka Kenya, Uganda na Tanzania. Kuva ku itariki ya 01Gashyantare 2021, isaha muri Sudani y’ Epfo izaba ihura neza n’isaha yo mu Rwanda n’u Burundi.

    Bamwe mu baturage bo muri iki gihugu, batangarije BBC ko guhindura amasaha, bizabicira zimwe muri gahunda bari basanzwe bamenyereye, ariko abandi biganjemo abanyeshuri, bakaba babyishimiye, kuko ngo bizatuma babona igihe gihagije cyo kwitegura, bakagera ku ishuri badakererewe, kuko ku gihe gisanzwe, bazaba bongereweho isaha yose.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/sudani-y-epfo-yafashe-icyemezo-cyo-guhindura-isaha-bagenderagaho

  • AMAFOTO Y’UMUNSI : Abapolisi bagobotse indembe yagendaga muri Kigali itabonekamo moto #rwanda #RwOT

    Mu gihe Umujyi wa Kigali uri muri gahunda ya Guma mu rugo, abaturage bacye basaba impushya kubera impamvu zumvikana bararuhabwa ariko kubona uburyo bwo kugenda ntibyoroshye, kuko nta moto yemerewe gutwara abagenzi ndetse nta n’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

    Umusore wagenderaga ku mbago azamuka ku Muhima yerekeza mu mujyi wa Kigali rwagati, bigaragara ko yashakaga kugera kwa muganga ariko adafite ubundi buryo yabigenza, yagobotswe n’abapolisi bamuciyeho bakamugirira impuhwe, bakamushyira mu modoka yabo y’akazi bakamugeza kwa muganga.

    Aya mafoto arashimangira uburyo abatabasha kubona imodoka zabo bwite cyangwa badafite ubushobozi bwo gutega imodoka nto zikora Taxi (Taxi Voiture) batoroherwa n’ingendo igihe bagize impamvu yumvikana ituma bagenda, kuko n’ubwo hari imodoka zashyizweho zifasha abarwayi atari buri wese zitwara. Aya mafoto kandi yongeye gushimangira uburyo Polisi y’u Rwanda iha agaciro abaturage ikanagaragaza ibikorwa by’ubumuntu muri rubanda.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/AMAFOTO-Y-UMUNSI-Abapolisi-bagobotse-indembe-yagendaga-muri-Kigali-itabonekamo-moto

  • Ruhango: Batekesha amazi yo mu kidendezi kimaze gupfiramo abantu babiri – #rwanda #RwOT

    Abaturage bafite icyo kibazo ni abo mu Mudugudu wa Gako mu Kagari ka Buhoro, bityo bagasaba ubuyobozi kubegereza amazi meza nk'igisubizo kirambye.

    Babwiye TV1 ko icyo kidendezi kirekamo ayo mazi ari icyacukuwemo itaka ryakoreshwaga ubwo hubakwaga imihanda ya kaburimbo mu Mujyi wa Ruhango.

    Umwe ati 'Iyo dukeneye amazi yo kunywa bidusaba gukora urugendo tukajya mu Murenge wa Byimana mu Kagari ka Ntenyo ahazwi nko mu Rukiriza niho dukura amazi meza. Tunywa amazi ashoka mu mugende aba yavuye muri kiriya cyuzi kuko iyo cyuzuye amazi amanuka kandi hapfiramo abantu.'

    Abo baturage bakomeza bavuga ko kuba bavoma ayo mazi mabi ari ukubura uko bagira kuko nta handi ho kuvoma bafite hafi yabo.

    Ati 'Koperative yacukuye ikirombe kinini yanga kugisiba ku buryo iyo imvura iguye amazi aza akuzuramo agahita amanuka akaba ariyo tuvoma. Ubwo urumva tunywa amazi mabi tugatekesha amazi mabi.'

    Icyo bose bahurizaho ni ugusaba ubuyobozi kubegereza amazi meza bakareka kuvoma ayo mu kidendezi kuko yatangiye kubatera indwara.

    Ati 'Turasaba Leta kugira ngo idufashe tubone amazi meza. Ingaruka bitugiraho ni uko abana barwara amibe natwe tukarwara inzoka, ugasanga abantu ntabwo bameze neza.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yabwiye IGIHE ko kuri icyo kidendezi bashyizeho icyapa gisaba abantu kwirinda kukijyamo no kuhegera kandi ko umuntu wapfiriyemo by'impanuka ari umwe naho undi akaba yariyahuyemo abishaka.

    Yavuze ko kuba abaturage bavoma amazi aturuka muri icyo kidendezi ubuyobozi busanzwe bubizi, ariko icyo batazi neza ni ukuba bayavoma bagiye kuyanywa cyangwa kuyatekesha.

    Ati 'Niba bayavoma bajya kuyatekesha cyangwa kuyakoresha indi mirimo ntabwo tubizi, ariko bayavomye bajya kuyakoresha indi mirimo nko kubumba amatafari byaba ari ibisanzwe.'

    Habarurema yakomeje avuga ko kuba kariya gace katagira amazi meza ari ikibazo kizwi n'ubuyobozi ariko hari kubakwa umuyoboro w'amazi ku buryo mu gihe kitarenze ukwezi kumwe bazaba begerejwe amazi meza.

    Ati 'Turimo turahubaka umuyoboro hafi yaho cyane, aho abaturage bazafatiraho haba mu Kagari ka Tambwe haba mu Kagari ka Buhoro (aho icyo kidendezi kiri); mu gihe gito abaturage barabona amazi nko mu gihe cy'ukwezi uwo muyoboro uraba utangiye gukora.'

    Yasabye abaturage kwitwararika muri iki gihe bakirinda kwegera icyo kidendezi nk'uko bashobora kwirinda izindi mpanuka.

    Ati 'Twashyizeho itangazo rwose risomeka ryanditse mu Kinyarwanda turabasaba ngo baryiteho, nk'uko umuntu yaca ku mugezi uwo ari wo wose cyangwa ku bindi bikorwa bishobora kumutera impanuka akabyirinda, turabasaba kuhitondera nti bajye bahegera.'

    Yavuze ko bateganya gusiba icyo kidendezi ku bufatanye n'abantu basanzwe bakuramo ibikoresho by'ubwubatsi, asaba abaturage guharanira kurinda ubuzima bwabo icyabwangiza cyose, abibutsa ko amazi y'imvura atemba hasi cyangwa andi mazi mabi ashobora gukoreshwa indi mirimo nko kubaka no kuhira ariko atari ayo gutekesha cyangwa kunyobwa.

    Imibare itangwa n'ubuyobozi bw'Akarere ka Ruhango yerekana ko abaturage bamaze kwegerezwa amazi meza bari kuri 65%.

    Hari abaturage bo mu Karere ka Ruhango babangamiwe no kuvoma amazi mabi yo mu kidendezi kimaze gupfiramo abantu babiri

    Aya mazi aba yanduye cyane ku buryo ashobora gutera ibibazo abayatekesha bakanayanywa

    Iki kidendezi kirekamo amazi ni icyacukuwemo itaka ryakoreshwaga ubwo hubakwaga imihanda ya kaburimbo mu Mujyi wa Ruhango

    Muri iki kidendezi hamaze gupfiramo abantu babiri


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-babangamiwe-no-gutekesha-amazi-yo-mu-kidendezi-kimaze-gupfiramo-abantu

  • Ari ku isonga mu mupira w’amaguru ku Isi, men… – #rwanda #RwOT

    Uyu mukinnyi w’igikundiro ufite amateka akomeye ku Isi, yaranzwe n’ubuzima bushaririye bwatumye aba uwo ariwe magingo aya nubwo ahora ababazwa no kuba yarahiriwe n’ubuzima Se umubyara atakibarizwa ku Isi y’abazima, gusa yishimira ko isezerano yamuhaye yarigize impamba imufasha gucuma iminsi.

    Ubuzima Cristiano yabayemo ndetse akuriramo, bwamuhaye imyitwarire itandukanye n”iyabandi amaze kwamamara ndetse no kugira ubutunzi buhambaye.

    Tariki ya 05 Gashyantare 1985, i Madeira nibwo Jose Dinis Aveiro wakoraga akazi gasanzwe nyuma waje kuba umusirikare w’igihugu na Maria Dolores dos Santos Aveiro bibarutse umwana w’umuhungu, bamwita ‘Cristiano Ronaldo Aveiro dos Santos’.

    Uyu mwana w’umuhungu wavukiye mu gace ka Funchal mu kirwa cya Madeira mu muryango utari wifashije, yarerewe mu gace ka Santo Antonio nako gaherereye mu kirwa cya Madeira muri Portugal.

    Se umubyara Dinis Aveiro, yakoraga mu busitani ndetse rimwe na rimwe agatwaza imyenda amakipe y’abato agiye mu myitozo gusa yakundaga agasembuye cyane, mu gihe nyina Dolores Aveiro yakoraga akazi ko guteka.

    Cristiano yakuriye mu muryango mugari, urimo abavandimwe be barimo mukuru we Hugo, bashiki be babiri bakuru, Katia na Elma ndetse na nyirakuru yakundaga wakomokaga mu birwa bya Cape Vert, Isabel da Piedade.

    Cristiano yatangiye umwuga wo gukina ruhago mu 1992, atangirira mu gakipe kitwa Andorinha aho yamaze imyaka 3 mbere yo kwerekeza muri C.D National yavuye yerekeza mu ikipe yo mu cyiciro cya mbere yitwa Sporting Clube de Portugal, icyo gihe akaba yari afite imyaka 11 gusa, aho yamaze imyaka itandatu mbere y'uko atangira gusinya amasezerano ye ya mbere mu 2002.

    Mu mpera z'umwaka wa 2003, Cristiano yabengutswe n’umutoza Sir Alex Ferguson watozaga Manchester United, birangira ayerekejemo aguzwe miliyoni 15 z'amayero, akigeramo yafashije iyi kipe kwegukana igikombe cya FA ndetse ahita ahamagarwa bwa mbere mu ikipe ye y'igihugu ya Portugal yiteguraga imikino y’igikombe cya Euro 2004.

    Hamwe n'ikipe ye ya Manchester United yegukanye igikombe cy'amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w'u Burayi (UEFA Champions Ligue) cya 2007-2008, irushanwa ryarangiye yigaragaje ku rwego rutangaje cyane ndetse ahita anegukana umupira wa zahabu (Ballon d'Or 2008) nk'umukinnyi witwaye neza kurusha abandi ku nshuro ya mbere, nyuma yo gusoza ku mwanya wa kabiri mu 2007, akongera akagaruka mu 2009, 2011 na 2012 akurikiye Lionel Messi.

    Mu mwaka wa 2009, yabaye umukinnyi wa mbere waguzwe amafaranga menshi mu mateka ubwo yerekezaga mu ikipe ya Real Madrid atanzweho akayabo ka 94.000.000 z'ama Euros. Cristiano Ronaldo niwe winjizaga agatubutse, kuko yabonaga arenga miliyari (1.000.000.000 Euros) ku mwaka.

    Mu myaka 9 yamaze i Santiago Bernabeu, Cristiano yahasize amateka n’uduhigo bizagorana kudukuraho, kuko yegukanye ibikombe bya UEFA Champions League 4, ibikombe by’Isi 3 na La Liga 2, anegukana imipira ya zahabu (Ballon d’Or) 4.

    Niwe rutahizamu w’ibihe byose watsindiye ibitego byinshi Real Madrid mu mateka, 450 mu mikino 438 yakinnye mu marushanwa atandukanye.

    Uyu mukinnyi uri mu bafite amafaranga menshi ku Isi, mu 2018 yerekeje mu Butaliyani muri Juventus, aguzwe Miliyoni 100 z’ama-Euros.

    Mu myaka irenga ibiri amaze i Turin, yakiniye iyi kipe imikino 110, amaze kuyitsindira ibitego 85, akaba amaze kuyifasha gutwara ibikombe bibiri bya shampiyona ya Serie A ndetse na Supercoppa Italiana ebyiri.

    Mu ikipe y'igihugu ya Portugal, Cristiano yatangiye kuyikinira mu mwaka wa 2003, kugeza ubu amaze kuyikinira imikino 164, amaze gutsinda ibitego 99.

    Cristiano aherutse guhembwa nk’umukinnyi w’ikinyejana, wigaragaje kurusha abandi.

    Ubu Cristiano niwe mukinnyi wa mbere ku Isi ufite ibitego byinshi mu mateka ya ruhago kuko yujuje ibitego 760.

    Cristiano w’imyaka 35 y’amavuko, afite abana bane barimo batatu yabyaranye n’umukunzi we babana Georgina Rodriguez, barimo Eva, Matteo na Alana Martina ndetse na Cristiano Jr.

    Bimwe mu byihariye ku buzima bwa Cristiano Ronaldo:

    1. Yiswe Ronaldo kubera Perezida wa Amerika Ronald Regan

    Izina Ronaldo ni izina rimenyerewe mu mupira w' amaguru ariko iry'uyu mu Portugal we ririhariye kuko yiswe iri zina bitewe n'uko ise wa Cristiano Ronaldo yakundaga cyane uwari Perezida wa Amerika Ronald Regan byatumye afata izina Ronald yongeraho inyuguti ya 'o' kugira ngo rihinduke izina ry'igiportigal 'Ronaldo.' Ubundi amazina ye nyakuri ni Cristiano Ronaldo Dos Santos Aveiro.

    2. Nta tatuwaje(Tattoos) wamubonaho ku mubiri cyangwa se yamujya ku mubiri

    Abantu benshi bazwi ku Isi (stars), ndetse n'urubyiruko muri iyi minsi usanga bakunda kwishushanyaho, niyo ugiye mu mupira w'amaguru usanga abenshi barishyishijeho tattoo, gusa uyu mukinnyi we siko bimeze kuko nta n'imwe wamubonaho. Impamvu ni uko ngo umuntu washyizeho tatuwaje amaraso ye aba yanduye ku buryo atatanga amaraso kandi we ayatanga amaraso kabiri mu mwaka.

    3. Cristiano Ronaldo ntashobora gukoresha ibiyobyabwenge

    Nyuma y'uko se umubyara, Jose Dinis Aveiro, yitabye Imana muri 2005 ku myaka 52 ahanini azize ingaruka z'ibiyobyabwenge byinshi yakoresheje, Cristiano wari ufite imyaka 20, yahise azinukwa ibiyobyabwenge n'ibisanabyo.

    4. Yavuye mu ishuri afite imyaka 14, azira gukubita umwalimu

    Ku myaka 14 y'amavuko, Cristiano Ronaldo yavuye mu ishuri, hari nyuma y'uko yari ajugunye intebe ku mwarimu wamwigishaga avuga ko yamusuzuguye, byamuviriyemo kwirukanwa mu ishuri, nyina afata umwanzuro w'uko atazongera kwiga ukundi ahubwo ko imbaraga ze n'umtima we agomba kubishyira ku mupira w'amaguru, ibintu byaje no kumuhira akaba ari uwo ariwe uyu munsi.

    5. Nyina yashatse gukuramo inda igihe yari atwite Cristiano.

    Ni kenshi umubyeyi cyangwa umukowa atwita bitewe n'igihe arimo akumva yakuramo inda, ndetse benshi baranabikora, ibi nibyo byabaye kuri Maria Dolores dos Santos Aveiro ari we mama wa Cristiano. Yagerageje gukuramo inda yari kuzabyara Cristiano izina ririmo gutigisa Isi, ahanini yari abitewe n'ibibazo, gusa ntibyaye Imana yakinze akaboko.

    Kuba nyina yaragerageje kumuvutsa ubuzima, Cristiano yatangarije itangazamakuru ko nta kibazo na kimwe afitanye na nyina kerekeranye no kuba yarashatse gukuramo inda ahubwo ko yamaze kumubababrira.

    6.Yinjiza agatubutse kurusha Perezida wa Amerika

    Ronaldo ku cyumweru abona amapawundi arenga ibihumbi ibuhumbi 274 (£274,000) ni ukuvuga agera ku bihumbi 390 by'amadorari($390,000).

    N'ubwo bitemewe kuvuga umushahara w'umuperezida ku mbuga nk'izi cyane cyane mu itangazamakuru, icyo wamenya n'uko ayo Perezida w'Amerika ahembwa ari munsi y'aya.

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102646/ari-ku-isonga-mu-mupira-wamaguru-ku-isi-menya-amateka-yubuzima-bwa-cristiano-ronaldo-wahir-102646.html