Category: Uncategorized

  • Perezida Kagame yakiriye Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed uyobora itangazamakuru muri UAE – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yakiriye Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed n'itsinda ry'abamuherekeje mu biro bye Village Urugwiro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 9 Nzeri 2025.

    Ubutumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Village Urugwiro bugaragaza ko 'ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye mu by'itangazamakuru hagati y'u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, bashimangira uruhare rw'Itangazamakuru mu guteza imbere umubano w'impande zombi no kuwongerera imbaraga.'

    Urwego rushinzwe Itangazamakuru (National Media Office) ruyobowe na Sheikh Abdulla bin Mohammed bin Butti Al Hamed rwashyizwe ku rwego rwa Minisiteri kuva muri Mutarama 2024.

    Rushinzwe iterambere ry'itangazamakuru, guhugura abarikoramo, no guharanira ko amakuru arebana n'igihugu cyabo avugwa ku rwego mpuzamahanga aba ahuye n'uko kibyemera.

    Guverinoma y'u Rwanda n'iya UAE bisanzwe bifitanye umubano mwiza, washimangiwe n'ubufatanye bumaze igihe mu guteza imbere inzego zirimo ubukungu, umutekano n'ibikorwaremezo.

    UAE imaze imyaka myinshi ku mwanya wa mbere mu bihugu u Rwanda rwoherezamo ibicuruzwa byinshi kandi by'ubwoko bunyuranye.

    Perezida Kagame n’itsinda ryavuye muri UAE baganiriye ku bufatanye mu by’itangazamakuru


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriye-sheikh-abdulla-bin-mohammed-bin-butti-al-hamed-uyobora

  • Minisitiri Arakwiye yavuze ko Afurika idakwiye kwirengera ibibazo by'imihindagurikire y'ikirere – #rwanda #RwOT

    Ibi yabivuze ku wa 9 Nzeri 2025, mu nama Nyafurika yiga ku mihindagurikire y'ikirere yabereye Addis Ababa muri Ethiopia.

    Minisitiri Arakwiye yagaragaje ko muri Afurika nibura 5% by'umusaruro mbumbe w'igihugu ugendera mu guhangana n'imihindagurikire y'ikirere kandi ugasanga icyo gihugu ntako kitagira ngo gishyireho ingamba zirinda imihindagurikire y'ikirere.

    Ati 'Mu Rwanda hashyizweho gahunda zitandukanye zo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, binyuze muri gahunda zitandukanye zirimo Green Fund, Ireme Invest, n'izindi ziteza imbere imishinga irengera ibidukikije. Ariko nk'uko mwese mubizi ibyo ntibihagije ngo bigabanye icyuho gihari.'

    Yakomeje avuga ko ibi bibazo bituma Afurika ihorana imyenda kuko ifata amafaranga menshi yo gukoresha mu guhangana n'ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere, bityo ibihugu bitanga imyuka myinshi ihumanya ikirere bikwiye gufasha Afurika.

    Ati 'Turasaba ubufasha n'imikoranire ifatika yo kuziba icyuho cy'imari ikoreshwa mu guhangana n'imihindagurikire y'ikirere, tugafashwa mu guhangana na byo, ndetse tugafashwa mu bikorwa byo guhangana n'ingaruka zacyo biciye mu nkunga aho kuba inguzanyo kugira ngo bitongera imyenda y'Afurika.'

    Yavuze ko Afurika ari umugabane mwiza ufite ubutaka bwiza, bwera n'ikirere cyiza, ibituma haba ahantu heza ho gukorera imishinga irengera ibidukikije ndetse n'ihangana n'ihindagurika ry'ikirere.

    Ibi yabitangaje mu gihe hategerejwe inama Mpuzamahanga yiga ku bidukikije izaba mu Ugushyinga 2025 muri Brazil.

    Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Bernadette Arakwiye, yavuze ko ibihugu byangiza ikirere cyane ari nabyo bikwiye gufasha Afurika mu guhanga n’ihindagurika ry’ikirere biba byateje


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-arakwiye-yavuze-ko-afurika-idakwiye-kwirengera-ibibazo-by

  • Senateri Uwizeyimana yagaragaje ko Wazalendo ishobora kuzabyarira RDC amazi nk'ibisusa – #rwanda #RwOT

    Ibi bitanganjwe mu gihe abarwanyi ba Wazalendo kuva ku itariki ya 2 Nzeri 2025 batangiye imyigaragambyo ikomeye mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo basaba ko umusirikare wa RDC, Brig Gen Gasita Olivier Leta yahohereje ngo ayobore ibikorwa bya gisirikare, ahava.

    Wazalendo ivuga ko uwo musirikare ari Umunyarwanda w'Umunyamulenge ndetse ibyo byaje no gutuma irasana n'igisirikare cya Leta, FARDC.

    Mu kiganiro Senateri Uwizeyimana yagiranye na Mama Urwagasabo TV yavuze ko Wazalendo nk'ihuriro ry'imitwe yitwaje intwaro ryashinzwe na Leta ari yo yagombaga kuyiha amabwiriza igenderaho ku buryo kuba uyu munsi iri gukora ibyayo atari ikintu cyoroshye.

    Ati 'Niba Leta [ya RDC] yamaze kuvuga ko nta bubasha ifite kuri Wazalendo ni nko kuvuga ngo bari kuturusha imbaraga n'ibyo bazakora ntituzabibazwa. Kuba Wazalendo ishaka no kwirukana Ingabo z'u Burundi ziri ku mupaka ntabwo byaba bitandukanye no kuhirukana FARDC kuko izo ngabo z'u Burundi zaratumiwe ziza gufata Leta ya Congo.'

    Yavuze ko ikibazo cya Wazalendo na FARDC kitoroheye RDC ku mwanzuro ishobora kugifatira kuko ari nko guhitamo hagati y'ibibi bibiri.

    Ati 'Leta ya RDC irasa n'ifite ihurizo ry'inkota y'amugi abiri ishobora kugutema kuri buri ruhande. Icya mbere ni uko nifata umwanzuro wo gukura Brig Gen Gasita hariya iraba igaragaje ko hari abantu b'ibirara bitwa Wazalendo bayiha amabwiriza kandi bayirusha imbaraga […].'

    'Wazalendo baraza kwigira abantu b'ibirara basa n'aho baremye Igihugu mu cyindi. Leta niyanga kuva ku izima ngo idaseba kandi yamaze kuvuga ko Wazalendo itayifiteho ububasha niba yabananiye iraza kubabana nka FDLR kandi ubundi ni bo bayishinze bagombye kuyirasa bakayambura intwaro.'

    Yongeyeho ko uko kuba Leta ya FARDC yakomeza guhangana na Wazalendo muri Uvira na byo biteje ibyago kuko ubuzima busa n'ubwahagaze muri uwo mujyi ku buryo na byo atari amahitamo akemura ikibazo ubuyobozi buhanganye na cyo.

    Senateri Uwizeyimana yavuze ko Wazalendo inshobora kwigomeka kuri RDC nk'uko mu Rwanda byagenze hashingwa umutwe w'Interahamwe ariko nyuma hamwe na hamwe zitangira kudakurikiza amabwiriza zihabwa na Leta kuko ngo guha abarwanyi nk'abo intwaro baba batamenyereye imyitwrire ya gisirikare no gukurikiza amabwiriza ari ikintu kigora.

    Yagaragaje kandi ko ibyo Wazalendo iri gukora bishora kuzavamo ibyaha by'intambara kandi ko RDC yabibazwa kuko nubwo yavuze ko itayifiteho ububasha ari yo yayitoje ikanayiha intwaro.

    Senateri Uwizeyimana abona Wazalendo izananira RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/senateri-uwizeyimana-yagaragaje-ko-wazalendo-ishobora-kuzabyarira-rdc-amazi-nk

  • Gusinyisha umunyamahanga bizajya bikorwa n’umugabo bisibe undi! FERWAFA mu ngamba nshya zikakaye #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryamaze kwemeza ko guhera umwaka utaha ikipe izajya isinyisha umukinnyi w’umunyamahanga izajya yishyura miliyoni 2 Frw zo kumwandikisha.

    Ni umwe mu manzuro wafatiwe mu nama ya Komite Nyobozi ya FERWAFA yateranye ejo hashize ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri 2025.

    Iyi nama yafatiwemo imyanzuro igera kuri 4 irebana n’iterambere ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda no gukomeza shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

    Icya mbere ni ikirebana n’umubare w’abanyamahanga aho ubusanzwe abajyaga ku rupapuro rw’umukino bari 10 noneho mu kibuga hakajyamo 6. Byahindutse ubu guhera mu mwaka w’imikino 2025-2026 abazajya bajya ku rupapuro rw’umukino ni 8, nta mubare ntarengwa wemerewe kujya mu kibuga.

    Icya kabiri ni uko guhera mu isoko ry’igura ritaha (muri Mutarama 2027), kwandikisha umukinnyi w’umunyamahanga ikipe izajya imwishyurira miliyoni 2 Frw.

    Umwaka utaha w’imikino wa 2026-27 buri kipe irasabwa kuzajya iba ifite ku rupapuro rw’umukino abakinnyi batatu b’abanyarwanda bari munsi y’imyaka 21.

    Icya nyuma ni uko ikijyanye no kugurisha amatike byahawe Rwanda Premier League. FERWAFA ikaba izakorana na Rwanda Premier League mu kugena no kwemeza uburyo inyungu zizajya zisaranganywa hagati y’impande zose bireba.

    Umubare w’abanyamahanga muri shampiyona wahindutse

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11817

  • Mugisha Gilbert asubije Amavubi ku mwanya wa 2 (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Igitego kimwe rukumbi cya Mugisha Gilbert yatsinze Zimbabwe, cyatumye Amavubi asubira ku mwanya wa 2 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

    Umukino ubanza wari wabereye i Huye amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

    Uyu mukino w’umunsi wa 8 mu itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi, wabereye muri Afurika y’Epfo kuri Orlando Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025.

    Amavubi yagiye gukina uyu mukino nyuma yo gutsindwa na Nigeria 1-0 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

    Mu gice cya mbere Amavubi yagerageje gusatira ishaka igitego igenda ibona amahirwe atandukanye ndetse biza kuyiha igitego ku munota wa 40 cyatsinzwe na Mugisha Gilbert.

    Hari ku mupira w’umuterekano watewe na Kwizera Jojea maze bawukuraho usanga Mugisha Gilbert watereye ishoti rikomeye nko muri metero 32 maze umupira uyoboka mu rushundura. Amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0.

    Mu gice cya kabiri Amavubi yagiye akora impinduka zitandukanye nka Gitego Arthur yasimbuye Biramahire Abeddy, Ngwabije Bryan Clovis na Ishimwe Anicet bajya mu mwanya wa Bizimana Djihad na Kwizera Jojea.

    Muri iki gice Zimbabwe ni yo yihariye umukino, wabonaga Amavubi yasubiye inyuma mu mikinire, ahubwo yarwanaga no kurinda igitego yatsinze. Umukino warangiye ari 1-0.

    Iyi ntsinzi yatumye Amavubi asubira ku mwanya wa 2 n’amanota 12 mu gihe ategereje ibiva mu mukino wa Benin na Lesotho n’uwa Afurika y’Epfo na Nigeria.

    Kugeza ubu Afurika y’Epfo ifite 16, Amavubi 12, Benin 11, Nigeria 10, Lesotho 6 na Zimbabwe ifite 4.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11812

  • Nyamasheke: Bagwiriwe n'urukuta rw'ahari kubakwa urugomero rw'amashanyarazi, umunani bahasiga ubuzima – #rwanda #RwOT

    Ni impanuka yabaye saa tanu z'amanywa kuri uyu wa 9 Nzeli 2025, aho urukuta rwubakwaga kuri uru rugomero rwaguye bitunguranye.

    Uru rugomero ruri kubakwa mu Mudugudu wa Rwaramba, Akagari ka Bisumo, Umurenge wa Cyato.

    Umuyobozi w'Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yabwiye IGIHE ko aya makuru bayamenye ndetse ko bari kwerekeza aho iyi mpanuka yabereye mu bikorwa by'ubutabazi no guhumuriza abaturage.

    Ni urugomero ruri kubakwa ku bufatanye bwa Leta n'abikorera (HYDRONEO-DNG Rwanda) rugeze ku gipimo cya 70%. Igihe ruzaba rwuzuye ruzatanga Mgwt 0.909 akaba ari umuriro wacanira ingo zisaga ibihumbi 15.

    Imirimo yo kurwubaka yatanze akazi ku baturage basaga 800 bikaba byarabafashije kwiteza imbere. Abari kwegerezwa ibyo bikorwa remezo bakaba basabwa kubibungabunga kuko ari ibyabo.

    Abantu 8 bapfiriye mu mpanuka y’urukuta rwagwiriye abari kubaka urugomero rwa Nyirahindwe I


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamasheke-bagwiriwe-n-urukuta-rw-ahari-kubakwa-urugomero-rw-amashanyarazi

  • Mugisha Gilbert akuye Amavubi muri Afurika y’Epfo kigabo (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Igitego kimwe rukumbi cya Mugisha Gilbert yatsinze Zimbabwe, cyatumye Amavubi asubira ku mwanya wa 3 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

    Umukino ubanza wari wabereye i Huye amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

    Uyu mukino w’umunsi wa 8 mu itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi, wabereye muri Afurika y’Epfo kuri Orlando Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025.

    Amavubi yagiye gukina uyu mukino nyuma yo gutsindwa na Nigeria 1-0 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

    Mu gice cya mbere Amavubi yagerageje gusatira ishaka igitego igenda ibona amahirwe atandukanye ndetse biza kuyiha igitego ku munota wa 40 cyatsinzwe na Mugisha Gilbert.

    Hari ku mupira w’umuterekano watewe na Kwizera Jojea maze bawukuraho usanga Mugisha Gilbert watereye ishoti rikomeye nko muri metero 32 maze umupira uyoboka mu rushundura. Amakipe yagiye kuruhuka ari 1-0.

    Mu gice cya kabiri Amavubi yagiye akora impinduka zitandukanye nka Gitego Arthur yasimbuye Biramahire Abeddy, Ngwabije Bryan Clovis na Ishimwe Anicet bajya mu mwanya wa Bizimana Djihad na Kwizera Jojea.

    Muri iki gice Zimbabwe ni yo yihariye umukino, wabonaga Amavubi yasubiye inyuma mu mikinire, ahubwo yarwanaga no kurinda igitego yatsinze. Umukino warangiye ari 1-0.

    Iyi ntsinzi yatumye Amavubi asubira ku mwanya wa 3 n’amanota 11 mu gihe ategereje ibiva mu mukino wa Afurika y’Epfo na Nigeria.

    Kugeza ubu Afurika y’Epfo ifite 16, Amavubi 12, Benin 11, Nigeria 10, Lesotho 6 na Zimbabwe ifite 4.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11815

  • Nkusi Arthur yatomagije umugore we Muthoni Fiona #rwanda #RwOT

    Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru, Nkusi Arthur yatomagije umukunzi we Muthoni Naringwa Fiona amubwira ko imyaka igisagaye ari myinshi baryohewe n’ubuzima.

    Imyaka ibaye 4, Igisonga cya 3 cya Nyampinga w’u Rwanda 2015 akaba n’umunyamakurukazi, Muthoni Naringwa Fiona akoze ubukwe na Nkusi Arthur biyemeza kubana akaramata.

    Nyuma y’imyaka 4 babana, Nkusi Arthur yagaragaje ko aryohewe n’urugo ndetse ko nta mpano nziza iruta kubana n’uwo wihebeye.

    Ati 'Impano nziza iruta izindi mu buzima ni ukubusangira n’uwo ukunda. Haracyari imyaka myinshi turi kumwe undi iruhande nanjjye nkuri iruhande.'

    Aba bombi babanye muri 2021, umwaka ushize wa 2024 nibwo bibarutse imfura yabo, ni nyuma y’imyaka itatatu bakoze ubukwe.

    Muri Kanama 2021 nibwo Nkusi Arthur wamenyekanye nka Rutura yarushinze na Miss Muthoni Fiona, mu birori byabereye ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro.

    Ubu bukwe bwabereye ku mucanga wa Rushel Kivu Lodge Hotel, ku wa 14 Kanama 2021. Bwatashywe n’abantu bake b’inshuti z’abageni bombi bitewe n’uko icyorezo cya Covid-19 kitatumaga abantu bahurira ahantu hamwe ari benshi.

    Ubu bukwe bwabaye nyuma y’aho ku wa Gatatu tariki 11 Kanama 2021, Nkusi Arthur na Miss Muthoni Fiona basezeranye imbere y’amategeko.

    Arthur Nkusi yavuze ko nta cyiza nko kubana na Muthoni Fiaona yihebeye

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11816

  • Gatebuke Claude n'Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana #rwanda #RwOT

    Mu gihe u Rwanda rukomeje urugamba rwo kubungabunga ukuri n'amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari bamwe mu bantu bigize indakemwa, bagashaka kugoreka ayo mateka ku nyungu zabo bwite. Umwe muri abo ni Gatebuke Claude, umugabo uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wiyitirira kuba umucikacumu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara ukuri k'inkomoko ye n'iry'umuryango we gusobanura ibitandukanye n'ibyo avuga.

    Uko Gatebuke Claude yigaragaza

    Gatebuke Claude, kimwe n'abandi nka Patrick Rugaba, akunze kwiyitirira kuba yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu biganiro atanga, ku mbuga nkoranyambaga no mu nyandiko zitandukanye. Icyo agamije ni uguhisha ukuri ku muryango akomokamo, kugira ngo abone urubuga rwo kunesha gahunda za Leta y'u Rwanda, kugoreka amateka ya Jenoside, no gushyigikira imigambi y'imitwe y'iterabwoba nka FDLR.

    Ukuri ku muryango wa Gatebuke Claude

    Amakuru afatika kandi yemejwe yerekana ko Gatebuke Claude atakomoka mu muryango w'Abatutsi bishwe muri Jenoside, bityo akaba atari umucikacumu, nk'uko abyiyitirira.

    Se we, Gatebuke Justin, yavukiye muri Komini Kayove, Perefegitura ya Gisenyi mu 1956, akaba ari umuhutu, nk'uko bigaragazwa n'amadosiye y'amashuri ye, irangamimerere n'akazi yakoze.

    Nyina wa Gatebuke Claude ni Ntabugi, nawe akaba Umuhutukazi, kimwe n'undi mugore wa Gatebuke Justin, Nyambuga Agnès. Bityo, nta murage n'umwe w'ubututsi cyangwa uko kwibasirwa kw'amoko byashoboraga guhererekanywa muri uwo muryango.

    Gatebuke Justin yakoraga muri ONAPO, ikigo cyari kizwiho irondabwoko rikabije, rikorerwa Abatutsi. We ubwe afatwa nk'intagondwa yitwaye nabi ku Batutsi, afatanyije n'abandi nka Nyirasafari Gaudence n'umugabo we Phocas Habimana, umwe mu bayobozi ba RTLM, radiyo y'iyamamaza ry'urwango n'iyicwa rya Jenoside.

    Ibyaha bya Se wa Gatebuke Claude

    Gatebuke Justin ari mu bantu bagize uruhare mu gutoteza no guheza Abatutsi mu kazi ka Leta. Muri ONAPO, abakozi b'Abatutsi bari baragizwe gake cyane — 7 gusa kuri 252, kandi bakoreshwaga imirimo iciriritse. Hari ibimenyetso by'uko Gatebuke Justin yanagize uruhare mu kwirukana abakozi b'abagore babiri bashinjwaga gusa kuba abagabo babo bafunzwe bazira gutungwa n'inkomoko y'Abatutsi cyangwa gukekwaho kuba ibyitso bya FPR.

    Impamvu Gatebuke Claude abeshya

    Kwiyitirira kuba umucikacumu si igikorwa gishingiye ku kwibeshya, ahubwo ni gahunda mbisha. Dore impamvu ebyiri z'ingenzi zituma Gatebuke Claude abeshya:

    Gushaka kugirirwa impuhwe n'abanyamahanga, cyane cyane Abanyamerika, kugira ngo bamufate nk'umuhamya w'ukuri ku Rwanda. Ibyo bimufasha gushaka inkunga, ubwamamare, no kuzamura izina rye mu muryango w'abarwanya ubuyobozi bw'u Rwanda.

    Kwishakira iturufu yo gupfobya Jenoside, nk'uko bamwe mu bana b'abajenosideri babyitwaza, bagashaka kwerekana ko Jenoside ari 'urugomo rusanzwe' rutavangura amoko, cyangwa bakayigereranya n'andi makimbirane, bityo bakayobya abantu batayizi cyangwa batigeze bayibonera.

    Umwanzuro: Ukuri kuganze Kwiyitirira kuba umucikacumu wa Jenoside yakorewe Abatutsi ni igikorwa cy'ubugome n'ubushinyaguzi gikwiye kwamaganwa. Gatebuke Claude ntacyo yigeze atakaza muri Jenoside, ahubwo akomoka ku muryango wabayigizemo uruhare cyangwa wayishyigikiye. Ibikorwa bye byo kwiyoberanya bigamije gutoneka abarokotse nyabo no gukomeza itekinika ry'amateka.

    Nk'uko umwanditsi Pierre Vidal-Naquet yabivuze ku bahakana Jenoside yakorewe Abayahudi, kubeshya ku mateka ya Jenoside ni icyaha cy'ubugome, cyane iyo bikorwa n'abazikomokaho bashaka kwiyoberanya cyangwa kubaka ubwamamare ku bw'amarira y'abandi.

    Twamagane ibinyoma, dushyigikire ukuri. Twubahe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, tunarinde amateka yayo.

     

     

     

    The post Gatebuke Claude n'Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/gatebuke-claude-nibinyoma-ku-mateka-ya-jenoside-yakorewe-abatutsi-agamije-kuyihakana/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=gatebuke-claude-nibinyoma-ku-mateka-ya-jenoside-yakorewe-abatutsi-agamije-kuyihakana

  • Abasirikare bo mu Karere basabwe kuba abanyamwuga mu kurinda abasivili – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo mu Ishuri rya Gisirikare rya Rwanda Peace Academy hatangirizwaga amahugurwa agamije gufasha abayobozi b'ingabo zihuriye muri EASF kwiyungura ubumenyi.

    Ni amahugurwa arebana no kuyobora urugamba aho yagenewe abasirikare bakuru basanzwe bagira uruhare mu gutoza no guhugura abandi 'The Battle Group Commanders' Training of Trainers course'.

    Yatangijwe ku wa 8 akazageza ku wa 19 Nzeri 2025. Yateguwe ku bufatanye na Rwanda Peace Academy, ubunyamabanga bwa EASF na African Peace and Security Architecture (APSA).

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yavuze ko ubumenyi abo bayobozi b'ingabo bazahabwa, buzabafasha kuzuza neza inshingano zabo anabasaba kurangwa n'ubunyamwuga.

    Ati 'Ni iby'ingenzi guha agaciro inshingano zacu, mu kurinda abasivili, ndabashishikariza kwitabira aya masomo mwagutse mu myumvire kugira ngo tugere ku byo twiyemeje mu kurinda nta kubogama kubayeho ku mutekano w'abasivili.'

    Yagaragaje ko ayo mahugurwa ari n'inzira nziza yo gukomeza gushyira mu bikorwa inshingano zo kurinda no kubungabunga amahoro no guharanira iterambere ry'umugabane wa Afurika.

    Brig Gen Rwivanga yavuze ko ayo mahugurwa ajyanye n'ibiteganywa n'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ku ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye bityo nk'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba ukwiye gukomeza kuba intangarugero.

    Umuyobozi wa Rwanda Peace Academy, Col (Rtd) Jules Rutaremara, yavuze ko guhugura abasirikare bakuru biba bigamije kubungura ubumenyi, nabo bakazabuha abo bayoboye.

    Abitabiriye ayo mahugurwa bagaragaza ko bitezemo ubumenyi buzabafasha gukomeza kuzuza neza inshingano zabo zirimo kuyobora ingabo uko bikwiye nk'uko Lt Col Muganga Mbungo yabigarutseho.

    Ati 'Kuza muri aya mahugurwa, dufite icyizere cyo kuzunguka uko twakwigisha bagenzi bacu mu kuyobora za batayo no kugira ngo abo bayobozi ba za batayo bazajye bakora inshingano zabo mu buryo bwa kinyamwuga.'

    Umusirikare mu ngabo za Kenya, Lt Col Humprey Kimutai Lang'At, yagize ati 'Ndi hano muri Rwanda Peace Academy nk'umwe mu bitabiriye bahagarariye ingabo muri EASF. Ni iby'agaciro mu ku kwagura amahoro n'umutekano w'akarere duherereyemo. Aya mahugurwa azatuma twaguka kandi tunashyire hamwe, bitumen twubaka ubushuti no gusenyera umugozi umwe.'

    Ayo mahugurwa yitabiriwe n'abasirikare baturutse mu bihugu bitandukanye birimo, u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, u Rwanda na Uganda ndetse n'abari mu bunyamabanga bwa EASF.

    Abasirikare bo mu Karere basabwe kuba abanyamwuga mu kurinda abasivili

    Ayo mahugurwa yitabiriwe n’abasirikare batandukanye

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig. Gen Ronald Rwivanga, yasabye ingabo za Afurika y'Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye EASF kurangwa n'ubunyamwuga

    Hagaragajwe ko guhugura abasirikare bakuru bifasha kuko basangiza abo bayoboye ubwo bumenyi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abasirikare-bo-mu-karere-basabwe-kuba-abanyamwuga-mu-kurinda-abasivili