Category: Uncategorized

  • Urujijo ku musaza w'i Karongi wasanzwe mu mugozi yapfuye – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Kambogo, Akagari ka Nyarugenge Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi.

    Umugore wa nyakwigendera, Mukashema Claudine yavuze ko yavuye guhinga, asanga urugi rufungiye imbere, afata umwanzuro wo kurwica kuko yumvaga hasa n'aharimo umuntu.

    Yavuze ko yageze mu nzu agasanga umugabo we mugozi yapfuye, ariko ko atazi icyateye uyu musaza kwiyambura ubuzima.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Nyarugenge, Mukamana Marceline, yabwiye IGIHE ko urupfu barumenye, icyakora avuga ko bataramenya icyamuteye kwiyahura.

    Ati 'Kugeza izi saha icyamuteye kwiyahura ntabwo tukizi kuko nta makimbirane mu rugo rwe twari tuzi. Abavuga ko ashobora kuba yiyahuye kubera amadeni ntabwo aribyo kuko yari umuntu ukuze, nta deni rya banki yagiraga, nta n'umuntu uzwi yari abereyemo umwenda'.

    Gitifu Mukamana avuga ko abaturage badakwiye kwihererana ibibazo akabagira inama y'uko uwumvise afite ikibazo yajya ashaka mugenzi we akakimuganiriza, yabona nta muturage yizeye akegera ubuyobozi akabugezaho ikibazo afite bukamugira inama.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urujijo-ku-musaza-w-i-karongi-wasanzwe-mu-mugozi-yapfuye

  • Inteko Ishinga Amtegeko y'u Rwanda yamaganye umwanzuro w'iya EU uvogera ubusugire bw'igihugu yitwaje Ingabire Victoire – #rwanda #RwOT

    Bari bamaze kugezwaho raporo no gufata umwanzuro ku bikubiye mu mwanzuro umwanzuro (2025/2861(RSP)) wo ku wa 11 Nzeri 2025, w'Inteko ya EU uvuga ku Rwanda.

    Ni umwanzuro ukubiyemo ingingo zitandukanye, icyita rusange kikaba ko EU isaba u Rwanda kurekura Ingabire Victoire Umuhoza ufunzwe kuva muri Kamena 2025.

    Uyu mugore wakatiwe n'inkiko mu 2010 akaza guhaba imbabazi mu 2018 akurikiranyweho ibyaha birimo gushyiraho umutwe w'abagizi ba nabi, guteza imvururu, kugirira nabi ubutegetsi buriho n'ibindi.

    Harimo kandi gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha Leta y'u Rwanda mu bihugu by'amahanga, gutangaza amakuru y'ibihuha, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho n'icyo kwigaragambya.

    Depite Mukabunani Christine yanenze Inteko ya EU yasabye ko 'u Rwanda guhagarika guhohotera no gufunga binyuranyije n'amategeko abatavuga rumwe n'ubutegetsi n'abanyamakuru kugira ngo ubwisanzure bwo gutanga ibimenyetso bwimakazwe.'

    Ati 'Bariya bantu ntabwo bazi ko natwe tuzi kuvuga. Bumva batuvugira iyo bavuga ngo abatavuga rumwe n'u Rwanda ngo baraduhohotera? Ese twe tunaniwe kubyivugira. Ntabwo ari abavugizi bacu. Abatavuga rumwe n'ubutegetsi mu Rwanda tugize ikibazo ntabwo twavugirwa na bariya twakwivugira. Ufite ikibazo wacyivugira ntabwo wajya gusana abanyamahanga ngo bakuvugire.'

    Mukabunani kandi yavuze ko u Rwanda ruramutse rutewe 'ntabwo [Abanyaburayi] bamenya uvuga rumwe n'ubutegetsi n'utavuga rumwe na bwo, kuko twese duharanira ubusugire bw'igihugu cyacu, kukivuganira no guhashya uwo ari we wese washaka kukigirira nabi.'

    Yavuze ko amashyaka y'abatavuga rumwe na leta aharanira ko u Rwanda rutera imbere ndetse ko abanyamahanga bataboshya ngo barurwanye ngo bemere.

    Perezida w'Umutwe Uharanira Ubumwe bw'Abanyarwanda na Demokarasi, UDPR, Depite Pie Nizeyimana yavuze ko umwanzuro w'Inteko ya EU ari agasuzuguro gakomeye cyane haba ku Rwanda no ku Banyafurika muri rusange.

    Yakomeje ati 'Reka nibutse abo bagize Inteko Ishinga Amategeko y'u Burayi ndetse n'undi uwo ari we wese ko u Rwanda ari igihugu cyigenga. Ntabwo tugikolonizwa na bo bubahe ubusugire, amahitamo byacu nk'uko natwe twubaha ibyabo. Nibubahe amahitamo yacu mu kwihitiramo abayobozi n'amategeko yacu nk'uko natwe twubaha ayabo. Muri make twubahane.'

    Depite Nizeyimana Pie yamaganye Inteko ya EU isaba ko Ingabire Victoire ukurikiranwe n'ubutabera yarekurwa, avuga ko Abanyarwanda bose ari bamwe imbere y'amategeko bishyiriyeho.

    Ati 'Ndabwira Inteko ya EU ko yaba njye, minisitiri cyangwa generai yakurikiranwa n'amategeko ni na ko buri Munyarwanda wese yakurikiranwa. Sinumva impamvu bavuga ngo Ingabire Victoire akwiriye gushyiriraho umwihariko kuko ni Umunyarwanda nk'abandi.'

    Yanagarutse ku mvugo z'Inteko ya EU zigaragaza ko Ingabire Victoire ari umuyobozi w'Ishyaka rya DALFA Umurinzi ariko yibutsa ko iryo shyaka ritemewe kuko yahamijwe n'inkiko igifungo kirenze amezi atandatu, iryo shyaka rikaba ritananditswe.

    Ati 'Ibyo abazungu ntibabiyobewe ahubwo babikora bayobya uburari ku nyungu zabo cyangwa ku mukoro baba barahaye umuyobozi bita ko ari uw'umutwe wa politiki ariko utari we.'

    Yitanzeho urugero nk'umuyobozi w'umutwe wa politiki, anyomoza abavuga ko mu Rwanda nta bwisanzure bwo gutanga ibitekerezo buhari kuko 'nta muntu urampagararaho igihe ndi gutanga ibitekerezo. Icyiza ni uko dutanga ibitekerezo mu bwisanzure ariko tutabangamiye uburenganzira bwa bagenzi bacu.'

    Yunganiwe na mugenzi we Depite Tumukunde Aimée Marie Ange wamaganye yivuye inyuma umwanzuro w'Inteko ya EU, yemeza ko ari agahomamunwa, hamwe usanga ibihugu byiyita ko bifite demokarasi kurenza ibindi bihohotera cyane ibiri mu nzira y'iterambere mu buryo bweruye bibihimbira ibyaha mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

    Yavuze ko ibi bihugu bibikora nkana mu buryo bw'ubukoloni bushya byahisemo, bikabikoresha mu buryo bwo gucecekesha ibihugu bya Afurika bidashaka birimo n'u Rwanda.

    Ati 'Biterwa n'ipfunwe n'ikimwaro ibi bihugu byagize nyuma yo gutererana u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi ikaba ibihugu birebera. Bibangamirwa no gutekana n'ubumwe bw'Abanyarwanda n'izamuka ry'ubukungu bw'igihugu buri munsi bakarwana no kubikoma mu nkokora.'

    Depite Icyitegetse Venutse yavuze ko u Rwanda atari insina ngufi buri wese aba agomba gucaho ikoma uko yiboneye.

    Uyu mudepite yavuze ko umwanzuro wafashwe n'Abanyaburayi wakozwe mu mugambi wo kwanduza isura y'u Rwanda no kurwangisha abandi no gutambamira inyungu zarwo ku rwego mpuzamahanga.

    Ati 'Ibi byo kurekura Ingabire Victoire ni ibikangisho. Nk'Abanyarwanda ntabwo dutewe ubwoba na gato n'ibyo bahora badukangisha.'

    Depite Wibabara Jennifer yibukije abadepite bo muri EU ko burya butakiri ubu, agaragaza ko Ingabire Victoire afungiye ibyaha yakoze ndetse atari hejuru y'amategeko.

    Ati 'Ni agasuzuguro ku nzego zacu. Ni umuco wo kudahana bakomeje kwimika. Jenoside barayirebereye ndetse barayishyigikira. Bumva umuntu waza kuvogera atagomba kuvugwaho. Ibyo bihugu byibutswe ko burya atari buno u Rwanda ruzi guharanira uburenganzira bwabo.'

    Perezida wa Sena y'u Rwanda, Dr. Kalinda François Xavier, yitabiriye inama rusange y’Inteko Ishinga Amategeko Imitwe yombi

    Visi Perezida w'umutwe w'abadepite ushinzwe imiyoborere n'imari, Sheikh Mussa Fazil Harerimana, na we yitabiriye inama rusange

    Depite Tumukunde Aimée Marie Ange yamaganye Inteko ya EU agaragaza ko ihorana ipfunwe n’uko ibihugu bibarizwa muri uyu muryango byatereranye u Rwanda ubwo rwari mu makuba

    Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda Umutwe w'Abadepite, Kazarwa Gertrude na we yitabiriye inama rusange yasuzumaga umwanzuro w’Inteko ya EU igerutse kwibasira u Rwanda

    Abagize Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi baguriye mu nama rusange yo gufata umwanzuro ku kibazo cy'inyungu rusange cyerekeye umwanzuro w’Inteko ya EU uvuga k’u Rwanda

    Perezida wa Komisiyo ya Politike n'Imiyoborere, Senateri Usta Kaitesi Usta

    Ubwo abagize Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi bari bageze ahari hagiye kubera inama rusange yo gufata umwanzuro ku kibazo cy'inyungu rusange cyerekeye umwanzuro w’Inteko ya EU uvuga k’u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abadepite-b-u-rwanda-bihanije-aba-eu-baherutse-kuvogera-ubusugire-bw-u-rwanda

  • Abanyaburayi bahawe gasopo: Umwanzuro w'Inteko y'u Rwanda ku wa EU yashatse gutegeka ubutabera bw'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ku wa 11 Nzeri 2025, abagize Inteko ya EU bateranye kugira ngo baganire ku ifungwa rya Ingabire, banafate umwanzuro wo kuryamagana no gusaba ko ahita afungurwa. 549 bawushyigikiye, babiri barawanga, abandi 41 barifata.

    Abadepite ba EU kandi basabye ko abandi bantu bakurikiranyweho ibyaha birimo gushaka kugirira nabi ubutegetsi buriho, barimo umunyamakuru Nsengimana Théoneste na bo barekurwa n'izindi ngingo zitandukanye.

    Ku wa 15 Nzeri 2025 ni bwo Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda yateranye hagamijwe gusuzuma umwanzuro wateguwe na Komisiyo z'imitwe yombi zifite amategeko n'uburenganzira bwa muntu mu nshingano.

    Hari nyuma yo gusesengura uyu mwanzuro w'Inteko ya EU mu buryo butomoye, ibyavuyemo bikagezwa ku nteko rusange y'Inteko Ishinga Ametegeko imitwe yombi.

    Uyu mwanzuro wasomwe na Perezida wa Komisiyo ya Politike n'Imiyoborere, Senateri Dr. Usta Kaitesi wagaragaje ko Inteko ya EU yarengereye ikivanga mu mikorere y'inzego z'u Rwanda kandi kizira.

    Yagaragaje ko umwanzuro w'Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda unenga uw'Inteko ya EU, ugashimangira ko u Rwanda ari Repubulika yigenga ishingiye kuri demokarasi kandi yubahiriza amategeko.

    Wibukije ubwigenge bw'ubutegetsi bw'ubucamanza bw'u Rwanda ari na bwo bufite inshingano yo kuba umurinzi w'uburenganzira n'ubwisanzure bwa muntu kandi igasaba iyubahirizwa ry'amahame y'ubwubahane mu bufatanye bwose bw'iterambere.

    Inteko y'u Rwanda yashimangiye ko u Rwanda ari Leta yigenga ifite ubusugire na demokarasi kandi igendera ku mategeko nk'uko biteganywa n'Itegeko Nshinga n'andi mategeko.

    Senateri Dr Kaitesi yakomeje ati 'Izirikana ko u Rwanda rwemera imitwe ya politiki myinshi ku buryo iyujuje ibisabwa n'amategeko ishingwa kandi igakora mu bwisanzure.'

    Inteko y'u Rwanda yibukije ko ubucamanza bw'u Rwanda ari bwo murinzi w'uburenganzira n'ubwisanzure bwa muntu, bugakoresha ububasha bwabwo mu bwisanzure kandi bwubahirije Itegeko Nshinga n'andi mategeko n'amahame mpuzamaganga.

    Inteko y'u Rwanda yibukije ko Ingabire Victoire yahamijwe ibyaha bitandukanye nyuma agafungurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika ubu akaba afunzwe by'agateganyo kubera ibindi byaha akekwaho.

    Ingabire Victoire akurikiranyweho ibyaha birimo gushyiraho umutwe w'abagizi ba nabi, guteza imvururu, kugirira nabi ubutegetsi buriho n'ibindi.

    Mu byo akurikiranyweho harimo gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha Leta y'u Rwanda mu bihugu by'amahanga, gutangaza amakuru y'ibihuha, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho n'icyo kwigaragambya.

    Nyamara ibyo byose Inteko ya EU yabyimye amaso, Senateri Dr Kaitesi agakomeza ati '[Inteko Ishinga Amategeko] yamaganye ikomeje imyanzuro y'Inteko ya EU igaragaramo kwivanga mu mikorere y'ubucamanza, ibinyuranya n'amahame ahuriweho y'ubucamanza n'aya demokarasi.'

    Inteko y'u Rwanda yanamaganye umwanzuro n'imvugo z'Inteko za EU bishingiye ku makuru abogamye adashingiye ku mategeko, agorekwa n'abanyapolitiki b'ibihugu bifitiye urwango u Rwanda n'ubuyobozi bwarwo.

    Hagaragajwe ko ibyo bikorwa hagamijwe gutesha agaciro ubwigenge inzego z'u Rwanda zubakiye ku ihame rya demokarasi, iterambere, umwanya n'ibyubahiro mu ruhando mpuzamaganga.

    Senateri Dr Kaitesi yakomeje ati '[Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda] irasaba iyubahirizwa ry'amahame ry'ubwubahane, ubwizerane no kubazwa inshingano mu bufatanye bwose bw'iterambere, ikagaya ibangamirwa ry'ayo mahame mu mikorere y'inteko zishinga amategeko.'

    Ni umwanzuro uzashyikirizwa Inteko ya EU, Visi Perezida wa Komisiyo y'Ubumwe bw'u Burayi Ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Inama na Komisiyo n'ibihugu by'Ubumwe bw'u Burayi, Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Loni, Guverinoma y'u Rwanda.

    Umwanzuro wemejwe n'abagize Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda imitwe yombi.

    Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda, imitwe yombi yemeje umwanzuro unenga uw'Inteko Ishinga Amategeko y'Ubumwe bw'u Burayi, urimo ibijyanye no kuvogera u Rwanda

    Perezida wa Komisiyo ya Politike n'Imiyoborere, Senateri Dr. Usta Kaitesi ni we wasomye umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda unenga uw’Inteko ya EU ugaragaramo kuvogera ubusugire bw’u Rwanda

    Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi bitabiriye inama rusange yo gufata umwanzuro ku kibazo cy'inyungu rusange cyerekeye umwanzuro w'Inteko Ishinga Amategeko y'Ubumwe bw'u Burayi uvuga ku Rwanda

    Abadepite n’abasenateri b’u Rwanda banenze bagenzi babo ba EU bavogereye ubusugire bw’u Rwanda

    Senateri Uwizeyimana Evode ubwo yari akurikiye ibigize umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda unenga uw’iya EU ugaragaramo kuvogera u Rwanda nkana

    Abadepite n’Abasenateri b’u Rwanda banenze Inteko Ishinga Amategeko ya EU igamije gutera icyuhagiro Victoire Ingabire

    Depite Nizeyimana Pie yagaragaje ko Victoire Ingabire ari Umunyarwanda nk’abandi, atabona impamvu uyu mugore akwiriye guhabwa umwihariko mu kuryozwa ibyo akekwaho

    Perezida w'Inteko Ishinga Amategeko, Kazarwa Gertrude yavuze ko umwanzuro uzashyikirizwa abo bireba bose


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyaburayi-bahawe-gasopo-ibikubiye-mu-mwanzuro-w-inteko-y-u-rwanda-ku-wa-eu

  • Senateri Uwizeyimana Evode yagereranyije imyitwarire ya Wazalendo n'iya Léon Mugesera – #rwanda #RwOT

    Senateri Uwizeyimana yabwiye RBA ko imyitwarire y'abarwanyi b'ihuriro ry'imitwe yitwaje intwaro rya Wazalendo ryashinzwe na RDC iteye inkeke kuko irimo urwango yagereranyije n'urwa Dr. Léon Mugesera wahamijwe ibyaha bya Jenoside.

    Yagize ati 'Niba Wazalendo bagiye muri Uvira bakavuga ngo batanze iminsi 10 ngo Abatutsi bose babe basubiye iwabo mu Rwanda, ubwo butumwa butandukaniye he n'ubwa Léon Mugesera wavuze ngo Abatutsi ko banyuzwa inzira y'ibusamo basubira muri Abyssinia aho baje baturuka. (…). Wazalendo kandi ni abantu bashyizweho na RDC irabatoza ibaha intwaro kandi binyuranyije n'Itegeko Nshinga ryaho mu ngingo ya 190 riteganya ko Leta ari yonyine igomba kugumana ubwo bubasha.'

    Aha Senateri Uwizeyimana yageranyaga ibyo Wazalendo yatangaje n'ijambo rya Dr. Léon Mugesera wahamijwe ibyaha bya Jenoside agakatirwa gufungwa burundu yavugiye muri mitingi y'ishyaka MRND yabereye ku Kabaya mu Karere ka Ngororero mu 1992.

    Ku wa 10 Nzeri 2025 abayobozi ba Wazalendo batanze iminsi ku 10 Banyamulenge n'abandi Batutsi bo muri Teritwari ya Uvira ngo babe bahavuye basubiye iwabo mu Rwanda.

    Ayo magambo uwo mutwe watangaje ashamikiye ku mvururu zabaye kuva itariki ya 2 Nzeri 2025 aho abarwanyi bawo batangiye imyigaragambyo ikomeye mu Mujyi wa Uvira bafunga imihanda, bahagarika ibikorwa by'abaturage ndetse abagera kuri batatu bahasiga ubuzima.

    Ni umvururu zari zigamije kwereka Leta ya RDC ko Brig Gen. Gasita Olivier yahohereje ngo ahayobore ibikorwa bya gisirikare ahava kuko abwanyi b'uwo mutwe batamushaka.

    Wazalendo yavuze ko uwo musirikare ari Umunyanyamulenge w'Umututsi bityo ko agomba kuhava akajya mu Rwanda ndetse kubera icyo gitutu n'imvururu Maj. Gen. Gasita ahunga Uvira.

    Abayobozi ba Wazalendo bavuze ko kuba Gen. Gasita yaravuye muri Uvira ngo bigomba kuba intangiriro yo kuhava kw'abandi Batutsi bose.

    Ku wa 26 no ku wa 27 Kanama 2025 mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo , Ingabo za RDC zifatanyije n'umutwe w'iterabwoba wa FDLR, Wazalendo n'abandi bafatanya bagabye ibitero bikomeye ku baturage bo muri Kadasomwa muri Teritwari ya Kalehe.

    Icyo gihe AFC/M23 yatangaje ko Abanyamulenge batuye mu misozi ya Minembwe muri Teritwari ya Fizi na bo bagabweho igitero gikomeye ku wa 27 Kanama cyica benshi gikomeretsa abandi ndetse abandi bafata iy'ubuhungiro.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/senateri-uwizeyimana-evode-yagereranyije-imyitwarire-ya-wazalendo-n-iya-leon

  • Umwami w'ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa #rwanda #RwOT

    Rimwe na rimwe kugera ku ntsinzi bisaba gukora udukoryo tworoshye ngo ugere kuri iyo ntsinzi! Umunyamahirwe wacu muri FORTEBET muri iki cyumweru nibyo yakoze, kuko yaratekereje, akoresha ubwenge n'ubuhanga mu mahitamo kuri Over za 2.5, 1.5 na 0.5 bimuhesha gutsindira asaga Miliyoni y'amafaranga y'u Rwanda.

    Uyu munyamahirwe mu gukina cyangwa se kubetinga ariko kandi akoresheje ubushishozi n'ubuhanga, yirinze amarushanwa akomeye maze ahitamo English National League, EFL ndetse na armature national league yo mu majyaruguru no mu majyepfo.

    Uyu mukinnyi, mu gukina kwe yahisemo yitonze imikino 18 ku ipari ye, akora Ipari ifite ibikubo(Odds) bingana na 261.08 yashoye amafaranga y'u Rwanda ibihumbi bitanu maze atsindira 1,175,360RWF.

    Akimara gutsinda, FORTEBET yahise imwishyura amafaranga ye yose arayatahana. Intsinzi yabonye, ku ipari ya mbere yari ifite Nomero 25245624748612 mu gihe ipari ya Kabiri yari 25245624618612.

    intyoza.com

    The post Umwami w'ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa first appeared on Intyoza.

    The post Umwami w'ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/15/umwami-wibikubo-byo-ku-bitego-atahanye-1175360rwf-yashyizeho-10000-mu-isaha-imwe-gusa/

  • Abantu 8 batawe muri yombi bakekwaho gukomeretsa abageni b'i Nyamasheke – #rwanda #RwOT

    Tariki 10 Nzeri 2025, Saa Tatu z'ijoro nibwo Habumugisha Fiston w'imyaka 25 na Muhawenayo Jeannette wa 21 batezwe n'insoresore z'abajura zirabakomeretsa.

    Ibi byabaye mu gihe bwari buke umusore ajya gusaba no gukwa umugeni we bari bamaze umwaka basezeranye imbere y'amategeko.

    Izo nsoresore zarabakubise zirabakomeretsa zinabambura telefoni ebyiri, iy'umugeni n'iy'umukwe, igikapu cyarimo agatimba n'inkweto by'umugeni, imipira ibiri y'imbeho n'ibindi byari bukoreshwe, n'isakoshi yari irimo amafaranga ataramenyekana umubare.

    Ibi bikimara kuba inzego z'umutekano zifatanyije n'inzego z'ibanze zahise zitangira gushakakisha aya mabandi dore ko yari amaze iminsi ategera abaturage mu Mudugudu wa Bushenge, Akagari ka Bushenge Umurenge wa Bushenge, akabambura.

    Icyo gihe umukwe n'umugeni bahise bajya kuvurirwa mu Bitaro bya Bushenge, ubukwe burasubikwa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bushenge, Habumugisha Hyacinthe, yavuze ko ku ikubitiro hahise hafatwa abasore batatu, abafashwe bakajya bavuga abo bakorana bituma kugera ubu tariki 15 Nzeri hamaze gufatwa abagera kuri 8.

    Ati 'Bigaragara ko nubwo abambuwe bakanakubitwa bavugaga ko bahohotewe n'abagera kuri batandatu, barengaga kuko tumaze gufata 8 hari n'abandi bagishakishwa.'

    Avuga ko hashobora kuba hari n'abandi bari muri aka gatsiko k'izi nsoresore ziteza umutekano muke, cyane cyane muri Santere y'ubucuruzi ya Bushenge, hafi ya bose bakaba ari abo mu Mudugudu wa Runyinya, akagari k'Impala.

    Aba bageni bakomerekejwe n’amabandi, bituma ubukwe bwabo busubikwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abantu-8-batawe-muri-yombi-bakekwaho-gukomeretsa-abageni-b-i-nyamasheke

  • Ni intambara yo kurwana- Senateri Nyirahabimana kuri EU yasabye ko Ingabire Victoire arekurwa – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa 15 Nzeri 2025 ubwo Inteko Rusange ya Sena yatangizaga igihembwe kidasanzwe kugira ngo isuzume ikibazo cy'inyungu rusange kijyanye n'umwanzuro (2025/2861(RSP) wo ku wa 11 Nzeri 2025, w'Inteko Ishinga Amategeko y'Ubumwe bw'u Burayi uvuga ku Rwanda.

    Ni umwanzuro ujyanye n'Inteko ya EU yasabye u Rwanda kurekura Ingabire Victoire Umuhoza ufunzwe kuva muri Kamena 2025.

    Abagize Inteko ya EU bateranye kugira ngo baganire ku ifungwa rya Ingabire, banafate umwanzuro wo kuryamagana no gusaba ko ahita afungurwa. 549 barawushyigikiye, babiri barawanga, abandi 41 barifata.

    Abadepite ba EU kandi basabye ko abandi bantu bakurikiranyweho ibyaha birimo gushaka kugirira nabi ubutegetsi buriho, barimo umunyamakuru Nsengimana Théoneste na bo barekurwa.

    Senateri Nyirahabimana yavuze ko ubusabe bw'Inteko ya EU, bugaragara nko kwivanga mu miyoborere y'u Rwanda kandi ari igihugu gifite ubwingenge n'ubusugire budakwiriye kuvogerwa.

    Yagaragaje ko uwo mwanzuro ukubiyemo ibitekerezo biyobya ukanibasira ubuyobozi bw'u Rwanda hagamijwe kugaragaza ko mu Rwanda nta bwisanzure buhari bwo gukora politiki no gukora itangazamakuru n'ibindi.

    Yagaragaje ko ari umwanzuro ugamije kwangiza isura y'u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga kugira ngo utambamire inyungu z'u Rwanda n'iz'Abanyarwanda mu mibanire, ubufatanye n'ubutwererane n'amahanga.

    Ati 'Dukwiriye gusesengura uyu mwanzuro mu buryo bwimbitse tukareba igikwiriye gukorwa kuko tutakwihanganira igitambamira inyungu z'Abanyarwanda.'

    Yavuze ko nubwo ubufatanye hagati y'Inteko zishinga Amategeko bukwiriye ku mpande zombi kuko ari ngombwa, ariko abo mu Nteko ya EU bafashe icyemezo nkana bitari uko batari bazi ko u Rwanda rukora kandi rukora neza.

    Senateri Nyirahabimana yavuze ko 'ari inyandiko ishingiye ku rwango n'ibitekerezo bya mpatsibihugu. Ni ba bandi barakazwa n'uko umuntu yakoze neza. Ubufatanye hagati y'inteko nibubeho ariko ntabwo byabuza abantu nk'aba n'ubundi kuzagarura undi mwanzuro.'

    Yakomeje ati 'Abantu batinyuka bakinjirira igihugu gifite ubwigenge n'ubusugire, bakanajyamo imbere bakinjirira ubucamanza kandi ari urwego rwigenga. Ni ya myitwarire ya mpatsibihugu. Ni intambara yo kurwana ariko bitavuze ko ubufatanye hagati y'inteko tutakomeza kubuteza imbere.'

    Senateri Nyirasafari Espérance we yavuze ko ibyakozwe n'Inteko ya EU nta we byatangaza, kuko Abanyaburayi bakunze kuvogera ubusugire bw'igihugu bakinjira mu mikorere y'urwego rw'ubutabera, agaragaza ko bidakwiriye kwihanganirwa.

    Ati 'U Rwanda ni igihugu cyigenga gifite inzego zikora mu bwigenge bwacyo ariko zikanubariza amasezerano mpuzamahanga cyane cyane ajyanye n'uburenganzira bwa muntu.'

    Kuri Senateri Nyirasafari ntabwo uwo ari we wese akwiriye kwihisha mu mutaka w'ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo ngo akore ibyaha ngo u Rwanda rubireberere.

    Senateri Rugira Amandin we yavuze ko Inteko Ishinga Ametegeko ya EU imaze kugira akamenyero ibikorwa byo gushyira u Rwanda ku rwego rwo guhora rwisobanura.

    Biteganjijwe ko Komisiyo z'imitwe yombi zifite amategeko n'uburenganzira bwa muntu mu nshingano, zisesengura uyu mwanzuro w'Inteko ya EU mu buryo butomoye, ibyavuyemo bikagezwa ku nteko rusange y'Inteko Ishinga Ametegeko imitwe yombi.

    Inteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe wa Sena yasuzumye umwanzuro w’Inteko ya EU iherutse gusaba ko Victoire Ingabire ukurikiranwe n’ubutabera afungurwa

    Inteko Rusange ya Sena y’u Rwanda yari igamije gusuzuma umwanzuro w’Inteko ya EU ureba u Rwanda yayobowe na Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier (hagati)


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-intambara-tugomba-kurwana-senateri-nyirahabimana-kuri-eu-yasabye-ko-ingabire

  • Mama Sava aryohewe n’urukundo #rwanda #RwOT

    Umunyana Analyssa uzwi nka Mama Sava, yagaragaje ko ari mu munyenga w’urukundo.

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Mama Sava yatomagije umusore bamaranye iminsi bari mu rukundo, ashimagira urwo amukunda.

    Ati 'Wavukiye gutuma umutima wanjye ukunda. Njye ntabwo ngukunda, nkunda n’urukundo ngukunda.'

    Agaragaje ko ari mu rukundo rushya nyuma y’uko muri 2023 yemeje ko yatandukanye na Nshuti Alphonse uzwi nka Alpha. Hari nyuma hafi y’imyaka 5 atandukanye n’umugabo we bari barakoze ubukwe.

    Mama Sava ari mu rukundo

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11867

  • Menya amazina abiri yahawe Yemi Alade akihitiramo Gicanda #rwanda #RwOT

    Umuhanzi ufite izina rikomeye muri Afurika ukomoka muri Nigeria uheruka mu Rwanda Kwita Izina abana b’Ingagi, Yemi Alade yavuye mu Rwanda yiyise Gicanda.

    Mu kiganiro cyatambukijwe kuri Shene ya Visit Rwanda, yavuze ko mu gihe amaze mu Rwanda yasanze hari ibyo Afurika yose yakwigira ku Rwanda.

    Bwa mbere abwira Mama we ko agiye kuza mu Rwanda Kwita Izina byaramutunguye amubaza umuntu umujyanyeho kuko ari igikorwa gikomeye ndetse binafitanye isano n’uburyo bwo kubunga bunga ibidukikije.

    Yavuze ko ari umuhango yari yitabiriye bwa mbere ariko byamushimishije ndetse yanasanze amazina yose y’Ikinyarwanda aba afite ubusobanuro nk’uko Kundwa yise umwana w’Ingagi bisobanura gukundwa.

    Ati 'Ese watekereza kwita umwana w’imbwa yawe cyangwa umwana izina ryatoranyijwe ribafitiye agaciro? Ijana ku ijana amazina menshi numvise hano mu Rwanda afite ubusobanuro, kandi ni kimwe n’ibyo natwe dukora muri Nigeria. Hari ibihugu umuntu ashobora guhabwa izina iryo ari ryo ryose, nta busobanuro. Ariko mu Rwanda usanga amazina menshi afite icyo asobanuye.”

    Aha ni na ho yahise asaba amazina abiri yakwitwa y’Ikinyarwanda, ati 'Ni byo rwose. None se kuki mutampa amazina y’u Rwanda nibura abiri? Kuko jye nta zina ryo mu Rwanda mfite. Kuki banyirengagiza? Ngiye kubigira impamo.'

    Yahawe izina rya Nshuti risobanura ubucuti ndetse anabwirwa irya Gicanda wabaye Umwamikazi w’u Rwanda. Nta kuzuyaza ahitamo irya Gicanda.

    Yahisemo iri zina ry’Umwamikazi Gicanda, wabaye umwamikazi w’u Rwanda kuva mu 1928 – 20 Mata 1994 aho yari umugore w’Umwami Mutara III Rudahigwa.

    Yemi Alade yiyise Gicanda

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11863

  • Nsabimana Aimable muri Rayon Sports yarahombye cyangwa yarungutse? #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée yafashe umwanzuro wo kujya ahemba Nsabimana Aimable adakina, ni mu gihe batumvikanye uburyo bwo gusesa amasezerano.

    Rayon Sports na Nsabimana Aimable bagiranye ibibazo guhera mu mpera z’umwaka w’imikino ushize.

    Ibi bibazo bishingiye ku mafaranga yishyuza iyi kipe yaba recruitment ndetse n’imishahara.

    Kugenda ahagarika imyitozo akamera nk’uwivumbuye ndetse bakanamushinja kugumura abandi byagiye bituma umubano wa bo uba mubi.

    Ibi byarakururutse kugera no mu myiteguro ya shampiyona ya 2025-26.

    Gusa yaje gufata umwanzuro wo gusubukura imyitozo ngo atazafatwa nk’uwataye akazi ariko Twagirayezu Thaddée yari yaramaze kumubwira ko atamukeneye.

    Nsabimana Aimable na we yifuzaga gusesa amasezerano ariko ntibumvikane kuko Nsabimana yifuzaga ko yahabwa ibyo ikipe imugomba, miliyoni 6 Frw z’imishahara y’amezi 6 yo gusesa amasezerano nk’uko amasezerano abivuga ndetse na miliyoni 5 Frw zo yasigawemo ubwo yongeraga amasezerano. Yose hamwe akaba miliyoni 11 Frw.

    Ibi nibyo Twagirayezu Thaddée atakozwaga aho yavuze ko uyu myugariro usigaje umwaka umwe w’amasezerano azajya amuhemba adakina.

    Yavuze ko nashaka azajya amuhemba ku mafaranga ye ariko atazakinira Rayon Sports muri uyu mwaka w’imikino aho nta na ‘license’ yigeze asabirwa.

    Nsabimana Aimable ntazakinira Rayon Sports uyu mwaka w’imikino

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11864