Category: Uncategorized

  • EU igiye guha abahinzi bo mu Rwanda inkunga ya miliyari 44 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni ibyagarutsweho ku wa 30 Nzeri 2025, mu Nama y'Ihuriro ry'Abahinzi bo muri Afurika y'Uburasirazuba (EAFF), yabereye I Kigali.

    Ni inama yitabiriwe n'abahinzi baturuka mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika y'Iburasirazuba (EAC) n'abafatanyabikorwa batandukanye, mu kwiga ku kwihaza mu biribwa no gukora ubuhinzi bw'igihe kirekire.

    Iyi nkunga ya miliyari 44 Frw yiyongera ku zindi miliyari zirenga 127 Frw yari yatanzwe na EU binyuze mu Kigega Mpuzamahanga Giteza Imbere Ubuhinzi (IFAD).

    Umuyobozi Wungirije w'Ishami rishinzwe Politiki y'Imari mu Ishami ry'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu Rwanda, Elise Hadman, yashimye umuhate w'ihuriro EAFF mu myaka 20 rimaze agaragaza ko ryagize uruhare mu guteza imbere abahinzi bato no kugaragaza ibyifuzo byabo.

    Elise yavuze ko EU ku bufatanye na Banki ya Kigali (BK), bamaze gutanga inkunga irenga miliyari 170 Frw ku mashyirahamwe y'abahinzi bo mu Rwanda binyuze muri gahunda yiswe 'Global Gateway Strategy'.

    Ati 'Ubu amashyirahamwe y'abahinzi n'abatunganya umusaruro amaze kubona amafaranga arenga miliyoni 75 z'ama-Euro (angana na miliyari 127 Frw) yatanzwe na EU ku bufatanye na BK binyuze mu kigega IFAD. Uyu munsi, twishimiye kongera kwemeza ko tugiye gutanga indi nkunga ya miliyoni 26 z'ama-Euro (miliyari 44 Frw) yose hamwe akaba amaze kurenga miliyari 170 Frw.'

    Yongeraho ko EU izakomeza gutera inkunga no gushyigikira ibikorwa byo guteza imbere ubuhinzi kuri uyu mugabane mu rwego rwo kwihaza mu biribwa.

    Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, yavuze ko iyi nkunga izafasha abahinzi, abatunganya umusaruro n'ibigo by'ubuhinzi kubona amafaranga yo kwagura ibikorwa no guhangana n'ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere.

    Ati 'Mu kwizihiza iyi myaka 20 EAFF imaze, turebe imbere mu guteza imbere ubuhinzi bw'igihe kirekire, kandi bwinjiriza Akarere kose. Iyo tubonye inkunga, tugomba kuyikoresha mu kongera umusaruro, si mu bikorwa byo kwishimisha. Ibi ni byo bizadufasha kugabanya icyuho cyo gutumiza ibiribwa hanze ya Afurika.'

    Biteganyijwe ko inkunga yose y'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu buhinzi bw'u Rwanda izagera kuri miliyoni 500 z'ama-Euro hagati ya 2020 na 2030.

    Elise Hadman, yashimye umuhate w'ihuriro EAFF mu myaka 20 rimaze agaragaza ko ryagize uruhare mu guteza imbere abahinzi bato

    Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, yavuze ko iyi nkunga izafasha abahinzi, abatunganya umusaruro n'ibigo by'ubuhinzi kwagura ibikorwa byabo

    Abayobozi batandukanye beretswe bimwe mu bitunganywa mu musaruro w’ubuhinzi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/eu-igiye-gutanga-miliyari-44-frw-ku-bahinzi-bo-mu-rwanda

  • Ruhango: Hari kubakwa ikigo giteza imbere ubuhinzi n'ubworozi kizatwara arenga miliyari 2 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni ikigo kizaba gishamikiye ku Ishuri Ryisumbuye Ryigisha Ubuhinzi n'Ubworozi rya Kinazi (ESK TSS).

    Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko iki kigo kizubakwa mu ntego yo kwagura icyari gihari kigahabwa ibindi byangombwa birimo amabagiro ane ya kijyambere, inganda zitunganya amata, ibyuzi umunani byororerwamo amafi, hakazashyirwa kandi imirimashuri izajya ikorerwamo ubuhinzi buteye imbere ya hegitari zisaga ebyiri.

    Meya Habarurema yakomeje avuga ko bitazarangirira aho kuko abanyeshuri n'abarimu babo bazajya basohoka mu kigo bakajya kwigisha abahinzi baturiye ikigo bo mu gice cy'Amayaga mu Mirenge imwe yo mu turere twa Ruhango, Kamonyi na Nyanza.

    Anavuga ko muri iki kigo bazajya bakenera umusaruro wo gutunganya kandi ugomba kuva mu baturage.

    Ati ''Ni umushinga munini dufatanyamo na Leta ya Luxembourg, ibizajya biva mu bworozi haba mu mafi, ingurube, ihene, intama, inka se n'ibizivamo nk'amata, byose bizajya bitunganywa noneho bigurishwe mu Rwanda no mu mahanga i Burayi.'

    Yakomeje abwira abaturage kumva neza ko icyo kigo kije ari umufatanyabikorwa uzabaherekeza mu iterambere ry'ubuhinzi n'ubworozi, kibagurira umusaruro wabo ndetse kinabongerera ubumenyi, bityo ko bakwiye kuzacyakirana yombi ibikorwa byacyo.

    Umuyobozi wa ESK TSS, Oreste Musengamana, yavuze ko hari n'ibindi bikorwa bazajya bakora byongera umusaruro w'ubuhinzi birimo ifumbire yo kwifashisha mu buhinzi, batunganye imbuto zo gutera byose mu nyungu zo kuzamura ubumenyi bw'abanyeshuri no no kuzamura umusaruro w'abahinzi bazajya bafatanya mu bushakashatsi no gukorana.

    Kugeza ubu imirimo yo kongera inyubako n'ibindi bizakenerwa muri iki kigo igeze kuri 30%, ikazasozwa itwaye asaga miliyari 2 Frw. Ikigo nk'iki kandi kizubakwa mu Karere ka Musanze, ku buryo bizaba ari bibiri gusa mu Rwanda.

    Inzu izashyirwamo imashini zizajya zitunganya umusaruro iri kubakwa, aho muri ‘pavement’ yayo bari gushyiramo ibyuma ngo ikomere zitazajya zitigisa inzu ikiyasa

    Muri ESK TSS, hari hasanzwe ibikorwa byo gutubura no kubungabunga imbuto gakondo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-hari-kubakwa-ikigo-giteza-imbere-ubuhinzi-n-ubworozi-kizatwara-arenga

  • APR FC ndayubaha, gusa ibyo yakoze si byo – Umutoza wa Pyramids FC #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Pyramids FC, Krunoslav Jurčić yifatiye ku gahanga APR FC bitewe n’ikibuga n’amasaha yashyizeho umukino.

    Harabura amasaha make atageze kuri 4 APR FC igacakirana na Pyramids FC mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League.

    APR FC ikaba igiye gukina na Pyramids FC umukino wa 5 mu myaka 3 iheruka, muri izo nshuro zose nta mukino n’umwe irabasha gutsinda iyi kipe yo mu Misiri kimwe n’uko na yo itarabasha gutsindira mu Rwanda.

    Umutoza wa Pyramids FC agaruka kuri uyu mukino, yavuze ko APR FC ari ikipe we yubaha ku giti cye.

    Ati “nuhaba iyi kipe cyane kuko ifitemo abakinnyi beza, kuri iyi nshuro tuzakinira kuri iki kibuga, saa munani biradusaba kwitonda birushijeho.”

    Yakomeje agaragaza ko atishimiye na gato ikibuga bazakiniraho ndetse n’isaha bazakiniraho.

    Ati “Kuki bahinduye ikibuga n’amasaha? Ndabizi uzi impamvu babikoze, gusa ibi biri ku rwego rwo hasi tugomba gutekereza iterambere ry’umupira w’Afurika, tugatekereza iterambere ry’umupira w’u Rwanda, utekereza ko bazatera imbere kubera gukinira hano saa munani?”

    “Oya tugomba kureba ishusho ngari kandi ntabwo uyibonera ku mukino umwe ko wawutsinze ndetekereza ishusho y’umupira w’u Rwanda bisaba kurebera mu ishusho yagutse, ako si akazi kanjye mumbabarire, wenda dushobora gukinira mu muhanda kubera impamvu zimwe na zimwe.”

    Yakomeje avuva ko mu minsi ishize yarebye APR FC muri CECAFA Kagame Cup gusa atavuga ko iri ku rwego rwo hejuru cyangwa urwo hasi, gusa ngo bo bari ku rwego rwo hejuru.

    Umukino ubanza urabera kuri Kigali Pelé Stadium uyu munsi saa 14h00′ ni mu gihe umukino wo kwishyura uzabera mu Misiri ku Cyumweru tariki ya 5 Ukwakira 2025.

    Umutoza wa Pyramids yifatiye ku gahanga APR FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11963

  • RRA yerekanye Magendu yafashe zifite agaciro k'asaga miliyoni 18 Frw – #rwanda #RwOT

    Ibyo bicuruzwa byerekanwe kuri uyu wa 30 Nzeri 2025, kuri gasutamo ya RRA mu Cyanya cy'Inganda i Masoro giherereye mu mujyi wa kigali. Bikaba byarafashwe ku wa 28 Nzeri 2025, ku bufatanye bw'inzego z'ibanze, iz'umutekano n'abaturage.

    RRA yasobanuye ko ibyo bicuruzwa bigizwe n'ibitenge 1200, byari bipakiwe mu ikamyo hakoreshejwe amayeri yo kurenzaho sima. Abari batwaye izo magendu baratorotse bariruka, aho bakomeje gushakishwa n'inzego z'umutekano kugira ngo bakurikiranwe n'amategeko.

    Si ibyo gusa, kuko RRA yerekanye n'ibindi bicuruzwa byafashwe mu bihe bitandukanye birimo amabaro y'imyenda hafi 1500, inzoga zihenze, ibikoresho by'ikoranabuhanga, iby'ubwubatsi n'ibindi byinshi byinjiye mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

    Komiseri Wungirije ushinzwe Serivisi z'abasora n'Itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin, yatangaje ko amayeri akoreshwa azwi, aburira abijandika muri ibyo bikorwa bimunga ubukungu bw'igihugu.

    Yagize ati 'Amayeri yose akoreshwa turayazi, ni yo mpamvu tuburira abacuruzi kunyura mu nzira zemewe, naho ubundi bibe none cyangwa ejo ibicuruzwa bya magendu bizafatwa.'

    Paulin yakomeje avuga ko mu minsi isoza umwaka, hari benshi bishora mu bikorwa bya magendu, avuga ko imbaraga zongerewe mu rwego rwo kubikumira.

    Yongeyeho ati 'Turabizi ko ari igihe cyo kuzana magendu kubashaka kubikora, ni yo mpamvu twongeyemo imbaraga zibirwanya, kugira ngo abacururiza hano imbere mu gihugu banyuze mu nzira zemewe bakore bunguka, baticiwe isoko n'abinjije ibicuruzwa mu buryo butemewe.'

    Uyu muyobozi yibukije ko muri RRA, harimo urwego rushinzwe kurwanya magendu, asobanura ko magendu atari izituruka hanze gusa, ahubwo hari na magendu y'imbere mu gihugu, ndetse ari inshingano za buri wese kugira ngo amayeri mashya y'abijandika muri ibyo bikorwa amenyekane hakiri kare bahagarikwe.

    RRA yongeye kandi gusaba abaturage kwaka ifatabuguzi rya EBM, banashishikarizwa gutanga amakuru mu gihe bimwe cyangwa bahawe fagitire idahwanye n'ibicuruzwa baguze kuko ari uburenganzira bahabwa n'itegeko.

    Umucuruzi ufatanywe magendu, acibwa amande y'ibihumbi bitanu by'amadolari ndetse n'ibicuruzwa atwaye bigafatirwa, mu gihe uwanyereje umusoro ku nyongeragaciro ahanishwa kwishyura inshuro 10 zawo, yasubira akawishyura wikubye inshuro 20.

    Itegeko rivuga ko ibicuruzwa bifashwe, iyo bifite ubuziranenge bwemewe mu gihugu bitezwa cyamunara mu gihe kitarengeje amezi atatu.

    amabaro y’imyenda ya caguwa yafashwe yinjira mu gihugu mu buryo bwa magendu

    RRA yerekanye n’ibindi bicuruzwa birimo amabaro y’imyenda hafi 1500

    Komiseri wungirije ushinzwe Serivisi z'abasora n'Itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin, yatangaje ko amayeri akoreshwa azwi, aburira abijandika mu bikorwa bya magendu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rra-yerekanye-magendu-yafashe-zifite-agaciro-k-asaga-miliyoni-18-frw

  • Bwa mbere amabuye ya Wolfram aturuka mu Rwanda yageze ku isoko rya Amerika – #rwanda #RwOT

    Ni amakuru yatangajwe na Ambasade y'u Rwanda muri Amerika kuri uyu wa 30 Nzeri 2025.

    Ni amabuye yagejejwe muri Amerika na Sosiyete y'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, ikorera mu Rwanda ya Trinity Metals. Yari iyajyanye mu kigo cya Global Tungsten & Powders (GTP) gitunganya ifu y'amabuye y'agaciro avamo ibyuma bikomeye bikoreshwa mu bikoresho bitandukanye.

    Tungsten yo mu Rwanda yakiriwe n'abarimo Umuyobozi ungirije wa Ambasade y'u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Arthur Asiimwe, Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, n'abayobozi ba GTB.

    Mu itangazo Ambasade y'u Rwanda muri Amerika yakomeje iti 'Ibi bikorwa by'ako kanya byo gutwara Tungsten ivuye mu Rwanda ijyanwa muri Amerika ni ingirakamaro cyane mu bufatanye bw'impande zombi mu bijyanye n'ubucuruzi. Bigaragaza uburyo u Rwanda ari umufatanyabikorwa wizewe mu bijyanye no kohereza amabuye y'agaciro y'ingenzi.'

    Ku wa 28 Kanama 2025, ni bwo Trinity Metals icukura ikanatunganya Wolfram mu birombe bya Nyakabingo biherereye mu Karere ka Rulindo, yagiranye amasezerano y'ubucuruzi na GTP yo kohereza tungsten muri Amerika.

    Aya masezerano akimara gushyirwaho habayeho umuhango wo gupakira Wolfram ya mbere kugira ngo yoherezwe.

    Ni igikorwa cyitabiriwe na Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, Umuyobozi Mukuru wa Trinity Metals, Peter Geleta, n'Umuyobozi w'Ibirombe bya Nyakabingo, Uwiringiyimana Justin.

    Ibirombe bya Nyakabingo bicukurwamo Wolfram ipima toni 1000 ku mwaka. Ni byo bicukurwamo nyinshi muri Afurika, ndetse intego ni uko uyu musaruro wazikuba kabiri mu myaka ine iri imbere.

    Tungsten ni ibuye ritunganywamo ibyuma bikomeye bikoreshwa mu bwubatsi, mu ndege, mu bifaru, mu byogajuru, imbunda n'amasasu. Trinity Metals iyohereza mu mahanga yabanje kuyitunganya ku kigero cya 68%, inganda zindi zikayongerera agaciro kugera kuri 99,9%.

    Urwego rw'Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB) rugaragaza ko byibuze ku cyumweru u Rwanda rwohereza mu mahanga Wolfram ipima toni 24.

    Ni amabuye u Rwanda rukungahayeho kuko mu Rwanda hari umurongo ubonekamo Wolfram (Tungsten Belt), uhera i Mageragere mu Mujyi wa Kigali, ukambuka i Rulindo, ugakomeza i Gifurwe no mu Bugarama muri Burera.

    Amerika ni irindi soko Wolfram ya Nyakabingo yungutse kuko ubusanzwe yoherezwaga muri Autriche, igakundirwa umwimerere ifite, aho nko mu 2024 hoherejwe toni 1107.

    Trinity Metals yashinzwe mu 2022 ubwo hahuzwaga sosiyete ya Nyakabingo Tungsten Mine, Rutongo Tin Mine na Musha Tin and Tantalum Mine.

    Muri Werurwe 2025 Trinity yari imaze gushora miliyoni 40$ mu birombe byayo birimo icya Nyakabingo, Musha icukurwamo gasegereti, coltan na lithium (ikiri gukorwaho ubushakashatsi), na Rutongo, icukurwamo amabuye ya gasegereti.

    Ni yo sosiyete ya mbere muri Afurika yatewe inkunga n'ikigo cya Amerika gishinzwe gushyigikira ibigo by'ishoramari (DFC), hagamijwe kurengera ibidukikije no guteza imbere imiyoborere.

    Iki kigo gifite abakozi bakabakaba 700, kigakorera ubucukuzi ku buso bwa hegitari 17.294. Mu 2024 Trinity Metals Group yohereje mu mahanga amabuye angana na toni 2.226 ya Wolfram, gasegereti na coltan, mu 2029 ikaba iteganya ko izaba yohereza mu mahanga angana na toni 5.201.

    GTP ishamikiye ku kigo Plansee Group gikorera muri Leta ya Pennsylvania muri Amerika, imaze imyaka irenga 100. Ifite ubushobozi bwo gutunganya Wolfram nziza no kuyisya, ikavamo ifu n'ibyuma bikomeye byifashishwa mu gukora ibikoresho bigize indege, ibyugajuru n'ibya gisirikare.

    Wolfram itunganyirizwa mu Rwanda yageze ku isoko rya Amerika

    Muri Kanama 2025 ni bwo Tungsten yo mu Rwanda yatangiye gupakirwa ngo yoherezwa muri Amerika


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bwa-mbere-amabuye-ya-wolfram-aturuka-mu-rwanda-yageze-ku-isoko-rya-amerika

  • Burera: Polisi yatahuye umusore wari wahishe urumogi mu gifurumba cy'ibyatsi – #rwanda #RwOT

    Uyu musore yafashwe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Nzeri 2025, ahagana saa Sita z'amanywa, aho yafatiwe mu Murenge wa Gahunga, Akagari ka Rwasa mu Mudugudu wa Kabanga, ubwo yari kuri moto imuvanye mu Murenge wa Cyanika.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyaruguru, AIP Ignace Ngirabakunzi, yavuze ko uyu musore yafashwe ku bufatanye n'abaturage aho bayihaye amakuru ko babonye umusore wurira moto, afite igifurumba bakeka ko kirimo ibintu bitemewe.

    Yakomeje agira ati 'Yafashwe ku bufatanye n'abaturage aho bahamagaye Polisi bavuga ko babonye umuntu wuriye moto, ufite urwikekwe nk'aho afite ibintu bibujijwe. Ni bwo Polisi yari mu muhanda, yaje guhagarika moto, mu isaka ryakozwe, uwari uyiriho bamusangana icyo gipfunyika.'

    Yakomeje agira ati 'Turashimira uruhare rw'abaturage mu kurwanya ibikorwa bishobora kuba intandaro y'umutekano muke, aho batanga amakuru kugira ngo biburizwemo n'ababigiramo uruhare bafatwe.'

    Ukekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge n'ibyo yafatanywe kuri ubu ari kuri station ya Polisi ya Gahunga kugira ngo ashyikirizwe Urwego rw'Ubugenzacyaha.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/burera-polisi-yatahuye-umusore-wari-wahishe-urumogi-mu-gifurumba-cy-ibyatsi

  • Sena yemeje abayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano – #rwanda #RwOT

    Abo bayobozi ni Amb. Moses Rugema, wagizwe High Commissioner wa Repubulika y'u Rwanda muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Nigeriya, Tuyizere Thaddée, wagizwe Visi Perezida wa Komisiyo y'Uburenganzira bwa Muntu n'Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'lgihugu gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), Byukusenge Jimmy Christian.

    Itangazo rishyiraho abo bayobozi ryasohowe ku wa 18 Nzeri 2025.

    Bigendanye n'amategeko y'u Rwanda hari abayobozi bagenwa na Perezida wa Repubulika ariko mbere y'uko batangira inshingano bakabanza kwemezwa na Sena y'u Rwanda, ibanje gusuzuma niba ubunararibonye bafite buzabafasha gukora neza inshingano bahawe.

    Kuri uyu wa 30 Nzeri ni bwo Sena y'u Rwanda yemeje abo bayobozi batatu bagomba gutangira inshingano ku myanya bagenwemo.

    Abo bayobozi bemejwe na Sena nyuma y'uko Raporo za komisiyo zasuzumye dosiye zabo zigaragaje ko bafite ubumenyi n'ubunararibonye buzabafasha kuzuza inshingano zabo.

    Amb. Moses Rugema yakoze imirimo itandukanye aho guhera mu 2004 kugera mu 2007 yari umukozi muri Ambasade y'u Rwanda mu Bwongereza.

    Mu 2008 kugeza mu 2013 yari mu bahagarariye u Rwanda mu Muryango w'Abibumbye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari umujyanama wa Kabiri.

    Mu 2014 kugeza mu 2020 yari umujyanama wa mbere muri Ambasade y'u Rwanda mu Busuwisi mu gihe imirimo yaherukagamo yari Umuyobozi ushinzwe Protocol ya Leta mu biro bya Perezida wa Repubulika.

    Senateri Murangwa Ndangiza yavuze ko mu kiganiro bagiranye, yabagaragarije ko azashyira imbaraga mu guteza imbere umubano w'u Rwanda na Nigeria mu bijyanye n'ubuhahirane, guteza imbere ishoramari hongerwa umubare w'abashoramari ku mpande zombi ku buryo ibihugu byombi bibonamo inyungu.

    Ambasaderi Rugema kandi yavuze ko azakorana n'Urwego rw'Abikorera mu Rwanda hagamijwe kongera ibyoherezwa muri Nigeria bivuye mu Rwanda no guteza imbere umubano ushingiye ku buhanzi kuko bufite amahirwe yo kuba bwatera imbere muri cyo gihugu.

    Tuyizere Thaddée wagizwe Visi Perezida muri Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, ni umugabo wavutse mu 1957, akaba yarakoze imirimo itandukanye mu nzego z'ubuyobozi aho guhera muri Gicurasi 2024 yari umukomiseri muri iyo Komisiyo.

    Yabaye kandi umuyobozi w'Agateganyo w'Akarere ka kamonyi, aba umuyobozi wungirije w'Akarere ka Kamonyi ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, aba umukozi w'Ihuriro ry'Abafatanyabikorwa b'ako Karere ndetse yanabaye umurezi mu mashuri abanza.

    Senateri Umuhire Adrie yavuze ko ikiganiro bagiranye na we ubwo komisiyo yasuzumaga kandidatire ye, Tuyizere yagaragaje ko mu mirimo yakoze yagiye agira aho ahurira n'uburenganzira bwa muntu mu byiciro bitandukanye nk'abana, abafite ubumuga n'ibindi kandi ngo bizamufasha kuzuza inshingano nka Visi Perezida wa Komisiyo.

    Tuyizere yagaragaje ko ku bijyanye n'uburenganzira bwa muntu aho hari imiryango mpuzamahanga ikunze kugaragaza ko butubahirizwa mu Rwanda, ibyo basanzwe bakora ari ukuvuguruza ibyo amahanga akora cyangwa avuga, bagaragariza amahanga ibyo u Rwanda rukora binyuze mu kuzuza neza inshingano.

    Ku rundi ruhande, Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'lgihugu gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), Byukusenge Jimmy Christian, yijeje ko azakomeza kunoza uburyo bw'imitangire y'amasoko no gukemura ibibazo bikunze kugaragara muri uru rwego.

    Sena y'u Rwanda yemeje abayobozi bashya nyuma yo gusuzuma ubunararibonye bwabo

    Tuyizere wagizwe Visi Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu

    Byukusenge Jimmy Christian, yiyemeje gukemura ibibazo biri mu mitangire y’amasoko

    Ambasaderi Rugema yijeje guteza imbere umubano w’u Rwanda na Nigeria


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/sena-y-u-rwanda-yemeje-abayobozi-bashya

  • Ingabo z'u Rwanda n'iza Uganda zahuriye mu nama ya Gatandatu yiga ku mutekano – #rwanda #RwOT

    Iyi nama izwi nka Proximity Commanders iri kubera mu Mujyi wa Kabale muri Uganda nyuma y'uko iheruka guhuza izo nzego zombi yabereye mu Karere ka Nyagatare muri Kamena 2025.

    Umuyobozi Mukuru wa Diviziyo ya kabiri mu Ngabo za Uganda, Maj Gen Paul Muhanguzi, yahaye ikaze abahagarariye ingabo z'u Rwanda anashimangira akamaro ku bufatanye hagati ya RDF na UPDF mu kubungabunga amahoro n'umutekano.

    Yavuze ko iyo nama igamije gufasha impande zombi kungurana ubumenyi, aho abayobozi b'ingabo ku mpande zombi baganira mu buryo bwo guhuza imbaraga no kwemeranya ku gushaka ibisubizo bihuriweho ku bibazo by'umutekano ku mipaka.

    Yavuze kandi ko hakenewe kubakirwa ku musingi wamaze kubakwa, harimo gushyiraho uburyo bw'imyitozo ya girikare ihuriweho hagamijwe kubakira no kongerera abasirikare b'ibihugu byombi ubumenyi.

    Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatanu mu Ngabo z'u Rwanda akaba ari na we ukuriye abitabiriye iyo nama, Brig Gen Justus Majyambere, yagarutse ku kamaro ko kugira intego imwe ihuriweho, kuganira mu bwisanzure, gufashanya no gukomeza imikoranire.

    Yavuze ko ibi biganiro bisanzwe bigaragaza ugushimangira umubano w'impande zombi n'ubushake bwo gukomeza kubungabunga amahoro n'umutekano ku mipaka ihurirweho.

    Yagize ati 'RDF na UPDF byombi byagize uruhare rukomeye kandi ruhindura amateka mu bihugu byacu.'

    Yakomeje agira ati 'Turakomeje kuba umusingi w'amahoro, umutekano n'iterambere ry'igihugu. Ingabo zacu zagize uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho myiza y'abaturage b'ibihugu byacu no gushyigikira amahoro mu karere no ku rwego mpuzamahanga. Dushimira abakuru b'ingabo za RDF na UPDF ku bufatanye bwabo budahwema mu gushimangira ubu bumwe bugamije gukemura ibibazo byambukiranya imipaka.'

    Uretse abahagarariye ingabo kandi iyo nama yanitabiriwe n'abakozi muri za Ambasade bashinzwe ibikorwa bya Gisirikare, 'Defence Attachés'.

    Izi ntumwa kandi zagiriye uruzinduko ku cyicaro cy'akarere ka Kabale, baganirizwa ku rugendo rw'iterambere ryako mbere yo gutangira inama.

    Ingabo z'u Rwanda n'iza Uganda zahuriye mu nama ya Gatandatu yiga ku mutekano

    Hagaragajwe ko ubufatanye bw’impande zombi butanga umusaruro

    Abahagarariye ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda bari mu nama yiga ku mutekano

    Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatanu mu Ngabo z'u Rwanda akaba ari na we ukuriye abitabiriye iyo nama, Brig Gen Justus Majyambere, yagarutse ku kamaro ko kugira intego imwe ihuriweho


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ingabo-z-u-rwanda-n-iza-uganda-zahuriye-mu-nama-ya-gatandatu-yiga-ku-mutekano

  • Twagirayezu yagizwe Umuyobozi wungirije w'Ishyirahamwe Mpuzamahanga rishinzwe Isanzure – #rwanda #RwOT

    Twagirayezu yatorewe uwo mwanya mu Nama Mpuzamahanga yiga ku bijyanye n'isanzure iri kubera i Sydney muri Australia.

    IAF yashinzwe mu 1951 nk'urwego rwo gukorera ubuvugizi ibigo bishinzwe isanzure mu bihugu bitadukanye, hagamijwe guteza imbere uru rwego.

    Ni urwego kandi rugamije guhuriza hamwe ibyo bigo n'inganda, ibigo by'ubushakashatsi, kaminuza n'abandi hagamijwe guteza imbere ubufatanye mu bijyanye n'isanzure.

    Uyu muyobozi azungiriza Perezida wa IAF, Clay Mowry, wagiye kuri uyu mwanya mu 2022. Mowry ni umugabo ufite inararibonye ry'imyaka irenga 25.

    Twagirayezu ni umwe muri bane batowe kuri uyu mwanya wa Visi Perezida. Mu bandi harimo Perezida w'Urwego rwa Turikiya rushinzwe Ibijyanye n'Isanzure, Yusuf Kirac.

    Harimo kandi na Nikol Koleva, usanzwe ari umuyobozi shingwabikorwa wa Space Generation Advisory Council yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Michael López-Alegría, usanzwe ari umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye no kujya mu isanzure muri Axiom Space y'i Houston, muri Leta ya Texas muri Amerika. Bose bazamara kuri iyi myanya imyaka itatu.

    Twagirayezu yiyunze ku banyafurika mbarwa bayoboye IAF ku mwanya wa Visi Perezida. Mu 2017 Dr Valanathan Munsami wayoboye Urwego rwa Afurika y'Epfo rushinzwe Ibijyanye n'Isanzure yahawe uyu mwanya ashinzwe ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere.

    Ubu Dr Valanathan Munsami ni umuyobozi w'Urwego rwa Arabie Saoudite rushinzwe Ibijyanye n'Isanzure. Uherutse ni Asanda Ntisana usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w'Agateganyo ushinzwe iby'isanzure mu Rwego rwa Afurika y'Epfo rushinzwe Ibijyanye n'Isanzure

    Gutora Twagirayezu biha u Rwanda ijambo rikomeye mu bijyanye n'isanzure no guteza imbere ubushakashatsi burishingiyeho mu guteza imbere inzego zitandukanye hashingiwe ku makuru yavanyweyo.

    Twagirayezu yabaye Minisitiri w'u Burezi muri Kanama 2023 kugera muri Nzeri 2024 asimbuye Dr. Uwamariya Valentine wari wagizwe Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango.

    Ni inshingano yahawe avuye ku mwanya w'Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC, imirimo yatangiye muri Gashyantare 2020.

    Yakoze no mu Biro bya Perezida kuva mu Ukwakira 2019 kugeza muri Gashyantare 2020, aho yari umusesenguzi ushinzwe ingamba na politiki.

    Kuva mu Ukwakira 2014 kugeza muri Nzeri 2019 yari umusesenguzi ushinzwe ibijyanye n'ihererekanywa ry'ubumenyi n'ikoranabuhanga mu Nama y'Igihugu y'Ubumenyi n'Ikoranabuhanga, NCST.

    Ni imirimo yahawe avuye ku mwanya w'umuhuzabikorwa w'ibijyanye na siyansi muri Agahozo Shalom Youth Village, imirimo yakoze umwaka wose kuva mu Ukwakira 2013.

    Yize amashuri yisumbuye kuva mu 2001-2007 kuri Petit Seminaire St. Pie X Nyundo, aho yigaga Ikiratini, Ibinyabuzima n'Ubutabire.

    Kuva 2008 kugeza 2012, yize muri Oklahoma Christian University iherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakuye impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bya siyansi, by'umwihariko mu bijyanye n'amashanyarazi (Electrical/Electronics Engineering).

    Iyo kaminuza kandi ni na yo yakomerejemo ayikuramo impamyabumenyi y'icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n'ayo masomo yari yarize mu cyiciro cya kabiri.

    Twagirayezu yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije w'Ishyirahamwe Mpuzamahanga rishinzwe isanzure


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/twagirayezu-yagizwe-umuyobozi-mukuru-wungirije-w-ishyirahamwe-mpuzamahanga

  • Kamonyi-Mugina: Yakorewe Iyicarubozo n'Umugabo we bwite aramumenesha ahunga atinya kwicwa #rwanda #RwOT

    Esperence Mukamuyango, Umubyeyi w'imyaka 58 y'amavuko atuye mu Mudugudu wa Kigorora, Akagari ka Mbati, Umurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi. Yameneshejwe n'Umugabo we agenda ahunga nyuma y'itotezwa n'iyicarubozo yamukoreye. Intandaro ni amafaranga ibihumbi 14 umugore yaguzemo Imyenda y'ishuri( Uniform) y'umwana, agura amasuka asagutse ayakoresha ahahira urugo. Ibyumweru bibaye bitatu yarahunze ku bw'uko yabonaga yabura ubuzima.

    Aganira na intyoza.com, Mukamuyango yabwiye Umunyamakuru ko amaze igihe ahozwa ku nkeke, atukwa ndetse agakubitwa na Twizeyimana Faustin w'imyaka 56 y'amavuko, umugabo we bashakanye mu buryo bwemewe n'amategeko kandi bakaba barabyaranye.

    Mbere yo guhunga ava mu rugo, avuga ko bwa mbere akubitwa( gukubitwa kwe ngo arabimenyereye) ubuyobozi ku Mudugudu ngo bwarabahuje burabunga, kuko yabonaga bidakomeye arahumiriza aguma mu rugo.

    Nyuma y'aho gato ubwo abana bari bagiye kujya ku ishuri, yafashe amafaranga ibihumbi Cumi na bine(14,000Frws) aguriramo umwana imyenda y'ishuri(Uniform), agura amasuka 2, asigaye ayahahisha iby'urugo, ibyaje kuba impamvu y'urwitwazo Umugabo yuririyeho amukorera Ihohoterwa n'iyicarubozo byatumye ahunga ngo aticwa.

    Yabwiye intyoza.com ko ikibazo yahuye nacyo kizwi ku Mudugudu, ko ndetse yagiye gutakira no gutanga ikirego ku rwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB Sitasiyo ya Mugina.

    Mu gihe cy'ibyumweru bitatu bishize yarahunze kugirirwa nabi n'uwo bashakanye, avuga ko yagiye ahura n'umugabo mu nzira no mu Muhanda agenda akamutoteza, akamwirukankana ashaka kumugirira nabi, undi agakizwa n'amaguru.

    Uyu mubyeyi afitanye abana 4 n'uyu mugabo kandi bose bakuru kuko ntawe uri munsi y'imyaka 15, ariko kubera amakimbirane nabo bahunze iwabo. Umwe muri aba bana umugabo yaje amumusangana kuko umugore we ni uwo mu Mayaga, Mugina.

    Yabwiye intyoza.com kandi ati' Umugabo yarankubise anciraho imyenda, ndi ku gasozi kuko ndacumbitse kandi nagombye kuba ndi iwanjye ariko nyine yaramenesheje. Noherejwe kwivuriza i Kinazi mvuyeyo ndakomeza nyine ndasiragira. Umuntu ari aho aridegembya twahura mu nzira ngenda nkamuhunga akavuga ngo ntabwo nagukubise ahubwo uwankumpa ngo ngukubite by'Ukuri'.

    Umwe mu baturage baturanye n'uyu mu ryango, yabwiye intyoza.com ko uyu mubyeyi yagowe, ko kandi kuba akubitwa n'umugabo we nta wavuga ko atabizi. Yemeza ko uyu muryango uba mu makimbirane aterwa ahanini n'amahane y'Umugabo. Avuga ko bategereje ko hagira igikorwa uyu mubyeyi agahabwa ubutabera kuko yacecetse igihe none akaba ageze aho ashobora kubura ubuzima bwe.
    Munyaneza Théogène

    The post Kamonyi-Mugina: Yakorewe Iyicarubozo n'Umugabo we bwite aramumenesha ahunga atinya kwicwa first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Mugina: Yakorewe Iyicarubozo n'Umugabo we bwite aramumenesha ahunga atinya kwicwa appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/30/kamonyi-mugina-yakorewe-iyicarubozo-numugabo-we-bwite-aramumenesha-ahunga-atinya-kwicwa/