Category: Uncategorized

  • Uko Rose Muhando yafatiwe ubujura bikamusunikira gukora indirimbo 'Nibebe’ #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi w’icyamamare mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ukomoka muri Tanzania, Rose Muhando, yongeye gusangiza abakunzi be inkuru ibabaje y’uruhererekane rw’ibigeragezo byamukomerekeje mu buzima bwe bw’umuziki biturutse ku kagambane yakorewe n’abantu bari bamwegereye.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Mwanaspoti cyo muri Tanzania, Rose Muhando yavuze ko byose byatangiye igihe yari amaze kuzamuka mu muziki akagira izina rikomeye kubera indirimbo ze zakunzwe nka 'Mteule Uwe Macho’.

    Ariko ubwo yari mu munezero w’umusaruro udasanzwe wavubukaga mu bikorwa bye by’umuziki, uyu mugore w’imyaka 47 y’amavuko yaje kugwa mu mutego w’abantu yatekerezaga ko ari inshuti ze za hafi.

    Uwo mwikomo ngo watangiye ubwo uwamurebereraga inyungu akaba n’umujyanama we wa mbere yafungwa, akibona asigaye wenyine ari kumwe n’abo baririmbanaga muri korali.

    Mu gihe yari akiri gushakisha icyamufasha gukomeza ibikorwa bye bya muzika, haje umuntu umwe umubwira ko ashaka kumufasha kandi ko yaba hafi ye nk’umujyanama mushya.

    Yaramwizeye, ariko nyuma y’igihe gito ibintu bitangira guhinduka nabi, ubufasha yari amwitezeho buhinduka isoko y’amakimbirane n’uburiganya bwamugizeho ingaruka zikomeye.

    Rose Muhando avuga ko nubwo yari amaze igihe gito ahisemo gutandukana n’uwo muntu, akanahita abona ubutumire bwo kuririmba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yari ku kibuga cy’Indege agiye guhaguruka, yatawe muri yombi kubera ibirego by’itoteza, ubujura n’ubwambuzi bwakorwaga n’abantu bakoranaga na wa muntu yigeze kwizera.

    Ati 'Nakomeje kumva hirya no hino hari ubujura buvugwamo amazina yanjye, sinari mbizi. Ku munsi wo guhaguruka bambwira ko nibye amafaranga menshi, mpita ngwa mu kantu.'

    Rose yasobanuye ko yahise atabwa muri yombi, ashyirwa mu maboko ya polisi, ndetse asabwa gusiga imodoka ye nk’ingwate kugira ngo dosiye ikomeze gukurikiranwa mu mategeko.

    Yanongeyeho ko icyo gihe agifata nk’igihe gikomeye mu buzima bwe, maze avuga ko ari bwo amarira, agahinda n’umubabaro byaramuremye ari nacyo cyatumye akora indirimbo yise 'Nibebe’,yaje no kuba imwe mu bihangano bye byakomeje kwinjira mu mitima ya benshi.

    Ati 'Nari mpanganye na Shitani mu buryo bw’umwuka n’ubuzima busanzwe. Nibyo byampaye imbaraga zo guhanga 'Nibebe’.'

    Nyuma yo kugera muri Amerika avuye mu bihe bikomeye, Rose Muhando avuga ko ibyo byose byamubereye isomo rinini, n’ubu rikomeza kumutera imbaraga zo gukora indirimbo zihumuriza umutima igihe aba ari kunyura mu bihe bigoye.

    Rose Muhando yavuze ko yigeze gufatwa kubera ubujura

    Source : http://isimbi.rw/uko-rose-muhando-yafatiwe-ubujura-bikamusunikira-gukora-indirimbo-nibebe.html

  • Hari abamenweho inzoga! Inkomoko y’icyo itangazamakuru ryise agasuzuguro ryakorewe na Kevin Kade i Huye #rwanda #RwOT

    Ureberera inyungu z’umuhanzi Kevin Kade yahakanye iby’agasuzuguro ashinjwa kwerekana nyuma y’amasaha make itangazamakuru ry’imyidagaduro rikorera mu Ntara y’Amajyepfo rihagaritse gukina indirimbo z’uyu muhanzi rimushinja kurica amazi akanagira uruhare mu gutuma rimenwaho inzoga.

    Ibi byose byatangiye mu mpera z’icyumweru gishize ubwo uyu muhanzi yataramiraga abakunzi be bari bamutegereje mu gitaramo cyari cyiswe 'Minuza Festival’ cyaberaga mu kibuga cy’umupira cya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

    Iki gitaramo cyari cyateguwe na Banki nyarwanda itsura amajyambere [BRD] kigamije gusobanurira no gukemura ibibazo bikibangamiye abanyeshuri by’umwihariko bifitanye isano n’amafaranga yo kubatunga bahabwa n’iyi banki binyuze mu cyizwi nka Minuza.

    Amakuru ISIMBI yabwiwe na bamwe mu banyamakuru bavuga ko beretswe agasuzuguro kadasanzwe barimo uwitwa Muhire Gilbert ushinzwe ishami ry’ibiganiro by’imyidagaduro kuri Radio Salus ndetse na mugenzi we Bibebityo Anicet wa RC Huye avuga ko uyu muhanzi wari wagiye ku rubyiniro ari uwa kabiri yasabwe kuganiriza itangazamakuru akabajijisha ku buryo bemeza byuje agasuzuguro kadanzwe.

    Muhire yagize ati 'Ibyo nshinja Kevin Kade bifite aho bihuriye n’ibikorwa umusore bagendana ntazi neza niba ari manager we watubujije kumuganiriza avuga ko umuhanzi agiye kubanza kuruhuka ndetse ko mu minota mike duhita tuvugana.”

    “Twagumye aho twari tumurindiriye gusa nta kanya kanini gashize, Kade yahise yinjira mu modoka atatuvugishije ibintu twafashe nk’agasuzuguro noneho icyatubabaje cyane ni uko mbere y’uko iyo modoka ihagaruka babanje gusunika abantu bari aho, ibi byavuyemo y’uko abasunitswe bamenaho inzoga banywaga umunyamakuru twari kumwe.”

    Gilbert yakomeje avuga ko mu gihe turi mu gihugu aho umuntu asabwa gutanga amakuru by’umwihariko umuhanzi ukurikirwa n’abantu benshi nka Kevin Kade akirengagiza itangazamakuru rikora nk’ikiraro kimuhuza n’abafana be ari ibintu bikwiye gusabirwa imbabazi mu ruhame.

    Ati 'Si twebwe baba basuzuguye ahubwo ni ugusuzugura abafana babo baba badutumye kumenya amakuru abavugwaho ndetse ni no gusuzugura uruhare itangazamakuru by’umwihariko Radiyo Salus mu guteza imbere muzika nyarwanda, agomba kubisabira imbabazi.'

    Mu gushaka kumenya icyo uruhande rwa Kevin Kade rubivugaho, ISIMBI yahamagaye Ghislain Nise Jabo usanzwe ureberera inyungu z’uyu muhanzi ayihamiriza ko ibi koko byabaye ariko avuga ku cyo yagereranije no gushyuha mu mutwe ahanini kwari kwatewe n’ukubanza gupfa kw’ibyuma by’amajwi ubwo Kade yari agiye ku rubyiniro bikamusaba kubanza gusubirayo.

    Nise Jabo yashimangiye ko nta bundi bugome cyangwa umutima mubi waba warakoranywe ibyo aba banyamakuru bafashe nko gusuzugurwa ahubwo ko byafatwa nk’ikosa ryabaye mu bwumvane hagati yabo nyuma y’uko bari basabwe gutegereza umuhanzi akabanza akaruhuka.

    Ati ' Yego byabayeho, gusa abo banyamakuru baraje tubabwira ko umuhanzi akirushye noneho hahita haza akavuyo noneho duhita twimuka aho twari duhagaze bitewe no gucanganyukirwa no gushyuha mu mutwe twari twagize twisanga tugiye tutabavugishije, ariko nta bundi bugome cyangwa kubasuzugura kwabayeho.'

    Jabo yakomeje agaragaza ko nta mpamvu bari bafite yo gusuzugura itangazamakuru kandi we abona ko cyari igihe cyo kurikenera bitewe n’uko bari mu myiteguro yo kumenyekanisha indirimbo ya Kevin Kade nshya yitwa 'Nyiragongo’ kandi ko usibye n’iyi nshuro itangazamakuru ari abafatanyabikorwa babo ba buri munsi.

    Ibi bije nyuma yuko mu mwaka ushize nabwo Chris Eazy yasabye imbabazi itangazamakuru cyane cyane irikorera mu Karere ka Huye kubwo gushinjwa kubaca amazi akabasuzugura bakiyemeza guhagarika ibihangano bye.

    Ku italiki ya 17 Gashyantare 2024 ubwo uyu musore yataramiraga mu karere ka Huye muri Kaminuza y’u Rwanda yahavuye ahasize isura itari nziza mu itangazamakuru rikorera i Huye ubwo yashinjwaga agasuzuguro no kugaraguza agati itangazamakuru rihakorera.

    Mbere y’uko Chriss Eazy ajya ku rubyiniro bivugwa ko abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye bamwegereye bakamusaba ko baganira akababwira ko ako kanya bitakunda ahubwo ko baza kuganira nyuma yo kuva ku rubyiniro.

    Igihe cyo kuva ku rubyiniro nabwo ntiyigeze abikoza kuko bamwe mu banyamakuru bavuga ko yahise yinjira mu modoka ahita agenda ntacyo ababwiye, gusa ageze imbere ahamagara umwe muri bo ngo bamusange kuri Hotel gusa nabyo ntibyakunda kuko bahageze basanga yagiye.

    Uku kubazungurutsa cyane bikarangira anababeshye byarabarakaje ndetse bamwe biyemeza kutongera gukina indirimbo n’imwe y’uyu muhanzi cyereka igihe azaba yaciye bugufi akemera ikosa akanarisabira imbabazi ndetse ibi ni na ko byaje kugenda.

    Kevin Kade itangazamakuru ryo mu Magepfo ryamushinje agasuzuguro

    Source : http://isimbi.rw/hari-abamenweho-inzoga-inkomoko-y-icyo-itangazamakuru-ryise-agasuzuguro.html

  • FERWAFA yihaye imyaka ibiri u Rwanda rukajya mu Gikombe cy’Isi #rwanda #RwOT

    Ibi ni ibyatangajwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga kuri gahunda yo kuzamura impano bahereye mu bakiri bato.

    Uyu mushinga w’imyaka 2 ufite intego y’uko u Rwanda ruzakina Igikombe cy’Isi cy’Abatarengeje imyaka 17 mu 2028.

    Uyu mu mushinga wa “FIFA Talent Development Scheme-TDS ” ugamije kuzamura impano z’abakiri bato, washyizweho n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) mu 2022, ukaba ukuriwe na Arsène Wenger, umaze amezi umunani utangiye mu Rwanda.

    Shema Fabrice, yagaragaje uyu mushinga nk’igisubizo cy’intsinzwi u Rwanda rumaze rubona.

    Ati “Uyu munsi dufite agahigo ko gutsindwa buri kanya, abandi bahiga gutsinda, ariko hari gahunda zigomba guhindura uwo musaruro.”

    Yashimangiye ko intego bihaye ari ukuzakina Igikombe cy’Isi cya 2028 mu batarengeje imyaka 17 u Rwanda rwakinnye rimwe rukumbi muri 2011.

    Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika gitaha, ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CECAFA U17 yabereye muri Ethiopia mu Ugushyingo, yaserewe itsinzwe imikino yose yakinnye na Ethiopia, Kenya, Somalia na Sudani y’Epfo.

    Guhera umwaka utaha muri Werurwe, hazatangira amarushanwa y’abatarengeje imyaka 14 na 16 mu bahungu n’abakobwa ku buryo bazajya bakina hagati y’imikino 28 na 30 nk’uko byemejwe na DTN wa FERWAFA, Gérard Buscher.

    FERWAFA yamaze kwakira Frédéric Crebiller nk’Umutoza ushinzwe gushaka no kuzamura impano z’umupira w’amaguru wavuye muri FIFA. Uyu mutoza azakora muri uyu mushinga wa FIFA TDS urimo umunyabigwi Anthony Baffoe.

    FERWAFA yihaye imyaka ibiri ikajya mu Gikombe cy’Isi cya U17

    Source : http://isimbi.rw/ferwafa-yihaye-imyaka-ibiri-u-rwanda-rukajya-mu-gikombe-cy-isi.html

  • Brussels Airlines yananiwe kugwa ku kibuga cy'indege cy'i Bujumbura incuro 5 zikurikirana #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira kuwa Kane, tariki ya 10 Ukuboza 2025, indege ya kompanyi Brussels Airlines yagombaga kugwa ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Melchior Ndadaye i Bujumbura mu Burundi, yahushije kugwa inshuro eshanu zikurikirana.

    Amakuru aturuka mu nzego z'igenzura ry'indege mu Burundi avuga ko imvura nyinshi n'ikirere kibi cyane cyari cyiganje mu gace ka Rwegura aribyo byatumye iyo ndege idashobora gushyikira neza inzira yo kugwa.

    Nyuma yo kugerageza inshuro 5 zose byanga,  indege yahisemo gufata umwanzuro wo kugatira Entebbe muri Uganda, kugira ngo harindwe ubuzima bw'abari bayirimo bose.

    Umuyobozi Mukuru w'urwego rucunga iby'ingendo z'indege mu Burundi yemeje aya makuru, ashimangira ko iki kibazo cyerekana ko hakenewe kongera ubushobozi mu ikoranabuhanga no mu bumenyi bwifashishwa mu kugenzura ikirere kugira ngo imikorere irusheho kuba myiza kandi irushaho kubungabunga umutekano.

    Indege ya Brussels Airlines yananiwe kugwa i Bujumbura incuro 5 zikurikirana

    Source : https://kasukumedia.com/indege-ya-brussels-airlines-yaniwe-kugwa-i-bujumbura-incuro-5-zikurikirana/

  • Yanditse amateka akomeye! Ibintu 5 Chairman wa APR FC yazibukirwaho mu gihe yahindurwa (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Bamwe barabyemeza abandi bakabihakana. Gusa nta tangazo yaba APR FC cyangwa Ingabo z’u Rwanda barasohora bavuga ko Brig Gen Deo Rusanganwa atakiri umuyobozi w’iyi kipe ifite ibikombe byinshi mu gihugu.

    Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru ni bwo inkuru yabaye kimomo ku mbuga nkoranyambaga ko nyuma y’amezi 13 ari umuyobozi wa APR FC, Brig Gen Deo Rusangwa yakuwe kuri izi nshingano kubera kuburira umwanya ikipe bitewe n’inshingano zindi za Gisirikare afite.

    Kugeza ubu nta rwego na rumwe ruyobora iyi kipe ruragira icyo rutangaza kuri aya makuru niba ari yo cyangwa ari ibihuha. Gusa na none nta nkuru ipfa kuzira ubusa idafite aho ikomotse.

    Gusa amakuru ISIMBI yamenye ni uko Col (Rtd) Vincent Mugisha usanzwe ari umunyamabanga wa APR FC ari we urimo gukora nk’umuyobozi mu gihe Brig Gen Deo Rusanganwa ahugiye mu kandi kazi gasanzwe gatuma ataboneka.

    Brig Gen Deo Rusanganwa usanzwe ari Umuyobozi wa Diviziyo ya Kabiri mu Ngabo z’u Rwanda, yari ku buyobozi bwa APR FC kuva mu Ugushyingo 2024, asimbuye Col (Rtd) Richard Karasira.

    Nubwo aya makuru ataremezwa n’ubuyobozi, munyemerere muri iyi nkuru turebere hamwe bimwe mu bintu yazibukirwaho mu gihe yaba asimbujwe.

    Yanditse amateka yari yarananiranye mu myaka 10

    Ku mwaka umwe yamaze ku buyobozi bwa APR FC yegukanye ibikombe butatu, icya Shampiyona, Igikombe cy’Amahoro ndetse n’Igikombe cy’Intwari.

    Brig Gen Deo Rusanganwa akaba yarabashije gutwara ‘Double’ (Shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro) mu mwaka umwe, ibi bikaba ari byo bikombe bikomeye mu Rwanda cyane ko ari nabyo bitanga itike yo guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League na Confederation Cup.

    Aya ni amateka yanditse cyane ko hari hashize imyaka 11 iyi kipe itabikora aho yaherukaga kubikora mu mwaka w’imikino wa 2013-14.

    Asigiye APR FC Bisi (Bus)

    Bizavugwa bizanandikwa mu mateka ko ku ngoma ye nk’umuyobozi wa APR FC ari bwo iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yabonye imodoka yayo bwite.

    Ubundi APR FC isanzwe igenda mu modoka za gisirikare (zifite ibirango bya gisirikare), benshi bibazaga impamvu itagira imodoka yayo, rero ari Umuyobozi wa APR FC iyi kipe yabashije kugura imodoka.

    Nubwo itaratangira kuyigendamo ariko iyi modoka yamaze kugera mu Rwanda, irimo gushyirwago ibirango by’ikipe, vuba cyane izatangira kuyikoresha.

    Ntiyigeze atsindwa na mukeba Rayon Sports

    Kuva yagirwa umuyobozi wa APR FC mu Gushyingo 2025 kugeza uyu munsi amaze guhura na Rayon Sports inshuro 4, zose nta n’imwe yatsinzwe, banganyije kabiri, ayitsinda kabiri.

    Mu mwaka w’imikino ushize wa 2024-25, muri shampiyona banganyije imikino yombi ubusa ku busa.

    Yaje gutsinda Rayon Sports 2-0 ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro wabaye tariki 5 Gicurasi 2025.

    Yaje kuyisubira ayinyagira 3-0 mu mukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona ya 2025-26 wabaye tariki 8 Ugushyingo 2025.

    Kogosha abakinnyi

    Nyuma y’imyaka myinshi, Brig Gen Deo Rusanganwa azibukirwa ku kuba ari we wagaruye umuco wo kogosha abakinnyi.

    Mu busanzwe APR FC nk’ikipe y’Ingabo z’Igihugu hari imico cyangwa imyitwarire abakinnyi n’abakozi bayo baba bagomba kuba bafite bitandukanye n’andi makipe.

    Mu muco wa APR FC gutunga umusatsi mwinshi ukawukaraga, gusuka, gushyiraho ‘dreadlocks’ ntabwo byabaga byemewe.

    Gusa mu myaka itambutse, nyuma yo kuva kuri gahunda yo gukinisha Abanyamahanga, yagiye iteshuka kugeza aho byari byarabaye nk’ibisanzwe.

    Brig Gen Deo Rusanganwa akaba ejobundi yarabahinzemo ubudehe abafite imisatsi imeze ityo arabogosha.

    Yashimangiye ko ari umuco ugomba kugaruka ku buryo no mu masezerano bizajya bijyamo utabyishimiye akumva akomeye ku musatsi we, ntibazamusinyisha bazamureka.

    Inshuti y’Itangazamakuru

    Muri aya mezi 13 ashize ari Chairman wa APR FC, ni Umuyobozi wageregeje kubana neza n’abanyamakuru mu ngeri zitandukanye.

    Brig Gen Deo Rusanganwa mu mwanya muke yabaga afite ariko n’itangazamakuru yariboneraga umwanya.

    Byari bigoye kuba wahura na we ukamubwira ko wifuza kuganira na we ngo akwangire, no kuri telefoni yaritabaga kandi akaguha amakuru y’ikipe wifuza kumenya.

    Hari n’abifuza ibiganiro by’umwihariko (Exclusive interviews), yarabikoze kandi byinshi, ibi ni bimwe mu byamwongereraga igikundiro mu itangazamakuru, bakamwibonamo aho kumutinya nk’umusirikare ufite ipeti rya ‘Brig Gen’.

    Yabashije gutwara Shampiyona n’igikombe cy’Amahoro mu mwaka umwe, ibintu APR FC yahherukaga mu myaka 11

    Yari inshuti y’itangazamakuru

    Kuva yajya ku buyobozi ntabwo Rayon Sports yigeze imutsinda

    Bus y’ikipe yageze mu Rwanda

    Abakinnyi yarabogoshe

    Source : http://isimbi.rw/yanditse-amateka-akomeye-ibintu-5-chairman-wa-apr-fc-yazibukirwaho-mu-gihe.html

  • Silvizo yarahiriye kurutsa Element Eleéeh ibye yamuriganyije #rwanda #RwOT

    Silvizo uzwi mu gusubiramo indirimbo z’abahanzi, yatangaje ko ahaye Element Eleéeh nyirantarengwa y’ibyumweru bitatu byo kuba yamaze kumusubiza amafaranga yamuriganyije amubeshya ko azamukorera indirimbo mu myaka itatu ishize ariko amaso agahera mu kirere.

    Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Ukuboza ni bwo umuhanzi wamamaye mu gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi Silivizo yongeye kwigarurira imbuga nkoranyambaga nyuma yo gutungurana agashyira hanze amashusho aherekejwe n’ibizibiti, atanga intumwa ya nyuma yo kurega Element, producer akaba n’umuhanzi.

    Muri aya mashusho arimo n’amafoto ya message za Mobile Money amwohereza aya mafaranga, Silivizo agaragara avuga ko agiye kwitabaza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) nk’uburyo bwa nyuma bwo kubona ubutabera bwo kwisubiza amafaranga ibihumbi magana atatu yahaye Element ngo amukorere indirimbo ariko bikarangira ntayo amukoreye ahubwo agahitamo kumwihisha no kwanga kumwitaba kuri telephone ubwo yabaga amuhamagaye.

    Yagize ati 'Element aho bigeze ngiye kukujyana muri RIB kugira ngo unyishyure amafaranga yanjye ibihumbi 300 naguhaye ngo unkorere indirimbo ukanga kuyikora hanyuma n’amafaranga wanga kuyansubiza.'

    Silvizo yakomeje avuga ko nyuma y’uko mu myaka itatu ishize ibi bibaye yagiye agerageza kwandikira no guhamagara Element ngo bakemure iki kibazo hatitabajwe inzira z’amategeko bikananirana, kuri ubu yamaze gutanga nyirantarengwa y’ibyumweru bitatu byo kuba yasubijwe ibye cyangwa akajyana iki kirego muri RIB.

    Uyu muhanzi yashimangiye ko bijyanye n’igihombo gikomeye yahuye nacyo nyuma y’uko indirimbo yagombaga kuba yarasohotse mu muri iki gihe itasohotsemo, ubu yifuza ko Element yamusubiza amafaranga kurusha kumushumbusha kumukorera indi ndirimbo mu buryo bw’amajwi nk’uko avuga ko byagombaga kuba byarakozwe.

    Ati 'Nakwishyuye amafaranga kugira ngo unkorere indirimbo ingirire umumaro, nyicuruze ubu imyaka ibaye itatu. Urumva iyo ndirimbo itamaze guhomba ndetse nyuma yaho nakoze indirimbo nyinshi. Rero nkeneye ko unsubiza amafaranga yanjye.'

    ISIMBI mu gushaka gucukumbura mu mizi iby’iki kibazo, Silvizo we ubwe yayihamirije ko ubundi yatanze hamwe amafaranga agera ku bihumbi Magana atanu imbumbe harimo ibihumbi magana atatu yahaye Element ubwo yari akibarizwa mu nzu itunganya umuziki ya 'Country Records’ ndetse n’ibihumbi 200 frw yahaye umuvandimwe wa nyiri iyi nzu Noopja wanitabye Imana.

    Silvizo yavuze ko Element natamwishyura azamujyana muri RIB

    Element nta kintu arabivugaho

    Source : http://isimbi.rw/silvizo-yarahiriye-kurutsa-element-eleeeh-ibye-yamuriganyije.html

  • Umuraperi Bulldogg ategerejwe i Huye #rwanda #RwOT

    Umuraperi Bulldogg ategerejwe mu Karere ka Huye mu gitaramo cy’imbaturamugabo cyiswe 'Blackout Saturday’ kigomba kumuhuriza hamwe n’abavangamuziki batandatukanye mu mpera z’iki cyumweru.

    Ku wa Gatandatu tariki ya 13 Ukuboza 2025 ni bwo umuraperi Bulldogg ategerejwe n’imbaga y’abakunzi be mu gitaramo cyigomba kubera ahitwa City Snack Lounge iruhande rw’icyicaro cy’ishami rya WASAC rikorera mu karere ka Huye.

    Usibye Bulldogg, iki gitaramo kizahuriza hamwe abavangamuziki bamaze kugira izina rikomeye barimo DJ Srimix ndetse na DJ Lyan.

    Mu kiganiro na ISIMBI, Gatete Kharim Clovis uri mu itsinda riri gutegura iki gitaramo, yavuze ko ikigamijwe ari ukugira ngo umuhanzi ataramire abafana be, bishimane ndetse bashirane urukumbuzi aboneraho kwizeza abazaba bari i Huye ibyishimo bisendereye.

    Ati 'Umuhanzi azaba afite umwanya uhagije, yiteguye kwishimana n’abafana babo. Buri muntu wese uzitabira kiriya gitaramo, ndabizi neza ko azataha yishimye kuko umuhanzi azahabwa umwanya uhagije.'

    Gatete yanaboneyeho gusaba abantu kuzaza biteguye kwishima no gusabana nk’inshuti n’umuryango.

    Ati 'Hariya, kuri uriya munsi, niho hantu honyine hazaba hari ibyishimo aho inshuti zajya zikishimana ndetse n’umuryango ukishimana. Buri wese uzaza, azaze yiteguye gutaha afite ibyishimo bisendereye.'

    Mu kiganiro kigufi twagiranye, Bulldogg wari umaze igihe kinini adataramira i Butare yahamirije ISIMBI ko nawe yiteguye gutanga ibyishimo kubazaba bitabiriye iki gitaramo.

    Source : http://isimbi.rw/umuraperi-bulldogg-ategerejwe-i-huye.html

  • Bamporiki yari ahari! Niyo Bosco yasezeranye imbere y’amategeko na Mukamisha Irene bitegura gukora ubukwe. #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2025 ni bwo Niyo Bosco yasezeranye imbere y’amategeko na Mukamisha Irene bemeranya kuzabana akaramata aho bazatandukanywa n’urupfu.

    Uyu muhango ukaba witabiriwe na Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri.

    Aba bombi basezeranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2025 aho basezeraniye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

    Niyo Bosco asezeranye imbere y’amategeko mu gihe ubukwe buzaba tariki ya 16 Mutarama 2026.

    Bibaye nyuma y’uko uyu muhanzi yambitse impeta ya fiançailles Mukamisha Irene muri La Palisse Gashora ku wa 17 Nzeri 2025.

    Niyo Bosco yasezeranye imbere y’amategeko na Mukamisha Irene

    Bamporiki Edouard yari ahari

    Source : http://isimbi.rw/bamporiki-yari-ahari-niyo-bosco-yasezeranye-imbere-y-amategeko-na-mukamisha.html

  • U Rwanda rwahawe kwakira imikino y'igikombe cya Afurika 2026 muri Volleyball ku makipe yabaye ayambere iwayo #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza 2025, nibwo ishyirahamwe ry'Umukino wa Volleyball mu Rwanda ryatangaje ko u Rwanda ruzakira irushanwa ritaha rizahuza amakipe yabaye aya mbere kuri uyu mugabane mu bagabo (CAVB Men's club Championship).


    Ni irushanwa ngarukamwaka rizaba rikinwa ku nshuro ya 47, rigahuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika, ariko akaba yiyongeramo andi akomeye mu bihugu bitandukanye.

    Itangazo ryasohowe na CAVB n'Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Umukino wa Volleyball (FRVB) ryemeje ko mu 2026 iri rushanwa rizabera i Kigali hagati ya tariki ya 20 Mata kugeza kuya 3 Gicurasi.


    Ubwo iri rushanwa riheruka kuba muri 2025, ryabereye mu Mujyi wa Misurata wo muri Libya, ryegukanwa n'ikipe ya Swehly Sports Club yo muri icyo gihugu mu gihe APR VC yo mu Rwanda yabaye iya kane.

    Igihugu cyakiriye gihagararirwa n'amakipe ane uko akurikirana ku rutonde rwa shampiyona y'umwaka wabanje, ndetse bivuze ko u Rwanda rwahagararirwa n'amakipe nka APR, Police, REG ndetse na Kepler VC.

    Mu 2022, Gisagara VC yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye umudali muri iri rushanwa ubwo yabaga iya gatatu itsinze Port de Douala amaseti 3-1 ubwo ryari ryabereye i Kelibia muri Tunisia.

    Source : https://rushyashya.net/u-rwanda-rwahawe-kwakira-imikino-yigikombe-cya-afurika-2026-muri-volleyball-ku-makipe-yabaye-ayambere-iwayo/

  • Niyibizi Ramadhan wa APR FC ari mu gahinda gakomeye #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa APR FC, Niyibizi Ramadhan ndetse na murumuna we ukinira Marines, Sultan Bobo bari mu gahinda gakomeye ko kubura se ubabyara witabye Imana.

    Uyu mubyeyi akaba yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2025 saa kumi za mu gutinya akaba yaguye iwe mu rugo i Rubavu, Gisenyi.

    ISIMBI yamenye amakuru ko atari amaze igihe kinini arwaye, yafashwe ku Cyumweru.

    Uyu mubyeyi wa Ramadhan, Sultan Bobo ndetse na mushiki wabo Saida wakinnye ruhago na we akaba asigaye ari umutoza, yazize uburwayi aho yari asanzwe agira ikibazo cy’ubuhumekero.

    Niyibizi Ramadhan ni umwe mu bakinnyi beza b’abanyarwanda bakina muri APR FC ndetse yanahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yanakiniye amakipe arimo Etincelles FC na AS Kigali.

    Niyibizi Ramadhan ukinira APR FC ari mu gahinda gakomeye

    Sultan Bobo ukinira Marines FC yabuze umubyeyi we, yitabye Imana

    Source : http://isimbi.rw/niyibizi-ramadhan-wa-apr-fc-ari-mu-gahinda-gakomeye.html